Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10397 articles
Browse latest View live

Mpayimana Philippe arashaka guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika mu Rwanda


Ngo nta kundi byari kugenda Me Nzamwita Toy yagombaga kuraswa: Polisi y’u Rwanda

Umucamanza muri Amerika yategetse ko umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa utabarizwa mu Rwanda.

$
0
0

Inkuru yabaye impamo umugogo w’umwami Kigeli wa gatanu Ndahindurwa uzatabarizwa I Mwima ya Nyanza aho yimikiwe mu Rwanda.

Ibi n’inyuma yuko umucamanza mu rukiko rwo muri leta ya Virginiya muri Leta zunze ubumwe z’Amerika ategetse ko umugogo w’umwami Kigeli woherezwa mu Rwanda akaba ariho azatabarizwa.

Uwo mwanzuro umucamanza yawufashe nyuma y’iminsi ibiri yumva ubuhamya bw’abagize umuryango w’umwami bafashe icyemezo cyo kwitabaza inkiko, nyuma yuko bananiwe kumvikana aho umugogo w’umwami watabarizwa.

Muri bo hagaragaye abari bashyigikiye ko umugogo w’umwami utabarizwa mu Rwanda n’abatabishyigikiye bifuza ko yatabarizwa mu mahanga.

Impaka muri urwo rubanza ahanini zavutse nyuma yuko nta kimenyetso na kimwe umwami yasize cyangwa urwandiko rugaragaza aho yifuzaga ko yatabarizwa.

Umunsi wa mbere w’urubanza wahariwe ahanini kumviriza abashyigikiye ko umugogo w’umwami wazatabarizwa mu Rwanda.

Bafashijwe n’ababunganira bose bashimangiye ko icyifuzo cy’umwami cyar’uko umunsi umwe yazataha mu gihugu cyamwibarutse.

Basobanuriye urukiko ko, kuba umwami atarigeze afata ubundi bwenegihugu ari ikimenyetso simusiga ko yakundaga igihugu cye, ko byaba byiza ari naho atabarijwe.

Christine Mukabayojo, Umwami Kigeli abereye se wabo, yishimiye ko bahawe uburenganzira bwo gutahana umugogo w’umwami mu Rwanda

Christine Mukabayojo, Kigeli abereye se wabo, yasabye urukiko guha agaciro icyifuzo cya nyirasenge Speciosa Mukabayojo, wasabye ko musaza we yatabarizwa mu Rwanda.

Christine yabwiye urukiko ko Speciosa ari we wenyine usigaye mu bavukanaga n’umwami Kigeli.

Uruhande rwabifuza ko Kigeli yatabarizwa mu mahanga rwo rwasabye urukiko kudaha agaciro icyo cyifuzo bagaragaza ko kuba umwami yaratanze hashyize imyaka 55 atarakandagiza ikirenge mu gihugu cye, ari ikimenyetso cy’uko atari yiteguye gutaha mu Rwanda.

Umwami Kigeli V Ndahindurwa n’uwari umukarani we Boniface Benzinge

Bagaragaje ko umwami yasabwe kenshi gutaha ariko agashimangira ko atiteguye gusubira mu Rwanda nk’umuntu usanzwe ko ahubwo agomba gutahana icyubahiro cy’umwami.

Emmanuel Bushayija, umwami Kigeli abereye se wabo, yabwiye urukiko ko kuba u Rwanda rutarigeze rwifuza ko umwami ataha nk’umwami ari impamvu ihagije yo gutuma adasubizwa mu Rwanda nyuma yo gutanga.

Nyuma yo kumviriza impande zombi, umucamanza yahaye agaciro icyifuzo cy’abagaragaje ubusabe bwa mushiki w’umwami kuko ari we ufitanye isano ya hafi cyane n’umwami Kigeli.

Umucamanza yahise ategeka ko umugogo umwami bawurekura ukoherezwa mu Rwanda.

Christine Mukabayojo, wari uhagarariye nyirasenge yabwiye Ijwi ry’Amerika ko bashimishijwe cyane n’icyo cyemezo cy’urukiko. Yavuze ko bagiye gutangira gahunda zo gutahana umugogo w’umwami byihutirwa.

Uruhande rw’abifuzaga ko umwami atabarizwa muri Amerika bo ntibifuje kugira icyo batangaza.

Boniface Benzinge wabaye umukarani w’umwami yabwiye Ijwi ry’Amerika ko ntacyo yavuga arisaba kuvugana n’umwunganira.

Pasteur Ezra Mpyisi

Pasiteri Ezra Mpyisi, wabanye n’umwami Kigeli yabwiye Ijwi ry’Amerika ko agiye kugerageza guhuza abavandimwe bari bamaze gucikamo ibice.

Yagize ati “Ngomba kwicarana n’umuryango w’Abahindiro nkabasaba kwicarana bagakura umuvumo uri mu muryango wabo.”

Kigeli V Ndahindurwa yategetse u Rwanda kuva mu kwezi kwa karindwi 1959 kugera ahiritswe ku butegetsi mu kwezi kwa mbere umwaka 1961.

Yatanze tariki ya 16 y’ukwezi kwa cumi umwaka w’2016.

Inkuru y’Ijwi ry’Amerika

 

—————————————————————————————–

NYUMA Y’IMYAKA IRENZE 50 ABAKOLONI BAVUYE MU RWANDA, TWEBWE ABANYARWANDA TWARI DUKWIYE GUSHISHOZA BIHAGIJE, TUGASHOBORA GUTANDUKANYA INGAMBA ZA POLITIKI IGAMIJE INYUNGU ZA RUBANDA NYAMWINSHI (COMMON PEOPLES) N’IZA POLITIKI IGAMIJE INYUNGU BWITE Z’UWASHINZE ISHYAKA RUNAKA

$
0
0

1. Intashyo

Banyarwanda namwe Banyarwandakazi dusangiye igihugu n’amateka, cyane cyane ababa hanze y’u Rwanda muri iki gihe (aho dukunze kwita mu buhungiro) nongeye kubasuhuza mbifuriza umwaka mushya muhire wa 2017.

Nimunyemerere mbanze nshimire by’umwihariko abantu (cyangwa se umuntu ku giti cye) bagize igitekerezo cyo kudushyiriraho uru rubuga “The Rwandan/Umunyarwanda”, mu rwego rwo kutworohereza, kuko rudufasha kungurana ibitekerezo cyane cyane ibigamije gushakira hamwe umuti ibibazo u Rwanda n’abanyarwanda twakomeje kugenda duhura na byo, mu mateka yacu ya buri munsi mu buryo bwa rusange, ariko cyane cyane kuva mu ntambara ya 1990 – 1994 kugeza aya magingo, ku buryo bw’umwihariko.

