Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10370 articles
Browse latest View live

Amerika: Umuryango wa Eric Nshimiye Uregwa Jenoside Uremeza ko Arengana

$
0
0

Muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, umuryango wa Eric Nshimiye uheruka gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano muri Leta ya Ohio akurikiranyweho ibyaha kubeshya no guhisha uruhare yaba yaragize muri jenoside yakorwe Abatutsi mu Rwanda, wasohoye itangazo ryamagana ifungwa rye.

Iryo tangazo riravuga ko ari umwere rikemeza ko ibyo aregwa ari ibihimbano byashingiye ku ko yatanze ubuhamya bushinjura undi muburanyi waregwaga jenoside.

Umva ikiganiro umunyamakuru w’Ijiwi ry’Amerika Geoffey Mutagoma yagiranye na Oliver Nsenga, mukuru wa Eric Nshimiye abanza kumubaza aho bashingira bemeza ko ari umwere.


DEMUKARASI IRATSINZE MURI SENEGALI

$
0
0

Yanditswe na Jean Baptiste Nkuliyingoma

Ni inkuru nziza cyane mu gihugu cya Sénégal. Akavuyo kari kamaze amezi menshi karangijwe n’amatora yabaye mu mucyo, bitegetswe n’urukiko rw’ikirenga.
Bassirou Diomaye Faye watorewe kuyobora icyo gihugu yafunguwe tariki ya 14 Werurwe 2024 kubera icyemezo cyo guhanagura ibyaha muri rusange ku baturage bose hagamijwe gushaka amahoro arambye mu gihugu. Icyo bita amnistie générale. Icyo ubwacyo kirakomeye cyane.

Bassirou Diomaye Faye ejo ku wa mbere tariki ya 25 Werurwe 2024 nibwo yujuje imyaka 44 y’amavuko. Akaba umugabo ufite abagore babiri. Yari yafunzwe umwaka ushize azira kugaya ku mugaragaro imikorere y’umucamanza.

Atowe mu by’ukuri kubera ko uwitwa Ousmane Sonko warushyigikiwe cyane atashoboye kwiyamamaza kubera ubusembwa yasizwe n’ubucamanza bwamukatiye igifungo. Gufungurwa kubera amnistie ntibyahanaguye ubusembwa. Uwo Ousmane Sonko niwe wamamaje Bassirou. Ngo yagendaga hose avuga ngo Bssirou ni we njyewe. Cyokora ngo basanzwe ari inshuti cyane ku buryo Bassirou yise umwe mu Bana be Ousmane.

Bassirou arateganya guhindura byinshi muri kiriya gihugu. Igikomeye bamwe batinya nuko yashyiraho ifaranga rya Sénégal rigasimbura franc CFA yashyizweho n’abafaransa ikaba n’igikoresho cyo gukomeza kubanyunyuza imitsi.

Ni ukuvuga ngo muri senegali bashobora kuba bagiye gukora impinduka izabangamira cyane ubufaransa kimwe no muri biriya bihugu byakozwemo za kudeta.

Ibi bibaye mu gihe mu Rwanda Kagame aherutse gutangaza ko yemeye umutwaro wo kongera kwiyamamaza ngo kuko nta handi yabihungira. Ngo yararebye asanga nta wundi washobora kiriya gihugu. Yongeraho ko ubutaha bazamushakira umusimbura kandi bakamushakira mu bantu ubu bari hagati y’imyaka 30 na 40. Abazi kumva amarenga ya politiki bumvise ko ubwo bizaba gutoranya mu bana bavuka mu nda y’ingoma, kwa Paul Kagame.

Ngayo nguko.

Perezida Kagame Arashinja Perezida Tshisekedi Kugonganisha Imiryango y’Akarere

$
0
0

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arashinja mugenzi we wa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo Felix Tshisekedi kuyobya no kugonganisha inzego zo mu karere ku miterere y’ibibazo by’intambara zo mu burasirazuba bw’igihugu cye.

Ibi perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique.

Muri iyco kiganiro Prezida Kagame yavuze ko mugenzi we wa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, Perezida Felix Tshisekedi yifitemo ubuhanga bwo kubobya no kugonganisha abategetsi bo mu karere no hanze yako ku bibazo by’intambara zibera mu burasirazuba bwa Kongo. Perezida w’u Rwanda akavuga ko mugenzi we atabivuga uko biri n’inkomoko yabyo.

Kagame yagize ati “Tshisekedi yabashije kuyobya abayobozi ku giti cyabo, ibihugu, ubu ageze mu miryango ihuza ibihugu, arenda guteza ubwumvikane buke hagati y’imiryango ihuza ibihugu.”

Uyu muyobozi yavuze ko mugenzi we wa Kongo yagonganishije imiryango SADC na EAC. Agira ati “None kubera iki tutashaka uburyo twabiganiraho, ntitwemerere Tshisekedi kugena ibikwiye kugenderwaho, kubera ko aranabeshya, turabizi ko abeshya?”

Umunyamakuru amubajije ku buryo afata nk’ Ibikangisho bya Perezida Tshisekedi birimo ko mu mwaka ushize wa 2023 yavugaga ko ashobora kurasa Kigali bitamusabye kugera ku butaka bwayo. Aha Bwana Kagame yagize ati

“Kubera iki ntabiha uburemere? Na we ubwe nta bushobozi afite bwo kumva ingaruka z’ibyo arimo kuvuga nk’umuyobozi w’igihugu! Kubwanjye ibyo ubwabyo ni ikibazo! Ikibazo gikomeye gituma ngomba kwitegura uko nahangana nacyo! Ibyo bisobanuye ko ijoro rimwe ashobora kubyuka agakora ikintu utatekereza ko umuntu muzima yakora.”

Naho ku byasabwe u Rwanda na Bwana Felix Tshisekedi wa Kongo kugira ngo imibano y’ibihugu byombi yongere kuzanzamuka, umukuru w’u Rwanda asanga n’igihugu abereye ku isonga hari ibyo kigomba gusaba Kongo.

“Niba uvuga ku bigombera gusabwa, ibyo byasobanura ko natwe twashyiraho ibyo dusaba byabanza gukorwa. Sinzahura na Perezida Tshisekedi atarisubiraho ku magambo yivugiye ubwe ku bijyanye no ko gutera u Rwanda, no guhindura ubutegetsi mu Rwanda nk’uko yabyivugiye mu ruhame. Nanavuga ngo, mu gihe FDLR itarava muri Kongo, sinzaganira na Perezida Tshisekedi. N’ibindi n’ibindi. Ibi rero ntacyo bifasha ku ntego yo kugarura amahoro.”

Prezida Kagame kandi muri icyo kiganiro avuga ko Perezida w’ u Burundi Evariste Ndayishimiye ari umubeshyi kuko atamubwije ukuri ku kohereza izindi ngabo muri Kongo nyamara u Rwanda rwari rufite ayo makuru.

Imyaka igera muri ibiri irihiritse hagenda humvikana amagambo akarishye ku minwa y’abategetsi b’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo. Ibihugu byombi bikunze kwitana ba mwana ku bibazo by’umutekano muke bimaze imyaka itari mike mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Kongo.

U Rwanda rushinjwa gutera inkunga abarwanyi b’umutwe wa M23 ubarizwa muri Repubulika ya Demoakarsi ya Kongo. Ni ibirego rudasiba kwamaganira kure. Ku rundi ruhande na rwo rushinja Kongo gucumbikira abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR ugizwe na bamwe u Rwanda ruvuga ko basize baruhekuye muri jenoside yo mu 1994.

