Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10370 articles
Browse latest View live

CNLG yongeye kwikoma raporo ya Bruguière

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Mu gusogongeza Abanyarwanda kuri raporo nshya y’u Rwanda ku ruhare rwa Leta y’u Bufaransa muri Jenoside yabaye mu Rwanda, ubwo yafataga ijambo, Dr Bizimana Jean Damascène uyobora CNLG yongeye kwikoma raporo Bruguière avuga ko yakozwe mu nyungu za politiki mu gihe cy’ubuyobozi bwari buhari ikorwa.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta ari nawe Muvugizi wa Leta y’u Rwanda, yagaragaje ko yishimiye cyane irangia ry’iyi raporo, yari yanabanje kumurikirwa inama y’Abaminsitiri mbere y’ikiganiro cyatanzwe na Ministre Vincent Biruta, kigahabwa abanyamakuru bake baba barobanuwe n’Urwego rw’ubuvugizi bwa Leta ya Kigali OGS (Office of The Government Spokersperson).

Minisitiri Biruta yavuze ko iyi raporo yatangye gukorwa mu mwaka wa 2017, ikaba itavuguruza iheruse gutangarizwa mu Bufaransa yiswe Raporo Duclert, ko ahubwo byuzuzanya, ariko iyi y’u Rwanda ngo ikaba ifite akarusho  ko gutanga umucyo ku ngingo zimwe na zimwe zitasobanutse neza mu ma raporo yabanje.

Umuyobozi wa CNLG yavuze ko iyi raporo icyo itandukaniyeho na raporo Mucyo ari uko raporo Mucyo yakorewe imbere mu gihugu, ikibanda ku byabereye imbere mu gihugu, mu gihe iyi nshya yo ngo ari mpuzamahanga ku kuba hari n’amakuru menshi yakuye mu banyamahanga, aba diplomates, n’abandi.

Dr Bizimana Jean Damascène yavuze ko ubucamanza bw’u Bufaransa  bwatesheje agaciro raporo ya Bruguière yise iy’ibinyoma, yongeraho ko yari igamije guhanagura ibimenyetso ku ruhare rw’u Bufaransa muri jenoside, kandi ngo ikaba raporo ishingiye ku bidafite ishingiro n’ireme.

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yasabye ko raporo irambuye yashyirwa ahabona mu gihe cya vuba kandi inyandiko zayifashishijwemo zigashyirwa ho zibasha kugera kuri benshi (archivages) imbere mu gihugu. 

Iyi raporo ije ikurikira iya Duclert ikomeje kudashirwa amakenga n’abanyarwanda b’ingeri zinyuranye, u Rwanda ruvuga ko zitezweho kuzahura umubano rufitanye n’u Bufaransa umaze igihe urimo agatotsi.


INGABIRE YEMEJE KO IGITSURE CYA KAGAME CYARI GIKENEWE NYUMA YA GENOCIDE, ARIKO UBU KIDAKENEWE RWOSE

Perezida Kagame yitabiriye inama muri Angola.

$
0
0

Yanditswe na RUGEMINTWAZA Erasme

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 20/04/2021, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola, aho yakiriwe kandi akagirana ibiganiro na mugenzi we wa Angola Joâo Lourenço. Paul Kagame akaba yitabiriye inama y‘Umuryango w’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), izaganira kuri politiki n’umutekano byo muri Repubulika ya Santarafurika.

Ni inama iri bwitabirwe n’Abakuru b’ibihugu bitanu kuri cumi na kimwe bigize uyu muryango ushinzwe kwiga ku mutekano, politiki n’iterambere ry’aka karere.

Ibyo bihugu bitanu ni Santarafurika, u Rwanda, Kongo, Sudani na Angola. Urugendo nk’uru rukaba ruje Perezida Paul Kagame amaze igihe kinini adasohoka mu gihugu 

Rwanda: Propande iciriritse ikorerwa abatavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.

$
0
0

Yanditswe na Mahoro Scorpion

Inkuru dukesha  ikinyamakuru  cyegamiye kuri  Leta yo mu Rwanda igihe.com  ifite umutwe ugira uti:” Kayumba Christopher yasohowe mu nzu yakoreragamo” yemeza  ko  gutangaza inkuru zivuga  buzima bwe bwite  ari ibisanzwe kuko atari uwa mbere ubikorewe  ushyizwe ku ka rubanda nyuma yo gushaka kwinjira mu nzira ya politique aho bamugereranyije n’abanyapolitike batandukanye  bo ku mugabane w’uburayi ndetse n’amerika bagiye bandikwa mu binyamakuru bitandukanye nyuma yo gushaka kwiyamamaza nka Donald Trump wabaye president wa Leta zunze ubumwe z’amerika , François Hollande wayoboye ubufaransa ndetse n’abandi . Iri gereranya ryakozwe muri iyi nkuru rihabanye cyane  n’ibibera  mu Rwanda kuko mu banyapolitique bose bavuzwe muri iyi nkuru nta n’umwe wafunzwe azira gushaka  kwiyamamaza, ahubwo bose byarangiye bayoboye ibihugu byabo .

 Mu gihe mu  Rwanda ho bimaze kuba umuco, gufunga, gushimuta, kwica  ndetse no guhimbira ibyaha uw’ariwe wese ugerageje gushinga umutwe wa politike utavuga rumwe na leta cyangwa se ugerageje kuvuga ibitagenda neza. Abakorewe ihohoterwa bazira ibitekerezo byabo ni benshi ariko ibiri gukorerwa Kayumba bigarura mu mitwe ya benshi bakurikiranira  hafi politique y’ U Rwanda ibyakorewe umuryango wa Rwigara Assinapol ubwo umukobwa we Diane Rwigara yatangaga Candidature yo kuba Presidente wa Republika y’u Rwanda mu mwaka 2017 aho yari kuba ahanganye na Paul Kagame. Yarajujubijwe acibwa bufuni na buhoro, ahimbirwa ibyaha kugeza ubwo afunganywe na nyina umubyara  Adeline Rwigara bashinjwa guteza imvururu muri rubanda ndetse no gukoresha impapuro mpimbano  ariko nyuma baza gufungurwa bagizwe abere n’ubutabera nyuma y’imyaka bafungiwe ubusa. Ibi byakozwe mu rwego rwo kubacecekesha  kugirango n’ibitekerezo byose  bijyanye na politique bibashire mu mutwe  kugeza n’ubu kandi baracyakomeje guca mu nzira y’umusaraba kuko inzego za RIB ziherutse gutumizaho umubyeyi wabo.

Iyi tekenikike rero ikoreshwa mu Rwanda Kayumba yita propaganda iciriritse ntaho ihuriye n’ibikorwa ahandi, birasanzwe gushaka kumenya ubuzima bw’uwiyamamariza kuyobora igihugu ariko muri gahunda Kayumba yatangaje ntayo kuyobora u Rwanda yatanze dore ko nta n’amatora ateganywa muri uyu mwaka. Ikindi kumenya ubuzima bw’ushinze umutwe wa politike si ukumusebya , kumuhimbira ibyaha , gusaka aho atuye , ndetse no guhora ahamagazwa kuri RIB, icyigamijwe ntabwo ari ukumenyesha abaturarwanda ubuzima bwe ahubwo ni ugushaka kumwangisha abaturage kugirango atazabona abayoboke kuko n’umwe mu bari bashinzwe gushaka abayoboke b’ishyaka rye RPD aherutse gutabwa muri yombi ashinjwa ubujura .

Mu gihe nta gihindutse ngo urubuga rwa politiki rufungurwe tuzahora muri demokarasi imeze nk’ikinamico kuko n’andi mashyaka yose bivugwa ko yemewe akorera mu kwaha kwa FPR.

Akanyarirajisho Ep08 Se01

Umunyamakuru Cyuma Hassan ararusimbutse, akijijwe n’abaturage bigaragambije kubwe

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Umunyamakuru Cyuma Hassan Dieudonné umaze igihe gito afunguwe, kitanagera ku mezi abiri, yongeye gutabwa muri yombi afatiwe i Rwamagana aho bita ku Muyumbu, aho amaze iminsi akurikirana inkuru ya Twiringiyimana Jean de Dieu wishwe arashwe n’abasirikare b’u Rwanda RDF, bagatwara n’umurambo ngo barigise ibimenyetso. Umwe mu baturage yatangaje ko iyo Cyuma abasirikare bamugeraho ari wenyine, nta kabuza baba bamuhotoye.

