Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10370 articles
Browse latest View live

KAGAME YIYEMEJE KUJYA GUKUBITA IBIPFUKAMIRO KWA PREZIDA MUSEVENI


Rwanda- MINAFFET ifite aho ifungira abantu MINIJUST na MINADEF batazi?

U Burundi burashinja Buyoya n’u Rwanda kugira uruhare mw’ikurwa ry’ingabo zabwo muri Somalia

$
0
0

U Burundi buvuga ko uwahoze ayobora icyo gihugu, Pierre Buyoya, hamwe n’igihugu cy’u Rwanda bari inyuma y’umugambi wo gukura abasirikare 1000 b’abarundi mu bikorwa bya AMISOM muri Somalia.

Abasirikare b’abarundi barenga 5000 nibo bari mu bikorwa byo guhagararira amahoro muri Somalia, mu rwego rw’umutwe AMISOM w’umuryango w’ubumwe bwa Afrika, kuva mu 2007

Kugabanya umubare w’abasirikare ba AMISOM muri Somalia byari bimaze kuvugwa bitewe n’uko umutekano muri Somalia usa n’uriho uragaruka buhoro buhoro.

Mu mpera z’umwaka ushize umuryango w’Ubumwe bwa Afrika ryatangaje ko u Burundi bugomba gukura abasirikare 1000 muri Somalia, abagera kuri 200 muri bo bakaba bagomba gutahuka uyu munsi ku wa kane tariki ya 21 Gashyantare 2019.

Ariko u Burundi buvuga ko abo basirikare igihumbi bagomba kugabanywa, bavanwa mu bihugu byose biri muri AMISOM ari byo u Burundi, Kenya, Uganda, na Djibuti, nk’uko byari byarumvikanywe.

Uyu munsi inteko nshingamategeko y’u Burundi yari yahamagaje abaministre b’umutekano n’ingabo, ngo basobanurire abagize iyo nteko uko ikibazo cyifashe.

Gukura muri Somalia abasiriakre bose

Ministre w’ingabo mu Burundi, Emmenuel Ntahomvukiye yavuze ko abasirikare b’u Burundi muri Somalia bari ku birindiro bigoye, aho abarwanyi ba Al Shabab ari benshi.

Bwana Ntahomvukiye yavuze ko bandikiye ibaruwa ishirahamwe ry’Ubumwe bw’Afrika bawumvisha ko ari ngombwa ko abo basirikare baguma kuri ibyo birindiro.

Emmanuel Ntahomvukiye yakomeje agira ati: “Urwo rwandiko twararwanditse tubamenyesha ko ibi byifuzo twaboherereje batabyubahirije, ahubwo aho gutegura gutahana igihumbi gusa, bakwitegurira gutahukana ingabo zacu zose, kubera ko tutakwemera ko abasirikare bacu bashirirayo”.

Buyoya n’u Rwanda barashinjwa…

Bwana Ntahomvukiye yabajijwe impamvu bibaza yaba yaratumye icyo cyemezo gifatwa, avuga ko ari urwango u Burundi bumaze igihe bufitiwe.

Yatunze urutoki uwahoze ayobora u Burundi, Pierre Buyoya, usanzwe ahagarariye ishirahamwe ry’Ubumwe bwa Afrika muri Mali n’akarere ka Sahel, n’igihugu cy’u Rwanda kuba ari bo babiri inyuma.

Yavuze ko inama zose muri uwo mugambi wo kubangamira u Burundi ngo zibera mu gihugu cy’u Rwanda.

U Burundi busanzwe burega Pierre Buyoya kuba ari mu bagize uruhare mw’iyicwa rya Prezida Melchior Ndadaye akaba yaranasohorewe urwandiko mpuzamahanga rwo kumufata.

Burega kandi igihugu cy’u Rwanda kuba kiri inyuma y’igerageza ryo guhirika ubutegetsi mu 2015, hamwe no gufasha imitwe y’abarwanyi ifite umugambi wo gutera u Burundi, ibyo ariko u Rwanda rurabihakana.

BBC dukesha iyi nkuru ntirashobora kumenya icyo Pierre Buyoya cyangwa leta y’u Rwanda bavuga kuri ibyo birego bya leta y’u Burundi.

Leta ya Somalia ivuga ko igikeneye ko abasirikare bose bari mu mugambi wa AMISOM baguma muri icyo gihugu, umukuru wayo, Mohamed Abdullahi Mohamed, akaba aheruka gusura ibihugu byohereza abo basirikare harimo n’u Burundi.

ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU N°003/PS.IMB/NB/2019 : « INYANDIKO MPUZAMAHANGA ZAKWIRAKWIJWE NA LETA Y’U RWANDA ZO GUFATA ABATAVUGARUMWE NAYO NI IKIMENYETSO SIMUSIGA KO ISHYAKA FPR INKOTANYI RITITEGUYE KUGANIRA N’ABATAVUGARUMWE NARYO NDETSE N’IMIRYANGO NYARWANDA IDAHARANIRA INYUNGU ZA POLITIKI »

$
0
0

Rimaze kubona inyandiko  mpuzamahanga zakwirakwijwe na Leta y’u Rwanda zo gufata abatavugarumwe nayo aho baherere ku isi hose ;ibi bikaba ari ikimenyetso cy’uko ibintu byayiyagariyeho ;

Rimaze kubona ko kandi izi nyandiko mpuzamahanga zakozwe mu gihe abatavugarumwe na Leta ndetse n’Imiryango Nyarwnanda idaharanira inyungu za politiki bitahwemye gusaba Leta y’u Rwanda ibiganiro  bihuje ingeri z’ Abanyarwanda bose ;

Bimaze kugargara ko ibyo biganiro ariyo nzira rukumbi ishoboka yo gukemura mu buryo burambye ibibazo bya politiki n’iby’imibereho byamunze u Rwanda dore ko byabaye itetu ; 

Rimaze kubona ko kwanga ibiganiro bishobora guha icyuho n’impamvu abafite umugambi wo kuzana impinduramatwara mu Rwanda bakoresheje uruhembe rw’umuheto dore ko babigaragaje kenshi bakora ibiteroshumi  mu Rwanda ;

Ishyaka PS Imberakuri riramenyesha abarwanashyaka baryo,abatavugarumwe na Leta y’u Rwanda,Imiryango Nyarwanda idaharanira inyungu za politiki n’amahanga ibikurikira :

Ingingo ya mbere :

Ishyaka PS Imberakuri ryamaganye ku mugaragaro inyandiko mpuzamahanga zakwirakwijwe na Leta y’u Rwanda mu rwego rwa guta muri yombi abatavugarumwe nayo kandi rirasaba amahanga kudaha agaciro izo nyandiko kuko zidashingiye ku mategeko ahubwo zindeye ku mpamvu za politiki.

Article 2 :

Ishyaka PS Imberakuri riramenyesha amahanga ko abatavugarumwe na Leta y’u Rwanda ndetse n’Imiryango Nyarwanda idaharanira inyungu za politiki bitahwemye gusaba  ibiganiro Ishyaka FPR INKOTANYI kuko basanga ari bwo buryo bwonyine bushoboka bwo gukemura ibibazo bya politiki n’iby’imibreho byugarije u Rwanda.

Ingingo ya 3:

Ishyaka PS Imberakuri ritewe impungenge n’imyumvire y’Ishyaka FPR INKOTANYI irangwa n’imvugo:”ndahari,nzahoraho ku kiguzi icyo aricyo cyose cyatangwa n’abaturage”.Iyi myumvire irashyira u Rwanda mu nzira y’urupfu cyane ko ishobora guha impamvu abifuza kuzana impinduramatwara hakoreshejwe ingufu nk’uko bamaze iminsi babigerageza bakora ibiteroshumi mu Rwanda.

Article 4 :

Ishyaka PS Imberakuri ryongeye guhamagarira amahanga harimo ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba,Ubumwe bw’Uburayi,Ubumwe bw’Afurika ,Umuryango w’Ubumwe w’Ibihugu by’Isi n’ibihugu by’inshuti kandi bifasha u Rwanda harimo Ubufaransa,Leta z’Unze Ubumwe z’Amarika,Ubwongereza,Kanada,Ububiligi n’Ubudage gukoresha igihagararo cyabyo maze bikumvisha Ishyaka FRP INKOTANYI ukuri biyihatira kwemera ibiganiro ,bitabaye ibyo byafatwa nk’ishuti mbi kuko inshuti na nyanshuti ni ikubwiza ukuri kabone n’iyo bwagukomeretsa.

Bikorewe i Kigali, kuwa 18 Gashyantare 2O19

Me NTAGANDA Bernard

Prezida Fondateri w’Ishyaka PS  Imberakuri (Sé)

KWIBUKIRA HAMWE N’IBIGANIRO KU NZIRA ZO KWEZA U RWANDA (Buruseli, 13.4. 2019)

$
0
0

UBUTUMIRE

Muri iki gihe Abanyarwanda n’Isi yose bitegura kwibuka ku ncuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutsi, 

Umulyango Rwanda Truth Commission utumiye ababyifuza bose mu muhango wo kwibukira hamwe jenoside yakorewe 

Abatutsi na jenoside yakorewe Abahutu ikomeje gupfukiranwa.

Uwo muhango uzaba n’umwanya wo gutangiza ibiganiro ku nzira yo kweza no kugangahura u Rwanda, 

Abanyarwanda bakava ibuzimu bakajya ibuntu.

Bizabera i Buruseli mu Bubiligi ku wa 13 Mata 2018 guhera 11:00 – 17:00

Icyumba cy’inama kizatangazwa nyuma.

Bikorewe I Buruseli ku wa 21 Gashyantare 2019.

Rwanda Truth Commission

Jonathan Musonera

Prezida wa Komite nshingwabikorwa

Dr. Nkiko Nsengimana

Perezida w’inama y’Ubuyobozi

Amnesty International irasaba Leta gukora iperereza ku iyicwa ry’impunzi za Kiziba

Nyanza: abayoboke ba FDU-Inkingi bangiwe kuburana bidegembya

22.02.2019: Victoire Ingabire yatanze ikiganiro asubiza n’ibibazo imbonankubone kuri Facebook

$
0
0

Mu kiganiro Victoire Ingabire Umuhoza, umukuru w’ishyaka FDU-Inkingi amaze gutanga kuri uyu wa gatanu tariki ya 22/02/2019, yagarutse ku:

  • Iburirwirengero rya Boniface Twagirimana (bivugwa ko yajyanywe n’imodoka y’abashinzwe umutekano).
  • Yasobanuye ko n’ubwo mu Rwanda hariho urukuta rw’amategeko, ariko ko bitazabuza abanyarwanda guharanira uburenganzira bwabo nk’uko biteganywa n’Itegekonshinga.
  • Yagarutse ku bibazo by’umutekano n’imibereho y’abanyarwanda.
  • Yabajijwe n’ibibazo imbonankubone n’abari bakurikiranye iki kiganiro ndetse arabisubiza:

Amerika yafatiye ibihano abayobozi ba Congo ibashinja ubujura mu matora ashize!

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Mu itangazo ryashyizwe ahagararagara n’ibiro by’umuvugizi wa Ministeri y’ububanyi n’amahanga muri Amerika, icyo gihugu kiratangaza ko cyafatiye ibihano abayobozi 5 bo muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.

Leta y’Amerika muri iryo tangazo ishinja kugira uruhare mu buriganya mu matora yabaye muri Congo ku wa 30 Ukuboza 2018 no mu gutangaza ibyavuye mu matora aba bakurikira:

  • Corneille Nangaa, Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Congo (CENI);
  • Norbert Basengezi Katintima, Visi Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Congo (CENI);
  • Marcellin Mukolo Basengezi, umujyanama wa Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Congo (CENI);
  • Aubin Minaku Ndjalandjoko, Perezida w’inteko nshingamategeko ya Congo
  • Benoit Lwamba Bindu, Perezida w’urukiko rushinzwe kurengera iremezo ry’itegeko nshinga muri Congo.

Ministeri y’ububanyi n’amahanga muri Amerika ivuga ko ngo ihereye ku makuru yizewe yemeza ko aba bagabo bagize uruhare mu bikorwa by’uburiganya mu bikorwa by’amatora no gutangaza ibyayavuyemo, biryo bakabangamira demokarasi n’ubwisanzure mu kwihitiramo by’abaturage ba Congo.

