Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10365 articles
Browse latest View live

Uwari Captain mu ngabo z’u Rwanda yapfiriye mu nzu yahiye


Robert Mugabe ufungiye ibyaha by’ubugome ntakozwa ibya ‘DNA’

Canada, Ubufaransa n’Ubudage byasabye abaturage babyo kwitondera gusura uduce tumwe na tumwe tw’u Rwanda.

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Amakuru arimo kuvugwa cyane muri iyi minsi ni ibihugu bimwe na bimwe byasabye abaturage babyo kwitondera kugenderera uduce twegereye umupaka w’igihugu cy’u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ahegereye umupaka w’igihugu cya Uganda kubera umubano wifashe nabi hagati y’ibihugu by’u Rwanda na Uganda.

Uduce twa Pariki ya Nyungwe na Pariki y’ibirunga turi mu twavuzwe mu matangazo acishwa ku mbuga zigira inama zikanaha amakuru abaturage b’ibyo bihugu bashaka gukora ingendo mu bihugu bitandukanye by’isi.

Ibihugu bya Canada, U Budage, U Bufaransa nibyo byaje kw’isonga mu kuburira abaturage babyo.

Kuvangura abapfu ni ubukunguzi. Kwibuka bose i Bruxelles :20-04-2019

Olivier Nduhungirehe ntiyemeranya n’ibihugu bivuga ko mu Rwanda umutekano ari muke.

Mu cyunamo abahezanguni bahawe urubuga.Isesengura rya Rugema, Biruka, na Placide Kayumba

Nduhungirehe ati: Ibya Sankara ari njye ari Rusesabagina nta makuru tubifiteho!

$
0
0

Mu kiganiro yagiranye n’umuyamakuru Geofrey Mutagoma wa Radio Ijwi ry’Amerika, umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ububanyi n’amahanga mu Rwanda ushinzwe umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, Olivier Nduhungirehe yatangaje ko ibyavuzwe n’ibihugu by’u Bufaransa, Canada n’Ubudage ko abaturage babyo bagomba kwitondera gukora ingendo mu duce tumwe na tumwe tw’u Rwanda nta shingiro bifite ko umutekano ari wose.

Abajijwe ku makuru avuga kw’ifatwa rya Major Callixte Sankara, Olivier Nduhungirehe yatangaje ko nta makuru abifiteho anahamya ko na Paul Rusesabagina, Perezida w’impuzamashyaka MRCD, Major Callixte Sankara abarizwamo nawe nta makuru ya Sankara afite!

Mwakumva ibyo kiganiro hano hasi:

FDLR: Itangazo ribika Dr Ignace Murwanashyaka


Didas Gasana aragaya cyane imvugo ya Gén James Kabarebe irimo ivangura n’urwango

$
0
0

Mu isesengura yakoze ubwo twaganiraga kuri uyu wa kabiri tariki ya 23 Mata 2019, Didas Gasana yasobanuye ko nta mpamvu yo kuvangura inzirakarengane z’abanyarwanda zishwe mu myaka isaga 25 ishize; baba abishwe na bamwe mu bari bashyigikiye ubutegetsi bwavuyeho, baba n’abishwe n’ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi.

Didas Gasana aranagaya imvugo ya Jenerali James Kabarebe wumvikanye muri iyi minsi avuga ko ngo hari abana bavukana ubukana bw’ingengabitekerezo ya jenoside.

Ibi, Didas abibonamo ivangura no kubiba urwango mu banyarwanda kuko iyo ufashe umuntu ukamutwerera ububi, ukamuhindanya, nta kindi biba bigamije uretse kugerageza kumwangisha abandi.

Didas Gasana akavuga rero ko ibi bintu ari ibyo kwirinda kugira ngo bitazateza akaga igihugu.

Urubanza rw’abarwanashyaka ba FDU-Inkingi rwasubukuwe [25/04/2019 ]. Uko byagenze

Urukiko mu Rwanda rwategetse ko ‘gusebya’ no gushushanya Perezida bikomeza kuba icyaha

$
0
0

Urukiko rw’Ikirenga rwategetse ko ‘gusebya’ no gushushanya Perezida w’u Rwanda bikomeza kuba ibyaha bihanishwa gufungwa; abaregeye urukiko bavuga ko bibangamiye ubwisanzure bw’itangazamakuru.