Cyuma Hassan DIEUDONNE yatawe muri yombi ubwo yasubiraga I Rwamagana, amaze iminsi ahakora inkuru y’uyu mugabo ukiri muto, abaturage baturanye nawe ndetse n’abavandimwe n’inshuti z’umuryango bakaba baragaragaje akababaro gakomeye n’urujijo batewe n’icyo bise guhemukirwa bakicirwa umuntu, byarengaho bakamushinyagurira bamuhimbira (bamushinja ibyaha), bakanabima umurambo.

Ifatwa rya Cyuma Dieudonne ryamenyekanye ubwo yavuganaga n’abanyamakuru atakamba atabaza avuga ko atawe muri yombi, babiri mu bakorera i Kigali mu Rwanda bakaba bahise babyandika kuri Twitter, batangariza abanyarwanda n’abandi basanzwe bakurikira ibikorwa bya Cyuma Hassan Dieudonne Niyoinsenga, ko atawe muri yombi bundi bushya, hari mu masaha y’umugoroba hafi saa moya kuri uyu wa kabiri tariki ya 20 Mata 2021.

Uretse iyi nkuru kandi yahagurukije inzego z’umutekano zose zo mu Ntara y’Iburasirazuba, hari n’izindi nkuru nazo zitagwa neza ubutegetsi bw’i Kigali, Cyuma amaze minsi ashyira hanze, ziganjemo iz’akarengane no guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu nzira zinyuranye.

Ubwo umuryango wa Twiringiyimana Jean de Dieu wajyaga gufata umurambo we, byabanje kugorana, bari bawutegereje kuva mu gitondo nk’uko bari babisezeranyijwe, ariko bawuhawe ku mugoroba. Cyuma Dieudonne na Cameraman we bari babucyereye nk’abakurikiranye iyi nkuru kuva rugikubita, ariko bagenzweho n’inzego z’umutekano baragotwa, ubwo imodoka ya gisirikari yazaga kumutwara ngo imujyane ahatazwi, abaturage barasakuza bamurwanaho, banga ko bamubakura mu nzara, kuko bari babanje no kumuhishahisha mu mirima yegereye agashyamba uwo bari baje gushyingura yarasiwemo.

Abanyamakuru b’i Kigali bahurujwe na Cyuma Hassan akibona ko bamusatiriye, bahise bandika ubutumwa-mpuruza bugufi kuri twitter:

Nyuma yo kuva mu nzira kw’abamuhigaga barakaye cyane, Cyuma Hassan na cameraman we babashije gutaha, bagerayo amahoro.

Reba Video isobanura uko byose byagenze

Victoire Ingabire aremeza ko imibare ya komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge idashingiye ku ukuri.

Impunzi zo muri Malawi ziratabaza Twaganiriye n’umwe mu bazivuganira


Ministre Vincent Biruta akubitanye n’imyigaragambyo y’abanyarwanda mu Bubiligi

Ese koko Cyuma Hassan bari bamutsinze ku Muyumbu? Iyicwa ry’umuturage waho ryo rihatse iki?

$
0
0

se koko Cyuma Hassan bari bamutsinze ku Muyumbu? Iyicwa ry’umuturage waho ryo rihatse iki? Kuki nta bategetsi bamaganye ubwo bugizi bwa nabi? Abatumirwa baradusubiza. Hari Sixbert Musangamfura na Didas Gasana.

Mu gucuruza COVID-19, U Rwanda rugeze ku nkingo

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Leta y’u Rwanda ntacyo itakoze ngo ikomeze gukurura inkunga hirya no hino ku Isi muri gahunda yita izo kurwanya no gukumira Coronavirus, ariko byose bikarangira amafaranga ihawe aburiwe irengero cyangwa akajyanwa mu bindi bikorwa bidafite na hamwe bihuriye na Covid19.

Mu ikubitiro u Rwanda rwabaye igihugu cya mbere cya Afurika kigiye muri Guma mu Rugo, cyabaye igihugu cya mbere cya Afurika gishyizeho Guma mu rugo ya Kabiri nyuma y’aho i Burayi nabo bari batangiye kuyisubiramo, rwabaye igihugu cya mbere cya Afurika y’I Burasirazuba n’iyo hagati cyatangiye gukingira abantu, bibanza gukorwa mu ibanga nyuma bishyirwa ku mugaragaro, rwabaye kandi igihugu cya mbere cya Afurika  cyatangajwe nk’igifite ingamba nziza zo gukumira Coronavirus, kikaba cyarasohotse mu bihugu byari byemerewe ko ababikomokamo bafata indege bakajya ku mugabane w’u Burayi nta nkomyi, u Rwanda kandi rwanagaragaye muri raporo zinyuranye ziruha amanota meza mu kurwanya no gukumira Covid19.

U Rwanda kandi rwabaye mu bihugu bya mbere bya Afurika byahawe inkunga y’imashini zifashishwa n’abarembye, rwabaye urwa mbere muri Afurika rwatangiye gukoresha Robots mu gukurikirana abarwayi ba Coronavirus, n’ibindi n’ibindi.

Ibi byose u Rwanda ntirwabikoze ku busa ahubwo rwahawe amafaranga menshi, kuva mu kwezi kwa Werurwe 2020 . Twibukiranye bimwe na bimwe n’ubwo atari byose:

Miliyari hafi 110 muri Mata 2020: 

Tariki ya 03/04/2020, Inama Nyobozi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF/FMI) yemeje miliyoni 109.4 z’amadolari  (akabakaba miliyari 109  z’Amanyarwanda) agamije gufasha u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus cyugarije Isi muri rusange. Aya ntawamenye aho yarigitiye, kuko atashyizwe mu bikorwa bizwi byo kurwanya Coronavirus.

Miliyari hafi eshanu muri Mata 2020: 

Ku itariki ya 04 Mata 2020, Ambasaderi wa Leta Zunze ubumwe mu Rwanda yatangaje ko igihugu cye gihaye u Rwanda Miliyoni y’amadolari muri gahunda yo kurwanya Covid 19. Mu mpera z’uko kwezi kandi (kuwa 26/04/2020), Amerika yatanze andi Miliyoni enye z’amadolari anyujijwe mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC, hashimwa ko ingamba zo kwirinda coronavirus zari zikomeje kubahirizwa cyane mu Rwanda, dore ko iki gihe igihugu cyose cyari kikiri muri Guma mu Tugo ya mbere. Yose hamwe ni miliyoni eshanu z’amadolari yatanzwe mu kwezi kumwe, akaba akabakaba hafi miliyari eshanu z’amanyarwanda.

Toni 15 z’ibikoresho binyuranye by’ubuvuzi bwa Coronavirus:

Ni inkunga yatanzwe n’Umwami wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani ayiha u Rwand akuwa 30 Mata 2020, inkunga  y’ibikoresho bya Toni 15 byo guhangana n’icyorezo cya COVID-19. Ibi bikoresho birimo imyenda y’ubwirinzi bw’abaganga, imyambaro yambarwa n’abaganga bari kuvura iki cyorezo, ibibakingira mu maso, udupfukamunwa n’uturindantoki, amakanzu  n’inkweto byambarwa n’abaganga  ndetse n’ibindi bikingira amaso.

Nyuma y’iminsi mike iyi nkunga ije, utu dupfukamunwa twatangiye gukwirakwizwa mu mafarumasi ducuruzwa, ibikoresho nabyo bimwe muri byo bitangira kuburirwa irengero ku buryo hari n’amakuru yavugaga ko ahari ibyagurishijwe ku bihugu biri muri Afurika ishyira amajyepfo

Miliyari 114 muri Kamena  2020

Muri uku kwezi u Rwanda rwari rumaze kwakira miliyoni 114.2 z’amadolari ruhawe na Banki y’Isi muri gahunda y’inkunga yahabwaga ibihugu mu kurwanya covid19, ariko iyo nkunga ikaba yarabaga nyinshi cyangwa nkeya bitewe n’uko igihugu gishyiraho ingamba zikaze mu kwirinda coronavirus kandi zikubahirizwa, hakanarebwa no ku bunini bwacyo cyangwa ubwinshi bw’abagituye.

Imashini ijana zihenze cyane zo gufasha abarembejwe na Coronavirus: 

Muri Nyakanga 2020 U Rwanda rwakiriye inkunga y’imashini 100 zigezweho kandi zihenze zifasha abantu guhumeka,  rwahawe na Leta Zunze ubumwe za Amerika. Ni imashini zizwi ku izina Zoll Portable Critical Care zakorewe muri Leta zunze ubumwe z’Amerika zifasha abarwayi ba Covid-19 barembye guhumeka.