Kugeza ubu ibihugu byashyizwe mu majwi na Perezida w’u Rwanda ntacyo biratangaza ku magambo ye

Guterana amagambo hagati y’u Rwanda na DR Congo mu kanama k’umutekano ka ONU

$
0
0

I New York muri Amerika, intumwa ya DR Congo muri ONU ubwo yasubizaga ibivuzwe na mugenzi we w’u Rwanda, yavuze ko “umwuka [mubi] mubona hano” ari na ko bimeze mu karere.

Aho hari mu nama y’ibihugu bigize akanama ka ONU gashinzwe umutekano ku isi yateranye kuwa gatatu kaganira ku kibazo cya DR Congo aho abahagarariye ibihugu byabo batanze ibitekerezo ku buryo babibona n’igisubizo gishoboka kuri iyi ntambara.

Akanama gashinzwe umutekano ku isi ka ONU kagizwe n’ibihugu 15 ariko bitanu bikomeye kandi bigahoramo bikagira imbaraga mu gutuma hari umwanzuro uwo ari wo wose gafata.

Aka kanama gashobora gusaba impande zishyamiranye gukemura ibibazo byazo mu mahoro, gashobora gufata ibihano, cyangwa kakemeza ikoreshwa ry’imbaraga mu kugarura amahoro.

Ni rwo rwego rwo hejuru ku isi amakimbirane ashobora kuganirirwamo no gufatwaho imyanzuro.

Intumwa z’u Rwanda na Congo zavuze iki?

Nk’uko byari byitezwe muri iyi nama yari iyobowe n’intumwa y’Ubuyapani, abahagarariye ibi bihugu bakoresheje amagambo akomeye yo gushinjanya gukorana n’imitwe ya M23 na FDLR kuri buri ruhande.

Zénon Mukongo wari uhagarariye DR Congo, yibanze ku gushinja u Rwanda amakuba ari mu gihugu cye rufasha M23 no gusaba ko rufatirwa ibihano n’aka kanama ka ONU.

Yavuze ko mu mirwano muri Congo ingabo z’u Rwanda “zikoresha intwaro zigezweho”. Ati: “Aka kanama gakwiye kurenga intera yo kudahana kagafatira ibihano u Rwanda kubera ibyaha byarwo”.

Mukongo yavuze ko Congo yifuza “gukemura ibibazo no kugera ku mahoro arambye” biciye no mu nzira za dipolomasi, ariko ko “ingabo z’u Rwanda na M23 bigomba kuva muri RD Congo nta mananiza”, asaba ako kanama gutegeka M23 gushyira intwaro hasi.

Mukongo kandi yashimye ko ingabo za SADC zoherejwe muri Congo, abyita “ibisubizo bya Afurika ku bibazo bya Afurika”, anasaba aka kanama ko izo ngabo za SADC zahabwa inkunga ifatika.

Ernest Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda yanenze ko kugeza hagati mu mwaka ushize ONU yari imaze gukoresha miliyari 24$ ku butumwa bwa MONUSCO bwo kugarura amahoro muri Congo “nyamara ibintu byarushijeho kumera nabi”, n’imitwe yitwaje intwaro ikagera kuri 250.

Rwamucyo yavuze ko “imvugo z’urwango no gushaka kumaraho Abatutsi b’Abanyecongo byafashe indi ntera umuryango mpuzamahanga ureberera”. Ati: “Umuryango mpuzamahanga ntugomba kureberera jenoside irimo gututumba ku Batutsi bo muri Congo.”

Yavuze ko ibi bikomeza gutuma abantu ibihumbi amagana bahungira mu bihugu bituranyi, birimo n’u Rwanda. Ati: “Umuhate wose uzirengagiza kurengera uburenganzira bw’Abatutsi b’Abanyecongo n’abandi bavuga Ikinyarwanda [muri Congo] ntabwo uzagera ku musaruro urambye.”

Rwamucyo yashinje ingabo za Congo (FARDC) gufatanya mu mirwano n’umutwe wa FDLR urwanya Kigali, avuga ko ibi bigomba guhagarara kandi FDLR ikamburwa intwaro igacyurwa mu Rwanda.

Ahawe ijambo ku nshuro ya kabiri, Zénon Mukongo yibajije impamvu u Rwanda – ku bwe – ruri muri Congo kurengera Abatutsi b’Abanyecongo, mu gihe ngo n’i Burundi hari Abatutsi. Ati: “Ibyo muri Congo ni ikibazo cy’imbere mu gihugu. Nimugume iwanyu.”

Mukongo yongeraho ko umutwe wa FDLR uvugwa n’u Rwanda ari “umukino u Rwanda rukina”.

Intumwa z’ibindi bihugu zavuze iki?

Muri rusange, abahagarariye ibihugu bavuze ko intambara yo muri Congo n’ibibazo bihari bidashobora gukemurwa n’imbaraga za gisirikare, basaba ko habaho kuganira kw’abo bireba bose, ndetse benshi bashimye umuhate wa Perezida João Lourenço wa Angola wo guhuza abategetsi b’u Rwanda na DR Congo.

Uhagarariye Ubufaransa yamaganye ibitero bya M23 no kuba u Rwanda rufasha uwo mutwe, avuga ko bikwiye guhagarara nta yandi mananiza. Avuga ko ikoreshwa ku butaka bwa Congo ry’intwaro zigezweho zirasa indege ari “umurongo wundi warenzwe”.

Intumwa y’Ubushinwa yatangaje ko iki gihugu gitewe impungenge n’uburyo ibintu birimo kumera nabi, ashimangira akamaro k’ibiganiro mu kurangiza aya makimbirane, ashimira umuhate wa Angola, ndetse asaba ko ONU yakurikiza inzira “y’ibisubizo bya Afurika ku bibazo bya Afurika”.

Robert Wood wari uhagarariye Leta Zunze ubumwe za Amerika, yavuze ko ONU igomba kuvugana “aka kanya” na leta y’u Rwanda “ku nzego zo hejuru cyane” ku byo ruregwaho gufasha M23. Uyu yavuze kandi ko ONU igomba “kongera gusuzuma kwizerwa k’uRwanda mu butumwa bwo kubungabunga amahoro”.

Wood yavuze ko FDLR ari ikibazo gikomeje ku baturage ba Congo “kandi ni ikibazo ku mutekano w’u Rwanda kigomba gukemurwa”. Yavuze ko hari impungenge ku bushobozi bw’ingabo na polisi bya Congo bwo kuziba icyuho cy’umutekano, cyane cyane mu gihe ibintu bigenda bimera nabi mu ntara ya Kivu ya Ruguru.

Intumwa y’Uburusiya yagaragaje impungenge z’uko ibintu bigenda bimera nabi, kandi ko umutwe wa M23 ugomba guhagarika imirwano. Yavuze ko gukemura amakimbirane muri Congo “biri mu nyungu z’ibihugu by’akarere kose k’ibiyaga bigari”. Yongeraho ati: “Gusa, ibisubizo bya politike ni byo gusa byatuma haboneka amahoro arambye.”

Aka kanama ka ONU kateranye kuwa gatatu nta mwanzuro kafashe ku ntambara irimo kuba mu burasirazuba bwa Congo.

BBC

Perezida Kagame yatangaje ko yasuraga u Rwanda nta komyi igihe yari impunzi muri Uganda

Rwanda: Kayumba Innocent Uregwa Iyicarubozo Mu ma Gereza Yakatiwe Imyaka 15

$
0
0

Umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Rubavu ruri ku Gisenyi mu Burengerazuba yahanishije Innocent Kayumba gufungwa imyaka 15 no gutanga ihazabu ya miliyoni eshanu. Yamuhamije icyaha cyo gukubita bo gukomeretsa byateye urupfu. Uyu mugabo areganwa n’abandi 17 ibyaha by’iyicarubozo mu magereaza.

