Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10397 articles
Browse latest View live

“LETA YA KIGALI ITIYIZERA, KUVA KERA IMENERA IBIFARANGA UMURUNDO ABAZUNGU B’INTASI KURI OPPOSITION”: RUBINGISA PROVIDENCE

$
0
0

Yanditswe Albert MUSHABIZI

Ishyano ntiribara mukuru nk’umuto waribonye… Mu Kiganiro, Providence RUBINGISA yagiriye kuri Radio Itahuka ikorera kuri murandasi, kuwa 24 Werurwe 2021; yashyize hanze byinshi ku isesagura ry’umutungo wa rubanda, rikorwa na Leta ya Kigali. Muri kwa kutiyizera kwayo, iyi Leta ihuzagurika isukira abazungu b’intasi kuri opposition nyarwanda ibifaranga bitabarika. Ni muri iki kiganiro rero, RUBINGISA yatangaga umucyo ku buhamya bw’amasaha ane -ngo bwaba bwiyuzuriyemo ibihimbano n’amakabyankuru-; Madamu Michelle Martin, imwe mu ntasi za Kigali, yatanze muri rya kinamico ry’urubanza rwa RUSESABAGINA, kuwa 24 Werurwe 2021. Izina rya Providence RUBINGISA rikaba ryarumvikanye cyane, muri ubu buhamya. Nawe wakikurikiranira iki kiganiro ku mushumi ukurikira https://www.youtube.com/watch?v=WOD69KqhV10 

Kuva Leta ya Kigali yakeka ko RUSESABAGINA yaba afite inzozi zo kuba umukuru w’igihugu, yabuze amajyo, ishyira intasi kuri we n’abagize aho bahuriye nawe bose bo muri opposition.

Nk’uko RUBINGISA yabibwiwe na Amb. KIMONYO wa Leta ya Kigali i Washington, ngo Leta ya Kigali ntiyigeze igoheka kuva yakumva inkura yayiteye kubura amajyo; ko RUSESABAGINA yibwiriye abanyarwanda yari yahuriye nabo muri Afrika y’Epfo, ko afite inzozi zo kuba umukuru w’igihugu. Ngo ibikoba byakomeje gukuka iyi Leta itajya yiyizera na gato, abayihaye amakuru bayihamirije ko, n’umufasha wa RUSESABAGINA yavugiye aho; ko yiyumvamo ko akazina ka “First Lady” (umufasha w’umukuru w’igihugu); katamugwa nabi, ahubwo ngo bimutindiye !

Nibwo rero twumvise Michelle avugira mu rukiko ibigendanye n’amabaruwa yagiye yandikwa na PDR Ihumure ishyaka rya RUSESABAGINA; yandikirwa abantu b’ibihangange barimo ba Prezida ba US n’u Bufaransa. Yanavuze cyane no ku bikorwa byiganjemo ibiganiro mbwirwaruhamwe byagiye bitegurwa na Fondation RUSESABAGINA; yari ifite icyicaro i Chicago. Na cyane ko mu kwitegura kuzajya gusaba akazi ko kunekera Kigali; yakoze iyo bwabaga akagira aho ahurira n’abanyarwanda barwanya Kigali, abasaba kubakorera nk’umukorerabushake !  

RUBINGISA nawe wabarizwaga muri PDR Ihumure, mbere y’uko aba umurwanashyaka wa RNC; yaba yaritaweho cyane na Michelle, kubera kuba yari yegereye RUSESABAGINA cyane! Na cyane ko uretse no kuba mu ishyaka ryashinzwe na RUSESABAGINA, RUBINGISA yanitabiraga ibiganiro mbwirwaruhame byose byategurwaga na Fondation RUSESABAGINA.

Mu buhamya Michelle yatanze yihatiye no kwerekana ko RUSESABAGINA yatangiye gukorana n’imitwe irwanya u Rwanda kuva kera. Aho ni aho yashatse kumuhuriza na Ignace MURWANASHYAKA, wahoze ari umuhuzabikorwa wa FDRL, yambukiye kuri RUBINGISA yashatse guha ishusho y’umuhuza wa RUSESABAGINA na MURWANASHYAKA.

Gusa RUBINGISA udahakana imishyikirano n’ababa muri FDLR, ndetse akanihamiriza ashize amanga, ko n’umunsi yagiraga ikiganiro, yari yaganiriye n’umwe mu ba FDLR; yahakanye ko yaba yarigeze ashyikirana na Ignace MURWANASHYAKA, wahoze ari umuhuzabikorwa wa FDLR. Anahakana ko RUSESABAGINA yaba yarashoboye guhura na MURWANASHYAKA. Yaciye amazi abakangisha abatuye mu bihugu by’i Burengerazuba ko, kuganira no koherereza amafaranga y’ubufasha bw’ubuzima bamwe mu barwanyi bari mu mashyamba ya DRC/RDC byabagiraho ingaruka mbi, mu bihugu barimo. Anabahamiriza ko we yatangiye kuregwa na Kigali ko akorana na ba FDLR, mbere y’uko abona ubwenegihugu bwa US; kandi ko nyamara bitatumye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka zimutambamira kubona ubwo bwenegihugu.

Madamu Michelle Martin yemenye ko Kigali ari kirarika, yiyakira akazi k’ubutasi, maze ejo bundi apfundikanya ibyo abashije aza kwihahira mu rubanza rwa RUSESABAGINA

Nk’uko RUBINGISA yakomeje abisobanura, Michelle yikuruye ku banyarwanda batiyumvamo ingoma ya Kigali; ahanini abashakaho akazi k’ubukorerabushake. Aha akaba yariteguraga kureshya Kigali ko yayibera intasi nziza, yerekana ko afite aho ahurira n’abayirwanya. Agira ibyo apfundikanya arayihereza; maze muri bwa bushishozi buke bumva ko yababera intasi y’ingirakamaro.

Ikibabaje kurusha ibindi ni uko : kuzana Madamu Michelle Martin mu rubanza  rwa RUSESABAGINA nta n’icyo byari byunguye imigendekere y’urubanza. Impamvu ituma Michelle ari imburamukoro yaje kubagara ibijumba i Kigali; ni uko mu ntangiriro za ruriya rubanza, ubushinjacyaha bwari bwavuze ko butazashinja RUSESABAGINA ibyaha yarezwe na Leta y’u Rwanda, mu Bubiligi mu 2010. Ibyo Michelle yaje guhamya i Kigali bigizwe ahanini n’ubutumwa bwahanahanywe kuri murandasi mbere y’ikirego cyo mu Bubiligi. Umuntu agasanga ko uretse amazimwe no kwishyira hanze, ntacyo Michelle yazaga gutangaho ubuhamya kuri RUSESABAGINA, uregwa ibyaha by’iterabwoba byo mu myaka ya vuba cyane ishize MRCD igifite ingabo za FLN. 

Madamu Michelle mu rubanza rwa RUSESABAGINA; ni rya kangata rya Kigali no mu ngeso ya Prezida KAGAME wikundira kwerekana ko gushyigikirwa n’abazungu, bimugira ikigirwamana ! Buriya buhamya kandi burashimangira ko Leta ya Kigali iri gupfundapfundikanya, izana abatangabuhamya batagize icyo bunguye urubanza; Michelle akaba iturufu yo kwereka abazungu bashyira Kigali ho igitutu cyo kurekura RUSESABAGINA, ko hari n’abazungu bamushinja. Michelle n’igikoresho cya Kigali mu gukangata abanyarwanda, bakomeje kwibaza imikino Leta irimo mu rubanza, rwo kwikoza isoni bene kariya kageni.

Intasi z’abazungu n’abashinzwe kunogereza isura ya Kigali mu isura y’ibinyoma, hirya no hino ku isi bahembwa akayabo, bari mu bayogoje umutungo w’igihugu 

Mu makuru RUBINGISA yaba yarabashije gukusanya; ni uko uriya Michelle MARTIN yabaye intasi y’u Rwanda kuva kera mu myaka ya za 2012-2013. Akaba yarahembwaga akayabo k’amadolari y’Amerika 5,000 buri kwezi yo gutera inyoni muri bwa busesaguzi bwa Kigali. RUBINGISA agereranya ko kugira ngo, Michelle ajye kwijandika mu nzarwe nk’iriya i Kigali; byaba byaratwaye Leta ya Kigali akayabo k’amadorali y’Amerika ari hagati y’500,000 na 1,000,000.

Iri sesagura ry’umutungo ku ntasi nk’iyi, ryiyongera ku kayabo gasesagurwa ku zindi ntasi z’abazungu zinyanyagiye mu mpande zose z’isi. Akenshi babaha amasezerano y’imirimo ya nyirarureshwa, ariko imirimo nyakuri ari ubutasi. Ubu butasi babukorera abari muri opozisiyo, ndetse n’indi miryango y’abanyamahanga, Kigali idashira amakenga.

Aha RUBINGISA akaba yaratanze n’urugero rw’indi ntasi, Michelle yamuhuje nayo y’umuzungu wiyita Mayike (Mike). Ibi ngo n’ubwo RUBINGISA yari ataravumbura ubutasi bwa Michelle; ngo mu bushishozi yafatanyije na Dogiteri Theogene RUDASINGWA, basanze uwo Mayike ari intasi ya Kigali mu buryo budashidikanywaho. Uyu Mayike akaba yarashakaga ko RUBINGISA amubera ikiraro kimugeza muri FDLR.

Igikorwa nk’iki cyo kwiyambika ubusa kwa Leta ya Kigali mu gutumira Michelle Martin mu buhamya butagize icyo bwunguye urubanza bidusigiye somo ki ?

Mu kubyinishwa muzunga n’urubanza rwa RUSESABAGINA; Leta ya Kigali ikomeje kwiyambika ubusa ! Ibihugu by’amahanga n’imiryango mpuzamahanga biyishyiraho igitutu, bizamenyeraho nyinshi mu nkingi z’ibikenyeri yubakiyeho ! Nyamara na opposition iyirwanya izarushaho kuyicishamo ijisho; bitume imenya ibyuho yacamo ngo iyishegeshe byo kuyirundura ! Abaturage itsikamiye nabo bazarushaho kuyitera icyizere; bamenye neza aho umutungo wakabagiriye akamaro nka rubanda usesagurirwa. 

Ni koko umanika agati wicaye, wajya kukamanura agahaguruka ! Leta ya Kigali, ishobora kuba imaze kwibonera ko mu gushimuta RUSESABAGINA, ishobora kuba yarakoze ikosa, ryo guhiga igisamagwe icyitiranya n’inturo ! 

Ni ihurizo rikomeye kubera ko igitutu nikiyigamburuza ikarekura RUSESABAGINA; izaba itaye ibaba, kandi itentemutse. Ibi bikaba byayiviramo ingaruka zo kuba itazajya ishobora guhanyanyaza, ku bitutu bindi byakurikira, cyane cyane ko amafuti yayo atabarika! Gukomeza guhanyanyaza irwana n’iki gitutu nabyo; bizakomeza kuyishyira hanze, binayishegesha byo kuyirundura ! 

Ukurunduka kw’ingoma z’igitugu zose, kubanzirizwa n’ibitutu, bifatisha ibyemezo bya mbuze uko ngira, bikaganisha ku bihano byo gukomanyirizwa mu by’ubukungu n’amahanga. Ugushegeshwa na bya bihano, kugakurikirwa no kugamburuzwa, kuganisha ku mishyikirano n’abarwanya izo ngoma z’ibitugu. Iyi mishyikirano nayo igaca intege ingoma yari yubakiye ku kinyoma, ikava mu kibuga mu matora akurikira inzibacyuho.  Ya ngoma y’igitugu ikagenda nka nyomberi, abo yakandamije bayivumira ku gahera ! Iri ryaba ari rimwe mu merekezo menshi ashoboka, Leta ya Kigali itumbereye mu minsi ya none ! Aho tukaba dushyize ku ruhande andi merekezo, nk’intambara y’imitwe y’ingabo irwanya Kigali nayo ibasha kuzayihirika; cyangwa se imyivumbagatanyo rusange y’abaturage,  yahirika ingoma ibabereye urusyo !


Ubwisanzure bw’itangazamakuru buracumbagira

Dr Kayumba Asanga Abanyarwanda Barambiwe Amahoro Ya Baringa

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Nyuma yo gushing ishyaka RPD / Rwandese Platform for Democracy ,  Dr Kayumba Christophe ntiyorohewe n’ubutegetsi bwa FPR, kuko ari umuntu wakoranye nabo cyane, kandi akaba umunyabwenge batifuza gutakaza, ngo bamubone abasenya nk’utavuga rumwe nabo yarabahozemo. 

Dr Kayumba ni muntu ki?

Tutagiye mu mavu n’amavuko ye, mu ncamake Dr Kayumba Christophe ni Umwalimu muri Kaminuza ufite impamyabumenyi y’ikirenga PHD, ni umushakashatsi, umwanditsi, umunyamakuru akaba n’umusesenguzi wa politiki. Yabaye umwalimu muri Kaminuza imyaka isaga 15, aba umugishwanama (Consultant) mu myaka irenga 20, ubushakashatsi nabwo akaba abumazemo igihe kirekire. Yakuriye hanze y’u Rwanda, ni umwe mu barutashye.