Uyu wari umusogongero ku nkunga zinyuranye kandi zihambaye u Rwand arwagiye rubona mu kurwanya Coronvirus, ariko izo tutavuze nizo nyinshi. Ubu ikigezweho ni inkingo.

Inkunga y’inkingo zikabakaba ibihumbi 400 muri Werurwe 2021

Mu nkingo zisaga ibihumbi 430 zimaze gutangwa u Rwanda, izikabakaba ibihubi 400 zose zatanzwe nk’inkunga. Hari 340.000 by’inkingo byatanzwe muri gahunda yiswe COVAX, hari izatanzwe n’u Buhinde, n’izagiye zitangwa n’ibindi bihugu.

U Rwanda rwatangazaga ubutitsa ukuntu inkingo ziri kwitabirwa, rushyiraho amabwiriza yo gukingira abakora muri serivisi zihura n’abantu benshi, ari nako rwasabaga inkunga y’izindi nkingo.

Miliyari hafi 30 yo kugura inkingo

Kuri uyu wa kane tarii ya 22 Mata 2021, Banki y’isi yongeye guha u Rwanda inkunga mu bikorwa byo gukumira Covid19, itanga miliyoni 30 z’amadolari, hafi miliyari 30 z’Amanyarwanda, azifashishwa mu bikorwa byo kurwanya icyorezo cya COVID-19 by’umwihariko mu bijyanye no kugura inkingo.

Minisitiri w’imari w’u Rwanda, Ndagijimana Uzziel yavuze ko aya mafaranga azakoreshwa mu kugura inkingo, kuzigeza ku bantu ndetse no kwishyura ikindi kiguzi kijyana na serivisi zo gutanga inkingo.

Ese izi nkingo zizagurwa cyangwa nayo zazimira nk’ayandi yose yagiye atangwa mbere?

Nta butabera Col Tom Byabagamba ateze kubonera mu Rwanda

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Imyaka isaga itandatu irihiritse Col Tom Byabagamba akomje kuburanishwa imanza zo kumuburabuza mu Rwanda, aho ageze hose yiregura cyangwa atanga inzitizi bigateshwa agairo mu buryo busa n’ububa bwarateguwe kera.

Iburabubasha ry’urukiko 

Kuri uyu wa Kane tariki ya 22/04/2021 nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro inzitizi Tom Byabagamba yatanze avuga ko Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwamuburanishije rutabifitiye uburenganzira. Ibirabubasha ry’Urukiko  Col Byabagamba arishingira ku kuba yaraburanishijwe n’Urukiko rwa Gisivili kandi we ari umusirikare akaba anafunzwe gisirikare. 

Gusoma umwanzuro w’urukiko mu buryo bucagase

Umucamanza yirinze gusoma urubanza mu buryo busanzwe, iki nacyo kikagaragara nk’ikimenyetso cyo gushisha amanyanga n’amacabiranya aba yarabaye mu iburanisha, kuko aho gusoma umwanzuro w’Urukiko nk’uko bisanzwe bigenda, hagaragazwa uko iburanisha ryagenze, imirongo migari y’ikirego, imirongo migari y’ibyavuzwe n’ubushinjacyaha, imirongo migari y’ubwiregure bw’ukekwaho ibyaha, ibimenyetso n’ibihamya ku mpande zombi n’ibyavuzwe n’abatangabuhamya, impamvu nkomezacyaha n’impamvu nyoroshyacyaha, hakanagarukwa ku byasabwe na buri ruhande mbere y’uko urukiko rupfundikira iburanisha hagafatwa umwanzuro, ibi byose umucamanaza ntiyiriwe abisoma. Ahubwo yahereye ku nteruro zisoza imyanzuro, aho agira ati Urukiko rutegetse.

Impamvu yo kwanga gusoma ibimaze kurondorwa ntiyavuzwe, kandi nta na kimwe kigaragaza ko byaba byatewe n’ubunini bwa dosiye, kuko hari imanza zizwi mu Rwanda zisomwa amasaha arenga atanu, ariko buri jambo rigasomwa mu mwanzuro wazo. Impamvu urubanza rwa Colonel Byabagamba rutasomewe umwanzuro urambuye irimo ubwiru buhatse byinshi byapfukiranywe, ngo abarwitabiriye batabimenya.

Umushinjacyaha utabifitiye ububasha

Umushinjacyaha Nshimiyimana Michel yagaragaye mu rubanza rwa Col Byabagamba amushinja ibyo kwiba telefoni, ibi kandi akaba yarabikoze atabarizwa mu ifasi uregwa atuyemo cyangwa aburanishiriwamo. Uruhande rw’uregwa rukavuga ko kuba yarashinjaga aturuka mu ifasi ya Muhanga yari yarimuriwemo, bitesha agaciro ububasha bwe bwo kumushinja, nk’uko imbibi z’ubushinjacyaha ziteganywa n’itegeko zibigena. 

Ingingo ya 69 y’itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha igira iti : Ingingo ya 69: Amazu afungirwamo Umuntu ufunzwe n’Ubugenzacyaha cyangwa n’Ubushinjacyaha ntashobora na rimwe gufungirwa muri gereza cyangwa se ahandi hantu hatari mu nzu yabigenewe iri mu ifasi y’aho Umugenzacyaha cyangwa Umushinjacyaha akorera cyangwa aho Umugenzacyaha cyangwa Umushinjacyaha wa gisirikare akorera iyo ukekwaho icyaha ari umusirikare, uwo bafatanyije n’icyitso cye.

Inzitizi y’iburabubasha bw’umushinjacyaha, Urukiko rwavuzeko uyu mushinjacyaha yahawe uburenganzira n’umushinjacyaha mukuru, iyi ngingo ikaba itishimiwe n’uregwa wazunguje umutwe aho yakurikiranaga isomwa ry’umwanzuro w’urubanza, hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iyakure.

 Kwemeza ko Byabagamba ari umusivili

Umucamanza yavuze ko nyuma yo gusuzuma imiburanire ya buri ruhande, akanasuzuma iby’urubanza rwa mbere rwambuye impeta za gisirikare Tom Byabagamba kuko ngo yakatiwe igifungo kirenze imyaka ibiri ku byaha by’ubugome, ko bityo ari umusivile, ko kuburanishwa n’inkiko za gisivile inzitizi y’iburabubasha nta shingiro ifite.

Ku ruhande rwe Col Tom Byabagamba yaburanye agaragaza ko iyo agirwa umusivili yagombaga no gufungirwa i Mageragere cyangwa se ahandi mu basivil, kandi akambara imyenda y’iroza iranga imfungwa za gisivili, aho kuba mu mwambaro w’icyatsi w’imfungwa za gisirikare.

Kuwa 28/04/2021 nibwo Col. Tom Byabagamba azaburanishwa mu bujurire ku cyaha cyo kwiba telefoni na chargeur yayo, icyaha yakatiweho imyaka itatu, n’ubwo we yagihakanaga. Iyi myaka itatu y’igifungo yaje yiyongera ku yindi myaka 15 yakatiwe n’urukiko rw’Ubujurire mu Ukuboza  2019.

PADIRI MARCEL HITAYEZU AKOMEJE KUBURABUZWA MU BUFRANSA KU BIREGO BIDASHINGA

$
0
0

Yanditswe na Albert MUSHABIZI

Jenoside yo muri 1994 nk’amahano akomeye u Rwanda rwagushije mu mateka yarwo, yakomeje kubera Abanyarwanda benshi umusaraba, mu nyungu z’abakiyifashisha nk’igikoresho cyo kugera ku migambi yihariye. Nk’uko tubisoma mu nkuru y’ikinyamakuru Le Point cyo kuwa 16 Mata 2021, Padiri Marcel HITAYEZU, yongeye gutabwa muri yombi mu Bufransa kuwa 14 Mata 2021. Ariko iyo usesenguye inkuru imusiragiza mu nzego z’ubutabera, itaretse no guhora igera amajanja impapuro zimutuza mu Bufransa nk’uwahahawe ubwenegihugu; uhita ubona ko inkuru ya Jenoside yakomeje guhabwa isi, itandukanye cyane n’inkuru ya Jenoside, abari mu gihugu igihe cyayo bahagazeho n’amaguru yombi.

