Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10370 articles
Browse latest View live

Nubwo yananijwe cyane, Gen Rwigamba asigiye abagororwa urwibutso ruzima

$
0
0

Yandistwe na Frank Steven Ruta

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 14 Mata 2021 yakoze impinduka zinyuranye mu nzego zimwe na zimwe, n’urwego rw’amagereza n’abagororwa ruhindurirwa umuyobozi. Gen Georges Rwigamba wari umaze imyaka itanu aruyobora yasimbuwe na DGCP Juvenal Marizamunda. 

Urwibutso rwiza rwa Gen Georges Rwigamba ku bagororwa

Gen Georges Rwigamba yakunzwe n’abagororwa cyane cyane abitwa ba VIP babashaga kumugeraho, kuko ibyifuzo bamugezagaho yagiraga icyo abikoraho, ntabumvire ubusa. 

Na Madamu Ingabire Umuhoza Victoire ubwo yafungurwaga yashimiye ubuyobozi bw’Amagereza bwari buyobowe na Gen Rwigamba ko bazaniye abagororwa icyo yise ubumuntu. Mu magambo ye yagize ati “ Ndashimira ubuyobozi bwa RCS tumaranye uyu myaka umunani, cyane cyane ngashimira Komiseri Mukuru uhagarariye RCS muri iki gihe kuko yazanye ikintu cy’ubumuntu mu magereza ngira ngo abantu bose bamenye, mu myaka amazemo ubu hari ikintu cy’ubumuntu mu magereza y’u Rwanda, ngira ngo mushimire, n’ubwo hari ibitaranoga, ariko hari byinshi bakoze byiza.”

Urugendo Rwa Gen Georges Rwigamba Mu Buyobozi Bwa Gereza z’u Rwanda

Gen Georges Rwigamba Yagizwe Komisei Mukuru w’’Urwego rw’Igihugu rushinzwe amagereza ku itariki ya 29 Werurwe 2016. Umwanya yari asimbuyeho Gen Paul Rwarakabije. Akihagera yihatiye kwita ku kuzahura imibereho y’abagororwa, ku kibazo cyo kwivuza, amafunguro, kubarinda iyicwarubozo, kugabanya urugomo, no koroshya amwe mu mabwiriza akakaye aba imbere mu magereza. Cyakora ibi yabikoze ku bw’umutimanama we, bitangira kumuteranya n’abacurabwenge b’ingoma ya FPR, bari barabishatse uko byahoze aho abagororwa bahoraga bataka gufatwa bucakara, mbere y’uko Rwigamba atangira kugerageza impinduka.

Mu  kunaniza Georges Rwigamba, hakoreshejwe cyane CSP Kayumba Innocent ufatwa nk’umugome gica aho yanyuze hose mu buyobozi bwa za Gereza zimwe na zimwe. Uyu Kayumba Innocent aho yayoboraga, inkoni zariyongeraga, iyo byitwa ko bashatse gutoroka bikiyongera, abandi bakaburirwa irengero byitwa ko bagiye gufungirwa mu zindi gereza. Akigera mu buyobozi bwa za Gereza , CSP Kayumba Innocent umurimo wa mbere yakoze ni uwo gukurira ubutasi n’iperereza mu magereza, umurimo asa n’uwakomeje kuwukora kugeza akuwemo afungwa, mu minsi ishize.

Gen Brig Georges Rwigamba yagiye akoresha inama mu bihe binyuranye, zihuza abayobozi bose bo mu magereza y’igihugu ngo hashakirwe hamwe uko imibereho n’imicungire y’abagororwa byarushaho kunozwa. Urugero ni inama ya gatatu kuri iyi nsanganyamatsiko, inama yateranye kuwa 19 Kamena 2018.

Abayobozi b’amagereza mu nama yo kuzahura imibereho y’abagororwa

Gen Georges Rwigamba azibukirwa kandi ku kuba yarafashije imfungwa zitari nke gufungirwa hafi y’aho zikomoka, ngo imiryango yazo ijye ibasha kuzigeraho. Iyi gahunda ariko yaje kuvangirwa n’abo bari bafatanyije mu buyobozi, bavugaga ko kwegereza imfungwa aho zikomoka bizorohereza gutoroka, bakaba baranashyiragaho imiziro yinshi ku bagororwa bamwe ngo itegeko ritabemerera kwimurirwa mu zindi gereza. 

Nta byera ngo de ariko, Gen George Rwigamba  yakomwe mu nkokora n’ikibazo cy’iseru mu magereza, n’icyorezo cya Covid 19 kuko byahitanye abagororwa batari bake.

Mbere yo kuba Ubuyobozi w’Amagereza mu Rwanda, Gen Georges Rwigamba yigeze kuba Umuyobozi ‘Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, yanakoze kandi mu buyoboi bwa RCS ku gihe cya Gen Paul Rwarakabije yayiyoboraga, ariko icyo gihe Gen Rwigamba ntiyahatinze, kuko atemeraga amwe mu mategeko ahutaza abagororwa yashyirwagaho na DCGP Mary Gahonzire wari wungirije Paul Rwarakabije, bikarangira Mary Gahonzire yirukanishije George Rwigamba, agasubizwa muri RDF, aho yahise yoherezwa mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu.

Lt Colonel Chantal Ujeneza wahoze mu ngabo z’u Rwanda zo ha mbere (FAR) ni we wari wungirije Gen George Rwigamba mu buyobozi bw’Amagereza, ubu akaba yimuriwe muri Polisi y’u Rwanda nk’umuyobozi wungirije ushinzwe imari n’ubutegetsi.


Ubutabera mu Rwanda ntibwigenga / Bwaramunzwe/ Ibyo RIB yankoreye ni agahomamunwa – Dr Kayumba

I Rulindo Abaturage Barashinja Ingabo z’Inkotanyi Kwica Ababo muri 1994

$
0
0
Imibiri y’abishwe muri 1994 ipfunyitse mu ikarito

Mu karere ka Rurindo mu murenge wa Shyorongi akagari ka Rutonde hafi y’umujyi wa Kigali mu ntangiro z’iki cyumweru hatahuwe imibiri y’abapfuye mu mwaka wa 1994. Kuva iyo mibiri igera kuri ine yaboneka, havutse agasigane ko kuyishyingura.

Ni imibiri bigaragara ko bashyize mu makarito abiri mato agerekeranye bayorosa umufuka n’ishashi y’ibara ry’ubururu Ijwi ry’Amerika yasanze ku rubaraza.

Bwana Emmanuel Ndayisenga umwe mu bubakaga urubaraza rw’inzu rwari rushaje, avuga ko baguye kuri iyo mibiri yari yubakiyeho. Ndayisenga avuga ko bakimara kuyibona itahise ishyingurwa.

Imibiri ine yatahuwe ahubatse inzu harimo iy’abavandimwe ba Bwana Issa Habumuremyi, Se umubyara Francois Muhatanyi, Valerie Nyirabahinzi nyina umubyara na mukuru we Habiyaremye Bahati.

Yaba Issa Habumuremyi, yaba na mushiki we Patricia Mukanyirigira, babwiye Ijwi ry’Amerika ko muri 1994 babonye abasirikare b’Inkotanyi barasa abo bantu babo, icyo gihe bagahita bashyingura iyo mibiri.

Ijwi ry’Amerika yagerageje inshuro nyinshi kubaza ubuvugizi bw’igisirikare icyo gihe cyari icya FPR inkotanyi ariko ntibyayikundira. Iracyakomeje kubashaka ngo bagire icyo bavuga ku byo aba baturage batangaje.

