Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10370 articles
Browse latest View live

Gicumbi: umunyamakuru yakubiswe anurizwa pandagali

$
0
0

Fidele Twiringiyimana, umunyamakuru wa R/TV1, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12 Gicurasi 2018, abapolisi bakorera mu Rukomo-Gicumbi bamukuye mu modoka yavaga i Gicumbi yerekeza i Kigali.

Ababibonye bemeza ko yakubiswe cyane ndetse agahutazwa ku buryo bukomeye ubwo bamuteruraga bakamujugunya muri pandagali.


Umukino wa Etincelles FC na Musanze FC waranzwemo imvururu

$
0
0

Abafana babiri b’ikipe ya Etincelles Fc batawe muri yombi nyuma yo guteza umutekano muke mu mukino wabereye kuri sitade ya Musanze, aho banakubise abapolisi.

Uyu mukino ukirangira abafana ba Etincelles badukiriye aba Musanze batangira kubakubita ndetse bamwe bashaka no gukubita abasifuzi ariko polisi iratabara. Abafana ba Musanze Fc bahungiye mu myanya y’icyubahiro yarimo n’abapolisi, ariko biba iby’ubusa babasangayo barabakubita.

Polisi yagerageje guhosha iyo mirwano, ifata umwe mu bafana batezaga imvururu. Imushyize muri pandagari(imodoka ya polisi) abafana ba Etincelles barayitambika bayangira guhita. Byabaye ngombwa ko ishakisha indi nzira imucishije mu ishuri rikuru rya polisi aho kumucisha mu muryango munini usohoka muri sitade Ubworoherane (y’akarere ka Musanze).

Abafana bahise bayirukankana ariko kubera umuvuduko yari ifite ntibabasha kuyifata ahubwo bateza akaduruvayo aho yaciye, kahoshejwe n’abapolisi babatatanyije bifashishije inkoni zabugenewe.

Mu gihe bamwe mu bafana babonaga batwaye mugenzi wabo, badukiriye abapolisi batangira kubakubita ibiti byari bishinze muri sitade bakizwa n’amaguru.

Ishusho yasigaye mu maso ya benshi ni umusore ufana Etincelles wirukankanye umupolisi muri sitade amusigaho nk’intambwe eshanu afite ikibaho gisongoye ashaka kukimukubita. Yamwirukankanye amugeze nko muri metero ebyiri arakimutera kimufata ku gice cy’inyuma.

Uwo musore yahise afatwa n’abagabo bari kuri sitade bamushyikiriza umupolisi wari ku burinzi inyuma ya sitade afite imbunda.

Ifatwa rye ryakuruye imvururu za bagenzi be bagenzi be bamukurubanye bamwambura umupolisi wari umufashe, agerageza kuzamura imbunda yo mu bwoko bwa AK47 yari afite, bamurusha imbaraga baramumwambura na we aborohereza avanamo umupira yari yambaye amuva mu nzara atyo.

Yahise ahungira mu modoka y’abakinnyi, ariko abantu bakomeza gusaba ko atagenda adakurikiranywe.

Haje kuza umubare w’abapolisi uruta uwa mbere maze bamuvana muri ya modoka y’abakinnyi bamushyira muri pandagari, bamwe mu bamukurikiranye basa n’abiruhutsa.

Mu majwi yabo bati “Iyo bamureka twari kumenya ko urwego rwa pilisi rusuzuguritse…. agatinyuka agasuzugura umwenda uriho ibendera ry’igihugu….nibamujyane abyishyure.”

Hagati aho hari abibazaga uko biza kugenda mu gihe babonaga umupolisi uyu musore yari yakubise urwo rubaho agarukanye imbunda. Gusa yakomeje asanga bagenzi be bicarana hejuru y’imodoka bari batwayemo uwo musore( ari munsi y’aho abapolisi bicaye).

Umukino wahuje aya makipe warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe. Gusa abafana ba Etincelles bavugaga ko bibwe penaliti 3.

Umuvugizi wa polisi mu Ntara y’Amajyaruguru CIP Hamdun Twizeyimana yatangarije RC Musanze ko ubushyamirane bwaturutse ku bafana bashatse guhohotera abasifuzi , ari nayo mpamvu polisi yafashe abatezaga akaduruvayo bigatuma bamwe banafungwa.