Icyaha gifatika Padiri Marcel aregwa ni ukuba ngo yaba yarimye ibiryo n’amazi, Abatutsi bari bahungiye muri Paroisse ya Mubuga yabarizwagamo icyo gihe ; nyamara nyuma agahindukira akabiha abicanyi bari baje kwica Abatutsi bari bahungiye muri Paruwasi ye. Ku muntu wari mu Rwanda igihe cya Jenoside, akazirikana igitutu n’iterabwoba byashyirwaga ku muntu wabaga afite mu nshingano ze ahabaga hahungiye Abatutsi muri 1994; ahita yishushanyiriza ko iki kirego kiregwa Padiri, ari nka cya kindi Ikirura cyareze umwana w’intama, warimo kwinywera amazi ku mugezi, bikarangira kimuriye ku maherere.

 Padiri se yari nde mu gihe cya Jenoside wo kugenera abicanyi ibyo kurya, barimo gusenya Paruwasi bayiciramo inzirakarengane. Icyo gihe abicanyi bakoraga icyo bashaka, ntawabakomaga imbere, yaba inzego bwite za gisivili, habe yewe n’iz’umutekano. Abicanyi bashoboraga kumvira gusa, umuyobozi wemeye kwifatanya nabo, ndetse ingero zihari ni nyinshi, aho iyo uwabaga abayobora nawe atabitwararikaga, byarangiraga nawe bamuhitanye. Kirya cyari igihe cyari icy’ibisazi, nako wenda umuntu yavuga ko imyuka mibi yose yari yahanukiye u Rwanda.

Ku kibazo cyo kwima abamuhungiyeho ibyo kurya, nacyo umuntu ashobora kugira uko agishushanya, akurikije uko ibintu byari byifashe muri kirya gihe. Abicanyi batangiraga gusirisimba ahahungiye Abatutsi, bakitoratoza uko bazabica; ari nako bashyira ku nkeke abasanzwe babarizwa aho hahungiwe Abatutsi. Inkuru zo kujya kwica Abatutsi babeshya ko bivanzemo n’Inkotanyi zibihishemo zivuye muri Uganda, ni uburyo bw’ikinyoma bwakoreshejwe hafi ya hose mu Rwanda; mu rwego rwo gucecekesha uwashoboraga kwamagana ibyakorwaga, mu buryo ubwo ari bwo bwose. (Bitavuze ko hatari hamwe na hamwe habaga hari abacengezi ba FPR bihishe mu baturage b’inzirakarengane b’abatutsi)

Nta gitangaje ko Padiri yaba yari ku jisho, ndetse n’ububiko bw’ibyo kurya bushyizweho ijisho n’abicanyi. Kubera ko tuzi neza n’ahandi izi ngero zabaye, hakaba nko gufunga no kurinda imiyobora y’amazi igana ahabaga hahungiye Abatutsi, no gucunga uwahirahira agemurira Abatutsi babaga bahungiye mu kivunge ahantu hamwe. Harindwaga n’imirima cyangwa udusanteri tw’ubucuruzi Abatutsi babaga bashobora kujya gushakishamo ibyo kurya. 

Hagendeye ku ngero z’uko ubwicanyi bwabaga bugenda mu bice bitandukanye mu gihugu, Padiri Marcel HITAYEZU, yaba ashakirwaho ububasha butashobokaga muri birya bihe. Niba kwitambika abicanyi byaragiye bigwamo abayobozi bari ku rwego rwa Prefe –ibi byabaye muri Prefegitura ya Butare-, ba Burugumestiri bo ntiwabara; kandi aba barabaga bafite n’ababarinda bafite byose birimo n’imbunda, abihayimana nabo bazize kurwana ku Batutsi nabo ntiwababara.. Abicanyi bavogeraga n’abashinzwe umutekano, cyangwa imiryango y’ingabo z’igihugu zikabicamo abo bafitanye isano, kubera gusa kubakemanga ku masura… abo Padiri Marcel niwe wari kubagumburuza koko !

Niba Padiri Marcel yaba azira ko atahanganye n’abicanyi, ngo nawe bamwambure ubuzima, twakibutsa ko hari urwikekwe umuntu yabaga afitweho muri 94, rutashoboraga no kumuha ubushobozi bwo gutinyuka kwatura n’ijambo rimwe, imbere y’abicanyi. Ribara uwariraye!

24/04/2021: Anvers mu Bubiligi hafunguwe Consulat y’u Rwanda|Habaye Imyigaragambyo yo kubyamagana

LA HAYE: UBUTABERA BWISUBIYEHO KU NGINGO YO GUTUMIZA IMIPANGA»

$
0
0

Iyi ni inkuru dukesha ikinyamakuru oeil d’Afrique.com yanditswe na Maghene DEBA (Ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya Kongo), ishyirwa mu Kinyarwanda kubwa The Rwandan na Albert MUSHABIZI.

Ukwezi kwa Mata gukomatana n’isabukuru ibabaje ya Jenoside, igikorwa cyasigiye igihugu ibisare, kugeza uyu munsi bikiri ingaruka z’ukutavuga rumwe mu gikorwa cyo kwibuka. »

Mu ngingo zitavugwaho rumwe, iyo gutumiza imipanga hanze y’igihugu, iteza impagarara kandi ikaza mu zikunze kwibonekeza. Iyi ngingo kandi iracyari muzibandwaho cyane mu biganiro, kuva umunyemali w’umunyarwanda Felisiyani KABUGA yafatwa n’inzego z’ubutabera muri Gicurasi 2020. Uyu mugabo w’igihangange, wari inshuti ya hafi y’uwahoze ari Prezida Yuvenali HABYARIMANA, amenyereweho uruvugo rumwibasira ko ari « umuterankunga wa Jenoside » ; ngo kubera ko yaba yaratumije imipanga hanze y’igihugu, maze ubutabera mpuzamahanga na Guverinoma y’u Rwanda bikabihuza n’itegurwa rya Jenoside.

Uko biri kose, nyuma y’umugambi w’iharabika wanyujijwe cyane mu itangazamakuru kuri iyi ngingo, mu gihe gikabakaba imyaka makumyabiri ;ikirego nticyabashije kwerekana isano iri hagati yo gutumiza imipanga kw’Ikigo cy’ubucuruzi cya ETS KABUGA no gutegura Jenoside. Bityo rero, iki kirego cyararetswe mu buryo bwenda kuba ijijisha!

Ese gukurwamo kw’iki kirego bikwiye gufatwa nk’akantu gato, cyangwa se byakabirinduye uru rubanza rwose !?

Uko byagenda kose ababuranira Felisiyani KABUGA ntibazabura kwishingikiriza no kuri iri jijisha, mu gihe rubanda yo izakurikirana n’igishyika urubanza, rumaze kuboneka ko atari urusanzwe mu mateka.

Amakuru agenda akura kandi ariko ahindagurika

Iki gikorwa gishya cyo gukuraho ikirego kimwe muri byinshi byari byamaze kwemezwa ; kizatera amahinduka agaragara mu buryo inyandiko y’ibirego izigwaho muri rusange na cyane ko iyi nyandiko y’ibirego yari yubakiye kukuba yaremejwe inshuro zikurikirana n’abashinjaga Felisiyani KABUGA uruhare muri Jenoside muri TPIR (Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda).

Byose bitangira kuwa 22 Kanama 1998, ubwo Umunyakameruni Bernard MUNA, wahoze yungirije Umushinjacyaha w’urukiko yashyiraga umukono ku nyandiko y’ibirego byakorewe abantu umunani, bahoze bakomeye mu Ishyaka rya MRNDD. Yagaragaraga nk’uhagaze ku ibyo akora, atajijinganya kandi yerekana ko abifiteho amakuru ahagije. Yemeje atya : « kuva muw’1992, Felisiyani KABUGA, abicishije mu ikigo cye cy’ubucuruzi cya ETS KABUGA, yatangiye gutumiza mu buryo bwimbitse, imipanga, amasuka n’ibindi bikoresho byifashishwa mu buhinzi azi neza ko bizakoreshwa nk’intwaro mu gihe cy’ubwicanyi»

Kuva icyo gihe, iyo myumvire niyo yishingikirijweho gusa, mu gukekaho Felisiyani KABUGA ko yagize uruhare rw’ubuhuzabikorwa bw’Interahamwen;aho gushimangira cya kirego cyo gutumiza imihoro mu rwego rwo gutegura Jenoside.