Uwahaye Ijwi ry’Amerika yavuze ko iyi mibiri ikimara gutabururwa habayeho agasigane gakomeye ko kumenya aho yashyingurwa n’uwayishyingura. Mu irimbi rusange cyangwa se mu rwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi ari na ko gutinda.

Mukanyirigira avuga ko baba abaturage n’ubuyobozi bw’ibanze bari bazi ko abavandimwe babo biciwe aho babataburuye ariko bakavuga ko nta mikoro bafite ababataburuye bagombye kubaga bakifasha.

Ijwi ry’Amerika iganira na Bwana Papias Shumbusho uyobora akagari ka Rutonde yavuze ko ababonetse batazize jenoside, kandi ko batari bazi aho iyi mibiri yari iherereye.

Bwana Shumbusho yahamije ko icyatumye batinda gushyingura iyi mibiri habanje kubaho agasigane kuri nyir’inzu yataburuweho na banyir’abantu. Yemeje ko bamaze kuvugana na nyir’inzu akaza kubashyingura.

Amakuru twakuye mu buyobozi aravuga ko nyir’iyi nzu ari umupolisi ukorera mu burasirazuba bw’u Rwanda witwa Adalbert Hacineza. Ayo makuru avuga ko yaba yarubatse iyi nzu hagati y’umwaka wa 1996-1997. Hagasigara kwibaza niba nta yindi mibiri yaba yarubakiyeho kuko abaturanyi bo bavuga ko hakimara gutahurwa imibiri ine ubuyobozi bwasabye guhagarika igikorwa cyo gushakisha indi mibiri.

Ijwi ry’Amerika yahamagaye Hacineza kuri telefone igamije kumenya niba yarubatse iyi nzu atazi niba hariciwe abantu ariko telefone ye ntiyacamo. Se umubyara, Daniel Hacineza wamuhaye ubutaka bwo guturaho twabwiwe ko asigaye atuye i Muhanga mu cyahoze ari Perefegitura ya Gitarama.

Ariko abandi baturanyi bagasanga kuba ubuyobozi butarihutiye gushyingura iyi mibiri butarubahishije ikiremwa-muntu. 

Kurikira inkuru yose mu majwi hano hasi

Rwamagana: abaturage barashinja RDF kurasa umuntu bamuhohoteye!

Béatrice Munyenyezi yagejejwe i Kigali

Akanyarirajisho Ep07 Se01

Ese ibisasu byongeye kuvugwa biturikana abantu mu Rwanda biri kuva he?

$
0
0

Yanditswe na Frank Seven Ruta

Ejo hashize Tariki ya 15 Mats 2021 igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade cyaturikiye mu Karere ka Kamonyi Intara y’Amajyepfo gikomeretsa bikomeye umusore ukirembeye mu bitaro bya Remera Rukoma.

Iki gisasu cya gerenade kibaye icya kane gituritse kuva uku kwezi kwa Kane (Mata) 2021 kwatangira, nyuma y’icyaturikiye I Nyamirambo, Iburasirazuba (Karangazi), Mu Majyaruguru (Nyabihu) no mu Karere ka Kicukiro Umujyi wa Kigali.

By’umwihariko kuri iki gisasu cyaraye giturikiye ku Kamonyi mu Murenge wa Gacurabwenge cyo giteye urujijo kurushaho, kuko umusore w’imyaka 18 cyaturikanye ngo yakivanye hejuru y’inzu yabo agiye gusimbura itegura ryatumaga inzu iva, mu gihe amakuru avayo yemeza ko atari ubwa mbere iyi nzu yasakarwaga.

Hejuru y’ibi byose hiyongeraho ikibazo cy’intwaro Leta ivuga ko zijagaraye mu Karere ka Nyamasheke na Rusizi muri Cyangugu, ndetse bamwe mu basivili bakaba baratangiye gufatwa bitwa ko hari imbunda n’amasasu n’imyenda ngo bibye mu bigo bya gisirikari, ariko ntihasobanuke uko babigezemo n’ukuntu uburangare bungana butyo bwaba bwarabayeho.

Ese ibi bisasu bitangiye kunyanyagizwa hirya no hino, byaba bikorwa na nde, bigamije iki, bizitirirwa nde?

PS IMBERAKURI YAMAGANYE UBUSHINYAGUZI BWAKOREWE IMIBIRI Y’ABO MU MURYANGO WA ISSA HABUMUREMYI NA Patricie MUKANYIRIGIRA BISHWE MU 1994

$
0
0

ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU N° 007/PS.IMB/NB/2021:

Ku italiki ya 13 Mata 2021,mu Kagari ka Rutonde,Umurenge wa Shyorongi,Akarere ka Rulindo hataburiwe mu rugo rwa Adalbert, umupolisi mu Ntara y’Uburasirazuba,imibiri y’abo mu muryango wa Bwana Issa HABUMUREMYI na Mme Patricie MUKANYIRIGIRA.Iyo mibiri ni iy’ababyeyi babo babiri n’umuvandimwe wabo umwe. Ba nyir’ubwite bavuga ko abo mu muryango wabo bishwe n’izari ingabo za FPR INKOTANYI mu Kwezi kwa Nyakanga mu 1994.

Amakuru atandukanye aremeza ko iyo mibiri ikimara gutabururwa ntabwo yigeze ishyingurwa mu cyubahiro nk’uko bisanzwe bikorwa ahubwo ko yashyizwe mu igikarito n’ubu bikaba bishoboka ko itarashyingurwa.Ibi bikaba biterwa ni uko ngo aba banyakwigendera batapfuye bazize jenoside yakorewe Abatutsi nk’ubo bisobanurwa n’umwe mu bayobozi bo mu nzego z’Ibanze.

Ibi byabereye muri kariya gace birashimangira ku buryo butaziguye itangazo n° 006/PS.IMB/NB/2021 ryo kuwa 13 Mata 2021 ry’Ishyaka PS IMBERAKURI ryanengaga ntaguca inkereramucyamo ukuntu Leta ya FPR yibuka kandi agaha icyubahiro abanyapolitiki bishwe mu 1994 hanyuma ikirengagiza abayoboke babo bo mu bwoka bw’Abahutu bishwe mu bihe bitandukanye; mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi na nyuma y’aho.Ibi bishimangira kandi itangazo ryo kuwa 05 Werurwe 2021 ry’amashyaka PS IMBERAKURI na DALFA UMURINZI yasabaga Leta ya FPR kwibuka no gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abahutu bapfuye nyuma y’aho byemejwe na Prezida wa Repubulika y’u Rwanda mu kiganiro yagiranye na kimwe mu gitangazamakuru cyo mu mahanga.

Ishyaka PS IMBERAKURI rirasaba rikomeje ko imibiri ya banyakwigendera yashyingurwa mu cyubahiro kandi abayobozi bo mu gace yabonetsemo bagakurikiranwa ku cyaha cyo gushinyagurira imibiri y’abanyakwigendera.

Mu gusoza,Ishyaka PS IMBERAKURI ryongeye gusaba Leta ya FPR INKOTANYI kugira ubutwari n’ubumuntu bwo kwibuka,gushyingura mu cyubahiro imibiri y’Abahutu iri hirya no hino no gushyiraho ikigega cyo kugoboka imiryango y’Abahutu bishwe bahereye kuri uriya muryango wa Bwana Issa HABUMUREMYI na Mme Patricie MUKANYIRIGIRA.