Kuri bamwe bahise baruhutsa imitima abandi barababara nyuma yo kumva icyemezo cy’umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Rubavu ku rubanza ubushinjacyaha buregamo abahoze ibyaha by’iyicarubozo ari abayobozi ba gereza ya Rubavu n’abafungwa.

Bwana Innocent Kayumba ufatwa nka Kizigenza icyarimwe n’umucurabwenge kuri ibi byaha ni we muyobozi mukuru wahamwe n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa byateye urupfu rw’uwitwa Nzeyimana JMV.

Urukiko rwamukatiye gufungwa imyaka 15 muri gereza no gutanga ihazabu ya miliyoni eshanu mu gihe kitarenze umwaka. Ku munyamategeko umwunganira Ziada Mukansanga akavuga ko iki cyemezo kitabanyuze.

Naho ku bandi bayobozi bakuru ari bo Augustin Uwayezu na Ephrem Gahungu na bo bayoboye gereza ya Rubavu I Nyakiriba umucamanza yabagize abere ku byaha byose bari bakurikiranyweho. Byari ibyishimo kuri bamwe mu bavandimwe b’abaregwa.

Ku bandi bari abayobozi ba gereza bahamijwe ibyaha harazamo Jean de dieu Baziga wakatiwe gufungwa imyaka 13 muri gereza na Innocent Gapira azafungwa imyaka 13 bombi banatange ihazabu ya miliyoni eshatu. Aba bagabo bombi bari bashinzwe ibikorwa by’amaperereza muri gereza.

Uwahawe igihano kirusha ibindi kuremera ni umufungwa Byinshi Emmanuel wahamijwe imfu z’abantu batandukanye barimo Makdad Lambert. Yahanishijwe gufungwa imyaka 25 n’ihazabu ya miliyoni esheshatu. Urukiko rwanamuciye indishyi z’akababaro zingana na miliyoni zirindwi ku muryango w’uyu aregwa kumuvutsa ubuzima.

Undi mufungwa Charles Nkurunziza azafungwa imyaka 22 anatange ihazabu ya miliyoni esheshatu. Icyabaye nk’igitungura abazi imigendekere y’uru rubanza, Emmanuel Ndagijimana ufatwa nka nyirabayazana wo kuba ibi bikorwa by’iyicarubozo byaramenyekanye, umucamanza yanzuye ko nta kigaragaza ko yakubitiwe muri gereza.

Uyu arega Uwayezu ko afatanyije n’abandi bafungwa bamukubise hafi kumucaho ikibuno. Abaganga bemeje ko yamugaye bidahoraho ku kigero cya 80 ku ijana. Acyumva icyo cyemezo, Ndagijimana yahise yikubita asohoka mu cyumba cy’iburanisha.

Uru ni urubanza rwakurikiwe cyane n’abafungiwe muri gereza ya Nyakiriba bemeza ko bazi ibikorwa by’iyicarubozo byahaberaga. Mbere y’uko urubanza rusomwa bacishagamo bagatebya bavuga ko uru rubanza baza kurupimiraho ubwigenge bw’ubucamanza bw’u Rwanda.Bwana Vedaste Abizera yatubwiye uko yakiriye ibyaruvuyemo.

Ni urubanza umucamanza yirinze yavuze mu magambo make bitewe n’ubunini bwarwo. Yavuze ko rugizwe n’amapaji arenga 100. Abaregwa baregwa imfu z’abantu bagera muri barindwi baguye muri gereza ya Rubavu kubera inkoni n’abahakuye ubumuga. Ni ibyaha ubushinjacyaha buvuga ko byabaye hagati y’umwaka wa 2019- 2022.

Mu bihe bitandukanye imiryango mpuzamahanga iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa mu ntu nka Human Rights Watch ifite icyicaro muri Amerika yakunze gutunga agatoki ibikorwa by’iyicarubozo mu magereza. Ibirego u Rwanda rwamye rwamaganira kure.

NGO BURI MYAKA 30 MU RWANDA HABA JENOSIDE

$
0
0

Yanditswe na Jean Baptiste Nkuliyingoma

Aya magambo Perezida Paul Kagame yavuze ejo mu kiganiro n’abanyamakuru numvise ari ayo gutekerezaho neza.

Jenoside ya mbere avuga ngo ni iyatumye akurira mu buhungiro. Iyo amateka yatumye haba impinduka tuzi nka Revolisiyo yo muri 1959 ahinduwe jenoside ubwabyo ni ikibazo gikomeye. Kagame akwiye kumenya ko ibyamubayeho ari ingaruka z’amateka y’imyakamyinshi. Ndetse nawe ibyo akora ubu n’ibyo yakoze nabyo hari abo bigiraho ingaruka. Urugero ni umubare w’impunzi zahunze igitugu cye uruta kure uw’impunzi zahunze Revolution y’1959.

Jenoside ya kabiri (nyuma y’imyaka 30) ni iyo we ubwe yatangije ubwo yatangaga amabwiriza yo guhanura indege ya Habyarimana, tariki ya 6 Mata 1994. Perezida Kagame yasobanuye muri kiriya kiganiro ko igihe cy’imishyikirano ya Arusha, kuberako imirwano yari yarahagaze, FPR ngo yaboneyeho umwanya utagira uko usa wo kongera ubushobozil bwayo. Ni ukuvuga kongera umubare w’abarwanyi, kubaha imyitozo no kugura intwaro, harimo n’ibisasu byo guhanura indege. Ibyo byakorwaga mu gihe cy’imishyikirano byagize uruhare rukomeye mu gushora igihugu muri jenoside yo mu w’1994.

Nyuma y’imyaka 30 iyo jenoside yamushyize ku butegetsi ibaye yongeye gutangiza intambara yo muri Kivu y’amajyaguru aho ajyanwa no gusahura amabuye y’agaciro. Kagame agatinyuka akavuga ngo ” erega iriya ntambara nayo ubwayo ni jenoside”. Aha yari yizeye ko abanyamakuru bari kumwe badashobora kumubaza uruhare rwe muri iyo jenoside avuga.

Birakwiye ariko kubitsindagira: niba koko iriya ntambara ari jenoside biroroshye rwose gusobanukirwa uwayiteye n’impamvu zabyo. Nta kabuza, ifitanye isano ikomeye n’iriya ngengo y’imari ya miliyari 15 z’amadolari u Rwanda rw’ubu rukoresha buri mwaka, nk’uko Kagame abitangaza, mu gihe ngo ku ngoma ya Habyarimana hakoreshwaga miliyari 2 zonyine.

Nagirango nibutse Paul Kagame ko icyo gihe ku ngoma ya Habyarimana amahoro yahindaga mu karere. Nta mipaka yari ifunze. Kandi icyo gihe hari byinshi twagezeho na n’ubu bikomeje gufasha igihugu. Twari dufite ibitaro byitiriwe umwami Fayisali n’ibitaro bikomeye i Kigali (CHK), ibitaro bya kaminuza i Butare n’ibitaro byo mu Ruhengeri. Nyuma y’imyaka 30 nta bindi bitaro bikomeye byiyongereyeho. Twari dufite stade Amahoro. Na n’ubu nkeka ko igikoreshwa. Mu Rugwiro aho Perezida Kagame akorera hubatswe muri kiriya gihe asuzugura. Ntihabuze n’izindi ngero nyinshi.

Umuntu agereranije imibereho y’abaturage usanga ubu bakennye kurusha abo hambere. Abicwa n’inzara barushijeho kuba benshi. Abana bagwingira bariyongereye cyane.