Source: Thesourcepost.com

 

Ministre Louise Mushiiwabo arimo gukata umuziki (Video)

Umunyamakuru Fidèle Twiringiyimana akurikiranyweho icyaha cyo “Gukozisoni Abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe umurimo rusange w’Igihugu”

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Mu mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12 Gicurasi 2018 nibwo inkuru yabaye kimomo ko umunyamakuru Fidèle Twiringiyimana, ukorera Radio na TV1 yatawe muri yombi ahitwa mu Rukomo mu karere ka Gicumbi.

Ayo makuru yavugaga kandi ko uwo munyamakuru ukomoka muri ako karere yakubiswe bikomeye ngo akajyanwa no mu modoka ya Police zirya zizwi kw’izina rya Pandagali.

Dore bumwe mu butumwa bwagaragaye ku rukuta rwa Angelbert Mutabaruka, umwe mu banyamakuru bagenzi be ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki ya 12 Gicurasi 2018:

Umwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda twaje kumenya ko yavuganye na bamwe mu bayobozi ba Radio na Tv1 bamubwira ko bagikurikirana iki kibazo batarabona amakuru yuzuye.

Ku ruhande rwa Police y’igihugu ikorera mu ntara y’amajyaruguru ho baravuga ko umunyamakuru Fidèle Twiringiyimana ari we wasagariye police bigaragara ko yabitewe n’ubusinzi ndetse ko ubu dossier yashyikirijwe urwego rushinzwe ubugenzacyaha  (RIB).

Mushobora kumva hano hasi uko umuvugizi wa Police mu ntara y’amajyaruguru, CIP Hamdun TWIZEYIMANA yabitangaje:

Umunyamakuru Fidèle Twiringiyimana arakekwaho icyaha cyo “Gukozisoni Abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe umurimo rusange w’Igihugu”. Nk’uko biteganywa mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha mu ngingo ya 540, mu gihe yahamwa n’icyaha ashobora guhabwa igihano cy’igifungo kuva ku mwaka 1 kugeza ku myaka 2 n’amande yo kuva ku mafaranga 50.000 kugeza ku 500.000 cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Alice Akana mu ruhigi rw’abatavuga rumwe na Leta ku mbuga nkoranyambaga!

Meya wa Rusizi, Fréderic Harerimana ngo ashimishijwe no kwegura!

Burundi: 26 Bagandaguwe n’Abitwaje Ibirwanisho mu Ntara ya Cibitoke

$
0
0

Abantu 26 baraye bagandaguwe 7 barakomereka, mu gitero cakozwe n’umurwi witwaje ibirwanisho mu mihana itandukanye yo ku mutumba Ruhagarika wo muri komine Buganda y’Intara ya Cibitoke mu Burundi.

Abacitse kw’icumu babwiye Ijwi ry’Amerika ko ico gitero cabaye mu ma sayine z’ijoro aho abagikoze babanje gutera grenade hama bavuza amafirimbi imbere yo kwinjira mu mihana bakica abo bahasanze bakoresheje inkoho.

Umushikiranganji w’umutekano mu Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, yavuze ko abakoze iryo bara baje baturuka mu gihugu ca Kongo. Bunyoni yahojeje imiryango yabuze yongera avuga ko uwo murwi yise uwiterabwoba uzogwanywa.

Inkuru yateguwe n’umumenyeshamakuru w’Ijwi ry’Amerika mu Cibitoke Fidélité Ishatse

MESSAGE YA JOSELINE MUHORAKEYE KOMISERI W’UBUMWE N’UBWIYUNGE “IHURIRO NYARWANDA RNC”


Arusha: Leta y’u Rwanda yatsinze urubanza mu rukiko rw’Afrika rw’uburenganzira bw’ikiremwamuntu

$
0
0

Reta y’Urwanda yaratsinze urubanza yari yitwariwemwo n’umukozi wo mu bushikiranganji bw’ikigega ca Reta muri ico gihugu, muri sentare ya Afrika ijejwe kwubahiriza agateka ka muntu.

Rutabingwa Chrysanthe yari yitwaye avuga ko Reta yahonyanze agateka kiwe mu kumukura mu kazi mu mwaka w’i 2011. Yasevye indihsi y’akababaro y’umuliyoni w’amadolari y’Amerika.
Mu birego vya Rutabingwa Chrysanthe, yabwiye sentare ko yatanguye akazi mu mwaka w’1998 mu gisata co kugenzura igikorwa co gushira muminwe y’abikorera utwabo amashirahamwe ya Reta, cegukira ubushikiranganji bw’ikigega ca Reta. Yavuze ko yashizweho n’inama nshikiranganji.