Muri Politiki y’u Rwanda, Dr Kayumba Christophe yabaye umukada wa FPR, aba umwe mu bakangurira abandi banyabwenge kwitabira gahunda za Cyama, hari abarahiye kubwe, mbese yakoze recruitment yishimiwe na FPR ku rwego ruhanitse. Dr Kayumba yabaye umwe mu bagiye bandika byaba mu binyamakuru bisanzwe haba no ku mbuga nkoranyambaga, akandika byinshi asobanura ibya Leta y’u Rwanda, aho inengwa cyangwa se ishyirwa mu majwi, akaba umwe mu gusobanura impamvu Leta yitwaye ityo cyangwa se yafashe icyemezo runaka.

Mu mwaka wa 2015 kugeza 2017, Dr Kayumba yagaragaye mu biganiro byinshi bya politiki asobanura impamvu itegeko nshinga rigomba guhinduka, n’impamvu Paul Kagame ari we ubereye u Rwanda. Yagaragaye atanga ibitekerezo bisenya gahunda politiki ya Dr Frank Habineza wa Green Party wiyamamazaga, asenga imirongo migari Diane Rwigara yashingiragaho agaragaza ko imitegekere y’u Rwanda ikeneye impinduka.

Dr Kayumba yabaye umwizerwa wa Sisitemu iyoboye u Rwanda, ari nayo mpamvu agakosa gato gato yakoraga bamukubitaga umunyafu uryana ngo atazava aho ata umurongo. CYAKORA MURI IBYO BYOSE, Kayumba iyo yakoraga ubushakashatsi ntiyabogamaga, yatangaga ibyabuvuyemo bihagaze mu kuri, rimwe na rimwe akabipfa n’abo yabukoreye, bamubwira ko aba nibura yarabyoroheje, ntabimurike bikakaye.

Kayumba rero nk’uwabaye umwambari w’ingoma ya FPR, kubacika agashinga ishyaka rye ritavuga rumwe na bo, kandi akarishinga azi amabanga n’amanyanga yabo, ntibyabaguye neza na mba, kubw’izo mpamvu bakaba bamwoga runono mu byo akora byose.

KAYUMBA ATI AMAHORO-BARINGA ATERA INTAMBARA

Mu gihe Kayumba utari usanzwe aganira n’abandi banyamakuru mu rwego rwo kubazwa ku kuntu abona ibitagenda mu gihugu, kuva yashinga ishyaka rye RPD, asigaye avugana n’abanyamakuru, kandi akisobanura agaragaza ukuri atigeze ashyira ahabona mbere hose.

Mu kiganiro kimwe n’abanyamakuru b’i Kigali, kuri channel ya Youtube yitw PAX TV  (https://www.youtube.com/channel/UCzjJ8qPN968ObG275irZlbA ), Dr Kayumba asobanuira icyo amahoro ari cyo, akabihuza n’ubuzima bw’igihugu, akanzura avuga ko amahoro atarimo ubwisanzure, amahoro aganjemo ubukene, amahoro aburabuza abenegihugu ari amahoro baringa. Anongeraho ko kubura ubutabera no guhuguzwa umuntu utwe bitera imvururu.

Kurikira ikiganiro kirambuye cya Dr Kayumba Christophe avuga ku mahoro baringa ari mu Rwanda

Miss Fiona unshinja gushaka kumusambanya ni umuhanga| Yakundaga kunsaba ko tubonana: Dr Kayumba

Akanyarirajisho Ep01 Se01(28.03.2021)

Twigenere Ijambo: Tumenye umusizi Bahati

$
0
0

Jambo ASBL yabateguriye ikiganiro cyahariwe umusizi Bahati Innocent umaze iminsi yaraburiwe irengero.

Turibanda ku bisigo yanditse, tubisesengure twifashishije abahanga mu muco n’ururimi rwacu.

Muri icyo kiganiro turabaganiriza ku kamaro gakomeye abasizi bagiriye igihugu cyacu cy’u Rwanda cyane cyane urubyiruko.

YouTube Channel y’umusizi Bahati : https://youtube.com/channel/UCYwKhJT9…

Idamange asabye Urukiko ko yajya aburanira mu ruhame hadakoreshejwe Videwo

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 29/03/2021, Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwasomye urubanza Idamange Iryamugwiza Yvonne yajuririye icyemezo cy’Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, wamukatiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Umucamanza wa mbere mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruri i Kibagabaga yafunze by’agateganyo Idamange Iryamugwiza, ashingiye ku kuba ibyaha aregwa ari ibyaha bikomeye kandi by’ubugome, bishobora gutuma atoroka ubutabera, kandi bikaba ari ibyaha biramutse bimuhamye byahanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri.

Idamange we yari yajuriye avuga ko nta mpamvu abona imuhamya icyaha, kuko ubwabyo byose uko byakabaye abihakana, akongeraho ko akurikiranywe adafunzwe nta bimenyetso yarigisa kuko ibyo bo bita ibyaha babifitiye ibimenyetso byose bashingiraho bamurega akaba atabihindura, akanongeraho ko afite adresse izwi, atabasha gutoroka ubutabera.

Mu isomwa ry’umwanzuro w’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, ntawe ufitanye isano n’uregwa wari uhari, ubushinjacyaha ntibwari buhari, mu cyumba cy’iburanisha harimo gusa Umucamanza, umwanditsi w’Urukiko n’abanyamakuru bake.

Isomwa ry’umwanzuro ryakererejwe hafi isaha yose no kuba Umucamanza i Rusororo ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo atabashaga kumvikana neza mu majwi n’uregwa wari muri Gereza ya Mageragere, hakaba habayeho gutegereza ko ihuzanzira (network) rishoboka.

Umucamanza yasomeye Idamange icyemezo cyafashwe kuri buri ngingo mu zo yajuririye agaragaza ko atanyuzwe n’icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, aho yasabaga ko zateshwa agaciro.

Umucamanza yavuze ko ku ngingo yo gufatwa no gusakwa binyuranyije n’amategeko bidafite ishingiro kuko ngo uregwa yashyize umukono ku nyandiko y’isakwa, kandi ko n’inyandiko ibemerera kujya kumufata igaragara muri sisiteme y’iburanisha.

Ku cyaha cyo gukubita no gukomeretsa, icyaha cyo gutambamira imirimo ya Leta, n’icyaha cya Cheque itazigamiwe, umucamanza yavuze ko Urukiko rutahawe ibimenyetso bihagije n’impande zombi, bityo bikaba bizaburanishwa mu mizi y’urubanza.

Nyuma yo gusoma ingingo ku yindi no kuyitesha agaciro ku ruhande rwa Idamange, umucamanza yavuze ko ibyo Idamange ashingiraho asaba gufungurwa nta shingiro bifite, ategeka ko icyemezo cy’urukiko rw’ibanze rwa Gasbo kidahinduka.

Idamange aho yari kuri Gereza ya Mageragere yasabye ijambo mu ijwi ritumvikanaga neza yagaragaje ko atishimie imikirize y’urubanza, anasaba Urukiko ko urubanza rwe rwajya rubera mu ruhame, kuko ngo n’ibyaha ashinjwa ngo yabikoze mu ruhame.

Umucamanza yamusubije ko n’ubundi rubera mu ruhame kuko ngo abanyamakuru n’abandi bantu basanzwe bemererwa kurukurikirana, ko imiryango iba ifunguye ntawe uhejwe.

Idamange yasabye ko abanyamakuru bajya bemererwa gufata amajwi n’amashusho, umucamanza amubwira ko bifite inzira bibanza gusabwamo.

N’ubwo Idamange yari akivuga umucamanza yamuciye mu ijambo amubwira ko ibyo gusaba ko urubanza rubera mu ruhame hadakoreshejwe ikoranabuhanga ry’iya kure, azandika akabisaba Urukiko rwabimwemerera bikazajya bikorwa, rwamuhakanira akabyakira.

Yahise asoza urubanza, bikaba bisobanuye ko Iryamugwiza Idamange akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, izarangira agatangira kuburanishwa mu mizi, nibaramuka batamwongereyeho indi minsi 30 y’agateganyo igenda yisubiramo, dore ko ubushinjacyaha bwavuze ko bugikomeza iperereza ku byaha Idamange akurikiranyweho, bikaba bitazwi igihe rizarangirira.

Ministre Busingye yavugirijwe induru ku bundi buswa yagaragaje ku birego byahimbiwe Dr Kayumba

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Nyuma y’iminsi mike hahimbirwa ibyaha abantu ngo batuzwe mu buroko hatangijwe urubanza ruregwamo Dr Kayumba Christophe ko yaba yaragerageje gusambanya umunyeshuri yigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, hakaba harahiswemo kuruburanishiriza ku mbuga nkoranyambaga mbere y’uko rwimukira mu nkiko, Minisitiri Busingye abihuhuye agaragaza ko we urubanza yarangije kuruca kera.

Si ubwa mbere Busingye agaragaje ubuswa bwinshi mu mikorere y’inkiko mu Rwanda, no mu mikorere y’inzigo z’ubutabera. Mu kwezi gushize yakoze amarorerwa ubwo yavuguruzaga Shebuja Paul Kagame wamye avuga ko Rusesabagina yizanye mu Rwanda ku bushake, Ministre Busingye akaba we yaremeje ko u Rwanda rwishyuye indege yamushimuse, ibi bikaba gihamya ko ibyo uwiyita “Bishop” Niyomwungeri Constantin avuga ko yakoze ku giti cye, ahubwo byari ubutumwa bwa Leta y’u Rwanda akorera.

Mu mpaka zivuga ku birego bishinjwa Dr Kayumba Christophe, Minisitiri Busingye yagaragaye atanga igitekerezo gihengamye, gishyirishamo Dr Kayumba muri izo mpaka zidafite ishingiro kuko zirimo urubanza rudakwiye gucibwa hariya kuri Twitter, ariko Minisiti Busingye yihanije Kayumba amubuza gukanga no gushaka gucecekesha abarega ihohotera, ngo kuko ahubwo ari ukuryenyegeza.  Busingye yasabye Dr Kayumba kwisobanura ku byo aregwa byo kugerageza gusambanya ku gahato, akirinda kuvuga ku mico bwite y’umurega.

Umunyamategeko waganiriye na The Rwandan kuri iyi ngingo yasobanuye ko ibyo Busingye yakoze ubwabyo bigize icyaha, ku buryo iyo biba mu bihugu byisanzuye Dr Kayumba yakamureze. Yongeyeho ko nk’umuntu ukuriye inzego z’ubucamanza, zirimo inkiko  n’ubushinjacyaha, ukongeraho ko na RIB iri mu nshingano ze, kuba yafashe uruhande ni nko gutungira agatoki izo nzego ati urubanza ruzacibwe muri iki cyerekezo.

Uyu munyamategeko asoza agira ati: “Gucira umuntu urubanza mu gihe na dosiye ye itaragira ibimenyetso simusiga bituma akekwaho icyaha ngo izamurwe mu nkiko, ni ikosa rikomeye ryakabaye rimweguza iyo aba ari mu gihugu giha agaciro ubutabera koko”.

Abatanze ibitekerezo hafi ya bose bannyeze uyu mu Minisitiri ukomeje kugaragaza intege nke mu mategeko, bannyega uburyo ajya yihenura ku bantu, bannyega uburyo amarangamutima ye asumba ubunyamwuga, akibagirwa n’umwanya ahagarariye.

Ku ruhande rw’abashyigikiye Minisitiri Busingye, harimo ka gatsiko gashaka gufungisha Dr Kayumba ngo ishyaka yatangije rizimire, kuko baba bariciye umutwe.


ESE AHO INGAMBA ZO KURWANYA COVID-19 NTIZABA ZIMA PREZIDA KAGAME UBURENGANZIRA RUBANDA GISESEKA N’ABAYOBOZI B’IBANZE BISANZURAHO !?

$
0
0

Yanditswe na Albert Mushabizi

Prezida KAGAME yagaragaje inyota, kandi yiteguye kwakira imbaga ngari y’abashyitsi bavuye imihanda yose; mu nama ya Commonwealth mu buryo bw’imbonankubone, mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka! Harabura gusa amezi abiri n’iminsi mike! Prezida KAGAME, ushegera iyi nama, akomeje kugaragara mu mashusho, yoherezwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, mu manama n’imihuro abandi baba bakoraniyemo. Ese Prezida KAGAME ntiyazatungura abanyacyubahiro bazaba bavuye imihanda yose bateraniye imbonkubone i Kigali; maze we akiyoherereza amashusho mu ikoranabuhanga !!

 N’ejo bundi byarongeye biba uko; ngayo amashusho ya Prezida KAGAME mu isengesho rihuza buri mwaka, ibikomerezwa mu ngoma ya Kigali! Iri sengesho ridahuza abantu benshi mu busanzwe, ryabaye kuwa 28 Werurwe. Hari ku nshuro ya 26 y’iri sengesho, kuko uyu muco watangiye mu Rwanda mu mwaka w’1995. Mu buryo bwo kohereza amashusho, KAGAME akaba yatanze ishimwe ku mana; ku cyorezo cya Covid 19. Yashimangiye ko inkingo zatanzwe kandi, ko ingaruka z’icyorezo cya Covid 19, zitabaye nyinshi ku baturage! Muri make yashimye Imana yazigamye u Rwanda muri iki cyorezo !