Leta ya Amerika ikaba yarafashe icyemezo cyo kubima bo n’imiryango yabo ya hafi uburenganzira bwo kwinjira ku butaka bwa Amerika.

Leta y’Amerika ivuga ko ibi byemezo byafatiwe aba bantu bitagamije kwibasira abaturage ba Congo bose cyangwa abayobozi ba Congo batowe n’abaturage muri aya matora ashize.

Iki cyemezo ngo kigamije kwerekana ubushake bwa Leta ya Amerika mu gufasha abayobozi ba Congo gutsimbataza demokarasi, uburenganzira bw’ikiremwamuntu, kubaka ubutegetsi bwizewe n’abaturage no kurwanya ruswa n’uburiganya.

Kabarebe ngo iyo abishaka yari gufata Perezida Habyalimana ari muzima!

Felisiyani Gatabazi utazibagirana yari muntu ki? Yishwe na nde? Kubera iki?

NGARAMANYE AGAHIRI MU GAHINGA, NGO GWIZE AKUKA MBURE AGAHINDA.

$
0
0

Inganzo yanjye iri mu ndirimbo yitwa “Africa” ya Ben Rutabana, naranditse nti: “None ubu Africa yose ndabona ijuru ricyeye, gikoloni mu kabwibwi nimukomere ku muheto, twamagane bwa bujiji tujye twungurana inama, inda nini zirakanyagwa ni zo zazanye aya mahano.” Icyo gihe twari turangije intambara tugifite icyizere ko wenda igihe ari icyo, noneho tugiye kugendana n’igihe, maze tubona haje politiki y’ubudasa. Ariko ni yayindi yo mw’ishyamba yakomezaga.

Ni nabwo nakomeje kugenda nibuka ibyo nyakwigendera SGT Ruhingura, yatubwiye turi mu Miyove muri 1993. Icyo gihe yari Caporali. Ati “hari aho nigeze gusoma ngo, abasirikali ni ikigroupe cy’ibicucu kiba kiyobowe n’umuntu umwe uzi ubwenge.” Twarasetse twumva ari igiparu gusa! Ariko icyo gihe abivuga, nari narumvise nyakwigendera Bagire abwira uwo ntavuze ati: “Ariko sha uziko iriya mbwa Kabarebe ari yo idutegeka!!!” Nyamara kandi wareba na Kabarebe ugasanga nawe ntacyo ari cyo.

Muri iryo hubi, Kagame yagiye agufatira amacommanda akomeye yose arayica, umwe umwe. Abasore bazaga ku rugamba barize amashuli menshi nabo ntibarokotse, n’abagiye barokoka, intambara yararangiye benshi barabarigisa. Abagize amahirwe yo kurokoka ako kaga kose muri abo bari bafite ibishule byinshi, babahaga amapeti kuva kuri SGT kugeza kuri ADJUDANT CHEF, ahasigaye injiji n’abanyabwoba, abategaji n’abicanyi, bambara inyenyeri, baziheshejwe nuko bazi kwihakirizwa, ubugambo n’ubugome. Hari uwatekereza ko na none amapeti yafatwaga n’abavuye Uganda abaribo bose. Hoya n’iyo wabaga uri umurwanyi gute igihe utari ufite ubwo bubwa mvuze hejuru, byagucaga hejuru ugasigara utazi iyo riva n’iyo rirengera n’ubwo wabaga waraturutse Uganda. Kimwe niyo wabaga uturuka mu bihugu byari bigenewe gukandamizwa, iyo wabaga uri imbwa cyane, wazamukaga mu mapeti nka missile!

Ibyo byarakomeje mu gihugu, batangira kwigizayo abahutu bari barafashije FPR bikomeye, kugirango hazakomere abantu nka ba Makuza bazamuwe n’amazina ya ba Se, bakamenya no kuyoboka, ariko guhanagura indangagaciro z’ababyeyi babo. Cyangwa se imyanya igahabwa abicanyi bahora ku nkeke y’ibyaha bakoze, bakubaha neza muri “Ndiyo Bwana.”

Ndibuka ndi ku kibuga cy’indege twagiye kuzana abashyitsi baje mw’irahira rya Bizimungu, haje Lizinde na Kanyarengwe bampagarara iruhande batangira kwijujuta mbumva. Lizinde ati biriya bagukoze n’ibiki? Ko wagombaga kuba ari wowe uhabwa icyubahiro ukabona guha Bizimungu inkoni?! Kanyarengwe ntacyo yavugaga, yarebaga nk’uwenda kurira. Lizinde yari umugabo buriya, ntiyaryaga ijambo. Rimwe twigeze kurokoka turi babiri aho baduteye bombe 3 zose zitugwa hejuru, benshi barapfa, abandi benshi barakomereka, dusigara turi 2, jye n’umuhungu witwaga Bushaija twakomeretse ho gato. Nuko baduhamagara kwa Kagame aho yari afite ibirindiro Kaborogota, tuhahurira na Lizinde, mu gihe tugitegereje icyo baduhamagariye, atangira kutubwira gahunda afite yo kubaka igisirikali kizima, ni tugera mu gihugu. Yahoraga yigisha. Nyamara twarahageze batangira kumusuzugura no kujya bamukubita inshyi. Abonye bagiye kumwica arahunga, bamwicira iyo yahungiye.

Gahunda yari iriho yari iyo gukandamiza, kuvanaho ikintu cyose cyatuma umushinga mubi wa Kagame utajya mu buryo. Kandi noneho iyo gahunda ye si iyo kwigiza yo abantu cyangwa ngo abakomeretse buhoro, wenda bibwirize bamuhe rugali, ahubwo kuva na cyera gahunda ye, ni ukwica isazi n’inyundo. Icyo gihe twari twitabye kwa Kagame, bahise badufunga, tumara mu mwobo ibyumweru bibili, nyuma baza kutubaza niba tuzi impamvu dufunze, n’uko nahise mbasubiza ko ari uko tutapfuye ku urugamba ari cyo dufungiye. Bishoboka ko haba hari ikindi bari bazi dufungiye twe tutakizi, ariko bwakeye baturekura. N’uko nkiri aho nabonye umusirikari urinda Kagame yikoreye umuba w’inkoni, ndabaza nti ese ziriya nkoni n’iziki? Barambwira ngo hari umuntu bagiye gukubita. Nti ese ni umwe? Bati yego. Nahavuye mbona ko ibyiza ari ukwibera ku rugamba imbere, wapfa ugapfa utaboshywe.

Kagame ategekesha ubugome kuva cyera kugeza ubu, kandi niba igihe cyawe kigeze aragusya kugirango utazashibuka. Arakwica, akakunyaga, abasigaye akazabica uruhongohongo cyangwa akabica muri roho ku buryo basigara batabasha no kwinyagambura ari ibihahamuke biraho. Uwo yanze amutandukanya n’abandi bantu ndetse na bene wabo bakamugendera kure kugira ngo bibereho, n’ubwo ubwo nabwo atari ubuzima kandi n’ubundi nabo baba bategereje kugerwaho.

Arica akazungura akanashinyagura. Aratinyuka akajya mu cyunamo cy’abarokotse jenoside akavuga ijambo, akemera ko bamwita uwabarokoye, akajya no kubyakira impozamarira cyangwa ingororano z’umurokozi. Agakora ku buryo ba bacikacumu bahora mu gahinda, bahora bacukura, bataburura amagufa y’abantu babo, wababona nyuma y’imyaka 20 baririra ababo ukagirango babapfushije uwo munsi. Ubwo ni nako Abahutu nabo bareba ababo bapfuye muri ayo magufa atabururwa kandi badashobora kugira icyo bavuga. Hagira n’uwimyoza ake kagashoboka.

Aragirishije igihugu agahato, agahinda, ubushinyaguzi n’inzara. Kugirango abigarurire, amanika inyama abashonji bakayirukira akayibahera aho ashatse n’iyo haba mu kitoze. Yikuraho ibyegera bye akimika ibindi, noneho bya bindi bigiyeho bikaza ari abatindi n’ibicucu kurusha abambere kugirango batazagawa nk’abababanjirije. Rubanda rwa giseseka rwo rwarapfuye rwararangiye. Igihugu kijuse agahato.

Aho niho uzumva akina abantu ku mubyimba ngo coup d’Etat iwe ntishoboka. Ibyo nanjye ndabyemera, ni nde wayitegura, ese yayitegurana nande kandi bose babeshejweho no kuregana ari n’ibihahamuke? Bameze bose nk’ababoheye inyuma/kandoyi.

None se abashaka kuzana impinduka mu Gihugu, bo babibona bate?

Hari nk’abanyapolitiki bamwe bashaka gukora revolution ya rubanda. Iyo rubanda iboshye ikeneye uyibohora ni yo izababafasha? Ese bazitwaza amagambo gusa bagire icyo bahindura ku bantu bamerewe nabi gutyo, batunzweho iminwa y’imbunda ngo batinyagambura? Ese aho cya cyaha cy’ingengabitekerezo ya jenoside nticyamarira abantu mu buroko? Ese Civiliani guhangana n’inyeshyamba yafashe ubutegetsi ku mbaraga, birashoboka? Inyeshyamba zifite ibikoresho byo kwica ndetse n’amacenga y’intambara yo gucanyanganyikisha abataranyuze muri uwo muruho ngo bawukuremo amasomo atagira aho yigishwa mu mashuli. Ya yandi utakwibaza ko umuntu muzima kandi wiyubashye yakora. Uwo munyapolitiki ashobora kugenda ntibamufunge, bakamutesha umutwe, bakamukorera udukoryo na ba baturage yagiye gutabara bamubona bakabona yaraje mu byo atazi, nabo bakamuseka cyangwa bakamugirira ikigongwe bamwifuriza gusubira iyo yavuye niba bikimushobokeye.

Ni uko Bimeze, inyeshyamba zirwanywa kinyeshyamba, umusazi arwanywa gisazi, ku buryo nawe akureba ati uyu ni umusazi, agahunga. Dawa ya moto ni moto: umuriro uzimishwa undi. Ibyo utabizi, ni nk’iyo umusozi uhiye, ukaba udafite amazi ahagije yo kuwuzimya, ujya imbere, aho uwo muriro mwinshi utaragera, ukahatwika uzimya kugirango wa muriro mwinshi w’imbaraga nuhagera uzasange nta ibyo gushya bihari, uhagarare, wizimye. Mu yandi magambo, uwo mugani wavuye ku barasanyi ku urugamba, iyo bakurashe ukabasubiza, babona ko na we wabica bakarekeraho.

Kandi noneho ntushobora gufata politiki z’ibihugu byateye imbere, ngo uyizane wibeshyako uzayikoresha uhanganye n’inyeshyamba zikora nk’ibyakorwaga mu binyejana byinshi byashize, ngo wibwireko uzazitsinsura. Ahubwo wapanga gahunda ukajya wigisha uko igihugu gikwiye kuyoborwa, ku buryo habaye impinduramatwara, ubuhanga bwawe bwazafasha, igihugu kikava mu kabwibwi.

Kandi na none niba uri umunyepolitiki ukicara uti mfite abantu bakomeye mu gihugu tuvugana, bazadufasha kuko bigoranye kwinjira mu gihugu ntawe ubibigufashijemo waho, ihebere. Ubwo se abo bakomeye ni bande? Bafite iki? Ko hariya abantu bose babohewe inyuma, kandi babeshejweho no kuregana, niba akugiriye neza ntabe akuneka, azicecekera ntacyo azakumarira kugira ngo atikura n’aho yari ari.

Rwose umuntu ukuvugisha ari mu gihugu, uw’umugabo muri bo arateze yizeye ko uramutse ugeze ku butegetsi yazongera akarya. None se niba n’abari hanze benshi bateze ngo barebe ikipi itsinda nabo babone baseruke, uri mu gihugu ntiyatega kurushaho? Bene abo bantu baba bumva ibyuvuga ari byiza ariko ntibaba babyizeye. Noneho bakumva aribo utegerejemo ubutabazi, bakarushaho gucika intege, kabone n’iyo bakubeshya ngo bazajya bagira icyo bagufasha.