Bavandimwe, nifuje gutanga iki gitekerezo mu rwego rw’inkunga (nta bundi bushobozi nibitseho, niyo mpamvu mbanje kubiseguraho kuko murabizi ko “nta we utanga icyo adafite”, rwose nta cyiza nagira ngo umunyarwanda akimburane ho), ngamije gushishikariza aba “Politicians” bacu (ndavuga abari muri opposition) gusohoza ya masezerano (promises) bama baduha, dore ko nta munsi rirenga batatwijeje “impinduka”, kandi ko u Rwanda ndetse n’ingamba bo bateganyiriza abanyarwanda ari rwa Rwanda rwisesuyemo “demokrasi”, n’iyubahirzwa ry’uburenganzira bw’ikiremwa-muntu, na gahunda z’iterambere buri munyarwanda wese azajya yibonamo, kandi koko twese izo nizo nzozi (ndoto) zacu, ni nabyo tunyotewe kugeraho (our aspirations).

2. Ufata ihene ayifata igihebeba
Reka twongere twibukiranye ko iyo hatabaho “Revolution yo muri 1959”, ntabwo u Rwanda ruba rwarabonye Independence, ndetse nta n’ubwo ruba rwarabaye Rebublika.
Icyo nshaka kugaragaza hano nuko usanga akenshi mu mibereho y’abantu ndetse n’ibyemezo rusange bagenda bafata nk’abaturage basangiye amateka, usanga akenshi harabaheyo imbarutso yatumye ba bantu birebaga nk’abasangiye amateka, bakora ibikorwa bihindura amateka rusange yabo.
Uwavuga ko ugutanga kw’Umwami Mutara Rudahigwa muri 1959, kwabaye imbarutso ikomeye yo kugirango aba-Politicians b’icyo gihe bari muri opposition, bahagurukire icyarimwe noneho bayobore (leading ) icyaje kwitwa “Revolution ya rubanda” yatangiye mu Ugushyingo 1959 – ikarangira muri Nyakanga ku ya 01, 1962 u Rwanda rubaye Republika, ntabwo yaba arimo guhindura amateka.
Ingingo nyamukuru nshaka kugeza ku bandi bashishikajwe n’ihinduka ry’amateka y’u Rwanda muri 2017, ariko rizira kumena amaraso y’ikiremwa muntu, nuko iyi Revolution yo muri 1959-1962 (ari nayo yahinduye amateka y’u Rwanda burundu kuko n’ibyabayeho nyuma byose kugeza aya magingo ni ingaruka – consequences – z’iyi Revolution) ntabwo yayobowe na rubanda rugufi (common peoples), ahubwo yayobowe n’ aba Politicians biyitaga ko bari muri opposition y’icyo gihe, noneho rubanda rurabayoboka (opposition politicians led the move, then common people followed).

Ariko igitanganje (nako ikibabaje) nuko aba Politicians dufite muri iki gihe, bitwa ko bari muri opposition, basa nkaho bashaka kuba aka wa mugore wabwiye mugenzi ngo “Tuzajya twogera iwawe, hanyuma tuze twisigire iwanjye”!!!!!.
None se koko niba umuntu aba muri European Union, Scandinavia, U.K, U.S.A, Canada, ndetse akaba yarabaye umwambari wa RPF imyaka n’imyaniko, kugeza ubu akaba ntacyo RPF yamushinja uretse kwitwa “igipinga” (nta cyaha cy’inkomoko cyangwa se cy’ingengasi bamugeretseho), kandi ubwo akaba yirirwa ku ma radio atandukanye, ndetse na za blogs sinakubwira ,yivuga ibigwi n’imyato, yamamaza gahunda nziza z’akataraboneka, afitiye abanyarwanda, ariko akaba afite ubwoba bwo kujya gukorera politics mu Rwanda, kandi wenda afite n’ubwenegihugu burenze bumwe, akaba ari n’umuntu ujijutse, kandi koko wagombye kuba usobanukiwe principles za Leadership, bishoboka bite ko we yaba akorera kuri “baranyica”, hanyuma akumva ko azayobora aruko umuturage utakigira n’urwara rwo kwishima, azaba yirukanye RPF ku ngoma???

Ese ye, reka turote tuvuge ko ibyo bibayeho:
Ubwo koko mwene ngofero aramutse ahaze amagara (inda ishonje nta matwi igira),agahambiriza RPF (ndavuga abayihagarariye) ubwo koko wowe wiyita umu “Politician” wo muri opposition, watinyuka ukamanuka aho za Europe/U.S.A/Canada, na karavati, na “Philosophy” nyinshi cyane, na za diskuru zuzuyemo ubudemagoji bw’ikirenga, uti “ndaje humiriza nkuyobore”. Really???

3. Ushaka inka aryama nka zo

Banyarwanda, kandi bavandimwe, nta bwo nakwifuza ko hari uwajya kwiyahura, ariko rero nk’uko abakurambere bacu basize babivuze, burya koko ushaka inka agomba kuryama nka zo.

Mu mateka y’abarwanashyaka benshi bo muri Afrika, bashoboye kubohoza ibihugu byabo muri ya nkundura yo muri za 1960s, cyangwa se mu bindi bihe byagiye bikurikiraho, usanga abenshi baragiye baba ibitambo (wenda bakarokoka) , kuko burya ngo nta nsinzi (intsinzi) itagira igitambo.

Urugero ni nka ba Nyakwigendera Mzee Jomo Kenyatta, President Robert Mugabe, Former President Dr Kenneth D. Kaunda, na Nyakwigendera Tata Nelson R. Mandela, abenshi muri abo babanje kujya bafungwa imyaka igeze cyangwa se irenze 10, ariko nyuma bakaza kugera ku ntego z’amashyaka ya politics babaga bahagarariye.

Byongeye kandi niyo turebye ibyabaye mu Rwanda muri 1990 – 1994, dusanga RPF yarafashe ubutegetsi mu Rwanda habanje kubaho ibitambo byinshi kandi bitandukanye, uwabimburiye abandi (uwabaye Umugaba/Leader – abandi bakayoboka) akaba ari General Fred Rwigyema.

Muri iki gihe tugezemo (2017), mu rwego rwo kubohoza u Rwanda n’abanyarwaranda ku ngoyi ya RPF tumazeho zeho imyaka irenze 20, intwari mu biyemeje gukina politics, zatangiye kwigaragaza, aha navuga nka Madame Ingabire Victoire Umuhoza n’abandi ba Politicians bo muri opposition, bafungiwe mu Rwanda muri iki gihe, cyangwa se ababa baratanze ubuzima bwabo bazize ko bari muri opposition, ndetse na Padri Thomas Nahimana na bagenzi be, na bo ubu dusigaye tubabarira mu mubare w’izi ntwari, ari nako tubasabira ku Mana, ngo umumalayika w’Uwiteka azabagende imbere, kandi azabatsindire imitego yose ya Satani, mu rugendo rwabo rwo kubohoza u Rwanda , bateganya vuba aha.

None se ye, wowe mu Politician wiyita ko uri muri opposition, ukaba ukomeje gukangurira rubanda rugufi (bene ngofero) ngo nibajye mu muhanda guhangana na DASO, wowe wibereye muri European Union, U.K, U.S na Canada, hanyuma ngo nibarangiza urugamba abazaba barokotse bazitegura vuba na bwangu nkuko na we witeguye kuzamanukana isheja uje kubayobora (kubategeka), ubwo koko izo si za politics zo mu bushorishori (wa mugani w’umunyarwanda) ??