Umunyamakuru wa BBC wari mu rukiko uyu mwanzuro usomwa avuga ko urukiko rwategetse ko ku bandi bategetsi ibi bitagomba gufatwa nk’ibyaha bihanishwa igifungo.

Urukiko rwatanze impamvu z’uko Perezida w’u Rwanda ari ‘umuntu ukomeye ufite inshingano nyinshi’.

Mu gitabo gishya cy’ibyaha n’ibihano mu Rwanda ingingo ya 233 na 236 zivuga ko “gukoza isoni abayobozi b’igihugu, gutukana cyangwa gusebya Perezida wa Repubulika” ari ibyaha bihanwa.

Izi ngingo zihanisha igifungo kiri hagati cy’imyaka ibiri n’irindwi n’ihazabu irenga miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda ‘uwasebya’ cyangwa agashushanya (cartoon) Perezida w’u Rwanda n’abandi bategetsi bakuru. 

Uyu munsi urukiko rwanzuye ko ku bandi bategetsi n’abashinzwe umutekano ibi bitagomba gufatwa nk’ibyaha bihanishwa igifungo.

Umunyamategeko Me Richard Mugisha yaregeye ubucamanza ngo buvaneho izi ngingo kuko zinyuranyije n’ingingo ya 38 y’Itegeko Nshinga iha buri wese ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.

Mu kirego cya Me Mugisha, avuga ko ziriya ngingo zibangamira uburenganzira bw’itangazamakuru bwo gukora mu bwisanzure. 

“Amakosa mw’itangazamakuru si icyaha”

Uyu munyamategeko avuga ko amakosa y’umwuga mu itangazamakuru mu Rwanda hari inzego z’abanyamakuru zishinzwe kuyakurikirana bityo adakwiye gukurikiranwa nk’ibyaha. 

Mu iburanisha, uwunganira Leta yari yatangaje ko izi ngingo zidakwiye kuva mu byaha bihanwa kuko nta kigaragaza ko zibangamiye ubwisanzure bw’intangazamakuru cyangwa ubw’abantu mu gutanga ibitekerezo.

Ku mwanzuro w’Urukiko, Me Mugisha yavuze ko ntacyo yahindura ku kemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga ku ngingo atatsindiye ariko ko yishimiye ko hari izateshejwe agaciro nk’iyo gusebya abandi bayobozi muri rusange n’abashinzwe umutekano.

Ubwongereza, Australia n’Ubuhorandi nabyo byasabye abaturage babo kugenda mu Rwanda bikandagira.

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Nyuma y’ibihugu bya Canada, U Budage, U Bufaransa noneho hatayeho Ubwongereza, Australia n’Ubuhorandi bisaba abaturage babo kugenza bikandagira mu Rwanda.

Ibi bihugu byasabye abaturage babyo kwitondera kugenderera uduce twegereye umupaka w’igihugu cy’u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ahegereye umupaka w’igihugu cya Uganda kubera umubano wifashe nabi hagati y’ibihugu by’u Rwanda na Uganda.

Uduce twa Pariki ya Nyungwe na Pariki y’ibirunga turi mu twavuzwe mu matangazo acishwa ku mbuga zigira inama zikanaha amakuru abaturage b’ibyo bihugu bashaka gukora ingendo mu bihugu bitandukanye by’isi.

Ku ruhande rwa Leta y’u Rwanda ho barahakana bakavuga ko mu Rwanda hari umutekano nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga wa Leta muri Ministeri w’ububanyi n’ubutwererane, Olivier Nduhungirehe mu bitangazamakuru mpuzamahanga nka BBC na Radio Ijwi ry’Amerika.

Mwakumva hano hasi uko Olivier Nduhungirehe yabibwiye BBC Gahuza Miryango kuri uyu wa kane tariki ya 25 Mata 2019

Gilbert Nshimiyimana: Ubuhamya bwanjye, ukuri kwanjye, akababaro kanjye.

NTIMUJYE M’URUNGABANGABO KU KIBAZO CYA RWEMA GENDARME: NDABWIRA KIGALI

$
0
0

Ndabwira Leta ya Kigali ko Imana Itarobanura ku ubutoni. Ndabizi namwe murabizi ko mujya gufata Rwema Gendarme, hari harimo ikibazo cya politiki mwakekaga ko yababangamira. Ntabwo nigeze mbyinjiramo nubwo ari inshuti yanjye kuko ntajya ninjira mu ibibazo bya politiki. Kandi noneho hari harimo abantu benshi bari bamukurikiranye. Jye ninjiye mu kibazo ari uko Imana impaye uruhushya, mbona n’ibyo abantu bagombaga gukora byose byarakozwe.