Inyuma y’imyaka 3, mu mwaka w’2011, Rutabingwa yaciye yirukanwa mu kazi. Yagirijwe ko amena amabanga y’akazi.

Umucamanza yasomye ingingo ya nyuma y’urubanza muri sentare ya Afrika yubahiriza agateka ka zina muntu Rutabingwa yahavuye yitura, yaramenyesheje igituma uwo mugabo yiyamirije iyo ngingo yo kumukura mu kazi.

Ku bw’uwitwaye, iyo ngingo yo kumukura mu kazi ntibereye, ihonyanyanga ibwirizwa nshingiro n’amategeko akingira agateka kiwe yaba ayo mu gihugu na mpuzamakungu, amategeko amuha ubwigenge bwo kubaho no kugira uruhara mu bikorwa vy’igihugu,amategeko yo gukingirwa mu kazi, hamwe amategeko arwanya ikumira.

Mu birego vyiwe, uwo munyarwanda yaciye asaba sentare yubahiriza agateka ka zina muntu ko yotegeka Reta y’Urwanda kumusubiza mu kazi, kuronswa umushahara atahembwe kuva akuwe mu kazi gushika sentare imutunganirije. Yasavye kandi kumugurira inzu yagurishije kugira yikenure bitumye n’akazi yakuwemwo hamwe n’indishi y’akababaro ingana n’umuliyoni w’Amadokari y’Amerika, ni ayarenga imiliyoni 850 y’amafranga y’Urwanda.

N’uruhande rwa Reta y’Urwanda rwitwariwe, na rwo nyene rwaragize ico rusaba muri urwo rubanza.

Reta yitwariwe yasavye ko nyabuna urwo rubanza rutokwakirwa, yerekanye kandi ko ivyo uwitwaye vyose yasavye ata nshingiro bifise, ko yakuwe hakurikijwe amategeko kuko yamenye amabanga y’igihugu n’akazi, kugumizaho ingingo yafashwe yo kumukura mu kazi, ko uwo yitwaye yoriha amagarama y’urubanza hamwe n’uko sentare yofata izindi ngingo zibereye zigamije gukingira inyungu z’igihugu c’Urwanda.

Ingingo ya nyuma y’iyo sentare ivuga ko Rutabingwa Chrysanthe yihutiye kwitura sentare yubahiriza agateka ka zina muntu atararangiza izindi nzira zo hagati mu gihugu.

Umucamanza yasomye urubanza yavuze ko Rutabingwa atigeze yitwara muri sentare ntahinyuzwa canke urukiko rw’ikirenga kandi abifitiye uburenganzira.

Sentare yaramuhebuje kandi ko amategeko yerekanye yahonyanzwe atajanye n’ivyo yavuze. N’ikirego ciwe ngo nticatanzwe mu gihe kibereye.

Gutyo ko ivyo yasavye vyose atavyahawe.

Yaba uwitwaye canke uwitwariwe, bose nta numwe yarahari igihe urwo rubanza rwasomwa.

Sentare yavuze ko izo manza zerekeye Urwanda ziriko ziburanishwa canke zigasomwa mu gihe ico gihugu camaze kwiyonjorora mu masezerano aha uburenganzira abantu ku giti c’abo n’amashirahamwe yigenga kwitura iyo sentare kuva mu kwezi kwa 3 umwaka uheze w’2017.

Sentare ivuga ko izo manza zari zashingishijwe imbere y’uko Urwanda ruvuga ko rusokoye akarenge muri ayo masezerano.

Umucamanza yasomye urubanza ati: Sentare n’urwo iciye.

Pierre Claver Niyonkuru, i Arusha ku bw’Ijwi ry’Amerika:

ABANYARWANDA BAFUNGIYE M’UBUROKO BW’UBUTEGETSI BW’IGITUGU

Kizito Mihigo arashaka ko urubanza rwe rutandukanywa n’urw’abandi bareganwa

GUHUMURIZA ABARWANASHYAKA BA FDU-INKINGI

$
0
0

Barwanashyaka ba FDU-Inkingi,

Ku itariki ya 12 Gicurasi 2018, nabagejejeho inyandiko nise « Kwamagana imikorere igayitse ya Ndereyehe Kalori n’abo bafatanije igamije gushimangira igitugu no kurimanganya muri FDU-Inkingi ».