Mu wa 2004, mu yindi nyandiko y’ibirego itandukanye, Umushinjacyaha w’Umunyagambiya wa TPIR, Hassan Bubacar JALLOW yashyizemo ko « Felisiyani KABUGA yahaye amategeko abakozi b’Ikigo cy’Ubucuruzi cye ETS KABUGA gutumiza mu ingano y’umurengera y’imipanga mu wa 1993. Muri Mata 1994, yahaye amategeko bamwe mu Interahamwe yari afiteho ububasha buhagije, gutwara ya mipanga n’izindi ntwaro ku Gisenyi no kuyikwiza mu nterahamwe. Hagati y’uwa 7 Mata n’uwa 17 Nyakanga 1994, Interahamwe zakoresheje imipanga i Gisenyi mu kwica abanyagihugu b’Abatutsi. Mu gutumiza no gukwirakwiza imipanga mu nterahamwe, yashishikarije ubwicanyi bwakozwe n’Interahamwe. » Ingingo yakomeje gushimangirwa, na nyuma y’imyaka 7 uhereye ubwo, nko mu wa 2011 urya JALLOW yarongeye ahamya kandi ko : « muri Mata 1994, Felisiyani KABUGA yategetse Interahamwe yari afiteho ububasha, kujyana imipanga n’izindi ntwaro ku Gisenyi, no kuyigabanya Interahamwe zo ku Gisenyi kuwa 3 n’uwa 7 Mata 1994 ;maze bizitera akanyabugabo ko gukora. Izo Nterahamwe zakoresheje izo ntwaro n’iyo mipanga ku Gisenyi hagati y’amataliki ya 7 Mata na 17 Nyakanga 1994 mu kurimbura no kwica abantu babaga babonywe nk’Abatutsi ahitwa kuri Commune Rouge’ , n’utundi duce twa Prefegitura ya Gisenyi ».

Ku wa 21 Nyakanga 2021 ubwo hazaba hatangijwe urubanza rwa Felisiyani KABUGA, imipanga izaba ari ipfundo ry’impaka zizagibwa. Ariko noneho si ku mpamvu z’itumizwa ryayo, ahubwo noneho ni ukuyikwirakwiza, ibirego bibiri byari mu nyandiko y’ibirego yatangiriweho, maze bihinduke ibibazo bito mu iburanisha mu ruhame.

None se ubwo imyanzuro iherutse gufatwa yaba ifite gaciro ki !? Uwahoze ari « umuterankunga wa Genoside » azahinduka « umukozi wari ushinzwe ibikoresho nkenerwa » ?

Ibura ry’ibihamya

Ku bwo kutabasha kubona ibihamya bigusha neza neza ko gutumiza ibikoresho byifashishwa mu buhinzi, byashyira mu idosiye ya KABUGA icyaha kiri ku rwego rwo gutegura Jenoside ;ibiro by’umushinjacyaha byitabaza ikindi gikorwa. Mu iby’ukuri, ishusho ya KABUGA wateguye Jenoside isakaye muri rubanda, ishingiye ku gikorwa cyo gutumiza imipanga, si ku gikorwa cyo kuyikwiza mu bicanyi – iki gikorwa cyo gutanga imipanga, naho nacyo cyamuhama, kikaba cyahabana n’icyaha cyo ku rwego rwo gutegura Jenoside.

Umugabo uvugwa muri make ni uwambitswe isura mbi, mu buryo bwo gusisibiranya, cyangwa se gukora amaperereza mu buryo bukocamye. Iyi ni ingingo ikomeye y’ubutabera ikwiye kujyanwa mu rukiko ;gusa hashobora kuzaboneka byinshi bitari byitezwe, kandi bikongera bikazamura impaka ku migenzereze y’uru rubanza. Mu gihe Umushinjacyaha BRAMMERTZ yagiraga icyo atangariza itangazamakuru kugufatwa kwa KABUGA ; yitwararitse gukomoza ku ivanwa mu birego itumiza ry’imipanga mu rwego rwo gutegura Jenoside. Kuki hatagenderwa ku nyandiko y’ibirego itunganyijwe mu buryo butabogamye kandi budasumbanya abantu imbere y’amategeko !?

Ingaruka zo zizaba nyinshi ! Urega aramutse yemeje ko KABUGA atigeze atera inkunga Jenoside, hazashakwa irindi sisibiranya ;bitabaye ibyo icyaha cyo gutegura jenoside kizaba imfabusa. Ibiri amambu, itegura niyo nkingi ya mwamba kugira ngo havugwe Jenoside, nk’uko byibukijwe n’umushakashatsi Patrick MBEKO, mu kiganiro yagiranye na ikinyamakuru Oeil d’Afrique dukesha iyi nkuru, yagize ati : « Ibi nibyo byashyitse mu rubanza rwa Theoneste BAGOSORA wagaragazwaga nk’umutekereza (ubwonko) wa Jenoside. Urukiko rwageze ku mwanzuro ko Jenoside itateguwe. Bikaba bivuze ko, hari ikidasanzwe kuri Jenoside nyarwanda ;nibwo bwa mbere mu mateka hemezwa Jenoside itarateguwe ». Ngicyo igihirahiro kimwe muri byinshi umushinjacyaha ashyira mu bantu, kubera inyungu runaka. Abacamanza noneho bazahangwa amaso cyane, mu kureba amaherezo y’iyi ngingo ihabanye.

Inkuru y’ikibi n’icyiza bikomatanye kandi bivurugana

Mu buryo buzira ubucabiranya, Abanyarwanda, abashakashatsi, indorerezi, ndetse n’impande zirebwa n’ikibazo bose bakwiye gushishikarira kwibaza : « ese ubu KABUGA tumufiteho iyihe shusho, mu gihe atakiregwa nk’uko byatangiye, gutumiza imipanga yo kuzifashisha muri Jenoside » ? Ikibabaje gusa ni uko bitazashoboka ko ashumbushwa igihe yatakaje mu kwihishahisha no guhindanyirizwa isura ; cyane ku mukambwe w’imyaka 86, yaba umwere cyangwa se agahamwa ku bindi byaha.

Bitewe n’aya makosa yakozwe, amateka y’uru rubanza niyo ashobora kuzafata umwanya munini mu iburanisha, nyamara bitari mu nyungu zo kwihutisha urubanza.

Uyu munsi, Abanyarwanda bakeneneye kwita ku ntambwe y’ukwiyubaka, nyamara kubakira ku binyoma ntibiramba. Niba inkuru ya Jenoside yarasisibiranyijwe,  uru rubanza rwagombye gufatwa nk’amahirwe yo kubaka ukuri.

Adashira amakenga imirimo y’ubutabera mpuzamahanga kuva kuri TPIR,  kugeza ku rwego rwashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye, gukurikirana imirimo yasizwe n’uru rukiko rurimo gukora ubu ;Patrick MBEKO yizera ko amaherezo ukuri kuzageraho kukaganza amasisibiranya, aragira ati : « igihe nicyo kizishungurira, igihe nicyo kizerekana ukuri. Simpamya ko n’ubwo ikinyoma gishyigikiwe, byazatuma kiramba. Ndagira ngo kandi nibutse ko hashize imyaka ibiri u Bwongeraza na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika basanzwe bashyigikira cyane FPR, bashoboye kugira  uruhande babarizwaho, mu gihe bavugaga ko hatabayeho gusa Jenoside y’Abatutsi, ko ahubwo habayeho n’irimbura ry’Abahutu naryo rigombwa kwitabwaho. Bivuze ko Kigali, itazakomeza kutava ku izima yemeza abantu ibyo ishaka ko bemera ».

Kugeza ubu, inkuru ya Jenoside yemewe yagizwe igishyitsi kidatsinsurwa. Paul KAGAME ayishimangira mu bubanyi n’amahanga bugwiriyemo igitugu kuri iyi ngingo, kugira ngo uko ifatwa bidahinyurwa cyangwa ngo bivuguruzwe.

Ihame ryo gutumiza imipanga mu buryo bufite intego runaka, bikozwe n’ “umunyacyubahiro w’umuhutu” ;bifite icyo bimariye Kigali mu kwamamaza inkuru ya Jenoside. Gusenya iryo hame bizagira ingaruka ku nyito ya « Jenoside yakorewe abatutsi », maze bihe amahirwe inyito ya Jenoside ikomoza ku abayiguyemo bose. Kandi rero, icyo ni igishyika kuri Kigali, igomba gutsimbarara ku nyito yayo ;n’ubwo bwose ibivuguruza iyo nyito bidasiba kubitura hejuru.

