Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10372 articles
Browse latest View live

Isomwa ry’Urubanza rwa Urayenza Gerard ryasubitswe ku munota wa nyuma

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Inshuti ndetse n’abavandimwe ba Urayeneza Gerard bari babukereye bazindukiye ku Rugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruri i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda, batungurwa no kubwirwa ku munota wa nyuma ko isomwa ry’urwo rubanza risubitswe.

Byari bitaganyijwe ko ku isaha ya saa tanu zo kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022, aribwo hasomwa icyemezo cy’umucamanza ku rubanza rw’ubujurire rwa Bwana Urayeneza Gerard  washinze Kaminuza ya Gitwe mu Majyepfo y’u Rwanda, nkuko byari byemejwe n’umucamanza Muhima Antoine mu iburanisha riheruka.

Bitunguranye, Urukiko rwafashe icyemezo cyo kurusubika rukazasomwa tariki  31 Werurwe 2022 ku isaha ya saa tanu z’amanywa.

“Hari ikibyihishe inyuma”

Umwe mu bari bitabiriye isomwa ry’uru rubanza yatubwiye ko impamvu yatanzwe yatumye rusubikwa iteye ‘isoni’ akaba asanga hari ikindi kibyihishe inyuma.

Yavuze ati “Ukurikije uko uru rubanza rwagenze, ugakurikiza ukuntu abatangabuhamya bivuguruje n’ukuntu hari abatanze ruswa zitandukanye ngo bakunde bacishe Urayeneza umutwe. Njye ndabona isubikwa ry’isomwa ry’uru rubanza rifite ikindi rihishe, hari ikibyihishe inyuma. Birashoboka ko hari urwego runaka cyangwa umuntu runaka utaravuga ijambo rya nyuma kuri uru rubanza.”

Uyu munsi, ubwo Urukiko rwasobanuye ko impamvu isomwa ry’urubanza risubitswe ngo bitewe nuko Umucamaza wa mbere wari mu nteko iburanisha mu bujurire yazamuwe mu ntera akajyanwa mu Rukiko rw’Ubujurire, uwamusimbuye agahabwa umwanya wo kwiga kuri dosiye y’urubanza, ariko nyuma agahura n’ikibazo cy’uburwayi akaba yarorohewe ariko amaze iminsi ine gusa agarutse mu kazi. Bongeyeho ko Urukiko rutabonye umwanya wo kwandika urubanza.

Taliki 25 Werurwe 2021 Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwahanishije igifungo cya burundu Urayeneza Gérard rumuhamije kuba icyitso mu cyaha cya Jenoside n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

Icyo gihe, urukiko rwahanishije kandi igifungo cya burundu Munyampundu Leon Alias Kinihira na Ruganiza Benjamin wafunguwe by’agateganyo bikaba bivugwa ko yaba yarahise atoroka ubutabera. Bahamijwe icyaha cya Jenoside n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

Abandi baregwa hamwe na Urayeneza barimo Rutaganda Dominique, Nyakayiro Samuel na Nsengiyaremye Elisé, buri wese yakatiwe igifungo cy’imyaka umunani nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside n’ihazabu ya 750.000 Frw.

Igitangaje ariko n’uko mu rubanza rw’ubujurire, ababashinjaga Urayeneza na Bagenzi be barabashinjuye bavuga ko ibyaha babashinjaga ari ibihimbano ndetse bimeza ko bahawe ibiryo n’inzoga kugirango bakunde babashinze.


2024: Didas Gasana yatangaje ko aziyamamariza kuyobora u Rwanda!

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Abinyujije ku rubuga rwa twitter, Didas Gasana wigeze kuba umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru Umuseso mu Rwanda, yatangaje ko azahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora yo mu 2024 ateganijwe mu Rwanda.

Didas Gasana ubu aba mu gihugu cya Sweden mu majyaruguru y’uburayi aho yahungiye we n’abandi banyamakuru benshi nyuma yo gutotezwa gukomeye ndetse n’ifungwa ry’ikinyamakuru umuseso.

Yakunze kumvikana mu bitangazakuru byinshi, cyane cyane ku maradiyo avugira kuri youtube aho yakoraga amasesengura ku bijyanye n’amategeko ananenga zimwe muri politiki za Leta y’u Rwanda ndetse ntiyatinye no kugaya bimwe mu bikorwa byibasira uburenganzira bwa muntu bikorwa n’abategetsi b’u Rwanda.

Uretse Perezida Kagame abamushyigikiye basa nk’abatangiye kwamamaza bucece, undi watangaje ko azitabira amatora ya Perezida wa Repubulika mu Rwanda mu 2024 ni Madame Nadine Claire Kasinge w’ishyaka Ishema ry’u Rwanda ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda rikaba ritaremerwa mu Rwanda ndetse rikaba rigikorera hanze y’u Rwanda.

Abamotari basonewe imisoro bati “Si izindi mpuhwe ni amatora ya 2024”

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Leta ya Kigali yafashe icyemezo cyo gusonera ‘gukuraho’ amahooro y’ibirarane abatwara abagenzi kuri Moto bari babereyemo Ikigo gishinzwe imisoro mu Rwanda ‘RRA’ hafatwa n’ibindi byemezo bitandukanye biborohereza mu kazi kabo, bamwe bakaba basanga atari izindi mpuhwe bafitiwe ahubwo ari mu rwego rwo kubareshya kubera amatora ya Perezida wa Repuburika ateganyijwe mu 2024.

Nyuma y’uruhuri rw’ibibazo bitandukanye byagiye bigaragazwa n’abatwara abagenzi kuri moto mu Rwanda Leta ikavunira ibiti mu matwi kugeza ubwo bigabije imihanda yo mu Mujyi wa Kigali bakigaragambya, yafashe ibyemezo bamwe bavuze ko bifite ikindi kibiri inyuma.

Mu bibazo bahoraga bagaragaza harimo iby’amakoperative batangamo imisanzu ntibamenye irengero ryayo, ibiciro by’ubwishingizi byatumbagijwe bikabagiraho ingaruka, kubona ibyangombwa igihe cy’ihererekanya rya moto hagati y’ugura n’ugurisha, mubazi zibanyunyuza imitsi n’ibindi.

Minisiteri y’ibikorwaremezo, ifatanyije n’izindi nzego zifite aho zihuriye no gutwara abantu n’ibintu mu Rwanda, Polisi ndetse n’inzego zishinzwe guteza imbere amakoperative, kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022 batangarije abamotari ko nyuma yo kwicara bagasuzuma ibi bibazo byose basanze hari ibifite ishingiro biyemeza kubivugutira umuti.

Minisitiri w’ibikorwaremezo, Dr Nsabimana Erneste, yavuze ko bafashe icyemezo cyo kugabanya umubare w’amakoperative y’abamotari, akava kuri 41 hagasigara eshanu gusa zizajya zikora mu buryo butandukanye n’izisanzwe ndetse serivisi zimwe abamotari bakeneraga muri koperative zimurirwa muri RURA (Ikigo ngenzuramikorere).

Yavuze ati “Imisanzu abamotari batangaga mu makoperative yakuweho, ibihano n’inyungu by’imisoro ya RRA byakuweho ku bazishyura umusoro mu mezi ane ndetse amafaranga batangaga muri RURA aragabanywa. Ikindi kibazo mukunda kugaragaza ni ikibazo cy’ubwishingizi. Leta ni umubyeyi wa twese. Ikibazo yaracyumvise kandi mu by’ukuri yamaze kubona ko kibateye inkeke ikaba irimo igisuzuma kandi ibizeza ko mu gihe kitarambiranye muza kumenya ibizava mu isuzuma riri gukorwa.”

Ku kibazo cy’abamotari batagira uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga hanzuwe ko bazafashwa kubona ‘permis’ kugira ngo bareke kwihishahisha naho ibyo guhererekanya ibyangombwa byabatwaraga igihe kinini Urwego Rushinzwe Amakoperative (RCA) ruhabwa inshingano zo kuzajya rubibafashamo.

“Mubazi izagumaho hubahirizwa ibyo abamotari basabye”

Ku kibazo cya mubazi yari yateye intugunda mu bamotari, Minisitiri Nsabimana yavuze ko kuyikoresha byabaye itegeko, ariko igiciro ku birometero bibiri bya mbere gishyirwa ku mafaranga 400 Frw nk’uko abamotari bari babisabye. Ati “Nta mumotari uzajya mu kazi ko gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali adafite mubazi.”