Igihugu nka kiriya cyakandamijwe, ntushobora gutegura urugamba wiringiye imbaraga z’abaturage. Kuko icyo abaturage bategereje ni ubutabazi, uburyo wabageraho ukababohora. Ariko niba ari bo utegereje mo agakiza, ihebere. Uretse kubongerera ibibazo nta kindi waba ubamariye! Niba abo hanze nabo ubwoba bwarabishe, abo mu gihugu wumva ko bameze gute?

Ariko kandi, uko batagira icyo bakumarira mu gihe ubiyambaje, ni nako batagira icyo bamarira Kagame mu gihe yugarijwe, kuko bashizemo intege, yarabanyunyuje, abanyaga morali, abanyaga ubutunzi arabahahamura, basigara ari ingorwa.

Abaturage icyo bazagukorera ni ukwicecekera, ibyo bababwira byose bikajya bica aha, bo bategereje gutabarwa, ubwo gahunda za leta zikadindira. Nk’igihe twumvaga ibibera Nyabimata, mu gihugu, abaturage bamwe baricecekeye bati twajya twatabarwa, gahunda za Leta ziradindira kandi abo baturage nta n’uruhare rugaragara bakoze uretse kwinjira mu inzozi z’ejo hazaza, ibyo barimo bakakibagirwa.

Na bariya bafite imyanya myiza rero, nta kintu bashobora kumarira Kagame kuko iyo myanya batayiboneshwa n’urukundo bakunda igihugu cyangwa ubutwari. Hariya ni ishyamba, baguha none kubera inyungu zabo apana izawe, ejo bakakumanika imbere ya rubanda kugirango bagukoze isoni banakurangize burundu kandi bigarurire rubanda ise niyishimye, isingize umubyeyi impanga ya Yezu ibakijije icyo cyago.

Abo bantu rero bajya muri iyo myanya, uretse abantu bacye cyane b’injiji batazi iyo bijya, abandi baba baje, baje kurwanira imbehe nta kindi bapfana na Kagame uretse igaburo. Abo rero n’igihugu ntacyo kibabwiye. Icyo bakora ni ukureba ngo: Kagame aracyafite icyo abaha? Igihe azaba yugarijwe, nta cyo nabo bazamumarira, bazarwana bareba inyungu zabo niba zizakomeza na nyuma ye. Niyo wababona bitakuma hano ku imbuga nkoranyambaga, babikora kubera inda. Niba batavuze, isahane iri bwubikwe, hakaba n’abandi babikora ngo wenda hagire ubabona ko nabo ari ababo bazabibuke ku meza. Ariko uko gukorerabushake muri FPR, nabwo urebye nabi wabuzira.

Niba rero ushaka gakondo no gutabara igihugu ngo ukure abaturage mu bugwate bwa Kagame, banza wiyubake urebe ngo urihagije nta muntu n’umwe utegereje ko aguterera intambwe, akimuhana kaza imvura ihise. Nugenda utihagije, uzatsindwa kandi wicishe abaturage ku busa. Kuba wihagije si ukwitwaza ngo hari igihugu kikuri inyuma, cyereka ari cyo cyabigusabye kuko cyakubonyemo ko ufite gahunda ihamye kandi wihagije, baza bataza wagera ku ntego. Atari ibyo, bagutaba mu nama ukumirwa. Ibihugu bigira inyungu zabyo zitandukanye n’inyungu zawe.

Nugenda wihagije uzafata igihugu uhagere uri intwari kuko uzajya guhagarika ubwicanyi ndengakamere buzaba bwayogoje, bwo kwica ibyitso buri muntu wese baketse bamwica, kuko hazabaho gutungana agatoki n’umwiryane n’ibiryo ari bicye.

Ng’uwo umusaruro w’imbuto Kagame yabibye muri kiriya gihugu.

H.T.Sankara

INTWARI FÉLICIEN GATABAZI MU NGORANE Z’AKAZI KA LETA (1992 – 1994) 1/3 (lmbanzirizankuru)

$
0
0

Yanditswe na Victor Manege Gakoko

Victor Manege Gakoko

Kw’itariki ya 21 y’uku kwezi kwa kabiri 2019, twibutse ku nshuro ya 25 iyicwa rya Ministre w’Ibikorwa Remezo n’Ingufu, Félicien Gatabazi. Yari kandi Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD).

Hari ikiganiro twatanze, Ambassadeur Sylvestre Uwibajije nanjye, cyanyuze kuri Radio Urumuli kerekeye ku buzima bwe mu rwego rwa politiki no mu miyoborere ye ya Minisiteri yari ashinzwe. Birumvikana ko mu kiganiro cy’isaha hafi imwe tutari gushobora kuvuga ibyiza byose Félicien Gatabazi yakorere Igihugu n’Abanyarwanda. 

Nagirango ariko mbanze nshimire Radio Urumuli n’Umunyamakuru Jean-Claude Mulindahabi kuba baraduhaye umwanya wo kwibuka ku mugararo Intwari yacu Félicien Gatabazi bamugenera icyo kiganiro cy’umwihariko. 

Muri iyi nyandiko niyemeje gushyira ahagaragara ingero zifatika z’ibyemezo nabonye Félicien Gatabazi afata ku bibazo by’ingutu twari dufite muri MINITRAPE. Kuri jye, gucunga no kuyobora iyo Ministère mu gihe cy’amashyaka menshi no mu ntambara bitari byoroshye na gato. Nagize amahirwe yo kuba hafi cyane ya Gatabazi nk’umukozi yizeraga uturuka mw’Ishyaka rye, akarusho akaba ari uko twaje kuba koko inshuti duhujwe n’akazi.

Twibuke ko igihe amashyaka menshi yemererwaga mu Rwanda, habayeho impinduka abantu batitayeho kandi zari ifite ingaruka nini mu butegetsi bwite bwa Leta (administration centrale). Urebye za partis hafi ya zose zigabanyije abakozi bakuru ba Leta (Ikiciro cya mbere) n’abakozi bo mu kiciro cya kabiri ukurikije Statuts z’abakozi ba Leta n’ayi bigo (sosiyeti) bigengwa na Leta. Umuntu agerenyarije, MRNDD niyo yari ifite umubare w’abakozi benshi barenga kimwe cya kabiri bahisemo kuba abanyamuryago bayo. Nyuma hazaga MDR, PSD, CDR, PL, PDC, izindi partis ntizari zifite abayoboke benshi.

Félicien Gatabazi

Tugarutse rero kuri MINITRAPE, Ministre Gatabazi agarutse kuyiyobora, batatu mu bayobozi (Directeurs) kuri bane bari abarwanyashyaka ba MRNDD. Ku rwego rw’abari bashyinzwe za divisions (chefs de division), umenya ahari umuntu yavuga ko abarwanyashyaka ba MRNDD bageraga kuri kimwe cya kabiri. MDR na PSD bagafata umwanya wa kabiri ku gipimo kegereye nacyo kimwe cya kabiri. Naho izindi partis zagabanaga nka 5% zisigaye. Iyo wongeragaho abandi bakozi barimo na ba nyakabyizi, MINITRAPE yakorwagamo mu bwiganze n’abayoboke ba MRNDD-CDR (kubatandukanya cyari ikibazo). Ni nako ELECTROGAZ yari imeze kandi ari ikigo cya Leta kinini ku mubare w’abakozi cyangenzurwaga na MINITRAPE

Ngiyo Ministère yashinzwe Gatabazi igihe ministères zose aho gukora inshingano zazo techniques zari zarabaye politiques kubera kubogama kw’abakozi cyane cyane bakuru. Bigakubitiraho nyine ko MINITRAPE yari yiganjemo abayoboke ba MRNDD na CDR. Kuri Ministre Gatabazi rero yatangiye akazi yugarijwe, atangatanzwe hose muri make agotswe ku buryo bumukomereye (environnement hostile). Clash (ukutumvikana bikaze) za mbere n’abayobozi bamwe barimo cyane cyane Directeur wa ELECTROGAZ ntizatinze kwigaragaza. Byabaye ngombwa ko Ministre Gatabazi abonye kumvikana nabo bayobozi binaniranye, yasabye gouvernement ko babahindura. Ariko ntibyakurizwa kubera abaministre ba MRNDD na Présidence babimwangiye pe. Ariko ukuntu Ministre Gatabazi yabyifashemo akanabyikuramo ni byo koko byerekanaga ko ari umuhanga mu mu bahanga. Kuko mu kuyobora MINITRAPE, yahuye n’imitego myinshi ndetse n’imigambi, ntatinya kwita ko yari “Sabotage systématique du MNRDD-CDR”. 

Nibyo tuza kureba mu gice cya kabiri cy’iyi nyandiko (2/3 – Inkuru Nyayo).

INTWARI FÉLICIEN GATABAZI MU NGORANE Z’AKAZI KA LETA (1992 – 1994) 2/3 (lnkuru Nyayo)

$
0
0

Yanditswe na Victor Manege Gakoko

Victor Manege Gakoko

Ministre Gatabazi aza gusimbura Ministre Ntagerura muri MINITRAPE yazanye n’abakozi b’ibyegera bye batatu : 1) Hyacinthe Rafiki (PSD), umuyobozi w’ibiro bya Ministre, 2) Cyprien Ndagijimana (MRNDD), umunyamabanga ushinzwe ibibazo bya politiki, 3) umujyanama ushinzwe ibibazo bya tekiniki (Émile Nyungura – PSD). Nyuma Charles Ntakirutinka PSD), inama ya gouvernement iza kumuha umwanya w’umuyobozi mukuru wa Ministère (ni we wari umukozi mukuru kuko urwego rw’umunyamabanga mukuru bari bararukuyeho). Usibye rero Ntakirutinka, bariya bakozi bandi ntaho bari bahuriye n’akazi n’imicungire ya Ministère.

Ingorane ya mbere, Ntakirutinka yahise ajya guhagararira ishyaka PSD mu mishyikirano y’Arusha maze Ministère ibura umuhuzabikorwa mu rwego rw’abayobozi. Ni ukuvuga ko umuyobozi w’Ibiraro n’imihanda, (Alphonse Ntirivamunda – MRNDD), umuyobozi w’amazu ya Leta, gutuza abantu n’imitunganyirize y’imijyi, (Félicien Libanje – MRNDD), umuyobozi w’amazu (Léopold Mugabo – MRNDD) n’umuyobozi w’ingufu (Marcel Nsabimana – PSD) bakoranaga na Ministre batanyuze ku muyobozi mukuru kuko atari ahari. Byaje kuvamo ko abakozi bakuru bamwe bakoraga baseta ibirenge ndetse amadosiye amwe n’amwe bakayahisha Ministre (urugero ni Fonds Routier). Naho mu buyobozi w’ingufu aho umuntu yakwibwira ko ahari byari kugenda neza kubera directeur waturukaga muri PSD, umuyobozi wa ELECTROGAZ (Donat Munyanganizi – MRNDD) twari dufatanyije gucunga imishinga mu rwego rwo gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda yatubereye imbogamizi yo mu rwego rwo hejuru. We rwose yaranabyerekanaga ku mugaragaro.

Ingorane ya kabiri, bimaze igihe gito bimeze gutyo, Émile Nyungura utaragombaga kwivanga mu mikorere ya Ministère, aba yishyize mu mwanya w’umuyobozi mukuru wa Ministère , asaba ko dosiye zose zigomba kumunyuraho mbere yo kujya kwa Ministre. Ishyano riba riraguye, abakozi bakuru bo muri Ministère bava muri MRNDD-CDR bandika ibaruwa ko Nyungura yivanga mu milimo yabo kandi ko yaka ruswa yitwaje Ministre Gatabazi.

Nkimara kubona iyo baruwa, nagiye kureba Nyungura, ndamubwira nti urarikoze. Mugira inama ko twandika natwe ibaruwa isubiza iyo. Nyuma tukayisinyisha abakozi bakuru b’abayoboke ba MDR, PSD na PL. Nsobanurira neza Nyungura ko ibaruwa tugiye kwandika atari iyo kumushyigikira, ahubwo ari ukugira ngo scandale idafata Ministre Gatabazi ikanduza na PSD. Yarabyemeye turayandika tuyisinyisha abakozi bakuru bari muri opposition maze tugize Imana bisa nk’aho bihoshesheje.