Ubwo butegetsi butangwa kw’isahani ya feza (silver platter) budaharaniwe ni ubwa he?

Ahantu umuturage yaramuka ayoboye revolution (ibyo ni nko guhinga masaka), noneho umu-politician yabaye “ntibindeba”, noneho urugamba rwarangira, wa mu – politician agafata iya mbere mugupiganirwa kuyobora ababa barokotse ya nkundura yo kwibohoza (ibyo ni nko gutema ayeze).

Ni ukuri, njye mu buswa bwanjye, ndumva ibyo ari nka bya bindi numvishe abavuga igifransa bavuga ngo ni “ugushyira amasuka ahinga imbere y’ibimasa biyahingisha” (mettre les charrrues devant les boeufs).

Rwose “findi findi irutwa na so araroga”, niba aba -politicians bacu bari muri opposition badashoboye gufata iyi hene (kubohoza u Rwanda nta maraso amenetse) igihebeba ( muri iki gihe cy’aya matora ya 2017), bazakomeza batugire ibitambo by’inzara n’urwitwazo rwa demokrasi, dore ko bisigaye binavugwa ko bamwe muri bo bashinze amashyaka ya politki bashaka impamvu (urwitwazo) zo kubona ubuhungiro mu bihugu byamye bibacumbikiye.

Ibyo nta we bibangamiye muri twe, ariko niba noneho ibya ngombwa barabibonye, nibarekere aho boye gukomeza kuducunga mu bigare (wheel chairs) bitagira iyo biva n’iyo bijya.

4. Umwanzuro

Umunyarwanda yarebye imibereho yo muri iyi si nuko arihanukira ati burya “Amaso yerekwa bimwe, ibindi abyirebera”. Nirinze kugira amashyaka ya opposition menshi mvuga hano, ariko ibyo aribyo byose amenshi ariho muri iki gihe kandi byitwa ko akorera hanze y’u Rwanda abenshi mu banyarwanda tuba mu buhingiro twarayumvishe cyangwa se turayazi.

Nubwo tugereranyije twasanga umubare mwinshi w’impunzi z’abanyarwanda cyane cyane kuva muri 1990 kugeza magingo aya uba k’umugabane wa Afrika, biradutangaza cyane kuko iyo twitegereje neza dusanga umubare mwinshi w’amashyaka yitwa ko ari muri opposition nyarwanda uba mu bihugu by’i Burayi (Scandinavia, U.K, European Union), Amerika (U.S.A) na Canada.

Noneho ikindi gitangaje cyane (ndetse kinababaje) gituma abenshi muri twe twibaza niba koko ayo mashyaka yitwa ko ari muri opposition yaba agamije inyungu zacu (twe bene ngofero), cyangwa se niba agamije inyungu bwite z’abayashinze (mu gihe twe rubanda rugufi tuzakomeza kugirwa ibitambo by’inzara n’urwitwazo rwa demokrasi), nuko dusanga amenshi muri ayo mashyaka nta bayoboke afite hano muri Afrika (mbese nta nzego zizwi ziyahagarariye dufite mu bihugu bitandukanye biducumbikye twe abasigajwe inyuma n’amateka yo k’umugabane wa Afrika).

Iki nacyo ni ikindi kibazo kidutera kwibaza icyo amashyaka nk’ayo yazageza ku banyarwanda bikatuyobera.

Ikindi kiduhangayikishije (great deal of concern) nuko muri Afrika abanyarwanda benshi b’impunzi baba mu makambi nka za Malawi, Namibia, cyangwa se mu mashyamba ya Kongo (DRC), ariko ugasanga abo ba politicians bacu (opposition) barazengurutse Europe na Amerika barayirangije (dore ko abenshi bafite ubwenegihugu bw’ibihugu byabanje kujya bibakira nk’impunzi) ariko ugasanga muri bo abashoboye kuza muri Afrika kudusuhuza no kureba akaga twatawemo no gusigazwa inyuma n’amateka n’amategeko yo muri Afrika, rwose wababarira ku mitwe y’intoki.

Aha naho tugasanga ari ihurizo ritatworoheye, kuko Politics zikorerwa mu mutwe gusa, ariko ntizimanuke ngo zikore no ku mutima (we should manage people with our heart not our head), akenshi biba bica amarenga yuko nta gakiza kazazivamo.

Niyo mpamvu nateruye iki gitekerezo cyanjye nkagiha iriya nyito, kuko nshingiye kw’ishishoza ry’abakurambere bacu bagize bati “ushaka inka aryama nka zo”, kandi bati “kora ndebe iruta vuga numve – (walking the talk)”, ndetse baranongera bati “burya ufata ihene ayifata ighebebea – il faut battre le fer quand il est chaud”, none se ko Ruling Party -RPF ikorera kandi igategekera mu Rwanda, kandi ko rubanda nyamwinshi y’abanyarwanda (abavugwa ko bakubitwa buri munsi nk’ingoma, ndetse bagafungwa buri munsi nkinzugi) nabo ko bari mu Rwanda, abo ya nkenya Nzaramba (Kinga metallic duhurire k ‘umufungo; Warwaye ryari?) irimo guta ku wa Kajwiga nabo ko bari mu Rwanda, abakeneye “ubukombozi” byihutirwa ko ari abari mu Rwanda (mu by’ukuri tutabeshyanye twese tuzi neza ko abenshi muri mwe muba Europe/Canada/U.K/U.S, mwabonye citizenship cyangwa se Permanent Residence, you are better off, kandi murabizi ko mudateganya kwimuka ngo mwongere musubire mu Rwanda guturayo burundu, uretse ko ikibazo ari political system ya RPF ishaka gukumira abanyarwanda ikaduca iwacu/mu gihugu cyacu – Bavandimwe ntihagire unyumva nabi, nta we ntekerereje, ndimo gutanga igitekerezo), ndahamya ko kugeza ubu mu bihugu bitandukanye tubamo (uretse wenda ababa mu makambi no muri Kongo), nta we uburara cyangwa se ngo abure aya “mutuelle” yo kwivuza, cyangwa se ngo umwana we abure uko yiga amashuri mato (Primary) n’ayisumbuye (High School).

Ibi byose biragaragaza ko abakeneye gutabarwa ndetse no gutabarizwa byihutirwa (emergency) ni bariya ba rubanda nyamwinshi (common peoples) bari mu Rwanda: niyo mpamvu njye numva ko ariya matora ya Prezida wa Republika ateganyijwe muri Kanama 2017 yagombye kuba imbarutso (trigger) yo kuririraho (gufatiraho) kugirango amashyaka yose ya opposition amanukire icyarimwe, ajye gukorera politics mu Rwanda, kubera ko kugirango u Rwanda (rubanda nyamwinshi) bave ku ngoyi ya RPF nta maraso amenetse “it’s now – 2017 – or never”, ndetse bityo na attention ya Medias nyinsh zo kw’isi yaba ihanze amaso ku Rwanda, ku buryo bitaba byoroheye abategetsi b’u Rwanda gupfa kwica cyangwa se gufunga abo ba Politicians bacu uko bishakiye, cyane cyane ko muri bo nta n’umwe kugeza ubu ubutegetsi bwa RPF bwigeze butunga agatoki, tuvanyemo abayobozi bamwe na bamwe ba RNC na FDLR.