“Amatora aregereje batangiye kutwiyegereza”

Nyuma yo gutangarizwa ibi byemezo, abamotari bamwe bakomye amashyi y’urufaya bagaragaza akanyamuneza ku jisho, abandi bagaragaza akangononwa bijujutira mu matamatama.

Hari umumotari wavuze ati “Si izindi mpuhwe badufitiye ahubwo bari mu myiteguro y’amatora ya Perezida azaba 2024. Ntimubone bakuyeho imisanzu bakanadusonera amahooro ngo mugirengo ni mu nyungu zacu, oya hari icyo badushakaho nikirangira tuzasubira ku kacu.”

Undi mumotari ati “Dufite ikibazo gikomeye ku bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda batwiyenzaho bakadusaba ruswa, wamuha macye kuyo yagusabye agahita akwambura moto yawe bakajya kuyifunga nawe wareba nabi bakagufunga.”

Hari n’uwavuze ati “Moto zacu iyo zifashwe zikajya gufungirwa Kacyiru kuri Polisi, ujya kuyigomboza ugasanga yashizemo amapiyese kandi ntaho warega. Turasaba polisi ko yajya idusobanurira aho amapiyese ya moto zacu ajya.”

Umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa, DIGP Felix Namuhoranye, yijeje abamotari ko ibibazo byose bafite ku mikorere ya Polisi bagiye kuvugutirwa umuti, ariko ntiyagira igisubizo gihamye atanga ku bibazo byabajijwe.

Uko bateganya guhatanira ubutegetsi mu Rwanda 2023-2024 mbere y’uko Kagame asoza manda

Perezida Kagame: Uwampa amahirwe nkava kuri uyu mwanya nkaruhuka!

Shingiro Mbonyumutwa azashyingurwa mu Bubiligi.

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Amakuru atangazwa n’umuryango wa Nyakwigendera Shingiro Mbonyumutwa aravuga ko azashyingurwa mu gihugu cy’U Bubiligi kuri uyu wa gatanu tariki ya 04 Werurwe 2022.

Igitambo cya misa cyo gusezera bwa nyuma kuri Nyakwigendera kizabera muri Basilique Nationale du Sacré- Cœur iherereye ahitwa Koekelberg mu mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi, naho imihango yo gushyingura ikazabera mu irimbi ryitwa Cimetière du Chant d’Oiseaux riherereye mu gace ka Anderlecht mu mujyi wa Bruxelles.

Nabibutsa ko Shingiro Mbonyumutwa yitabye Imana azize uburwayi kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Gashyantare 2022 aguye muri Hôpital Molière Longchamp iherereye mu mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi.

Shingiro Mbonyumutwa ni muntu ki?

  • Umuryango we, amashuri yize n’imirimo yakoze

Shingiro Mbonyumutwa yavutse tariki ya 27 Gashyantare 1942 avukira ku Kamonyi. Ni mwene Dominique Mbonyumutwa wabaye Perezida wa mbere w’u Rwanda na Sophia Nyirabuhake.

Yashyingiranywe na Dorothée Uwimbabazi tariki ya 8 Nzeri 1973 mu mihango yabereye i  Kabgayi. Babyaranye abana 6 aribo Maryse Mukangabo Mbonyumutwa, wavutse mu 1974, Patrice Rudatinya Mbonyumutwa wavutse mu 1975, Jean-Claude Semucyo Mbonyumutwa wavutse mu 1976, Gustave Mutware Mbonyumutwa wavutse mu 1977, Mugabe Mbonyumutwa wavutse mu 1984, na Ruhumuza Mbonyumutwa wavutse mu 1985.

Shingiro Mbonyumutwa yize amashuri abanza i Kabgayi, kuva 1957 kugeza mu 1964 yize amashuri yisumbuye muri Collège Saint-André i Kigali ayarangiriza muri Groupe Scolaire i Butare.

Kuva mu 1964 kugeza mu 1971 yize ibijyanye na Géologie muri Université ya Montpelier mu Bufaransa. Yize kandi ibijyanye na Sociologie du Travail muri Université libre de Bruxelles mu Bubiligi.

Yatashye mu Rwanda mu 1971 aho yabaye umukozi wa Leta kugeza mu 1973 agitwa Ministre w’imigambi ya Leta. 

Kuva mu 1976 kugeza mu 1980 yakoze muri SOMIRWA (Société Minière du Rwanda).

Kuva kuri 1980 kugeza mu 1983 yakoze ku Gisenyi nk’impuguke y’umuryango w’abibumbye mbere yo gusubira mu gihugu cy’u Bubiligi kwiga icyiciro cya 3 cya Kaminuza.

Yatashye mu Rwanda mu 1987 aho yatangiye kwikorera ku giti cye. 

  • Amashyirahamwe n’ibikorwa bya politiki

Hagati ya 1964 kugeza mu 1969 yabaye umukuru w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri b’abanyarwanda bigaga mu Bufaransa.

Hagati ya 1969 na 1971 yabaye umukuru w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri b’abanyarwanda bigaga mu Bubiligi.

Kuva mu 1991 kugeza muri Nyakanga 1994 yari muri bureau politique y’ishyaka MDR.

Mu 1992 yashinze anayobora ASBL DEMOPRO (Démocratie pour le Progrès), Ishyirahamwe ridaharanira inyungu rigamije guteza imbere demokarasi n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu Rwanda.

  • Ubutabera mpuzamahanga

Shingiro Mbonyumutwa yageze mu gihugu cy’u Bubiligi tariki ya 26 Kanama 1994 nyuma yo guca mu gihugu cya Zaïre ahasaba ubuhungiro.

Tariki ya 19 Kamena 1999 yimwe ubuhungiro n’inzego z’igihugu cy’U Bubiligi zishinzwe iby’impunzi, impamvu yatanzwe ngo n’uko hari impamvu zatumaga izo nzego zimukekaho kuba yarashyigikiye Genocide yo mu 1994 mu Rwanda.

Inzego z’ubutabera z’igihugu cy’u Bubiligi zamukozeho iperereza ku ruhare yaba yaragize muri Genocide mu 1994 ariko zibura ibimenyetso (Nk’uko bigaragazwa n’ibaruwa yandikiwe umucamanza n’inzego zakoraga iperereza The Rwandan ifitiye kopi) kugeza n’aho iryo perereza rihagaritswe n’inzego z’u Bubiligi tariki ya 9 Ukwakira 1996 ikibazo cyigashyikirizwa urukiko rwa Arusha (TPIR).

 Mu ibaruwa y’urukiko rw’Arusha (TPIR) yo ku itariki ya 14 Ugushyingo 1997 (The Rwandan ifitiye topi) yemeza ko urwo rukiko rwatangiye amaperereza kuri Shingiro Mbonyumutwa ariko agifatwa nk’umwere.

Indi baruwa y’urukiko w’Arusha (TPIR) yo ku itariki ya 9 Gashyantare 2004 (The Rwandan ifitiye kopi) yemeza ko Shingiro Mbonyumutwa atigeze akurikiranwa n’urwo rukiko bivuze ko atihishe ubutabera nk’uko byagiye bitangazwa na bamwe mu bashyigikiye Leta ya Kigali.

 Ku bijyanye n’urukiko rwa Arusha kandi Shingiro Mbonyumutwa yahamagawe n’urwo rukiko inshuro 4 gutanga ubuhamya mu manza zaberaga muri urwo rukiko higanjemo iz’abahoze muri Guverinoma y’u Rwanda yo 1994. Imanza yatanzemo ubuhamya abaregwaga bose bagizwe abere. 

  • Ubutabera bw’u Rwanda

 Shingiro Mbonyumutwa yakurikiranywe n’inkiko Gacaca ashinjwa kwiba inka mu 1994! Ariko yagizwe umwere n’izo nkiko tariki ya 26 Nzeri 2011 nk’uko bigaragazwa n’icyemezo cy’inkiko Gacaca (The Rwandan ifitiye kopi) 

Ku bijyanye n’inzego z’ubutabera zisanzwe z’u Rwanda, mu 2018 izina rya Shingiro Mbonyumutwa ryakuwe ku rutonde rw’abashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda ku birego bya Genocide nk’uko byemezwa n’inyandiko y’ubushinjacyaha bw’u Rwanda yo ku itariki ya 13 Werurwe 2018 (The Rwandan ifitiye kopi)

Mu Ugushyingo 2019, Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Genocide (CNLG) yasohoye icyegeranyo cy’impapuro 437 ku iperereza iyo Komisiyo ivuga ko yakoze kuri Genocide muri Perefegitura ya Gitarama n’abayigizemo uruhare. Ariko muri icyo cyegeranyo nta zina rya Shingiro Mbonyumutwa rigaragaraho.

