Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all articles
Browse latest Browse all 10365

Green Party aho gutabariza Omar Leo Oustazi yahisemo kumukura ku mirimo ye!

$
0
0

Amakuru atangazwa n’umukuru w’ishyaka riharanira demokarasi n’ibidukikije mu Rwanda, Bwana Frank Habineza, aravugako ngo nyuma y’inama ngishwanama za komite nshingwabikorwa y’ishyaka zabaye ku ya 1 Gashyantare n’iya 2 Gashyantare 2013, ngo hafashwe icyemezo cyo gukura ku mirimo ye y’umunyamabanga ushinzwe itumanaho Bwana Oustazi Omar Leo kugeza ubu waburiwe irengero.

Impamvu itangwa na Bwana Habineza mu nyandiko yacishije ku rubuga rwa facebook ngo inama yafashe icyo cyemezo kubera ko Bwana Oustazi Omar Leo ngo afite imyitwarire idahwitse mu byo atangaza byaba mu mvugo cyangwa mu nyandiko acisha ku mbuga mpuzambaga nka facebook.

Ibi bije nyuma y’aho Bwana Habineza yatangaje ko yabonanye inzego za giporisi zitwa CID agiye gutanga ubuhamya ku ibura rya Bwana Omar Leo.

Iki cyemezo cy’ishyaka Green Party cyo gutererana umwe mu bayobozi bayo cyateye benshi kwibaza icyaba kihishe inyuma y’icyo cyemezo.

Hari abasanga Bwana Franka Habineza yaba yarabwiwe n’inzego z’umutekano ko arizo zifite Omar Leo cyangwa zimushakisha ndetse akabwirwa n’ibyo ashinjwa bityo Bwana Habineza agahitamo gukuramo ake karenge dore ko n’ishyaka rye ritaremerwa kwandikwa ndetse n’amatora y’abadepite akaba yegereje.

Bwana Frank Habineza yaba yahisemo gutererana umwe mu bayobozi b'ishyaka rye kubera ubwoba cyangwa inyungu za politiki? Aho ejo bundi ntazahabwa umwanya akajya muri ya mashyaka baringa abana na FPR muri forumu?

Bwana Frank Habineza yaba yahisemo gutererana umwe mu bayobozi b’ishyaka rye kubera ubwoba cyangwa inyungu za politiki? Aho ejo bundi ntazahabwa umwanya akajya muri ya mashyaka baringa abana na FPR muri forumu?

Abandi bo basanga n’ubwo Bwana Habineza yaba ari mu gihirahiro nta makuru ya Omar Leo afite yaba yagiriwe inama n’abantu bamwe na bamwe cyangwa n’inzego za polisi ko yareka Omar Leo akirwariza kugira ngo bidatuma Leta yijundika ishyaka ryabo bigatuma ritanandikwa.

Ikigaragara n’uko inyandiko n’ibitekerezo bya Omar Leo kuri facebook bitashimishije benshi dore ko ataryaga iminwa igihe yabaga ashaka gutanga ibitekerezo bye. Ariko ikindi umuntu yakwibazaho ni ukuba inyandiko zose zigaragara ku rubuga rwa facebook zitirirwa Omar Leo ariwe wazanditse koko dore ko byagaragaye ko hari abandi bantu bashyize ubutumwa kuri facebook biyita we ariko abamenyereye kuganira na Omar Leo bakabivumbura.

Abakunze gukoresha urubuga nkusanyambaga facebook banenga ibibi bikorwa na Leta y’u Rwanda bamaze iminsi bagaragaza impungenge z’uko inzego z’iperereza za Leta zikoresheje abantu bari kuri urwo rubuga rwa facebook cyangwa ubundi buryo bameze iminsi bahiga abantu baba bandika kuri facebook banenga Leta cyane cyane kuva aho hagaragariye ku rubuga rwa facebook agasanduku k’ubutumwa kitwa RNC Kigali. Benshi mu bandika banenga Leta kuri facebook baba bari mu mahanga cyangwa baba bari mu gihugu bagakoresha amazina y’amahimbano cyangwa bagahinduranya aho bandikira kenshi ariko Bwana Omar Leo we yandikaga atihishe kandi ari no mu gihugu!

Umuntu akaba yasoza yibaza icyo ishyaka Green Party cyangwa Bwana Frank Habineza bagamije mu gihe abarwanashyaka babo babura abandi bakicwa ariko bigasa nk’aho ntacyo bibabwiye. Ese uyu musore ntiyaba yaribeshye ishyaka igihe yajyaga muri Green Party?

Abantu benshi bakomeje kwibaza uko Bwana Habineza yakwifata uyu musore aramutse abonetse yaciwe umutwe nka Bwana André Kagwa Rwisereka wari Visi Perezida wa Green Party kugeza na n’ubu iperereza rikaba ntacyo ryagaragaje.

Marc Matabaro


Viewing all articles
Browse latest Browse all 10365

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>