Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10374 articles
Browse latest View live

Genocide: imwe mu ntwaro zikomeye Kagame akoresha mu kuguma ku butegetsi


Isano iri hagati ya Mudende, Gatumba na Kiziba

$
0
0

Isano ry’ubwicanyi bwa Mudende mu Rwanda muri 1997, Gatumba mu Burundi muri 2004, n’ubu bwicanyi burimo gukoregwa impunzi z’Abanyekongo(Abanyamulenge, abagogwe, abanyamasisi n’Abanyejomba) I Kizaba/Karongi mu Rwanda kuva ejo 22/02/2018

Imiborogo yongeye kumvikana mu mpunzi z’abanyekongo nyuma y’ubwicanyi bwa Mudende muri 1997 mu Rwanda bukorewe abagogwe, abanyamasisi n’Abanyejomba ndetse na Gatumba yakorewe abanyamulenge mu Burundi muri 2004 ikozwe n’abafatanyabikorwa ba Kagame ndetse n’abasirikari be. Iyo witegereje neza ubona ubu bwicanyi bwose bufitanye isano.

I Mudende ya Gisenyi mu Rwanda muri 1997

Ubu bwicanyi bwakorewe abagogwe, abanyamasisi n’Abanyejomba bwahitanye abarenga 271 nk’igitambo kugira ngo Kagame abone uko atera Congo yitwaga Zaire. Abishwe benshi bari abana, abagore ku buryo abarokotse benshi aribo bongeye kwicwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda mu mujyi wa Karongi no mu nkambi ya Kiziba.

Itandukano ubu bwicanyi bwombi (Mudende na Karongi) ni uko noneho aba bacikacumu ba Mudende bishwe ku manywa y’ihangu n’abasirikari b’u Rwanda bitandukanye na Mudende abicanyi baje biyita abacengezi.

Ikindi kandi ni uko icyo gihe leta ya Bizimungu nako Kagame yasohoye amatangazo ko abacengezi ari bo bishe izo mpunzi, ubu noneho Theos Badege umuvugizi w’igipolisi cy’u Rwanda yiyemereye ko aribo barimo kwica izi mpunzi n’ubwo yarimanganyije ku mubare w’abishwe.

Ikigaragara ni uko ubu bwicanyi bwombi bwateguwe mu buryo bwenda gusa, muri 1997 leta y’u Rwanda yarimaze gutera Zaire noneho mu rwego rwo gutanga ubusobanuro “yishe impunzi” bishimangira “impamvu yateye Zaire”.

Muri bino bihe umwuka utameze neza mu karere yongeye gukoresha uburyo bwenda gusa ni ubwo muri 1997 ariko noneho agamije ko hagira impunzi nke zitaha zagera muri Congo, akareba uko yakwica abakongomani bo mu yandi moko basanzweyo bikaba byakwitirirwa izo mpunzi bigatuma basubiranamo akabona uburyo yinjirira muri ako kavuyo cyane ko aharwaye.

Abakurikiranira hafi iki kibazo bibaza impamvu abasirikari bahisemo kwirara mu bana n’abagore bakabarasa mu kivunge nyuma y’imyaka irenga 20 nta kibazo izi mpunzi zigeze zigiranira na leta ya FPR.

Hari uburyo bari gukoresha mu kubatatanya badakoreshe amasasu dore ko bari bazi neza ko nta ntwaro zifite.

Amakuru dufie agaragaza ko byari byateguwe n’uburyo uwaraswaga bihutiraga kumwiba mu buryo ubona buteguwe neza, hari abari bashinzwe kurasa n’abandi bashinzwe gutwara imirambo cyangwa se inkomere.

Abarokotse ubu bwicanyi n’ubwo butararangira bavuze ko hari imirambo n’inkomere barwaniraga n’abasirikare ariko bikarangira babarushije imbaraga cyangwa babishe nabo mu rwego rwo kuzimangatanya ibimenyetso.

I Gatumba mu Burundu muri 2004

Ubwicanyi bwakorewe impunzi z’abanyamulenge mu Gatumba mu Burundi muri 2004 bwahitanye abarenga 166 abenshi bari abana, abasaza, abagore. Ubu bwicanyi bwabaye mu gihe leta ya RFR yari yatangije intambara I Bukavu ikoresheje Jules Mutebutsi na Laurent Nkunda bigumura kuri leta ya Congo bituma impunzi nyinshi zihungira I Cyangugu no mu Gatumba I Burundi.

Mu by’ukuri ntabwo byoroheye abicanyi kutegura ubwicanyi I Cyangungu bitewe n’intera ihari hagati ya Congo n’u Rwanda niyo mpamvu yahisemo gufasha abicanyi gutera inkambi ya Gatumba kubera ko yari ku mupaka na Congo ku buryo byari byoroshye Mai mai, bamwe mu basirikari ba Congo na FNL ya Agato Rwasa bakoreraga muri plaine de Rusizi byaboroheye kwambuka bakica bakongera bakisubirira hakurya muri Congo.

Ikindi gitera kwibaza n’uburyo hafi aho hari inkambi ya gisirikari y’u Burundi icyo gihe cyasaga n’ikiyobowe na leta ya FPR, ubwo inkambi yaterwaga baratabajwe ariko biba iby’ubusa kugeza abicanyi bisubiriyeyo.

Ibi byose byatumaga leta ya FPR nk’uko bisanzwe itera induru ko abatutsi bo muri Congo barimo kwicwa bityo bagomba gutabara kandi ababahungiye ho aribo bakoresha gutera iwabo.

Bamwe mu barokotse ubwo bwicanyi bwabaye mu Gatumba bahungiye mu nkambi ya Kiziba muri Karongi none nibo bongeye kwicwa. Itandukanyirizo rito riri hagati ya Gatumba na Kiziba/Karongi ni umubare w’abishwe ndetse n’uko abicanyi bateye inkambi ya Gatumba mw’ijoro ku buryo batamenyekanye neza ariko abishe impunzi za Kiziba bamenyekanye yewe n’amajwi n’amashusho yabo arahari. Kandi bakaba basa n’ababateguje mbere y’uko ubwicanyi butangira. Usibye iri tandukaniro rito ubundi intego n’imwe: ugushaka gutera Congo.

Umwanzuro

Birasa n’ibimaze kumenyerwa ko iyo leta ya FPR ishaka gutera Congo ikora ibisa n’ibyo yaraye ikoreye ku mugaragaro impunzi z’abanyekongo. Ibi birashimangira ko mu gihe leta ya FPR ikiyoboye u Rwanda nta mahoro impunzi z’abanyekongo zizagira amahoro.

Ndasaba abantu bose by’umwihariko bakomoka muri Sud na Nord Kivu ko noneho bashyira ubwenge ku gihe bakamagana ubu bwicanyi hato aba bicanyi batazakomeza kwica uko bashatse n’igihe bashakiye.

Ndabashishikariza kandi ko bakwitandukanya na leta igiye kutumaraho abacu, cyane cyane ndabwira bariya (abanyamulenge, abanyejomba, abanyamasisi n’abagogwe) bibwira ko bafite imyanya myiza haba muri leta, abikorera ndetse no mu nzego z’umutekano ko igihe cyarenze cyo kwihambira ku bicanyi. Kandi nibinangira amaherezo bazabibona bibagezeho.

Muribeshya ko mukunzwe ariko sibyo kandi ubu noneho bagiye kubagendaho by’umwihariko kubera ko benshi mu banyamulenge n’abagogwe bashiritse ubwoba bakaba batangiye kwamagana ubu bwicanyi.

Niba udashoboye kuvuganira bene wanyu hitamo guhunga. Ndabwira kandi abanyamulenge n’abagowe bari hanze ariko bakigoswe n’ubwoba butewe gusa ngo n’uko bafite imitungo na bene wabo mu Rwanda rwa Kagame. Mushirike ubwoba muvuge ntawe uzabavugira.

Impuruza mu rwa Gasabo

Karongi: Impunzi z’Abanyekongo Umunani Ziciwe kuri HCR Zashyinguwe

$
0
0

Kuri uyu gatandatu, ni bwo hashyinguwe imirambo umunani y’impunzi z’Abanyekongo zishwe ku wa Kane w’iki cyumweru.

Izo mpunzi zishwe ubwo igipolisi n’igisirikare by’u Rwanda byirukanaga ku gahato impunzi zari zagiye ku Biro bya HCR biri hafi y’icyicaro cy’akarere ka Karongi mu ntara y’uburengerazuba bw’u Rwanda.

Izo mpunzi z’Abanyekongo zasabaga kwimurirwa mu kindi gihugu cyangwa zigafashwa gutaha iwabo. Izo mpunzi kandi zatangarije Ijwi ry’Amerika ko, uretse imibereho mibi, ikindi kizishavuza ari uko muri gahunda ziboneka zo kubimurira mu bindi bihugu, hagendamo urubyiruko rw’Abanyarwanda mu buryo budasobanutse.

Izo mpunzi kandi zinubira kuba ubuyobozi bw’igihugu buzitegeka kujya muri gahunda za leta z’abaturage basanzwe.

Ni inkuru yakurikiranwe n’umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika Etienne Karekezi.

A satanic regime: Since morning, UNHCR workers with DMI elements have been going to pick families of those who lost their loved ones and taken for a quiet burial of their massacred relatives. Each family was allocated specific time, a family would be picked to bury after another has finished the burial rites. Only a maximum of 8 people per family where allowed for the burial. On the clip below, a family is being briefed to don't take pictures during the burial of their relative(s). The clip is in Kinyarwanda dialect.N.B: I will be sharing photos of the burial….more than 200 people are still unaccounted.