Imana imuhe iruhuko ridashira.

Iwacu mu cyaro: Kuranga no kurambagiza

$
0
0

Tugaruke iwacu mu cyaro tuganire ku buryo abasore n’inkumi bamenyanaga ngo bashinge urugo. Ibi bintu biragoye kubisobanura kuko mu gihe nakuzemo amarangamutima y’abazarushinga yasumbyaga imbaraga amahame y’imiryango bakomokamo. Muti kagire inkuru ! Numvise ko kera mbere yaza 1970 ngo hashyingiranaga imiryango yewe n’ubu mu misango y’ubukwe ubona ari ko bivugwa. Numvise ko ngo umuntu yagiraga umurangira umugeni akitwa umuranga !N’ubwo byavugwaga n’ubu bikaba ngo bibaho, jye reka mbabwire ibyo nabonesheje amaso. Jye mbere ya 1990 nabonaga abantu barahuzwaga n’amadini basengeramo kuruta imiryango bavukamo. Ni byo koko hari imiryango yashoboraga kuba izwi ko ishyingirana kubera ko ari abakire, ugasanga mwene mwarimu atashye kwa mwene mwarimu, mwene mucuruzi bikaba uko, ariko mu by’ukuri abo bantu babaga ari bake ku buryo babaga ari nk’irengayobora.

Reka rero dutinde ku miryango isanzwe, y’abahinzi bo mu cyaro, batunzwe n’isuka, n’itungo, n’insina z’urutoki. Abo rero abana babo akenshi babaga babatije mu gatolika, bagera ku myaka nka 11 bakiga bagahazwa amasakaramentu, bagera kuri 13, 14 bagakomezwa. Nyuma yaho babaga barangije amashuri abanza ku babashije kuyajyamo, bakajya mu mirimo y’ubuhinzi iwabo mu ngo, bagafasha ababyeyi. Bamwe bajyaga mu miryango y’agisiyo gatolika, iwacu abari bazwi cyane ni abalegio ba Maria. Uko byamera kose ku cyumweru umwangavu n’ingimbi, umusore n’inkumi, babaga baraye bagoroye akenda, bakajya mu misa ya gatatu, iwacu habaga misa eshatu. Iya mbere y’abasaza n’abakecuru babaga banabyutse kare bakajyana n’abuzukuru, iya kabiri yabaga itarimo abantu benshi kuko hajyagamo abakererewe iya mbere, n’iya gatatu y’urubyiruko n’abambaye neza.

Mu kinyarwanda cyari kigezweho baravugaga ngo uwikwije yumva misa nkuru. Iyo misa yazagamo abasore n’inkumi, ikazamo abanyamashuri, ikazamo abacuruzi bakomeye, ikazamo abarimu n’abakozi ba komini, yabaga ari misa y’abambaye neza koko. Uwashakaga kumenya imyenda igezweho ni ho yayimenyeraga, hazagamo abambaye amashati ashushanijeho amadolari ya Amerika muri za 1985, ikazamo abambaye amapantalo y’imbati (manini hejuru na mato hasi akenshi magufi) muri za 1986, abakobwa bo babaga bambaye amakanzu baguze mu mangazini yanditseho « for a beautiful season » n’imipira y’imbeho y’amabara abiri ifunguye imbere ifite n’umukandara ufungiye inyuma ! Abagabo b’ibikwerere bagiraga imipira bitaga iya 1200 kuko ari yo waguraga, ikaba icyatsi kibisi cyangwa ikinombe, iakjya hejuru y’ishati, ifite mu ijosi yavunguye nk’inyuguti V ku buryo amakola y’ishati agaragara.

Abandi bakambara imyenda isa badodesheje, ipatalo n’ishati, twakundaga kwita ibya burugumesitiri wo mu cyaro ! Na none habagamo abambaye ishati ka MRND icyeye cyane ishushanijeho amakarita y’u Rwanda. Zagiraga amabara menshi zikaba zidoze kimwe kandi zikambarwa n’abifite nk’abakuru b ‘amashuri, burugumesitiri, Juji n’abandi. Ibara ryazo ryatumaga abazambaye baba bakeye kuko zari imyeru cyangwa Roza birimo amashusho y’u Rwanda n’inyuguti za MRND mu ibara ry’umukara.

Abanyamashuri ariko ntibambaraga nk’abatayigagamo. Bo bambaraga imyenda ya caguwa ibabereye, ahubwo uwambaye iyo myenda igezweho bagasa n’abamureba bamuseka kuko yabaga isa ikanagurirwa hamwe ikanahenda. Urebye, abanyamashuri ntibari kuva mu mpuzankano ku ishuri ngo bajye mu yindi mu biruhuko ! Mu gihe cyacu nta mukobwa wambaraga ipantalo keretse abanyamashuri, umuturage usanzwe bari kumuha inkwenene. Abakobwa bakuru na bo bazaga mu misa bakenyeye nk’abagore bafite ingo, uretse na none abize barimo abarimu n’abaciye muri za familiales babaga bambaye amajipo n’amakanzu.

Iyo misa rero ni yo yahuzaga urungano, yarangira abanyamashuri bagahagarara mu gatsiko, ariko noneho rwa rubyiruko rwo mu cyaro rugataha. Umusore akaba afite uwo yateye imboni akamwisuhurisha, bagataha baganira, rimwe na rimwe umusore akanateshwa inzira ijya iwabo, akagenda inyuma y’umukobwa bagahagarara mu mayira bakaganira. Abantu batashye bakabacaho bahagaze mu nzira, bikagaragara nk’ibintu bisanzwe, byaba kabiri byaba gatatu bagatangira kubakekaho gukundana, kera kabaye umusore akazasura umukobwa iwabo. Iyo umukobwa yabaga ari busurwe rero yumvaga misa ya mbere, umusore akaza kumusura avuye mu ya gatatu.

Muri iyi minsi numvise ko ngo abasore bo mu Kinyaga basura abakobwa bakabazimanira inkoko, jye nakuze nzi ko kizira kurya kwa sobukwe. Umukobwa wasuwe yakirizaga umushyitsi we urwagwa, rwaba urwo bahishije iwabo cyangwa urwo batumye umwana ku kabari hafi aho. Umusore wasuye umukobwa yaratahaga, umukobwa akamuherekeza, abo nabonye abenshi babaga bari kumwe n’akisengeneza k’imyaka nk’ine itanu kabomye mu nyuma, cyangwa k’imyaka ibiri umukobwa atwaye mu kwaha. Wabonaga ko nta kidasanzwe abo bantu baganiraga uretse gushimana, kuko umwana yabaga ari hafi aho. Yemwe ntibanatindaga mu mayira nk’uko batindaga bavanye mu misa, kuko umwana yari kurambirwa agafata nyirasenge ati dutahe.

Icyakundaga kuziririzwa ni umukwe wa hafi cyane uza kurambagiza, babyitaga ubukwe bwo ku cyavu, abantu ntibabukundaga cyane. Wasubira inyuma ugasanga bishobora kuba byaraterwaga n’uko ubukwe ubwabwo bwabaga ari igikorwa cy’umusozi wose n’imisozi iwegereye, ku buryo iyo bakundana baturanye byari kuba ikibazo cyo kuzasaranganya ubushobozi.

Kera kabaye rero umukobwa na we yajyaga gusura umusore, byabagaho. Ariko akajyana na murumuna we, nta mukobwa wari kwikora ngo ajyiye gusura umusore yijyanye nk’ibyo numva ubu. Yageragayo bakamwakira, uzaba nyirabukwe akamuganiriza, uzaba sebukwe we ytereragayo ijisho ariko ntaritinzeyo ntanahatinde. Umusore yakiriraga abashyitsi mu kazu ke, bashiki be bagashyashyana bakagaburira umuramukazi, akaza gutaha azi ko yakiriwe neza.

Iyo rero umukobwa yashimwaga, n’umusore yashimwe, se w’umuhungu yafataga umuntu akamukorera inzoga bakajya kureba ababyeyi b’umukobwa, bakababwira ko umuhungu wabo yakunze umukobwa wo muri urwo rugo. Iyo nzoga mu by’ukuri yabaga ari nk’ibyo bita gufata irembo muri iki gihe, hari n’ubwo yazaga umukobwa atari iwabo kuko byabaga bitamureba !