Bikorewe i Kigali,kuwa 15 Mata 2021
Me NTAGANDA Bernard
Prezida Fondateri wa PS IMBERAKURI (Sé)


KARIBU TIME: Ninde uzarengera abarokotse? Baritana bamwana /FekeNiyuzi -Rukokoma yerekeje i Kigali..

RIB yataye muri yombi Béatrice Munyenyezi.

FRANCE-RWANDA: “Ntimuntegerezeho agatotsi n’aka ko kwicuza”

$
0
0

Yanditswe na RUGEMINTWAZA Erasme

Aya magambo akakaye, yavuzwe n’uwabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubufaransa, Edouard Balladur, kuri uyu wa gatatu tariki ya 14/04/2021, ubwo yagiranaga ikiganiro kirambuye na Radiyo na Televiziyo by’Abafaransa RFI na FRANCE 24. Ati “Sinemeranya na busa”  n’imyanzuro ya raporo y’umunyamateka Vincent Duclert ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Iyo raporo muri rusange ivuga ko Paris ifite “uruhare rukomeye kandi ruteye ubwoba”. Akaba rero yitotomba, kubona Ubufarabnsa bushinjwa mu gihe nta gihugu na kimwe mu bigize LONI cyigeze gutabara ngo gihagarike ubwicanyi.

Nubwo yemera ko Ubufaransa ”butakoze byose neza” kandi ko “byari kuba mahire iyo [ubutumwa bwo gutabara bwa Turquoise ndlr] bikorwa vuba”, Edourd Balladur wabaye Minisitiri w’Intebe kuva muri Mata 1993 kugeza muri Gicurasi 1995, ashimangira ko adasangiye “ibikomere n’ukwicuza” byagaragajwe n’uwari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Alain Juppé, mu nkuru yatangajwe mu kinyamakuru le Monde. N’akagambane gakomeye yagize ati “ Buri wese akora,  ayobowe na kamere ye”.

Edouard Balladur yavuze ko atazi uwahanuye indege ya Perezida w’u Rwanda Juvenali HABYARIMANA, tariki ya 06/04/1994 –imbarutso ya Jenoside y’Abatutsi- yongeraho ariko ko bamwe mu bayobozi b’Ubufaransa bihutiye gushinja FPR ya Paul KAGAME kugira ngo babone uko babonera ibisobanuro ubutumwa bwo kuza gutabara Leta y’Abahutu.

Minisitiri w’Intebe Edouard Balladur, wayoboranaga na Perezida  François Mitterand warufite amahame yo gutsimbarara, ashimangira ko nubwo hari igitutu cyavaga mu “dusiko two kotsa igitutu” twari dushyigikiye intambara, twari dukikije perezida w’Ubufaransa, we yanze ko Ubufaransa bwakora “Ubutumwa bwa gikoloni”, bugamije gushyigikira “Leta ishinjwa Jenoside”. Yavuze ko kuri iyi ngingo, wabonaga Perezida w’Ubufaransa atazi ikigomba gukorwa; ko ariwe, Edouard Balladur, wamwumvishije ko “ubutumwa bwo gutabara abari mu kaga buto, mu gihe gito, bukorera ahantu hato”, bwashoboka. Nyuma ngo Perezida yaba yarabwiye  Edouard Balladur ati “Mwakoze ibikwiye, kandi mwagize ukuri”.

Edouard Balladur akaba asobanura n’imbaraga nyinshi ubutumwa bw’abasirikare bo muri Turquoise. Akaba abeshyuza amakuru ya raporo Duclert avuga ko muri Nyakanga 1994, akoreshe abasirikare bari mu butumw, yashatse gufunga abayobozi ba leta y’abakoze Jenoside, bari bahungiye mu gace ka Turquoise. Avuga ko Ubufaransa nta butumwa bwo kubikora bwari bufite.

Abajijwe ko  Abanyarwanda benshi bategereje ubu ko Ubufaransa busaba imbabzi yashubije ati “Ibyo mubibaze ibindi bihugu, mureke Ubufaransa, kuko Ubufaransa hari icyo bwakoze mu gihe Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Ububiligi nta na busa bakoze”. Maze avuga amashirakinyoma yemye  ati “Ntimuntegerezeho agatotsi n’aka ko kwicuza”!

RIB mu marenga yo gukoresha ingufu nk’iza CID ubwo bateraga urugo rwa RWIGARA

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

N’ubwo Madamu Adeline Rwigara yari yatangaje ko atiteguye kwitaba urukiko mu gihe igihugu kiri mu cyunamo kandi nawe akaba yunamiye abe bazize Jenoside, ibi urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha RIB ntirwigeze rubyitaho, kuko mu cyunamo hagati rwongeye kumuhamagaza bwa kabiri ngo yitabe mu  cyumweru cy’icyunamo.

Mukangemanyi Adeline ntiyitabye ihamagara rya mbere ryo kuwa 08 Mata 2021, bucyeye bwaho ku itariki ya 9/04/2021 yohererejwe irindi hamagara rya kabiri yagombaga kwitaba  tariki ya 12 Mata 2021, ariko nanone ntiyagiyeyo. Amakuru atangazwa na IGIHE avuga ko gifite amakuru ko Umwunganizi we mu mategeko Me Gatera Gashabana utari mu Rwanda muri iyi minsi yaba yarasabye RIB kuzunganira umukiliya we ubwo azaba yitabye ubugenzacyaha mu minsi iri imbere. Itariki itangwa na IGIHE ni 20/04/2021, ariko ihamaga rya RIB ririmo iyi tariki ntirirakorwa, biramutse binakozwe amatariki agahura atya, byaba bigaragaje ko biba ari ibyateguwe kera aho kuba inzira zisanzwe z’ubutabera.

Isano hagati y’igitutu cya CID n’icya RIB ku muryango wa Assinapol RWIGARA

Mu mwaka wa 2015, ari nawo Umunyemari Rwigara yishwemo, umuryango we wakomeje kuburabuzwa no kujujubywa, kugeza ubwo Leta ifashe icyemezo cyo kubafunga, kuko gahunda yo kubajujubya ngo bate umutwe bahunge yari yaniranye.

Icyo gihe Polisi y’u Rwanda binyuze muri CID yakomeje guhamagaza abo mu muryango we ubutitsa, bakabiriza kuri ofisi za polisi ntibanabazwe, bagataha, igihe kiragera batangira no kuzajya bababaza nijoro. 

Mu kwezi kwa munani k’uwo mwaka, Polisi yateye urugo rwa Rwigara, yurira inkuta imutwara ku ngufu ngo ajye gufungwa. Nyuma y’umwaka umwe n’amezi abiri n’igice, we n’umukobwa we barekuwe bagizwe abere, icyo gihe Adeline Rwigara akaba yari akurikirayweho icyaha cyo guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda, hamwe n’icyaha cyo gukurura amacakubiri.

Kurikira uko byagenze muri 2015, ubwo CID yagabaga igitero kwa Mme Adeline Rwigara 

Mu gihe Adeline Rwigara yahabwa ihamagara rya Gatatu ntiyitabe RIB, itegeko No  027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha riteganya ko iyo uhamagawe atitabye ku nshuro ya gatatu ashobora gutwarwa ku gahato amaze kwerekwa urwandiko rumuzana ku gahato rushyirwaho umukono n’umushinjacyaha.

Ese biramutse bigeze kuri uru rwego, aka gahato kazaba gateye gate? Azahabwa se ubutabera bwuzuye butabogamye?