Inama n’imihuro ibonekamo umukuru w’igihugu, mu mashusho y’ikoranabuhanga hafi ya buri gihe, mu gihe rubanda giseseka n’abayobozi b’inzego z’ibanze, bemerewe guterana mu buryo bwitwararitse icyorezo cya Covid 19!

Gusenga mu buryo bw’ikoranabuhanga kw’abayobozi bakuru b’igihugu; mu gihe za nsengero z’abanyarwanda giseseka, zemerewe guterana mu ngamba z’isuku zikakaye no guhana intera! Ibiri amambu, itangazo ry’inama y’Abaministri ku ngamba zo guhangana na Covid 19, ryasohotse kuwa 29, umunsi umwe nyuma y’iryo sengesho, ryongeye gushimangira ko insengero ndetse n’ibyumba by’amanama, bikomeje kwemererwa kwakira 30% by’ubushobozi bw’abantu byari bisanganywe, mbere ya Covid 19.  Uko biri kose, nta gushidikanya ko ibi bifite ikindi bihatse; ahari wenda, iri sengesho si ikindi cyubahiro gihabwa Imana; ni igikorwa cya politiki mu mwimerere nyakuri! Irebere nawe ubwo budasa bw’u Rwanda, ku mushumi ukurikira https://www.youtube.com/watch?v=ZYII2tTQjBI 

N’aho Prezida KAGAME abashije kuboneka, biba ari giturumbuka !

Prezida KAGAME yakira Charles Michel w’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi, na Louise Mushikiwabo w’Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa; aba bashyitsi bakomeje mu mutambagiro wo kureba uko inkingo za Covid 19 zirimo gutangwa. Nyamara amashusho twaherutse ni ayo bari kumwe na Prezida KAGAME mu Rugwiro; mu mutambagiro twababonye bonyine! Abasobanukiwe n’ibyo kwakira abashyitsi (protocol), bahamya ko Bwana Charles Michel ari ku rwego rwo kuba yaragombaga gutambagirana na Prezida KAGAME. Bikaba biri mu ishema rye ndetse, kurusha uko ryaba ishema rya Charles Michel.

Icyakora icyabaye urukozasoni, muri ya mico Prezida KAGAME yihangishije yo kwigira kibonumwe; ni aho yasohotse mu birori byo ku rwego rw’igihugu, byari bigenewe Umukaridinari mushya, Antoine KAMBANDA, u Rwanda rwungutse mu mwaka ushize. Ibi byagaragaye nk’imyifatire idahwitse ku mukuru w’igihugu, mu birori byo ku rwego rw’igihugu, bigenewe igikorwa gihanzwe amaso n’isi yose ! 

Mu busanzwe se aya masengesho ngarukamwaka mu Rwanda atwibutsa iki kidasanzwe !?

Ni mu masengesho nk’aya, kuwa 12 Mutarama 2014; Prezida KAGAME yavugiye amagambo yuje, ubushinyaguzi n’ubunyamusozi; bitari bikwiriye ahantu hitwa ko hakoraniye abasenga, noneho bikaba agahomamunwa bikozwe n’umukuru w’igihugu! Muri aya masengesho niho Prezida KAGAME yahisemo kwigambira ko ari we wishe Colonel Patrick KAREGEYA wari yaramuhungiye muri Afrika y’Epfo, maze akamuhotorerayo mu ijoro ry’uwa 31 Ukuboza 2013 rishyira uwa 1 Mutarama 2014. Iri jambo ry’urukozasoni ku mukuru w’igihugu wigamba guhotora umuturage we, mu ikoraniro ry’abasenga; namwe mwaryikurikiranira ku mushumi ukurikira : https://www.youtube.com/watch?v=RsTER1fTXnY 

HAGATI YA BA PREZIDA KAGAME NA KISEKEDI INDYARYA YABA NDE INDYAMIRIZI IKABA NDE?

$
0
0

Yanditswe na Albert MUSHABIZI

Nta shiti ko iki kibazo gikubiye muri uyu mutwe w’inyandiko, cyabera benshi icya nyirarureshwa! Abakurikiranira hafi imibano y’ibihugu mu karere k’ibiyaga bigari muri rusange, ndetse n’umubano wa Congo-Kinshasa n’u Rwanda by’umwihariko; bazi akazina kogeye ka “Gisekeramwanzi”! Aka kazina gakomoka ku maradiyo akorera kuri murandasi y’abarwanya Leta ya Kigali; niko kahimbiwe Prezida KISEKEDI! Nyamara kamaze gukwirakwira no ku maradio n’ibindi bitangazamakuru, by’impirimbanyi z’Abanyekongo batavuga n’indimi zisa n’ikinyarwanda.

Abanenga umubano ukataje hagati ya ba Prezida bombi, babona ko KISEKEDI, mu kwiyegereza KAGAME, yaba akina n’umuriro! Nyamara ngo akabigira kabizi karya imboga karitse! Prezida KISEKEDI yatunguye  Vital KHAMERHE amugira ayo ifundi igira ibivuzo. Ibi bihabanye cyane n’uko akimwiyegereza, abafatira KISEKEDI ku rwara, bibwiraga ko yiyegereje umurusha uburambe n’amacenga muri politiki; bityo KAMERHE akaba yari kuba ari we Prezida nyakuri, naho KISEKEDI akaba igishushanyo! Abakongomani bamunenga bari batangiye kugereranya ishusho yabo bombi; n’iya Pasteur BIZIMUNGU wahoze ari Prezida w’igishushanyo, hitegekera KAGAME witwaga umwungiriza we!

Prezida KISEKEDI kandi yongeye gutungurana, akoze amavugurura ya politiki; yasize azengereje uwahoze ari Prezida KABILA n’impuzamashyaka ye. Uyu KABILA akaba yari amugeze ku buce, kubera ahari amasezerano y’ibanga, baba baragiranye ! KISEKEDI ni uwo, ni icyubi; iyo atarabona uburyo asangira n’uwishe se, aka wa mugani w’umunyarwanda !

Umubano wa  ba Prezida KISEKEDI na KAGAME watangiye wuje uburyarya, bivuze ko n’amasezerano basinyana yaba yiyubikije ikintu ku ruhande rwa KISEKEDI !

Mu matora yashyikanye Prezida KISEKEDI ku ntebe yo kuyobora Kongo-Kinshasa, Prezida KAGAME wari uyoboye Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe (African Union/Union Africaine) muri icyo gihe, ntiyazuyaje kwamaganira kure intsinzi ya KISEKEDI. Kugera ku rugero rwo kurwana inkundura ngo intumwa za AU/UA zijye kuyagamburuza. Ibi byaterwaga n’uko yari ashyigikiye umukandida Martin FAYULU, byahwihwiswaga ko yari ihogoza rya ba Mpatsibihugu b’i Burengerazuba! Maze bikongera bigahwihwiswa ko ku bwumvikane na Prezida Kabila wasohokaga, KISEKEDI yibiwe amajwi; ko intsinzi nyakuri yari iya Martin FAYULU!

Nyuma icyo gitutu ntacyo cyatanze, KAGAME aba akamye ikimasa. Prezida KISEKEDI acyicara ku ntebe y’ubuyobozi ntiyazuyaje kugaragaza ko azakorana na KAGAME, cyane cyane mu kugarura umutekano mu burasirazuba bwa Kongo, bwabaye isibanira ry’umutekano muke. Iki cyemezo cyahise gikekwa ko yaba ari amoshya ya Vital KAMERHE, yo gukoresha KISEKEDI amakosa akomeye ya politiki. Ibi byafashwe nk’urukozasoni na benshi, mu bazi KAGAME nk’igitutsi ku baturage ba Kongo, yahereye kera arimbagura, mu ntumbero yo kwiyibira umutungo kamere no kugabura mo Kongo ibice. Umushinga wa Repubulika ya Kivu ngo yagombaga kuba yigenga, ariko ari imandwa ya Kigali; wari warahwihwishijwe bihagije; nk’umwe mu migambi irambye ya KAGAME kuri Kongo!

Nyuma umugenderano wabaye akabonabose ! Nguwo KISEKEDI i Kigali, nguwo KAGAME i Kinshasa mu muhango wo gushyingura Etienne KISEKEDI, umubyeyi wa Antoine Felix KILOMBO KISEKEDI. Ibi byo kugaragara mu muhango wo gushyingura Etienne KISEKEDI kwa KAGAME; bikaba byarafashwe nk’igitutsi n’agashinyaguro kuri uyu munyapolitiki, ngo utarajyaga imbizi n’imigambi ya KAGAME yuzuye agasuzuguro kuri Kongo ! Ngizo intumwa ziranyuranyuranamo iziva Kinshasa zijya Kigali, iziva Kigali zijya Kinshasa; ariko hasinywa n’amasezerano mu by’umutekano, ingendo z’ikirere, ubukungu…

Amasezerano aherutse gusinyirwa i Kinshasa, kuwa 15-19 Werurwe 2021, mu nama yahuje intumwa za Kigali zari ziyobowe na General Jean Bosco KAZURA, Umugaba w’Ingabo, na Francois BEYA, umujyanama wa KISEKEDI mu by’umutekano. Ni ay’ubufatanye mu bikorwa by’umutekano, azahuriza ibikorwa bya gisirikari by’ibihugu byombi mu kurwanya imitwe y’abanyarwanda ibarizwa mu Burasirazuba bwa Kongo. Aya masezerano yamaganiwe kure n’abatabona ibintu mu buryo bumwe na Kinshasa; anengwa kuba arimo ubushishozi buke bwo kwikururira umwanzi w’ibihe byose. Ibi ariko bikaba n’ubundi bikubiyemo amacenga; kubera ko n’ubundi izo ngabo zimaze imyaka zikorera hamwe ibyo bikorwa bya gisirikari. Kuba ingabo za Kigali ziri muri Kongo ntibyari bikiri ibanga, byanamaganwe n’imiryango mpuzamahanga, irimo na UN/ONU.

Uyu mukino KISEKEDI atangije ashobora kuba yarawutekerejeho neza !

Mu magambo make, nta gishya kigaragara mu masezerano mashya ya Kinshasa na Kigali! Kuko n’ubundi ibikorwa rusange bya gisirikari bisanzweho! Gusa haribazwa niba kwinjiza ingabo muri Kongo KAGAME yishimiye, na KISEKEDI ashaka ko bijya ku mugaragaro, nta kindi byaba byiyubikije! Abaraguza umutwe bakaba bakeka ko u Rwanda nirujya muri Kongo ku mugaragaro n’ibindi bihugu bifiteyo ababirwanya bishobora kuzajyayo ku mugaragaro. Aha twavuga nk’u Burundi na Uganda; KAGAME atahwemye kugaragaza ko n’ubundi nabo basanzweyo mu ibanga.

Izi ngabo za Uganda n’u Burundi bivugwa ko zijya zikozanyaho n’iz’u Rwanda mu ibanga, cyane cyane ko bihwihwiswa ko KAGAME yaba yororeye muri Kongo imitwe y’ingabo, igamije guhungabanya umutekano w’ibihugu byombi! Umutwe w’ingabo zigizwe na Tanzaniya na Afrika y’Epfo washyiriweho kunganira umutwe wa UN/ONU witwa MONUSCO -nawo umaze imyaka irenga 20 udatanga umusaruro-; bigaragara ko utazabura kuhasesekara! Tubibutse ko uyu mutwe wo si uwo kurinda abasivili, ni uw’ibikorwa bya gisirikali bihangana isasu ku isasu n’imitwe itifuzwa muri Kongo! Uyu mutwe tubibutse ko utigera ujya imbizi n’imitwe y’ingabo KAGAME yororeye muri Kongo. Ibyo wagiriye M23 ni urwibutso rubi kuri KAGAME; kandi n’ubundi nibahurira muri Kongo ntibazajya imbizi ! Uganda n’u Burundi bisanzwe birebana ay’ingwe n’u Rwanda; nibyinjira ku mugaragaro, ibyari bihishwe byinshi bishobora kutazagwa KAGAME neza !

Imitwe itandukanye y’abanyarwanda barwanya KAGAME ubu nayo yinjiye mu mukino! KAGAME uje kuyihiga, yakunze kuvuga ko iterwa inkunga n’ibihugu by’u Burundi na Uganda nabyo bishobora kuzinjira ku mugaragaro, n’ubwo bihwihwiswa ko ibyo bihugu nabyo bisanzweyo ku ibanga! Ku bafite inkoramutima zabo muri iyi mitwe y’abanyarwanda irwanya Kigali, babavunguriye ku ibanga ry’uko, baba baragiranye ibihe byiza by’ubuvandimwe na wa mutwe wunganira MONUSCO, ugizwe n’ingabo za Tanzania ndetse n’iza Afrika y’Epfo; bigaragara ko nawo utazabura gusubukura ibikorwa ! Ni nabo bawuyoboraga amayira ndetse bakanafatanya ibikorwa by’urugamba mu ibanga ! Itegeko ry’urugamba ni ndakuka; guhuza umwanzi bisobanuye ubufatanye! Itegeko ry’ishyamba naryo ni ndakuka; iyo uhuje icyerekezo n’uwarigutanzemo, uba ugomba kumwiyegereza akakuyobora ! Umuhanzi RUGAMBA Syprian,  nawe yarabiririmbye mu “Urumenesha”, ko inzira y’ishyamba, igendwa n’abayizi kandi itisukirwa!