Nshoje mvuga nti yemwe ba Politicians bacu mwe, mwagombye kuba “Abagaba” (Front leaders), mukamurikira rubanda (light/torch bearers) noneho ingabo (common peoples/your potential voters) bakabakurikira.

Mwagombye kuyobora noneho rubanda rukayoboka. Ariko iyo numvishe mutangiye gutanga ingero zo muri Burkina Faso, Tunisia, Egypt n’ahandi ntavuze (n’ubwo izo ngero ari nziza twagombye kuzifatiraho amasomo), mukumva ko uko byagenze iyo hose ari nako bizagenda mu Rwanda (cyeretse niba atari ruriya rwa Gasabo muba muvuga, maze kugera mu za bukuru mujye mumba hafi munyibutse), njye bintera ikibazo, nkumva nabagira inama yo kuva muri Politics, mukaza tugafatanya muri za NPOs (Civil Society).

None se koko reka ngire icyo mbibariza:

Bishoboka bite ko ushobora kuba urota kuzaba Prezida w’u Rwanda (ndavuga kubohoza no kugeza abanyarwanda ku mahirwe bifuza) ariko ukumva ko inzira iboneye yo kugera ku ntego wiyemeje ari iyo gukorera ibikorwa bya Politics zawe mu mpunzi z’abanyarwanda zibera iyo gihera, iyo muri Europe na U.S.A na Canada, cyane cyane ukoresheje internet, kandi ubizi neza ko miliyoni zirenze 7 z’abanyarwanda batazi gukoresha internet, cyangwa se nta bushobozi bafite bo kuyikoresha???

Bavandimwe ushaka inka aryama nka zo, hari abanyarwanda benshi bahoze mu nzego z’ubutegetsi zitandukanye, muri za Leta na za Republika zitandukanye, byabaye ngombwa ko bava mu Rwanda bakajya kuba hanze yarwo, bahageze bamesa rumwe , bikomereza ubuzima bwabo, ibya Politics basa nkaho bashiyize mu gatebo.

Ntabwo ibyo bivuze ko badakunda u Rwanda cyangwa se Abanyarwanda, ahubwo bashoboye kubyumva hakiri kare ko “Politics” na “Civil Society Activism” bitandukanye, bahitamo kurya akagabuye, birinda kuvanga amasaka n’amasakramentu.

Njye ku giti cyanjye ndahamya ko byafasha abanyarwanda bari hanze (abitwa impunzi) muri rusange, ariko cyane cyane abari mu Rwanda (abenshi muri iki gihe barimo kwicwa n’intimba -socio-economic depression- ) by’umwihariko, abiyemeje gukora Politics bashoboye kujya kuyikorera mu Rwanda ( kuko abari k’umurongo wa mbere izo Politics zishaka kuzanira ubufasha niho bari – bari imbere mu Rwanda rwa Gasabo), kandi rwose uyu mwaka wa 2017 nicyo gihe gikwiriye, kugirango abanyarwanda bagire amahirwe (opportunity) yo kwipakurura ingoyi ya RPF, muri aya matora yo muri Kanama 2017, aba Politicians bo muri opposition bameshe rumwe bakamanuka bakajya gutabara abanyarwanda, cyangwa se ibya Politcs bakabisezeramo kuko burya inzira itageza abagenzi iyo bajya ibagusha ruhabo.

Kungurana ibitekerezo ni imwe mu nzira za demokrasi tugomba gukomeza kwitoza.

Amahoro y’Imana akomeze abane na twe twese hamwe.

Inararibonye Albert GIRANEZA

Dr. Rudakubana arabwira Minister Kaboneka ko bagomba kureka kubeshya abanyarwanda

Kigali: umuntu yarasiwe ku ruzitiro rw’ahabikwa kajugujugu z’intambara!

$
0
0

Amakuru agera kuri The Rwandan kuri uyu wa kane tariki ya 5 Mutarama 2017 aravuga ko abasirikare barinda ahabikwa indege za kajugujugu z’ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere i Kanombe barashe umuntu bakamwica mu ijoro ryo ku wa gatatu tariki ya 4 rishyira ku wa kane tariki 5 Mutarama 2017 bavuga ko ngo yageragezaga kurira uruzitiro!

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana yemeje aya makuru ariko ntiyayavugaho birambuye ngo haracyakorwa iperereza ndetse n’umwirondoro w’uwishwe ntabwo watangajwe.

 

Charles Kambanda arasobanura impamvu umugogo w’ Umwami Kigeli uzoherezwa gushyingurwa mu Rwanda

“AKAMASA KAZAMARA INKA KAZIVUKAMO’’ UBWAMI BURANGIJWE NA BENE BWO. SPECIOSE/CHRISTINE MUKABAYOJO

$
0
0

Nibyo koko ngo umugani ugana akariho. Abari bagishidikanya kuri uyu mugani w’akamasa kazamara inka kazivukamo, murarushaho kuwusobanukirwa. Reka ntangire mbunvisha amagambo Speciose Mukabayojo mushiki wa Kigeli yavuze asubiza ikibazo cyari kimubajijwe nyuma yo gutanga kw’umwami Kigeli V Ndahindurwa taliki ya 16 Ukwakira 2016.

Ikibazo yabajijwe :
“mama umwami iyo yatangiraga mu mahanga byagendaga gute cyera mu mateka y’uRwanda?”

Mukabayojo:

“Bavugaga ngo, umwami iyo aguye ishyanga ngo aba abaye umutabazi ntagaruka mu Rwanda, iyo agarutse mu Rwanda ngo uRwanda rugenda rugira ibintu by’ibyago. Kandi nabiboneye kuri papa Musinga yaguye muri Congo Rudahigwa ashaka kumuzana kubera ko Atari azi imihango ya cyera, abasaza baramubuza. Bati mureke ubwo yari umutabazi. Agumayo. Yapfuye cyera cyane hashize imyaka irenga mirongo ingahe. Kandi na Rudahigwa igihe yagwaga i Burundi nabyo baravuze bati iyo batamugarura, bati buriya kugarura umwami yatangiye hanze ni bibi. Rero nkomeye agatima ukuntu u Rwanda rwagiye rugira amahano ya jenoside y’ibiki! Ndavuga nti wenda nibyo bizira. Ndavuga nti wenda byaba byiza kumurecyera hariya, cyangwa byashoboka se bakarindira bakareba niba nawe hari ikintu yaba yarasize avuze ku buzima bwe. Nabyo babirindire. Nta kindi nibyo nababwiye.”

Ntawabura kwibaza uko Mukabayojo byaje kumugendekera nyuma, usibye ahandi higeze kwunvikana yivugira ko ashyigikiye ko umwami atabarizwa mu Rwanda kugira ngo yigirire amahoro. Aha naho ntawabura kwibaza ayo mahoro uwayamubuzaga.