Ministre yanze kubyivangamo maze aratureka aba ari twe twikorera uwo musaraba. Ntibyamaze kabiri noneho Nyungura yiga amayeri yo kumvikana n’abo bayobozi bavaga muri MRNDD-CDR, ko ibintu bumvikanyeho azajya abisinyisha Ministre Gatabazi bikihuta. Bigeze aho Nyungura aba ameze amababa pe, atangira gukwiza ko agomba gusimbura Gatabazi noneho abakozi Ministre Gatabazi yashakaga ko bahindundwa akabagumisha mu myanya yabo. 

Félicien Gatabazi

Ingorane ya kane, ibintu byaje gukomera kuko noneho Nyungura yaje gukoresha inama rwihishwa. Iyo nama yabereye hanze ya Minisiteri (mu nzu yo muri caisse hypothécaire) atumiramo abo bayobozi n’abandi bakozi bakuru b’abayoboke ba MRNDD, usibye Léopold Mugabo abandi bose bari bayijemo. Ubwo rero Nyungura yarantumiye nanjye ariko ntiyambwira impamvu. Tuhageze yasobanuye neza ukuntu Ministre Gatabazi agomba kuvaho bwangu, maze akamusimbura. Ati kugirango tubyihutishe tugomba gukora imyigaragambyo tuvuga ko tutamushaka ko adindiza akazi. Ati ariko kugirango bishoboke dukeneye inkunga ikomeye ya Victor. Yongeraho ko ariyo mpamvu yatumiye muri iyo nama ngo mbemerere ko nzabafasha. Nabyumviye aho ngwa mu kantu. Mu gihe nkibaza ibyo ari byo, bati igihembo cyawe n’uko uzabona umwanya w’ubuyobozi bw’ingufu. Mbonye bose babyemeye nta mpaka zigiwe bituma numva ko uwo mugambi bawuteguye kuva kera. Nabateze amatwi ku mutima nti ntimuzabishora tu! Nyuma twatashye twumvikanye ko duhura mu gitondo tukajya gutegerereza Ministre Gatabazi muri Ponts & Chaussées ngo imyigaragambyo itangire. Umunsi ukurikiyeho jye nigiriye i Butare, ngaruka ni mugoroba. Naje kumenya ko umutwe wabo wapfubye ngo barambuze bakeka ko nabibwiye Gatabazi noneho bahitamo kubireka. Kuva ubwo ntawongeye kumvugisha amafuti. Muti ese koko waburiye Gatabazi ? Sinigeze mbimubwira kuko MRNDD atari yo yahitagamo abaministre bava muri opposition. Iyo nza kubimubwira kandi hari kuba crise ikomeye muri ministère kuko Gatabazi atari kubyihanganira. Naramuretse ngo azabyimenyere ku bundi buryo byararangiye. Kandi koko niko byagenze, yaje kubimenya.

Icyemezo Ministre Gatabazi yafashe amaze kumenya ibintu byose. Umunsi umwe nyuma y’akazi yagiye kwa Nyungura ari kumwe na Docteur Gafaranga. Hagati ya saa moya na saa mbiri, umushoferi we ansanga kuri bar ahantu nakundaga kujya kuganira n’inshuti. Mbona anshyize iruhande arambwira ngo Ministre Gatabazi aranshaka byihutirwa. Nti ese ari he? Ati ari kwa Nyungura ariko yarakaye cyane. Ngeze kwa Nyungura, Ndabaramutsa. Madame Nyungura ati tukuzimanire iki, nti Primus, arayizana bati “santé”. Ndebye indoro ya Gatabazi ndibwira nti Nyungura bimurangiriyeho, dore ko yigenje. Ntagutegereza Ministre Gatabazi arambwira ati Nyungura ni umugambanyi. Asobanura ukuntu ibintu byose Nyungura bamuvuzeho atigeze abyemera. Ariko ko byabaye ngombwa ko akoresha anketi, nyuma aza kumenya ukuri. Ati niyo mpamvu nagutumyo ngo ubyemeze kuko byose nzi ko ubizi. Ministre Gatabazi yagiye avuga ingingo ku yindi, nyuma agahagarika ati Victor natange ibisobanuro. Nanjye nkavuga uko mbizi cyangwa uko nabibonye n’inama nagiye mpa Nyungura ku myifatire ye. Twarakomeje, biba nk’urubanza. Iyo namaraga kuvuga Gatabazi yahaga ijambo Nyungura ngo yiregure ariko ntacyo yongeraho. Aho Gatabazi yerekanye akababaro nyuma kagahindukamo umujinya ni aho yambajije ati nibyo koko uyu Nyungura yaka ruswa za sociétés akavuga ko ari jye uba namutumye. Nti ni byo rwose Monsieur le Ministre. Nti si rimwe, si kabiri gusa. Azunguza umutwe, areba Docteur Gafaranga, ariyamirira ati muri PSD ntibizanyorohere kuvuga ko ibi bintu atari byo. Docteur Gafaranga yafashe ijambo, agaya Nyungura cyane. Yongeraho amagambo prémonitoires (asa n’uhanura) ati :“Kandi ibi twigira Inkotanyi zizadufatana igihugu musange imirambo yacu igaramye mu mihanda nk’imbwa”. Twabaye ducecetse gato nyuma y’ayo magambo. Nyuma twakomeje iyo nama tugeza saa munani z’ijoro. Mu gutaha Ministre Gatabazi yaranshimiye noneho abwira Nyungura ko amukuyeho ikizere kandi ko amuhagaritse kumubera umujyanama. Umunsi ukurikiyeho, nka saa yine, Ministre Gatabazi yasinye ibaruwa ikuraho abajyanama be bombi. Nyuma agenda ahamagara umuyobozi umwe umwe amwumvisha ko akorera Leta adakorera Gatabazi. Icyo cyemezo Gatabazi yafashe n’ibiganiro yagiranye n’abayobozi byaje gutuma muri Ministère hagaruka umwuka mwiza noneho iby’amashyaka tubishyira twese iruhande: tugendera rwose kuri “compromis professionnel” (inyungu z’akazi).

Ukwigomeka kw’umuyobozi wa ELECTROGAZ kuri Ministre Gatabazi, n’icyo gice cya 3/3 ndangirizaho.

Hongeye kugaragara imirambo mu kiyaga Rweru


Intambara y’ubutita hagati ya Rayon Sports na FPR/FERWAFA (igice cya kabiri)

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Ubushize twari twababwiye uburyo FPR ibinyujije muri FERWAFA yashatse kurimbura Rayon Sports n’imizi yayo  ariko abakunzi bayo bayikunda urutari urumamo bakaza kwitambika. Ntabwo uwo mugambi wahagaze ahubwo usa n’uwahinduye isura. 

Mu mwaka wa 2017 Rayon Sports yaguze abakinnyi muri APR FC kandi kizira birangira uwari President wa yo afunzwe !

Ubusanzwe APR FC yari imenyereye ko abakinnyi bayivamo bakerekeza muri Rayon,  ari abo iba itagikeneye.  Kuri iyi nshuro siko byagenze kuko Gacinya Chance Denis wari president na komite ye batinyutse bakajya kugura abari inkingi za mwamba muri APR FC, abavuzwe cyane  ni Rwatubyaye Abdul na Mukunzi Yannick. Igurwa ry’aba bakinnyi ryababaje bikomeye General Kabarebe ndetse Rwatubyaye abanza guterwa ubwoba ko nakinira Rayon Sports bizamukoraho bituma amara igice cy’umwaka w’imikino adakiniye iyi kipe. Iyi komite ya Gacinya yakomeje kwihagararaho isinyisha n’abandi bakinnyi barimo Rutanga Eric nawe wari uvuye muri APR FC n’ubwo ubuyobozi bwifuzaga ko yajya muri AS Kigali kugira ngo bakomeze babuze Rayon kwiyubaka. Si ibi gusa komite ya Gacinya yakoze kuko ubwo umutoza Masudi Djuma yasozaga amasezerano ye muri Rayon Sports amaze kuyihesha igikombe cya championnat n’icy’Amahoro byikurikiranya, ubuyobozi bwahisemo kumusimbuza Olivier Karekezi wakanyujijeho muri APR FC na Ndikumana Hammad Katawuti wakiniye Rayon Sports n’ikipe y’igihugu Amavubi. Karekezi wafatwaga nk’umwana w’ikipe ya APR FC kuko ariyo yamureze kandi akayandikiramo amateka ndetse akaba na muramu wa Lt Gen Ceaser Kayizari wigeze gutegeka FERWAFA, yatunguye bikomeye General Kabarebe ubwo yahitagamo gusinyira Rayon Sports ifatwa nka mukeba w’ibihe byose wa  APR FC abereye umuyobozi w’icyubahiro. Uyu mugabo akigera muri Rayon Sports byaramuhiriye kuko yashoboye gutsinda ikipe ya APR FC inshuro ebyiri zikurikiranya ndetse anayitwara ibikombe bibiri birimo icy’Agaciro n’igikombe kiruta ibindi (Super Coupe). 

Uru rukurikirane rw’intsinzi rwatumye Kabarebe akura inkota mu rwubati  afunga Gacinya na Karekezi naho Katawuti apfa amanzaganya.

Ubwo Karekezi na Gacinya barimo bishimira ibihe byiza Rayon Sports yari igiye gutangirana umwaka w’imikino , Kabarebe na De Gaule Nzamwita wayoboraga FERWAFA ntabwo baryamaga kuko bari barajwe ishinga no kugabanya umuvuduko wa Rayon Sports no gucecekesha abatoza bayo bari bamaze kwigarurira itangazamakuru ry’u Rwanda bitewe n’ibihe byiza ikipe ya Rayon Sports  yarimo. Aha nibwo bapanze gufungisha Gacinya maze Kabarebe abinyujije mu nteko ishinga amategeko n’akarere ka Rusizi bemeza ko hari isoko Gacinya  na sociyete MICON  yari abereye umuyobozi ko nka rwiyemezamirimo hari isoko ryo gushyira amatara ku mihanda  atarangije neza ngo kuko yashyizemo amatara mabi. Ibi byarangiye afunzwe kugira ngo adakomeza kugira ijambo muri Rayon. Ibi kandi bigakurikirwa n’uko abafana bari bamaze kumwiyumvamo kubera ibyishimo bari bamazemo iminsi bitewe n’intsinzi nyinshi. 

Katawuti yahawe intaraza  naho Karekezi ahamagazwa n’ubugenzacyaha.

Hari tariki ya 15 ugushyingo 2017,  ubwo inkuru y’incamugongo yatahaga mu bakunzi ba Rayon Sports n’ab’imikino muri rusange. Iyi  nkuru yavugaga ko Ndikumana Katawuti Hamadi yapfuye urupfu rutunguranye. Iyi nkuru ikimara kuba kimomo nibwo humvikanye  indi nkuru ivuga ko Olivier Karekezi  yari abereye umutoza wungirije muri Rayon Sports ko  nawe yatawe muri yombi n’ishami rya polisi y’u Rwanda rishinzwe ubugenzacyaha.

Amakuru The Rwandan yashoboye gukorera iperereza avuga ko uyu mukinnyi yaba yarishwe ku mabwiriza ya Kabarebe na Nzamwita Vincent De Gaule ahawe uburozi bw’intaraza bitewe n’amagambo bari bamaze iminsi baterana ku mbuga nkoranyambaga. Aya magambo yari yujemo agasuzuguro hagati ya Président  wa FERWAFA n’aba batoza. Aha De Gaule yavuze ko mu mwaka wa 2004 ikipe y’u Rwanda yitabiriye igikombe cya Africa yari igizwe n’abanyamahanga bahawe ubwenegihugu ko batari abanyarwanda. Aya amagambo yababaje abakinnyi bakiniye amavubi  maze nabo si ukumwuka inabi  karahava! Aba bombi bamubwiye ko ibyiza ari uko yajya korora amafi kuko ari byo yize naho umupira akawurekera ba nyirawo. ibi byaviriyemo Katawuti urupfu ndetse Karekezi afungirwa muri CID ashinjwa by’urwitwazo ngo ubutumwa yoherereje bamwe mu bakinnyi b’Amavubi abasaba kwitsindishwa, aho yahabwaga amabwiriza yo kutagira icyo atangaza k’urupfu rwa Katawuti ngo kuko azi neza umuntu wasangiye na Katawuti bwa nyuma. Ibi byose nibyo byatumye asezera ku kazi ko gutoza Rayon  Sports ahitamo kwisubirira mu gihugu cya Sweden.