Publié par Rpf Gakwerere sur samedi 24 février 2018

AKABANGO K’AMATEKA. Igice cya mbere : GAKONDO K’IWACU

$
0
0

Ngo « UTAZI IYO AVA NTAMENYA IYO AJYA ».

Dushimire Bwana Nsabimana Evariste, inzobere mu mateka n’umuco nyarwanda, ugiye kujya atugezaho buhoro buhoro ibiganiro ku mateka y’u Rwanda.
Ku bwa none, agiye kutuganirira kuri « GAKONDO K’IWACU », ahugure buri wese amenye « IWABO N’ABABO ».

Numara gukurikira iki kiganiro cya mbere « GAKONDO K’IWACU », urashobora gusubiza ibi bibazo :

  1. Irindi zina ry’Abakonde ni …………………………..
  2. Abenengwe ni abo mu kihe gihugu ?
  3. Nyamibande ni iki ?
  4. Ni iyihe nyamaswa bavuga ko isangiye ubwoko n’abasinga ?
  5. Kimezamiryango cya rurenge ni muntu ki ?
  6. Nyaruzi rwa Haramanga yari umwami wa ……………………………
  7. Ni irihe zina ry’ingoma y’ubwami bw’ababanda ?
  8. Mashira ya Nkuba ya Sabugabo ni muntu ki ?
  9. Mu Mironko hari umurwa w’ikihe gihugu ?
  10. BUSOZO iri mu kihe gihugu ?

Ikondera libre, 18/02/2018.

Impamvu ikiganiro cya Jambo asbl cyo ku wa 01/03/2018 kitazaba

AKABANGO K’AMATEKA: GAKONDO K’IWACU – Igice cya Kabiri

$
0
0

Uyu ni Bwana Nsabimana Evariste, inzobere mu mateka n’umuco nyarwanda, ukomeje kutugezaho buhoro buhoro ibiganiro ku mateka y’u Rwanda.

Turacyari kuri « GAKONDO K’IWACU », aho ahugura buri wese ngo amenye « IWABO N’ABABO ».

Numara gukurikira iki kiganiro cya kabiri « GAKONDO K’IWACU », urashobora gusubiza ibi bibazo :

  1. Igisaka ni igihugu cy’abagesera b’abazira…………..
  2. Umwami wa nyuma w’abagesera ni nde ?
  3. Ingoma y’ubwami RUKURURA yari iya bande ?
  4. Abacyaba bari abo mu kihe gihugu ?
  5. Nzira ya Muramira ni muntu ki?
  6. Ni ubuhe bwoko butari ubw’abakonde ?

 

Ikondera libre, 18/02/2018 (ikonderalibre@gmail.com).

Kiziba: Isesengura ry’ibibazo byatumye impunzi zicwa

Maj. Micombero na B. Rutabana bavuze impamvu z’ihohoterwa ry’impunzi z’abenyekongo mu Rwanda

$
0
0

Muri iki cyumweru turi gusoza impunzi z’abanyekongo zo mu nkambi ya Kiziba mu burengerazuba bw’u Rwanda zarahagurutse zijya mu mujyi wa Kibuye ku biro bya HCR kugaragaza akababaro kazo.

Cyakora zarashweho n’abashinzwe umutekano ku buryo hari n’impunzi zishwe. Umubare nyawo nturamenyekana.

Polisi ivuga ko hishwe batanu gusa ariko impunzi zo zivuga ko umubare w’abishwe ari munini kurenza uwo.

Maj. Jean Marie Micombero na Ben Rutabana bavuze icyo batekereza ku ihohoterwa ryakorewe izo mpunzi z’abenyekongo ziri mu Rwanda. Ni mu kiganiro bagiranye ejo na Serge Ndayizeye kuri Radiyo Itahuka


Abayobozi batandukanye berekeje i Gabiro mu mwiherero wa 15

NDAMIRA – Episode 28

$
0
0

Yanditswe na Jean de Dieu NDAMIRA

Ubwo nahise njya kuri MWANA UKUNDWA nsobanurira umu maman twitaga Tantine wari ushinzwe kumva ibibazo byacu musobanurira uko bimeze ma ze ibaruwa ahita ayimpa, nasubiye kuri LKV, nsanga Sous-Préfet GATABAZI ari mu kiruhuko cy’uburwayi uwari waramusigariyeho ntacyo nagombaga kumubaza kuko ntacyo yari abiziho, ubwo rero amafaranga nasubijwe gusa ni 25000, gusa yangiriye akamaro cyane.

Amasomo yarakomeje kuri ADB, gusa byari bigoye ugereranyije n’uko twigaga ku Kibuye, nagombaga kuzinduka nkitegura ngafata urugendo rurenga isaha mu nzira no gutaha ni mugoroba bikaba ukonguko, sinabonaga igihe gihagije cyo gusubiramo amasomo nk’uko ku Kibuye byari bimeze. Nagerageje kwihanganira no kugerageza kumenyera izo mpinduka, igihembwe cya mbere cyararangiye sinatsindwa ariko sinagira n’amanota menshi, ntabwo byatinze dutangira igihembwe cya kabiri, tugeze mu gihembwe hagati nibwo amanota yasohotse ngira n’amahirwe nsanga Diplôme narayitsindiye, ubwo hakurikiyeho kwitegura kujya kuzana diplôme.

Nagiye kwa Bertha, mubwira ko nabashije kubona diplôme ya A3 biramushimisha cyane. Bertha yari umuntu ufite umutima udasanzwe, yagiraga urukundo n’ubuntu bihebuje ntabwo byashoboraga kumukundira guhakanira umuntu uje umugana amukeneye ho ubufasha YAKUNDAGA KUVUGA NGO TUGOMBA GUPFA KUGIRANGO ABANDI BABEHO.

Ubwo yahise andodeshereza costume nziza cyane angurira inkweto nziza cyane biberanye arangije ampa n’amafranga y’urugendo nditegura njya ku Kibuye, ibirori byarabaye diplôme zacu turazihabwa ubwo ipage yo ku Kibuye mba ndayifunze ngaruka gukomereza amasomo kuri ADB I Nyarutarama.

Igihembwe cya kabiri cyarageze dukora ibizami, igihe cy’ibizami kigeze hagati abarimu b’amasomo twari twararangije gukora ibizamini bari baratangiye gukosora, nibwo naje kuvumbura ruswa ikomeye yaberaga aho muri ADB cyangwa se no mu yandi mashuri yigenga.

Hari umwarimu witwaga Akilimari watwigishaga Eléctricité générale, yari umuhanga pe, gusa akagira complèxe y’uko yari mugufi cyane, yakundaga kutubwira ngo mes chers amis c’est pas la taille qui fait l’homme c’est la tête qui fait l’homme, yabivugiraga ko yari mugufi cyane akanga ko abantu bamusuzugurira ubwo bugufi bwe. Uyu mwarimu yitegerezaga abanyeshuli mu ishuli bagaragaho amafranga akabiyenzaho yarangiza akabasaba amafranga ngo abahe amanota, byumvikane ko n’ababaga batiyizeye ku bwenge babonaga amanota binyuze muri iyo nzira.

N’ubwo bwose nari nyakwigendera ku bijyanye n’amafranga, ariko ishusho yanjye yanshinjaga kuba umunyamafranga, nanjye nagaragaraga nk’uyafite. Umunsi umwe rero Akilimari yaje mu ishuli turangije gukora ikizami atanga itangazo ko hari abanyeshuli abona batakoze ibizami, nanjye izina ryanjye ryaje muri abo banyeshuli bahamagawe, ubwo twasabwaga kujya muri salle y’abarimu kwisobanura impamvu tutakoze ibizami.

Namugeze imbere mubwira amazina yanjye arambwira ngo nta rupapuro rwanjye yabonye, kandi mu by’ukuri nari narakoze ikizami, yanyumvishije ko azampa zéro ariko ambwira ko ndamutse muhaye ikaziye ya Primus hari ukundi byagenda, nkabona amanota meza. Akimbwira iryo jambo narikanze ndanarakara, siniyumvishaga ko umuntu w’umunyabwenge nk’ubwo namubonagaho yakora ibintu nk’ibyo.

Ikindi sinibazaga impamvu umuntu ashobora gukora akarara yicaye aharanira gutsinda ariko izo ngufu zose zigateshwa agaciro n’umuntu uharanira inyungu ze gusa, urupapuro rwawe akaruca cyangwa akaruta kugirango akunde abone indonke.

Ibitekerezo byinshi byandwaniyemo, nashatse kumukosora ako kanya, ariko nibuka impanuro nahawe na directeur wanjye wo muri ETO Kibuye , nyakwigendera Ir MVUKIYEHE Deny, maze ndifata.

Natekereje uburyo kubona iryo shuli byamvunnye nibuka inzira nanyuzemo ngo mbonane na Padiri Carlos, nkibaza uburyo umuntu ashobora gutesha agaciro uwo muhate wose umuntu aba yaragize ahatanira kugera ku byiza. Nasohotse muri icyo cyumba cy’abarimu nacitse intege, byarashobokaga ko namuha isomo ku buryo atazongera no gutekereza ibyo bintu ariko kandi byashoboraga kungiraho ingaruka zitari nziza. Ubuzima nari naraciyemo bwari bwaranshyizemo kwanga akarengane aho kava kakagera ntitaye ku muntu ugakorewe, ariko nari narigishijwe na none ko iyo urwanyije akarengane mu buhubutsi bishobora kukugiraho ingaruka zirenze ibyo washakaga gukiza.