Mu rwego rwo kwiyunga n’umufatanyabikorwa ukomeye mu Akarere k’Ibiyaga Bigari, Prezida w’u Bufransa Emmanuel MACRON nawe yunga mu nyito ya « Jenoside yakorewe Abatutsi » ;nyamara ikora mu nkovu bamwe mubo hejuru bagize ubutegetsi bw’u Bufransa.

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye nawe ntashaka kugira aho abogamiye. Ku ngingo ya Jenoside, yagize ati : « Abazize Jenoside bari biganjemo Abatutsi, ariko na none harimo n’Abahutu ndetse n’abandi bantu barwanyaga Jenoside. Kuri uyu munsi turunamira abo bantu bose ».

Kuwa 07 Mata 2019, mu mbwirwaruhame yo gutangiza icyunamo ku nshuro ya 25, Prezida KAGAME yakoresheje bwa mbere « Abazize amahano », nk’uko bigaragazwa n’Umuhanga mu by’Imibanire y’abantu w’umufransa Andreya GUICHAOUA, umushakashatsi mu Ikigo Gishakashaka ku Amajyambere ya Sorbonne, akongera akaba n’impuguke y’Akarere k’Ibiyaga Bigari bya Afrika. Icyo nacyo kiramaze !

Mu nyandiko ye « Intego z’urubanza rwa Felisiyani KABUGA » (Les enjeux d’un procès de Félicien KABUGA), yasohoye kuwa 30 Kanama 2020, Profeseri GUICHAOUA, arongera akibutsa ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’u Bwongereza bahagaze ku ngingo yatunguranye yiswe : » ukwifata ku ivangura ry’abazize Jenoside n’intambara ndetse no gusubira kwandika amateka y’ahashize mu buryo bushya mu guhangana n’ingaruka z’iryo vangura ».

Ibivugwa bihabanye n’ukuri kw’ibyariho

Urubanza rwa KABUGA rushobora gusubiza ibintu ibubisi, hashyirwa hanze ibyasisibiranyijwe byose. Kwerekana uruhare rwa buri umwe ushinjwa gutegura Jenoside, ntibisigana no kugena abagombaga kwibasirwa n’abateguraga ubwicanyi. Iyo ngingo irakomeye cyane, kubera ko mbere ya Jenoside KABUGA siwe munyemali wenyine watumizaga imipanga. Sosiyete RWANDEX-SHILINGTON, yo ahubwo yari inafite uruganda runayikora.

Umunyemali w’umuhinde Kishor JOBANPUTRAS, wahoze ariwe nyir’ikigo cy’ubucuruzi cya LA TROUVAILLE muri icyo gihe, ntiyigeze akomozwaho mu maperereza ya TPIR ;mu gihe we ahubwo yatumije imipanga ku ngano iruta kure iyo KABUGA yatumije. Ubu rwose arakorera imirimo ye mu Rwanda no mu karere, ntawe umushyiraho intugunda.

Icyaha cya Felisiyani KABUGA, kwaba ari ukuba nawe yaba yaratumije icyo gicuruzwa, kandi ari umuntu wo hafi ya HABYARIMANA wahoze ayoboye igihugu, akaba anagereranywa n’uwashoboraga kuba yaba igikoresho cy’imyumvire ya « hutu power » ?

Kugira ngo hahagarikwe ingaruka z’ubutabera bushingiye ku marangamutima, uko gushora abantu mu manza bagendeye ku bintu bidashinga gukwiye kuranduranwa n’imizi ;aho gushyirwa ku karubanda gusa byonyine. Mu bucukumbuzi ku buterankunga bwa Jenoside nyarwanda bwashyizwe ahagaragara kuwa 12 Werurwe 2019, Ikinyamakuru « Le Monde » cyabishimangiye mu buryo bukurikira : « Nuko Bwana KABUGA yirundurira mu gutumiza imipanga mu ngano idashidikanywaho ko hari umugambi wo kuyikoresha ibindi byihariye wari uteganyijwe mu gihe kizaza. M’Ugushyingo 1993 Ikigo cy’ubucuruzi cya KABUGA gitumiza toni 25 z’imipanga yo mu Bushinwa, nyuma yaho umubare w’imipanga ushyika ku 50,000 muri Werurwe 1994. » Igitangazamakuru Jeune Afrique cyo cyagejeje n’aho gikabiririza KABUGA ko yatumije amatoni 581 y’imipanga, mu nkuru yabo yasohotse kuwa 16 Gicurasi 2020.

Gukabiriza ingano nyakuri y’ibyatumijwe bifite ingaruka zikomeye kandi ni ukwatsa umuriro, ku ngingo nk’iyo iteye amakenga, kandi Abanyamakuru ba biriya bitangazamakuru bya Le Monde na Jeune Afrique ntibakeneye kubyibutswa, muri icyo gihe, ibyo bitangazamakuru nta kindi byikorera uretse gufasha gukwirakwiza ibinyoma babizi neza. Iyo ngingo yateye umushakashatsi w’Umunyekongo Patrick MBEKO igishyika bituma ahanura mu buryo bukurikira : « ikidashidikanywaho cyo ni uko twibereye  mu bihuha no kurindagizwa, aho kuba twasobanura ibishinjwa uriya mugabo. »

N’ubusanzwe ibarurishamibare ry’igihugu cy’u Rwanda ry’icyo gihe ryerekana ko toni 581 z’imipanga zihwanishwa n’imipanga yatumijwe mu Bushinwa n’Abanyemali 10 batandukanye hagati y’imyaka y’1991 n’1994. Nk’uko byagaragajwe na raporo ya Galand-Chossudovsky wasesenguye ubushyinguranyandiko bwa Banki Nkuru y’u Rwanda, uruhare rwa KABUGA ni toni 96 z’imipanga zihwanishwa na 16% by’iyinjijwe yose. Nyamara LA TROUVAILLE, ikigo cy’ubucuruzi cya Kishore JOBANPUTRAS, cyinjije toni 288 z’imipanga, urebye akaba ari 50% z’iyinjiye yose, nyamara we ntiyigeze akekekerwa cyangwa ngo yerekezwe ku itegura rya Jenoside.

Ukuri n’ubwiyunge

Abanyarwanda baracyafite inzira ndende y’ubwiyunge hagati yabo nk’abanyagihugu, ndetse no hagati yabo n’Abanyekongo b’abaturanyi babo ;bikorejwe umusaraba w’ingaruka za Jenoside, nyuma yo gucumbikira impunzi zahunze izo ntugunda, nyuma zikaza kuvamo urwitwazo rw’ibitero by’u Rwanda ku butaka bw’gihugu gituranyi.

Haba imbere mu gihugu, haba no mu karere umwumvikano n’amahoro nyakuri, bigomba gushingira kukubaka ukuri : « icyo tugomba kwitega kuri ibyo byose, ni ubutabera, kubera ko hatabaho ubutabera nta kuvugisha ukuri ;kandi igihe cyose ukuri kuzakomeza gupfukiranwa, nta butabera buzabaho… Njye sintekereza ko bishoboka ko umugambi wa Felix (Aha yavugaga Felix KISEKEDI Prezida wa Congo) na KAGAME wo guharanira amahoro n’umutekano urambye waterana intambwe izinzika ry’ukuri kw’ibyabaye. Haracyariho ibikomere bijojoba kandi byatuye, inkovu ni nyinshi, mbese ntabwo abantu bakora nk’aho ntacyabaye », uwo ni Patrick MBEKO washimangiraga.

We ukunze kwiyerekana nk’utajya imbizi n’ »icyerekezo kidashinga cy’amakimbirane hagati y’Abanyafrika » agakangurira abasore n’inkumi ba Afrika guhagarara ku maguru yombi bakagarura icyubahiro cyabo cyononekariye mu mateka ya vuba y’amahano yabaye mu Rwanda : « ni ukuvuga ko haherwa ku byiyumviro by’ubwenge buke ko Abanyafrika n’Abanyarwanda by’umwihariko ari abanyamusozi bashihagurana mu mugi y’imipanga. Ishusho y’imipanga, akenshi yatangiye gukinishwa guhera muri Jenoside, Abanyafrika bagaragazwa muri rusange, naho Abanyarwanda bakagaragazwa by’umwihariko muri iyo migirire, muri iyo miterere nyamuco na nyamubano ; reka da ibyo ntibishobora kwemerwa uko ».