CHARLES ONANA: IGITABO CYA ANKETI IMAZE IMYAKA 25 KU IHANURWA RY’INDEGE YA HABYALIMANA.

$
0
0

Yanditswe na Albert MUSHABIZI 

Leta ya Kigali iri mu bihe byayo bibi pe ! Ntibukikera kabiri, abanditsi b’ibihangange batayishyize ku karubanda, mu buryo wakeka ko bwumvikanyweho, nyamara se byahe !? Buri wese akora ku ruhande rwe, maze igitabo kikaza cyuzuza ikindi mu buryo wabona ko ari nk’uruhererekane! 

Charles ONANA, umuhanga mu bya Politiki, akaba n’impuguke y’Akarere k’Ibiyaga Bigari bya Africa, usanzwe atajya imbizi na Leta ya Kigali, kubera ko inyandiko ze zicira ukuri kuyicanaho umuriro, igitabo cye kiri bugufi! By’umwihariko kikaba kibumbatiye ubucukumbuzi, bumaze imyaka 25 yose ku ihanurwa ry’indege yari itwaye ba Prezida HABYARIMANA w’u Rwanda na NTARYAMIRA w’u Burundi kuwa 06 Mata 1994.

 Iki gitabo kije gusubiza ibubisi imihihibikano ya Leta ya Kigali, mu kuburizamo  amaperereza n’imanza zose zageragejwe kuri iki cyaha cy’iterabwoba, cyiswe ngo : “Enquêtes sur un Attentat, Rwanda, 6 Avril 1994” tugenekereje mu rurimi rw’Ikinyarwanda bikaba bivuze ngo : “Amaperereza ku Icyaha cy’Iterabwoba, Rwanda, 6 Mata 1994.” Nk’uko bigaragara ku gifuniko cy’igi gitabo kandi, iki gitabo cyahawe iriburiro na Adolfo PEREZ ESQUIVEL, impirimbanyi y’amahoro, yanabiherewe igihembo cya Nobel. 

Amaperereza yakozwe na Charles ONANA, amaze imyaka 25, mu buryo bumwe n’ibitabo bya Judi REVER na Michela WRONG kizashegesha Leta ya Kigali; kubera ukuri gucukumburanye ubuhanga n’ubwitonzi mu gihe kirenga imyaka 20. Nk’uko bigaragara rero, iki gitabo nacyo kizabera amenyo ya ruguru iyi leta, mu gushyira hanze byinshi bizonona imigambi y’ububisha, yari yarapfunditswe mu kuburizamo amaperereza n’imanza kuri kiriya cyaha, gifatwa nk’icyaba cyarabaye imbarutso y’amahano akomeye, yagwiririye u Rwanda mu mateka yarwo, mu 1994.

Twabibutsa kandi ko muri iki gihe, Charles ONANA, yamaze no kugeza ikirego mu Inama Nkuru Ishinzwe iby’Amajwi n’Amashusho (Conseil Supérieur de l’Audiovisuel) mu gihugu cy’u Bufaransa, aho rugeretse na Madamu Marie-Christine SARAGOSSE, umuyobozi w’Ikigo France Medias Monde, kigenga ibitangazamakuru bikomeye mu Bufaransa aribyo: Televiziyo FRANCE 24, na Radio Mpuzamahanga y’u Bufransa (RFI). Uru rubanza narwo rukaba ruzashyira hanze ubugambanyi bwa Leta ya Kigali ifatanyije n’uyu muyobozi, mu kwigarurira itangazamakuru ryerekeza ku Rwanda na Congo-Kinshasa mu gihugu cy’u Bufaransa; ku kagambane k’amashyirahamwe SURVIE na IBUKA, yiyambika isura yo kurengera abacitse ku icumu rya Jenoside ya 94, kandi ari ibikoresho by’ingoma y’igitugu ya Kigali.

 Impamvu z’iki kirego, kakaba ari akato uyu mudamu yasabiye Charles ONANA ku bitangazamakuru bigengwa n’ikigo ayoboye. Aka kato kandi kuzuye akarengane, ko gupfukirana ukuri kose ku nkuru zerekeza ku bihugu by’u Rwanda na Congo-Kinshasa; ngo kagirirwa n’abandi bose bagerageje kwegera ibi bitangazamakuru mu buryo ubwo ari bwo bwose. Ibi bitangazamakuru bifatirwaho urugero n’ibindi byuzuye mu Bufaransa n’ahandi ku isi, akenshi binatangaza amakuru bibifatiyeho; bigatuma duhora tubona inkuru zibogamiye ku kinyoma, no gutwarira mu murongo w’amanyanga wa Leta ya Kigali, mu itangazamakuru ry’u Bufaransa n’ahandi ku isi.

Ikinyoma kicara ku ntebe rimwe ! Twitege rero imiborogo yo kwiriza ay’ingona bizakomeza kuri Leta ya Kigali, kuri aya mabanga akomeje kwisukiranya kumeneka hanze. Ibi kandi byisukiranya kuzambya  dipolomasiya y’ikinyoma y’ingoma ya FPR, n’umuyobozi wayo Paul KAGAME; twavuga ko ari ibimenyetso by’ibihe byerekeza ku ihirima mu manga rya Leta yubakiye ku kinyoma gisa!

UMUKINO UKOMEJE GUKINIRWA KURI “RAPPORT DUCLERT” URACYASHOBEYE BENSHI!

$
0
0

Yanditswe na Albert MUSHABIZI

Ku bw’Ikigo cyitiriwe Francois MITTERRAND, ngo haba hari abakomeje kwisiringa ku butabazi bw’u Bufaransa ku Rwanda muw’1994 (Operation Turquoise). “Rapport Duclert” nk’uko yitirirwa Vincent DUCLERT, impuguke mu bumenyi bw’amateka y’Umufaransa, yari ikuriye Komisiyo yashyiriweho gushakisha mu bushyinguranyandiko,  uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside ya 94 yahekuye u Rwanda; ikomeje kuba amayobera. Ibi biva ko ibikubiyemo, byaba bihabanye n’ibiyivugwaho mu itangazamakuru na bamwe bashaka guhaza ibyifuzo byabo.

 Mu nyandiko dusanga ku rubuga rw’Ikigo cyitiriwe Francois MITTERRAND (https//:www.mitterrand.org/Rwanda-S-en-tenir-aux-faits.html ): ho banatangazwa n’uko na nyir’ukuyitirirwa ubwe, ayivugaho ibihabanye n’ibiyikubiyemo. Ni ukuvuga ko hari umugambi, unyuriye mu itangazamakuru, wo kubeshyera iyi raporo ko yaba ishinja u Bufaransa uruhare muri Jenoside y’1994; mu gihe urwo ruhare rutagaragara muri raporo ubwayo!

Nk’uko muri iyi nyandiko dusanga ku rubuga rw’iki kigo, bakomeza babisobanura, ngo hariho umugambi uteye isoni, ugambiriye kuyobya amateka. Uyu mugambi rero utajya wemera kuvugwaho cyangwa se gukomwa mu nkokora; ngo ubumbatiye ingingo y’uko igikorwa cy’ubutabazi u Bufransa bwakoreye mu Rwanda muri 94, cyajanditse iki gihugu mu mahano ya Jenoside. Ushatse wese kunyomoza uyu mugambi, ngo nta kindi akorerwa uretse guhita ashinjwa guhakana Jenoside ubwayo. Muri iyi nyandiko bahamya nta kujijinganya ko “rapport Duclert” yaburijemo uyu mugambi; kubera ko uruhare rw’u Bufaransa muri iriya Jenoside rutaboneka na gato.