Naratashye, ngera mu rugo nababaye cyane, nacitse intege nta nubwo nabashije gutegura ikizami cy’umunsi wari ukurikiyeho. Ijoro ryose ntabwo nigeze nsinzira naraye ntekereza aho nzakura amafranga yo guha icyo gisambo cy’umwarimu ndaheba, nafashe icyemezo cyo kujya kubibwira Padiri Carlos, narazindutse mu gitondo njya mu Gatenga amahirwe make nasanze Padiri Carlos nawe atakiba muri icyo kigo, ngo ntabwo yari akihayobora yari yaragiye.

Ni inkuru yantunguye kuko nta kintu nari narigeze mbimenyaho, impamvu zo kugenda kwe gusa namenye ko atagiye neza, uku kugenda kwe nzakugarukaho mu gitabo.
Undi mupadiri wari waramusimbuye ntabwo twari tuziranye nta kintu nagombaga kumutangariza, nahise nsubira mu rugo, kandi kuva ubwo ntabwo nongeye gusubira kuri ADB, ni ukuvuga ngo urugendo rwanjye rwo kuri ADB rwarangiranye n’igihembwe cya kabiri.

Gusa n’ubwo byari birangiye gutyo, nari narahahuriye n’abantu babiri b’ingenzi mu buzima bwanjye, abo ni RUGIRA Jean Maurice na Directeur BIZIMUNGU Faustin.
Icyo gihe nari mfite imyaka 24 kuko hari muri 1999 nari ngeze mu myaka bita imyaka y’ubwoba, ni imyaka umuntu w’umusore aba atangiye kwitekerezaho, atangiye kwigereranya na bagenzi be bareranywe cyangwa bo mu gihe kimwe.

Hari ababa barateye imbere, bakagira ingo, hari ababa barageze ku bikorwa bifatika runaka nko kubaka amazu, kugura amamodoka cyangwa kugira ubundi bushobozi bundi bugaragarira amaso, iyo wirebye rero ugasanga nta ntambwe n’imwe uratera, urushaho kugira ubwoba aho uba utangiye kwibaza ngo ejo nzamera nte?

Nange rero nicyo gihe nari ngezemo, nkabona ndacyacumbitse, nta mafaranga mfite, nta gikorwa na kimwe, hakubitiraho na bampemukendamuke nk’uwo mwarimu bafata icyemezo cyo guhima umuntu ku nyungu z’inda zabo gusa nkarushaho kubabara, nari ngeze muri cya gihe abanyarwanda bavuga ngo kurazikubone.

Umutima wanjye wakomeje gutekereza kuri ubwo buzima ndimo ari nako igitekerezo cyo gusubira kwiga kuri ADB cyanshizemo burundu mpita mpareka. Ubwo natangiye kujya nshakisha ibiraka ariko nagerageza gushakisha uburyo nakomereza amasomo yanjye muri ETO Muhima.

Byibura ho hari muri leta, nta byo kwaka ruswa byari kuhaba, ikindi kandi hari hafi y’aho nari ntuye, ubwo igitekerezo cyo kujya gushakira ishuli muri ETO Muhima cyakomeje kunyakamo, ntangira kujya mbaririza amakuru yaho n’uburyo bwo kuhabona ishuli. Kubera ko ku Kibuye nari umuntu uzwi cyane byari byarampesheje imbaraga zo kujya nsabira abana amashuli ku Kibuye, hari abana babiri nigeze gusabirayo imyanya birakunda, umwe yitwaga KAYITARE ubu ni umusirikare ukomeye, undi simwibuka neza.

Gusa izo ngufu nari mfite ku Kibuye zahindukaga zéro iyo nabaga nambutse Nyabarongo ngaruka i Kigali, nagagombaga gushakisha abafite ubushobozi mu mujyi wa Kigali bakamfasha kubona ishuli muri ETO Muhima.

N’ubwo bwose mu ntangiriro nibwiraga ko bikaze ariko byaranyoroheye cyane, abo basore n’inkumi twabanaga, bari bafite umu tante wabo witwaga GASENGAYIRE, nawe yari umubyeyi ugira ubupfura budasanzwe, yari afite umudamu w’inshuti ye wakundaga kumusura ntibuka izina rye wakoraga muri AFER (Association des femmes entrepreneurs au Rwanda).

Uwo mudamu nkeka wari mu bayobozi b’iyo association ubwo yazaga kudusura, uwo mu tante wacu yamugejejeho ikibazo cyanjye, amubwira uburyo nagiye kwiga bakanca ruswa bikanca intege nkananirwa, noneho uwo mudamu wakoraga muri AFER yambajije niba ntajya kwiga muri ETO Muhima.

Natunguwe n’icyo kibazo kuko siniyumvishaga ko napfa kuhabona umwanya, umudamu namubwiye ko ari byo nifuza cyane ahubwo, ubwo yahise ambaza icyo nifuza kwigayo, mubwira ko nifuza Eléctromécanique, kuko Eléctronique nari narayizinutswe kubera ruswa nari narabonye kuri ADB.

Ubwo yahise agenda hashize iminsi mbona imodoka yo ku kazi kabo ije mu rugo harimo umushoferi, arambwira ngo nitegure njye kuri arrondissement, ubwo nahise nitegura tujyayo, mpita ninjira mu biro bya RUTARI Gérard niwe wari ukuriye uburezi mu mujyi wa Kigali.

Naramusuhuje yanga kumpa umukono antegeka gusubira hanze nkagaruka, narabikoze arambwira ngo kirazira nta mwana usuhuza umuntu mukuru agomba gutegereza ko umukuru amuhereza umukono. Ako nahise ngafata mu mutwe ndamushimira, yahise anyaka attestation de réussite, ndayimuha kuko nari nayitwaje arayireba arangije ampa urupapuro runjyemerera kujya kwiga muri ETO Muhima.

Ubwo igihe cyo gutangira amasomo cyari kigeze, mpita njya kuri ETO Muhima, ariko nsanga imyanya muri Eléctromécanique yarashize, mbasaba ko banshyira muri Eléctronique naho nsanga nta myanya ihari ubwo bahita banshyira muri Engins lourds, nahise ntangira amasomo ariko muri Engins Lourds byasabaga byibura umuntu wize Mécanique Automobile muri A3.

Jyewe rero nari narize Eléctricité, nabonaga ntazi iyo biva n’iyo bijya, ubwo nasubiye muri direction nsaba préfet des études witwaga SIBOMANA Francois kundebera ko atagerageza kunseseka muri Eléctromécanique cyangwa Eléctronique, yarampakaniye gusa ambwira ko ahandi hashoboka imyanya ari muri construction, ubwo nta yandi mahitamo nari mfite nahise nigira muri construction uko biri kose byarutaga kujya muri Engins Lourds.
Nguko uko ninjiye muri construction muri ETO Muhima, nasanze baratangiye amasomo bayageze kure, ariko expérience nari naravanye kuri ADB yaramfashije nari maze gusobanukirwa n’uburyo muri A2 biga, nta na kimwe cyangoye.

Mu bihe byose nagiye nyuramo bigoye hari uburyo Imana yagendaga imparurira amayira igategura umuntu uzajya amfasha mu by’ingenzi nkeneye, nk’uko kuri ADB Imana yampuje na RUGIRA Maurice, no kuri ETO Muhima naho nahahuriye n’umwana w’I Rwamagana witwaga MUTABARUKA Robert Christian.

Yari umwana wo mu bakire, nagize amahirwe turicarana ku ntebe, kubera ko ibyo twigaga nk’imibare nari narabinyuzemo kuri ADB, ntabwo byangoraga cyane, uwo mwana rero yambonyemo umuntu uzamufasha kwiga maze ahita anyiyegereza. Naho ubucuti bwacu bwaturutse, tuba inshuti, ubwo muri cantine akantunga, nkakunda kuba ndi aho yari acumbitse muri JOC buri gihe muri weekend, mbega tuba inshuti z’akadasohoka. Kubera ubucuti twari dufitanye rero ntiyatinze kumenya amateka yanjye, byatumye angirira impuhwe maze ubucuti bwacu burakomera.

Kuri ETO ho byibura habaga ikintu cya rigueur ku buryo ryabaga ari itegeko kugera ku ishuli saa moya za mu gitondo tugakora étude, urwo rugendo rero rwo kuva i Gikondo saa kumi n’imwe n’igice kugira ngo ngere muri ETO hakiri kare rwaramvunnye, maze mbigiyemo inama na ba basore twabanaga niyemeza gushaka uburyo nakongera kujya niga nibana nkatura hafi y’ishuli.

Mbere yo gushaka uburyo nakwikodeshereza nabanje kugerageza amahirwe yo kuba muri ETO, maze negera uwari directeur icyo gihe witwaga BUGINGO Karemantoki, musaba ko yanyemerera nkajya nibera mu mazu yabaga muri ETO Muhima. Hari amazu menshi atagira icyo akorerwamo, ntabwo yanyangiye yarabinyemereye, ahubwo bitewe n’uburyo nari namusobanuriye amateka yanjye, ampa amafranga 15000 Frw.

Ubwo ba basore twabanaga nahise mbasezeraho baramperekeza nuko mba nimukiye muri ETO muhima, mu kwimuka nabifashijwemo n’abasore bitwaga ba Petit bo ku mugao w’umu docteur witwaga BIGOMWA kuko bari bafite imodoka.