Kongera kubaka igihugu 

Ubu dufite amezi yimirije imbere yacu, aho twiteze ko impande runaka, ndetse n’abafata ibyemezo bigenga isi, bazaha ruriya rwego rwashyiriweho gukurikirana imanza z’i Arusha, rugari, ntirukorere mu nyungu n’intego za mpatsibihugu ; kugira ngo ukuri gutsinde nk’uko bikenewe cyane n’Abanyarwanda ngo bazahure igihugu cyabo. Birakwiriye ko uru rubanza rwa KABUGA rufasha umuryango w’abantu ku isi yose, gusohoka mu nzarwe y’amakosa yaranzwe mu manza za TPIR, bigafasha Kigali kwibasira ubwoko bw’abahutu mu mbwirwaruhame za dipolomasiya, ko ubwo bwoko buhwanishwa n’agatsiko k’abanyamahano. « Jenoside nyarwanda » yakagombye kuba yibuka ibyago byagizwe n’abaturage bose, kurura imijinya no kubaka umubano ntamakemwa, utari uwa nyirarureshwa. Ukongera kwiyunga k’Ubudage kwabaye isomo ryiza ry’imbabazi n’ubutabera butabogamye. Abafransa, Abanyamerika, Ababiligi, Abadage, bose babizi by’imvaho.

Mu Akarere k’Ibiyaga Bigari, ingendo nk’iyo iri mu cyizere, kugira ngo bifashe by’intangamuganzanyo, ugutaha kuri gakondo kw’Abahutu banyanyagiye hanze y’imipaka y’igihugu cyabo. Ku banyekongo icyababayeho ni uguhekurwa guhoraho, ndetse no kuba Abanyekongo barinubiye, bakanicuza impamvu bacumbikiye Abanyarwanda muw’1994.

Uwo ni umusanzu wacu w’ibitekerezo mu kunamira ibihumbi n’ibihumbi byahoneye muri Jenoside, harakabaho ubufatanye bw’Abanyafrika ngo buhumurize Abanyarwanda !


Perezida Kagame yazamuye mu ntera abayobozi bakuru muri Police no mu magereza

$
0
0

-DCG Dan Munyuza yahawe ipeti rya CG (Commissioner General) muri Polisi y’Igihugu

-DCG Juvenal Malizamunda yahawe ipeti rya Commissioner General (CG) mu Rwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa

-DCG Chantal Ujeneza (RCS) yahawe ipeti rya Deputy Commissioner General (DCG) muri Polisi y’igihugu

-CP Felix Namuhoranye yahawe ipeti rya Deputy Commissioner General (DCG) muri Polisi y’igihugu

AMAHANO I LAHAYE, MU RUKIKO MPUZAMAHANGA MPANABYAHA : KWICA URUBOZO UMUKAMBWE FELISIYANI KABUGA W’IMYAKA 88!

$
0
0

Yanditswe na Albert MUSHABIZI

Inkuru ibabaje dukesha urukuta rwa Facebook rw’umwe mu bana b’umukambwe Felisiyani KABUGA,  ufungiye i Lahaye mu Buholandi, ku cyicaro cy’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha; ni uko ubu yaba akomeje kwimwa uburenganzira bwemererwa imfungwa. Ku buryo bw’amahano atari amenyerewe muri ruriya rukiko, ariko ngo akaba yaba atangiye no gukorerwa n’iyicwarubozo aho arwariye.

 Mu nyandiko yuje agahinda kubera ibikorerwa umubyeyi we, umwe mu bakobwa ba Kabuga akaba yibutsa Abanyarwanda bose, ndetse n’inshuti z’u Rwanda, ko twese dukwiye guhagurukira rimwe,  tukamagana amabi n’akagambane, ingoma ya Kigali ifatanyije na ba Mpatsibihugu, bakomeje kugirira bamwe mu banyarwanda bibasiwe. By’umwihariko ku banyarwanda, bakaba bakwiye kwibuka ko, wanga kwamagana akarengane kagirirwa abandi, nyamara wiyibagije ko ejo wakibona ari wowe utahiwe, bikagushobera. 

Iyi mpuruza ikaba ije nyuma y’indi yayibanjirije, y’uko Felisiyani KABUGA yimwe uburenganzira, bwo kwihitiramo umwunganira mu iby’amategeko abifashijwemo n’umuryango we. Ibikomeje gukorerwa uyu mukambwe, ku cyicaro cy’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha; bikaba birenze uko uwo ari we wese yabitekereza, ku buryo bishoboka ko mu mateka ya ruriya rukiko, yaba nta n’iyindi mfungwa, yaba yibasiwe, ku rugero nk’urwo bari kubigirira uyu mukambwe.

Byatangiye bakuraho ikirego cyo gutumiza imipanga, ngo yagombaga kwifashishwa mu kurimbura Abatutsi muri Jenoside ya 1994; kubera gusanga barasisibiranyije ubuswa. Iki cyaha cyonyine kikaba aricyo kifashishijwe, mu guhindanya isura ya Felisiyani KABUGA, bamuhimbiraho inyito y’ “umuterankunga wa Jenoside”. Iki kirego cyakomatanywaga n’icyo gukwirakwiza iyo mipanga n’izindi ntwaro mu gihugu, cyane cyane muri Prefegitura ya Gisenyi, cyo cyarekewemo; abazi gusesengura iby’imanza bakomeje kugaragaza ko uru rubanza ruzabiza icyuya ruriya rukiko, rukazaba urw’amateka, runashyira ku mugaragaro ibinyoma bya karahabutaka byubakiyeho  inkuru ya Jenoside ya 1994. Iyi ngingo umwanditsi Maghene DEBA, yarayisesenguye ayiva imuzi, tuyibahindurira mu rurimi rw’Ikinyarwanda hano kuri TheRwandan.com.

Hakomejwe kwibazwa niba ibikorerwa umukambwe Felisiyani KABUGA aho afungiye, byaba bigamije kumuhorahoza; bamwikiza ngo barebe ko urubanza rwe, rushobora kuzashyira ku karubanda akari imurori, rwaburizwamo. Uko byagenda kose ukuri kuzatsinda, abarwana nako, bararwana urwa ndanze, kandi ibimenyetso bikomeje kwisukiranya ko burya atari buno. 

Abanyarwanda bakunda ukuri kandi bakanga akarengane rero; duhaguruke, dutabaze n’inshuti z’ukuri z’abanyamahanga barambiwe amabi ya Kigali n’abafatanyabikorwa babo, dutabariza umukambwe Felisiyani KABUGA, ukomeje gukorerwa iyicarubozo i Lahaye.

KWIFASHISHA ABAGORE B’ “IBIZUNGEREZI” MU BUTASI : FPR/RPF YANZE GUTATIRA AMAYERI Y’UBUTASI YAKORESHAGA IKIRI MU ISHYAMBA

$
0
0

Yanditswe na Albert MUSHABIZI

FPR/RPF ikiri mu ishyamba, mu rugamba rwayitahukanye ku ntsinzi yo muri Nyakanga 1994; ngo yaba yarakoresheje abakobwa n’abagore b’uburanga; barya bakunze kwitwa ‘ibizungerezi’ mu gutata ingoma ya MRND yayoboraga igihugu. Aba bagore ngo bakaba barakunze kubatega abari mu nzego nkuru za gisivili; ndetse n’iza gisirikare. 

Nyuma y’intsinzi,  hari n’abagore bigambaga ko bakoze uwo murimo, hakaba n’abahwihwiswaga ko bawugororewe; bamwe muri abo bari gushyingira abana babyaranye n’abahoze mu nzego nkuru za gisirikali na gisivili ku ngoma ya MRND. No ku ruhande rw’abatsinzwe urugamba, inkuru nk’izo ziracyatunga agatoki abayobozi ba gisivili n’abasilikali bakuru, baba baragiraga inshoreke, batazi ko zibaneka. Inyinshi muri izo nshoreke, ubu zo ziri mu gihugu, mu gihe abo zahoze zineka bo, ari impunzi hanze y’igihugu, bari mu magereza mu gihugu no hanze, cyangwa se bamaze kwitaba Imana.

Mu bushotoranyi bwakunze kuranga ingoma ya FPR/RPF, ibanira nabi ibihugu bituranyi mu butasi no guteza umutekano muke; ubu butasi bwifashisha abakobwa n’abagore b’uburanga bwakunze kugaragara. Mu bihugu bituranyi ndetse, hagiye havugwa n’imfu z’abayobozi ba gisivili na gisilikali zaba zaragizwemo uruhare n’izi ntasi zidasanzwe. General KAZINI muri Uganda, bivugwa ko yahitanwe n’umugore waba warakoreshejwe muri ubu buryo. General Adolphe NSHIMIYIMANA wo mu Burundi, nawe urupfu rwe rwavuzwemo ko, yaba yari yaramaze kwinjirirwa na bene izi ntasi. Izo zari zimwe mu ngero nyinshi ku mfu z’abakomeye mu bihugu bituranyi, zaketswemo ukuboko k’u Rwanda ruyobowe na FPR/RPF; ingero zindi za bene ubu butasi nazo ntizirondoreka. 