Iyi nyandiko ikomeza yamagana ko Prezida Francois MITTERRAND yaba yaraguye mu mutego wo gushyigikira Ingoma ya HABYARIMANA adashishoje. Yerekana ko ibyemezo byose u Bufransa bwagiye bufata ku bihereranye n’ibibazo u Rwanda rwarimo muri kiriya gihe; byanyuraga mu nzego zabihinyanyuraga mu buryo bunoze. Igikorwa cyo gutabara muri Jenoside, cyo cyari cyaherewe uburenganzira n’Umuryango w’Abibumbye. Ibindi bikorwa, nko gufasha gukoma mu nkokora umuvumba w’ibitero, Inkotanyi zafashwaga n’igihugu cya Uganda zari zinjiranye; u Bufaransa bwabikoze, mu nyungu zo gukumira urugomo rw’igihugu ku kindi. U Bufransa bukiva kuri urwo rugamba butatinzeho kandi, bufasha mu mishyikirano yagombaga gutuma, impunzi zarwanaga zitahuka mu mahoro yo kugabana ubutegetsi.

None umukino waba waba uteye ute !?

Leta ya Kigali yiyubikije raporo yayo yenda gusohoka, ku ngingo yo gukenguza uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside ya 94. Ibizava muri iyi raporo bishobora kuzaba bihabanya n’iyi ya Duclert, tugendeye ku mikino nk’iyi, Kigali yagiye ikina cyane cyane ku kibazo cy’ihanurwa ry’indege. Gushyigikirana uburyarya iyakozwe n’u Bufaransa, mu gihe ihabanye n’umugambi wo gushinja uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside, ku kiguzi icyo ari cyo cyose; bishobora kuba bifite umukino ubyihishe inyuma. Uyu mukino wa politiki waba ugamije ko u Bufaransa nabwo, bugomba kuzagerera u Rwanda mu kebo rwabugereyemo, rwemera nta mpaka raporo ishobora kuzasohoka itabushimishije ! 

 U Bufaransa nabwo bukomeje umukino wa politiki kuri iyi raporo, mu mbwirwaruhame n’ibiganiro ku bitangazamakuru bikomeye mu Bufaransa; n’abagabo bazwi cyane kandi bakoranye na Prezida Francois MITTERRAND barimo abanyapolitiki n’Abasirikari. Aba bumvikana bamagana raporo idafite icyo itwaye u Bufaransa, na Prof. Vincent DUCLERT akayihinyura, mu magambo mu itangazamakuru kandi yarayitunganyije mu nyandiko. Uyu mukino ukaba waba ugamije gukura u Bufaransa mu ipfunwe, bushaka gukururirwamo nkana na Leta ya Kigali, yiriza ay’ingona, icuruza Jenoside mu buryo bwo kuyibyaza inyungu za politiki n’ubukungu. U Rwanda nk’igihugu cyivumbura kandi kigahubuka mu bikorwa byo gukoza isoni u Bufaransa; ni urwo gukuyakuya nk’umwana warezwe bajeyi n’ibihugu by’ibihangange! 

Aha kandi ntitwakiyibagiza ko, uretse no guhungabanya igihagararo cy’u Bufaransa muri politiki yayo yo ku mugabane wa Afrika, uruhare rwayo muri Jenoside ya 94 ruramutse rwemejwe bidasubirwaho; byatangisha u Bufaransa impozamarira y’ibifaranga bitagira ingano… Aho rero Kigali nayo ikaba idashobora kuhavirira, cyane iyo kibaye ikibazo cyo gucuruza Jenoside, umurimo yiyemeje kandi ikorana umwete n’umurava!

Turaguje umutwe uyu mukino ushobora kuzarangira ute !?

Iyi mikino y’ibihugu byombi kuri iyi raporo, iradushimangirira ko umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa, twabonaga usa n’uwavuyemo agatotsi; bishobora kuba atari byo, ahubwo ari amacenga ya politiki masa. U Bufaransa nabwo mu mikino nk’iyi buramenyerewe cyane ! Urugero ruheruka kandi ruzwi cyane, rukaba ari ukuntu bwiyegereje Prezida KADAFI mu bihe bye bya nyuma; mu gihe bwari bukimushakira ibirungo, byo kuzamukaranga mu ntambara yamukuyeho, ikanamuhitana.

Nta gitangaza cyaba kirimo, ko n’ubuhendabana tubona u Bufaransa busuka ku Rwanda, mu mubano wa none, ukwicisha bugufi imbere y’u Rwanda no kurushyigikira mu byifuzo byarwo byose, ndetse bimwe bitesha agaciro u Bufaransa nk’igihugu cy’igihangange; byaba ari ukurangaza bwishakira ibirungo, byo kuzakaranga u Rwanda igihe kiri izina!

Col Tom Byabagamba ntiyemera ibyo kuburanishwa n’abasivile kandi we ari umusirikare

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Kuwa 08/08/2014 nibwo Colonel Tom Byabagamba wahoze akuriye abasirikare barinda Perezida Paul Kagame yatawe muri yombi, atangira gusiragizwa mu nkiko kugeza uyu munsi aregwa ibyaha bihindagurika, atajya yemera ariko bikarangira inkiko z’u Rwanda zibimuhamije.

Ku ntera urubanza rwa Colonel Tom Byabagamba rugezeho yihannye urukiko rumuburanisha n’abashinjacyaha bari mu rubanza rwe, kuko ari abacamanza mu rukiko ari n’abashinjacyaha bose ni abasivile kandi we akaba umusirikare.

Colonel Tom Byabagamba mu minsi ye ya mbere agitangira kuburanishwa

Tom Byabagamba yitabye urukiko kuwa 16/04/2021, ahagombaga kumvwa ubujurire bwe ku cyaha yakatiweho imyaka itatu n’urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, cyo kwiba telefoni n’indahuzo yayo, ubwo ngo yari mu rukiko rw’ubujurire. Iki cyaha Tom yagihakanye avuga ko adaciriritse ku rwego rwo kwiba telefoni.

N’ubwo Urukiko rw’ubujurire rwamuhamije ibyaha rukamuhanisha igifungo cy’imyaka 15 no kwamburwa impeta za gisirikare, kandi kuva icyo gihe akaba ari bwo atongeye kugaragara mu rukiko yambaye imyenda ya gisirikare, Tom Byabagamba we yemeza ko akiri umusirikare, akanabishimangiza kuba afunzwe gisirikare, azanwa n’imodoka za gisirikare, arindwa gisirikare, yambwika imyenda y’imfungwa za gisirikare, … mbese ibyo akorerwa byose abyita ko afashwe gisirikare, bityo agasanga urukiko rwa gisivili rudafite ububasha bwo kumuburanisha.

Buri gihe Col Tom Byabagamba ageza ku rukiko umutekano wabanje gukazwa bidasanzwe

Umucamanza yahaye ijambo ubushinjacyaha busanga Col Tom Byabagamba afite uburenganzira bugenwa n’amategeko bwo kunganirwa yabanje kuvugana n’abamwunganira, kandi yari yatangaje ko yabonanye nabo umunsi w’urubanza ntabashe kuganira nabo. Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko butegereje umwanzuro w’urukiko ku kuba rufite cyangwa rudafite ububasha bwo kumuburanisha.

Umucamanza yavuze ko isomwa ry’umwanzuro w’urukiko ku nzitizi zazamuwe na Col Tom Byabagaba no ku bujurire bwe uzasomwa kuwa 22/04/2021.