Mu by’ukuri aho kugira budget ya miliyari 15 ikomoka mu busahuzi nabwo bushora igihugu mu ntambara ziyogoza akarere byarutwa no kugira budget iciye bugufi ariko bakagira amahoro. Ziriya miliyari 15 zishobora kuba ahanini ari izo gukiza bakeya no kugura intwaro zo kuyogoza akarere.

Ngarutse kuri iyi jenoside Kagame avuga ngo irimo kubera muri Kivu yari ikwiye kuba impamvu yo kumwereka ko politiki ye yatsinzwe. Amaze imyaka 30 ku butegetsi. Bivuze ngo afite uruhare mu nkomoko y’ibirimo kuba. Turimo gusarura ibyo twabibye. Imyaka 30 yandikisha amateka amaraso y’abana b’u Rwanda ni aha ngaha yajyanaga igihugu n’akarere.

Ubu noneho Isi yose imaze gusobanukirwa neza ko ariwe uri inyuma y’iriya ntambara yo muri Kivu kuko hariya hari coltan n’andi mabuye y’agaciro. Kuri we abatutsi ni iturufu yo kurwanisha kugirango agere ku bukire yifuza. Amaraso y’abatutsi bapfira muri ziriya ntambara nta kandi gaciro afite kuri we. Ibi kandi abenshi muri bo bamaze kubyumva.

Iraswa ry’Umwana w’Imyaka 15 Rihangayikishije Abaturage bo muri Rubavu

$
0
0

Mu Rwanda, bamwe mu baturage bo mu karere ka Rubavu umurenge wa Cyanzarwe akagali ka Busigari bahangayikishijwe n’umutekano wabo nyuma y’uko umusirikare w’u Rwanda yishe umusore w’imyaka 15.

Hari mu ma saha ya mu gitondo ubwo Ijwi ry’Amerika ryagera mu mudugudu wa Bugu aho uwo musore yiciwe. Inzego z’umutekano zirimo abasirikare n’aba polisi, RIB, n’inzego zibanze na bo rugikubita bari bahageze.

Ijwi ry’Amerika ryasanze kandi hari abaturage bari mu myigaragambyo yamagana ubwicanyi bwakorewe uyu umusore w’imyaka 15 witwa Maniragaba Samuel warashwe isasu ryo mu gatuza n’umusirikare w’u Rwanda.

Insiguro zatanzwe n’umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rubavu, Ishimwe Pacifique, z’icatumye umusirikare “Paul” arasa Maniragaba Samuel , zitandukanye n’izo abaturage batuye muri aka gace batangarije Ijwi ry’Amerika.

Bamwe mu baturage batuye muri aka gace bongeye kubwira Ijwi ry’Amerika ko batari bamenyereye iyi mico ku basirikare b’u Rwanda. Kuri bo iyicwa ry’uwo musore ryatumye ubwoba buba bwose muri benshi mu batuye ako gace, kuko biramutse bikomeje batazajya babasha kubatandukanya n’abasirikare bo mu mitwe yo mu gihugu cya Repuburika ya demokrasi ya Kongo.

Abaturage bo muri aka karere gakora ku mupaka na Kongo basabye ubuyobozi ko igisirikare cy’u Rwanda cyakongera kwibutswa inshingano zacyo zo kwita ku mutekano w’abaturage.

Fyonda hasi wumve ibindi kuri ino nkuru ya Gloria Tuyishime.


Rwanda-Gako: Abasirikare 624 barangije amasomo yo kuba ba Ofisiye.

HASHIZE IMYAKA 70 UBUHAKE BUCIWE MU RWANDA

$
0
0

Yanditswe na Jean Baptiste Nkuliyiliyingoma

Tariki ya 15 Mata 1954 umwami Mutara III Rudahigwa yashyize umukono ku iteka ryakuragaho ubuhake mu Rwanda. Ni ikintu gikomeye cyane cyabaye ku banyarwanda bagera kuri miliyoni ebyiri n’igice bariho icyo gihe. Ubuhake bwari inkingi ya politiki yariho mu Rwanda abazungu batarahagera, ariko bwarakomeje ku ngoma ya gikoloni kugeza ubwo LONI isabye Ububiligi kubukuraho. Mu by’ukuri umwami Mutara Rudahigwa yasinye ririya teka abitegetswe n’abakoloni nabo babitegetswe na LONI mu rwego rwo kubahiriza amasezerano mpuzamahanga y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu yashwzweho umukono mu mwaka w’1948. Ubuhake bwagaragaye nk’ubucakara bwaciwe n’ayo masezerano.

Ubuhake ni iki?

Ubuhake ni nk’amasezerano abantu babiri bagiranaga. Umwe yari shebuja undi akaba umugaragu. Uwa mbere yabaga afite inka, yubashywe mu gihugu. Uwa kabiri yabaga adafite inka, akennye, nta gaciro gakomeye afite. Ubuhake bwatumaga ufite inka ahaka utazifite cyangwa abatazifite. Uwagiraga inka nyinshi yabaga afite ubushobozi bwo guhaka abantu benshi. Uko abategetsi babaga barutanwa mu buyobozi bw’igihugu niko n’abagaragu babo babaga ari benshi kurushaho.

Umugaragu yabaga ashinzwe iki? Shebuja yabaga ashinzwe iki?

Iyo wasabaga umuntu ubuhake akabukwemerera yaguhaga inka nawe ukamukorera imirimo inyuranye harimo kuragira inka ze, kumuvomera amazi, kumuhingira, kumutaramira, kumunekera ibyo bamuvuga, n’ibindi byose bishoboka. Ubundi kandi wagombaga kugenda umurahira kugirango izina rye rivugwe kenshi gashoboka. Byari ishema ry’icyo gihe kugira abagaragu benshi bakuvuga. Shebuja we yabaga afite ya nshingano yo kuguha inka ariko ashobora no kuyikwambura igihe abona utabyitwayemo neza. Uretse kuguha inka shobuja yarafite n’inshingano zo kukurengera igihe abantu bakurusha ingufu bashatse kugusagarira ndetse no mu nzego nkuru z’ubutegetsi yagombaga kukuvuganira. Mu by’ukuri uwahakaga niwe wabaga abifitemo inyungu cyane kuko nta rwego rwari rushinzwe kugenzura niba yuzuza inshingano ze mu gihe umugaragu we yashoraga kunyagwa igihe icyaricyo cyose.

Ubuhake bwagaragaye nko kuvuga ko hari ubwoko busumba ubundi.

Aho rero ikibazo gikomeye kiri nuko muri uwo muco w’ubuhake abatutsi bari bafite inka nyinshi aribo babaga bahatse abahutu. Hari abatutsi bakennye babaga bahatswe ku bandi batutsi ariko muri rusange abagaragu babaga ari abahutu naho ba shebuja ari abatutsi. Abo bafite inka nyinshi bahabwaga n’imisozi yo kuziragiraho ariyo bitaga ibikingi. Iyo rero shobuja yaguhaga inka yakwemereraga no kuragira mu gikingi cye. Bivuga ko iteka rikuraho ubuhake ryahinduye ibintu byinshi sosiyete nyarwanda yari yubakiyeho.

Uwagira amatsiko yo kumenya iby’ubuhake n’uko bwavuyeho yasoma igitabo cyitwa “U RWANDA MU GIHIRAHIRO ” cyashyizwe ahagaragara na Institut Seth Sendashonga muri Gicurasi 2023. Aho waba uri hose icyo gitabo cyakugeraho unyuze kuri Amazon.