Ibyo Imana ya nyerekaga byose bambwiraga ko byakozwe kandi byananiranye. Ni bwo nyuma yaho natangiye kubaka Rwema Gendarme, yari amaze mo imyaka myinshi, n’iyo yari kuba yarakosheje yari kuba yararangije igihano kuko nta muntu udakosa. Igisigaye rero kuriwe ni akarengane. Ikibazo mwamufungiye cyari cyarangiye ibisigaye ari ubugome!!!

Uko ibintu bihagaze, gahunda iracyari yayindi nababwiye ejobundi mu nyandiko. Rwema Gendarme, ndamushaka hano ntayandi mananiza kandi ahawe impamba. Ibirenze ibyo ntibiva ku Mana, n’ubikora uwo ariwe wese, arahanwa. Sinshaka invange z’agatunambwene.

Ikindi kandi nababwiye ko ntashaka ubucabiranya bwanyu, ariko ubwo ntashaka n’ubwo kugenda mukina n’ubwonko bw’abantu kandi Rwema ataraza. Nagera hano nababwira iki! Murebe ukuntu mubipanga mumugeze hano, ubucabiranya ni mwe bwaremewe! Guaranti mbahaye, umuntu uzashaka kubakoza isoni Rwema yageze hano, Imana izamuhana. Nkuko namwe uko mumutindana muzakomeza guhanwa kugeza ubwo azazira, kuriya nyine nabasobanuriye.

Mbisubiremo ntabwo ndi kwinginga, muhitemo ibibabereye byiza. Icyo nashakaga ni ugusobanura kugirango mudacanganyikirwa ku kibazo cya Rwema, kandi mwibuke ko nkuko bisanzwe iyo mbonye uwo natumwe, ntayandi mananiza. Ndabazi ntako muba mutagize, nanjye simba nshaka kubagora!

H.T. Sankara

Amateka y’abanyamulenge (igice cya mbere).

$
0
0

Abanyamulenge ni umuryango mugari wo mu bwoko bw’abatutsi. Ugizwe n’amazu aturuka mu moko atandukanye. Abanyamulenge si ubwoko nk’uko abenshi babyibwira. Abanyamulenge  ni umuryango uvuga ururimi shami (dialecte), rugizwe n’amagambo akomoka mu ndimi zitandukanye, zirimo:Ikinyarwanda, Ikirundi, n’ Ikinyankole. Urwo rurimi bavuga rukitwa IKINYAMULENGE. Uyu muryango ugizwe n’abantu bahuje umuco n’imikorere imwe kandi bagahururira k’umwuga w’ubworozi bw’inka. Bitwa abanyamulenge kubera agace bisanzemo kitwa Imulenge bavuye mu mihanda itandukanye mu bihugu byo  karere k’ibiyaga bigari.

Ukwemera n’amadini by’abanyamulenge.

Usanga ahanini Uyu muryango abawugize ari abayoboke b’amatorero ya giporotestanti  bitewe n’uko mu gihe abarabu, barimo RUMARIZA , NGONGO – LITETA, KIBONGE , TIPO-TIPO, bakoraga ubucuruzi bw’abacakara, Abazungu b’abavugabutumwa b’idini ry’abaporotestanti  bari bafite ibyicaro ahitwa i LEMERA (Territoire ya Uvira)  barwanye k’umuryango w’Abanyamulenge kugira ngo badakorerwa ubwo bucuruzi. Iki gikorwa cy’aba ba misiyoneri cyatumye haba ubucuti hagati y’abo bavugabutumwa n’abasaza bakuze bo mu muryango w’abanyamulenge.  Abasaza bazi neza aya mateka bavuga neza ko aba  bahise bemerera aba bazungu ko abazabakomokaho bose bazababera abayoboke kandi koko ngo niko byagenze kuko kugeza magingo aya hafi y’abanyamulenge bose ari abemeramana. 