Ubwo rero mba nimukiye muri ETO gutyo gusa hari undi mwana wari umucikacumu, utaragiraga aho ataha, twiganaga ariko we yigaga mu ishuli ryari parallèle n’iryacu, mbega yigaga construction.

Abanyeshuli bari bavuye muri A3 ntabwo biganaga n’abarangije Tronc commun, uwo mwana nawe BUGINGO yamwemereye ko tubana, hari n’undi mwana nawe wigaga muri mécanique Automobile twitaga Philos, nawe twabanaga, twari batatu.

Amasomo yaranyoroheye kandi ubwenge bwanjye bwari butangiye kugenda bugaruka gahoro gahoro, wa muhungu Robert nawe akabimfashamo, tugakora Etude cyane, kandi nta kintu na kimwe namuburanaga kuko muri weekend najyaga kumusura muri Joc agateka tukarya tukanywa mbega byari byiza nta mihangayiko myinshi nari mfite.

Igihembwe cya mbere cyararangiye ndetse mbyitwaramo neza mba uwa mbere, icyo kintu cyaranshimije cyane kuko byanyibukije ibihe byanjye bya kera muri primaire kuko nari umuhanga cyane, byongera kunyibutsa kandi mbere y’intambara gato niga kuri ESA kuko nabwo nari umuhanga, mbega ubwenge bwari butangiye kugaruka gahoro gahoro.

Ubwo twagiye mu kiruhuko noneho Robert ansaba ko nazaza tukajyana iwabo mu kiruhuko, iwabo hari muri Komini Muhazi, muri préfecture ya Kibungo icyo gihe préfecture zari zitarahinduka. Ntabwo nari kwanga birumvikana, nagiye iwabo tuhamarana ikiruhuko cyose, tukajya gutembera kuri Muhazi, mpagirira incuti nyinshi, mbega ababyeyi be barumuna be na bakuru be barankunda cyane mbega byari byiza.

Ikintu cyangoraga cyane ni amasengesho yaho, maman wabo yari umunyamasengesho ukaze cyane kandi akabitoza abana be bose, ntabwo rero abashyitsi bagombaga gusigara. Uretse nibyo kandi nari umwana mu rugo, iyo igihe cyo kuvuga ishapule cyazaga nyine byabaga bikaze ariko ngashinyiriza tukayivuga ikarangira.

Igihe cyo kugaruka ku ishuli cyarageze turagaruka ababyeyi ba Robert nanjye bampfunyikira impamba nk’abandi bana kandi bari bankunze cyane. Si n’ibyo gusa kandi hari n’umukobwa wari umu directrice kuri Ecole primaire yaho twari twakundanye cyane, n’ubwo bwose nari umu secondaire ariko nari présentable, ku uburyo umukowa uzi ubwenge kandi ureba kure atari kunyitesha, gusa ntabwo yari azi ko yakunze bakonjariva.

Twagarutse i Kigali rero umutima wanjye wishimye nabonye famille nisanzuramo bamfata nk’umwana wabo. Igihe cyarageze amasomo y’igihembwe cya kabiri aratangira ariko umuvuduko nari mfite wo kugarura ubwenge bwanjye neza uza gukorwa mu nkokora n’ibintu bibiri.

Icya mbere narwaye marlriya y’igikatu, nari maze igihe kirekire ntarwara marariya ariko aho nabaga muri ETO Muhima harimo imibu myinshi biza kumviramo marariya. Nabanje kuyisuzugura sinivuza imerera nabi cyane ku buryo nari ngiye no gupfa, Robert yanshakiye imiti igabanya ubukana, arangije anshakira ipikipiki injyana kwa Bertha. Ngeze kwa Bertha rero yahise anjyana kwa muganga, banyandikira imiti ya kinini, nagarutse muri ETO imiti ndayinywa, ariko imena amatwi pe.

Ubwo nanywaga iyo miti nibwo igitangaza cyaje kumbaho, muri ETO Muhima, hakundaga kubera amakwe kuko hari salle y’ubukwe, muri yo week end rero twamenye ko hagiye kubera ubukwe, sinzi ikintu cyambayeho ku buryo ikintu cyose nihumurizaga numvaga ari impumuro ya Primus, iyo phénomène yaranyobeye abaganga muzansobanurire.

Nanywaga amazi nkumva ni primus, banzanira ibiryo nkumva ni primus, najya koga nkumva ni primus mbega impumuro yose numvaga ari primus yemwe n’icyayi numvaga ari primus. Kandi ubwo marariya yari imereye nabi, maze kumva iyo mpumuro ya Primus indembeje mafashe icyemezo cyo guhagarika imiti, byari bigeze nko ku wa kane.

Nafashe icyemezo cyo kureka imiti ntegereza umunsi w’ubukwe ndavuga nti nzavumba primus aho kwicwa no kuyifuza. Ubwo ku wa gatandatu bigeze nakoresheje uko nshoboye ubwo bukwe mbwinjiramo maze nicara hafi y’ikigega ku buryo inzoga zose zancaga imbere maze ntoranyamo primus nziza nziza zimwe zifite amapine ngotomera ebyiri zishyushye. Kubera ingufu nke nari mfite nahise ncika intege njya kuryama, ariko nabyutse nsimbuka, kuva uwo munsi kugeza ubu sinongeye kurwara marariya ukundi.

Uretse ubwo burwayi bwanshegeshe hari iyindi mbogamizi nagize yangoye cyane bituma ngabanya umuvuduko nari nzamukanye wo kwisubiza icyubahiro cyanjye cy’umunyeshuli w’umuhanga.

Biracyaza……………

 

Inama cyangwa Inyunganizi nyandikira kuri:

Whatsapp: +254790617702

Email: lbe125@yahoo.fr

 

Izindi nyandiko wasoma

NDAMIRA – Episode 1

NDAMIRA – Episode 2

NDAMIRA – Episode 3

NDAMIRA – Episode 4

NDAMIRA – Episode 5

NDAMIRA – Episode 6

NDAMIRA – Episode 7

NDAMIRA – Episode 8

NDAMIRA – Episode 9

NDAMIRA – Episode 10

NDAMIRA – Episode 11

NDAMIRA – Episode 12

NDAMIRA – Episode 13

NDAMIRA – Episode 14

NDAMIRA – Episode 15

NDAMIRA – Episode 16

NDAMIRA – Episode 17

NDAMIRA – Episode 18

NDAMIRA – Episode 19

NDAMIRA – Episode 20

NDAMIRA – Episode 21

NDAMIRA – Episode 22

NDAMIRA – Episode 23

NDAMIRA – Episode 24

NDAMIRA – Episode 25

NDAMIRA – Episode 26

NDAMIRA – Episode 27

Ngo « UTAZAFATANYA NA PREZIDA KAGAME, IMIGOZI IRAMUTEGEREJE »: Rugema Kayumba.

$
0
0

Turi kuwa gatandatu tariki ya 17/02/2018. I Buruseli mu Bubiligi, muri Komini ya Molembeek , ndabona abanyarwanda benshi n’inshuti zabo bahuye.

Bahuriye kuri Kiliziya yitiriwe mutagatifu karoli Barrommée, baje mu misa yo gusabira nyakwigendera Patrick Karegeya wiciwe muri Afrika y’epfo mu ijoro ryo kuwa 31/12/2013 rishyira umwaka wa 2014.

Abantu binjiye mu kiliziya, abahereza barinjiye, abapadiri barinjiye, mu njyana y’abalirimbyi.

Misa iratangiye, amasomo y’uwo munsi arasomwe, ivanjili ikurikiyeho, Padiri Athanase atanze inyigisho.

Yewe n’amaturo aratanzwe, byose bigenze uko byateguwe.

Misa irahumuje, abayijemo bahuriye mu kindi cyumba cyateganirijwe gusangira, gusabana no kugaruka ku mibereho ya Patrick Karegeya. Abafashe amagambo bose bagarutse k’ubutwari n’ubupfura byaranze Patrick Karegeya.

Mu bitabiriye uwo muhango mbonyemo RUGEMA KAYUMBA, uyu umaze iminsi uvugwa mu itangazamakuru ko ajya gutoza ingabo muri Uganda ngo zo kugaba ibitero ku U Rwanda.

Ikondera libre, 17/02/2018

Gabiro, 26/02/2018: Ijambo rya Perezida Kagame ryo gutangiza umwiherero wa 15 w’abayobozi

CCSCR yamaganiye kure ihohoterwa ryakorewe impunzi z’abanyekongo mu Rwanda

$
0
0

Muri iki kiganiro, CCSCR (Cadre de Concertation de la Société Civile Rwandaise) Inama Mpuzabikorwa ya Sosiyete Sivile Nyarwanda yibutsa uko izi mpunzi zageze mu Rwanda, ibibazo zahuye na byo, icyatumye zihaguruka zigakora imyigaragambyo zigamije gutanga ubutumwa bukubiyemo akababaro kazo ku cyicaro cya HCR ku Kibuye.

CCSCR isobanura ko bigayitse kandi bibabaje kubona nta gisubizo HCR yazihaye, bikaba binagayitse binababaje kubona zarahohotewe n’abitwa ko bashinzwe umutekano kugeza n’aho bazirasa, bamwe bakaba barahasize ubuzima.

CCSCR ikavuga ko buri munyarwanda yaharanira ko igihugu cye kigera ku buyobozi bwiza kuko ari wo muti nyawo wo kwivana mu karengane n’ibindi bibazo bibugarije ndetse bikaba byugarije n’akarere.