Ku rundi ruhande kandi, KABILA utajya imbizi na KISEKEDI na KAGAME bombi; yaba ngo nawe afite icyo yiyubikije! Ingabo zimaze iminsi zitoroka igisirikari FARDC cya Kongo ngo baba bari ku ibanga! Intambara yo ishobora kuba mbi cyane, ariko ingaruka zayo zishobora gukiza Kongo nk’igisabo, inzoka imaze igihe yarakizungurijeho ! Ibi kandi bikaba byaba biryoheye cyane mpatsibihugu, nawe wikundira ko abantu bacucitse hejuru y’imitungo kamere, barimbuka; maze iyo mitungo ikibwa neza, ntabo gutera intugunda n’icyugazi hejuru y’abajura baba bikoranira n’ubutegetsi!

 Byanga bikunda, nk’uko byagenze mu ntambara ya Congo ya Kabiri, aho ibihugu bisaga umunani byisanze birwanirayo; ntihazabura ibindi bihugu bya Afrika cyane cyane, iyo mu majyepfo (SADEC) bizagiyigiramo uruhare ruziguye cyangwa se rutaziguye! Muri iyi minsi birahwihwiswa ko KABILA afitanye umubano mwiza na ZIMBABWE; na cyane ko ava mu rugendo yari akubutsemo mu mahanga y’Uburasirazuba bw’isi, yinjujijeyo. Biranahwihwiswa ko inshuti ye magara General NUMBI wahoze ukuriye igipolisi ku ngoma ye, akaba ari ku bihano bya US, anahigwa n’ubutegetsi bwa KISEKEDI; nawe yaba yaratorokeye ZIMBABWE. Ku rundi ruhande Angola nayo ibanye neza na KISEKEDI !

Ujya kwica ubukombe arabwagaza : Prezida KISEKEDI mu mugendo wa Nyakwigendera Prezida Nkurunziza!

Abantu benshi binubiye umubano abarundi bita ‘soma mbike’ waranze ba Prezida KAGAME na NKURUNZIZA mu bihe bya mbere by’ubutegetsi bwa NKURUNZIZA. Ababyinubiraga ni abari bazi amakuru y’ingabo za RDF/KAGAME ku rugamba rwa ba NKURUNZIZA bakiri inyeshyamba, igihe babaga baje gutera ingabo mu bitugu ingabo z’u Burundi, EX-FAB, ku ngoma ya BUYOYA Pierre. Ababyinubiraga kandi ni abari bazi akaboko ka Prezida KAGAME, mu bibazo bimwe by’u Burundi, nk’igandagurwa rya Prezida NDADAYE, ndetse n’igitero cyagabwe ku ndege yarimo ba Prezida HABYARIMANA na NTARYAMIRA w’u Burundi. Prezida NKURUNZIZA yabanye na KAGAME, ku rugero rw’uko abizi cyangwa se atabizi, hari abanyarwanda b’abasirikali bishwe urwagashinyaguro kandi baba baragize uruhare mu rugamba rwamugejeje i Bujumbura; mu rwego rwo kunezeza Kigali. Hari n’abarwanyaga Kigali bagiye bashyikirizwa Kigali, bamwe bakabibona nko kudasobanukirwa neza uwo anywanye nawe!

Prezida NKURUNZIZA yaranzwe n’ubushishozi bwinshi ndetse n’ubwenge bw’igitangaza mu ishyamba; kuburyo ababanye nawe bavugaga ko, afite impano y’igitangaza yo kuyobora, no gushyira ibintu mu buryo. Muri ubwo bushishozi bwinshi n’ubwenge bw’igitangaza byatumaga bamuvugiraho ko “indongozi yivukira,” bivuze ko ubuyobozi ari impano umuntu avukana, kubirwanira nta mumaro! Birashoboka ko ari n’ubwo bushishozi n’ubwenge bw’igitangaza byatumye abana bya ‘soma mbike’ na KAGAME; byabuzaga ibitereko abifuriza ineza u Burundi bw’icyo gihe! Uwo mubano NKURUNZIZA yawubyaje inyungu za Diplomasiya, mu mpande z’isi, gucunga umutekano mu bihugu byo hanze, kwinjira mu muryango wa Afrika y’u Burasirazuba… Ariko kandi ngo nk’inyeshyamba, inavugwaho ubuhanga mu kuneka mu buryo butuje; byatumye asobanukirwa neza umuturanyi we, atajyaga kwishisha ngo azamenye neza akamurimo.

Nyakibi ntirara bushyitsi ! Umubano waje kuzamo agatotsi; nyuma y’aho KAGAME ashatse kwigarurira u Burundi nk’akarima ke… Biragenda kuzageza kuri rya geragezwa ry’ihirika ry’ubutegetsi ryo mu 2015, Kigali yari inyuma. Iri gerageza ry’ihirikwa ry’ubutegetsi ryapfubye ryafashije CNDD-FDD gutunganya byinshi byari bikiri mu kavuyo mu butegetsi; maze bubaka ubutegetsi butajegajega n’inzego z’umutekano zikarishye. Mu magerageza yo gutobera u Burundi, nyuma yo gupfubirwa n’ihirika ry’ubutegetsi, Kagame yakoze iyo bwabaga! Gusa icyamubereye ihurizo rikomeye ni ugusanga inzego z’iperereza zicanye ku maso, ku rugero atashoboraga gukeka! 

Gutura mu majyaruguru y’u Burundi no gushaka kuhaseserera ahungabanya u Burundi nabyo, byamubereye igufwa ridahekenywa! Muri aya majyaruguru niho inyeshyamba za CNDD-FDD zabanye n’abaturage igihe kirekire mbere yo kugera i Bujumbura! Umuturage wese wari ufite imyaka y’ubukure, yabaga afite ubumenyi ku kuneka no gutahura umwanzi wacengeye; yakuye mu bihe by’intambara babanyemo n’inyeshyamba za CNDD-FDD! Izahoze ari inyeshyamba n’abaturage bari batararengwa, bagifite ishyaka ryo kwivuna, ku kiguzi icyo ari cyo cyose uwashaka kubavutsa umudendezo bari bariyuhiye akuya imyaka n’imyaka. Aha niho havuye ko abatangariraga ishyaka ryabo babahimbye ba “Caratuvunnye”! Yabatobeye diplomasi ariko biba iby’ubusa! Umuvuno w’ingabo z’amahanga baba bawuboneye kure, barawiyama; ku rugero rwo gukabya ko nibarota bizana ku ngufu; bazabatumuruza amasasu, bakarwana kugeza ku wa nyuma !

Umubano wa NKURUNZIZA na KAGAME ngo waba wari ugamije kurangaza; abari bafite isezerano ryo kuzafashwa na KAGAME guhirika ubutegetsi bwagiyeho mu buryo bwa demokarasi.  Aba bafashe ibintu nk’ibazaborohera; kubera ko babonaga NKURUNZIZA nk’igisekeramwanzi kibana n’inzigo! Uwavuga ko amayeri y’iyahoze ari inyeshyamba NKURUNZIZA mu kwegera KAGAME, yavuyemo umusaruro wo kuba n’aho KAGAME yateka ibuye rigashya atatsinsura ingoma ya CNDD-FDD; ntiyaba abeshye! Yamumenye mu nguni nyinshi, akoresheje amayeri yo kuneka, atajyaga kuzamwihishuriraho; bituma n’umupango KAGAME yari afite wo kumuhirika, awukorana ubuswa butavugwa! Bityo rero, abaseka KISEKEDI wiyegereza KAGAME; bashobora kuba baba bifitemo ukwibeshya guhagije !

Ni iki cyaba gituma KISEKEDI akomeza kwiyegereza KAGAME mu buryo bumugaragaza nk’igisekeramwanzi !

Abantu bishyira hejuru kandi bazi ko barusha abandi ubwenge, nka kuriya kwa KAGAME; bashoborwa n’abantu bacisha bugufi, kandi bazi kwihangana. Urugero rwiza rugaragarira ku musaruro hafi wa ntawo; KAGAME yakuye mu gushaka gutembagaza ubutegetsi bw’u Burundi, ataretse n’ubwa Uganda. Bikaba  binagaragara ko nk’u Burundi, bwo n’aho yabaca urwaho akabica umukuru w’igihugu – nk’uko akunze kubigambirira, yanabyigambye ku gihugu cya Tanzania- ; ataba azahaje ingoma ya CNDD-FDD, iramutswa u Burundi, imaze kwiyubaka mu bunararibonye butoye umugendo kuri CCM yo muri Tanzania. 

KAGAME mu mururumba wo kwisahurira umutungo kamere wa Kongo, abarira hejuru; bityo bikaba byamugora kuvumbura imitego yaba yateganywe ubushishozi. Kwiyumva nk’igihangange n’umunyamaboko, ni indi ngeso nayo ituma KAGAME atagira ubushishozi muri byinshi akora. Urugero rwa hafi ruri mu byamushyikiye, ubwo yafataga umujyi wa Goma, -muri wa mutwe w’inyeshyamba we bwite wa M23- maze akawisohoramo nk’imbwa ikubitiwe ku mugezi; nyamara ngo yari yaburiwe na benshi barimo n’abagenerali bo mu ngabo ze, ko agiye gukora igikorwa gikabije ubuhubutsi.

 KISEKEDI rero bigaragara ko azi neza KAGAME! Ukurikije uko ashaka gutunganya igihugu cye, ariko agakomeza kwikururira umugabo umuhesha isura mbi mu benegihugu; yaba abigira nkana azi icyo akurikiye!

Haba hari umutego wa rugondihene ushoboka KISEKEDI yaba yiyubikije kuri KAGAME; ukazatungura benshi !?

KAGAME ni ikibazo kuri Kongo, ibyo KISEKEDI ntabiyobewe, ni n’ikibazo no ku bihugu byose bimukikije ! KISEKEDI ni umugabo ujya inama cyane, haba muri politiki y’imbere mu gihugu no mu karere. Yagaragaye yegera abanyapolitiki batumva ibintu kimwe nawe, mbere gato y’uko akora amavugurura ya politiki, yatentebuye KABILA n’impuzamashyaka ye. Mu bihugu by’akarere bizahajwe n’umuturanyi mubi KAGAME, nta na kimwe ataragiriramo uruzinduko! Mu rugendo yakoreye mu Burundi NKURUNZIZA akiri Prezida, hari ifoto yabiciye bigacika, yakabirizwaga n’abatumva ibintu kimwe na KAGAME; nk’aho yamuburiraga ko uriya mugabo yiyegereje azamukuraho imbwa yiruka !

Nk’uko twabivuze haruguru mu miterere y’amakimbirane ashoboka mu burasirazuba bwa Kongo, bitewe n’uko imitwe ihari iteye, n’uko ibihugu byo mu karere biyifiteho amakenga ku busugire bwabyo. Kwinjira muri Kongo ku mugaragaro kwa Kigali, gushobora kuba gutezemo umutego wa rugondihene. Iyi rugondihene, duketse ko ari Nyakwigendera NKURUNZIZA waba yarasize ayihumekeye muri KISEKEDI, ntitwaba twibeshye cyane! KAGAME muri Kongo ku mugaragaro, ni igitero cy’agasuzuguro n’agacunaguzo kuri Kongo; mu mitima y’Abakongomani yahekuye bitagereranywa! N’ikimenyimenyi imiryango ya sosiyete sivile, abakongomani bo mu Burasirazuba n’abandi bakomeje kubyamagana ku mugaragaro. Iyo ntambara ashoje ku bakongomani, irangiriye iwe nka kurya Nyakwigendera NKURUNZIZA yakundaga kubimuciramo amarenga –“uzotanguza indwano izoherera iwe”-; Kongo yaba ikize umwanzi w’amateka, n’ibihugu byo mu karere bikagoheka ! KAGAME wamaze kuryoherwa n’umutungo kamere wa Kongo; ntiyahava atahakuye inda y’akabati, aka ya mbeba yakurikiranye akaryoshye mu nsi y’ibuye !

2021: Nta gusengera igihugu kwabayeho, abantu barebeye mu ngo zabo filime bateguriwe

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Mu Rwanda hari hamaze kumenyerwa ko buri mwaka mu ntangiriro yawl haba igikorwa ngarukamwaka cyiswe icyo gusengera igihugu / National Parayer Breakfast, cyitabirwa n’abantu b’ingeri zose zihagarariwe, kuva ku nzego zo hasi kugera kuri Perezida wa Repubulika.

Mu mwaka ushize iki gikorwa nticyabayeho, kuko iminsi gisanzwe kiberaho, igihugu cyose cyari cyarashyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo. Abantu batari bake barabinenze cyane, bakabaza ukuntu mu bihe byitwa ko ari byiza ari bwo abayobozi b’u Rwanda bibuka kwiragiza Imana, ariko mu bihe by’amakuba nka biriya by’icyorezo cya Coronavirus bagahitamo kwirengagiza isengesho ry’igihugu.