DR. KAYUMBA YAVUZE KO IMPAMVU BENSHI MU BANYARWANDA BATISHIMYE

RIB irarega Munyenyezi ibyaha karundura

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Akigera mu Rwanda,  kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Mata 2021, Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha RIB rwahise rutangariza abanyamakuru amateka y’ifatwa rya Muneynyezi Beatrice, uko yafungiwe muri Amerika n’uko yoherejwe mu Rwanda.

Agituye muri Amerika, ku itariki ya 12 Werurwe 2012 abacamanza ntibabashije kumvikana ku ngingo zihamya icyaha Madamu Munyenyezi Béatrice, dore ko n’uwari umwunganizi we mu mategeko Me David Ruoff  yavugaga ko nta kimenyetso kimuhamya icyaha cyo kubeshya, akanongeraho ko nta rupapuro rumusabira itabwa muri yombi (Mandat d’arrêt) rwigeze ruva mu Rwanda ngo nibura abe ari rwo rushingirwaho.

Cyakora ubwo urubanza rwe rwari rukomeje kuburanishwa, mu mwaka wa 2013 rwarapfundikiwe, Munyenyezi Béatrice akatirwa imyaka icumi, akurikiranyweho icyaha cyo gutanga amakuru y’ibinyoma ku nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka, agamije kubona impapuro zimuhesha uburenganzira bwo gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Icyo gihe yanambuwe ubwenegihugu bwa Amerika yari yarahawe mu mwaka wa 2003.

Nyuma yo kurangiza igihano cye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamugaruye mu Rwanda, kuko umushinjacyaha Mukuru martin Ngoga (Mu gihe cye) yari yarohereje muri Amerika dosiye igaragagaza ko Munyenyezi n’umuryango we bwite n’uwo  yashatsemo yiganjemo abakoze Jenoside, bityo ngo akaba yarashakishwaga n’ubutabera bw’u Rwanda.

Akigera mu Rwanda uyu munsi, Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha Thierry Murangira yatangaje ko akurikiranyweho ibyaha birindwi byose bikomeye.

Murangira yagize ati “Munyenyezi akurikiranyweho icyaha cyo kwica, gucura umugambi wo gukora Jenoside, gutegura jenoside,  gushishikariza abantu mu buryo buziguye no mu buryo butaziguye gukora jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, kurimbura, ubufatanyacyaha mu cyaha cyo gusambanya ku gahato.”

Munyeyezi Béatrice yigaga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, yashakanye na Arsène Ntahobari, umuhungu wa Minisitiri Nyiramasuhuko Pauline.

Ibyaha akurikiranyweho ni ibikekwa ko yabikoreye mu yahoze ari komini ya Ngoma, Perefegitura ya Butare, ubu ni mu ntara y’Amajyepfo.

Kigali:Bamushimuse Bamusaba Gusiga Asezeye Umugore n’Abana

RAPORO Y’U RWANDA IRIKOMA FRANCOIS MITTERRAND

$
0
0

Ni mu nkuru dukesha Jeune Afrique yo kuwa 19 Mata 2021 i saa 13 :23, yanditswe na Mehdi BA, ikavugururwa na none kuri uyu munsi i saa  14 :09 yashyizwe mu Kinyarwanda na Albert Mushabizi

Raporo y’u Rwanda ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, mu 1994, yashyikirijwe ku mugaragaro Guverinoma y’u Rwanda, kuri uyu wa 19 Mata. Iyi raporo yanditswe n’Inzu y’Abanyamategeko yo muri Amerika, yerekana uruhare rw’u Bufransa, yigengesereye kudasubiza ibintu irudubi, mu rwego rwo kubanisha ibihugu byombi.

Abari biteze ko umuriro uri bwake, batunguwe. Nk’uko yashyizwe ku mugaragaro kuri uyu wa 19 Mata, raporo y’iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu « Igihugu cy’Imisozi Igihumbi » mu bihe by’1990-1994 –mbere na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi- yitaruye umwanzuro wose wazura akaboze, k’ibihe byashegeshe umubano uzira amakemwa hagati ya Paris na Kigali, mu gihe kingana n’icya kane cy’isekuruza (imyaka isagaho gato 25).

Mu iby’ukuri, nta nteruro n’imwe isesereza, ariko na none ntibiri kure ya ya myumvire Abanyarwanda bamenyeweho ko « u Bufransa bwatumye Jenoside yacaga amarenga ishyirwa mu bikorwa. » Uburyo bwo kwatura ingingo nk’ « Uruhare ruziguye » ndetse n’ » Ubugambanyi » zari zitezwe, izo ngingo ntazo pe ! « Ntitwigeze dukomoza ku kibazo cy’ubugambanyi, tutanasobanukiwe mu kuri kwamye. Twibanze ku bikorwa, » uko niko umwe mu bayobozi b’u Rwanda yabisobanuye.

Icyaha cya Diplomasiya

Amazi yarenze inkombe, kuva ubwo muri Kanama 2008, raporo ya Komisiyo Mucyo yashyirwaga ahagaragara ,maze umutwe wayo wonyine ukumvikana nk’icyaha cya diplomasiya cyakorewe u Bufransa : « Komisiyo y’Igihugu yigenga ishinzwe kwegeranya ibimenyetso byerekana uruhare rwa Leta y’u Bufransa mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994 ».

Uretse n’imyanzuro yayo yahuzaga mu buryo buziguye, abayobozi bo mu Bufransa b’icyo gihe n’itegurwa ndetse n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside, iyo Komisiyo y’abantu barindwi, bari bayobowe na Nyakwigendera Jean de Dieu MUCYO, wahoze ari Umushinjacyaha Mukuru, ndetse na Ministri w’ubutabera,  yanakoze urutonde rw’Abayobozi 13 b’Abanyapolitiki na 20 b’Ingabo, bose b’u Bufransa, abo ngo uruhare rwabo bwite rukaba rwari ku rugero rwo kubakurikirana mu nzego z’ubutabera. Mu Bufransa, uko kugerageza kwa mbere kwandika inkuru y’akataraboneka, mu bihe bya nyuma y’ubukoloni mu buryo butari bwitezwe mu myaka myinshi ;byateje uburakari ku b’ingenzi bashinjwaga n’iyo raporo.

« iyi raporo nshya ikozwe n’ikirego gitumbereye amateka, ariko kidatumbereye inkiko. Nta n’umwe ikuraho icyaha, ariko si mu myumvire itumbereye inkiko nk’uko raporo Mucyo yari iteye, » nguko uko byavuzwe muri make n’umuyobozi ukora muri Prezidansi y’u Rwanda, wongeye no guca amarenga ko Kigali yaharaniye kutatsa umuriro, mu buryo bwo kunoza umubano, bikanatanga umusanzu mu gutorwa kwa Emmanuel MACRON, mu w’2017. Ibyo bikaba binagaragarira mu mutwe utabogamye wahawe raporo : « Jenoside yacaga amarenga. uko Leta y’u Bufransa yitwaye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ».

‘’ Kuva kera, Leta y’u Bufransa yagiye yihunza ukuri’’

Ikindi kidasanzwe kandi cy’agaciro : gushyira iri perereza rirerire (ryatangiye mu ntango za 2017), mu maboko y’inzu y’Abanyamategeko yo muri Amerika yitwa Levy, Firestone & Muse, iherereye i Washington, DC. Aya mahitamo ya Guverinoma y’u Rwanda akaba asa n’atumvikana, mu gihe iyi raporo itari igamije gukurikirana mu nkiko Abafransa bayivugwamo.