Iyo bakirwaga neza, ni bwo noneho bazanaga inzoga ya kabiri yo gusaba umugeni, uwo munsi bakanababwira inkwano bakeneye na yo yazaga mu bihe bibiri. Nyuma y’igihe kitari kinini inkwano ya mbere yarazaga, bazaga bikoreye inzoga eshatu, batwaye n’isuka. Izo nzoga uko ari eshatu, ebyiri basubizagayo ibibindi zajemo. Ikindi kibindi cya gatatu kikaba inkwano cyo n’isuka. Bakavuga ko bamaze gukwa isuka n’akabindi.

Nyuma y’igihe kidakabije kuba kirekire bazanaga indi nzoga bakayita iyo kuvuga inka. Yabaga ari iyo kwemeranywaho umunsi bazabazaniraho inkwano nyirizina ari yo nka.

Kugeza ku isuka n’akabindi washoboraga kubenga umukobwa ntugire icyo ubaza. N’umukobwa iyo yakubengaga ntacyo wishyuzaga. Ariko iyo wabaga warakoye inka, habagaho gukoranura, inka y’abandi igasubizwa nyirayo.

Nyuma rero y’iyo nzoga yo kuvuga inka, habagaho umuhango wo gukwa. Bwabaga ari ubukwe, ni na bwo bwa mbere umusore yitabiraga. Bugaherekezwa n’umurishyo w’ingoma bukagira abasore baherekeje mugenzi wabo bukagira abasaza bavuga imisango. Inka zazaga ari ebyiri.

Inyana yo gukwa, n’ikimasa kiyiherekeje kikanasubirayo. Uretse kuzana inka, nta wundi musanzu iwabo w’umusore bashyiraga muri ibyo birori. Byaberaga iwabo w’umukobwa, bakaba bubatse igisharagati, mu kinyaga bacyita ikigonyi. Cyabaga ari ikabandahori cy’ibiti bishinze, amakumbo ari imigano bizirikishije imigozi y’ibirere, ubundi hejuru bagasakaza amakoma y’insina. Ubukwe bwo gukwa bwakundaga kuba mu kwa munani n’ukwa karindwi, igisharagati kikarinda abatashye ubukwe kwicwa n’izuba. Abasaza bahererekanyaga amagambo, nyuma hakaza kubaho umuhango wo kuramukanya, umugeni akazana na bagenzi be bagahobera ababujemo bose bitwaga abakwe, akaza no guhoberana n’umusore. Abantu bagakoma amashyi cyane, ariko nta kidasanzwe bakoraga, nta mpano, ntiyanamuhoberaga cyane yamuhoberanaga isoni bakavuga ngo «yamukoze imbagara » !

Byo kuvuga ko atamukanze mu mbavu ibi bya gikecuru byo muri iyo myaka abakecuru bakibaho. Imbagara ubundi ni urwiri rwumye, iyo barusanza bagenda bafata ruke ruke ngo rwume neza. Umukobwa na we rero yabaga asa n’udashaka gukora ku mukunzi we yanga kwiha amenyo y’abatashye ubukwe ! Ubwo rero bakavuga ko rwose basanzwe bahana abageni, n’iyo baba badasanzwe baziranye, imisango igashyuha yemwe aho, ubwo ariko ukoye inyana akaba azi ko azarongoranywa. Ibyo bikaba bivuga ko namara gushyingirwa bakanabyara, igihe kimwe kwa sebukwe na bo bazabazanira inyana ikomoka kuri iyo nkwano, igahabwa urugo rw’abana babo. N’ubwo ubundi umuntu yakwerwaga na se, ntabwo indongoranyo bayijyanaga kwa se bayijyanaga mu rugo rw’umusore. Iyo wakwaga ikimasa kubera kubura inyana ntiwahabwaga indongoranyo. Ibyo kandi byanandikwaga mu masezerano ya komini, aho bavugaga inkwano watanze bikandikwa imiryango ikabisinyira.

Ubutaha tuzarebera hamwe uko ubukwe bwo gushyingirwa bwakorwaga n’umusozi wose n’iyo bituranye.

Jean Claude NKUBITO
21 Gashyantare 2022

Uwampa amahirwe nkaruhuka nkava muri ibi bintu […]nkareba ibyo nkora-Kagame

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Perezida Paul Kagame yabaye nk’ugaragaza ko ari ku gitutu cy’abanyabubasha runaka kugeza ubwo yavuze ati “Uwampa amahirwe nkaruhuka nkava muri ibi bintu”anagaragaza ko arambiwe agasuzuguro, ariko ngo hari ibyo yirinda kuvuga yeruye kubera impamvu za politike.

Ijambo Kagame yavuze kuri iki cyumweru mu masengesho ngarukamwaka yo gusengera igihugu azwi nka ‘National Prayer Breakfast’ ryumvikanagamo amaganya menshi cyangwa se kurambirwa kubera igitutu cy’abanyabubasha runaka.

Yavuze ko hari ubwo ajya yibaza impamvu abanyafurika bahora ari urugero rubi urugero rw’ibitagenda.

Yavuze ati “Natwe tugomba kwigirira ikizere muri twe. Niki tudafite nk’abanyarwanda, cyangwa abanyafurika, rimwe narimwe nibaza, abanyafrika nigute dushobora guhora turi urugero rubi, urugero rw’ibibi, cyangwa rw’ibitagenda. Kuki ibintu byananiranye?”

Yakomereje ku mvugo yumvikanamo amaganya ati “Uwampa amahirwe nkaruhuka nkava muri ibi bintu nkaruhuka nkajya iruhande nkareba ibyo nkora, intambara umuntu yirirwamo n’abantu b’ahandi[…]umuntu ava ikantarange akaza kumbwira ngo wowe wowe[…]n’umwana w’uruhinja kubera aho aturuka akaza agutunga urutoki akubwira ibyo ugomba gukora  uko ashaka, uko atekerereza[…] Ugomba kubyanga, ukamubwira agaceceka.”

“Hari abo nshaka kubwira ngo ‘shut up’ bigarukira ku munwa kubera ko muri politike[…]ntabwo numva umuntu nkanjye ukuntu ampagarara hejuru. Rero niba n’abanyafurika bandi babyumva nkanjye simbizi.”

“Nta mijugujugu tutaraterwa ”

Kagame yakomeje avuga ko u Rwanda rwanyuze mu bibabo bikomeye ariko rukabitambukamo. Asaba abanyarwanda kujya bakura amasomo mu bikomeye banyuzemo.

Ati “Nta mijugujugu tutaraterwa ndetse rimwe na rimwe n’Isi yose imwe ikadufata indi tukayizibukira. Iyo imaze guhita ntabwo dukwiye kuba tubyibagirwa ahubwo dukwiye kuba tubivanamo imbaraga ndetse n’isomo byatuma dutera imbere ndetse tukanihuta kurushaho tugana aho dushaka kujya, ayo ni amahirwe tudakwiye gutakaza.”

 “Icyo mbivugira rero ni uko u Rwanda icyo rutanyuzemo, rutabonye ni iki? Ibyo rero nk’uko babivuga mu rurimi rw’amahanga ntitugomba gutakaza amahirwe yo kuba twarabaye muri ibyo bihe ahubwo tugomba kuba twarize amasomo azahoraho. Nta mijugujugu tutaraterwa ndetse rimwe na rimwe n’Isi yose imwe ikadufata indi tukayizibukira. Iyo imaze guhita ntabwo dukwiye kuba tubyibagirwa ahubwo dukwiye kuba tubivanamo imbaraga ndetse n’isomo byatuma dutera imbere ndetse tukanihuta kurushaho tugana aho dushaka kujya, ayo ni amahirwe tudakwiye gutakaza.”

Byinshi tunyuzemo twatakaje abantu batagira umubare, nta na rimwe tuba dukwiye kwihanganira icyatumye tubatakaza kugira ngo bitazasubira. Ubuyobozi rero ni aho bucurirwa. Bucurirwa mu bikomeye, mu bibazo bigomba gukemurwa.”

Yavuze ko iyo umuntu asubije amaso inyuma akareba ibyo igihugu cyanyuzemo, hari n’igihe yibaza uko cyabishoboye.