Iyo nyandiko kubera uburemere bw’ibibazo biyikubiyemo, mwayibajijeho byinshi ndetse bamwe batangira kwikanga ko twasubira mu macakubiri twagiye tunyuramo mu bihe bishize.

Ni yo mpamvu nifuza kubatangariza ibi bikurikira :

1/ Inama ya Komite Nyobozi ya FDU_Inkingi yateranye ku cyumweru tariki ya 13 Gicurasi 2018, ishingiye ku Ngingo ya 25 n’iya 28 z’Amabwiriza agenga ishyaka rya FDU-Inkingi (Règlement d’Ordre Intérieur), yafashe umwanzuro wo gushyikiriza iki kibazo, Komisiyo Nkemurampaka ikaba ari yo izakiga mu mizi.

2/ Komite Nyobozi ya FDU-Inkingi ikomeje gukorera hamwe uko bisanzwe mu nyungu z’ishyaka, ku ntego twiyemeje yo kubohora Abanyarwanda. Ibibazo birahari kandi bizahoraho, ariko inyungu z’ishyaka ziruta iza buri wese muri twe.

3/ Nkuko twakomeje kwigomwa, turabikomeje tunarushaho koroherana kugira ngo intego twiyemeje tuzayigereho. Ni yo mpamvu buri wese akwiye gushyiraho ake, yirinda gukwirakwiza ibihuha bishingiye ku marangamutima, bityo iki kibazo tukazagisohokanamo ingufu zizaha Abanyarwanda ikizere cy’uko ibibazo byose tuzahura na byo, tuzabasha kubikemura.

Bikorewe i Paris, mu Bufaransa,

Ku itariki ya 14 Gicurasi, 2018.

Dr Emmanuel Mwiseneza,

Umunyamabanga Mukuru wa kabiri wa FDU-Inkingi

Abakozi babiri b’intara y’amajyepfo bafunzwe bazira impupuro ngo zisebya ubutegetsi

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Amakuru agera kuri The Rwandan kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Gicurasi 2018 aravuga ko abakozi 2 b’intara y’amajyepfo ubu batawe muri yombi ngo bazira impupuro zidasinye zisebya ubutegetsi zasanzwe mu mashini isohora inyandiko (Imprimante/printer) mu biro by’Umuyobozi ushinzwe igenamigambi n’ingengo y’imari mu Ntara y’Amajyepfo, Faustin Mutambuka.

Umuyobozi ushinzwe igenamigambi n’ingengo y’imari mu Ntara y’Amajyepfo, Faustin Mutambuka

Ku ikmubitiro mu mpera z’icyumweru gishize habanje gufatwa abakozi bagera ku 8, muri bo 3 bahita barekurwa, 5 bamaze impera z’icyumweru bafunze, 3 bandi barekuwe kuri uyu wa mbere mu gitondo hasigaraga babiri ari bo:

-Umuyobozi ushinzwe igenamigambi n’ingengo y’imari, Faustin Mutambuka.

-Umukozi Ushinzwe Itumanaho no guhuza Inzego, Olivier Maurice Mutuyimana

Umukozi Ushinzwe Itumanaho no guhuza Inzego, Olivier Maurice Mutuyimana

N’ubwo bwose hatasobanuwe neza ibyari byanditse kuri izo mpapuro, Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) Modeste Mbabazi, yabwiye itangazamakuru ko izo nyandiko zari zanditseho amagambo agamije kwangisha abaturage Leta.

Yagize ati “Ni Tract ikwirakwiza ibihuha biturutse ku mwanzi w’igihugu, bagamije kwangisha abaturage Leta. Zabonetse mu biro by’Umuyobozi ushinzwe igenamigambi n’ingengo y’imari mu Ntara y’Amajyepfo, aho akorera n’abandi ku wa Gatanu. Uko bakorera muri ibyo biro bose bari bafashwe ari batanu ariko uyu munsi, harakurikiranwa babiri muri bo.”

Hari andi makuru avuga ko impapuro nk’izo nyinshi kurushaho zabonetse mu nzu iyo ntara ikoreramo mu bikorwa byo gusaka kimwe n’amapererezo bikomeje.