Ibi byo kunenga iyi gahunda, byingeze gusemburwa no kuba Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta na Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania barashyizeho gahunda idasanzwe yo gusengera igihugu, ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda biracika ngo kuki bo bananiwe gusenga mu gihe bugarijwe.

Mu kwikura mu isoni, uyu mwaka Leta yakinze ibikarito mu maso abanyarwanda, ibabwira ko hazabaho gahunda y’amasengesho yo gusabira igihugu ku cyumweru tariki ya 28/03/2021. Nyamara iyo gahunda ntiyariho, ahubwo bari bararangije gufata videwo ya film bari bwereke Abanyarwanda ku munsi nyirizina wari witiriwe icyo gikorwa.

Tujya kumenya iby’iyi nkuru, twabitewe no kuba uyu munsi i Kigali hari abakomeje kubazanya ngo harya ya masengesho yabereye he? Abari basanzwe bayatumirwamo biganjemo abayobozi b’amadini n’amatorero ntibatumiwemo, nabo barebeye film mu ngo zabo nk’abandi bose.

Uko video ya film yeretswe Abanyarwanda yakozwe

Ni filime yakinwe n’abantu barindwi, barimo Bariho Lambert wiswe umusangiza w’amagambo, MC, wavuze ibyo agomba kuvuga byose, akabirangiza, akitahira, ikipe tekiniki ikabibika.

Uwa kabiri ni Munyemana Eric Umuyobozi wa Rwanda leaders Fellowship ishinzwe gutegura aya masengesho. Nawe yafashwe amafoto hacaho iminsi mbere y’umunsi nyirizina yamurikiweho.Yatanze ijambio ry’ikaze.

Umukinnyi wa gatatu w’iyi film ni kagirimpundu Kevine wiswe Rwiyemezamirimo ukiri muto, yakinnye atanga ishimwe ku Mana ryo kuba ngo Kagame ayobora neza cyane, ngo n’inzego zose z’igihugu zikaba zitwara neza cyane.

Umukinnyi wa kane ni Dr Rutayisire Antoine usanzwe n’ubundi ahora atanga ikigisho gikuru muri gahunda ngarukamwaka yo gusengera igihugu.

Umukinnyi wa Gatanu ugaragara muri iyi film ni Bishop Kayinamura Samuel , Umuyobozi w’Inama y’Abaprotestanti mu Rwanda, wavuze isengesho rirerire imbere ya Camera, mu cyumba kitarimo abantu.

Kizigenza, ni Perezida Paul Kagame nawe washyizeho igice cye kitafotorewe aho abandi bafotorerwaga, akaba ari we wenyine wavuze mu Cyongereza, kandi ibyo yavuze bikaba byari byarasemuwe mu Kinyarwanda kera, kuko amagambo yanditse abisobanura, ahanini yazaga imbere gato y’ibyo agiye kuvuga mu Cyongereza. Ryari ijambo rigufi cyane, ry’iminota ibiri.

Muri iyi gahunda kandi, indirimbo zafashwe amashusho ni iza Chorale Ambassadors of Christ yo mu Badiventisti

Bamwe mu bari batangiye kwibaza ku rubuga rwa Twitter niba koko aya masengesho yarabayeho, basibye ubutumwa bwabo, nyuma yo kubona bitangiye kugibwaho impaka. Ntitwabashije kumenya niba babusibye kubwabo, cyangwa niba bocyejwe igitutu.

Urubyiruko rw’Urwanda rusanga rupfunyikirwa amazi: Pr Moses Baraka

$
0
0

Urubyiruko rworoherezwe mu kubona akazi,rushyigikirwe mu kwihangira imirimo, abihangiye imirimo bagabanyirizwe imisoro. Imirimo irahari leta niyorohereze urubyiruko kwinjira mu mirimo

U Rwanda mu bihugu bifite abaturage batishimye!

Inzira ndende y’umuhanzi Jean Paul Samputu. Ubuhamya n’Akari ku mutima (Igice cya 1)

Ab’ikambere mu butegetsi bwa FPR bagejejwe muri Conseil de sécurité ya ONU.Ishyaka Ishema mu gikorwa

$
0
0

Ab’ikambere mu butegetsi bwa FPR bagejejwe muri Conseil de sécurité ya ONU. Muri iki kkiganiro Perezida w’Ishyaka Ishema, Madame Nadine Kasinge arasubiza ibibazo kuri icyo gikorwa


Cyuma Hassani yasuye ababyeyi be

Rwanda: amavidewo yatangajwe yatumye bamwe bafatwa abandi bakurikiranwa mu nkiko

$
0
0

Hakenewe impinduka zihuse muri iki gihe kiri hafi y’inama y’Ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Icyongereza(Commonwealth) 

Raporo ya Human Rights Watch, Mutarama 2021

Yahinduwe na Arnold Gakuba 

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch) wavuze ko hashize mwaka, ubutegetsi bw’u Rwanda butera ubwoba, buta muri yombi kandi bukurikirana nibura abantu umunani bavuze cyangwa batanze ibitekerezo ku bibazo biriho ubu mu Rwanda kuri YouTube. Umusizi watangaje imivugo ye kuri YouTube yaburiwe irengero ku itariki ya  7 Gashyantare 2021.

Mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth muri Kamena, ubuyobozi bw’u Rwanda bugomba guhita bahagarika ihohoterwa burekura abatanga ibitekerezo kuri YouTube ndetse n’abanyambuga bakurikiranywe mu buryo butemewe n’amategeko kuko uburenganzira bwabo bwo gutanga ibitekerezo bwabangamiwe kandi bukavanaho ibirego byose bubashinja. Ubuyobozi bugomba kandi gutangiza iperereza ryizewe, ryigenga kandi rinyuze mu mucyo ku ibura n’impfu zikekwa z’abanenga, abatavuga rumwe n’ubutegetsi, abakorera sosiyete sivile n’abanyamakuru, kandi ababigizemo uruhare bagashyikirizwa ubutabera.

Umuyobozi wa Afurika yo hagati muri Human Rights Watch, Lewis Mudge yasobanuye ko: “Hari umubare munini mu Rwanda werekana kutorohera no kwihorera  bikabije bikorerwa abanenga ubutegetsi, ibyo bikaba bitera impungenge z’umutekano w’abasura imbuga ndetse n’abatanga ibitekerezo byabo.” Yakomeje agira ati: “Umuryango wa Commonwealth ntukwiye kwirengagiza ihohoterwa ry’abaharanira demokarasi kandi ugomba guhatira ubuyobozi bw’u Rwanda gushyira mu bikorwa ivugurura rikenewe mu rwego rwo kurengera ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.

Muri Gashyantare na Werurwe, Human Rights Watch yaganiriye n’abantu barindwi batanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga n’abanyamakuru b’abanyarwanda, hamwe n’abandi batangabuhamya icyenda bakomoka mu miryango yabahuye n’ibibazo cyangwa babifiteho amakuru. Abashakashatsi ba Human Rights Watch banasuzumye kandi amategeko, inyandiko z’urukiko, disikuru mbwirwaruhame, hamwe n’imbuga nkoranyambaga abaregwa banyujijeho ibitekerezo byabo. N’ubwo iyi raporo ituzuye neza, yibanze ku manza Human Rights Watch yashoboye kugenzura. Amakuru amwe ateye impungenge ntiyashyizwemo mu rwego rwo kurinda umutekano wa ba nyirayo ngo batagirirwa nabi n’ubutegetsi bw’u Rwanda. 

YouTube yararwanijwe cyane kuko yagaragaje imbaraga mu kuvuga yemye mu Rwanda. Muri ino myaka yashize, nyuma y’uko bababazwa no kutajya impaka mu bitangazamakuru, bamwe mu banyambuga n’abatanga ibitekerezo b’abanyarwanda bafashe iya mbere mu gukoresha urubuga rwa You Tube bashyiraho amashusho avuga ku bibazo by’ingutu byugarije umurayngo nyarwanda kandi bakaganira no ku bibazo bimwe na bimwe bitavugwaho rumwe birimo kwirukanwa kw’abaturage mu duce dukennye mu murwa mukuru wa Kigali no gushyiraho guma mu rugo ikakaye ndetse no gufunga amashuri kuva muri Werurwe kugeza m’Ugushyingo 2020 ngo bakumire Koronavirusi.

Ku itariki 9 Gashyantare 2021, uwitwa Innocent Bahati, umuririmbyi n’umusizi w’imyaka 31 yaburiwe irengero. Ibyo byamenyeshejwe ibiro bishinzwe iperereza mu Rwanda (RIB) ubwo hari hashize iminsi ibiri agaragaye i Nyanza, mu ntara y’amajyepfo. Imivugo ye yasohoye muri videwo yashyizwe kuri YouTube, ivuga ku bibazo byugarije abaturage cyane cyane kwiyongera k’ubukene ndetse na guma mu rugo n’ingaruka zayo. Abantu babiri bamubonye mbere yo kubura, babwiye Human Rights Watch ko yasuye Akarere ka Nyanza ku ya 7 Gashyantare kugira ngo akore ubushakashatsi ku gisigo gishya yari agiye gusohora. Umuvugizi wa RIB yabwiye itangazamakuru ko iperereza rigikorwa kugira ngo bamenye aho aherereye.

Amakuru atandukanye agaragaza ko Innocent Bahati yari yarafunzwe mu 2017 azira kunenga icyemezo cyo kwimura ikigo cy’Ishuri Rikuru rya Kigali ryigisha uburezi kivanywa mu murwa mukuru kikajyanywa i Rukara mu Ntara y’Iburasirazuba. Human Rights Watch ivuga ko urebye ifungwa rya Innocent Bahati, wari uherutse kunenga politiki ya guverinoma, ndetse no kubura mu buryo butunguranye kw’abanenga guverinoma y’u Rwanda, wakeka icyihishe inyuma ry’ibura rye.

Ku itariki ya 19 Werurwe 2021, Human Rights Watch yandikiye Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye kugira ngo atange iamakuru ku byo wari umaze kumva birimo ibura rya Innocent Bahati, no gusaba amakuru ku ngamba zafashwe n’ubuyobozi bw’u Rwanda ku bijyanye no kuvutswa uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, nyamara kugerza ubu guverinoma y’u Rwanda ntiyigeze igira icyo isubiza.

Muri Mata 2020, abapolisi bataye muri yombi abanyambuga bane n’umushoferi bakorera imbuga za YouTube zo mu Rwanda bakoze inkuru ku ngaruka z’amabwiriza ya Koronavirusi ku baturage batishoboye. Ifatwa ryabo ryagaragaje zimwe mu ingamba zo kwihorera kandi batatu muri bo bahise bajyanywa mu nkiko. Dieudonné Niyonsenga uzwi ku izina rya “Cyuma Hassan”, nyiri Ishema TV, ndetse n’umushoferi we Fidèle Komezusenge bashinjwaga gukoresha impapuro mpimbano biyita abanyamakuru no kubangamira imirimo rusange, nyamara baje kugirwa abere ku itariki ya 12 Werurwe 2021. Théoneste Nsengimana, nyiri Umubavu TV yafunzwe by’agateganyo ashinjwa uburiganya ariko nawe yaje kurekurwa muri Gicurasi 2020 nyuma y’uko aburirwa ibimenyetso.

Nubwo bishimishije ko nta n’umwe muri abo bose wahamwe n’ibyaha, haracyagaragara guhohotera no gushyira iterabwoba ku bagaragaza ibibazo by’ingutu byugarije abaturage. Amategeko y’u Rwanda asobanura mu buryo bwumvikana ko umunyamakuru ari “umuntu wese ufite ubumenyi bw’ibanze bw’abanyamakuru kandi ukora umwuga w’itangazamakuru nk’umwuga we w’ibanze,” ibi bikaba binyuranije n’amahame mpuzamahanga kuko byemerera Leta gukurikirana abanyambuga nkoranyambaga batangaje inkuru zifite inyungu rusange ku bijyanye n’ingamba Guverinoma yafashe kubera icyirezo cya Koronavirusi.

Banki y’isi ivuga ko ubukungu bw’u Rwanda ari bumwe mu bwibasiwe cyane n’icyorezo cya Koronavirusi muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara kubera ingamba zikakaye zo kugikumira bityo bikaba byarateye “kwiyongera gukabije k’ubukene“, byibasira cyane cyane abatuye mu mijyi, abana n’abagore. Polisi yataye muri yombi ku maherere abantu ibihumbi icumi bafungirwa ku bibuga by’umupira (stades) bashinjwa kurenga ku ngamba zo kwita ku buzima rusange kandi Leta nayo ibona neza ko kunenga ingamba zayo zidafatika ari ngombwa. 

Mu bandi banyambuga nkoranyambaga bafunzwe cyangwa bafashwe muri iki gihe cy’umwaka umwe ushize harimo Yvonne Idamange, watangaga ibitekerezo kuri interineti, na we wavuze ku bukene bukabije bugenda bwiyongera mu Rwanda kandi akanenga uko gahunda ya guma mu rugo yagenze. Agnès Uwimana Nkusi, umwanditsi mukuru w’urubuga rw’amakuru “Umarabyo n’umuyoboro wa YouTube” nawe yafunzwe amasaha menshi nyuma yo kwandika inkuru ku iburanisha ry’ibanze rya Yvonne Idamange; kimwe na Valentin Muhirwa na David Byiringro, abanyarubuga rwa Afrimax TV batanze ibiryo nyuma y’uko baganiriye  n’abaturage bagasanga bashonje, aho baje kurekurwa nyuma y’iminsi 12.