Ubutaha  tuzababwira uko Gacinya Yafunguwe amaze kwemera kutazongera kugura umukinnyi muri APR FC n’uko Gatiyusha Kirimbuzi  Paul Muvunyi yaje muri Rayon aje kugabanya umuvuduko wa yo.

Gereza ya Mpanga: MUBERUKA Pascal akomeje kurengana.

$
0
0

MUBERUKA Pascal yavutse ku wa 22 Gashyantare 1968 ku babyeyi b’abagatolika, TERERAHO Karori na MUKARUZIGA Anasitaziya. Yavukiye muri serire Bwiza, Segiteri Takwe, Komini Nyamabuye, Perefegitura ya Gitarama

Agize imyaka ine, mu 1972, yapfushije se asigarana na nyina. Bidatinze yajyanywe kwa sekuru RUBASHAMUHETO Sitefano aba ari ho arererwa.

Amashuri abanza  yayize ku kigo cya Bwilika kuva mu 1975 kugeza mu 1983.

Amashuri yisumbuye yayize mu Iseminari Ntoya ya Mutagatifu Léon  i Kabgayi kuva mu 1983 kugeza mu 1989.

Kuva muri Mutarama  kugeza muri Kamena 1990 yabaye umukozi ushinzwe urubyiruko n’imikino muri komini Nyamabuye.

Kuva muri Kamena 1990 kugeza mu Gushyingo 1992, yabaye umugenzacyaha ufite ububasha busesuye muri Komini Mushubati.

Kuva mu kwezi k’Ukuboza 1992 kugeza ku wa 8 Kanama 1993 yabaye Umugenzacyaha  ufite ububasha busesuye muri Perefegitura ya Gitarama .

Ku wa 16 Mutarama 1993, yashakanye na NYIRANSENGIYUMVA Pélagie, babyarana abana batanu,umwe yitaba Imana; hariho bane.

Kuva muri Nzeli 1993 kugeza ku wa 2 Kamena1994 yakoze ubucuruzi mu Mujyi wa Gitarama.

Kuva muri Nyakanga 1994 kugeza ku wa 7 Ukwakira 1997 yabaye impunzi muri Zaire no muri Repubulika yunze ubumwe ya Tanzaniya.

Kuva ku italiki ya 4 Mata 1998 kugeza ku ya 14 Mata 1999 yafungiwe muri Kasho ya Komini Nyamabuye.

Kuva muri Werurwe 2000 kugeza muri Mutarama 2002 yabaye umukozi mu biro by’abavoka mu Mujyi wa Muhanga aho yavuye ajya gukomeza amashuri.  

Yize muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, ishami ry’amategeko, kuva muri 2002 kugeza ku wa 24/11/2006, ahabwa impamyabumenyi ihanitse. 

Kuva kuwa 17 Gashyantare 2006 kugeza ku wa 24 Ukuboza 2008 yabaye umwarimu n’umujyanama mu mategeko muri Kaminuza Gatolika ya Kabgayi.

Kuva ku wa 24 Ukuboza 2008 yarafashwe, abanza gufungirwa muri station ya polisi ya Nyamabuye. Ahavuye kuwa 28 Ukuboza ajyanwa muri Gereza ya Muhanga aho yakuwe ku wa 14 Gashyantare 2010  ajyanwa muri gereza ya Nyanza aho arangiriza igifungo cya burundu eshatu z’umwihariko yakatiwe n’inkiko gacaca  z’ubujurire za Kanombe” A” na Jabana. 

-Ari mu ngando y’abahungutse mu 1997, Mwarimu MUBERUKA Pascal yagambaniwe mu nyandiko n’umusirikare KALISA Guido asaba Madame ABANDIBAKOBWA Thérèse kumufasha bakamushinja urupfu rwa MUNYANKUSI Eugène, umugabo wa ABANDIBAKOBWA Thérèse wiciwe i Kabgayi. Ibaruwa yandikiwe uwo mupfakazi wa Nyakwigendera Munyankusi kuwa 31/10/1997 ni iyi ikurikira.

pastedGraphic.png

-Madame ABANDIBAKOBWA yarabyanze abimenyesha MUBERUKA Pascal wari i Runda mu Ngando mu nyandiko ye yo kuwa 31/10/1997,  abimesha n’abaturanyi .

pastedGraphic_1.png

-KALISA Guido, mukuru wa MBARAGA Raymond yarabimenye ararakara ndetse abwira ABANDIBAKOBWA Thérèse ko azamurasana na MUBERUKA Pascal ubwo yanze ko bamubeshyera, bakamufungisha.                      

–Madame ABANDIBAKOBWA Thérèse yagiye kwishingana kwa Bourgmestre KAYIBANDA Innocent wa Komini Nyamabuye na we ikibazo akigeza kuri Majoro KWIKIRIZA wayoboraga ingabo i Gitarama.                     

–KALISA Guido n’umuryango we bakomeje ubugambanyi mu biro by’umugenzacyaha KAVAMAHANGA MUHOZA Etienne wakoreraga i Nyamabuye ariko KALISA Guido ntiyongeye kujya ahagaragara yakoraga yihishe kuko ubuyobozi bw’ingabo bwari bwarasabye Madame ABANDIBAKOBWA na MUBERUKA Pascal ko uzamubona azabibumenyesha.

 Mu kwezi kwa kane 1998, MUBERUKA Pascal yatumijwe n’Umugenzacyaha KAVAMAHANGA MUHOZA Etienne aramufunga ku rupfu rwa MUNYANKUSI Eugène rwavuzwe mu iburana rya KALISA Guido, hongerwaho ko MUBERUKA Pascal yakoresheje inama iwe muri salon afatanyije na Minisitiri NZABONIMANA Callixte, bagakora liste z’abatutsi bagombaga kwicwa, kandi bagatanga essence yo gutwika amazu y’abatutsi.                                                                                                                                              

–Kubera ko ako kagambane kagirirwaga MUBERUKA Pascal kari karamenyekanye mu nzego zose, Bwana Nyandwi  Joseph Désiré wari Préfet wa Gitarama, Innocent KAYIBANDA wari Bourgmestre wa Komini Nyamabuye, ubuyobozi bw’ingabo, ubwa gendarmerie n’inzego z’iperereza, bakoresheje inama ibera mu Kagarama, ihuza abaturage ba Secteur Gatovu na Cyeza za Komini Rutobwe, Takwe ya Nyamabuye na Kagarama ya Mushubati; ku kibazo cyo kumenya icyo MUBERUKA Pascal yari yarafatiwe, abaturage bose basobanuye ko ari akagambane yagiriwe n’umusirikare KALISA Guido, MBARAGA Raymond n’abandi bo mu muryango wabo. Iyo nama yemeje ko MUBERUKA Pascal afungurwa.                                                                   

–Mu gihe yari ataravanwa muri kasho mu ijoro ryo kuwa 17 rishyira uwa 18 Mata 1998, abacengezi barateye bica abantu i Munyinya ku Kivumu, i Takwe no muyandi masegiteri. Mu bishwe i Takwe, harimo abavandimwe ba KALISA Guido babiri. Ibi byatumye umuryango wa MBARAGA na KALISA, bombi bari abasirikare, bemeza ko ari igitero bagabweho na MUBERUKA Pascal bazi neza ko afunzwe. Ifungurwa rye riba riburijwemo ageretsweho igitero cy’abacengezi.                                                           

-Byabaye aho, Procureur wa Republika Paul MUGEMANGANGO wari i Gitarama, mu gusubiza ibaruwa yari yandikiwe na MUBERUKA Pascal, yohereza mu iperereza umugenzacyaha Sébastien SEBAKAMURA n’abanyeshuri babiri bigaga mu  ishami ry’amategeko i Butare bimenyerezaga umwuga muri Pariki; umwe muri bo yitwa KAYIRANGA Cyrille.

-Iryo perereza ryagaragaje ko MUBERUKA Pascal yagambaniwe kuko nta Minisitiri NZABONIMANA Callixte wageze iwe, nta nama yakorewe iwe mu nzu, nta n’inzu n’imwe yatwitswe na essence, ubuhamya bwatanzwe n’abatutsi barokokeye i Kabgayi, abarokokeye mu nzu kwa MUBERUKA Pascal, Madamu DUSABEMARIYA Restude n’abana be babiri na MUKARUSAGARA Joselyne umwana muto yahunganye, akamugarukana n’abaturanyi bose.                                                                                                                                         

–Umugenzacyaha Sebastien SEBAKAMURA Callixte yakoze raporo ayigeza kuri Procureur maze nawe arekura MUBERUKA Pascal kuwa 16/4/1999.

pastedGraphic_2.png

-Ubugambanyi bwakomejwe na MBARAGA Raymond na muramu we KABAYABAYA Félix kuko KALISA Guido na we yaje gufungirwa muri gereza i Kibungo, mu gihe MUBERUKA Pascal yari muri kasho i Nyamabuye hanyuma Kalisa agwamo. Ubwo bugambanyi MUBERUKA Pascal yabumenyesheje Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’amajyambere ya komini mu ibaruwa yamwandikiye kuwa 20/11/1999, agenera kopi CLADHO. Intumwa y’iyo Minisiteri n’iya CLADHO zabonye iyo baruwa, ziza i Gitarama kwa préfet, zishingana MUBERUKA Pascal zimaze kwikorera anketi kandi na we ziramusura zimumenyesha icyo zakoze ku kibazo yabagejejeho, ziramuhumuriza.

– Muri 2002, MUBERUKA Pascal yahawe bourse na Leta y’u Rwanda, ajya kwiga amategeko muri kaminuza nkuru y’u Rwanda, arangiza muri 2006, muri 2007 atangira muri Kaminuza Gatolika ya Kabgayi abifatanyije no kuba umujyanama mu mategeko mu bigo bitandukanye.

MBARAGA Raymond nawe wari urangije mu ishami ry’amategeko i Butare akaba yari ashinzwe abinjira n’abasohoka mu karere ka Muhanga, mu ijoro ry’uwa 07/04/2007 ku gicaniro cy’icyunamo kuri stade ya Muhanga ahawe ijambo ngo atange ubuhamya, yiharira Mwalimu MUBERUKA Pascal, amwita umwicanyi wamumariye abavandimwe, avuga KALISA Guido waguye muri gereza i Kibungo na bashiki be bishwe n’abacengezi igihe MUBERUKA Pascal yari mu kasho i Nyamabuye mu 1998. Icyo gihe yanavuze uwitwa GAFARANGA Félix w’i Mushubati, wamenywe na MUBERUKA aho ajyaniwe mu nkiko gacaca. Iryo ryari iterabwoba ngo MUBERUKA Pascal ahunge dore ko MBARAGA yavugagag ko bagororeye MUBERUKA kwiga Kaminuza kandi yari interahamwe.

-Akimara kumenya ayo magambo ya MBARAGA kuwa 11 Mata 2007 MUBERUKA Pascal yandikiye umuhuzabikorwa w’inkiko gacaca mu Karere ka Muhanga arishinganisha, atanga  kopi ku munyamabanga nshingwabikorwa w’urwego rw’igihugu rwari rushinzwe inkiko Gacaca.

-Ubwo byaracwedetse maze bigeze kuwa 24/12/2008, MUBERUKA Pascal afatishwa kuri mandat d’amener y’umushinjacyaha wa Parike ya Gitarama yanditsweho ko aregwa  “ Génocide et complicité dans le génocide”. Aho gushyikirizwa umushinjacyaha wayanditse, yajyanywe muri station ya Police ya Nyamabuye, yakirwa na Albertine KAMANZI wari ufite ipeti rya Assistant Inspector. Nta nyandiko y’ihagarikwa yamukoreye, (PVA) amubwira ko atazi icyo afatiwe kandi ko atazi n’umurega.