 “U Rwanda tunyuze mu bintu byinshi ndetse bikagaruka ku kuvuga ngo ariko kuki twabinyuzemo twabishoboye gute? Ni ukubera kanaka, ni ukubera kanaka wundi? Nibyo abantu babigiramo uruhare ariko wakongera ugatekereza ukavuga ngo uwo kanaka we yabishoboye ate? Aho abandi ngira ngo batashoboye kugira amahirwe yo kubinyuramo ukaza gusanga wenda si wa kanaka gusa afitemo uruhare nka 50%, ugashaka ahandi ya 50% yavuye.”

Hari igihe umuntu ajya ku rugamba akarokoka, ukabona uburyo yarokotse abandi bapfuye bifitwemo uruhare n’Imana

Yakomeje avuga ko “Ujya ku rugamba ukarwana intambara benshi b’intwari nkawe cyangwa banakurusha ubutwari ntibatahuke bagasigara ku rugamba, hari ubwo wibaza uti Kuki njye nashoboye gutahuka nkava ku rugamba ngataha ndi muzima. Ntabwo ubona igisubizo kuko ubuzima bwo si wowe ubwiha, nta nubwo wowe ubwawe wavuga ngo ndajya ku rugamba ndagaruka ariko abandi ntibazagaruka. Igituma ujya ku rugamba ukaguruka wenda abandi ntibagaruke, ni ayo mayobera atamenyekana ku buryo bwuzuye abantu bita Imana. Baravuga ngo yagize amahirwe, ariko ni Imana wagize.”

Yakomeje avuga ko kuva ku rugamba ugataha amahoro, ndetse nibyo u Rwanda rwanyuzemo byose bigirwamo uruhare n’abantu ariko wanashishoza ugasanga harimo n’uruhare rw’Imana.


Iyo bigaragaye ko Inteko Nshingamategeko itakibasha gusoza imirimo yayo hakorwa iki?

Musengamana Papias yagizwe Musenyeri wa Diyoseze ya Byumba

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yagize Musengamana Papias umwepisikopi wa Diyoseze ya Byumba, Musenyeri Serviliyani Nzakamwita,

Ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda byatangaje iyi nkuru kuri uyu wa 28 Gashyantare 2022, bivuga ko Papa Fransisiko yemereye Mgr Serviliyani Nzakamwita kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, agasimburwa na Musengamana Papias, wari umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Nyakibanda kuba Umwepiskopi wa Diyosezi ya Byumba.

Musenyeri Musengamana Papias w’imyaka 55 y’amavuko, yavukiye muri Paruwasi ya Byimana muri Diyosezi ya Kabgayi, tariki 21 Kanama 1967. Yahawe ubupadiri tariki 18 Gicurasi 1997.

Akaba yarize amashuri abanza i Mwendo (1974-1982), akomereza ayisumbuye mu Iseminari Nto ya Kabgayi (1982-1988). Seminari Nkuru yayize i Rutongo (1988-1989) akomereza Filozofiya i Kabgayi (1989-1991). Naho Tewolojiya ayiga i Yawunde muri Kameroni (1991-1996).

Musenyeri Nzakamwita Sereveliyani

Musenyeri Nzakamwita w’imyaka 79 y’amavuko yari umaze imyaka isaga 26 ari umushumba wa Diyoseze ya Byumba, abanya-Byumba bavuga ko yaranzwe no gukunda abakene, gufasha abatishoboye ndetse no kugerageza kunga imiryango.

Yavukiye mu yahoze ari Komini Kiyombe, Perefegitura ya Byumba ubu ni mu karere ka Nyagatare. Kuva mu 1952 kugeza 1957 yize amashuri abanza i Kabare, Rushaki na Rwaza, akomereza mu Iseminari nto ya Rwesero.

Mu mwaka wa 1965, yinjiye mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda, ahabwa Ubupadiri tariki 11 Nyakanga 1971 muri Paruwasi ya Rushaki. Imirimo y’Ubupadiri yayitangiriye muri Diyosezi ya Ruhengeri akorera kuri Paruwasi Katedarali, aho yamaze imyaka itanu ahava ajya kuba Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Janja.

Mu 1989 yagiye kongera ubumenyi I Lumen Vitae mu Bubiligi agaruka mu 1991 ajya kwigisha mu Iseminari Nkuru ya Rutongo kugeza tariki 25 Werurwe 1996, ubwo yatorerwaga kuba Umwepiskopi wa Diyosezi ya Byumba, ahabwa inkoni y’ubushumba ku wa 2 Nyakanga 1996.

Musenyeri Nzakamwita ntazibagirwa Evode Uwizeyimana wamunengeye mu ruhame

Mu mwaka wa 2018 ubwo Musenyeri Nzakamwita yari yitabiriye  inama y’igihugu y’Umushyikirano ya 14, Uwahoze ari umunyamabanga wa leta ushinzwe itegeko Nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana, yanenze igitekerezo Musenyeri yari atanze abantu bagwa mu kantu.

Yaravuze ati “Gahunda z’umutekano zahawe ingufu twarabyumvise kandi umusaruro ni mwiza ari ku nkiko, ari mu ntara, ari mu turere no kugeza ku midugudu, ariko iyo tugeze mu rugo umutekano usanga ari muke kandi ingaruka zaragaragaye, ziteye impungenge.”

Evode Uwizeyimana n’ivuzivuzi ryinshi ako kanya yahise asaba ijambo agaragaza ko icyo kibazo nta shingiro gifite.

Mu magambo ye yagize ati “Nashatse kugira icyo mvuga ku cyo bise igitekerezo cya Musenyeri Nzakamwita, nibaza ko dukwiye kutareka ngo kigende, yavuze ngo umutekano ngo urahari kandi ni mwiza turabishima, ariko iyo ugeze mu ngo usanga ntawo, iyi ni imvugo abantu badakwiye kureka ngo igende gutyo[…]Abanyarwanda twese dutaha mu ngo, njyewe nabanje kwibaza ngo abibwirwa n’iki ko Musenyeri nta rugo agira. Yavuze ikibazo cy’abagore bica abagabo cyangwa abagabo bica abagore, abana bica ababyeyi, nta sosiyete n’imwe yo muri iyi Si ya Nyagasani itagira icyaha, nta n’imwe. Hari n’ibindi bikorwa by’amahano ariko atavuze, ibyo nabyo ntitwamenya uko tubishakira umuti atabivuze, keretse niba babimubwira muri Penetensiya ariko…”

Mu bindi Nzakamwita azahora yibukirwaho mu mwaka wa 2020 yatabarije imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Byumba, abwira itangazamakuru ko abafungiye muri Gereza y’ahitwa mu Miyove (Gereza ya Byumba) ko muri iyo gereza bamwe bari gupfa bishwe n’inzara, abageze mu zabukuru bakaba bafite ikibazo cy’imirire mibi.

Icyo gihe, Musenyeri Nzakamwita yemeje ko ayo makuru yari yayahawe n’umuyobozi wa Gereza ya Byumba ndetse ko abakirisitu ba Diyoseze ayoboye ari gukusanya inkunga yo gufasha izo mfungwa.

Iyi nkuru ikimara kugera ku karubanda, Leta yahise isohora itangazo ryihutirwa ivuga ko ibyo Nzakamwita yatangaje ari ibinyoma kandi ko ibyamaganye yivuye inyuma. Uwayoboraga Gereza ya Byumba nawe bahise bamukura kuri uwo mwanya.

Perezida Tshisekedi yahaye gasopo Perezida Kagame

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Perezida wa Repubulika Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yahaye gasopo Kagame (mu marenga) wumva ko “azahora yungukira mu guteza amakimbirane mu bihugu byo mu Karere k’ibiyaga bigari”.

Usesenguye neza imbwirwaruhame Tshisekedi yavuze ku wa gatandatu, tariki ya 26 Gashyantare 2022, ubwo yafunguraga inama ya diplomasi ya XII ba DRC, ukayihuza niyo Kagame yavuze tariki 8 Gashyantare 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya bari binjiye muri Guverinoma, uhita wumva ko hagati y’aba bagabo bombi ishyamba atari ryeru.

Kagame yaba yarakoze Tshisekedi mu jisho?

Ubwo yarahizaga abategetsi Minisitiri w’ibikorwa remezo, Hon Ernest Nsabimana na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo, Hon. Patricia Uwase, Kagame yavuze uko umubano w’u Rwanda n’ibindi bihugu uhagaze, ageze kuri Repuburika ya Demukarasi ya Congo avuga amagambo akomeye.

Yaravuze ati ‘umwanzi wacu’ uhamaze imyaka irenga 25 ‘aracyahari’ ngo kuko ibikorwa byashyizweho byo kumurwanya bitarangiza icyo kibazo. Ntiyavuze ingabo za ONU mu mazina, ariko yanenze ko igisubizo cy’ibibazo by’imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo kimaze gutwara miliyari mirongo z’amadorari ariko kidacyemuka.