Abatanze ibitekerezo barimo Yvonne Idamange na Aimable Karasira wahoze ari umwarimu akaba na nyir’umuyoboro wa YouTube, bakoresheje amashusho yabo kugira ngo baganire kuri jenoside yo mu 1994 no ku byaha byakozwe na RPF, ishyaka riri ku butegetsi nyuma ya jenoside, nabo bashyizweho iterabwoba kandi bashinjwa guhakana no gupfobya jenoside.

Muri ino myaka yashize, abantu benshi bakurikiranwe ku buryo butemewe n’amategeko babwiye Human Rights Watch ko bakubiswe kandi bahatirwa kwemera ibyaha batakoze mu gihe cy’ibazwa ndetse n’igihe bari bafunzwe by’agateganyo. Bamwe muri bo bemeje kandi ko abakozi ba perezidansi babakoreye ihohoterwa maze bababwira kutazavuga iyicarubozo bakorewe.

Mu isuzuma rusange rihoraho rikorwa ku isi hose muri Mutarama 2021 ku bijyanye  n’uburenganzira bwa muntu mu Muryango w’abibumbye, u Rwanda rwahawe ibyifuzo byinshi n’ibindi bihugu byo guhindura amategeko kugira ngo arengere ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.

Lewis Mudge yashoje agira ati: “Mu Rwanda, kunenga guverinoma akenshi biganisha ku kwihorera, haba mu buryo bwo guta muri yombi, gutotezwa ndetse no kuburirwa irengero.” Yakomeje agira ati: “Iterabwoba rigaragazwa n’ishyaka riri ku butegetsi cyangwa abayobozi muri guverinoma no gutinya gukurikiranwa byatumye bashyiraho uburyo bwo gupfukirana ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, nk’aho aribo bicira imanza. “

Amabwiriza, iterabwoba no gukurikiranywa

Inzego z’ubutabera z’u Rwanda zikorera mu rwego rwa politiki aho ubutegetsi nyobozi buri hejuru y’ubucamanza kandi hariho kwikoma ku mugaragaro ibitekerezo bitandukanye n’ibya guverinoma cyangwa iby’ishyaka riri ku butegetsi, FPR. Kuba mu mategeko hagaragaramo gukumira no kurwanya ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, ibyo bibaha uburyo bwo gukurikirana abantu ku buryo butemewe n’amategeko. 

Muri ino myaka yashize, ingamba zashyizweho zo kugenzura imbuga nkoranyambaga no gutanga ibitekerezo ku rubuga rwa interineti zarushijeho gukaza umurego mu kubangamira ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo. Ku itariki ya 8 Gicurasi 2019, Perezida Paul Kagame yiyamye akomeje abakoresha urubuga rwa interineti agire ati: “Abo wumva bavuga kuri interineti, baba muri Amerika, Afurika y’Epfo cyangwa Ubufaransa, batekereza ko ari kure. Bari kure, ariko bari hafi y’umuriro. Uko bazarushaho kugenda begera, umuriro uzabatwika.

Nyuma y’iminsi mike, Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho (ICT) no guhanga ibishya, Paula Ingabire, yatangarije komisiyo ihoraho ishinzwe ingengo y’imari n’umurage mu Nteko Ishinga Amategeko ingamba zafashwe zo kugenzura ibisangirwa ku mbuga nkoranyambaga ngo kuko “agomba kuba ari amakuru ahuza abantu, yubaka igihugu, ngo nta gukwirakwiza amakuru atari yo cyangwa asebanya. “

Mu Kuboza, Ikigo Gishinzwe Itangazamakuru mu Rwanda (RMC), urwego rwigenga, rwaje kunengwa cyane ubwo rwatangazaga gahunda yo kwandikisha imiyoboro ya YouTube nk’itangazamakuru. Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RMC, Emmanuel Mugisha, yatangarije itangazamakuru ko iki gikorwa ari igisubizo ku birego byakiriwe kandi yagize ati: “Ntabwo ibi tubikora mu rwego rwo kubahiriza amategeko, ahubwo ni ukugirango tubamenye. Iyo umunyarubuga kuri YouTube ababaje itsinda runaka ry’abantu, tugomba kubimuryoza.

Igikorwa cyo kwiyandikisha cyasabaga abanyamakuru gutanga amakuru yerekeye umukoresha wabo, icyemezo kibemerera gukora itangazamakuru, inyandiko mpanabyaha, “umurongo wandikwamo” w’itangazamakuru n’amafaranga ibihumbi 50,000 by’amafaranga y’u Rwanda (cyangwa amadolari 50 y’Amerika). Nyuma y’uko icyo cyemezo kinengwa n’abanyambuga, RMC yahagaritse iryo yandikwa ryari riteganijwe ry’imiyoboro ya YouTube, nyuma kago muri uko kwezi.

Ibyifuzo byo kwiyandikisha cyangwa amabwiriza bishobora kugaragara neza ko abakora itangazamakuru bafite ubumenyi bukenewe. Icyakora, mu Rwanda, urebye ubwoba buhari ndetse n’uburyo ibitangazamakuru byigenzura, ibi biha imbaraga abayobozi kugira ngo bibasire abitwa ko basuzugura kandi bibangamira uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo.

Imanza Zirega Abanyambuga n’Aabatanga ibitekerezo

Kuva mu mwaka wa 2018, abanyambuga, abanyamakuru n’abatanga ibitekerezo kuri YouTube barenga icumi barafunzwe, barafatwa cyangwa bakurikiranwa mu nkiko.

Muri Mata 2020, abanyambuga bane bakorera Afrimax TV, Ishema TV na Umubavu TV batawe muri yombi mu bihe bimwe, barihanangirizwa kandi bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo kurenga ingamba zo gukumira icyorezo cya koronavirusi. Abo bose batangazaga ibibazo by’ingutu byugarije abanyarwanda birimo cyane cyane ingaruka za guma mu rugo ku baturage. Mu mezi yabanjirije ayo, bari kandi baratangaje ibibazo byavutse igihe ubuyobozi bwimuraga ku gahato abari batuye ahitwa Bannyahe, agace gakennye haherereye mu murwa mukuru w’u Rwanda, Kigali.

Ku itariki ya 15 Mata, Dieudonné Niyonsenga, umuyobozi wa Ishema TV n’ushushoferi we Fidèle Komezusenge, batawe muri yombi igihe bari bagiye gutanga ibiganiro. Ubushinjacyaha bubashinja kuba bakora batemewe na RMC bukaba bwarasabiye Dieudonné Niyonsenga igifungo cy’imyaka umunani naho Komezusenge bumusabira igifungo cy’imyaka itanu.

Ku itariki ya 12 Werurwe 2021, Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo i Kigali rwagize umwere Dieudonné Niyonsenga wakurikiranywagaho icyaha cyo gukora inyandiko mpimbano, “avuga ko afitanye isano n’umwuga w’ubunyamakuru“, kandi ko “abangamira imirimo rusange” na Fidèle Komezusenge, wakurikiranywagaho gufasha no gushyigikira inyandiko mpimbano no kwiba ibyangombwa by’ubutangazamakuru; abo bombi barekuwe ku itariki ya 13 Werurwe. Kuri uwo munsi, Dieudonné Niyonsenga yagaragaje mu kiganiro yanyjije k’Umubavu TV ko nyuma yo gutabwa muri yombi, yafungiwe ahantu henshi, aho yategetswe kwemera ko akorana n’ishyaka RNC, ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rikorera mu buhungiro rikaba rishijwa ko rifite umutwe w’ingabo kandi uwo mutwe ukaba ushijwa gukoresha ibiyobyabwenge no kugaba ibitero ku bashinzwe umutekano w’u Rwanda. 

Ku itariki ya 12 Mata 2020, RIB yemeje, ibinyujije ku rubuga rwa Twitter, ifatwa rya Théoneste Nsengimana, nyiri Umubavu TV ngo ukekwaho uburiganya. RIB imushinja kwemerera abantu amafaranga angana na 20.000  y’u Rwanda (US $ 20) kugirango bavuge ko bahabwa ubufasha buturutse mu mahanga “agamije inyungu ze.” Urukiko rwa Kicukiro rwategetse ko Théoneste Nsengimana akurirwaho gufungwa by’agateganyo muri Gicurasi kubera ko nta bimenyetso bimushinja byagaragaye, ariko ibyo birego ntibiramukurwaho kugeza magingo aya.

Ku itariki ya 8 Mata 2020, RIB n’abapolisi bataye muri yombi Valentin Muhirwa na David Byiringiro, abanyambuga babiri bakorera Afrimax TV i Kangondo II, i Kigali. Icyo gihe umutangabuhamya yabwiye Human Rights Watch ko nyuma yo kubaza abantu ku bibahangayikishije birimo ibiryo bidahagije, abanyamakuru bagarutse babazaniye ibiribwa. Abaturage babiri bavuze ko nyuma y’iminota 30 RIB n’abapolisi bahageze, babashinja kurenga ku mabwiriza ya guverinoma no gutegura itangwa ry’ibiribwa ritemewe, bahise bafata ibyo biribwa kandi bata muri yombi abo banyambuga. Nyuma Valentin Muhirwa na David Byiringriro baje kurekurwa muri uko kwezi.

Ikigo Gishinzwe Itangazamakuru mu Rwanda (RMC) mu itangazo cyashyize ahagaragara ku itariki ya 13 Mata 2020 cyavuze ko abanyambuga bafunzwe batafashwe ku bw’akazi kabo kandi ko abanyambuga bo ku mbuga za interineti nk’abakoresha YouTube, atari abanyamakuru kandi ngo “ntibemerewe kubaza abaturage“. N’ubwo RMC yakoze iyo bwabaga ngo yirengagize abanyambuga, Komite y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Uburenganzira bwa muntu isobanura ibyerekeye amasezerano mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu na politiki, yahaye za guverinoma ibyifuzo n’inshingano ku bijyanye n’ubwisanzure, yemeza ko ubutangazamakuru ari umwuga ukorwa na benshi barimo n’abanyambuga nkoranyambaga.

Mu isuzuma ngarukamwaka rikorerwa ku isi yose muri 2021, Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye, yashatse kuvuguruza ukuri ku Rwanda, aho yavuze ko: “Nta bushinjacyaha bwibasira abantu kubera gusa ko ari abanyapolitiki, abanyamakuru cyangwa abaharanira uburenganzira bwa muntu, kandi ko ibyo bita imanza za politiki bitabaho.”. kuri ibyo, Human Rights Watch yavuze ko amagambo ya Minisitiri w’Ubutabera atera kwibaza byinshi ku bijyanye n’ubushake bwa guverinoma y’u Rwanda bwo gukora ivugurura rikenewe mu mategeko rijyanye no kurengera ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.

Ibyaha byo guhakana jenoside

Mu myaka 27 ishize, abanyarwanda bakanguriwe kurwanya “amacakubiri n’ingengabitekerezo ya jenoside “. Mu by’ukuriibyo bwateje ingaruka zikomeye ku muntu wese ubaza ibisobanuro ku mateka y’u Rwanda. Kuvuga ku ihohoterwa ryakozwe n’abasirikare ba FPR bari ku butegetsi igihe ishyaka ryigaruriraga igihugu mu 1994, benshi babibona nko kurengera kandi ko ubikoze agomba guhanwa. 

Nyamara muri ino myaka yashize, bamwe mu batanga ibitekerezo batangiye gukoresha urubuga rwa YouTube kugira ngo bavuge kuri jenoside yo muri 1994 n’ibyaha by’intambara byakozwe na FPR nyuma ya jenoside. Urugero tutangwa ni urwa Aimable Karasira, wahoze ari umwarimu mu ikoranabuhanga n’itumanaho  muri Kaminuza y’u Rwanda, wavugiye ku  rubuga rwe rwa YouTube rwitwa “Ukuri Mbona” iby’urupfu rw’abavandimwe be bamwe bazize intagondwa z’Abahutu abandi bazize FPR muri 1994. 

Muri Nyakanga 2020, Édouard Bamporiki, Minisitiri w’Umuco n’urubyiruko, yibasiye Aimable Karasira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko atagomba kongera kwemererwa kwigisha. Ku itariki ya 14 Kanama, Aimable Karasira yirukanwe muri kaminuza y’u Rwanda azira “gutanga ibitekerezo no kutavuga rumwe n’ubutegetsi, gukwirakwiza amakuru agamije gukangurira rubanda kwanga no gusuzugura ikigo yakoragamo ndetse n’inzego za Leta muri rusange“. Nyuma abinyujije muri videwo kuri YouTube, yaje kumenyekanisha ko yahamagawe ku biro bya RIB ku itariki ya 8 Ukuboza, aho bamusabye guhagarika kuvuga ibya jenoside.