Iri dini rya giporotestanti rikomoka ku mugabane w’uburayi ho mu gihugu cya Sweden. Abanyamulenge  batuye Territoire 3 muri zimwe zigize intara ya Kivu y’Amajyepfo. Muri izo Territoire 3 batuye, twavugamo ; UVIRA , MWENGA na FIZI. Muri  izi Territoire 3 batuye , izituwe cyane ni FIZI na UVIRA. Amateka y’umuryango w’Abanyamulenge  akomeza avuga ko abagize uyu muryango bafite inkomoko mu bihugu bine, aribyo : U RWANDA, U BURUNDI, TANZANIYA na UGANDA. Amateka Avuga ko bitazwi neza igihe Abanyamulenge ba mbere baba baragereye i Mulenge. Gusa tugendeye kubyo naganiriye na bamwe mu basheshe akanguhe bo muri uwo muryango. Bavuze ko Abanyamulenge  ba mbere bagiye i Mulenge ari amazu ane y’Abashambo  yari atuye mu KINYAGA (Cyangugu). Muri ayo mazu y’Abashambo yahoze mu Kinyaga , twavugamo:  Abagabika , Abagorora , Abasinzira n’ Abapfizi.

 Aya mazu rero, akomoka kuri bamwe mu bagabo b’Abashambo  bari batuye mu Kinyaga , barimo SERUGABIKA (ukomokaho abitwa :Abagabika) , Gasinzira  (ukomokaho abitwa Abasinzira) , Rugorora (ukomokaho , abitwa :Abagorora) na Mfizi (ukomokaho, abitwa Abapfizi) , bagizwe n’amazu abiri, arimo :Abaheto n’abadahigwa). Muri bene Mushambo wa Kanyandorwa bambutse Rusizi , ni uwitwa Serugabika. Uyu Serugabika , yagiye gushora inka ze kuri Rusizi atereye amaso hakurya abona ikibaya kirimo umukenke mwiza utoshye. Nibwo inka ze zakukiraga kumwaro wo hakurya ya Rusizi, agira ngo inka ze zirishe ubwo bwatsi. Akigera muri Iki kibaya asanga niheza cyane. Niko kwambuka Rusizi ajya kuzana umugore we n’abana bimukira hakurya ya Rusizi, ariho mu kibaya cy’umugezi wa Rusizi. 

Agezeyo yubatse urugo rwe ahitwa Kubwegera (Territoire ya Uvira). Bene nyina GASINZIRA, RUGORORA na MFIZI, baza kumusura aho KUBWEGERA, basanga ni heza. Niko gusubira mu Kinyaga ahitwa i Mushaka bajya kuzana abagore ba bo n’abana  bose berekeza Kubwegera, batyo.

Nguko uko imiryango y’Abashambo yageze muri Congo – Kinshasa bwa mbere, ubwo baturaga ahitwa KUBWEGERA. Aba bose ntawuzi umwaka bagereye muri Congo. Gusa uko biri kose ni mbere y’ 1516. Kuko ubwo Abanyabyinshi  bageraga muri Congo  nyuma y’intambara ya bo na Ruganzu II Ndori wa  Ndahiro II Cyamatare bivugwa ko bashakaga guhirika ingoma ye , basanze iyi miryango y’abashambo ituye Kubwegera. Bagezeyo basanga y’amoko y’abashambo twavuze haruguru amazeyo igihe kirekire ahitwa Kubwegera arabakira baraturana. Amateka avuga ko ahitwa i Bwishaza (I Rubengera) ariho urugamba rw’abanyabyinshi na Ruganzu II Ndori ariho rwabereye isibaniro. Bivugwa ko aha mumashyamba yo mu Bwishaza, ariho Ruganzu II Ndori yarasiwe umwambi w’ingobe mu jisho, n’umwuzukuru wa Byinshi bita Rukiramacumu (uyu ukomokaho inzu y’Abanyabyinshi b’abakiramacumu). kubera ko Abanyabyinshi bari ibikomangoma (Princes), birumvikana ko bahunganye amashyo menshi y’inka , ariyo soko y’ubukire bw’inka ku banyabyinshi b’i Mulenge. Kubera ubushyuhe bw’kibaya cya Rusizi , Inka za bo zatangiye kwibasirwa n’ibyorezo by’amatungo. nibwo bamwe batangiraga kwimukira mu misozi miremire y’Itombwe kubera ubukonje bwaho buberanye n’ubworozi. Aha mu misozi y’Itombwe niho baturutse bakwira ince zose za Fizi, Mwenga na Uvira.