Iby’umutwe wa FDLR avuga ko bishobora kugirana isano n’umutwe w’iterabwoba wa ADF hamwe n’umutwe wo muri Mozambique aho bohereje ingabo z’u Rwanda.

Ati “Icyo mvuga ni uko duhora twiteguye guhangana na byo, niba ari ukuzabana na byo igihe cyose tuzabana na byo. Utwifurije intambara na yo turayirwana nta kibazo, dufite abanyamwuga bayo bayikora uko bikwiye haba hano haba n’ahandi. Cyane cyane ko turi agahugu gato, intero yacu ni ‘aho umuriro uturutse ni ho tuwusanga’, ntabwo dutuma ugera hano[…] nta mwanya dufite wo kurwanira hano tuzarwanira aho intambara yaturutse.”

“Ntabwo ari ibintu bidashoboka kandi bidatanga umusaruro”

Mu ijambo rye, Umukuru w’igihugu cya Congo yagaragaje ko yita cyane ku bufatanye hagati y’igihugu cye n’ibihugu byose bya Afurika, muri rusange, cyane cyane ibyo mu karere k’ibiyaga bigari.

Kuri Perezida Tshisekedi, guha ikaze ingabo z’amahanga muri Congo bisobanura mbere na mbere gushakaira amahoro n’umutekano abaturanyi, kuko aribo basangiye ubuzima bwa buri munsi.

Yaravuze ati“Nzi neza ko ari inshingano izira amakemwa ya buri gihugu mu karere kacu kwirinda ibikorwa byose bitera amakimbirane no kwirinda amakimbirane n’abandi, cyangwa byibuze kugabanya ingaruka. Ntabwo ari ibintu bidashoboka kandi bidatanga umusaruro, ndetse no kwiyahura ku gihugu cyo mu karere kacu[…] gutekereza ko kizahora cyungukira mu makimbirane cyangwa gukomeza kugirana amakimbirane n’abaturanyi bacyo.”

Yarakomeje ati “Ku bijyanye n’igihugu cyacu, sinkorana ubuswa cyangwa intege nke, kandi mfite amahirwe menshi kuva nagera ku buyobozi  kugira ngo ngarure icyizere mu mibanire n’abaturanyi bacu, ndetse no ku guteza imbere ubufatanye bw’inzego zinyuranye zifitiye akamaro abaturage bacu binyuze mu gusinyana amasezerano y’ibihugu byombi ndetse n’ibihugu byinshi, gushyira mu bikorwa imishinga ifitemo inyungu rusange ndetse n’inama zisanzwe hagati ya guverinoma zacu”.

Perezida wa Congo, asanga ibikorwa bya gisirikare bihurijwe hamwe byakozwe kuva ku ya 30 Ugushyingo na FARDC n’ingabo z’ingabo za Uganda ari ngombwa cyane, kugira ngo bikure mu birindiro imitwe yitwaje intwaro, hamwe n’imitwe y’iterabwoba mu majyaruguru y’iburasirazuba bwa DRC no mu nkengero z’umupaka uhuza ibi bihugu byombi ndetse no mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru na Ituri.

Yakomeje avuga ko “Ibi bikorwa bishingiye ku masezerano y’ibanze ariho hagati y’ibihugu byombi n’amategeko abigenga ya ICGLR ibihugu byombi bigize uyu muryango. Ibi bikorwa kandi bifite ihame  ryo kutabangamira uburenganzira bwa muntu.”

Bamwe mu bakurikiranira hafi Politike yo mu Karere k’Ibiyaga Bigari, bavuga ko aya magambo ya Felix Tshisekedi asa nkaho yasubizaga ibyatangajwe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.

Muhoozi Kainerugaba agiye gusubira i Kigali

$
0
0

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, imfura ya Perezida Museveni wa Uganda, akaba n’ Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka,  yatangaje ko agiye kongera kugirira uruzinduko mu Rwanda mu rwego rwo gukemura ibibazo bikigaragara mu mubano w’ibihugu byombi.

Abinyujije kuri Twitter, kuri uyu wa mbere 28 Gashyantare 2022, Lt Gen Muhoozi yavuze ati “Nyuma y’ikiganiro kirekire nagiranye na ‘uncle’ Perezida Paul Kagame muri iki gitondo, twemeranyije ko nzasubira i Kigali mu minsi iri imbere kugira ngo dukemura ibibazo byose bikiri hagati y’u Rwanda na Uganda.”

Nubwo Lt Gen Muhoozi yatangaje ibijyanye n’uru ruzinduko, ntacyo Leta y’u Rwanda irabivugaho.

Muhoozi yaherukaga kugirira uruzinduko mu Rwanda tariki 22 Mutarama 2022 rukaba rwarafashwe nk’uruzinduko rw’amateka nyuma y’imyaka isaga itatu ibihugu byombi bidacana uwaka.

Muri uru ruzinduko, Muhoozi yakiriwe na Kagame muri Village Urugwiro bagirana ibiganiro byari bigamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi.

Nyuma y’urrwo ruzinduko, umupaka munini wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda warafunguwe mu magambo, ni mu gihe abaturage b’ibi bihugu badahwema kugaragaza ko bafite inyota yo kongera gutsura umubano no guhahirana nta kwishishana.

Ubwo Kagame yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri  Guverinoma Ku wa 8 Gashyantare 2022, yavuze ko ibiganiro yagiranye na Lt Gen Muhoozi bitanga icyizere ndetse akaba aribyo byaganishije ku cyemezo cyo gufungura umupaka wa Gatuna wari umaze imyaka itatu ufunze.

Yaravuze ati “Iyo ntumwa yazanye ubwo butumwa mu biganiro twumvikana ko hari ibyo twese twakora. Ariko njye nkomeza kuvuga ko gufungura umupaka ni byiza ariko gufungura umupaka udakemura ikibazo cyatumye umupaka ufungwa ntabwo byakunda. Habaho kwemeranya ko n’ibyateye umupaka gufungwa nabyo bigiye kwitabwaho.”

Tanzaniya yanze ko Abanyarwanda 8 birukanwe na Niger basubizwa i Arusha

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Leta ya Tanzania yanze gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Umucamanza w’urwego rwasigaye rurangiza imanza z’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Arusha wari wategetse ko abanyarwanda umunani baheruka kwirukanwa na Niger basubizwa ku kicaro cy’uru rwego i Arusha muri Tanzania by’agateganyo.

Amakuru yizewe yatugezeho kuri uyu wa kabiri tariki 01 Werurwe 2022, avuga ko Leta ya Tanzania yanze ko Major Francois-Xavier Nzuwonemeye, Prosper Mugiraneza, Lt Col Anatole Nsengiyumva, Protais Zigiranyirazo, Lt Col Alphonse Nteziryayo, André Ntagerura, Lt Col Tharcisse Muvunyi, na Capt Innocent Sagahutu, basubira ku butaka bwayo kuko Umucamanza Chiondo Masanche atagaragaje igihe bazahamara.

“Leta ya Tanzania yavuze ko abanyarwanda birukanwe muri Niger batazasubira ku butaka bwayo kuko umucamanza w’urwego rwasigaye rurangiza imanza z’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Arusha atagaragaje igihe bazahamara. Abategetsi b’iki gihugu ntibifuza ko aba bagabo bongera kumara igihe kirekire muri iki gihugu bityo rero bafashe icyemezo cyo gutera utwatsi icyemezo cy’umucamanza.”

Magingo aya abanyarwanda umunani birukanwe muri Niger baracyari mu gihirahiro muri icyo gihugu ntibaramenya aho bagomba kwerekeza mu gihe Leta ya Tanzania yaramuka ikomeje gutsimbarara ku cyemezo yafashe cyo kutabakira ku butaka bwayo.

Tariki 8 Gashyantare 2022 nibwo Umucamanza w’urwego rwasigaye rurangiza imanza z’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Arusha yategetse ko abanyarwanda umunani bari baroherejwe n’uru rukiko mu gihugu cya Niger basubizwa muri Tanzania.

Leta ya Niger yari yagiranye amasezerano na UN yo kubakira ku butaka bwayo bakishyira bakizana, ariko nyuma iza kwica amasezerano yagiranye na ONU ubwo yemeraga kwakira abo bantu.