Yvonne Idamange, umwe mu batanga ibitekerezo  kuri interineti wanenze uburyo guverinoma y’u Rwanda yateguye gukumira no kwibuka itsembabwoko, yatawe muri yombi ku itariki ya 15 Gashyantare 2021 nyuma yo gushyira ahagaragara amashusho avuga ko Perezida Paul Kagame yapfuye, yahamagariye ingabo gukorera rubanda cyangwa bakagerwaho n’uburakari bw’Imana kandi asaba Abanyarwanda gufata Bibiliya zabo bakerekeza ku biro bya perezida. Amakuru yizewe aturuka ku bantu babiri avuga ko abapolisi binjiye ku gahato mu rugo rwa Yvonne Idamange nta cyemezo cyo kumuta muri yombi cyangwa kumushakisha maze bamujyana mu buroko.

Polisi y’igihugu cy’u Rwanda imushinja “kwerekana imyitwarire ivanga politiki, ubugizi bwa nabi n’ubusazi.” Yvonne Idamange yagizwe ingwate kugeza ubu akaba ari kubabarira mu buroko. Ibindi byaha aregwa harimo “guhamagarira rubanda guteza imvururu rusange” no “gutangaza ibihuha”. Ku itariki ya 9 Werurwe, umunyamakuru akaba n’umwanditsi mukuru w’umuyoboro wa YouTube Umurabyo, Agnès Uwimana Nkusi, yafunzwe amasaha menshi kandi bigaragara ko ibiri muri terefone ye byajagajazwe nyuma yo gufata amajwi ibanzirizarubanza ry’urubanza rwa Yvonne Idamange.

Muri videwo ye ya mbere, Yvonne Idamange yanenze gukoresha inzibutso za jenoside mu bukerarugendo, aho agira ati “imibiri y’abo dukunda iragurishwa“, kandi yibaza ku cyo bita cyaha rusange hamwe no kwibuka. Ikindi cyaha aregwa ni icyo “kurandura no kwangiza ibimenyetso bya jenoside“.

Ku itariki ya 5 Gashyantare, Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) yongeye kwihanangiriza, mu itangazo ryamagana imbuga nkoranyambaga zahanwe n’amategeko agenga ingengabitekerezo ya Jenoside yo mu 2018, nyuma anatangaza izina rya Yvonne Idamange kuri radiyo y’igihugu nk’umwe mu bakoze ibyo byaha. Nyamra ubundi, komisiyo igomba kuba urwego rwigenga rurengera impamvu nyakuri ya jenoside. Ku itariki ya 14 Gashyantare, umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo, Jean Damascène Bizimana, mu kiganiro yagiranye n’Ijwi ry’Amerika, yavuze ko imiyoboro myinshi ya YouTube “yarenze umurongo utukura” kuko ngo ihakana kandi gutesha agaciro jenoside.

Yvonne Idamange yanavuze muri videwo ye iheruka ko Edouard Bamporiki yagiye iwe inshuro ebyiri, amutera ubwoba, agerageza kumuha ruswa ngo areke kohereza amashusho ye kuri You Tube amubwira ko naramuka atabihagaritse azapfa. Édouard Bamporiki yaje kwemeza ko yasuye kwa Yvonne Idamange ariko ahakana ibyo aregwa. Abakozi bo mu rugo kwa Yvonne Idamange na bagenzi be babiri bafunzwe igihe yafatwaga, baje kurekurwa nyuma y’icyumweru.

Mu Rwanda, abayobozi ba leta bakunze gutanga gasopo kandi bagatera ubwoba abavuga ku bibazo by’ingutu byugarije igihugu n’abagituye.

Human Rights Watch yavuze ko iterabwoba, amategeko n’ibyha bidasobanutse neza ndetse no guhanishwa igifungo cyangwa ihazabu ndengakamere byatumye habaho iterabwoba ry’ubushinjacyaha ku muntu wese watinyuka kuvuga ku bibazo ubuyobozi butifuza ko bivugwa.

Human Rights Watch ivuga ko ubundi byemewe ko Leta y’u Rwanda yakumira imvugo y’urwango yateje akaga katumye abantu barenga kimwe cya kabiri cya miliyoni bapfa muri 1994, ngo ariko amategeko n’imikorere biriho birenze iyo ntego kuko bihagarika gutanga ibitekerezo, kujya impaka no kunenga guverinoma.

Amategeko y’igihugu ahonyora ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo

Amategeko y’u Rwanda arimo imbogamizi zikomeye kandi zidasobanutse zirebana n’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo no kurengera ubwisanzure bw’itangazamakuru nk’uko amategeko mpuzamahanga abiteganya. Ingingo ya 38 y’itegeko nshinga ryo muri 2015 irengera ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo ariko ni ibya nyirarubeshwa. Hari imbogamizi nyinshi zihabanye n’amategeko agenda akarere ndetse n’amahanga u Rwanda rwashyizeho umukono. 

Igitabo cy’amategeko ahana mu Rwanda cyo muri 2018 gikubiyemo ingingo nyinshi zemerera gukurikiranwa, nyamara binyuranije n’amategeko. N’ubwo Urukiko rw’Ikirenga rwemeje mu mwaka wa 2019 guhindura ingingo zishinja “gusebya mu ruhame imihango y’idini” no “gusuzuguza abayobozi”, ingingo nyinshi ziracyafite ibihano bikabije kandi bidasobanutse ku bifatwa nk’ibisebanya cyangwa ibitari ukuri. Urugero, ingingo ya 236 ihana “gutukana cyangwa gusebya Perezida wa Repubulika“, bihanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga agera kuri miliyoni 7 y’amafaranga y’u Rwanda (angana n’Amadolari 7,050 y’Amerika).

Muri ino myaka yashize, Human Rights Watch yatangaje kandi ingero nyinshi z’ubushinjacyaha bukurikirana abantu bavuze ku ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu kandi bahamwe n’icyaha cyo “gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma bagamije kwangisha amahanga igihugu cy’u Rwanda“. Itegeko ryo gukumira ibyaha by’ikoranabuhanga kandi ribuza “gutangaza ibihuha,” bihanishwa igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni eshatu (angana n’amadolari 3,000 y’Amerika). Amakuru y’ibinyoma yonyine ntabwo ari ishingiro ryemewe ryo guhana no kuburizamo ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezzo mu mategeko mpuzamahanga.

Itegeko rigenga itangazamakuru mu Rwanda ryo muri 2013 ritanga ibisobanuro bigufi by’abanyamakuru n’ibikorwa bakora, icyakora itangazo rya Komisiyo Nyafurika y’uburenganzira bwa muntu n’abaturage (ACHPR) iharanira uburenganzira n’amahame y’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, rirengera cyane abanyamakuru n’itangazamakuru rya interineti. Amategeko y’itangazamakuru kandi yashyizeho urwego rwigenga, Komisiyo y’itangazamakuru mu Rwanda (RMC). Iyo Komisiyo ishinzwe kugenzura “imyitwarire y’abanyamakuru“. Mu rubanza rwa Dieudonné Niyonsenga na Fidèle Komezusenge, ubushinjacyaha bwabashinjije kuba barakoze batiyandikishije muri RMC kandi batanga ibisobanuro bigufi by’abanyamakuru kugira ngo basobanure ibirego byabo byo “kwiba indangabanyamakuru” no “guhimba impapuro“.

Mu mategeko agenga itangazamakuru, umugenzuzi w’amategeko agenga serivisi z’igihugu mu RURA, ashinzwe kugenzura “amajwi n’amashusho” kuri interineti. Mu mategeko agenga Ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT) mu Rwanda, birabujijwe ko itumanaho rifatwa nk “igitero gikomeye“, “ibinyoma” cyangwa “bitera uburakari, kutoroherwa, cyangwa guhangayika bitari ngombwa” kandi Leta ishobora gutegeka RURA kwemeza ko imiyoboro cyangwa serivisi bihagarikwa ngo “mu rwego rwo kurinda abaturage no kurwanya icyabangamira umutekano rusange, ubuzima rusange cyangwa ku nyungu z’umutekano w’igihugu “.

Ingingo ya 126 y’itegeko rigenga Ikoranabuhnaga n’Itimanaho (ICT) kandi yemerera guverinoma guhagarika itumanaho ryigenga iyo rifashwe nk”irinyuranyije n’amategeko ayo ari yo yose ariho mu gihugu, yaba agenga ubuzima rusange cyangwa imyitwarire myiza.” Komite ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu isanga gushyiraho icyemezo cyo guhagarika ibikorerwa ku mbuga na sisitemu zimwe na zimwe bidahuye n’amasezerano mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu na politiki.

Hanyuma, amategeko arebana n’itsembabwoko mu Rwanda, ashobora kuba yari agamije gukumira no guhana imvugo ibiba inzangano y’ubwoko yateje jenoside yo mu 1994, ariko mu by’ukuri abuza umudendezo wo gutanga ibitekerezo kandi ashyiraho imipaka ikarishye agena uburyo abantu bashobora kuvuga kuri jenoside n’ibindi bintu byabayeho muri 1994. Amategeko y’u Rwanda asobanura ingengabitekerezo ya jenoside nk’igikorwa rusange kigaragaza ingengabitekerezo iharanira cyangwa igashyigikira irimbuka, muri rusange cyangwa igice cy’itsinda ry’igihugu, ubwoko cyangwa idini.

Ivugurura ryanyuma ry’itegeko ryatowe muri 2018 ryakuyeho inyandiko isaba ibimenyetso by’igikorwa nkana no kwemeza ko mu Rwanda habaye jenoside ebyiri”. Havugwa ko ibyo ari “ugutanga imibare mibi ku bahohotewe” no “kugoreka ukuri kuri jenoside hagamijwe kubeshya rubanda”. Bityo ubikoze ahanishwa igihano ntarengwa cy’igifungo cy’imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga nibura 500.000 y’u Rwanda (angana n’amadolari 500 y’Amerika). Nyamara ibyo byashyiriweho gukingira ikibaba FPR ku byaha yakoreye inyokomuntu. 

Imbaraga z’ubutegetsi bw’u Rwanda mu kurwanya ihohoterwa rya jenoside ntizigomba kuba zikubiyemo ibihano mpanabyaha kubera ibiganiro gusa byakozwe kandi ntibigomba kwibanda cyangwa gushaka guhagarika ibiganiro no kujya impaka ku byabaye mu mateka y’u Rwanda. Human Rights Watch yavuze ko amategeko mpanabyaha cyangwa amategeko ayo ari yo yose afite ibyaha bidasobanutse neza adakwiye gukoreshwa kugira ngo atabuze abantu guhangana n’ibitagenda neza mu buzima bw’igihugu.

Ibyifuzo

Abafatanyabikorwa mpuzamahanga b’u Rwanda, cyane cyane abazajya i Kigali muri Kamena mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth, bagomba gukoresha uwo mwanya bagahatira u Rwanda mbere y’uko iyo nama iba kugira ngo rutere intambwe igaragara iganisha ku ivugurura ry’amategeko no gukuraho gukurikirana bitemewe n’amategeko ndetse no gutoteza abanyambuga n’abatanga ibitekerezo byabo.

U Rwanda rugomba gushyira mu bikorwa byihutirwa ibyifuzo rwashyikirijwe mu isuzuma rya Human Rights Watch ryo muri 2021 kugira ngo ruhindure amategeko ahana n’amategeko agenga itangazamakuru, rwemeze ubwigenge bwa komisiyo ishinzwe itangazamakuru mu Rwanda, kandi rufate ingamba zo gukuraho urujijo mu mategeko ashinzwe itangazamakuru. U Rwanda rugomba gusuzuma byimazeyo amategeko yarwo, harimo ajyanye n’ingengabitekerezo ya jenoside ndetse n’amategeko ya ICT, kugira ngo ruhuze amategeko yarwo n’amasezerano mpuzamahanga n’ay’akarere rwashyizeho umukono.

Ubutegetsi bw’u Rwanda bugomba kwemera ko hagunda ya BBC mu Kinyarwanda, yahagaritswe mu 2014, yongera gukora. Amabwiriza ya RURA yo guhagarika imiyoboro ya interineti n’imbuga nkoranyambaga anyuranije n’amategeko mpuzamahanga agomba gukurwaho kugirango ngo abaturage bagezweho amakuru kandi bashobore gutanga ibitekerezo byabo kuri interineti. U Rwanda kandi rugomba gutumira ku mugaragaro abashinzwe gutangaza iby’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo bo muri komisiyo nyafurika ishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’umuryango w’abibumbye kugira ngo isuzume uko ibintu bihagaze kandi itange ibyifuzo ku buryo bwo gushyiraho umurongo mwiza wo kubahiriza ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo mu mategeko y’u Rwanda. 

Kugira ngo hakurikizwe icyo Umuryango wa Commonwealth wiyemeje cyo guteza imbere ubwisanzure bw’itangazamakuru n’imiryango, ubutegetsi bw’u Rwanda bugomba guha uburenganzira imiryango yigenga itegamiye kuri Leta ndetse n’abanyamakuru bose gukora mu bwisanzure, gukora iperereza no gutangaza amakuru ajyanye n’ibibazo by’ingutu byugarije rubanda, harimo n’ibirego by’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu.

Akanyarirajisho Ep02 Se01 (31.03.2021)

Uko Slay Queen ufite uburambe yifashishijwe guharabika Dr Kayumba Christophe

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Iminsi ibaye itanu mu Rwanda no hanze yarwo mu bakoresha Ikinyarwanda, abantu bacitse ururondogoro ku bw’ibirego byo gushaka gusambanya ku gahato umukobwa Leta y’u Rwanda yareze Dr Kayumba Christophe, ikoresheje umwe mu bakobwa basanzwe ari abanyamwuga n’ubundi bifashishwa mu bikorwa binyuranye by’umwijima.