Mu gice cya Kabiri tuzababwira uko andi moko yageze i Mulenge ndetse n’intambara zagiye zibahuza n’andi moko y’abacongomani kavukire barimo ababembe, abafulero n’abashi.

Umusomyi wa The Rwandan

Uvira


Gutabariza abaturage bo mu murenge wa Gatsibo, akagari ka Gatsibo bashinjwa amabendera yibwe.

$
0
0

Amakuru mpawe mu kanya anyibukije insigamugani “Ndashakaho aka munani”.

Sindibutinde cyane kuri iyi nsigamugani ariko nagira ngo nibutse ko hari igihe amapfa yateye mu Rwanda inzara irayogoza. Umugabo umwe rero yajyaga guca incuro akazana amasaka bavugagamo umutsima ariko agategeka umugore we ko azajya akora ibishoboka byose akamushyirira mu kebo ke intobe umunani (8) z’umutsima. Umunsi umwe rero umugore yatetse umutsima nk’uko bisanzwe akuraho intobe 8 nk’uko yari yarabitegetswe n’umugabo, usigaye ariremba aremba n’abana. Kubera uko kuremba abana rero;  akana gato kararize cyane noneho kagiye guhogora afata kamwe muri za ntobe 8 agahoresha umwana.

Umugabo yaratashye nk’uko bisanzwe yegera ka kebo ke atangira atamira intobe ariko agatamira abara. Akimara kurangiza intobe zirindwi yahise ahamagara umugore we ati, “nshaka aka munani”? Buri wese yakwibaza ibyakurikiye ariko icy’ingenzi ni uko nta ho yari gukura aka munani kuko kari kariwe kandi umwana ntiyashoboraga kukagarura.

Kimwe n’ibyo rero mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira iryo ku wa 25 Mata muri uyu mwaka wa 2019 abagizi ba nabi bataramenyekana bitwikiriye ijoro biba amabendera abiri mu kagari ka Gatsibo, umurenge wa Gatsibo mu cyahoze ari Byumba. Rimwe ryibwe ku kagari irindi ryibwa ku kigo cy’amashuri  kizwi ku izina rya Groupe Scolaire de Gatsibo. Igitangaje ni uko ayo mabendera yibwe abazamu n’abari ku irondo baraho ariko nta warabutswe.

Icyakurikiyeho rero ni uko abaturage bose batuye muri ako kagari biriwe bicajwe ku kagari umunsi wose bakabarekura ku mugoroba wo ku wa 25/4/2019. Basabwe gusubirayo uyu munsi kandi babwirwa ko bazahava ari uko ayo mabendera abonetse. Twibutse ko inzego zose z’umutekano zikorera mu murenge wa gatsibo zigizwe na Polisi, igisirikari, inkeragutabara n’abadaso zifatanyije n’abaturage bashakishije umunsi wose baraheba.

Abantu bampaye aya makuru ntari buvuge amazina yabo kubera impamvu z’umutekano bambwiye ko bari kwitegura gusubira ku kagari muri iki gitondo ariko batazi uburyo birirwa kuri uyu wa 26 Mata 2019 kuko babwiwe n’inzego z’umutekano ko kabiri kose mu rugo rw’umugabo (u Rwanda rwa Kagame) ari agasuzuguro baribubabone. Ikindi gikorwa cyo kwiba amabendera abiri icyarimwe muri aka kagari cyaherukaga kuba  ku italiki 19/1/2019.

Ikindi nakwiutsa ni uko abazamu n’abari ku irondo bafashwe mbere y’abaturage ku buryo kugeza ubu nta we uzi aho baherereye.

Ababishoboye mutabarize izi nzirakarengane batarazimishamo urusoro.

Umusomyi wa The Rwandan

Gatsibo


Ubu noneho hazapfa abangana iki?

$
0
0

Yanditswe na Ambrose Nzeyimana

Mu gihe ibihugu byinshi by’amahanga birikwemezako umutekano uri kugenda uba muke mu Rwanda, mbese intambara ikaba isa nitutumba, abanyarwanda aho turi hose, haba imbere mu gihugu cyangwa mu mahanga, twakora iki ngo duhagarike ibibi bishobora kuba ku gihugu cyacu?