Ku bwanjye mu myunvire yanjye, ntitaye ku muco nyarwanda, imiziririzo cyangwa amateka yagiye aranga igihugu cyacu; byakabaye mahire abayoboye igihugu cyacu bose bashyinguwe mu Rwanda kandi mu cyubahiro. Nkaba nifuza kandi nizera ko leta y’uRwanda mu gushaka gutabariza umwami Kigeli mu Rwanda nta nyungu zibiri inyuma. Ariko iyo ugiye mw’isesengura ry’impanvu yabyo; usanga Atari ko biri ahubwo hari byinshi byihishe inyuma twakagombye gusobanukirwa kuko ni amateka azatubazwa kandi akarazakomeza kuturanga twe n’abazadukomokaho.

Aha ntawabura kwibaza tuti niba se koko leta aribyo ishaka; Dominiko Mbonyumutwa yatabururiwe(gutaburura) iki ko yari yarashyinguwe mu cyubahiro na leta yayibanjirije? Niba se yarataburuwe kuko aho yari ashyinguwe hatanogeye; ko tutamenye ahandi yaba yarashyinguwe nk’uwabaye umukuru w’igihugu?

Dushakire ahandi rero kuko kugarura umugogo w’umwami Kigeli mu Rwanda harimo izindi nyungu zitagize aho zihuriye na mba no guha icyubahiro uwahoze ari umukuru w’igihugu. Iyo biza kuba ibyo Habyalimana na Musinga haba harakozwe ibishoboka byose ngo umurambo/umugogo byabo bigarurwe mu Rwanda.

Kigeli V Ndahindurwa iyo atabarizwa mu mahanga

Ubundi iyo Mukabayojo ataza kubuzwa amahoro, hagakurikiza impanuro n’ibyo azi kandi yumvise ku miziririzo n’imico y’ibijyanye n’ubwami; iyo hataza kuba izindi nyungu zihishe inyuma nta kabuza umwami aba yaratabarijwe muri Amerika.

Gutabarizwa kwa Kigeli muri Amerika bisobanuye iki kuri leta y’i Kigali? Iyo Umwami Kigeli aza gutabarizwa muri Amerika; hakurikijwe uko imihango ya cyami ibiteganya, hagombaga kuboneka umuzungura agatangazwa bakimara kumutabariza kuko umwami ntapfa aratanga (gutanga ingoma) Icyo kikaba aricyo kintu cy’ingenzi cyatumye leta ya Kigali ihaguruka igashishikara igatera ubwoba ikabuza amahoro Mukabayojo; ngo hato Kigeli atabona umuzungura mu mahanga.

Gutabarizwa mu Rwanda kwa Kigeli V Ndahindurwa

Mu magambo macye kandi yumvikana; umunsi wo gushyingura umwami Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda, uzaba ari umunsi wo kurangiza no gusezerera burundu ingoma ya cyami mu Rwanda kuko nta mwami wimikwa muri repubulika.

Ngiyo impanvu nyamukuru yahagurukije delegation iyobowe na Pasteur Mpyisi na Mgr Mbonyintege. Ngiyo impamvu nyamukuru yatumye leta ya Kigali yirara mu bahindiro ikababuza amahoro ngo baharanire ko Umwami atabarizwa mu Rwanda babishaka batabishaka. Ngiyo impanvu nyamukuru yatumye Mukabayojo abuzwa amahoro bigatuma yemera ko musaza we ajya gutabarizwa i Rwanda kandi azi neza ko bizira!

Akamasa kazamara inka kazivukamo koko! Mukabayojo nawe abaye akamasa, niwe urangije ingoma ya cyami mu Rwanda kandi ari umwe muri bo.

Imana itabare u Rwanda n’abanyarwanda.

Gallican Gasana


Frank Ntilikina, ufite inkomoko mu Rwanda wa mbere ugiye gukina muri NBA muri Amerika

$
0
0

Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bikomeye kw’isi nka The New York Times na Franceinfo aragaruka cyane ku musore w’imyaka 18 witwa Frank Ntilikina urimo kwigaragaza ku buryo agiye gukina muri shampiyona yo mu rwego rwo hejuru y’ababigize umwuga mu mukino w’intoki wa Basketball muri Leta zunze ubumwe z’Amerika ruzwi nka NBA.

Frank Ntilikina wavutse mu 1998 ku babyeyi b’abanyarwanda (Major Ir Faustin Ntilikina) yavukiye mu Bubiligi ariko akurira mu gihugu cy’ubufaransa aho akina ubu mu ikipe ya Strasbourg.

Mu kwezi gushize kw’Ukuboza 2016 ari mu ikipe y’igihugu y’U Bufaransa y’umukino w’intoki wa Basketball y’abatarageza ku myaka 18 yashoboye gutuma icyo gihugu cyegukana igikombe cy’u Burayi!

Mu Ukuboza 2016 na none yagaragaye mu mikino ihuza abakinnyi bakomeye b’abanyamahanga n’abafaransa bakina muri shampiyona y’u Bufaransa iyo mikino ikaba izwi nka  All Star Game.

Kuri ubu arimo kurambagizwa n’amakipe menshi yo muri NBA ndetse hari benshi batangiye kumugereranya n’umukinnyi w’icyamamare muri NBA witwa Tony Parker

Siwe wenyine kuko undi Munyarwanda Patrick Kinigamazi nyuma yo kubaka izina mu gihugu cy’u Busuwisi no mu Burayi yegukanye ikamaba ry’Afrika mu guterana amakofe mu rwego rw’abafite ibiro bike mu minsi ishize.

 

 

Frank Steven Ruta

Email: frankstevenruta@yahoo.com

Me Nzamwita Toy yaba yarazize iki?

Ese ubunyamaswa buri muri kamere-muntu y’umunyarwanda

Umugogo w’Umwami Kigeli wageze i Kigali, Jeannette Rwigema mu baje kuwakira!

$
0
0

Amakuru atugeraho aravuga ko umugogo w’umwami Kigeli V Ndahindurwa wageze i Kigali  mu masaha ya ku manywa kuri uyu wa mbere tariki ya 9 Mutarama 2017 ahagana mu saa sita na 40 mu bimeze nk’ibanga ku buryo mu ma saa munani Umugogo wari usohotse mu Kibuga cy’indege werekezwa mu bitaro byitiriwe umwami Faisal ku Kacyiru

Uwo mugogo wageze ku kibuga cy’indege i Kanombe uzanywe n’indege ya Ethiopian airlines kandi ko nta bantu benshi bo mu muryango we cyangwa abahoze ari abajyanama be bari bawuherekeje.

Ibi bije nyuma y’aho urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya Virginia rufatiye icyemezo cy’uko umugogo w’umwami Kigeli Ndahindurwa wajyanwa gutabarizwa mu Rwanda nyuma y’urubanza rwamaze iminsi ibiri rukarangira hafashwe icyo cyemezo ku itariki ya 4 Mutarama 2017.