I Kigali, bivugwa ko iyi nzu y’Abanyamategeko ifite uburambe mu gukora amaperereza ahanitse kandi ku bibazo birimo za Leta zinyuranye. Bob MUSE yigeze gushingwa iperereza rya Sena y’Amerika ku myitwarire igendanye no gucunga Imiyanga ya Katrina, muw’2005. Iyo urebye imirimo bakoze itondetse ku rubuga rwabo rwa murandasi, ibindi bikorwa bitoroshye nabyo  ntibibuzeho, twibanze cyane nko ku bucukumbuzi buyoborwa na Kongre ya Leta Zunze Ubumwe nka : « Le Watergate » ; igikorwa cya « Fast & Furious (kohereza intwaro mu buryo bwa magendu muri Mexique hagamijwe kurwanya abacuruzi b’ibiyobyabwenge) ; « l’affaire Iran-Contra ; le « Bloody Sunday », muri Irlande  y’Amajyaruguru…

Amamiliyoni y’impapuro

« Iri perereza ryasabye amajana y’abatangabuhamya, no kunyura mu birundo by’impapuro ku migabane itatu y’isi, ryahuje abatangabuhamya 250 mu ndimi z’Icyongereza, Igifransa n’Ikinyarwanda. Ryakusanyije kandi risesengura amamiliyoni y’impapuro z’inyigo,  n’inyandiko z’ibinyamakuru byo mu gihe cyarebwaga na raporo cyane cyane muri izo ndimi uko ari eshatu. » Uko niko abakoze iyi raporo babivuga ! Mu batangabuhamya batezwe amatwi, badafashwe amajwi, harimo n’umubare uringaniye w’abasirikari b’Abafransa batagendera mu murongo wemewe kandi ushyigikiwe na Paris. Ndetse na Prezida Paul KAGAME ubwe yarabajijwe n’abapererezi b’Inzu y’Abanyamategeko yo muri Amerika.

Nyamara n’ubwo, umubano w’ibihugu byombi umaze imyaka itatu wifashe neza, abapererezi ntibigeze bahabwa ikaze i Paris. « Leta y’u Bufaransa n’ubwo yari yaramenyeshejwe iby’iyo raporo, ntiyemeye kuyigiramo uruhare. (…) Leta y’u Rwanda yayigejejeho ubusabe bw’inyandiko nyinshi zirimo ibihamya. Leta y’u Bufransa yemeye ko yakiriye ubwo busabe ,ku mataliki ya 29 Ukuboza 2019, 10 Nyakanga 2020 na 27 Mutarama 2021, nyamara ntacyo yakoze ku busabe, » niko muri iyi raporo byanditse.

Impare za politiki

Uyu muzingo w’amapaji 580 ugisohoka waje ugwa mu ntege uwashyizwe ahagaragara kuwa 26 Werurwe na Komisiyo y’impuguke mu mateka z’Abafransa zari ziyobowe na Vincent DUCLERT, (wo ufite amapaji 1000). « N’ubwo ntaho izi komisiyo zombi zihurira, ibizikubiyemo biri mu cyerekezo kimwe, » uko niko twabihamirijwe n’umwe mu bakora muri Prezidansi y’u Rwanda.

Raporo ya Duclert yashimwe by’igice kimwe, ikindi kiragawa muri raporo yamuritswe i Kigali : « Umwanzuro wa komisiyo Duclert werekana ko Leta y’u Bufransa yari « impumyi » kuri Jenoside yendaga gushyika. Nyamara sibyo. (…) Leta y’u Bufaransa ntiyari impumyi kandi yari n’umutimanama wayo wose kuri iyo Jenoside yacaga amarenga. »

« Igikorwa cya gisirikari cy’ibanga cyapfumbatijwe  ‘Opération Turquoise’ » 

Berekana ubushake bwo kwibanda ku mpare za politiki za Paris, mbere na nyuma ya Jenoside, Abategetsi b’u Rwanda, bemeza ko batashatse gushakura mu bihe bimwe, nyamara by’umumaro munini, nka Operation Turquoise (Kamena-Kanama 1994), mu buryo bwo gupfobya yahawe agakingirizo ko ari iyo kurengera ikiremwa-muntu. Nyamara sibyo, kubera ko yari inafite intego yo gufasha abari ku ruhande rw’abicanyi, kwisuganya mu gutsindwa kwabo, ibabererekera mu cyanzu kibahungisha bacika ubutabera berekeza mu icyahoze ari Zayire. Mu iby’ukuri, bibaye amahitamo, ibi bishobora kuzagibwaho impaka, n’indorerezi zijora uruhare rw’u Bufransa, na cyane ko hariho ayo makuru yo kuba « Turquoise itari igambiriye intego imwe : ahubwo hari igikorwa cya gisirikari cy’ibanga yari ibumbatiye, n’ubwo ubwayo yitwaga igikorwa cyo gutabara ikiremwa-muntu. Ibiri amambu, iyi raporo y’u Rwanda, yagerageje no kwirengagiza : « ibihe bya nyuma gato ya Jenoside, aho ibikorwa byinshi byayobowe na Paris mu kugerageza kuca intege mu buryo bwihishe ubutegetsi bushya, uko niko uwaduhaye amakuru kuva muri Prezidansi ya Repubulika y’u Rwanda yabiduciriyemo muri make. Arongera ati : «  Ibyo bikorwa byaba byaragizwemo uruhare na ba Prezida bombi, Jacques CHIRAC na Francois HOLLANDE. »

Kwiyemeza gahunda y’ubukoloni bushya kwa Francois MITTERRAND

Habayeho gushyira mu gaciro, Francois MITTERAND wabanjirije ba Prezida bagenzi be, niwe ufatwa nk’uwatangije politiki ruvumwa itagendanye n’igihe ku Rwanda hagati y’1990 na 1994 : « Ubwibone bwa gahunda y’ubukoloni bushya bwa Prezida MITTERRAND ku Rwanda, bwigaragarije mu gukurikirana inyungu zo kwiganza mu Karere kwa Leta y’u Bufransa, batitaye ku ngaruka izo nyungu zagombaga gutera ku batutsi bo mu Rwanda. »

« Kuri politiki y’u Bufransa mu Rwanda, ipfundo ry’ikibazo ntiryari Jenoside yarimo itoha, ahubwo ryari uguhagarika FPR (Front Patriotique Rwandais) gushinga icyo Prezida MITTERRAND yise, muri Kamena 1994, ‘ Tutsiland’ » (icyanya cy’abatutsi) » nk’uko Abanyamategeko b’Ababanyamerika babivuze.

Gusubiza ibintu mu buryo

Ku italiki ya 18 na 19 Gicurasi, Paul KAGAME ategerejwe i Paris, aho agomba kwitabira mu buryo bukurikirana, Inama ku nkunga igenerwa ubukungu bw’ibihugu by’Afrika yo hepfo ya Sahara, akanitabira kandi Umuhuro uzaba uganira ku gihugu cya Sudani. Ku ruhande rwa Emmanuel MACRON yakagiriye urugendo mu Rwanda, muri uku kwezi kwa Gicurasi, ku matariki ataramezwa.