Mu gihe kandi ukwezi kwa kane kutararangira, ukwezi twibukiramo buri mwaka jenoside yaberewe iwacu igahitana abanyarwanda batabarika bishwe n’Interahamwe zifatanyije n’Inkotanyi, byababaza cyane ubwicanyi bumeze nk’ubwo muri 94 bwongeye, ndetse bukaba bwanakara kurushaho.

Mu gihe tuziko Interahamwe zishe, nyuma zigakwira imishwaro, Inkotanyi zo zikica, nuko zikaza kwigarurira u Rwanda kuberako amahanga yarazishyigikiye, zo zakomeje kwica, kurigisa abantu, no kubafunga kugeza kur’uyu munsi. Ubwo bwicanyi bw’Inkotanyi bwabereye mu gihugu imbere ndetse no mu mahanga cyane cyane muri Kongo. 

Mu gihe hazwi uburyo Inkotanyi zishe abanyarwanda batabarika, cyane cyane abo mu bwoko bw’abahutu, nyuma zikabwitirira Interahamwe, imirambo y’abishwe igahinduka iy’abatutsi, zikanazarira nkana gutabara abatutsi bari mu gihugu mu gihe bicwaga n’Interahamwe (hagamijwe kuzakoresha ubwo bwicanyi bwose mu nyungu za politiki), izo nkotanyi zigahisha ubwicanyi bwazo ariko bukaza gutahurwa nyuma n’abanyamakuru n’abashakashatsi banyuranye barimo Judi Rever na Michael Hourigan, byababaza ubwicanyi busa nabwo bwongeye.

Mu gihe igihugu cyose kuva muri 94 kiyobowe n’Inkotanyi, inzego zose z’ubutegetsi n’umutekano, ndetse n’izindi zose zinyuranye, byose bikaba bigenzurwa nazo, ntibyatangaza rero Kagame azikoresheje mu mugambi mubisha wo kuzagenda yisasiye imbaga y’abanyarwanda.

Mu gihe twibuka ko Kagame yivugiye ubwe mu ruhame ko yababajwe nuko hari abamucitse bagahunga, kandi atanasiba kwigamba abo yishe, ntibyatangaza ko mu gihe yabona asatiriwe cyane, yamarira kw’icumu abo icumu rye n’irya abambari be baba bashobora kurigezaho. 

Ariko se hakorwa iki koko, wenda mu gihe uwo mugambi mubisha waba utarashyirwa mu bikorwa, niba utaratangijwe mw’ibanga, abatari hafi y’ingoma bakazamenya ibyawo inkumbi zarirenze? Koko abanyarwanda dukomeze turebere igihugu cyacu kigana icuraburindi, mu gihe uwavugiye u Rwanda ku kibazo cy’umutekano akomeza guhakanako nta kibazo gihari!

U Rwanda rwo muri 94 rutandukanye n’urwo muri 2019. Itumanaho n’uburyo bwo kuganira ku biri kubera hirya no hino kw’isi byateye imbere cyane, ku buryo ibibi byashobotse mu Rwanda muri 94 bishobora kwamaganwa bitaraba, abanyarwanda ubwacu tubyiyemeje, tugasaba n’amahanga kudufasha.

Byazababaza, amahanga yongeye kuzavuga ngo ntiyakoze ibyo yashoboraga gukora byose ngo ahagarike jenoside, kandi yarabonaga icucumba. Kuki ibi bihugu byose byasabye abenegihugu babyo baba mu Rwanda cyangwa bajya kurusura, kugenda ari menge, kuki abanyamashyaka bacu n’amashyirahamwe adaharanira inyungu atayasaba kohereza ingabo mu Rwanda zo kwita ku mutekano w’abanyarwanda?

Bitabaye ibyo, umuntu yakwibaza ku mubare wabazicwa noneho uko uzaba ungana, mu gihe Interahamwe/Inkotanyi z’ubundi bwoko zidengebya mu gihugu hose, kandi umutekano w’abari mu Rwanda bose wugarijwe.

ABANTU IGIHUMBI BAZIRUKANWA N’UMUNTU UMWE UBAKANGISHA!