Rusesabagina Avuga Ko Adatungurwa n’Abahakana Uruhare Yagize Mu Kubarokora

Rwanda: Bamwe mu Bacungagereza Baba Batangiye Kwigaragambya Biyicisha Inzara

$
0
0

Mu Rwanda, amakuru atangwa na bamwe mu bayobozi b’urwego rw’amagereza aremeza ko hari abacungagereza n’abayobozi babo batangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara. Baravuga ko bafungiwe ubusa mu gihe kigera ku mezi atanu.

Abahaye amakuru Ijwi ry’Amerika ni abakozi batandukanye bo mu rwego rushinzwe amagereza mu Rwanda. Baravuga ko abacungagereza batandukanye kuva kuwa Gatanu w’icyumweru gishize batangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara aho bafungiwe mu kigo gishinzwe imyitwarire y’abacungagereza. Kandi ko batazi icyo bafungiwe. Aha ni na ho habera amahugururwa n’imyitozo i Rwamagana mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Ijwi ry’Amerika imenya aya makuru bwa mbere hari mu kwezi kwa Gatatu uyu mwaka. Yari akomotse mu rubanza rwa bamwe mu bahoze ari abayobozi ba gereza ya Nyakiriba mu karere ka Rubavu, n’abahafungiwe baregwa ibyaha by’iyicarubozo mu magereza.

Kuva ubwo umunsi ku wundi ni ko twitaba telefone za bagenzi babo badafunzwe zibatabariza. Nkuko byemejwe n’umukozi mu rwego rw’amagereza mu Rwanda umazemo imyaka irenga 10 muri ako kazi.

Iyo uganiriye n’abacungagereza badafunzwe cyane abakorera ku biro bikuru bakunda gushyira mu majwi umuyobozi wungirije w’urwego rw’amagereza mu Rwanda Madamu Rose Muhisoni bamwikoma kubafata nabi. Uyu bakavuga ko n’umukuriye asa n’utamufiteho ijambo kuko bemeza ko afata ibyemezo akabivuguruza.

Ijwi ry’Amerika ryababajije isoko z’amakuru zaryo zikorera mu rwego rw’imfungwa n’abagororwa niba hari icyo baba bazi cyatuma bagenzi babo bafungwa. Yavuze ko baregwa ubucuti bwihariye n’abafungwa.

Radiyo Ijwi ry’Amerika yavuganye n’umuvugizi w’urwego rw’imfungwa n’abagororwa mu Rwanda ibyerekeye aya makuru. Madamu Thereze Kubwimana yayahakanye.

Umubyeyi umwe utifuje kugaragaza imyirondoro ye mu itangazamakuru yemereye Ijwi ry’Amerika ko atuye mu Burasirazuba bw’u Rwanda mu karere ka Rwamagana. Avugana n’ijwi ry’Amerika yahamije ko umugabo we w’umucungagereza afunzwe kandi ko baherukana mu ntangiriro z’ukwezi kwa 12.

Abakora mu rwego rw’amagereza mu Rwanda badafunzwe bakavuga ko gufunga bagenzi babo batazi impamvu birushaho guteza umwuka mubi ku rwego.

Abahaye amakuru Ijwi ry’Amerika bemeza ko ku cyumweru cyashize umukuru wa polisi y’u Rwanda mu ntara y’iburasirazuba bafungiyemo yabagezeho akabaganiriza. Ni nyuma yo kumenya amakuru y’uko batangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara. Aya makuru na yo, umuvugizi w’urwego rw’imfungwa n’abagororwa arayahakana.

Kugeza dutegura iyi nkuru, amakuru yageraga ku Ijwi ry’Amerika atumenyesha ko Madamu Rose muhisoni umuyobozi mukuru wungirije w’urwego rw’Amagereza mu Rwanda yaramukiye I Rwamagana. Ni nyuma yo kumenya ko abakozi b’urwego akuriye batangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara.

Amakuru atubwira ko bose hamwe bagera ku 135. Barimo abacungagereza bakomoka mu magereza atandukanye yo mu Rwanda ndetse n’abayobozi babo. Abatangiye kwigarambya biyicisha inzara bakemeza ko bazarya aruko babonye umuyobozi mukuru w’urwego rw’amagereza mu Rwanda bakamugezaho icyo bita “Akarengane” kabo.

Izindi ngaruka zatangiye kugaragara, isoko z’amakuru zacu zivugamo umucungagereza witwa Chantal Ugukunda warwariye aho yari afungiye, bakanga kumuvuza ngo adahura n’itangazamakuru bikamenyekana ko bafunzwe. Uyu byarangiye inda yari atwite ivuyemo nk’uko bagenzi be badafunzwe babyemeza ubu akaba ari kwitabwaho n’abaganga.

The post Rwanda: Bamwe mu Bacungagereza Baba Batangiye Kwigaragambya Biyicisha Inzara appeared first on Umunyarwanda.

FPR KU ISONGA RYA ABAPFOBYA UBWICANYI BWAKOREWE ABATUTSI

$
0
0

Yanditswe na Valentin Akayezu

Bimwe mu bituma ubwicanyi bwakorewe Abatutsi bukomeza kugirwaho impaka ubundi zitari zikwiye, ni ukubera kuvangirwa n’abicanyi kabombo ba FPR, bashaka kwigira nabo inkirirahato kandi bikoreye amaraso y’abandi Banyarwanda b’Abahutu ndetse n’Abatwa ku biganza byabo!!

Mu gihe politiki ya FPR Inkotanyi yubakiye ku gusiga icyasha Umuhutu wese uriho n’uzavuka, mu rwego rwo kuzimya uburenganzira bwabo bwo kubaho nk’abaturage bisanzuye mu gihugu cyabo, FPR imaze gutera intambwe karundura yo kwiha irindi kuzo.

Umwirongi wa FPR Inkotanyi witwa Bizimana Jean Damascène, agaragaza ibintu bibiri:

1)FPR igomba guhabwa ikuzo rinasumba iry’Imana ishobora byose. We ubwe yivugira ko atabona icyo abantu bata umwanya wabo bashimira Imana kuko yareberaga “Abatutsi” bicwa ntigire icyo ikora!! Ariko arongera akagaruka, ati “FPR nk’Imana ihoraho”(omniprésent et omnipotent)……

Ntabwo kuvuga ayo magambo ari impanuka, mu gihugu bizwi ko 90% ari Abakristu kongeraho n’Abayisiramu. Umuntu yitegereje uburyo imiyoborere y’amadini, yinjiriwe, amadini agateragurwa hejuru hagamijwe ko ubuyobozi bwayo bwegukira abakada ba FPR bagomba guhitisha ivanjili ya FPR ko ariyo gakiza n’amizero y’Abanyarwanda. Rero amagambo y’Umwirongi Bizimana Jean Damascène ahishura byeruye ibyo tubona uko bwije n’uko bukeye.

Ingaruka zabyo, ni uko FPR nk’umutwe w’icurabwonko ry’imeneka ry’amaraso y’Abanyarwanda, kuyitagatifuza kw’abanyamadini no kuyizamura ku rwego rwa Nyiribiremwa, bizatuma benshi barushaho gutakariza icyizere amadini ndetse bitabujije no kuyazinukwa!!

2) FPR nayo n'”inkirirahato” kimwe n’abandi Batutsi bose barokotse jenoside yabakorewe: wumvise amagambo Paul Kagame yavugiye mu nama ya UnityClub mu 2021, aho yagize ati “niba muvuga ngo ribara uwariraye (ijoro), ndababwira ngo nanjye, ribara uwarigenze (ishyamba)”!! Kuri Paul Kagame, ntawugomba kumubwira ko we atacitse ku icumu rya jenoside kuko umubabaro we, ntaho utaniye kimwe n’uw’Umututsi wacitse kw’icumu”. Unwirongi Bizimana Jean Damascene agaruka kubishimangira nawe yemeza ko FPR Inkotanyi yacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi!!