Ubwo ntibwaba ari uburyo bwo kurushaho kuzahura umubano watangiye kwitabwaho mu w’2017. Ubu noneho twakwizera ko Prezida w’u Bufransa azaboneraho, gusohoka mu rungabangabo rumaze imyaka 27, akavugira i Kigali ijambo iryo ari ryo ryose ryerekeza ku kwicuza, mu mwanya w’Abahagarariye u Bufransa. « Ntidutegetse gusaba imbabazi », uko niko umuyobozi umwe i Kigali yabyivugiye. Kugeza ubu, u Bubiligi, Leta Zunze Ubumwe, Vatican n’Umuryango w’Abibumbye, nibo bonyine basabye imbabazi.

Uwo muyobozi kandi ni nawe wavuze ko « Emmanuel MACRON nawe ashaka kuboneraho urwaho rwo gukora ikintu cy’ingenzi kitazibagirana. »

Mwasoma raporo yose hano hasi mu rurimi rw’igifaransa:

Icyo Ministre w’ubutabera Johnston Busingye yavuze kuri iriya raporo

Inama y’abaministre yo kuri uyu wa mbere tariki ya 19 Mata 2021 yagize icyo ivuga kuri iyi raporo

Raporo y’itiriwe MUSE, uko yakozwe n’abayikoze || Icyo ivuze ku mubano w’u Rwanda n’Ubufaransa

Ntituzayiheraho tugira abo dukurikirana – Dr BIRUTA avuga kuri raporo ishinja u Bufaransa

Ijwi ry’Amerika rirashyirwaho igitutu ngo risibe inkuru y’imibiri y’abishwe n’Inkotanyi i Rulindo!

$
0
0

Yanditswe na Albert Mushabizi

Inyandiko The Rwandan ifitiye kopi dukesha, bamwe mu bashinzwe umutekano mu gihugu cy’u Rwanda, tutifuje gutangaza amazina ku bw’impamvu z’umutekano igaragaza ko, RMC (Inama  Nkuru y’Itangazamakuru mu Rwanda) irimo irashyira igitutu ku Ijwi ry’Amerika; ngo rivaneho inkuru yavugaga ku mibiri y’abishwe n’Abasirikari b’Inkotanyi, yavumbuwe muri Rulindo. Iyi nkuru ikaba yarakozwe n’umunyamakuru Eric BAGIRUWUBUSA ukorera Radio Ijwi ry’Amerika mu Rwanda.

Muri iyi nyandiko musanga hasi y’iyi nkuru RMC yigize umushinjacyaha, umunyamakuru, umucamanza n’umunyapolitiki aho isa nk’iyibasira umunyamakuru wataye iyi nkuru ku buryo humvikanamo n’iterabwoba ndetse hanitabajwe ibitekerezo byibasira umunyamakuru bigaragara ko hahisweho ibyatanzwe n’abantu umuntu atatinya kwita abahezanguni.

The Rwandan ikaba yakomeje kugerageza telefoni igendanwa ya Eric BAGIRUWUBUSA, ngo agire icyo avuze kuri iyi nyandiko; ariko kugeza dutangaza iyi nkuru, iyo nimero ntiyacagamo, kandi n’aho yacagamo ntiyatwakiriye.

Abadushyikirije iyi nkuru kandi, batubwiye ko inzego zibishinzwe zikoresheje umunyamabanga mukuru wa RMC (Inama  Nkuru y’Itangazamakuru mu Rwanda) Emmanuel Mugisha bagerageje kuganiriza Umunyamakuru Eric BAGIRUWUBUSA ngo agirwe inama kudatangaza amakuru atagaragaza neza isura y’igihugu, ariko akanga akavunira ibiti mu matwi.

Bakomeza baduhamiriza ko iby’imibiri yatahuwe i Rulindo, ari ikibazo kibangamiye inzego z’umutekano; ndetse cyakomeje kuvugutirwa umuti, ariko kikaba kigeze aho kimaze kuba ingorabahizi. Ngo hari imibiri yagombaga kujya ishyirwa mu nzibutso z’abazize Jenoside y’Abatutsi, noneho ngo ba nyirayo bagasakuza ko iyo mibiri ari iy’ababo, kandi ko batarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ngo ibyo byatumaga n’Abacitse ku icumu rya Jenoside, nabo bahaguruka bakamagana ko iyo mibiri, ishyirwa mu nzibutso z’ababo bazize Jenoside.

Kuba rero hari hasanzwe n’ubundi icyuka kibi cy’uko hari imibiri yagiye itabururwa, bizwi neza n’abaturage b’abahutu ko ari iy’ababo, ndetse ngo n’Abatutsi batabishidikanyaho, ariko igashyirwa mu nzibutso z’abazize Jenoside, ku gitugu kivanze n’iterabwoba bw’uwahirahira kugira icyo avuze; ngo abaturage bamaze gusa n’abarambiwe gufatira ku munwa nk’ubwangati. Abacitse ku icumu rya Jenoside nabo, ngo binubira impamvu batwererwa imirambo; kandi bene yo bifuza ko bayishyingurira ubwabo, cyangwa se ngo igashyingurwa na Leta, ahandi hatari mu nzibutso z’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri iki kibazo cy’imibiri yataburuwe i Rulindo, bene yo barayimenye, banibuka igihe ababo biciwe n’Abasirikari b’Inkotanyi, bahita bitanguranwa kubisakuza. Abacitse ku icumu nabo, ngo bakimara kubyumva no kubikenguzaho neza,  nabo bahise bihutira kubisakuza, ngo batongera gutwererwa iyo mirambo. Aho inzego z’umutekano zimenyeye iki kibazo, zasanze cyabayemo ikimeze nk’akagambane k’Abatutsi bacitse ku icumu rya Jenoside n’Abahutu. Gusa, ngo ibiri amahire, ako kagambane ntikumvikanweho, ahubwo kabyawe n’icyuka kibi gisanzweho, ku bibazo by’imirambo itabururwa igatwererwa inzibutso z’abacitse ku icumu rya Jenoside, mu buryo butishimirwa n’impande zombi.

Gufata iyi mibiri yatuburuwe i Rulindo, nk’iy’Abazize Jenoside y’abatutsi, byatekerejweho n’inzego z’umutekano, ariko ngo inzego z’ibanze zibahakanira ko byateza induru, kubera ko ngo ari abacikacumu b’Abatutsi, ari n’abahutu bose bari bameze nk’abarekereje, kureba ikiribukurikireho. Inzego z’umutekano ngo zategetse inzego z’ibanze, gutegeka nazo nyir’ugutaburura iyo mirambo, kuba ari we wayishyingura; mu rwego rwo kwamagana imihango yo gushyingura, ishobora gukurikirwa n’amagambo asebya ingabo z’igihugu, mu gihe iyo mibiri yari guhabwa bene yo kuyishyingura.

Abaduhaye aya makuru bo rero babona, Eric BAGIRUWUBUSA nk’umunyamakuru w’inkubaganyi; ngo kubera ko batiyumvisha, ukuntu nk’umunyarwanda, uzi uko itangazamakuru rikora mu Rwanda, yatinyutse gutara inkuru kuri kiriya kibazo cy’i Rulindo. Kubera ko ikibazo nka kiriya cya Rulindo, kiri henshi cyane mu gihugu, ku buryo hari n’imibiri yaheze mu gihirahiro, ikaba ikibitse mu biro by’inzego za Leta, nyuma yo kwamaganwa n’Abacikacumu ko itazashyingurwa mu nzibutso z’abazize Jenoside, maze n’inzego z’umutekano ntizishime kuyiha beneyo, baba bavuze ko ari iy’ababo. 

Viewing all 10370 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>