Photo(umuseke.rw)

Kujya mu rubanza bikaba byaratewe n’ubwumvikane buke hagati y’abagize umuryango w’Umwami. Uruhande rushyigikiwe na Leta y’u Rwanda rwifuzaga kujyana umugogo w’umwami mu Rwanda rwarimo Christine Mukabayojo, Umwami abereye Sewabo wari uhagarariye mushiki w’Umwami , Spéciose Mukabayojo rwari rufite abarwunganira mu mategeko bagera kuri 5 bigaragara ko bishyurwaga na Leta ya Kigali.

Naho urundi ruhande rwarimo uwo Kigeli abereye Se wabo, Gerard Rwigemera ndetse n’uwahoze ari umukarani w’Umwami Boniface Benzinge rwo rwari ruhagarariwe n’umunyamategeko umwe rukumbi! Urwo ruhande rwavugaga ko Umwami akiriho yari yarahakanye kuzatabarizwa mu Rwanda, bakavuga ko atari kwemera ko umurambo we ujynwa ahantu yangiwe kujya akiri muzima.

Jeannette Rwigema yari mu bagiye kwakira umugogo w’umwami ku kibuga i Kanombe (Photo-igihe.com)
Photo: igihe.com
Photo: igihe.com

Mu bagaragaye ku kibuga i Kanombe baje kwakira uwo mugogo bigaragara ko bari babikenyereye hari abantu bo mu muryango w’umwami bake bazwi kw’izina ry’abahindiro, Ministre ufite umuco mu nshingano ze, Julienne Uwacu, umunyamabanga mukuru wa FPR, Francois Ngarambe, umuyobozi w’ikibuga cy’indege i Kanombe, Col Siras Udahemuka, Umuyobozi w’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, Dr James Vuningoma, Jeannette Rwigema

Ben Barugahare

Dupfana inda yo kurya

$
0
0

Banyarwandakazi, Banyarwanda, nongeye kubagana ngirango mbagezeho zimwe na zimwe mu ngingo zadufasha guhuza, tugashyira hamwe, tugafatanya maze tukigobotora ibintu byose bibangamira umuryango nyabutatu nyarwanda n’inyungu za rubanda muri rusange. Ubusanzwe habaho ibintu byinshi bihuza abantu kuburyo busesuye, twavuga cyane cyane amasano ashingiye ku moko, ku madini, ku karere cyangwa ku mirimo…

Iwacu mu kinyarwanda iyo bakubonanye n’umuntu cyangwa bumvise umuvuga, bakubaza niba hari icyo muhuriyeho ; bati : ese mupfana iki ? Ibisubizo ni byinshi bikihinira mu mvugo ngo : ni mwene wacu : Murumuna cyangwa mukuru, mushiki cyangwa musaza, masenge cyangwa marume, mubyara, mwishywa, muramu n’ibindi. Hari n’aho mwene wacu bigarukira gusa ku karere. Maze bakavuga ngo : ni uwo mu rwiwacu iyo, ni umuturanyi, ni uwo mukarere, twarabyirukanye, cyangwa ngo : twariganye …

Muri iki gihe ibyo byose byahoze ari inzira z’umubano mwiza mu bantu, byahindutse ikibazo kubera ingoma mbi ; ndashaka kuvuga uburyo ubutegetsi buriho ubu mu Rwanda butitaye na busa ku muco mbonezamubano mu Banyarwanda.Uburere n’ikinyabupfura ntabyo ;umuco mwiza waracitse. Abantu basigaye barangwa n’urwikekwe, amatiku n’ubutiriganya. Ngo buri wese yabaye maneko wa buri wese; abaturage bahora baregana bashinjanya ibinyoma. Aho gukorera hamwe ngo bajye mbere, hadutse ibintu byo kwishishanya, bigatuma ishyari, amacakubiri no kwikunda biburizamo imigambi yose iboneye yo kubaka igihugu cyiza.

Nyuma rero yo kuganira n’abanyapolitike banyuranye, kujya mu manama no gukurikira ibiganiro byinshi naje gusanga inzitizi dufite ari imwe, kandi ko kuyigobotora bigishoboka cyane. “Kwibukako turi kimwe”. Kubera ingorane zabaye mu Rwanda, intambara ikaze na Genocide, Abanyarwanda muri usange barakanzwe. Ariko ikigoye cyane ni uko n’ubutegetsi aho kubafasha kwisana ahubwo bwaje buca igikuba maze aho kubahumuriza ahubwo burabahahamura. Icyo gikuba cyakomeje nyuma y’intambara nubwo nta ruhande cyasize, cyanatumye Abanyarwanda bakomeza kutibona kimwe, ahubwo byongera ubusumbane bitewe n’uruhande rw’amoko baherereyemo cyangwa uburyo bibona mubutegetsi. Bityo rero kubera amakuba yatugwiriye twese, mu buryo bwo gukemura ibibazo byose dufite, tugomba gusa kumva ikintu kimwe : «Twese turareshya kuko turi abaturage b’igihugu kimwe, turi bwamwe dusangiye amateka amwe ». Sinavuga muri ya mvugo ngo ndi Umunyarwanda nk’aho hari uwo ngomba ibisobanuro;  ahubwo njye nagira nti : «Twese turi Abanyarwanda » maze ntihagire uwishyira hejuru ngo yihe gusuzugura,gukanga no gukandamiza abandi kuko igihugu atari umwihariko wa bamwe. Gahutu, Gatwa na Gatutsi,  twese turi bene Kanyarwanda. Wava Uganda, wava  Kongo, mu bahutu cyangwa mu batutsi, wava he na he, ntibikugira ikindi kintu. Ababigenderaho bose bakora ivangura, kandi nibo baduteramo amacakubiri; nibo babangamiye ubumwe n’umubano rusange w’Abanyarwanda.

Banyarwanda rero mwese mubona kandi mukagira ubushake, nimwirinde kwandura ayo macakubiri n’andi marangamutima bigendana : kwikuza, ubwironde, ubusambo, kwikubira, guhigika abandi no guhora ubishisha wibwirako benda kukuryoza ibyo wabatwaye. Ni mugire umutima mu gitereko mukunde kandi mubane na bose, mugirirane icyizere, mutumirane musangire nta rwikekwe, ahubwo kubana bibatere kuryoherwa n’ubuzima.  Ibyo nibyo biduha kumvikana maze kuko twumva duhuje ibibazo tugatabarana, tukabana, tugasangira maze tugasa.

Birababaje kubona abantu basigaye bakora umunsi mukuru ntibasangire ngo batarogana ! Hari n’abasigaye batinya gukora imishinga ya girira benshi akamaro ngo ejo batazitwa abagome bakanyagwa ibyabo ! Bibaye akamenyero kuziza abantu indangagaciro bafite ngo zitazamurikira rubanda igatahura ibinyoma Leta ikoresha mu gusinziriza abantu no kurenganya abandi. INGABIRE afungiye ko yaririye Abanyarwanda bazize abandi Banyarwanda ngo kuko yarebye mu mpande zombi, KIZITO MIHIGO nawe burya ngo azira cyane ko yaba yaravuzeko azirikana akanasabira Abanyarwanda bose n’abazize urupfu rutiswe Genocide. Iyo urebye neza usanga mugufungwa kw’abo bombi, ubwabyo, ari ikimenyetso gihagije kigaragaza ko dusa kandi ko dusangiye ugupfa no gukira kuko muri bariya bombi harimo umuhutu hakabamo n’umututsi. Twifuza bimwe, tubabarara kimwe, turafungwa tukagorwa kimwe kandi tugapfa kimwe, turya kimwe tugasonza kimwe, buri wese akaneye kurya kimwe nuko buri wese abikeneye, ari nayo sano ngenzi yacu twese.