Igitangaje, iyi myumvire igamije kugoreka umurage w’amateka y’Abacitse kw’icumu, usanga ireberwa n’imiryango yitwa ko iharanira inyungu zabo, aho usanga yararuciye ikarumira.

Ingaruka zabyo ni uko niba abicanyi b’inkotanyi batangiye kwivangavanga bigira inkirirahato kimwe n’abandi Batutsi bacitse kw’icumu, bizagorana ko abandi basigaye bahora batonekwa mu bikomere batewe n’ubwicanyi bw’inkotanyi, batazigera bareba neza cyangwa bumva akamaro ko kuzirikana kwibuka kwamaze kugirwa umwihariko w’inkoramaraso z’inkotanyi!!

The post FPR KU ISONGA RYA ABAPFOBYA UBWICANYI BWAKOREWE ABATUTSI appeared first on Umunyarwanda.

Emmanuel Gasana wahoze ari umukuru wa polisi yakatiwe imyaka isaga itatu

$
0
0

Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwahamije Emmanuel Gasana wabaye umukuru w’igipolisi n’umuyobozi w’intara y’uburasirazuba icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko ku nyungu ze bwite .

Ariko rwamuhanaguyeho ikindi cyaha cyo gusaba no kwakira indonke ndetse runatesha agaciro ikirego cyasabaga ko ategekwa kwishyura impozamarira za miliyoni zikabakaba 500 y’igihombo yateje rwiyemezamirimo Eric Kalinganire. 

Ku vyaha cyamuhamye , urukiko rwahanishije Gasana igihano kigabanyije cy’igifungo cy’imyaka itatu n’amezi atandatu ndetse anategekwa kwishyura ihazabu ry’agera kuri miliyoni 36 z’Amafranga y’U Rwanda .

Ntibiramenyekana niba uruhande rw’uregwa ruzajurira kuko we n’abamwunganira ntibari mu rukiko igihe urubanza rwasomwaga.

Icyaha cyahamye Gasana ni icyo yarezwe n’ubushinjacyaha buvuga ko rwiyemezamirimo Eric Kalinganire yakoze ibikorwa byo kuzamura amazi mu isambu ya Gasana ntabyishyurirwe kandi we avuga ko byamutwaye agera kuri miliyoni 48 z’amafranga y’U Rwanda .

Urukiko ruvuga ko Gasana atashoboye kugaragaza ukuntu ibi bikorwa byakorewe mu isambu ntibyishyurwe kandi ari ibisaba amafranga .

Yiregura Gasana yabwiye urukiko ko imirimo yakozwe mu isambu ye kuko ari ho havumbuwe amazi kandi akaba ari we wari ufite ubushobozi bwo gukurura umuriro w’amashanyarazi .

Gasana avuga ko ibyakozwe byari mu nyungu z’abaturage benshi bagombaga kugezwaho aya mazi ndetse n’aka gace kakaba kari kuba icyitegererezo ku tundi.

Ku gihano cyo gufungwa imyaka 3 n’amaezi 6, umucamanza yavuze ko habayeho guca inkoni izamba kuko ari ubwa mbere Gasana ahamijwe icyaha nk’iki kandi akaba yaragaragaje ko afite uburwayi bugoranye gukira .

Iyo hatabaho kugabanyirizwa, umucamanza avuga ko igihano cyari gikwiriye Gasani ari igifungo cy’imyaka 7 n’ihazabu ya miliyoni 144.

Ikindi cyaha yari yarezwe ariko urukiko rwasanze kitamuhama ni icyo kwaka no kwakira indonke .

Ubushinjacyaha bwavuze ko imirimo Gasana yakorewe mu isambu ye yari ingurane y’ubuvugizi bwakorewe umushoramari Kalinganire kugira ngo abone abaturage benshi bayoboka umushinga we wo kuzamura amazi mu butaka .

Ubushinjacyaha buvuga ko bufite ibimenyetso nk’inama yemerejwemo indonke igomba gutangwa cyakora urukiko rukaba rwarasanze ibimenyetso byatanzwe atari ibyo kwizerwa .

Urukiko rwari rwakiriye kandi n’ikirego gisaba indishyi cyatanzwe n’umushoramari Eric Kalinganire wasabaga kwishyurwa miliyoni zisaga 500 y’igihombo avuga ko yatewe na Gasana ndetse n’impozamarira.

Urukiko ariko rwasanze izi ndishyi zitagomba gutangwa kuko Kalinganire yareze mu izina rye kandi imirimo yarakozwe n’Ikigo Akagera BT. N’ubwo ari we wari umuyobozi wacyo, urukiko rusanga ikigo ari cyo cyari gutanga ikirego kuko gifite ubuzima gatozi.

Ubushinjacyaha bwatanze ikirego bwari bwasabye ko Gasana ahanishwa imyaka 10 y’igifungo ndetse agategekwa kwishyura miliyoni zisaga 140 z’ihazabu.

Uyu mugabo wigeze kuba umukuru w’Igipolisi yatawe muri yombi mu ntangiro z’umwaka ushize ubwo yari umuyobozi w’intara y’uburasirazuba.

Yaje gusohorwa muri gereza by’igihe gito ndetse yemererwa gutaha ubukwe bw’umuhungu we wari warongoye bitangaza bamwe.

Gusa gerereza ya Nyarugenge imufunze yaje gutangaza ko ibyakozwe byemewe n’amategeko kandi ko bishobora no kuba byakorerwa undi wabisabye.

The post Emmanuel Gasana wahoze ari umukuru wa polisi yakatiwe imyaka isaga itatu appeared first on Umunyarwanda.

INGABIRE Victoire asabye abayobozi kudacuragiza abaturage ahubwo bakuzuzanya.


Nta Muguzi Wasuye Umutungo w’Umuryango wa Rwigara Washyizwe mu Cyamunara

$
0
0

Mu Rwanda, uyu ni umunsi wa nyuma wo gusura umutungo w’umuryango wa Nyakwigendera Assinapol Rwigara uteganijwe gutezwa mu cyamunara kuri uyu wa Gatanu. Ijwi ry’Amerika yamenye amakuru avuga ko nta muntu urabasha gusura ahahereye uwo mutungo uzatezwa mu Cyamunara.

Ushingiye ku biri mu itangazo ry’umuhesha w’inkiko umunyamategeko Vedaste Habimana rihamagarira ababishoboye kugura kuri make umutungo wo kwa Nyakwigendera Assinapol Rwigara, rigaragaza ko gusura aho uwo mutungo uherereye byagombaga gutangirana na tariki ya 22 bikazarangirana n’iya 25/04/2024.

Ijwi ry’Amerika yamenye amakuru avuga ko nta muntu n’umwe wigeze asura umutungo aho uherereye mu Kagari ka Kiyovu I Nyarugenge mu mujyi wa Kigali. Mu nshuro Eshanu Ijwi ry’Amerika imaze igenda ahaherereye uyu mutungo ku masaha atandukanye ntiturabona abantu bawusura bashaka kuwugura mu cyamunara.

Ahagana mu ma saa sita zibura iminota mike za mu gitondo Ijwi ry’Amerika yerekeje mu Kiyovu ahabarizwa umutungo ugomba kugurishwa mu cyamunara. Yabashije kubona umwe mu bakozi bo mu rugo bo kwa Nyakwigendera Rwigara.

Yadutangarije ko ari we ubika imfunguzo zifungura aho abagombye gusura umutungo banyura. Yaduhamirije ko kuva yamenya makuru ko uyu mutungo ugiye kugurishwa muri cyamunara nta muntu urabasha kuwusura.