Andi mashusho ku bwicanyi bwakorewe impunzi z’abanyekongo akomeje kujya hanze

$
0
0

There is nothing evilish like having a MAD MAN as a ruler, and people expect me to address this MAD MAN as his "excellency!" Criminal Paul Kagame is a serial killer who should be removed from a civilised society. His address out to be a cage, a pure 57 Kg skinny animal.The clip below shows carnage – deaths that this animal called Paul Kagame inflicted against Congolese Tutsi refugees merely for demanding for their rights to return to their home soil – DR Congo. What Kind of a leader is this man?? For years, a ruler who kills daily those that he is meant to protect – the citizens. Yes criminal Paul Kagame, you can kill, your delusional mind and madness may tell you that your untouchable with godly status of providing life and death. The cries of mothers since 1990, up to today will not go unanswered. The blood of innocent people doesn't perish in vain…

Publié par Rpf Gakwerere sur lundi 26 février 2018

Publié par Rugema Kayumba sur samedi 24 février 2018

KUKI KAGAME YUMVA KO IKIBAZO CYOSE KIBA KIGOMBA GUKEMUZWA IMBUNDA (KWICA)?

$
0
0

Yanditswe na Benito Kayihura

Mu minsi mike ishize twabonye ukuntu impunzi z’aba Congoman bavuga ikinyarwanda bakaba ari n’abatutsi kimwe na Kagame cyangwa n’abandi banyarwanda benshi bishwe n’inzego zivuga ko zishinzwe umutekano mu Rwanda zibaziza kwigaragambya kubera inzara yari igiye kubicira mu nkambi ya Kiziba iri ku Kibuye no gusaba gusubizwa iwabo aho kwicirwa ninzara mu nkambi. mbere yuko mvuga kw’iraswa ryizi mpunzi reka tubanze twibukiranye gato uko izi mpunzi zageze mu Rwanda.

Kagame amaze gutangaho abatutsi barenga ibihumbi 300 ibitambo muri 94 ngo abone uko yifatira ubutegetsi yumvaga abazapfa azabasimbuza abandi bari bari mu bihugu bikikije u Rwanda kuriwe ntacyo yahombaga cyane ko nta mwene wabo cyangwa umuryango we wari mu Rwanda kiriya gihe, nyuma rero yo gufata ubutegetsi mu Rwanda hari hakurikiyeho indi phase yo kwagura ubwatsi mu rwego rwo gushinga empire Hima Tutsi, ni muri urwo rwego abakozi be batumije inama y’abasaza bahagarariye abatutsi batuye muri Congo bose gutaha bagatura mu Rwanda n’imiryango yabo kuko ngo muri Congo hari hagiye kuba intambara iyo nama yabereye mu ngoro ya Muvoma cyangwa mu nzu mberabyombi ya Butare aho hari muri 1995, Abanya Masisi n’aba nyejomba babyumvise vuba cyane ko abenshi muribo bari impunzi zo muri 1959 bari bakibuka uturere n’imisozi bari batuyeho mbere y’uko bahungira muri Congo, ku Banyamulenge bo ariko siko byagenze ahubwo bo bahise batera utwatsi icyo gitekerezo bavuga ko batabona aho bororera inka zabo abandi bavuga ko n’ubwo bavuga ikinyarwanda ariko atari abanyarwanda (gusa ibi ntibibujije ko hari hari umubare munini w’abanyamulenge batahutse ku giti cyabo)

Mu Banyamulenge n’abanya Masisi abenshi baratahutse n’uko babohoza amazu y’abahutu bari barahunze hanyuma President Pasteur Bizimungu ategetse ko abantu babohoje amazu bayavamo abenshi bagiye gutuzwa i Nasho ubundi ubuzima burakomeza. nyuma yaho nko kugera muri 2005 abatutsi bo muri Congo bari bagitahuka umwe umwe kandi bagahabwa ibyangombwa by’u Rwanda umunsi babisabiyeho kandi bakabona akazi muri Leta ndetse bakanashyirwa mu ngabo na Police, ibintu byaje guhinduka ubwo Kagame yihishe muri CNDP ya Laurent Nkunda akagerageza komora Kivu zombi kuri Congo akazigira intara imwe yigenga, icyo gihe yafashe abarwanyi ba FDLR batahutse ku bushake na Mai Mai nuko abaha intwaro baragenda birara mu batutsi muri Congo baratema, amazu baratwika, abagore bafatwa ku ngufu nuko Kagame nawe sukuvuza induru urufuzi ruramurenga ngo ntago azihanganira kubona hari umututsi ukorerwa Genocide ngo arebere, nguko uko yataangiye gufungura amakambi mu Rwanda y’impunzi ari nako ashishikariza abatutsi bo muri Congo kwihangana bakaba baje muri izo nkambi by’akanya gato mu gihe ari kubategurira igihugu cyabo kigenga, uko byagendekeye M23 yagombaga gushyira mu bikorwa imipango ya Kagame mwese mwarabibonye none abandi nyuma yo kubona ko bashutswe bagata amasambu n’amatungo yabo kdi bakabona ko Kagame imipango yamushiranye bahisemo kwisubirira iwabo nawe ati hinga mbereke icyo mpfana na Kanjogera na Kabale? mbibutse ko benshi muri izi mpunzi akenshi baba bibereye muri Congo bagiye kwirebera amasambu n’amatungo yabo basigiye abasaza badashaka kuza mu Rwanda cg bagasigamo abapagasi mu byukuri aba nta kibazo bafite muri Congo, bahohoterwa gusa iyo Kagame yubuye ya mitwe ye irwana mw’izina ry’abatutsi maze bikabateranya nandi moko.

TUGARUKE KW’IRASWA RY’IMPUNZI

Nibyo koko ziriya mpunzi zarigaragambije ariko twibukiranye ko kwigaragambya byemewe mu mategeko y’u Rwanda, video twabonye aho umu Police wari uhagaze muri Convoy yavugaga ko ngo impunzi zigaragambije zitera abashinzwe umutekano amabuye impunzi zahise zivugira hejuru ko azibeshyera ahubwo mu ma video tubona hari aho impunzi zigenda ziruka mu muhanda ziririmba ndetse zanamanitse amaboko ngo zerekane ko ziri gukora imyigaragambyo yo mu mutuzo maze zikakirizwa amasasu anumvikana muri iyo video, umuntu wese ugira umutima wa kimuntu yibajije impamvu Kagame yumva buri kabazo gato kose kavutse kagomba gukemuzwa kumena amaraso biramushobera.

Ese ku kibazo cya ziriya mpunzi Leta yagombaga kubyitwaramo ite? twibukiranye ko bariya bantu Kagame yabafataga nk’abanyarwanda mbere yuko atangira gupanga uko yazabakoresha yigarurira Kivu zombi kuko hari n’abavaga muri Congo ku wa gatanu kuwa mbere akaba ari mu biro i kigali akora cyangwa akajya gukora imyitozo yo kujya mu ngabo na Police.

Dore icyo Leta yari bukore:

ubusanzwe ahantu habaye imyigaragambyo Police niyo ifata iya mbere mu gutabara igamije kugarura ituze no gusubiza ibintu mu buryo nkuko biri nshingano zayo, ariko mu Rwanda igisirikare nicyo cyahageze mbere ya Police gifite amabwiriza yo gukora ibyo mwabonye gikora, igisirikare ubundi gitabara gusa iyo igohugu cyatewe cyangwa se bahanganye n’imitwe y’iterabwoba nk’ibyihebe

Uretse ko byose ari cyo kimwe nubundi niyo haza Police mbere nta cyabaye kitari bube kuko bose bakura amabwiriza ku muntu umwe kugeza naniyi saha nge ntarashobora kwiyumvisha uko atekereza

Hari igihe njya nibaza icyo imyitozo, amasomo n’amahugurwa Police y’u Rwanda ihabwa biyimariye cyangwa impamvu Leta ipfusha amafaranga ubusa ibaha imyitozo batazagira icyo bakoresha bikanshobera? bage babigisha kurasa mu cyico kuko nicyo nge mbona bakeneye igihe cyose Kagame akiri Perezida w’u Rwanda.

Kw’itariki 20 muri 2006 Police y’u Rwanda yahawe imyitozo yuko igomba kwitwara mu gihe cy’imyigaragambyo mubyo bigishijwe nkuko mubireba ku mafoto nta kurasa kurimo kuko nta mbunda bafite ahubwo mu gihe nkiki Police:

1. yifashisha ibyuka biryana mu maso/tear gas/ gaz lacrimogene
2. Ibimodoka bitera amazi afite umuvuduko n’ingufu nyinshi,
3. K9 dogs/imbwa zabitojwe,
4. ingabo bikingaho inyuma ngo amabuye atabageraho/shield

ibi kandi bikoreshwa gusa igihe abigaragambya baba bari gutera amabuye Police cg abaturage no kwangiza ibikorwa remezo iyo abigaragambya babikora mu mutuzo Police ibajya imbere ikabaherekeza igamije kureba ko batagira igikorwa kibangamira abandi bakora.

KUKI IBI BYOSE BITAKORESHEJWE YENDA NGO BAVUGE KO BAGIYE KURASA KUKO ARIBWO BURYO BWONYINE BWARI BUSIGAYE?