Iyo wumvise byinshi bivugwa mu Rwanda rw’ubu, usanga ibigayitse byose bituruka ku mururumba, ku busambo no gushaka kwikubira ibyiza byose bigize umutungo w’igihugu. Nyamara tujye twibuka ibyo umuhanzi Saidi Brazza yavuze agira ati : « Abeli ntiyari mubi, Gahini ntiyari mubi, bapfuye iby’Isi ». Kizito nawe yarabyibukije igihe aririmbye  yibutsa imvugo ivuga ngo : «Abasangiye ubusa bitana ibisambo ».

Izo mpanuro zombi kandi, nsanga hari aho zihurira n’inyigisho Papa Fransisiko aherutse gutanga avuga ukuntu ishyari n’umururumba cyangwa kwifuza, ari isoko y’ingeso mbinyinshi ziturumbuka mu muntu nk’ibyatsi bimera kandi bikagenda bimworeka  bikamugeza ndetse ku urupfu. Niyo mpamvu nifuzaga kubabwira bavandimwe Banyarwanda ko burya uretse ibyiza muntu akeneye kandi wenda akenshi abasha no kugeraho ku giti cye, dukwiye gutekereza cyane kunyungu rusange, ari nazo imiryango yose aho iva ikagera ishingiraho. Maze aho kubona ibidutanya tukibanda cyane kubiduhuza.

Ngarutse rero kuri ya mvugo y’umuco wacu, amahuriro y’abantu ndetse n’amasano, si imvano y’amatiku cyangwa isoko y’amatage. Ahubwo ni imiyoboro ifasha kugena kuburyo buboneye ubwuzuzanye bw’abantu, kabone n’aho baba banyuranye mu mibereho yabo ndetse no mu misusire yabo. Kuburyo rero iyo umaze gushungura byose nta gupfobya ingeri zose z’imibanire, nta kwirengagiza ko mu mateka y’abantu ibihe bihora bisimburana, usanga hari ibintu  tudakwiye gutindaho cyane, ariko akaba ari nabyo amaherezo, byaba ishingiro ry’ibindi byose.

Ku bantu bose, mbere y’imigabane y’Isi, mbere y’Ibihugu, amoko n’imiryango hari ugusa no kureshya ku bantu bose, ari nabyo bigomba gutuma ntawe ukwiye kwirengagiza imibereho y’undi. Maze mu kinyarwanda muri rwa rwego rw’imibanire, bakubaza icyo upfana n’umuntu runaka mutagize icyo muriyeho mu masano twigeze kuvuga ukagira uti : « Dupfana inda yo kurya » bisobanuyeko nubwo ntasano iryo ariryo ryose mufitanye, musangiye ubuzima kandi mugomba gufatanya ngo buri wese abashe kubaho.

Aha rero niho duhera tukibutsa buri munyarwanda kurenga ubwoko n’akarere akomokamo atirengagije ko bihari, ariko agaharanira icyafasha twese kubaho neza, maze agafatanya n’uwo ariwe wese wiyemeza guharanira ikiza kandi akiyaka abo bose bireba bo ubwabo bakabangamira abandi mu buzima. Bityo rero Banyarwanda, nimukanguke, muhinduke kandi muhaguruke twigobotore abari kungoma itumye u Rwanda rusubira mu nzara ya hato na hato mugihe hari Abanyarwanda bamwe bagendera mu ndege. Muze dutsimbure ingoma y’abigamba gutunga ibya mirenge abandi bicira isazi mi jisho. Oya rwose nimureke ababona ukuri turenge amateka, tureke amatiku, tuve mu matage, twegerane mu bwiyunge, dusubire tube umwe. Ab’epfo dusange aba ruguru, uburengerazuba n’uburasirazuba dusangire, dushyingirane, nuko bene Kanyarwanda twese dusabane.

Nimuze rwose muturere twose no mu moko yose tube umwe : Kiga na nduga; Gatutsi, Gatwa, Gahutu, mureke kwirata, mureke kwirara, muharanire kubana mwibagirwe kurwana maze tugarukire ikinyarwanda ari nawo muco wacu; dutere amahoro iwacu, duce imihoro i Rwanda, tureke no guhora. Ndavuga ariko n’izo mvugo zose zo guhiga, guhigira no guhigika bene wacu nyamara natwe turimo twisenya.

Umugabo si urya utwe ngo arye n’utw’abandi; umugabo ni utabara, aho kugarika ingogo akagarukira imbohe, akarengera ingo, aho gutarara agatabara aho rukomeye, ntiyita ku maronko, yubaka amahoro, ati nubwo ntacyo dupfana mu miryango, ntanicyo dupfa, twese turabantu ngo dusangire, dusabane dupfana inda yo kurya. U Rwanda rushya si urwibagirwa ibyahise, ahubwo ni uruha agaciro amateka yarwo, rukegeranya bose ntavangura, rukiyubaka mu bwenge no mumaboko y’abana barwo bose kuko banganya ijambo.

Padiri Athanase MUTARAMBIRWA

Umwami mushya yimye yitwa Yuhi VI!

Banki nkuru y’u Rwanda igiye gufata amafaranga y’abahunze ari mu ma banki!


Abanyarwanda baravuga iki ku itahukanwa ry’umugogo w’Umwami mu kimeze nk’ibanga?

Abatuye i Nyanza barinubira ibanga ririmo gushyirwa mu itegurwa ry’ikiriyo n’itabarizwa rya Kigeli V

Kigeli V Ndahindurwa azatabarizwa i Mwima ya Nyanza ku ya 15 Mutarama 2017: Pasteur Mpyisi

$
0
0

Umuryango w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wasobanuriye abanyamakuru uko wagejeje umurambo wa nyakwigendera mu Rwanda, mu gihe urundi ruhande ngo rwashakaga kumutabariza i Burayi.

Pasiteri Ezra Mpyisi wari umujyanama wa Kigeli ni we wabisobanuye mu izina ry’umuryango. Ikiganiro cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, kuri Minisiteri y’Umuco na Siporo i Remera.

Mpyisi yavuze ko nyuma y’aho urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Kigeli atabarizwa mu Rwanda, bakomereje ku bitaro ngo bahabwe umurambo, havuka ikibazo mu byangombwa by’umurambo.

Ngo umuzungu wari ushinzwe iby’uwo murambo yababwiye ko ugomba kurizwa indege ukajya gutabarizwa muri Portugal ahari amarimbi y’abami, kuko ngo hari n’Abanyaportugal bafashaga Kigeli.

Uwo muzungu ngo yababwiye ko badashobora guhabwa uwo murambo ngo bawujyane mu Rwanda, ko guhindura aho kumujyana bishoboka ariko ko byasaba gutegereza ibyumweru bine.