-ku itariki ya 28/12/2008, ari ku cyumweru mu gitondo, umupolisikazi  yafashe Mwalimu MUBERUKA Pascal amujyana muri gereza ya Muhanga. Mukumusohora  muri kasho, yamweretse icyemezo cy’ifata n’ifungwa cyujujwe kuwa 26/12/2008, umunsi w’ikiruhuko, cyujujwe n’urukiko gacaca rw’akagari ka Murama, Segiteri Kagarama, Komini Mushubati.

-N’ubwo urwo rukiko Gacaca rufite ububasha ku manza z’umutungo gusa, icyemezo rwujuje  cyavugaga  ko “uyu Pasikali yari Ipeji yazanye na Burugumesitiri gusaka ibyitso n’inkotanyi bahohotera abaturage”

pastedGraphic_3.png

-Bidatinze, ubuyobozi bwa gereza  ya Muhanga bwashyikirije ikindi cyemezo cy’ifata n’ifunga cyujujwe n’urukiko gacaca rw’akagari ka Murama bwa kabiri. Cyo nta tariki cyujurijweho, cyagiraga kiti “ uyu MUBERUKA Pasikali yaje gusaka inyenzi ari kumwe na Munyankumburwa” 

pastedGraphic_4.png

Ibyo byemezo bibiri byafatishijwe uregwa ari muri gereza nkuru kandi byuzuzwa n’urukiko rutari rubufitiye ububasha byongeye, ibikorwa byanditswe ho nk’ibyo akurikiranyweho si ibyaha mu mategeko y’u Rwanda.

-Ku itariki ya 22/01/2009 MUBERUKA Pascal yitabye urukiko rw’Umurenge wa Remera, ruburanishirizwa muri Segiteri Kagarama. Uru rukiko rudateganywa n’itegeko rwari rwazanywe na MUNYAKAYANZA Gonzalve wari ukuriye inkiko gacaca mu murenge wa Nyamabuye warimo afasha MBARAGA Raymond mu buganbanaganyi yakoreraga MUBERUKA Pascal. Icyo gihe yarezwe gusaka amasasu n’intwaro mu ngo z’ibyitso by’inkotanyi ari umugenzacyaha muri Komini Mushubati, ibyo ngo akaba yarabikoze afatanyije na Bourgmestre w’iyo Komini Emmanuel MUNYANKUMBURWA.

-Kuri uwo wa 29/01/2009 rwabuzemo uwahohotewe, rurasubikwa kuwa 05/02/2009. Uwo munsi kandi umusaza NIYISENGWA Paulin wafunzwe mu byitso yagaragaje ko uwamufashe  akamufunga ari Bourgmestre MUNYANKUMBURWA Emmanuel, Atari MUBERUKA Pascal. Umugore we kandi MUKAGATAMA Sprier yasobanuye ukuntu ibirego MUBERUKA Pascal yaregwaga byahimbwe na MURORUNKWERE Alexia, MPAMBARA Wenceslas wavaga i Kigali ari naho yari atuye mu gihe cy’ifungwa ry’ibyitso, BAKUNDUKUZE Vestine na NIBASEKE Viateur wari ufite imyaka 10 muri 1990 ibyitso bifatwa.

-NIYISENGWA Paulin, mukuru wa NIYIREMBERE Martin yagaragaje ko uwo muvandimwe we abeshya, agaragaza ko yazanywe na MPAMBARA Wenceslas kubera ko yabaguriye ngo bafungishe MUBERUKA Pascal. Uwo musaza yicajwe hasi, ashyirwaho umurinzi abwirwa ko nadasubiza ubwenge ku gihe afungwa. Umugore we MUKAGATAMA Agnés yongeye kuvuga ukuntu atumva ukuntu umugabo we yashorwa mukagambane k’abavugaga ko ubwo MUNYANKUMBURWA yabaga umwere  bidasuburwaho, ubuze inda yica umugi, MUBERUKA Pascal agomba kujya mu kigwi cye, ngo ntibabure guhorera bene wabo bishwe n’abahutu.

-Urwo rubanza rwasomwe kuwa 12/02/2009, MUBERUKA Pascal akatirwa igifungo cy’imyaka 30 naho NIYISENGWA Paulin, umututsi wafunzwe mu byitso, wavuze ibyamubayeho, mu rubanza rwaburanishwaga ataruregwamo akatirwa ifungo cy’amezi 6 ataburanye, atazi n’icyo azira naho MUBERUKA Pascal we yandikirwa ku cyemezo cy’ifunga kigaragaza ko ahamwe no kujya gusaka ibyitso agakubita abantu bikabaviramo ubumuga budakira.  

pastedGraphic_5.png

Urwo rukiko gacaca rw’umurenge wa Remera rukuriwe n’uwitwa KAREKEZI Eugène rwanditse rutyo rwanditse ko ahamwe  no kuba umufanyacyaha wa Emmanuel MUNYANKUMBURWA mu cyaha cyo gusaka, gufunga ibyitso by’inyenzi inkotanyi ari umugenzacyaha. Rwamwimye kandi ifishi n’izindi nyandiko z’isomwa ry’urubanza.

-Mu gihe yari ategereje kuburana urwo rubanza yari yajuririye, MUBERUKA Pascal yongeye guhamagarwa n’urukiko gacaca rw’umurenge wa Karama, i Mushubati, agomba kwitaba kuwa…./…../2009. Uwo munsi na none yaregwaga ibikorwa bitari bifite ikusanyamakuru kandi bitari ibyaha mu mategeko y’u Rwanda yihannye urwo rukiko hohererezwa urwa Kanombe yarezwemo na MUKANDOLI Sophia kuba mu 1992 yarafunze umugabo we KAMUHINDA Gaspard na bagenzi be KANYONGA Télésphore, MUTEMBE Viateur, BYABAGAMBA Appolinaire, BIZIMANA Gaspard. Abo bose bafunzwe bari kumwe na GASHUGI Oswald mubyara wa MUKANDOLI Sophie na  MUTEMBERE Viateur ariko we yanga kwifatanya nabo ahubwo asobanura ko bafunzwe bakoze urugomo, barema itsinda ry’abagizi ba nabi, babohoza imyaka n’urwuri w’amashyirahamwe yakoreraga mu kibaya cya Nyabarongo. Yanasobanuye ukuntu icyo gifungo bagishyizwemo babanje kuburana n’abari bagize ayo mashyirahamwe na NSANZABERA Gaspard wari waraguze ubwo bwatsi. Muri selile babungishije 1000frw, banze kuyatanga urubanza rujya kwa konseye, naho babungisha 2000frw nabwo banga kuyatanga, akora raporo, dosiye zishyikirizwa Bourgmestre, abageza mu bushinja cyaha, bubafungira muri Gereza ya Gitarama. Uyu kandi yanasobanuye ko ibyo abo baregaga MUBERUKA Pascal banabireze MUNYANKUMBURWA Emmanuel mu rubanza R.P.87/GIT/CH.S/3/99 rucibwa kuwa 30/05/2000 Urukiko rwemeza ko ari umwere. Atari ibyaha mu mategeko y’ U Rwanda, bityo bikaba nta sano bifitanye n’umugambi wo gutsemba abatutsi. 

-Muri urwo rubanza kandi hari hararitswe umusaza KABALISA Joseph arega asaba ko MUBERUKA Pascal amusubiza 50.000 frw ngo yamuhayeho ruswa, akamucikisha yafunzwe na Bourgmestre Emmanuel MUNYANKUMBURWA amwita icyitso cy’inkotanyi. Ayo mafaranga nayo yari yaraburanywe mu Rubanza R.P.87/GIT/CH.S/3/99 mu rukiko rwa mbere rw’iremezo rwa Gitarama haregwa Emmanuel MUNYANKUMBURWA. Rwari rwagaragaje ko yaburanaga amafaranga yasoreye komini Mushubati, mbere yayitaga 35.000 frw naho ageze muri gacaca ayagira 50.000 frw.

-Muri icyo kirego kandi MUKANDOLI Sophie washinje MUBERUKA Pascal kuwa 05/02/2009, yamureze ko yakubise umwana we GAFARANGA Félix, agemuriye se na bene  wabo, amukubita agamije kumwambura 120.000 frw yari amuzaniye ho ruswa ngo abarekure. Kubera ko urugomo bakurikiranweho rwari ruhinduwe Jenocide, MUBERUKA Pascal yasabye urukiko rw’umurenge wa Kanombe ku wa…………… ko urwo rubanza rwaburanishirizwa muri Segiteri Gikomero, Komini Mushubati aho abafunzwe batuye n’imiryango y’abo bononeye. Byaremewe, urubanza rurasubikwa, rwimurirwa kuwa 16/11/2009. Uwo munsi, abaturage bose basobanuye uburyo urwo rugomo KAMUHINDA na bagenzi be bakoze rwagenze, abaserire, ababuranishije, ababashoreye bafatwa, abari mu mashyirahamwe, abahutu n’abatutsi barabisobanuye kandi bunganira GASHUHE Oswald wafunzwe nabo. Ku mafaranga ya KABALISA Joseph we ubwe yivugiye ko yayaherewe inyemezabwishyu (quittance) asorera inka ari ko yakiriwe na T.P.T akaba yaragombaga kuyamusubiza.

-Ku birebana n’urupfu rwa GAFARANGA Félix, abamuhetse arwaye , ababyirukanye na we bazi indwara yajyaga imwubika na we, n’abahetse umurambo bawuvana muri centre de santé Nyarusange aho yaguye, basobanuye ko ibyo MUKANDOLI yavugaga ari ibinyoma, ko yishwe n’indwara, ntaho yigeze ahurira na Mwalimu MUBERUKA pascal.

-Mu gusoma urwo rubanza kuwa 17/11/2009, urukiko gacaca rw’umurenge wa Kanombe rwahamije MUBERUKA Pascal kuba umufatanyacyaha na  Bourgmestre Emmanuel MUNYANKUMBURWA mu ifungwa ry’ibyitso by’inkotanyi rumuhanisha igifungo cy’imyaka 6

-Rwamutegetse kandi gusubiza KABALISA Joseph amafaranga ibihumbi mirongo itanu ( 50.000 frw)                                  

-Rwamuhanaguyeho icyaha cyo gukubita GAFARANGA Félix bikamuvuramo gupfa n’icyo kumwambura amafaranga ibihumbi ijana na makumyabiri (120.000 frw)    

pastedGraphic_6.png

-Nta rupfu MUBERUKA Pascal yarezwe mu rubanza rwa Kagarama rwaciwe n’urukiko gacaca rw’Umurenge wa Remera kimwe no muri urwo rwaciwe n’urukiko gacaca rw’Umurenge wa Kanombe. Hose yaregwaga gusaka, gufata no gufunga ibyitso by’inkotanyi. Urukiko rwa Kanombe rwo rwari rwanamuhaye ifishi y’isomwa ry’urubanza igaragaza ko ari cyo cyaha kimuhamye.

Ibyo byatumye Mwarimu MUBERUKA Pascal yandikira SNJG asaba ko izo manza zihurizwa hamwe zigacibwa n’urukiko gacaca rw’ubujurire rumwe dore ko n’abaziregagamo bose baburanye mu rubanza RP.87/GIT/ CH.5 /3/99 twavuze haruguru.

SNJG yagennye urukiko gacaca rw’ubujurire rwa Kanombe maze mu guca urwo rubanza kuwa 04/1/2010 ititaye ku rubanza RP.87/GIT/ CH.5 /3/99 rwagize umwere bidasubirwaho Emmanuel MUNYANKUMBURWA ku byaha bivugwa mu manza za MUBERUKA Pascal rusomwa ko ari umufatanyacyaha wa Emmanuel MUNYANKUMBURWA mu ifungwa ry’ibyitso maze ahanishwa igifungo cya burundu y’umwihariko ariko yimwa ifishi y’isomwa ry’urubanza n’inyandiko zajyanaga na yo. Ibi byari uburyo bwo kumuhisha ko icyemezo cy’ifunga cyujujweho ibindi ataburanye nk’uko urukiko gacaca rw’Umurenge wa Remera rwabikoze.                                                                                                                          Uru rw’ubujurire rwa Kanombe rwujuje, mu rubanza rumwe ibyemezo bibiri bitandukanye ku bikorwa uregwa yahamijwe.