Nyuma y’icyumweru aburiwe irengero umurambo we wasanzwe muri Sebeya

$
0
0

Mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Kanama, Intara y’Iburengerazuba haravugwa urupfu rw’umusore witwa Mutabazi Fabrice wakoraga akazi k’ubushoferi.

Uyu musore wari ufite imyaka 24 y’amavuko akaba yari umuhungu wa NZABONIMPA Marius wahoze ari Bourgmestre wa Komini Kanama 1985-1994 ubu akaba afungiye icyaha cya genocide aho yahawe igihano cya burundu.

Amakuru y’urupfu ry’uyu musore yamenyekanye mu gitondo cy’uyu munsi ku wa mbere tariki ya 14 Gicurasi 2018 aho umurambo we wabonywe mu mugezi wa Sebeya nyuma y’aho aburiwe irengero kuva tariki ya 08/05/2018 umuryango we ukaba warashakishije ahantu hose ugaheba hakitabazwa na polisi ikavugako itamufite.

Hagati aho hari amakuru atangaza ko uyu musore yashimuswe n’abakekwa kuba abashinzwe umutekano kuri centre ya Mahoko.

Twabibutsako aha Kanama habereye ubwicanyi bukomeye mu myaka ishize  ubwo ingabo za RPA zamisha urufaya rw’amasasu ku baturage bacuruzaga mu isoko rya Mahoko ndetse zikanabasahura, kugeza ubu hakana hari imiryango yazimye kubera ubwo bwicanyi.

Nyagasani amuhe iruhuko ridashira.

Umusomyi wa The Rwandan

Rubavu

Rwanda: impunzi z’abanyecongo zishaka gutaha ziriyandikisha ku bwinshi


Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Ba mukerarugendo babiri bakomoka mu Bwongereza  bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga ku wa gatanu tariki 11 Gicurasi 2018 barekuwe ku cyumweru tairai ya 13 Gicurasi 2018 kimwe n’umushoferi bari kumwe w’umunyekongo nyuma y’uko hishyuwe amadolari 200.000 abari babashimuse.

Nk’uko bitangazwa na Mambo Kawaya, Perezida w’imiryango itagengwa na Leta muri Territoire ya Nyiragongo akaba yari no mu kanama kari kahawe inshingano zo gushakisha abo bakera rugendo yabitangarije abanyamakuru bakorera mu mujyi wa Goma.

Mambo Kawaya yemeje ko ayo madolari yahawe abashimuse abo bantu bagene muri Congo avuye mu Rwanda ku cyumweru tariki 13 Gicurasi 2018.

Aya magambo ya Mambo Kawaya avuguruza ibyatangajwe na Cosma Wilungula, umuyobozi w’ikigo cya Congo gishinzwe kwita ku bidukikije ICCN (Institut Congolais pour la Conservation de la Nature), watangaje ko irekurwa rya ba mukerarugendo bashimuswe ryabaye nta mafaranga atanzwe.

Cosma Wilungula we avuga ko abashimuse ba mukerarugendo b’abongereza babarekuye kubera igitutu bashyizweho n’ingabo za Congo (FARDC) zifatanije n’abarinzi ba pariki.

Nabibutsa ko imodoka y’ikigo cya Congo gishinzwe kwita ku bidukikije (ICCN) yerekezaga i Goma itwaye ba mukerarugendo 2 bakomoka mu Bwongereza, iherekejwe n’abarinzi ba Pariki yaguye mu mutego w’abantu bitwaje intwaro hagati ya Kilimanyoka na Kibumba muri Territoire ya Nyiragongo.

Muri icyo gitero kitagize ucyiyitirira, umwe mu barinzi ba Pariki yarishwe. Rachel Baraka yahitanywe n’ibikomere ageze mu bitaro.

Abakora isesengura ku bibera muri kariya gace baremeza ko nta mutwe w’abarwanyi ufite ubushobozi bwo gukora igikorwa nka kiriya ngo kandi uhite wishyurwa akayabo mu buryo bwihuse ndetse ntihabeho inkurikizi. Ibyo bikaba biganisha gukeka abahoze muri M23 bafatanije n’umutwe w’ikubitiro w’ingabo z’u Rwanda uzwi nka (special Force).

Kwirinda kuvuga umwirondoro w’abakoze iki gikorwa cy’ubushimusi ndetse ntibanashinje FDLR nk’uko byahindutse umuco bituma hibazwa niba nta kagambane ka bamwe mu basirikare b’ingabo za Congo karimo.