Iyi nkuru ntigamije guharabika uwo ari we wese, ahubwo ni icukumbura ryakozwe rivuye mu mizi, nyuma yo kwegera abantu b’ingeri zinyuranye basanzwe bazi uriya mukobwa Miss Naringwa Muthoni Fiona, mu gihe cye cy’amashuri, mu mirimo inyuranye yakoze, n’iyo agikora ubu, no mu bikorwa by’ubunyamideli (model). Aho tuvuga ibikomeye si ukwinjirira ubuzima bwe bwite, ni ukubagezaho amakuru ajyanye n’ibyo yemeye gukoreshwamo na Leta y’u Rwanda.

Muthoni Fiona Naringwa ni muntu ki?

Ni umukobwa wavukiye muri Kenya, ubu akaba ari hafi kuzuza imyaka 26 y’amavuko, akaba amaze mu Rwanda imyaka itandatu hafi irindwi.

Amazina ye ni amanyakenya Fiona Naringwa Muthoni, ari nayo aboneka mu byangombwa bye. Cyakora mu kwisanisha n’u Rwanda, hari ubwo iyo yandika Muthoni arisimbuza Mutoni, ubundi Naringwa akarisimbuza Ntarindwa.

Yageze mu Rwanda mu mwaka wa 2014, atazi ijambo na rimwe ry’Ikinyarwanda nk’uko yagiye abitangariza abanyamakuru bo mu Rwanda. Yahageze yiyumvamo ibintu bibiri, ubunyamideli yari yaratangiye gukora akiri muri Kenya mu mwaka wa 2008, ubundi akifuza kuzaba umunyamakuru kubwo gukunda no kwishimira Julie Gathoni Sumira Gichuru umunyamakuru akaba n’umunyamideli w’umunyakenya, Muthoni avuga ko yamubereye icyitegererezo, akifuza kugera ikirenge mu cye, byanamushobokera akazarenzaho.

Ageze mu Rwanda, nk’umukobwa wirabura utaritukuje, uvuga neza Icyongereza, ushabutse kandi utinyuka, unafite igihagararo (Taille) gishitura abagabo nk’umunyamideli, abafite amafaranga bamusamiye hejuru baramukinisha karahava, nawe ubwe ntibyamugwaga nabi. Akigera mu Rwanda yabanaga n’umukecuru yitaga Nyirasenge (Aunt), haciyeho igihe atangira kumwita Nyirakuru.

Mu mwaka wa 2015, uyu Naringwa Muthoni Fiona yashyizwe muri Miss Rwanda, anatsindira umwanya w’Igisonga cya gatatu, mu buryo bwatunguranye, kuko uretse no kuba atarazi Ikinyarwanda, ntiyagaragaraga nk’ufite uburanga buhigika benshi atari no gupfundura udushumi tw’inkweto zabo, iyo binyura mu mucyo. Nyamara ababikoze batyo, ni abamuteguriraga  yashyizwe mu itsinda ry’inkumi zakira abashyitsi b’igihugu, n’abakerarugendo bakomeye basura u Rwanda biganjemo abaherwe, ibyamamare mu muziki, muri sinema, mu mikino no mu bindi, basanzwe binjiriza igihugu amafaranga menshi mu bikorwa by’umwijima by’agashami gashinzwe gucuruza inkumi (Sex Tourism departement). Imikorere y’iri shami, ako bahembwa, n’aho iri shami rikorera, tuzabigarukaho mu minsi iri imbere. 

Abakora muri iri tsinda, ntibacuruzwa mu buryo bw’imibiri yabo gusa, ahubwo banakora akandi kazi kose basabwe na ba shebuja, nko kuneka, guhemuka, gushinja ibinyoma, no gusenya ingo, cyane cyane iz’abo Leta iba ishaka kujujubya.

Naringwa yashakiwe ishuri i Butare muri Kaminuza y’u Rwanda, kuva 2015 yize mu ishami ry’itangazamakuru n’itumanaho. Yagiye apangirwa stage ahantu hanyuraye, ariko hose ntagenzwe na kamwe nk’abandi ba “agents” bose.  Nk’umukobwa uzi gusabana, mu gihe gito cyane aba yabaye inshuti ya buri wese aho aba atangiye gukorera, kumwisanzuraho bigatuma akusanya amakuru yose akeneye atavunitse. Hamwe mu ho yakoreye imenyerezamwuga ni mu gitangazamakuru TAARIFA kiyoborwa na Magnus Mazimpaka, utanga amakuru muri NISS akaba yaranahoze akora mu biro by’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda. Iki kinyamakuru kikaba gikorera kandi kigahabwa ingengo y’imari n’inzego z’ubutasi, iperereza n’umutekano mu Rwanda (NISS, Police, RIB)

Akiri muri Kaminuza y’u Rwanda, ni umwe mu bana bitwaga abanyabuntu, kuko kuri gahunda z’inshimishamubiri, azwiho kuba ataragoranaga, kandi ntavangure umwalimu n’umunyeshuri, apfa gusa kuba abifitemo inyungu, nk’uko twabihamirijwe na bamwe mu bo babanye ku ntebe y’ishuri.

Kimwe n’abandi banyeshuri benshi bo mu ishami ry’itangazamakuru n’itumanaho, bahura na Dr Kayumba Christophe mu masomo anyuranye, mu bushakashatsi n’ibindi. Naringwa Muthoni Fiona, ni umwe mu banyuze imbere ya Dr Kayumba, nk’umunyeshuri we.

Naringwa yakomeje guterwa inkunga na Leta y’u Rwanda, agahabwa n’amafaranga yo gukurikirana ibikorwa bye by’imurikamideli (modeling) haba imbere mu gihugu cyangwa hanze yacyo. Yanitabiriye amarushanwa ya Miss anyuranye, amwe muri yo ayatahanamo intsinzi.  Uretse kuba yarabaye igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda muri 2015, Kuwa 27/12/2017 yabaye igisoga cya Mbere cya Miss Africa mu myiyereko yabereye muri Nigeria. Mu mideli naho yagiye atahana ibihembo binyuranye avanye hirya no hino.

Muri uwo mwaka wa 2017 kandi nibwo Naringwa yabatijwe mu mazi menshi nk’umurokore, kimwe mu byo bategekwa kugira ngo bayobye uburari kandi barusheho kwizerwa.

Ubwo Miss Naringwa yabatizwaga muri Christian Life Assembly i Kigali, kuwa 23/04/2017

Mu biganiro yagiye atanga kuri Televiziyo NCBC akorera ubu, Naringwa yatumiye Dr Kayumba Christophe nk’inararibonye yari yizeyeho ubumenyi n’ibitekerezo, kandi ni na kenshi yagiye amusaba interview ku ngingo zinyuranye. Ibi ntibyabangukira umuntu kubikora kuwo asanzwe afiteho amakimbirane.

IKIREGO CYA NARINGWA FIONA KURI DR KAYUMBA CYAJE GITE?

Nta na rimwe Dr Kayumba Chjristophe yari yarigeze aregwa gufata ku ngufu cyangwa kubigambirira. Iyo Police yamufataga kenshi yamuregaga ko atwaye imodoka yasinze, kugeza umunsi bamureze gushaka guhungabanya umutekano ku kibuga cy’indege akabifungirwa umwaka wose.

Nyuma y’aho ashingiye ishyaka rya politiki, ikintu gifatwa nk’icyaha gikomeye mu Rwanda, nibwo ibyaha byatangiye gushakishwa byisukiranya, haba kuri we no ku bo bafatanyije kuyobora iri shyaka.  

Uwiyise Kamaraba ku rubuga rwa Twitter niwe wazamuye icyo yise agahinda mugenzi we afite ko kuba yarahohotewe na Dr Kayumba ariko akabura imbaraga zo kubivuga. Ntibyateye kabiri RIB itangaza ko yakiriye ikirego cy’uwo Kayumba yagerageje gufata ku ngufu ariko ntabigereho, mu mwaka wa 2017.

Mu binyamakuru bibiri bikoreshwa na Leta y’u Rwanda, IGIHE na TAARIFA hatangiye gukorwa inkuru zisenya kandi zisebya Dr Kayumba. Ubwo yahamagarwaga muri RIB, hari hashize iminsi itatu umwe mu bayobozi ushinzwe ubukangurabaga mu ishyaka rye RDP atawe muri yombi, n’ubu aracyafunzwe. Dr Kayumba ageze kuri RIB yababwiye ko atemera icyo cyaha, anahava batamutangarije uwamureze.

Uyu wamureze yaje kwishyira ku karubanda, ku rubuga rwa Twitter ari naho urubanza rwatangiriye, Dr Kayumba yashaka gusobanura imyifatire idahwitse irimo n’uburara/uburaya bw’uriya mukobwa na mbere hose akiri umunyeshuri, Minisitiri Busingye agatanguranwa amucecekesha ngo aho kuvuga ku mico y’umurega niyisobanure ku birego. Minisitiri Busingye yarwanaga no kudata ibaba kw’umukobwa wabaye igikoresho cyabo.

Birashoboka ko Dr Kayumba Christophe  yaburanishwa akaba umwere cyangwa agakatirwa, mu Rwanda imanza zicibwa kubw’ikigambiriwe. Ariko nk’uko ababa muri rya tsinda twavuze bahabwa inshingano (missions) zinyuranye kandi bakazubahiriza batagiye impaka, uyu Naringwa yahawe iyo gusebya no gushyirishamo Dr Kayumaba Christopher, mu buryo bumwe neza neza n’ubwakoreshejwe ubwo umugore w’ingare witwa Tumwesigire Peace Hillary (wahoze muri ririya tsinda ariko ubu akaba yararyirukanywemo) yakoresheje ubwo yahimbiraga ibirego Robert Mugabe nawe akabifungirwa, kugeza ubwo yasohotse nta cyaha kimuhamye.

Ibyaha by’ingengabitekerezo, Ruswa, iterabwoba, gufata ku ngufu ni bimwe mu bihimbirwa abantu bafite ibyo banenga ubutegetsi mu Rwanda, buri wese aghitirwamo ikijyanye n’amateka ye, ubwoko bwe, ibyo akora, kandi hakifashishwa abashobora kuba bafite aho bahuriye na we mu buzima bw’umwuga (professional carrier) cyangwa bw’imibanire n’abandi (social intercourse).

Gushyira Urubanza Rwa Dr Kayumba na Naringwa ku mbuga nkoranyambaga, ni ikimenyetso cyo gutsindwa kwa Leta, kuko nta cyaha kimuhama kirimo, n’ibimenyetso bikaba ari ntabyo. Ariko akiziritse ku muhoro gashirwa kawuciye, biragoye ko yabava mu nzara, kuko ubwo asigaye yirirwa kuri RIB aho aba yahamagajwe kwisobanura ku cyaha kitabayeho, ntibizaba bitunguranye nibamuhimbira ibindi mu minsi iri imbere, mu gihe iki cyo cyaba cyatakaje impamvu zatuma kiburanwa.

Nk’uko Idamange yabivuze: Abacikacumu batakambye, baratera imbabazi Leta itabitayeho

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Imyaka ibaye 27 abacitse ku icumu rya Jenoside mu Rwanda bagifite ibibazo uruhuri, mbere hose babuzaga kubishyira ahabona cyane cyane mu itangazamakuru, ariko ubu bamwe bari gutobora bakagira icyo bavuga, ku mibereho mibi ya mbuzukongira barambyemo.

Idamange Iryamugwiza Yvonne ni we wagaragaje ko hari abagiye bafashwa mu buryo bw’ubuhendabana ntibagire icyo babasha kwigezaho kandi nyamara hari politiki yo kubitaho no kubareberera, none abandi nabo bageze ikirenge mu cye, batangiye kuvuga agahinda kabo, batagaciye ku ruhande.

Mu kiganiro abacikacumu banyuranye hirya no hino mu Rwanda bahaye umunyamakuru Yves Bucyana wa Radio BBC Gahuzamiryango, hari abamweruriye ko bajya banyuzamo bakabwirirwa bakaburara, n’abana babyaye bakaba baratojwe kubyakira.

Hari abasobanura uko baba mu macumbi adashyitse, imvura igwa yose ikabarangiriraho, abarara bahagaze mu gihe imvura igwa, abumva bibaye ngombwa bakabona ubushobozi buke batagira isoni zo gucuruza amakara, inyanya, kumesera abantu, n’ibindi.

Juliennne Uwacu uyobora ikigega cy’abacikacumu FARG. Ntiyigeze ahakana ko hari abatagira amacumbi yo guturamo, cyakora yagabanyije cyane umubare wabo avuga ko imiryango  azi itarigeze ihabwa icumbi muri iyi myaka 27 yose ishize ari 876. Uretse kuba uyu mubare atanga Atari ukuri, biragoye no kwirengagiza ko hari benshi bubakiwe izidasobanutse zikabagwaho, cyangwa se zikaba zarabaye nk’ibiraro.

Tega amatwi ikiganiro kirambuye abacikacumu bisanzuyemo, bakavuga agahinda kabo:

Viewing all 10397 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>