Kagame ayoboye u Rwanda yibitseho ibidosiye biremereye kurusha undi muperezida uwariwe wese kwisi kdi abakoze iperereza ku byaha aregwa bashoje bavuga ko ikimurokoye ari ubudahangarwa afite naho ubundi ko baba bamutambikanye. Kuva uwo munsi yatangiye guhumeka insigane kuko abazungu akorera bari bamaze kumukopeza ko umunsi azava ku butegetsi bazamufata mu mikandara bakamujyana amaguru adakora hasi, iyo rero utangiye kumuzanaho ibigambo byinshi cyangwa kumwigaragambyaho biroroshye cyane kukwitiranya na bamwe bakora iperereza kubyo yakoze cyangwa akagirango nibo bagutumye

Kagame yishe abanyarwanda mu moko yose batagira ingano bidateye kabiri atangira no kwaduka mubo bakoranye bya hafi nuko bimubyarira abanzi nawe ubwe atazi umubare kuburyo buri muntu wese bahuje amaso amubonamo aduyi kdi abenshi bari mu ngabo na Police bye. Niwe muperezida wanzwe n’umubare mwinshi w’abaturage ayobora kubera amateka ye ku Rwanda n’imyitwarire ye, ibi rero iyo ubihuje ntutinda guhita ubona impamvu Kagame agira ubugome n’imyitwarire utasangana undi muntu muri iyi si ya none.

Aba bavandimwe bacu rero bo muri Congo baguye mu bintu batazi ahari se babitewe no kwitiranya u Rwanda na Congo aho bahora bigaragambya uko bashaka buri munsi bakanatuka Kabila ntihagire n’ubarya urwara, ku muntu ushaka kuba mu Rwanda akahagirira amahoro hari ibintu byibura 3 uba ugomba kubahiriza:

1. Kutagaragaza yaba mu mvugo cyangwa mu ngiro ko ubabajwe n’akarengane Leta ikorera abaturage cyangwa abo yafashe nk’abanzi
2. Kubona ibintu byose kimwe nk’abayobozi, kutegerageza yaba mu mvugo cyangwa mu ngiro ko hari ukundi ubona ibintu byakorwamo bitandukanye nuko bo babikoze
3. Kugaragaza ko ushyigikiye 100% imyumvire yogeye mu Rwanda ko Perezida Kagame ari indashyikirwa yahagaritse Genocide, akaba atagira ikosa na rimwe bityo akaba akwiye kuyobora kugeza igihe apfiriye

Iyo ziriya mpunzi zijya kumenya u Rwanda na Kagame nkuko twe tubizi biriya ntibiba byarabaye, yenda bari gukoresha ubundi buryo nko kwitoramo komite ikajya ku cyicaro gikuru cya HCR i Kigali bagasaba ko bashaka kwisubirira iwabo kubera inzara, gusa nabwo Kagame yari buge kubatangirira mu nzira akabicirayo akavuga ko ari FDLR kuko we akibwira ko hari ukuntu bizakunda ko yomeka Kivu zombi ku Rwanda kdi ntibyakunda adakoresheje bariya ba Rwandophone, gutaha rero ibyo bitaracamo baba bamutabye mu nama

Njya nkunda kuvuga ko wica umuntu umwe ukeka ngo arakwanga maze hagahita havuka abandi nka 20 bakwanga cyane ndetse kurusha nuwo wishe, nuko nyine mu Rwanda ibanga riba ku mutima ariko abatutsi nkubu bahise bava kuri Kagame kubera iriya scandale ni benshi cyane, Kagame mbere yo gutanga amategeko yo kwica ziriya mpunzi yarakwiye kubanza kwibuka ko ariwe wabateje akaga kose barimo mu nyungu ze, ubwo yicaga bamwe muribo yikinze inyuma y’imitwe yaremye, agahatira abasore kujya muri M23 bigatuma bangwa urunuka n’aba Congoman n’amafaranga HCR ibagenera akayakubita umufuka ari nabyo byakuruye imvururu maze ubundi akabatega amatwi aho kujya kubamishamo urufaya rw’amasasu.

Nta gushidikanya ko ku mpamvu zimuturutseho, Perezida Kagame agenda yibyarira abanzi uko bwije nuko bukeye bityo kuvuga ko biri bugufi ko abo amaze guhemukira twese duhagurukira rimwe tutaje kwigaragambya ahubwo kumubwira mu rurimi yumva igihe ariki ntiyaba yibeshye


Perezida Kagame Yamaganye Icyenewabo mu Butegetsi

$
0
0

Kuri uyu wa mbere abategetsi bakuru b’u Rwanda batangiye inama y’umwiherero ku nshuro ya 15. Muri iyo nama yiga ku iterambere ry’igihugu, umukuru w’u Rwanda ayifungura ku mugaragaro yongeye gutinda ku bibazo by’imikoranire idahwitse hagati y’abategetsi ndetse n’ibibazo by’ikimenyane n’icyenewabo bidindiza iterambere .

Ikibazo cy’imikoranire idahwitse hagati y’abategetsi idindiza iterambere ry’igihugu Prezida Kagame yongeye kugitindano ku nshuro ya cumi na gatanu ubwo yatangizaga ku mugaragaro umwiherero w’abategetsi bakuru.

Muri uyu mwiherero uri kubera mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare I Gabiro mu burasirazuba bw’u Rwanda umukuru w’u Rwanda yibanda kuri ki kibazo cyagombye kuba kiva mu nzira nta mutegetsi runaka yigeze akomozaho mu bo avuga ko bakorana batumvikana.Ariko Perezida Kagame ashimangira ko bihari.

Kuri aba bategetsi badahuza mu mikoranire bikaba nyirabayazana wo kudateza imbere uko bikwiye abo bategeka Prezida Kagame yababajije niba umwe ku wundi uwamuha kwihitiramo uwo yiyumvamo bagakorana ubwabyo byatanga igisubizo.

Ikindi kibazo gikunze kuvugirwa mu matamatama ariko kuri iyi nshuro abateraniye mu mwiherero bagaragaje nka nyirabayazana wo kudindiza ibintu ni icy’ikimenyane n’icyenewabo mu butegetsi. Minisitiri w’ubutwererane, ububanyi n’amahanga icyarimwe n’umuvugizi wa Guverinoma Mme Louise Mushikiwabo yavuze ko aho bimeze neza mu mahanga ibi babirenze. Maze Prezida Kagame na we ati “ikimenyane mu kudindiza imikorere ntaho gitaniye na bwaki yica cyangwa ikadindiza imikurire”

Hari kandi Ibindi bibazo birebana n’iterambere rya rubanda nko kubana b’inzererezi mu mihanda, abazonzwe n’imirire mibi abakirarana n’amatungo ,abakirwaye amavunja n’ibindi bihora bigaruka kandi buri gihe abategetsi bemeranya kubikemura. Kuri iyi nshuro hongeye kumvikana ukutabwizanya ukuri hagati y’abategetsi.

Ibisobanuro byatanzwe mu gufungura ku mugaragaro uyu mwiherero ku nshuro ya 15 hafi ya byose Prezida Kagame yasoje ijambo riwufungura agaragaza ukutanyurwa. Yasabye ko abatuzuza inshingano uko bikwiye byagombye kuba bibagiraho ingaruka.

Niba kuri iyi nshuro ya 15 abategetsi bakomeza gushimangira ko byinshi mu byo baganiraho byahindutse nk’indirimbo ihora yisubiramo biragoye kwemeza ko no mu yindi myaka 15 izakurikira bitazakomeza bitya. Birasaba kubitega amaso cyane ko nk’ibimenyane n’icyenewabo mu butegetsi bashyira mu majwi nka kimwe mu byica ibintu, bakomeza kubivuga gusa ariko nta ngamba zitajenjetse bagaragaza zo kubirandura burundu.

Umwiherero ku bategetsi bakuru b’igihugu buri mwaka bawufata nk’umwanya mwiza kuri bo wo kongera kwisuzuma bakareba aho bitagenze neza bafatiye ku cyerekezo u Rwanda ruba rwarihaye. Uyu mwiherero ku nshuro ya 15 uzamara iminsi ine.

Rwanda TV

Publié par Rwandatelevision sur lundi 26 février 2018

Olivier Karekezi ntabwo akiri umutoza wa Rayon Sport

$
0
0

Inama yahuzaga ubuyobozi bwa Equipe ya Rayon Sport kuri uyu mugoroba wo kuya 26/02/2018, isojwe batangazako Karekezi Olivier atakiri umutoza wa Rayon Sports FC, ni nyuma y’uko yagaragaje umusaruro utarigeze na gato ushimisha abakunzi ba Gikundiro mu mukino bahuyemo na Equipe ya APR.

Imyigaragabyo muri Michigan Grand Rapids y’abanyekongo bavuga ikinyarwanda bamaganye Paul Kagame

$
0
0

 

Mu gihe HCR yemeza ko impunzi 11 z’abanyekongo ari zo zishwe n’igipolisi n’igisirikare cy’u Rwanda, Muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika impunzi z’abanyekongo zivuga ikinyarwanda zahungiyeyo zakoze imyigaragambyo yo kwamagana iraswa rya bagenzi babo bo mu nkambi ya Kiziba.

 

Meanwhile in Washington

Publié par Isidore Mbonigaba sur lundi 26 février 2018

 

Publié par Serge Ndayizeye sur lundi 26 février 2018

 

NDAMIRA – Episode 29

$
0
0

Yanditswe na Jean de Dieu NDAMIRA

Kurwara n’ubwo bwose byanshegeshe ariko ntabwo cyari ikibazo gikomeye, ikindi kibazo cyambereye ingorabahizi ni icumbi, nabaga muri ETO nta kibazo gikomeye gihari, ariko hari abandi bana nabo bigaga mu buzima bugoye bafite ikibazo cy’icumbi nabo. Kubera ko batubonaga uko twari batatu ducumbikiwe muri ETO Muhima, bibwiraga ko nabo basaba icumbi bakarihabwa, ni muri uwo buryo rero hari abagiye kwa Directeur basaba ko nabo bahabwa amahirwe nk’ayo twari dufite bagacumbikirwa.