$
0
0

Callixte yaritotombye gusa igihugu kirahungabana, ngo inzira ntizikigendwa, ya ma millioni 40 y’amadollars ya “Visit Rwanda” turayareba agiye, igihugu cyarahungabanye, ingabo zaracanganyikiwe, amafaranga arigukoreshwa mu gisirikari bakora deployments nshya ni menshi, mubare za peteroli z’ama camions abatwara n’abagemurira, kugura imbunda za rutura zihenze, amanama ya buri joro, gushwana kw’abasirikali, gucika intege kw’abasirikali bareba Nyungwe bakazunguza umutwe bibaza uko bazakuramo inyeshyamba, morale y’abaturage ituma bagenda biguru ntege bati wenda tugiye gutabarwa, echec nk’iriya yo muri Comoros aho abagaba b’ingabo bamera nka wa mujura wabwiye umugore ati ngiye kuzana akaboga, bakamutera icumu munda akagaruka atwaye amara mu ntoki, ati “Mugore nkingurira nzanye amara, umugore ati pfa kuzana nta nyama itarya umutsima.” Ubwo koko icyo umusore Sankara atakoze n’iki?

Narabivuze kandi mbisubiremo, nta gisirikali gishobora gufata u Rwanda umutware w’isezerano atabishyigikiye. Ni yo mpamvu Kigali yemerewe kurwana muri defense gusa ni ho honyine batakubitwa iz’akabwana. Biriya bindi baba bigira ni ugukangata! Igihe cyose hazaba hari igisirikali kirimo abana b’umwuka n’iyo yaba umwe azabacanira bumirwe.

Igihe cyose ntarabona Rwema Gendarme iruhande rwanjye, muzawunywa n’akataraza kazaza. Simpendahenda, kandi ninongera kumva uducabiranya, ndabasabira ku Mana. Jye nta kintu bintwaye uhombye ni we ubyimenyera. Narababwiye mu mpera z’umwaka ushize nti ni mutampa Rwema, umwaka 2019 mufite ibibazo. Sha narateze, reka ndirimbe mubyine!

“Abantu igihumbi bazirukanwa n’umuntu umwe ubakangisha, abantu batanu nibabakangisha muzahunga, kugeza ubwo muzasigara mumeze nk’igiti kirekire gishinze mu mpinga y’umusozi, cyangwa ibendera rishinze ku gasozi.” Ubu muragura ibibunda mukarunda mugira ngo si ibyo tuzacana hari n’uzabirwanisha! Ibigwari gusa!

Bihagurukira umwana umwe gusa nawe nyakamwe, bigatwika amavuta y’indege, ngo bigiye guhumbahumba akarokotse muri Comoros, bisize abasirikali muri Nyungwe!!! Yego nyine yarabashegeshe, ariko se kandi?! Iyo muba abagabo muba mwaragiye kurwana muri Nyungwe. Muzajya mwisebya musebye n’igihugu cyose?!

Muzajya mwumva analyses z’abasivili muzigendereho, ngo nimujya kwikoza isoni muri rubanda abantu bazumva ngo ari ibisanzwe? Ngo Sankara yikozeho, ngo siko igisirikare gikorwa? Mukadukoza isoni! Niba umuntu abacapye mukumva arabahamije, ntabwo mugomba kugendera ku nama z’abasivile. Umusirikali arwana gisirikali, ubu abo mwajyaga mwirataho mu karere bababona gute? Nyuma yo guta ibirindiro ngo mugiye gushaka umwana witotombye! Ariko umuntu azabigisha ageze he koko?

Ubu muricaye muti nubwo tutamufite ariko ntazongera kuvuga! Yego, ariko n’iyo atavuga n’amabuye yavuga. Ese aramutse abaye yarangije mission ye kandi ko yaba yabakubise icyumutwe, igikurikira ho murakizi? Ko namwe musigaye mundusha abanzi ra!

Callixte Sankara mureke kumugendaho, mwe mukore ibibareba murinde izamu ryanyu, hariho uduti tutaribwa. Iyo umuntu ashinganye aba ashinganye, icyo gihe rero murareka mugakora ibindi, mugihugu hari byinshi byo gukora. Nimuhumure akazi karahari, muhumure uyu mwaka ntimuzashoma, kereka Rwema naza ni bwo hatazavuka ibindi bibazo. Ariko ibiriho byo ntimubimbaze ni mwe mwabyiteye! Ni ugusarura aho mwabibye.

H.T. Sankara

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda abona ko ‘gusebya’ Perezida bidakwiye kuba icyaha

$
0
0

Nyuma y’umwanzuro w’Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda ko ‘gusebya’ no gushushanya Perezida w’u Rwanda bikomeza kuba ibyaha bihanishwa gufungwa, Perezida Paul Kagame abibona ukundi.