Niba atari igikorwa cy’ubujura gisanzwe umwe mubo twaganiriye yambwiye ko iki gikorwa gishobora kuba gifitanye isano n’intambara irimo itegurwa muri kariye gace ndetse bikaba byaba n’impamvu yaba urwitwazo kugira ngo impunzi z’abanyekongo ziri mu Rwanda zitemererwa gutawa iwabo.

Umuhanda Kigali-Gatuna wafunzwe ku modoka nini

$
0
0

Leta y’u Rwanda iratangaza ko mu gihe kitarenze iminsi itandatu umuhanda mpuzamahanga Kigali-Gatuna uhuza u Rwanda n’Igihugu cya Uganda uzaba wasubiye kuba nyabagenda ku binyabiziga byose.

Ni mu gihe kuva ku Cyumweru gishize imodoka ziremereye zahagaritswe kubera ko uwo muhanda wifashishwa mu buhahirane ku bihugu byombi wangijwe n’imvura idasanzwe ikomeje kugwa mu Rwanda. Abashoferi bamwe baravuga ko bizabatera igihombo.

Ni umuhanda usanzwe wifashishwa ku buhahirane hagati y’ibihugu byombi kuruta. Ubwo twahageraga mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri twasanze amakamyo yikorera amatoni aremereye atemerewe gutambuka birinda ko agace gato k’umuhanda kasigaye na ko kakwangirika.

Bwana Jean De Dieu Uwihanganye, umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara abantu n’ibintu muri ministere y’ibikorwa remezo twamusanze yaje gutangiza imirimo yo gusana uyu muhanda. Yabwiye Ijwi ry’Amerika ko imodoka nini zituruka muri Uganda bazinyujije ku mipaka ya Kagitumba na Cyanika nayo ikora kuri Uganda.

Ministre Uwihanganye yabwiye Ijwi ry’Amerika ko isenyuka ry’uyu muhanda rikomoka ku mvura idasanzwe u Rwanda rwagize kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka mu buryo butari bwiteze. Bwana Uwihanganye avuga ko bihabanye n’ibikunze kugaragara ko imihanda yubakwa nabi mu Rwanda.

Kuri rubanda rugufi baturiye umuhanda Kigali Gatuna baravuga ko ari igihombo kuri bo.

Muri rusange uyu mupaka Kigali Gatuna yari iy’ibusamu. Ministre Jean De Dieu Uwihanganye yabwiye Ijwi ry’Amerika ko mu minsi itandatu haraba habonetse igisubizo kuri uyu muhanda.

Ubusanzwe uyu mupaka wa Kigali Gatuna uri mu mipaka itambukaho imodoka ziremereye nyinshi. Byibura amakamyo manini atari munsi ya 180 ngo ashobora guca kuri uyu mupaka ku munsi nk’uko twabibwiwe n’umwe mu bashinzwe abinjira n’abasohoka ku ruhande rw’u Rwanda.

Uretse kuba uyu muhanda watumye imodoka ziremereye ziba zihagaritswe, hari n’imiryango igera mu munani yari iwuturiye yahise yimurwa shishi itabona.

Uyu muhanda ku rwego rw’igihugu wiyongeye ku yindi 25 yangiritse ikongera igasanwa muri ibi bihe hakomeje kugwa imvura idasanzwe. Indi mihanda kandi ku rwego rw’uturere yangiritse igasanwa na yo irasaga 40. Iyi mvura kandi imaze guhitana abasaga 200 n’amazu abarirwa mu 10000 yarangiritse.

Nyuma yo kurambirwa akarengane Herman Nsengimana, mukuru wa Gérard Niyomugabo yafashe iy’ishyamba!

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Amakuru The Rwandan yashoboye kubona aravuga ko hari bamwe mu banyarwanda bakomeje guhunga igihugu ndetse bakerekeza mu mitwe ya politiki igamije guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda ikoresheje intwaro.

Urugero rutari kure ni urwa Herman Nsengimana, umuvandimwe wa Gérard Niyomugabo waburiwe irengero kuva muri Mata 2014, naho bagenzi barimo Kizito Mihigo, Jean Paul Dukuzumuremyi na Cassien Ntamuhanga bagatabwa muri yombi.