Kubera ko bitashobokaga kubacumbikira, Directeur yahisemo kudusezerera kuko yabonaga bishobora gutera abandi ishyari, ubwo ibyanjye biba byongeye gusubira irudubi.

Nashakishije mu nshuti zanjye harimo na Robert, banguriza amafaranga njya gushaka aka ghetto ku Muhima munsi ya gereza, kari aka ghetto gato cyane kari kubatse hajuru ya ruhurura. Hari igihe imvura yagwaga amazi akaba menshi akinjira mu nzu ubwo umuntu akarara ahagaze cyangwa naba mvuye ku ishuli ngasanga ibintu byarengewe.

Nta kundi nagombaga kubigenza ariko narabyihanganiraga, ntabwo nasubiye mu Gatenga kuko padiri Carlos yari yaragiye, ariko kuri MWANA UKUNDWA nakomeje kujyayo. Bishyuraga ishuli kuko byari no muri Leta rero nta kibazo gikomeye nari mfite kuko twishyuraga make, ikindi kandi banyuzagamo bakampa ibifungurwa.

Hari undi mwana twiganaga nawe wigaga mu buryo bugoye nawe naramuzanye tukajya tubana, ndetse mutwara no muri MWANA UKUNDWA ndamuvuganira nawe bakajya bamufasha (izina rye ndigize ibanga kuko burya hari abantu batajya bakunda ko amateka yabo aruhanyije banyuzemo amenyekana).

Ubwo nabaga muri ubwo buzima nkabivanga no kwiga, umwaka wa kane mba ndawurangije igihe k’ibiruhuko cyaraje mbijyamo, muri buri kiruhuko najyaga iwabo wa Robert muri Komini Muhazi, nkaboneraho n’uburyo nsura inshuti yanjye y’umu directrice.

Umwaka wa gatanu twawinjiyemo, icyo gihe hari umuhungu w’inshuti ya Robert witwaga NSHIZIRUNGU Vincent watwigaga imbere icyo gihe twigaga mu wa kane ari mu wa gatandatu, iwabo nawe hari i Rwamagana, kuko yakundaga kugera aho mba akabona uko hameze, twinjiye mu wa gatanu we arangiza, noneho ibikoresho bye hafi ya byose arabinsigira ndetse n’inzu yabagamo arayinsigira.

Ubwo nahise nimuka mva hejuru ya ruhurura njya kuba muri iyo nzu ifite icyumba na Salon, gusa yabaga mu gipangu kirimo akabari, ku Muhima hafi y’isoko rya nyabugongo, hari igihe nazindukaga ngasanga abanywi bataye amafaranga, hari umunsi umwe nazindutse kare nsanga inote ya 5000 iryamye hasi ndavuga nti: shimwa Mana.

N’ubwo bwose hari mu kabari ariko hari heza amafranga ntabwo byari byoroshye kuyabona, gusa nakoreshaga uburyo bushoboka nkabona amafranga yo guhaha no kwishyura inzu, na MWANA UKUNDWA ikanyunganira.

Mu rwego rwo gushakisha amafranga kandi, ya dossier yo kuri ADB ya ya mafaranga 45000 ntabwo nari narayiretse, nagiye kuri LKV ngira n’amahirwe nsanga Sous-Préfet GATABAZI yarakize. N’ubwo bwose hari hashize igihe kirekire yaranyibutse ikindi kandi noneho yari amfitiye umutima mwiza cyane, namwibukije icyo kibazo, ambwira ko bimaze igihe byagorana ahubwo ambwira ko kuri minelval bazohereza kuri ETO Muhima bazayongeraho.

Kubera ko n’ubundi MWANA UKUNDWA yari yarishyuye, nabanje kubiganiraho na comptable w’ikigo, we ntabwo yangoye yemeye ko amafranga azayansubiza. Ntibyatinze kuri LKV batanze amafrangta banandengerezaho na za 45000, ku ishuli amafranga bayampaye batajijinganyije, aramfasha mu bijyanye no kwishyura inzu guhaha n’ibindi bikenerwa mu buzima bwa buri munsi.

Ubundi buryo nakoreshaga bwo gushaka amafranga ni ugucuruza amagi n’inkoko, nakwepaga ishuri nkajya kurema isoko rya Gakenke, nkarangurayo amagi y’amanyarwanda nkayazana nkayafunga mu mashashi nkajya kuyashakira abakiriya mu ma restaurant yo mu mujyi. Hari Bar na restaurant byabaga imbere ya gare ikiri mu mujyi mu ka Etage, aho najyaga mbazanira amagi cyane. Hari n’igihe nazanaga inkoko mbega nakoreshaga uko nshoboye nkabaho, hari n’igihe nakoraga ibiraka by’amashanyarazi kuko nari narabyize.

Ntabwo byari byoroshye kuba muri ubwo buzima bwo gushakisha kandi wiga no ku manywa. Bertha nawe yari afite umwana w’umusore wari urangije secondaire witwaga NTIRUSHWA David, kuko yabaga ahari rero byatumaga kenshi mba ndi iwabo kuko Bertha niwe muntu wenyine wo muri famille wari wariyemeje kundwanaho kugeza ku munota wa nyuma. Ntabwo ari uko yari afite ibintu byinshi cyangwa ari umukire ahubwo yari afite umutima wa kimuntu wo kumva abandi no kubafasha.

Uyu David rero nubwo bwose yari umwana kuri jye cyane, ariko hari ibintu byinshi yanyigishije bijyanye no kuva mu bwigunge, yajyaga ansaba kumuherekeza tukajya mu minsi mikuru ya bagenzi be, ikindi kandi yamfashaga amasomo cyane cyane ibijyanye n’imibare kuko yari umuhanga cyane uyu munsi ni Docteur.

Umwaka wa gatanu narawize ku bw’amahirwe mbona ndawurangije ariko hari ahamana, umwaka wa gatandatu mba nywinjiyemo, ariko ibibazo niko byagendaga birushaho kwiyongera, kwiga ku manywa wikodeshereza inzu, wihahira uri nyakamwe ntabwo byari byoroshye, gusa nk’uko umwaka wa gatanu nari nawize n’uwa gatandatu byagombaga gukomeza uko nguko, nshakisha ibiraka ubucuruzi bw’amagi n’inkoko n’ibindi bishoboka.

Tumaze hafi ukwezi dutangiye uwa 6 naje kubona ikiraka, icyo kiraka nagombaga kugikora mu gihe cya pause ya saa sita, gusa muri ETO ntabwo twari twemerewe gusohoka saa sita kuko twaryaga ku ishuli. Ubwo rero nagiye gusaba uruhusa, numvaga ko Préfet de discipline ari bwumve ikibazo cyanjye akarumpa atangoye.

Namusobanuriye ntamubeshye ko ngiye gukora ikiraka kandi ko ari bwo buryo bwonyine mfite bwo kubona amafranga yo kuntunga no kwishyura inzu, yararunyima pe, ndamutakambira aranga. Niba nibuka neza yitwaga Tharcisse cyangwa Narcisse, yari mushya muri ako kazi kuko yari akamazeho iminsi mike, ntabwo yandutaga cyane mu myaka kuko yari akiri nawe umusore, ariko yananiwe kumva ingorane mugenzi we w’umusore afite ananirwa kumfasha, yagombaga kunyereka ko ari umuyobozi nta kindi.

Kubera ko amafranga nari nyakeneye nahisemo kugenda akazi ndagakora icyo gihe nakoreye 5000 Frw, yari menshi, ubwo nagendaga yagarutse muri après midi kongera guhamagara, asanga nagiye. Bukeye mu gitondo ngarutse nasanze yanyandikiye igihano cyo kumara icyumweru ntagaruka ku ishuli, kuva uwo munsi sinongeye kwiga muri ETO Muhima, amasomo yanjye ndi imbere ya mwarimu nahise nyahagarikira ahongaho.

N’ubundi kubera imihangayiko nasaga nkaho ntiga, kwari ukuba nicaye imbere ya mwarimu ariko umutwe ndi ahandi, Préfet de discipline rero mu kumpa weekend, kuri jyewe yari ambyaye muri batisimu kwari ukorosora uwabyukaga.

Natangiye gahunda yo kujya niyigishiriza mu rugo, ngafata notes nkazifotoza narangiza ngakora Etude, hari ibyangoraga kubyumva yego ariko nkagerageza, nakundaga kujya kwa Robert tugakorana Etude, ubundi ngashakisha uko nabaho.

Igihe cyo kwiyandikisha kuzakora ibizami cyarageze noneho ntekereza kuziyandikisha muri candidat libre, ariko ntabwo nari nsobanukiwe n’uko bigenda. Kubera ko Directeur wari mushya bari barazanye kuri ETO witwaga Alexandre ariko abanyeshuli bamwita YEZU yari aziranye na Agatha, negereye umwe mu bana ba Agatha witwaga HIGANIRO Eric twitaga GIGI musaba ko yazansabira maman we kuzansabira directeur wa ETO Muhima kuzanyemerera ngakorera ikizami cya pratique muri ETO Muhima.