Umukozi wo mu rugo kwa Rwigara wari ufite akajelekani k’amata yari akuye mu gipangu agashyiriye abandi bantu mu Kiyovu yatubwiye ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane hari abantu batatu barimo abahinde (abo mu gihugu cy’Ubuhinde) babiri n’umunyarwanda baje ahaherereye umutungo. Yatubwiye ko bamusabye kubakingurira ngo basure ahari umutungo arabangira kuko nta burenganzira yari yahawe n’umuhesha w’inkiko ndetse na ba nyir’umutungo.

Biracyateje urujijo rushingiye ku kumenya niba iyi cyamunara ishobora kuzaba nk’uko bigaragara mu itangazo ry’umuhesha w’inkiko. Ijwi ry’Amerika, ku murongo wa telefone ngendanwa ryongeye guhamagara umunyamategeko Vedaste Habimana igamije kumenya niba Cyamunara ku mitungo yo kwa Rwigara izaba kuri uyu wa Gatanu nk’uko yabitangaje.

Ijwi ry’Amerika ntiryabashije kubona abo mu muryango wo kwa Rwigara ngo tumenye uko ibyabo bihagaze. Umunyamategeko ubunaganira Gatera Gashabana na we ntitwabashije kuvugana na we ariko twamenye amakuru ko yatanze ikirego gihagarikisha Cyamunara mu rukiko rw’ubucuruzi.

Nk’uko biboneka mu itangazo ry’umunyamategeko Habimana, umutungo ugiye kugurishwa kuri uyu wa Gatanu wubatse ku buso bwa metero kare 1867. Byibura ugomba kuwegukana asabwa kwishyura akayabo ka 1.478.000.000 z’amafaranya y’amanyarwanda.

Ingwate y’ipiganwa yo igomba kutajya munsi ya 73, 900.000 ahwanye na 5 ku ijana y’agaciro k’umutungo wose. Intandaro ya byose ni miliyoni zisaga 349 Banki y’ubucuruzi ya COGEBANK ivuga ko uruganda rw’itabi PTC rwa Rwigara ruwubereyemo. Umuryango wa Rwigara wo urawuhakana

Iyi cyamunara igiye kuba ku nshuro ya kabiri kuko bwa mbere umuryango wo kwa Rwigara wasabye kuyitesha agaciro ariko inkiko zanga ikirego zakiriye. Abo kwa Nyakwigendera Rwigara mu manza zabanje bavugaga ko mu 2017 urukiko rukuru rw’ubucuruzi rwanzuye ko imitungo ine irimo n’ugiye gutezwa mu cyamunara itagomba kugurishwa.

Umunyamategeko Nyakwigendera Janvier Rwagatare, wunganiraga umuryango wa Rwigara, mu 2021 mbere y’uko apfa yavugaga COGEBANK yandikiye urukiko igaragaza ko nta wundi mwenda abo kwa Rwigara bayibereyemo kandi ko nta yindi banditse ivuguruza iya mbere. Ibyo ariko umucamanza yabiteye utwatsi avuga ko ko ikirego cyo kwa Rwigara cyatanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ibi byateye abo kwa Rwigara gutanga ikirego cy’ubujurire bagambiriye kurengera imitungo yabo. Mu 2023, ibi na byo byabaye imfabusa kuko mu gihe bagombaga kuburana umunyamategeko wabo yari yaritabye Imana. Umucamanza yasibye urubanza mu bitabo by’inkiko; avuga ko Adeline Rwigara atagaragaza undi wahagararira uruganda PTC Ltd kuko yaba we n’abana yabyaranye na Rwigara bataba ababuranyi mu rubanza kandi uruganda ari rwo rwatanze ikirego.

Assinapol Rwigara yatabarutse mu 2015 mu bihe yari ahanganyemo n’ubutegetsi bw’u Rwanda mu manza z’imitungo ye. Umuryango uvuga ko ari bwo bwamwivuganye mu gihe bwo buvuga ko yazize urw’impanuka zo mu muhanda. Bidateye kabiri mu 2016 hoteli ye yo mu kiyovu ubutegetsi bwayihiritse buvuga ko yubatswe binyuranyije n’amategeko kandi ko itari ikomeye yashoboraga guteza imbanuka. Mu 2018 uruganda rw’itabi rwa Rwigara n’ibirugize byose byatejwe muri cyamunara.

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro mu Rwanda kikavuga ko hari akayabo k’imisoro kabarirwa muri 6.000.000.000 banyereje. Icyo gihe imfura y’umuryango Diane Rwigara ari kumwe na nyina umubyara bari bafunzwe ku byaha baje kugirwaho abere. Umuryango wa Nyakwigendera uvuga ko byose bishingiye ku nyungu za politiki kandi ko ubutegetsi bugambiriye kuwukenesha.

Hatagize igihinduka, Cyamunara iraba kuri uyu wa Gatanu mu buryo bw’ikoranabuhanga. Cyamunara yaherukaga kuba muri ubu buryo bw’ikoranabuhanga ni iyo ku nyubako KBC y’umunyemari Charles Mporanyi yagurishijwe miliyoni zisaga 16 z’amadolari mu mwaka wa 2022. Ni ukuvuga abarirwa muri miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda.

The post Nta Muguzi Wasuye Umutungo w’Umuryango wa Rwigara Washyizwe mu Cyamunara appeared first on Umunyarwanda.

Abimuwe i Nyarutarama ahitwaga Bannyahe batsinze leta ariko barababaye

$
0
0

Kigali – Urukiko rukuru mu Rwanda rwategetse ko bamwe mu baturage barega Umujyi wa Kigali kubimura aho bari batuye binyuranyije n’amategeko batsinze kandi rutegeka ko bahabwa indishyi yo kubimura yari yaragenwe, ariko aba batsinze baravuga ko uyu mwanzuro nubwo ubaruhura ariko ubabaje.

Ibi byabaye kuri uyu mugoroba wo ku wa mbere tariki ya 29 Mata 2024. Kwimura abaturage bahoze batuye ahari hazwi cyane nka Bannyahe mu midugugu ya Kibiraro na Kangondo mu kagari ka Nyarutarama ni inkuru yavuzwe cyane mu Rwanda kuva mu myaka ya 2017, kugeza bamwe mu bari bagihari bimuwe ku ngufu mu 2022.

Abashoramari bashakaga ubutaka bw’aba baturage bubatse umudugudu w’amagorofa yo guturamo mu Busanza mu karere ka Kicukiro ahimuriwe – bamwe ku bushake bwabo abandi ku ngufu – abavanywe aho i Nyarutarama – kamwe mu duce tw’abakire mu mujyi wa Kigali.

Abandi banze kwimuka gutyo, barega leta mu nkiko ko irimo kwirengagiza amategeko agena ingurane ikwiye mu kwimura umuturage ku butaka bwe, banenga agaciro kari kahawe ubutaka n’inzu zabo, bagereranyije n’inzu bavuga ko ari ntoya cyane kandi z’agaciro gato bubakiwe mu Busanza.

Imanza zabo zatangiye mu 2017 kuri bamwe abandi 2019, umwanzuro w’Urukiko Rukuru wasomwe kuwa mbere nijoro uvuga ko batsinze ugendera no ku masezerano abo baturage bagiranye n’Umujyi wa Kigali, Urukiko rwabageneye indishyi ishingiye ku igenagaciro ryakozwe ku butaka bwabo n’ibiburiho mu 2017.

Aba baturage bavuga ko ubutaka bavanywemo ubu bugeze ku gaciro ka 130,000Frw kuri metero kare imwe, mu gihe mu 2017 Umujyi wa Kigali wababariye kuri 12,000Frw kuri metero kare imwe, ako gaciro ko mu 2017 niko Urukiko ubu rwafatiyeho.