Mpyisi yavuze ko ngo bamukuye muri Amerika basa nk’abamwiba, kuko bahendahenze uwo muzungu abibafashamo, babona ko nibategereza ibyo byumweru bine uruhande bari bahanganye ruzajurira.

Uruhande rutifuzaga ko Kigeli atabarizwa mu Rwanda, rwavugaga ko we ubwe mbere yo gupfa yasize avuze ko atifuza gutabarizwa mu Rwanda, ariko ibi urukiko rwabitesheje agaciro.

Mpyisi yavuze ko bashakaga ko atabarizwa muri Portugal mu rwego rwo kumucuruza kuko abantu bajya baza kumusura bakishyura, avuga ariko ko igishimishije ari uko byarangiye azanwe mu Rwanda.

Azatabarizwa i Mwima mu Karere ka Nyanza tariki 15 Mutarama 2017, nk’uko uyu mukambwe amaze kubibwira itangazamakuru. Muri ako gace ni na ho misa yo kumusezera izabera, ariko ngo ntizabera mu kiliziya.

Uruhande rutavuga rumwe na bo, nyuma y’icyemezo cy’urukiko rwatangaje ko himitswe undi mwami witwa Bushayija Emmanuel, izina ry’ubwami rye rikaba Yuhi VI. Ngo ni umwuzukuru wa Yuhi Musinga.

Mpyisi yabwiye abanyamakuru ko uyu Bushayija adakwiye gufatwa nk’umwami kuko nta mwami wimikwa n’abantu babiri, avuga ko amakuru y’iyimikwa rye bayumvise bari mu ndege bazanye umurambo.

Nyuma y’urupfu rwa Kigeli, Leta y’u Rwanda yatangaje ko izafasha umuryango w’umwami kumutabariza nuramuka ubyifuje. Mpyisi yabajijwe n’abanyamakuru icyo Leta irimo kubafasha, iki kibazo aragikikira, ntiyagira ibisobanuro agitangaho.

Jean Baptiste Ndahindurwa ‘Kigeli V Ndahindurwa’ yimye ingoma mu 1959 afite imyaka 23, asimbuye mukuru we Mutara III Rudahigwa watangiye i Bujumbura. Hari abakeka ko yarozwe.

Kigeli IV Ndahindurwa yaguye muri Amerika aho yari amaze imyaka 25 ari impunzi. Umurambo we wagejejwe mu Rwanda kuwa 9 Mutarama 2016.

Source: izuba rirashe

Igikomangoma Gerald Rwigemera ntiyemera umwami Yuhi VI Emmanuel Bushayija n’uburyo yashyizweho.

$
0
0

Mu kiganiro yagiranye n’Ijwi ry’Amerika, Rwigemera yavuze ko gushyiraho umwami bifite inzira binyuramo, umuryango nawo ukabigiramo uruhare.

Kuri uyu wa mbere nibwo inama nyarwanda y’Abiru b’ubumwami bw’u Rwanda yimitse umwami mushya Yuhi VI.

Ibyo byagaragariye mu itangazo ryashyizweho umukono na Boniface Benzinge, umujyanama akaba n’umuvugizi w’umwami.

Yuhi VI Bushayija ni mwene Theoneste Bushayija, umuhugu wa Yuhi V Musinga.

Iyo nkuru yamenyekanye amasaha make umugogo w’umwami Kigeli V Ndahindurwa ugeze mu Rwanda.

Umugogo w’umwami Kigeli wa Gatanu Ndahindurwa wajyanywe mu Rwanda nyuma y’iminsi ine gusa urukiko rutegetse ko azatabarizwa I Mwima ya Nyanza yimikiwe

Uwo mwanzuro umucamanza yawufashe nyuma y’iminsi ibiri yumva ubuhamya bw’abagize umuryango w’umwami bafashe icyemezo cyo kwitabaza inkiko, nyuma yuko bananiwe kumvikana aho umugogo w’umwami watabarizwa.

Rwigemera yari ku ruhande rw’abifuzaga ko umugogo w’umwami utatabarizwa mu Rwanda.

 

 

Hagati aho abagize umuryango w’umwami Kigeli mu Rwanda kuri uyu wa gatatu bateye utwatsi iyimikwa ry’umwami uherutse kwimikwa n’uruhande rutashakaga ko umugogo w’umwami watabarizwa mu Rwanda

Mu Kiganiro bahaye abanyamakuru bavuze ko umwami wemewe yimikwa n’abanyarwanda.

Muri icyo kiganiro kandi batangaje ku mugaragaro ko umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa uzatabazwa ku itariki ya 15 z’uku kwezi i Mwima ya Nyanza ari na ho yimiye ingoma.

Muri icyo kiganiro n’abanyamakuru pasiteri Ezra Mpyisi yamaganiye kure iyimikwa ry’umwami Yuhi VI Emmanuel Bushayija ryabereye mu mahanga. Yaryise iyimikwa ry’amafuti ryaje ritunguranye.

Yasobanuye ko Umwami Yuhi VI Emmanuel Bushayija yimitswe n’abantu babiri atasobanuye.

Ku ngingo yo kuba nyuma yo gutabariza umwami Kigeli V hari undi uzimikwa ku ruhande rw’abagize umuryango bari mu Rwanda, Mpyisi yatanze igisubizo kiri mu gihirahiro.

Hamwe yavuze ko biri mu maboko y’abanyarwanda kuba bagena undi mwami. Ubundi akabwira abanyamakuru ko bajya gushaka abiru bakabaha igisubizo. Yasobanuye ko umwami iyo akiriho ari we ugena uzamusimbura yaba atakiriho abagize Umuryango bagaterana bakagena uzasimbura umwami.

Itegeko nshinga ry’u Rwanda ryo ntiriteganya ubwami rigendera kuri repubulika.

Pasiteri Mpyisi yavuze ko abagize umuryango w’umwami Kigeli V bazagira umwanya wo guhura n’ubutegetsi bakaganira ku ngingo yo gusubizaho ubwami cyangwa kubukuraho burundu.

Kigeli wa Gatanu ndahindura yatangiye ishyanga afite imyaka 80 y’amavuko. Yategetse u Rwanda imyaka ibiri gusa.

Inkuru y’ijwi ry’Amerika

Pasteur Ezra Mpyisi yatanze ibisubizo byinshi byuje urujijo

$
0
0

Mu kiganiro n’abanyamakuru pasiteri Ezra Mpyisi yamaganiye kure iyimikwa ry’umwami Yuhi VI Emmanuel Bushayija ryabereye mu mahanga. Yaryise iyimikwa ry’amafuti ryaje ritunguranye.

Yasobanuye ko Umwami Yuhi VI Emmanuel Bushayija yimitswe n’abantu babiri atasobanuye.

Ku ngingo yo kuba nyuma yo gutabariza umwami Kigeli V hari undi uzimikwa ku ruhande rw’abagize umuryango bari mu Rwanda, Mpyisi yatanze igisubizo kiri mu gihirahiro.

Inkuru irambuye na Eric Bagiruwubusa wa Radio Ijwi ry’Amerika

 

 

Viewing all 10397 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>