Kugeza ubu nta gakuru ka Gerard Niyomugabo n’ubwo mukuru we Herman Nsengimana atunga agatoki bamwe mu bashinzwe umutekano, Kizito we ubu ari mu rukiko aho azakomeza kuburana mu bujurire we na Jean Paul Dukuzumuremyi mu gihe Cassien Ntamuhanga we yashoboye kwikura mu menyo ya rubamba agatoroka Gereza ya Mpanga.

Amakuru twashoboye kubona aherekejwe n’amashusho aravuga ko ubu Herman Nsengimana yafashe iy’ishyamba aho abarizwa mu mutwe witwa Muvoma Nyarwanda iharanira impinduramatwara, Rwandese Revolutionary Movement ( RRM) uyobowe na Nsabimana Callixte uzi kw’izina rya Sankara.

Nabibutsa ko uyu mutwe mu minsi ishize wishyize hamwe n’indi mitwe ariyo ishyaka PDR-Ihumure rya Paul Rusesabagina ndetse na CNRD-Ubwiyunge ya Gen Wilson Irategeka bibyara Umuryango Nyarwanda Uharanira Impinduka muri Demokarasi, MRCD.

Hakwiye kumenyekana imibare nyayo y’abazize Genocide yakorewe abatutsi n’abayirokotse

$
0
0

Basomyi,

Dr Bizimana Jean Damascène ou mieux CNLG, ikwiye gufashwa guharanira ko abishwe muri genocide yakorewe abatutsi, babarurwa mu mazina yabo muri buri Murenge w’uRwanda, bityo tukajya tubibuka kandi bakazibukwa ubuziraherezo mu mazina yabo no mu buzima babayeho, aho kujya tubibuka nk’imibare itagira amazina n’amasura.

Hari imibare ivuga kubazize genocide yakorewe abatutsi no kubayirokotse, ijya itangazwa n’ibinyamakuru, bivuga ko biyikuye kwa Dr Bizimana Jean Damascène uvuga mw’izina rya CNLG. Niba koko bene iyi mibare source yayo ari Bizimana, nawe akwiye kujya atangaza source yayo.

Akwiye kandi mbere yo gutangaza imibare kuri iyi ngingo très sensible, kujya abanza akayikorera analyse critique ndetse akayiganaho n’abandi bantu, bityo iyo analyse ikajya imufasha kwirinda gutangaza imibare sur un sujet sacré/très sensible rimwe na rimwe ikosheje cyane.

Nk’ibi ngo abarenga 9.000 mu batutsi de sexe masculin barokotse genocide, ngo abishi babaciye igitsina, umuntu wese uzi kuganiriza no kuganira n’imbare, ahita abona ko uyu mubare wa 9.000, nta kuri kwawo, ça frise le fantasme dans un domaine sacré.

Genocide ikirangira twabashije gukora estimation y’abatutsi bayirokotse n’uburyo bayirokotse, twari tugamije ubuvugizi ngo baramirwe, batuzwe neza, etc..; nshingiye kuri informations twagize icyo gihe cyo muri ariya mezi ya nyuma ya genocide, by’umwihariko informations ku kuntu barokotse, aho barokokeye, aho bari bari (bamwe bari bakiri iBurundi, Nyarushishi, Bisesero n’ahandi…) n’uwabarokoye, ndemeza ko uyu mubare ngo wabakaswe igitsina ungana na 9.000, ukabije kurenga cyane umubare nyakuri wabashinyaguriwe hakoreshejwe ubwo buryo. Ubu rero abantu banyuranye bagiye kwadukana kujya batangaza ngo nk’uko babimenyeshejwe na expert Bizimana, mu Rwanda hari abatutsi barokotse genocide barenga 9.000, abishi bashinyaguriye babaca igitsina…..

Ku byerekeye imibare y’abishwe, mu nkuru ya Kigali Today ivuga ko ikesha Bizimana nawe akaba ayikesha ibarura ryakozwe na MINALOC mu mwaka wa 2002, ngo abatutsi bishwe ni 1.074.057, ku rundi ruhande hari ikinyamakuru giherutse kuvuga ko umuhanga Bizimana yanditse ko bangana na 1.364.020.

“In 100days in ’94: (1.364.020)Tutsis were killed.