Me Buhuru Pierre Celestin wunganira bamwe mu bantu barenga 120 basomewe umwanzuro yabwiye BBC ati: “Hari benshi batasinye icyiswe amasezerano. Nyamara Urukiko ruri kwemeza ko bayasinye…Birababaje. Baguye mu gihombo gikabije kandi n’amategeko akomeje kwirengagizwa.”

BBC yagerageje gushaka uruhande rw’Umujyi wa Kigali rwatsinzwe muri uyu mwanzuro ntibyashoboka kugeza ubu.

Mu gihe bimurwaga, uruhande rwa leta rwavuze ko aba baturage bimuwe “ku bw’inyungu rusange no gutuzwa neza” kandi barimo kwimurirwa mu mudugudu wujuje ibisabwa “mu nzu zingana cyangwa zirusha agaciro aho bari batuye.”

Bercar Kabera umwe mu baturage uri mu batsinze urubanza yabwiye BBC Gahuzamiryango ati: “Uyu mwanzuro w’urukiko ntabwo weza imitima yacu, kuko imyaka tumaze mu nkiko tuburana n’umuntu wadushyize mu manza, akaturaza ku gasozi, akadushyira mu buzima bukomeye, yarangiza agafata imyanzuro nk’iyo yafashe, muri macye ntabwo twishimye.”

Kabera avuga ko basabaga guhabwa indishyi y’ubutaka bwabo n’imitungo yari iburiho ku giciro kigezweho uyu munsi aho kuba icyo mu myaka irindwi ishize, kuko “ugiye mu gaciro ayo baguha ubu nta n’aho wayajyana”.

Ati: “Urukiko rwategetse ko batwishyura amafaranga ku giciro cy’icyo gihe, hari ayo twari twagiye dusaba yo gusiragizwa mu manza, igihembo cya avoka, ibyo byose nta na kimwe bemeye… Navuga ko ibi baduhaye ari nk’ubuhendabana.. Ariko reka dushimire Imana ko idutabaye ikaba ituvanye mu manza.”

Mu miryango irenga igihumbi yimuwe aho yari ituye i Nyarutarama, bamwe bemeye kujya mu nzu zo mu Busanza no kudakurikirana leta basaba indishyi mu mafaranga, abandi baranga bagana inzira y’amategeko nka Bercar Kabera.

Kuri we, ubuzima bw’abo bose “bwabaye bubi”, kandi “bwasubiye inyuma cyane.”

Ati: “Umutungo wacu bagiye bawubara bawutesheje agaciro, urebye amagenagaciro nari narakoresheje ku nzu yanjye, mfite amafoto, ukareba iyo nzu bo babariye miliyoni 11 na magana abiri wakumirwa. Ntabwo nakongera kuvuga ngo nzaba umuntu uretse Imana yo mwijuru yonyine yabikora.”

Kimwe n’abandi bavuganye na BBC mu buryo bw’inyandiko, nubwo batishimye bose icyo bavuga bishimira ni uko Urukiko “rwerekanye ko twarenganye”.

Kabera ati: “No gutegera intambwe bakabyemera ni ibyo gushimira Imana. Icyo kintu tukirwaniye iyo myaka yose, uyu munsi nakubwira ngo umutima wanjye uracyeye bitewe n’uko hari icyo narwaniraga, kibe gito cyangwa kinini mbashije kuba nakibona.” Yongeraho ati: “Imyanzuro cyangwa icyemezo bafashe ntibizabe mu magambo, bazabe abagabo bagishyire mu bikorwa.”

Gusa umwunganizi wabo, Me Buhuru avuga ko kubera amategeko yirengagijwe mu mwanzuro wafashwe n’Urukiko “ndabijuririra ku baburanyi babinsaba.”

BBC

The post Abimuwe i Nyarutarama ahitwaga Bannyahe batsinze leta ariko barababaye appeared first on Umunyarwanda.

Victoire Ingabire Yareze Leta y’u Rwanda Mu Rukiko Rwa EAC

$
0
0

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda Madamu Ingabire Victoire Umuhoza yareze leta y’u Rwanda mu rukiko rw’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba ko yanze kumusubiza uburenganzira bwe.

Ni nyuma y’aho mu kwezi gushize kwa Gatatu urukiko rukuru rwa Kigali rwanzuye kutakira ikirego cye cy’ihanagurabusembwa, ibyari kumuha uburenganzira bwo kwiyamamaza ku mwanya wa perezida wa Repubulika mu matora ateganijwe mu kwezi kwa Karindwi k’uyu mwaka.

Rwanga ubusabe bwe, urukiko rukuru rwa Kigali rwavuze ko igihe yatangiye ikirego kinyuranyije n’ibiteganywa n’amategeko.

Mu kwezi kwa kabiri ni bwo Ingabire Victoire yari yasabye urukiko ko yahabwa ihanagurabusembwa nyuma y’imyaka itanu yari amaze ahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu.

Uyu washinze ishyaka DALFA ritaremerwa n’ubutegetsi, icyo gihe yatangaje ko u Rwanda ari igihugu kidakurikiza amategeko.

Umunyamakuru Thémistocles Mutijima, yaganiye nawe amusobanurira impamvu yatanze iki kirego, ndetse n’icyizere afite ku kuba urukiko rw’uyu muryango ruzavuguruza ibyanzuwe n’ubutabera bwo mu Rwanda.

The post Victoire Ingabire Yareze Leta y’u Rwanda Mu Rukiko Rwa EAC appeared first on Umunyarwanda.

UBWONGEREZA KOHEREZA IMPUNZI N’IMPUNZI MU RWANDA BIHISHE IKI. INYUNGU N’INGARUKA.

Umuntu wa Mbere Wimwe Ubuhungiro mu Bwongereza Yaba Yajyanywe mu Rwanda.

$
0
0

Ubwongereza bwohereje mu Rwanda umuntu wa mbere waje muri icyo gihugu ahasaba ubuhungiro nkuko byemezwa n’binyamakuru The Sun na Financial Times byandikirwa mu Bwongereza.

Mu cyumweru gishize nibwo leta y’Ubwongereza yemeje itegeko ritavugwagaho rumwe ryemerera icyo gihugu kohereza mu Rwanda abimukira baza mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko.

Uyu mugabo wavuye mu Bwongereza kuwa mbere yemeye ku bushake bwe kujya mu Rwanda nyuma y’uko icyo gihugu kimwimye ubuhungiro, nkuko byemezwa n’itangazamakuru ryo mu Bwongereza, n’biro ntaramakuru by’Ubufaransa AFP.

Ikinyamakuru Le Monde, na cyo cyandikirwa mu Bufaransa cyatangaje ko uyu muntu ukomoka muri kimwe mu bihugu by’Afurika, yuriye indege y’ubucuruzi iva mu Bwongereza, yerekeza mu Rwanda.

Le monde ivuga ko mu rwego rwo kuba yaremeye ku bushake kujya mu Rwanda azahabwa amadolari y’Amerika 3700, ni ukuvuga akabakaba miliyoni enye uyavunje mu manyarwanda. Gusa aya makuru ntaremezwa n’inzego z’Ubutegetsi zo mu Bwongereza.

Ministri w’intebe w’ubwongereza Rishi Sunak yari yatangaje ko indege za mbere zitwaye mu Rwanda abasaba ubuhungiro mu Bwongereza zizatangira guhaguruka mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka.

VOA

The post Umuntu wa Mbere Wimwe Ubuhungiro mu Bwongereza Yaba Yajyanywe mu Rwanda. appeared first on Umunyarwanda.

Viewing all 10370 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>