Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all articles
Browse latest Browse all 10365

Col Bikomagu yazize iki?

$
0
0

Ku wa gatandatu tariki ya 15 Kanama 2015 inkuru yakwiriye hose ko Col Yohani Bikomagu wigeze kuba umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi yishwe arasiwe imbere y’iwe mu mujyi wa Bujumbura. Ndetse n’umwana we w’umukobwa agakomereka.

Hari benshi bahise batunga agatoki uwo bashaka bemeza ko ari we umwishe ariko nta kubanza gusesengura impamvu akenshi hagashyirwa imbere amarangamutima y’amoko cyangwa y’amateka yo mu bihe byashize. Hakirengagizwa inyungu za politiki zishobora kuba zihishe inyuma y’uru rupfu dore ko n’urupfu rwa Lt Gen Nshimirimana narwo rurimo urujijo rwinshi.

Twe tubibona dute?

Ku ruhande rwacu hari uburyo bubiri bushoboka umuntu yasobanura urupfu rwa Col Bikomagu:

-Uburyo bwa mbere n’uko Col Bikomagu yishwe n’abashyigikiye ubutegetsi buriho mu rwego rwo guhorera Lt Gen Adolphe Nshimirimana. Impamvu n’uko byavuzwe kenshi ndetse na benshi ko abakundaga Lt Gen Adolphe Nshimirimana bari bahigiye kumuhorera bica undi muntu wo mu rwego rwo hejuru w’umututsi ngo bimare umujinya bibe kimwe kuri kimwe.

Ikindi n’uko abo babivugaga bamwe bari mu nzego z’iperereza banafite ubushobozi bwo gukora igikorwa nka kiriya cyo kwica Col Bikomagu dore ko gutegura igikorwa nka kiriya bisaba kuba abagiye kugikora bafite amakuru ahagije bafite aho bahita bahungira cyangwa ubakingiye ikibaba.

Kuba Perezida Nkurunziza yaba abifitemo uruhare byo birashoboka ariko nta nyungu yari abifitemo ahubwo ni amaburakindi ngo atikuraho amaboko y’abashakaga kwihorera, ashobora kuba yararetse Col Bikomagu akicwa kuko nta bushobozi yari afite bwo guhagarika ko yicwa, ikindi n’uko abifuzaga ko yicwa nibo bamushyigikiye. Bishatse kuvuga ko Perezida Nkurunziza yagombaga guhitamo hagati ya Col Bikomagu no gusigara wenyine. Ibyo bisaba ko Perezida Nkurunziza yemera kwihanganira induru y’amahanga amurega kutagarura umutekano mu gihugu no kuba ngo ariwe wawuteje.

Ibyago Col Bikomagu yagize n’ubwo yari atakigaragara muri politiki n’uko ari we mututsi wo rwego rwo hejuru abashakaga kwihorera bari babonye hafi kandi hari abarahiye ko Lt Gen Adolphe atagomba guhambwa wenyine. Mbibutse ko hari inzika zikiri mu mitima ya benshi ziterwa n’urupfu rwa Perezida Ndadaye n’amagambo bivugwa ko Col Bikomagu yavuze kuri urwo rupfu.

Uko bigaragara n’uko abashakaga guhorera Lt Gen Adolphe Nshimirimana niba koko ari bo bishe Col Bikomagu bakoreshejwe n’umujinya wo kubura abamwishe nyabo cyangwa bapfa gutunga agatoki abarwanya Perezida Nkurunziza gusa kuko kubera amarangamutima bumva nta wundi wakwica Lt Gen Adolphe Nshimirimana.

-Uburyo bwa kabiri ni uko Col Bikomagu yaba yarishwe na bamwe mu bashaka ko ibintu bihinduka mu Burundi bagamije kwikiza umuntu udafatanije nabo cyangwa urimo guseta ibirenge mu gufatanya nabo, hagamijwe guteza imvururu hagati y’amoko ngo barebe ko abatutsi bakwivumbura cyane cyane abari mu gisirikare (nabibutsa ko igisirikare cy’u Burundi 50% ari abatutsi naho 50% bakaba abahutu) hari amagambo menshi yagiye avugwa ku mbuga nkoranyambaga aho abantu bamwe benshi bashaka ko Perezida Nkurunziza agenda binubiraga ibyo bita “ibitama byanga gufatanya nabo” ntawamenya niba baravugaga ba Col Bikomagu n’abandi.

Ikigaragara n’uko byaba urupfu rwa Lt Gen Adolphe Nshimirimana byaba urupfu rwa Col Yohani Bikomagu n’uko bishwe n’abantu bazobereye muri ako kazi, uwavuga ko ibi bikorwa bitakozwe n’abantu ku giti cyabo ntabwo yaba yibeshye kuko uburyo byakozwe hari byinshi bigaragaza ko harimo akaboko k’inzego z’iperereza runaka.

Uko bigaragara n’uko niba Col Bikomagu atarishwe n’inzego z’iperereza z’igihugu cy’u Burundi, yishwe n’inzego z’iperereza z’igihugu cy’amahanga kandi igihugu mu karere cyagira ubwo bushobozi ndetse n’inyungu ni u Rwanda. Abandi bashoboka ni abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza uretse ko ubushobozi bwabo bugerwa ku mashyi keretse niba akanya Gen Niyombare yamaze mu nzego z’iperereza no mu gisirikare yari amaze kugira abantu bamwe be ku giti cye muri izo nzego akaba ari bo arimo gukoresha ubu.

Icyo twasorezaho n’uko twavuga ko Col Bikomagu atishwe kuko hari uwo yari abangamiye ahubwo yishwe hagamijwe izindi nyungu niba atari ugushimisha abashakaga guhorera Lt Gen Adolphe yishwe n’abashakaga guteza intambara y’amoko mu Burundi.

Ese ko abavugwa ko bishe Lt Gen Adolphe Nshimirimana, leta y’u Burundi yavuze ko bafashwe ndetse bashyizwe imbere y’ubutabera nyuma y’icyumweru kimwe gusa nk’uko Perezida Nkurunziza yari yabisabye, abishe Col Bikomagu bo bazafatwa nyuma y’icyumweru kimwe nabo nk’uko Perezida Nkurunziza yabisabye?

The Rwandan

Email: therwandan@ymail.com


Viewing all articles
Browse latest Browse all 10365

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>