Itangazo ry’ibiro bye ryasohotse muri iri joro ryo ku wa kane rivuga ko Bwana Kagame abona kugumisha mu mategeko mpanabyaha ‘gutuka cyangwa gusebya’ perezida w’u Rwanda bidakwiye.

Kuwa kane, nyuma y’uriya mwanzuro w’Urukiko rw’Ikirenga, abanyamakuru banyuranye mu Rwanda no hanze yarwo bagaragaje ku mbuga nkoranyambaga ko uyu mwanzuro ubangamiye ubwisanzure bw’itangazamakuru n’uburenganzira bwa buri wese bwo gutanga ibitekerezo butangwa n’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda.

Ibi ni byo byashingirwagaho n’umunyamategeko Me Mugisha Richard waregeye inkiko mu Rwanda ko ingingo zinyuranye harimo ‘guhana uwasebeje umukuru w’igihugu’ zavanwa mu gitabo gishya mpanabyaha.

Ubu, ibiro bya Bwana Kagame bivuga ko nawe atemeranya no kugumisha ziriya ngingo muri icyo gitabo mpanabyaha ahubwo ko byajya mu mategeko mbonezamubano.

Muri iryo tangazo, avuga ko ‘yubaha umwanzuro uherutse gufatwa n’Urukiko rw’Ikirenga ariko yizeye ko iki kibazo kizakomeza kuganirwaho’.

BBC

“KUBA PREZIDANSI YA REPUBULIKA IDASHYIIGIKIYE ICYEMEZO CY’URUKIKO RWIKIRENGA KU BIREBANA N’ICYAHA CYO GUSEBYA UMUKURU W’IGIHUGU MU ITANGAZAMAKURU NI IKINTU KIMWE GUKOSORA AMAKOSA YAKOZE NI IKINDI”

$
0
0

ITANGAZO N°008/PS.IMB/NB/2019:

Rishingiye ku itangazo rya Presidansi ya Repubulika y’u Rwanda ku birebana n’icyaha cyo gusebya umukuru w’Igihugu mu Itangazamakuru;

Rimaze kubona ko iryo tangazo rivuguruza icyemezo cy’Urukiko Rwikirenga nyuma y’aho rwemeje ko gusebya umukuru w’igihugu bigomba gufatwa nk’icyaha;

Rishingiye kandi ko icyaha cyo gusebya umukuru w’Igihugu giteganywa n’Itegeko rihana ibyaha mu Rwanda;

Ishyaka PS Imberakuri ritangaje ibikurikira:

Ingingo ya 1:

Ishyaka PS Imberakuri ryishimiye itangazo rya Prezidansi ya Repubulika riivuguruza icyemezo cy’Urukiko Rwikirenga nyuma y’aho rwemeje ko gusebya umukuru w’Igihugu mu itangazamakuru bigomba gufatwa nk’icyaha gikurikiranwa n’inkiko mu manza nshinjabyaha aho kuba mu manza mbonezamubano nk’uko biteganywa n’Itegeko rihana ibyaha mu Rwanda.

Ingingo ya 2:

Ishyaka PS Imberakuri risanga kuba Prezidansi yavuguruje Urukiko Rwikirenga bidahagije bityo rikaba risaba rikomeje Presidansi ya Repubulika gutera indi ntambwe maze igategeka Guverinoma gutegura vuba umushinga w’itegeko rivugurura itegeko mpanabyaha cyane cyane mu ngingo zirebana n’ibijyanye na kiriya cyaha kugira ngo wemezwe n’Inteko Ishingamategeko.

Ingingo ya 3:

Ishyaka PS Imberakuri riributsa ko itegeko rihana ibyaha mu Rwanda ryateguwe na Guverinoma maze ryemezwa n’Inteko Ishingamategeko hanyuma rishyirwaho umukono na Prezida wa Repubulika hatitawe ku mahame y’ubwisanzure bw’itangazamakuru nk’uko byamaganywe n’abanyamakuru cyane cyane ku birebana na kiriya cyaha cyo gusebya Umukuru w’Igihugu.

Bikorewe i Kigali,kuwa 26/04/2019

Me NTAGANDA Bernard

Prezida Fondateri wa PS Imberakuri (Sé)

Viewing all 10365 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>