Twabibutsa ko muri bariya banyarwanda umunani harimo babiri bari abaminisitiri, abandi bari abasirikare bakuru, hamwe na muramu w’uwari Perezida Juvénal Habyarimana.

Bamwe bagizwe abere abandi barangiza ibihano bari barakatiwe n’urukiko rwa Arusha ku byaha bya jenoside mu Rwanda, uru rwego rukavuga ko bityo ubu ari abere kandi bafite uburenganzira bwose.

Kuki Niger yisubiyeho ku cyemezo cyo kwakira aba banyarwanda?

Mu Ugushyingo 2021 mu kanama k’umutekano ka ONU, leta ya Niger yemeye kwakira abo bagabo, gusa hashize igihe gito ihita isohora inyandiko ibategeka kuva ku butaka bwayo mu minsi irindwi “ku mpamvu za diplomasi”.

Leta ya Niger yavuze ko yafashe icyo cyemezo kubera impungenge yagejejweho na leta y’u Rwanda ku kuba kw’abo bantu ku butaka bwa Niger.

Abo bagabo bavuze ko bambuwe ibyangombwa byabo kandi bagafungirwa mu nzu i Niamey, mu gihe bari bategereje kugira ahandi berekezwa. Bavuze ko batifuza gusubira mu gihugu cyabo cy’u Rwanda “ku mpamvu z’umutekano wabo”.

Mu kwisubiraho ikirukana abo bantu, umucamanza Chiondo Masanche yavuze ko Niger yishe ingingo z’ubwumvikane yari yemeye, igafata umwanzuro yonyine itamenyesheje ruriya rwego.

Uru rwego nirwo rufata mu nshingano abarangije ibihano byabo kugeza babonye ibihugu baturamo.

Bityo uyu mucamanza ati “None kubw’ibyo ntegetse umukuru (w’urwo rwego) guhita afata ingingo zose za ngombwa agategura ibikwiye kugira ngo abo bantu bagarurwe ku ishami rya Arusha by’agateganyo kugeza boherejwe mu kindi gihugu.”

Iwacu mu cyaro: Bamwe bahitagamo kwishyingira

$
0
0

Intambara zo muri Ukraine zafashe umwanya ku mbuga nkoranyambaga, ku buryo umuntu ajya kwandika atizeye ko hari ababona umwanya wo gusoma. Urareba hakurya ukabona u Burusiya wareba hakuno ukabona Ukraine wareba imbere yawe ukabona OTAN…Ariko reka twigarukire mu cyaro bombe niziza zizadusanga aho turi ! Yezu ntiyabwiye intumwa ze ngo zizategerereze Roho Mutagatifu i Yeruzalemu kandi na we ari ho bamwiciye ndetse n’abamwishe bagihari ! Reka twivugire iby’iwacu mu cyaro twiyibutse ibyaduhuzaga bombes za Poutine niziza ntizizaturobanura mu bandi.

Nuko rero ubushize twavugaga ibyo kuranga no kurambagiza. Ubu na bwo turarebera hamwe ibyo kurambagiza ariko ntitugaruka ku gusaba no gukwa kuko hari izindi nzira umuntu yashoboraga gucamo adasabye adakoye akabona umugeni ibyo bindi bikazaba nyuma. Abo ni abo bavugaga ko bishyingiye. Mu bice bimwe by’i Cyangugu nka za Nyamirundi (Bunyangurube, Buhokoro, Mukoma, Nyabitekeri na Bunyenga, Ruhamagariro na Rugarama aho hose hakuno yo ku Idjwi) babyitaga kwirendeza. Bikavugwa ku mukobwa ngo yarirendeje byo kuvuga ko yijyanye. Ugasanga ariko na byo ari ukurenganya umukobwa kuko n’ubwo ari we wavaga iwabo n’uwo yasangaga akamwakira babaga bahuriye muri icyo gikorwa.

Kwishyingira rero bikaba iki ?

Kwishyingira rero, ari byo bamwe bita guterura, ni igihe umukobwa yashyiraga utwenda twe mu nkangara, agashaka mugenzi we umuherekeza ku mugoroba, cyangwa se umubyeyi w’ijigija, akamujyana akamucyura ku musore akarara abaye umugore we, bugacya asukura imbuga y’iwe n’iyo kwa sebukwe, bikaba uko. Kwishyingira rero byashoboraga guterwa n’impamvu nyinshi. Iya mbere yari imenyerewe ni ubushobozi buke bw’umusore bwo kubona inkwano no gukora ubukwe bushamaje. Icyakora uretse inkwano, ubukwe bwo bwabaga ari ubw’umusozi wose ntibwakabaye ikibazo. Gusa umusore ushyingirwa mu kiliziya hari ibyo yagombaga kwishakaho, nko kuba yaradodesheje imyambaro, akagura inkweto( ibirato), akagura n’ibikoresho byo mu nzu ashyingirirwamo . Iyo yabaga akomoka mu muryango utifashije yabaga yaranashatse inka yo gukwa mu bushobozi bwe. Uwishyingira rero we ntiyigoraga, yabaga afite inzu acyuramo umugeni, afite ibikoresho by’ibanze byo mu rugo, amasuka abiri yo guhinga n’ibikoresho byihutirwa, ibisigaye akazabishakana n’umusanze.

Kwishyingira byashoboraga no guterwa n’ikibazo cy’amadini. Iyi Kiliziya gatolika tuvuga ngo yoroshya ibintu hari ubwo yimaga umuntu amasakaramentu akigira gukomezwa bamusibizaaaa, akabivamo. Uwo muntu udakomeje ntiyashoboraga gushyingirwa gikristu, nuko akazishyingira. Hari n’abana babatizwaga bakiri bato ntibahabwe amasakaramentu akurikiyeho. Kwiga ngo uyabone iyo byakugoraga wahitagamo kuzishyingira.

Kwishyingira na none byashoboraga guterwa n’uko umwe mu bageni yigeze ashyingirwa akaba agifite isezerano ryanditse. Nta yindi nzira yabagaho yo kongera kubona urushako uretse kwishyingira dore ko gatanya yavugwaga ariko ntigeze numva umuntu bahaye Gatanya iwacu kugeza ngize imyaka 25. Nigeze numva umuntu ngo wakoraga mu rukiko wa za Nyamasheke waje gusaba umugeni muri segiteri twari duturanye, bamuryanira inzara ngo yatanye n’undi mugore wa mbere bamaze kuburana mu nkiko. Wasangaga rwose uwo mukobwa umusanze abantu bamuseka we n’umuryango we ngo ntibakabikoze.

Impamvu zagaragaye nyuma ya 1994 zo kwishyingirana n’umuntu kubera ko imiryango yanze ko mushyingiranwa kubera inzangano z’amoko ntayo nigeze mbona iwacu. Abantu barasabaga bagashyingiranwa batabyitayeho, yewe n’abantu badahuje amoko barishyingiraga. Ibi by’amoko ntabwo byabaga mu bifata umwanya uwo ari wo wose mu buzima bw’abaturage b’iwacu muri rusange.

Umusore bazaniye umugeni rero na we yabaga yiriwe mu rugo, yashatse umuntu umutunganyiriza iwe akanateka ari byo. Umugeni waje yishyingiye ntiyarikwaga, yahitaga yinjira iwe ubuzima bugatangira. Ariko iwabo w’umusore babaga babizi, biriwe bashyashyana bategereje umugeni. Habaga na none hari abantu bake batumiwe, umusore yashatse urwagwa, bakamutaramira bakanywa, bagataha badatinze bagasigira abageni urugo rwabo. Ingaruka zo kwishyingira zikaba mbi aho mwa bantu mwe. Umuntu wese wavumbye kuri izo nzoga abakuru b’inama ba santarali gatolika bamufungishirizaga amasakaramentu. Iwabo w’umusore bikaba uko, ku buryo hari ubwo wasangaga umusozi wose utemerewe guhazwa no guhabwa penetensiya kubera umwana wo ku ivuko aho washyingiwe ibyo bitaga gipagani. Nyuma y’igihe umuntu yishyingiye, yagombaga kujya kwirega iwabo w’umukobwa. Bikaba mu by’ukuri ari nko gusaba. Ibyo na byo abakuru b’inama bakabicunga, iwabo w’umukobwa bakwakira inzoga z’aho umukobwa yajyiye amasakaramentu bakayafunga, abazinyoyeho bikaba uko. Mbese bose bakizwaga n’uko abishyingiye bajyiye kwiga mu bagarukiramana, bagakora ubukwe bwa Komini (ubu ni umurenge kera babyitaga kujya mu rukiko), bagashyingirwa mu kiliziya baba bafite n’abana bakabatizwa. Ubwo amasaka agakira umuyaga abafungiwe amasakaramentu bakayasubirana. Iyo wabonaga utihanganiye kubura amasakaramentu n’abageni badashaka gushyingirwa vuba, bagucaga iminsi yo kwiga mu bagarukiramana nawe ukazababarirwa.