Butare: 382.757;
Kibuye: 265.000;
Kibungo: 182.287;
Gikongoro:131.331;
Cyangugu: 95.443;
Kigali Ngari: 94.729;
Gitarama: 90.728;
Umujyi wa Kigali: 56.052;
Ruhengeri: 43.143;
Gisenyi: 12.120;
Byumba: 7.380.

Iyi mibare yagarajwe mu gitabo ‘Inzira ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda’, cyanditswe na Dr. Jean Damascène Bizimana, impuguke mu mategeko.”

Kugirango izi estimations fort critiquables quant à certains chiffres avancés, zisimbuzwe informations z’ukuri kandi zuzuye, ntekereza ko byihutirwa ko abacu bishwe n’abagenosideri, bakorerwa ibarura rinoze maze buri murenge w’uRwanda ukamenya kandi ugakora urutonde rw’amazina yabo, tukazajya tubibuka mu mazina yabo kuri buri murenge w’Rwanda none no mu bihe bizaza ubuziraherezo. Iki gikorwa gouvenement y’uRwanda igikoze, yaba itunganije imwe mu nshingano nziza kandi zikomeye.

Tatien Ndolimana Miheto

Rwanda: Imvura Yakoze mu Nkokora Abahinzi b’Umuceri

$
0
0

Abahinzi basaga 1800 bahinga umuceri mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera baravuga ko kubera ibiza byatewe n’imvura idasanzwe byabahombeje amafaranga agera kuri miliyari imwe mu mafaranga y’u Rwanda.

Bagasaba ko ubutegetsi bwabavuganira kugira ngo ibigo by’imari byari byabahaye inguzanyo bibihanganire muri ibi bihe.

Aha baroba amafi ubusanzwe hari hahinzwemo umuceri n’ibindi bihingwa, uhageze udasanzwe uhazi wagira ngo ni ikiyaga. Byose birakomoka ku mvura idasanzwe yaguye ikuzura iki gishanga. Kandi urebesheje amaso gukama k’uru ruzi si ibya igihe gito. Ku bahinzi ni umurundo w’ibibazo.

Iki gishanga cya Rurambi cyahingwagamo cyane umuceri cyahindutse nk’ikiyaga gifite ubuso bwa hegitari 558, Cyahuriragamo imirenge ya Juru, Mwogo yo mu Bugesera na Masaka cya Kicukiro muri Kigali. Abahingaga muri iki gishanga hafi ya bose biyambazaga amabanki n’ibindi bigo by’imari bakaka inguzanyo. Barasaba ko ubutegetsi bwabafasha hakagira igikorwa.

Kuri iyi ngingo Bwana JMV Murenzi umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mwogo yabwiye Ijwi ry’Amerika ko bumvikanye n’amabanki ko aba bahinzi batazishyura muri iki gihembwe cy’ihinga kuko bagendeshereje muri iki gishanga bakazishyura bongeye guhinga.

Ejo hazaza h’aba bahinzi habateye impungenge kuko basanga inzara igiye kubibasira. Ingingo bahurizaho na Bwana Murenzi uyobora Mwogo.

Ubusanzwe ubutegetsi bukangurira buri wese kuba mu bwishingizi bwamugoboka igihe ahuye n’ikibazo. Abahinzi bavuze ko ubukangurambaga bubareba bwari bugeze kure kandi ko n’abasetaga ibirenge byababereye isomo batazibagirwa.

Amakuru twahawe na Bwana Silas Mbonigaba ushinzwe imicungire y’iki gishanga cya Rurambi aremeza ko amafaranga yose hamwe abahinzi bari baragujije bahinga umuceri asaga miliyoni 220 z’amafaranga. Bwana Mbonigaba yabwiye Ijwi ry’Amerika ko bateganyaga kutajya munsi ya toni 3000 by’umusaruro w’umuceri ku gaciro kabarirwaga muri miliyoni 900 z’amafaranga.

Kuva iyi mvura yatangira kugwa umusubirizo yangije amahegitari y’imyaka abarirwa mu 5000 itwara ubuzima bw’abatari bake n’ibindi.

Kugeza ubu kandi abahinzi b’umuceri ku gishanga cya Rurambi baracyagaragaza inyota yo kongera kwegura amasuka igihe cyose babona igishanga gikamye.

Ni mu gihe iteganyagihe ryo rigaragaza ko iyi mvura idasanzwe ishobora kuzageza mu kwezi kwa Gatandatu ikigwa.

VOA

Viewing all 10370 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>