Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all articles
Browse latest Browse all 10365

Bruxelles: Haravugwa urugendo rwa Perezida Kagame

$
0
0

Amakuru agera ku bwanditsi bwacu kuri uyu wa gatatu tariki ya 24 Gicurasi 2017 aravuga ko Perezida w’u Rwanda Paul Kagame azagirira urugendo mu gihugu cy’u Bubiligi hagati y’amatariki ya 7 na 8 Kanama 2017 aho azitabira ibikorwa n’amanama bijyanye n’iterambere.Hari n’amakuru avuga ko na cya gikorwa gikunze kwitwa Rwanda Day gishobora kuba ariko cyahawe irindi zina.

Abasesengura iby’uru rugendo baravuga ko nirubaho koko ntihabeho impinduka ku munota wa nyuma, rushobora kuzabamo udushya twinshi, ariko ikidashidikanywaho ni uko Perezida Kagame azaca mu byanzu nk’uko asanzwe abigenze kuko bitamworohera kugenda yemye mu gihugu nk’ububiligi.

Nabibutsa ko igihugu cy’u Bubiligi gituwe n’abanyarwanda benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ndetse icyo gihugu kubera aho giherereye bikaba byakorohera abandi banyarwanda batuye mu bihugu nk’u Bufaransa, u Budage, u Buhorandi, u Bwongereza n’ibindi kuza kwifatanya na bagenzi babo mu kwamagana Perezida Kagame.

Ariko kuri benshi igiteye inkeke ni ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage bafite inkomoko muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo batuye mu guhugu cy’u Bubiligi badacana uwaka na mba na Leta iri ku butegetsi mu Rwanda by’umwihariko bakaba badahisha urwango bafitiye Perezida Paul Kagame. Uru rugendo rukaba rushobora gutera intureka mu gihugu cy’u Bubiligi cyane cyane mu duce tw’umujyi wa Bruxelles twiganjemo abakongomani benshi.

Ikidashidikanywaho ni uko uru rugendo ruzatuma habaho imyigaragambyo ikaze ku mpande zombi. Ku ruhande rumwe abashyigikiye Perezida Kagame bashobora kuzashaka kwerekana ko akunzwe cyane bahuruza n’iyonka, naho ku ruhande rw’abanyarwanda bandi bamurwanya bizaba ari uburyo bwo kumwamagana bivuye inyuma dore ko dufite amakuru y’uko ibikorwa byo kwitegura kumwamagana byatangiye.

Abakongomani nabo bazaba babukereye dore ko bizwi ko rimwe na rimwe bibagora kwifata ntibagaragagaza amarangamutima ku buryo nta kabuza bashobora gucakirana n’abashyigikiye Perezida Kagame bazwi nk’intore bakunze mu bikorwa n’ibi kugaragaza ibikorwa by’urugomo nko kwiba amatelefone agendanwa cyangwa guhohotera abo baketse bose kutumva ibintu kimwe nabo.

Marc Matabaro


Viewing all articles
Browse latest Browse all 10365

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>