Kiliziya gatolika kera ntiyakinaga rwose. Nyamara ariko abo bakuru b’inama baregana habaga ubwo na bo bavumbyeho abandi batashye. Cyangwa wabaha icupa ntibagutange ukaguma ukiherwa amasakaramentu ! Uko byamera kose umukuru w’inama watangaga abantu gutyo wasangaga yanzwe na bose, yaza kuvumba bakamuha ku nzoga bamuryanira inzara na we akayinywana ikimwaro.

Kimwe n’abashyingirwaga gikristu tuzagarukaho ubutaha ariko, uwishyingira yabanzaga kumenyana n’uwo bazarushingana, bashoboraga guhurira mu misa nk’abandi bose, cyangwa akarangirwa n’umuntu, dore ko bamwe mu bishyingiraga babaga ari n’abantu bavuye mu zindi ngo bakaza gusumbakazwa.

Uko byamera kose, kuba warishyingiye cyangwa warashyingiwe mu butegetsi no mu idini si byo byakomezaga urugo, rwakomezwaga n’ubwumvikane bw’abashakanye, rugakomezwa n’ubwumvikane bwo ku musozi muriho aho buri wese yabaga ari rutangira ku wundi, aho ibibazo babisangiraga, kandi n’imiryango y’abashakanye ikababa hafi.

Reka ahari iby’abishyingiye tubicumbikire aha padiri mukuru atagira ngo ndabyamamaje bakamfungira amasakaramentu. Ahubwo rero ubutaha tuzaganire ku bashakanaga banyuze mu nzira z’imiryango, amategeko n’idini, turebere hamwe n’uko ubukwe bwategurwaga n’uruhare rwa buri wese.

Jean Claude NKUBITO
28 Gashyantare 2022

Rwanda: Abapasiteri baherutse kweguza Gitwaza bagaragaje amanyanga ya ‘RGB’

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Abapasiteri batandatu baherutse kwandikira inzego zitandukanye z’ubuyobozi mu Rwanda batangaza ko beguje Apôtre Paul Gitwaza ku buyobozi bwa Zion Temple bakanabimesha Perezida Kagame, batamaje Urwego rushinzwe imiyoborere mu Rwanda ‘RGB’ bagaragaza ko rwasubije ibaruwa aba bagabo bandikiye uru rwego itararugero.

Ba Bishop Claude Djessa, Bishop Dieudonné Vuningoma, Bishop Pierre Kaberuka, Bishop Richard Muya, Bishop Charles Mudakikwa ndetse na Bishop Paul-Daniel Kukimunu bemeza ko bari mu bashinze  Umuryango Authentic World Ministries, Zion Temple Celebration Center bafatanyije na Apotre Paul Gitwaza, baherutse kumweguza ku mugaragaro, RGB ibitera utwatsi.

Umuyobozi wa RGB Dr Usta Kaitesi, mu ibaruwa yanditswe ku itariki 18/2/2022, yabamenyesheje ko icyemezo bafashe nta shingiro gifite, kuko ngo batari mu nteko rusange kandi ari rwo rwego rw’umuryango rufite ububasha bwo gufata icyo cyemezo.

Iyi baruwa ikomeza ibabwira iti “Mugomba guhagarika ibikorwa byo kwihesha ububasha mudafite n’ibindi byose bishobora guteza umutekano muke mu banyamuryango n’abakristo ba Authetic Word Ministries- Zion Temple Celebration Centre”.

“Turasaba inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko zigenewe kopi y’iyi baruwa, gukurikirana no kugenzura ko nta bikorwa bihungabanya ituze mu muryango wa Authetic Word Ministries Zion Temple Celebration Centre”.

Mu byo RGB yashingiyeho harimo n’ibaruwa Authetic Word Ministries- Zion Temple Celebration Centre yandikiye Polisi y’Igihugu ishami rya Kicukiro tariki 15/02/2022, igaragaza ikibazo cy’uko abashinze Zion Temple bashaka guteza umutekano muke mu itorero.

Iki gisubizo cya Dr Usta nticyaciye intege bariya bapasiteri beguje Gitwaza, ahubwo bahise bandikira RGB bayikoza isoni ku karubanda.

Baranditse bati “bavuze ko bafite ububasha bahabwa n’amategeko bwo gusaba Gitwaza kwegura, ndetse batangazwa n’uburyo RGB yasubije ibaruwa itarabageraho.

Bagize bati “Madamu muyobozi, twatangajwe no kubona musubiza ibaruwa yacu yo ku wa 14 Gashyantare 2022 twandikiye Apôtre Dr. Paul Gitwaza kuko nubwo twari twabageneye kopi yayo, ariko mwayisubije iyo kopi itarabageraho, kopi yagenewe RGB yagezeyo kuwa 22 Gashyantare 2022 mu gihe uru rwego rwanyu  rwasubije kuwa 19 Gashyantare 2022 mbere y’iminsi itatu ngo kopi mwagenewe ibagereho.”

Bakomeje bagaragaza ingingo zitandukanye bashingiyeho beguza Apôtre Dr. Paul Gitwaza ndetse n’amategeko shingiro agenga Umuryango wa Zion Temple yo ku wa 1 Kamena 2015, aha ububasha Inama y’Abatangije Umuryango (Council Pioneers) bwo gushyiraho no gukuraho Umuyobozi (Representant Legal), abamwungirije ndetse n’abandi bayobozi.

Bagaragaza ko bagiye bandikira RGB bagaragaza akarengane bagiriwe na Apôtre Dr. Paul Gitwaza,  ikirengagiza gutaka kwabo igakomeza gukingira ikibaba Gitwaza.

Batanze urugero ko tariki ya 28 Gashyantare 2022, bagaragaje ko hari ibaruwa yahawe RGB kuwa 4 Werurwe 2017 bagaragaza impungenge z’uko Gitwaza yafashe umwanzuro unyuranyije n’amategeko ariko kugeza magingo aya bakaba batarasubizwa.

Bakomeje guhagarara ku kuri kwabo bavuga ko bafite  uburenganzira bwo kweguza Gitwaza. Bati “Amategeko shingiro ya Authentic World Ministries (Zion Temple Celebration Center) yahujwe n’itegeko muvuga, byakozwe ryari? Bikorwa na nde ko twebwe tutabizi tugize urwego rumwe n’izindi nzego nk’inteko rusange tutabizi kandi tutabimenyeshejwe? Ese haba hari inyandiko mvugo z’iyo myanzuro, mwaba mwarasanze zikurikije amategeko niba zihari?”

Twabibutsa ko RGB ari urwego mu Rwanda rufite ububasha bwo kugenzura imiryango itegamiye kuri Leta irimo n’amadini.

Gitwaza wibereye muri Amerika yashimagije RGB

Ku Cyumweru tariki 20 Gashyantare 2022, mu butumwa yagejeje ku bayoboke ba Zion Temple, Gitwaza yagarutse ku ibaruwa yari yanditswe n’abo bagabo bamusaba kwegura, ashimira igihugu ku bushishozi cyagize mu gukemura iki kibazo.

Yabwiye abakirisitu ko atataye Itorero nkuko byari byavuzwe n’abamweguje ahubwo ngo ari kugenda afungura amatorero ahantu hatandukanye by’umwihariko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.


Guhatanira imyanya y’ubutegetsi: Dr Frank Habineza aremeza ko bazakuba ijana ingufu zo kubiharanira

$
0
0

Mu matora ari hafi kuba mu Rwanda, mu rwego rwo guhatanira imyanya y’ubutegetsi, Dr Frank Habineza aremeza ko bazakuba ijana ingufu zo kubiharanira.

Bruxelles: Igitambo cya Misa cyo gusezera kuri Shingiro Mbonyumutwa

Imihango yo gushyingura Shingiro Mbonyumutwa – 04.03.2022

Amagambo yavuzwe mu muhango wo gusezera kuri Shingiro Mbonyumutwa

Jean Paul Turayishimye na Didas Gasana mu kiganirompaka ku nzira nyayo yo guhindura ubutegetsi

Viewing all 10372 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>