-Kimwe kigaragaraho ko cyujujwe kuwa 04/1/2010 kivuga ko ahamwe no gufata, gukubita no gufunga abatutsi abita  ibyitso.  Nta rupfu rurimo 

pastedGraphic_7.png

 Icya kabiri nacyo kuri iyi tariki kikavuga ko ahamwe no gufata, gukubita no gufunga ibyitso bikabaviramo urupfu n’ubumuga.  

pastedGraphic_8.png

Abiswe inyangamugayo UWANTEGE Astérie, NTAGWABIRA Jules, KAMANZI Martin, RUTAREKA Delphine na TWAGIRAYEZU. Uretse no kwandika ibyemezo bivuguruzanya mu rubanza rumwe, nta zina narimwe rivugwa ry’uwakorewe icyaha uretse gusa kwandika ‘‘abantu’’. Kandi ntibyari kuborohera kugira izina bandika kuko byarasobanuwe mu rubanza ko nta rupfu MUBERUKA Pascal yaregwaga uretse gufunga Kamuhinda na bagenzi be, byongeye kandi  n’icyaha cy’ubumuga  cyahimbwe n’urukiko gacaca rw’Umurenge wa Remera cyari cyashingiye kuri NIYIRIMBERE Martin utarajuriye byongeye kandi wanze kongera kuza kubeshya, agahamagarwa akanga kwitaba, akihisha kugeza urwo rubanza rusomwe.

Ikindi giteye isoni cyakowe muri urwo rubanza, ni ukuntu MUBERUKA Pascal yakatiwe yitwa umufatanyacyaha wa Emmanuel MUNYANKUMBURWA kandi urubanza rwaramugize umwere ku buryo budasubirwaho R.P.87/GT/CH.5/3/99 rwarazanywe mu iburanishwa, rugashyikirizwa izo nyangamugayo. Mugusoza ibyo zatumwe, na none zakatiye NIYISENGWA Paulin igifungo cy’umwaka, GASHUGI Oswald icy’amezi 3 na SEKAGENGE Claude amezi 6. Iza burundu z’umwihariko ebyiri mu rubanza rumwe rutagaragaramo icyaha ntizari zihagije kuri MBARAGA Raymond wakiniraga inyuma ya rido. Byabaye ngombwa  ko yongezaho indi mu buryo bwa”wanyumvise”? Noneho ajya ahagaragara.

Ku itari ya22/01/2009 Inama rusange y’umurenge wa Gihuma yandikiye MUKANTAGANZWA Domitilla imusaba ko urubanza ruregwamo HATEGEKA Augustin, GASANA Longin, NGARAMBE Vincent, NKURUNZIZA Jean na MUBERUKA Pascal rwacibwa n’inteko iturutse ahandi. Ibi nta tegeko ryabiteganyaga  Mu ibaruwa ya SMJG Ref n1273/BC/BC/2009 yo kuwa 22/6/2009 yandikiwe Perezida n’urukiko gacaca rw’umurenge wa Jabana, asabwa kuburanisha urwo rubanza.

Muri urwo rubanza, MUBERUKA Pascal yarezwe kuba mu 1994 moto y’ubururu yitiriwe atarayigeze, ahetse umusilikare utazwi ufite imbunda, yarahuriye na MBARAGA Raymond mu muhanda wa kaburimbo i Kabgayi, we ahetswe n’umunyonzi ku igare. Uwo musirikare ngo yahamagaye NGARAMBE Raymond mu izina rya mukuru we KALISA Guido, yanga guhagarara, akomeza aho yari ahungiye i Kabgayi atavuze aho ariko naho ngo MUBRUKA Pascal utwaye moto bariho akomeza ajya i Gitarama adahagaze kandi ntakindi akoze. Urwo rubanza rutagira umutangabuhamya n’umwe ushinja, ndetse na SALAMA Marie Solange mushiki wa NGARAMBE yaremezaga ko arwumviye aho kimwe n’umugabo we KABAYABAYA Félix kandi abo bombi bavugwa mu ibaruwa yo kuwa 31/10/1997 KALISA Guido yandikiye ABANDIBAKOBWA Théresè batangira kugambanira MUBERUKA Pascal.

Ku wa 08/07/2009, inyangamugayo RUZINDANA V., MUKAKALISA, KARUHIJE André na MITALI Michel zikuriwe na MURWANASHYAKA Gilbert zibuze icyaha cyahama MUBERUKA Pascal kandi byagaragaye ko nta kusanyamakuru ryamukozweho dore ko nta muntu n’umwe i Gihuma wavugaga ko amuzi cyangwa yahamubonye, zihimba ibyaha atarezwe ataburanye byo:

  1. Gukora inama zo gushishikariza abantu gukora Genocide
  2. Kujya mu bitero i Kabgayi bikicayo abantu                                  
pastedGraphic_9.png

Ako kanya yahanishijwe igifungo cya burundu y’umwihariko maze ahita ajurira. Bagenzi be bitirirwaga kuba mu itsinda rya HATAGEKA Augustin wahanishijwe nawe igifungo cya burundu y’umwihariko, NGARAMBE Vincent na NKUNDIYE Jean bakatiwe igifungo cy’imyaka cumi n’icyenda(19)  nabo bahise bajurira kandi MUBERUKA Pascal na HATEGEKA Augustin bahise bihana inteko y’ubujurire ya Jabana kuko byari byamaze kumenyekana ko izo nteko za Jabana zari zifitanye ubumwe bukomeye n’abaregaga. Ubwo busabe urwego rw’igihugu rwasanze bufite ishingiro maze mu ibaruwa ya rwo no1520/MD/MD/2009 yo kuwa 27/12/2009 rwandikiye Perezida w’urukiko gacaca  rw’ubujurire rw’ umurenge wa Kicukiro rumusaba kuburanisha HATEGEKA Augustin na bagenzi be.

 Urwo rukiko rwaburanishije abandi bose ariko dosiye ya MUBERUKA Pascal rurayimura, aburanishwa wenyine n’urukiko rw’ubujurire rwa Jabana yari yihannye. Kuwa 16/09/2009 MUBERUKA Pascal yongeye gukatirwa igifungo cya burundu y’umwihariko kandi atarezwe ataburanye kandi kitari mubyo yahamijwe ku ntera ibanza ari na byo yajuririye ku ifishi y’isomwa ry’urubanza yandikiwe ko ahamwe no kugira uruhare mu rupfu rw’abantu batazwi baguye i kabgayi. 

pastedGraphic_10.png
pastedGraphic_11.png

Mu kujya kwandika icyemezo cyo kumufunga, inyangamugayo HAZIZI Pascal, RWARINDA, MUKANYANDWI, MUKARUBAYIZA na perezida wa zo NYANZIRA Pélagie zanditse ko  icyaha cyimuhamye ari ubwicanyi bwakorewe abatutsi i Kabgayi. Ibi binyuranye nibyo ku ifishi. Ikindi kandi ni uko inyandiko igenewe amazina  y’abahohotewe, ni ukuvuga abishwe MUBERUKA Pascal abigizemo uruhare, igaragazaho MBARAGA Raymond baburanye ahibereye, uriho, ukorera Leta y’u Rwanda mu biro by’abinjira n’abasohoka mu gihugu. Arazwi neza ni mwene IYAMUREMYE Céléstin na MUJAWAMALIYA Théodosie. Amayeri yakoreshejwe n’urwo rukiko gacaca ntatandukanye n’ayakoreshejwe n’umurenge wa Jabana. 

Ibyaha byanditse ku cyemezo cy’ifunga cyagaragazaga ko MUBERUKA Pascal yahamwe no kujya munama yo gushishikariza abantu gukora Genocide no kujya mu bitero i Kabgayi. Ibi byaha bitandukanye n’ibyanditse ku ifishi y’isomwa ry’urubanza byo gukora amanama yo gushishikariza abantu gukora genocide no kujya mu bitero i Kabgayi  bikica yo abantu. Ikigaragaza ko mwalimu MUBERUKA Pascal yashimuswe, agahimbirwa ibyo byaha ni ukuntu urukiko gacaca rw’ubujurire rwa Jabana mbere yo kumugerekaho uruhare mu rupfu rw’abantu batazwi, atarezwe, rwasomye ibaruwa rwandikiye inama rusange y’Umurenge wa Takwe, ruyisaba gukora ikusanyamakuru ku byaha MUBERUKA Pascal yahamijwe i Kabgayi bitagira ikusanyamakuru nk’uko uregwa yari yabigaragaje. 

Iryo kusanyamakuru ryarakozwe i Takwe aho MBARAGA Raymond avuka na MUBERUKA Pascal, rigaragaza ko nta cyaha avugwaho, rishingirwaho kuwa 21/01/2010 urukiko Gacaca rw’Umurenge wa Takwe rutumiza MUBERUKA Pascal rumuha ifishi y’uko atagira ikirego muri segiteri yabo naho abatutsi b’i Takwe bahungiye hose dore ko bose ahawe ijambo, bakemeza ko atagira icyaha. 

pastedGraphic_12.png

Ako agambane MUBERUKA Pascal atahwemye kugaragazariza inzego zitandukanye z’iki gihugu ntizigire icyo gikora ngo zimurenganure kanagaragajwe na Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bw’ikiremwa muntu mu ibaruwa noCNDP/OCT/576/09 yo kuwa 30/10/2009 yandikiwe umunyamabanga nshingwa bikorwa SNJG imugaragariza imiterere y’ako kagambane kakozwe na MBARAGA Raymond kandi  imusaba ko urwo rubanza yahagazeho rwasubirwamo nk’uko MUBERUKA Pascal na we yabisabye kuwa 29/09/2009.  

pastedGraphic_13.png
pastedGraphic_14.png

Akarengane ka Mwarimu MUBERUKA Pascal ntawagashakira mu zindi ngingo z’amategeko kuko ntawavuga amategeko yandi mu gihe umuntu yageretsweho, agakurikiranwaho ibikorwa bitari ibyaha mu mategeko y’u Rwanda, atakoze maze agahabwa ibihano bitagira ingano byo gufungwa burundu y’umwihariko bikozwe n’inkiko gacaca zidateganywa n’amategeko.

Biragaragara kandi ko kuvuga ko Leta y’u Rwanda igendera ku mategeko ari uguca umugani ku manywa, bitabaye ibyo, yaterwa isoni no kubona hari umunyarwanda ufungiwe ibikorwa atakoze kandi inkiko z’u Rwanda zaremeje ko Atari ibyaha mu mategeko (gusaka,gufata no gufunga ibyitso by’inkotanyi) Ntihaba kandi hari umuntu ufungwa ngo n’abafatwaga nk’abahohotewe (GASHUGI Oswald na NIYISENGWA Paulin) bafunganywe na we kuko banze kubeshya, bagafungwa mu rubanza bataregwamo.     Ntabwo abatangabuhamya bafungirwa gutanga ubuhamya ku byo bahagazeho kandi bagafungwa bataburanye (SEKAGENGE Jean Claude yafunzwe n’urukiko Gacaca rw’ubujurire ‘A’ rwa Kanombe na HAVUGIMANA Leonard wakatiwe amezi 6 n’urukiko Gacaca rw’ubujurire rwa Jabana)                                      

Inkiko gacaca zageze n’aho zitirira MUBERUKA Pascal umwanya w’ubuyobozi utarigeze ubaho, w’ubugenzacyaha ku rwego rw’Akagari .Ibi byanditswe n’urukiko Gacaca rw’ubujurire rwa Jabana. 

pastedGraphic_15.png

Ubu  MUBERUKA Pascal ari muri gereza ya Mpanga kandi akarengane ke kazwi mu nzego nyinshi ariko yabuze urwamurenganura, izo yandikiye harimo:            

–Urwego rw’igihugu rushinzwe inkiko gacaca kuwa 15/03/2009, 25/07/2009, 29/09/2009, 05/03/2010, 27/04/2010, 12/07/2010, 17/07/2010 no kuwa 19/05/2011                                                                                          

-Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kuwa 1/03/2010                                                                                                    

-Minisitiri w’ubutabera, kuwa 16/05/2011 no kuwa 25/08/2010                                                                                        

-Komisiyo y’Igihugu y’uburenganzira bwa muntu kuwa 26/08/2009, 12/07/2010, 18/10/2009, 25/11/2009, 26/05/201009/02/2010, 19/04/2010, 13/11/2009, 18/10/2009 n’andi tutaboneye amatariki ariko arahari.                                                                                                                                                                              

-Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga kuwa 2/8/2010 no kuwa 8/1/2011                                                                               Uretse kandi Mwarimu MUBERKA Pascal, n’abacitse ku icumu barenganiye mu manza ze bandikiye inzego ku buryo bukurikira:                                                                                                                                                               

-GASHUGI Oswald yandikiye Umuvunyi Mukuru kuwa, 11/1/2010, Umunyamabanganshingwabikorwa wa SNJG kuwa 11/01/2009 na Prokireri Jenerali kuwa 30/11/2009.  

pastedGraphic.png
pastedGraphic_1.png

-NIYISENGWA Paulin yandikiye Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu kuwa 13/05/2009 n’umunyamabanganshimgwabikorwa wa SNJG kuwa 8/5/2009                                                                       

-Madamu MUKAGATANA Agnès, umugore wa NIYISENGWA Paulin yandikiye Perezida wa Repubulika kuwa 26/10/2009 na Maire w’Akarere ka Muhanga.   

pastedGraphic_2.png
pastedGraphic_3.png
pastedGraphic_4.png

Muri izo nzego zose zandikiwe Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu yonyine niyo yandikiye Umunyamabanga nshingwabikorwa wa SNJG imugaragariza akarengane gashingiye ku kagambane MUBERUKA Pascal yakorewe, imusaba ko urubanza yaburanye na MBARAGA i Kabgayi rusubirwamo.