Inkuru iri gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, ubu ni umukobwa w’ikizungerezi w’umunyarwandakazi, waba ari mu maboko y’inzego z’umutekano za Uganda, akurikiranweho icyaha cy’ubutasi. Nk’uko ikinyamakuru gikorera kuri murandasi chimpreports.com cyabitangaje, kuwa 23 Mata 2021, Jennifer BYUKUSENGE yatawe muri yombi kuwa 5 Mata uyu mwaka. Muri iyi nkuru yacyo berekana, na videwo ye ari mu ndege yamuzanye ya RwandAir; ngo akaba yaraje ari mu mugambi wo guhitana umusirikari mukuru w’ingabo za Uganda, UPDF, witwa Generali Majoro Sabiiti MUZEEYI MAGYENYI. Uyu mugenerali wigeze kungiriza umuyobozi mukuru w’igipolisi, yayoboye kandi imitwe ya polisi y’igisirikali n’ingabo zidasanzwe; naho kuri ubu ayobora icyanya cy’inganda cya Luweero.

Ikinyamakuru virungapost.com kigendera mu murongo wa propaganda ya Kigali nk’igihe.com, dore ko ngo byaba binahuje ubuyobozi; nacyo mu nkuru yacyo yo kuwa 13 Mata cyatabarije Jennifer BYUKUSENGE. Kikaba cyarashyiraga mu majwi urwego rwa gisirikali rushinzwe iperereza CMI rwa Uganda, ko rukunze kwibasira Abanyarwanda ngo rubahora ubusa. Bikaba bimaze kumenyerwa ko intasi Kigali ituma Uganda, zitagifite amahirwe yo guhungabanya umutekanano wa Uganda, isigaye icanye ku maso, aka ya mvugo iharawe muri kino gihe. Hashize igihe Uganda ikora igikorwa cyo gushyikiriza u Rwanda intasi zayo, iba yataye muri yombi; igikorwa kibera ku mupaka uhuza ibihugu byombi ugifunze, kubera umubano w’amakimbirane yabaye agatereranzamba.

RWANDA : U BUFRANSA SI BWO BWONYINE BUTUNGWA AGATOKI

$
0
0

Iyi ni inkuru dukesha Ouest-France.fr, yanditswe na Annick NEDELEC (Côtes-d’Armor), isohoka kuwa 13 Mata 2021 i saa 5 :00, ishyirwa mu Kinyarwanda kubwa TheRwandan.com, na Albert MUSHABIZI.

«Byakabaye ngombwa ko n’ibindi bihugu bifungura ubushyinguranyandiko bwabyo, kugira ngo ukuri kujye ahagaragara, kandi haboneke abari inyuma y’ariya makuba y’agahebuzo

Nk’uko na none tubisanga mu byahise byatangajwe na «AFP» (Ikigo Ntangazamakuru cy’u Bufransa), Pascal GUYOT nawe yagize ati : «Byanakabaye ngombwa na none, gutega amatwi Abanyarwanda ubwabo, bababaye bose bitavugwa, kandi n’ubu bakaba bakibabaye.»

Ibi mbitewe gusa, no gushaka kugira icyo mvuga ku butumwa bwa M. Michel LE BORGNE, bwavugaga kuri Komisiyo ya DUCLERT, bukagira buti : « Rwanda : Raporo ncamugongo ku Bufransa (Ouest-France yo Kuwa 3 Mata).

Ku giti cyanjye, namenye kiriya gihugu gito cy’Imisozi Igihumbi, guhera muw’1976, nanakurikiranye neza amakuba yagwiriye abaturage bacyo kuva inyeshyamba za FPR (Front Patriotique Rwandais), zatera zivuye muri Uganda, ku iya 1 Ukwakira 1990, ndetse no mu myaka yakurikiye Jenoside yo muri Mata 1994.

Iki cyakabaye igihe, cyo kwibaza ikibazo cyo kumenya uwateye inkunga Inyeshyamba, kandi agakomeza gushyigikira FPR, iyoboye igihugu cy’u Rwanda uyu munsi wa none. Mu bitangazamakuru hafi ya byose baratunga urutoki u Bufransa, nyamara byakabaye ngombwa ko n’ibindi bihugu, bifungura ubushyinguranyandiko bwabyo ; mu kugaragaza ukuri, bityo abagize uruhare muri ariya mahano bakamenyekana.

Nta kindi Raporo ya Duclert yigeze yibandaho, uretse uruhare rw’u Bufransa. Abaprezida bombi bayivugwamo, Juvenal HABYARIMANA na Francois MITTERRAND bose bamaze kwitaba Imana. Ubanza we yapfuye urupfu rubabaje mu cyaha cy’iterabwoba, naho Prezida w’u Bufransa wakoze uko ashoboye ngo amasezerano ya Arusha agerweho, kuwa 4 Kanama 1993, hageragezwa kumvikanisha impande zombi zari zihanganye, nawe nta cyaha yakoze nk’uko bashaka kubyumvikanisha. Ni ngombwa kwita kukuba ari kandi FPR yarenze kuri ariya masezerano, nyamara kandi yayishyiraga igorora ;mu gihe yuburaga imirwano mu mujyaruguru, bukeye bw’aho indege ihanuriwe kuwa 6 Mata 1994, bikaba intandaro yo guca igihugu umutwe ndetse no kwambura ubuzima Abafransa batatu bari bagize Itsinda ry’abayobozi b’indege.

Iyo niyo yabaye imbarutso ya Jenoside, bitandukanye n’ibihwihwiswa ko yateguwe, na cyane ko uku gutegurwa kutemejwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwa Arusha. U Bufransa n’ingabo zabwo ntibwari mu Rwanda icyo gihe ;ibiri amambu nibwo bwonyine bwiyemeje gutabara, ku butumwa bwemejwe n’Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye, kugira ngo ubwicanyi buhagarare, mu gikorwa kiswe « Turquoise ».

Duhereye aha, hakenewe kumva no gusoma ibyibukwa n’Abasirikari bari ku rubuga : yaba Generali LAFOUCADE, cyangwa se Coloneli HOGARD, ariko na none Generali Dominique DELORT, umaze gusohora igitabo mu Iboneracapa rya Perrin (Editions Perrin) cyitwa : Intambara mu Rwanda – Icyizere cyayoyotse 1991- 1994 (Guerre au Rwanda – l’espoir brisé 1991-1994.)

Hariho benshi bazi  umuzi n’umuhamuro w’ariya mateka ababaje nk’abayabayemo, kandi bazi neza icy’ukuri cyabayeho, kugira ngo guhera kiriya igihe, igihugu gito cyuje amahoro kandi cyagendaga gitera imbere, gisunikwe mu kangaratete. Byakabaye ngombwa kandi gutega amatwi Abanyarwanda ubwabo, kubera ko bose nk’Abahutu, Abatutsi n’Abatwa bahuye n’akaga, na n’ubu bagihura nako.

Dogiteri Denis MUKWEGE, watsindiye igihembo cya Nobel cyo guharanira amahoro, nawe ntahwema kuzamura ijwi ry’intabaza kandi yifuza ko raporo ya « mapping » isohoka mu kabati k’Umuryango w’Abibumbye, kugira ngo ize ihe ubutabera abanyekongo, bari mu bahoneye ku butaka bw’icyahoze ari Zayire bayingayinga miliyoni 7… Byakabaye ngombwa na none kwibaza ibibazo ku nyungu z’ubukungu ziba intandaro y’intambara zugarije isi.

Aha niho ho ! Ubuzima bw’umuntu muri rusange, n’umwirabura by’umwihariko bufite gaciro ki, ugereranyije n’isahura ry’imitungo n’amabuye y’agaciro mbonekarimwe, akungahaweno n’Akarere ka Kivu,  akenewe n’amasosiyete y’ibihangange?

Adéline Rwigara:”Turi mu bihe bikomeye”“Mukenyere, muve mu mihangayiko y’ibidafite umumaro”

Viewing all 10370 articles
Browse latest View live