Nubwo iyo baruwa CNDP/OCT/576/09 yanditswe kuwa 30/10/2009 urwo rubanza kugeza uyu munsi, rumaze imyaka icyenda ntacyo rurakorwaho MUBERUKA Pascal akomeje guheza amaso mu kirere aborera muri gereza azira akagambane Leta y’u Rwanda izi.                                                                                         

N’aho inkiko Gacaca zivaniweho n’itegeko ngenga no 04/2012 OL ryo kuwa 15/6/2012, yatanze ikirego mu rukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye ariko na rwo kuwa 27/7/2016 rwemeje ko ibyo birego bitakiriwe kuko Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Genocide (CNLG) yimanye amadosiye ya MUBERUKA Pascal kandi atarahwemye kuyasaba na Minisitiri akayamusabira ariko akabura    

REPUBULIKA Y’U RWANDA Kigali, 08 Mai 2014
MINISITERI Y’UBUTABERA Nº 719/08 . U/PS/SG-2014

P.O BOX 160 KIGALI
Tel: (250) 252586561 Fax: (250) 252586509
E-mail
: mjust@minijust.gov.rw

-Bwana Umushinjacyaha Mukuru/NPPA

-Bwana Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG

KIGALI

Impamvu: Amadosiye y’abifuza gusubirishamo imanza za Gacaca.

Bwana Umushinjacyaha Mukuru,

Bwana Umunyamabanga Nshingwabikorwa,

Nshingiye ku nama yo ku wa 16/04/2014 twagiranye n’inzego zinyuranye, iyo nama ikaba yari irimo Minijust, CNLG, NPPA, Supreme Court, yiga ku kibazo cy’abifuza gusubirishamo imanza za Gacaca, ariko bakaba badashobora kubona amadosiye yabo abitswe muri CNLG;

Nk’uko twabyumvikanyeho muri iyo nama, mu rwego rwo gukemura icyo kibazo kugira ngo bashobore gusubirishamo imanza zabo, twumvikanye ko abasaba bazajya bandikira Ubushinjacyaha Bukuru (NPPA), babusaba kubasabira dosiye yabo muri Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), nkaba mbasaba kujya mubafasha nk’uko byemeranyijweho.

Mugire amahoro.

BUSINGYE Johnston

Minisitiri w’Ubutabera  Intumwa Nkuru ya Leta.

Bimenyeshejwe:

-Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe.

-Madamu Umunyamabanga Mukuru mu Rukiko rw’Ikirenga.

Kuba aya madosiye yarimanywe ntawe byatungura kuko n’ubundi Leta y’u Rwanda ijya kuyaha CNLG ntiyari iyobewe ko hari haratanzwe ibirego byinshi bisaba gusubirishamo ingingo nshya. Kuba rero iyi nzira y’ubujurire  yari  iteganyijwe mu itegeko ngenga ryavanyeho inkiko gacaca ndetse ryateganyije n’inkiko zizasubiramo izo manza, byari bihagije ngo iyo Leta ibone ko ayo madosiye yagombaga guhabwa izo nkiko aho kubitswa CNLG ihagarariye inyungu z’abacitse ku icumu. Bityo nayo ikaba ari umurezi utaragombaga kubika dosiye z’abo irega kandi zabarenganyije. Nta nyungu CNLG ifite mu isubiramo ry’izo manza, ari nayo mpamvu ikomeje kuzibundararaho.

Mu mananiza ikomeje gushyira ku barenganiye mu nkiko gacaca harimo no kuba yarashyizeho igiciro cy’amafaranga igihumbi kuri buri kopi y’urupapuro mu igize dosiye ibitse. Iki giciro cy’amafaranga asabwa imfungwa ni amananiza ni no kwerekana byeruye ko kuba dufite amategeko yanditse ntacyo bimariye abanyarwanda kuko adakurikizwa. Iyo aba akurikizwa  CNLG yagombaga kumenya ko amabwiriza nk’ariya anyuranyije n’ibiteganywa n’ingingo ya 268, 1o  y’itegeko no 30/2013 ryo kuwa 24/5/2013 ryerekeye imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha igira iti: “Aba bakurikira basonewe gutanga ingwate y’amagarama igihe barega;   1o abantu bafunzwe”

Kuba abantu bafunzwe badatanga ingwate y’amagarama twongera kubisanga mu ngingo ya 361, 3o y’itegeko no 21/2012 ryo kuwa 14/6/2012 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi.

Iyo rero Leta y’u Rwanda iba igendera ku mategeko nk’uko itegekonshinga ryayo ryo kuwa 04/6/2003, nk’uko ryavuguruwe kuwa 24/12/2015 mu ngingo ya 10, ntiyari kugira amabwiriza ya cnlg avuguruza amategeko yashyiweho mu rwego rwo guca intege abafungwa nka MUBERUKA Pascal bakomeje  gusaba ubutabera bimwe kandi n’inzego zayo zibigaragaza (CNDP)

Icyifuzo cyacu ni uko Leta y’u Rwanda yava ku izima, ikemera ko hari abanyarwanda barenganyijwe n’inkiko gacaca, barunzwe mu magereza, ikavanaho inzitizi zose izo manza zigashyikirizwa inkiko zigasubirwamo nkuko na Komosiyo y’Igihugu  y’Uburenganzira bwa Muntu yagiye ibisaba. Ikindi ikwiye kumenya ni uko utarwanya genocide urenganya umwe  mu bene gihugu.

Umusomyi wa The Rwandan

Muhanga

Séraphine Mukantabana aravuga ko atarashyikirizwa LaForge Bazeye na Lt Col Abega.

I Burundi baravuga ko imirambo yo muri Rweru iva mu Rwanda

Itangazo ry’Impuzamashyaka P5 ryamagana akarengane mu kwimura abaturage bo muri « Bannyahe ».

$
0
0

Impuzamashayaka P5 igizwe n’Amahoro People‘s Congress, FDU inkingi, Ihuriro Nyarwanda-RNC, PS Imberakuri na PDP Imanzi,  ikurikirana umunsi ku wundi ikibazo cy‘abaturage ba  Kagondo ya mbere, Kagondo ya kabili na Kibiraro, mu Kagari ka  Nyarutarama, umurenge wa Remera, akarere ka Gasabo, hazwi kw‘izina rya « Bannyahe », yifatanije nabo baturage ikanamagana byimazeyo ako karengane kagamije kugira abaturarwanda abacakara iwabo muri wa mugambi wo kuzamura abakire no kwambura abakene uduke bafite. 

Aba baturage babwiwe ko batuye mu manegeka bakaba bategekwa kwimurwa, ariko aho guhabwa  ingurane ibagenewe y‘amafranga ngo bajye kwiyubakira ahandi bifuza, habahendukiye kandi hababereye, barahatirwa guhabwa  ingurane y‘amazu agerekeranye yo mu bwoko bwa « appartements ». Aba baturage basanga aya mazu bashaka gushyirwamo ku ngufu ari mato cyane ugereranyije n’uko imiryango yabo ingana. Ikindi kandi gikomeye n’uko igiciro cy’aya mazu Leta ishaka kubashyiramo gihenze cyane kandi aba baturage bakaba basanga badafite ubushobozi bwo gutura muri aya mazu mu buryo buboneye biterwa n‘uko abenshi nta kazi kandi bafite (bari basanzwe batunzwe n’induruburi bikoreraga aha muri « Bannyahe » kabaha ubushobozi bwo kubahiriza iby’ibanze bisabwa kugirango umuntu ature mu buryo buboneye mu mazu yo muri ubu bwoko. Aha bashyira imbere cyane ikibazo cy’amazi, guteka no kwituma. Ikindi kibazo kibabangamiye, n’uko amazu yabo basanzwemo nta gaciro Leta iyaha kagaragaza neza akamaro afitiye abayatuyemo ndetse n’abafite amazu bakodesha muri aka gace nta agaciro bihabwa. 

Aba baturage bakaba basanga barenganywa na Leta yagombye kubarenganura, dore ko uko tubizi, nta tegeko ryemerera Leta kwimura umuturage adahawe indishyi yumvikanyweho ihwanye n’umutungo we.

Ikibazo cyabo cyavuzwe kenshi mu itangazamakuru, bakigejeje ku nzego zose za Leta, kugeza ku ba senateri baje kugirana inama  nabo, ndetse ubu kikaba kigeze no mu nkiko. Nyamara kiranze gikomeje kuba agaterenzamba kuko habuze urwego na rumwe rwabarenganura, dore ko nk’uko bigaragara hirya no hino, inkiko ntacyo zikora zidahawe amabwiriza na Leta.

Kubera izo mpamvu:

  1. Impuzamashyaka P5 iramagana aka karengane gakorerwa aba baturage bo muri « Bannyahe » kuko Leta ishaka kubimura ku gahato mu buryo bunyuranyije n’amategeko;
  2. Impuzamashyaka P5 irasaba Leta  y‘u Rwanda kubahiriza uburenganzira bwa bariya baturage bwo kubona ingurane iteganywa n‘amategeko kandi ihwanye n‘imitungo yabo;
  1. Impuzamashayaka P5 irasaba Leta y‘ u Rwanda  kureka gusiragiza abaturage bo muri « Bannyahe » mu nkiko cyangwa mu nzego z‘ubutegetsi kuko ikibazo cyabo ni urucabana nticyagombye gufata intera kigezeho iyo hadashyirwa imbere gahunda yo gukandamiza Rubanda no gushaka kwigwizaho imitingo;
  1. Impuzamashyaka P5 irasaba abanyarwanda  bose guhagururukira kurwanya akarengane gakorerwa abantu bo muli « Bannyahe » bahanganye na Leta barwana ku burengazira bwabo. Ubucamanza  buramutse bwanzuye ko Leta yemerewe kwimura umuturage itamuhaye ingurane ikwiye kandi yumvikanyweho bikemerwa, iteka rizaba riciwe ko Leta izajya yimura uwo ishatse igihe ishakire ikagena ingurane uko ishatse. 
  1. Impuzamashyaka P5 irasaba Leta kwirinda igikorwa cyose cyahutaza abatuye muri « Bannyahe » igihe cyose bazaba batarahabwa ingurane ikwiye kandi ku buryo bukurikije amategeko;
  1. Impuzamashyaka P5 irasaba abayoboke b‘amashyaka ayigize, n‘abanyarwanda bose muli rusange,  mu bihugu byose baherereyemo, kugeza iki kibazo mu nzego za Leta,  kuli za ONGs n‘indi miryango mpuzamahanga  ikorana n‘u Rwanda, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, kugira ngo  n‘amahanga ahagurukire akarengane gakorerwa abaturage bo muli « Bannyahe ».

Bikorewe i Buruseli, tariki ya 24 Gashyantare 2019.

Etienne Masozera, 

pastedGraphic.png

Chairman P5

Viewing all 10370 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>