Agatha abyumvise yantumyeho ambaza impamvu musobanurira ko kwiga ku manywa nitunze bingora ko nzigira mu rugo nkazajya gukora ikizamini. Agatha ubwo yahise anshyira mu modoka ansubiza ku ishuli, avugana na Directeur bumvikana ko ngomba kugaruka mu ishuli nkiga, Agatha nawe yiyemeza kongera kungarura iwe mu rugo kugirango nzabashe gutegura ikizami cya leta ntuje.

Ubwo twavuye ahongaho tunyurana iwanjye mfata ibintu byanjye mbishyira mu modoka ya Agatha nsubira kujya kuba iwe i Gikondo. Nongeye kuba mu buzima bw’abakire imiruho yose mba nyihumetseho gakeya, ariko ibyo gusubira ku ishuli n’ubundi sinigeze mbikora namaze kwiyandikisha mpita mbireka amasomo nkayiga ndi murugo kwa Agatha, nawe ntacyo yigeze ambaza.

Uwo natangiye rero gutegura amasomo yanjye ntuje mba mu bakire nta kibazo na kimwe, muri bya bihe nakundaga gutembera kwa Bertha ngiye ku mureba cyangwa kureba David, kenshi nakenshi nabasangaga aho bakoreraga, aho Bertha yari afite salon de coiffure mu nzu ya Etage yabaga hafi y’isoko rya Nyarugenge.

Iyo nabaga ngiyeyo rero nakundaga guca ku bantu nari nzi i Gikondo nkihaba, yari umukobwa witwaga Lucie MUGEMANYI twitaga Jolie na maman we, bakoraga ubucuruzi bw’ibitenge. Uwo mukobwa kuko yari arangije kwiga muri Lycee de Kigali mu gihe yari ategereje kujya muri kaminuza yafashaga maman we akazi ko gucuruza.

Uko nabaga mpanyuze ngiye kuri salon yo kwa Bertha, namunyuragaho nkamusuhuza nkamuganiriza ho gato nkikomereza. Ubwo nari ngiye kusubira kuba kwa Agatha rero byampaye amahirwe yo kongera guturana nawe. Iminsi ya mbere nsubiye kwa Agatha mu gihe nari ntariyandikisha gukora ikizami cya leta najyaga ku ishuli, nabihagaritse ari uko bamaze kunyandika.

Ku munsi wa mbere rero ngiye ku ishuli mvuye kwa Agatha nagize amahirwe mpura na Jolie mu nzira agiye gucuruza nyine, kuko twari tumaze kumenyerana rero twakomezanyije urugendo twinjirana muri Taxi turanicarana.

Iyo Taxi iva i Gikondo yabaga igeza haruguru ya BNR nibwo convoyeur yatangiraga kwishyuza, nakoze mu mufuka ngiye kwishyura Jolie aba aramfashe ati have udakora ishyano uri umunyeshuli ukeneye kujya muri cantine nanjye nabaye umunyeshuki ndabizi ntiwishyure ndakwishyurira.

Wow! Wa mugani wa Masabo mu ndirimbo yitwa MUTIMUCYEYE, ivuga ngo imvura yagwaga i Kigali, nanjye nahise mbona UMUCYO mbona INYENYERI mbona UTURABYO mbega ibintu byiza gusa. Narishimye ku buryo ntabona uko mbisobanura, ntabwo nishimye cyane kuko Jolie yari anyishyuriye itike, oya nanjye nashoboraga kubikora kuko kwa Agatha amafaranga babaga bayampaye, ahubwo Jolie naramukundaga pe yari ahebuje. Kuba rero yari akoze akantu gato gutyo byazamuye ibyiyumvo by’urukundo nari mufitiye ariko ntabashaga kumubwira, burya uwo ukunda niyo yaguha umufuniko w’ikaramu biba bifite agaciro kanini cyane! Gusa bwa bwoba bwanjye sinashoboraga kubitinyuka ngo mbimubwire, uko namunyuragaho ku kazi musuhuza ashobora kuba yarabibonaga mu maso simbizi gusa icyo nzi nuko namukundaga ntatinyuka kubimubwira.

Ako kantu rero yakoze kamfunguriye amarembo, kuva uwo munsi iyo saha yagiraga ku kazi nari narayifashe mu mutwe twabaga turi kumwe, tukajyana gusa ntabwo byatinze kuko maze kwiyandikisha gukora icya leta nahise ibyo kujya kwishuli mbireka.

Umunsi wa mbere natangiriyeho kureka kujya ku ishuli ntabwo niriwe neza nari nabihiwe kubera kutabona Jolie, umunsi ukurikiyeho byanyanze mu nda nshaka impamvu injyana mu mujyi, nahise njya kumureba ndamusuhuza ariko kubera ubwoba sinabasha kumubwira ko ariwe unzanye namubeshye ko hari ibintu nje kureba kuri internet. Yansabye ko niba nzi gukoresha internet hari ibintu nzamwereka uko babigenza, naramwemereye ndamusezera ninyuza kwa Bertha kuri Salon bwije ndataha, ariko byibura nari nishimye ko nabonye Jolie.

Internet ntabwo yari yakamenyekanye cyane ariko kubera kugendana na David hari utuntu nari nzimo duke, ubwo umunsi ukurikiriyeho byageze ni mugoroba njya kureba Jolie ku kazi, ashobora kuba yari yanibagiwe ko hari gahunda dufitanye. Mubwiye ko nje kumufasha ibyo yansabye, yambwiye ko twazabishakira ikindi gihe ko ashaka gutaha kare gusa ambwira ko bimukoze ahantu ku mutima kuba nabizirikanye nkagaruka. Kuva uwo munsi kugera ku munsi yagiriye mu ngando z’abanyeshuli bitegura kujya muri kaminuza jyewe na Jolie ntitwashoboraga kumara iminsi ibiri tutabonanye.

Twari duhuriye ku bintu byinshi cyane yagiraga impuhwe cyane kandi nanjye byari uko nagiraga impuhwe kubi ku buryo ba bantu basabiriza mu mujyi nashoboraga no kuba namuha ticket yanjye ngataha n’amaguru. Jolie nawe nuko yari ameze hari igihe twabaga dutashye twagera muri gare tugatanguranwa guha umuntu usabiriza amafaranga, naramukundaga ibi birenze igipimo, kandi nawe byari uko nabibonaga. Ikintu kimwe tutahuzaga na Jolie n’amakipe twafanaga we yafanaga APR jyewe nkafana Rayon Sport ariko ntacyo byari bitwaye.

Twageraga i Gikondo nkanyura iwabo nkanywa icyayi ngataha kwa Agatha, abahungu ba Agatha baje kubikandagira ko NDAMIRA yavuye mu bye kubera Jolie, bakambwira bati ese shahu uriya mukobwa uzamushoboza iki nta gafaranga wifitiye, ukaba utanazi kubyina ngo ujye umusohokana kandi uriya mwana ari umunyamujyi uzabigenza ute?

Ni byo koko n’ubwo nari narakuriye mu mujyi wa Kigali, ariko nawubagamo nk’umunyamahanga, igihe kinini nawumazemo cyari icy’imihangayiko gusa ni gake cyane nishimaga, nari ntaragera muri boîte de nuit habe n’isegonda na rimwe. No kubyina bike nari maze kumenya ni ukubera David wari utangiye kujya antinyura akanjyana mu bigare byo mu minsi mikuru.

Ariko ibyo abo bana ba Agatha bambwiraga sinabyumvaga kuko nabonaga Jolie atari uko ameze yari umukobwa witonda cyane, kimwe mu byanshimishaga ni ukurwara grippe. Kuko iyo nabaga nayirwaye Jolie yanyuzaga iwabo akampa imiti nkayimunywera mu maso akamfunyikira indi mbega byari umunezero gusa. Mvuze ko mu gihe gito namaranye na Jolie kiri mu bihe by’umunezero nagize mu buzima bwanjye sinaba ndi kure y’ukuli.

Akaryoshye rero shenge ntabwo gatinda mu itama gihe cyarageze Jolie ajya mu ngando, gusa umunsi wa nyuma ejo azajya mu ngando nk’uko bisanzwe nagiye kumunyuraho ku kazi turatahana, tunyurana iwabo ampa icyayi arangije aramperekeza. Icyo gihe yanangejeje kure ugereranyije n’aho yari asanzwe angeza, mbere yo kumusezeraho yansabye service.

Yansabye ko nazajya nsura email ye mu gihe azaba ari mu ngando byumvikane ntari kubyanga, yampaye mot de passe yayo, nkimara kumva iyo mot de passe, umutima wanjye wahise ugurukira mu ijuru mpita mbona Yezu na Bikira Mariya n’Abamarayika bose na bazina Mutagatifu wanjye.

N’ubwo bwose yari mot de passe ariko ryari ijambo nakwifuriza uwo ari wese kuryumvana uwo akunda, umutima ugarutse ibuntu Jolie naramuhobeye sinzi izo mbaraga aho nazikuye, mwifuriza urugendo rwiza kandi mwizeza kuzamusura aho yari agiye mu ngando. Namusezeyeho aragenda nanjye ndataha, gusa uwababeshya nuwavuga ngo nanyuze muyihe nzira ntaha. Nisanze ndi mu rugo gusa uwari we wese yarabibonaga ko mfite umunezero mwinshi ku mutima, Agatha rero kuko yakundaga kudusetsa cyane yaravuze ngo umuhungu yakuze.

Jolie yagiye mu ngando nanjye amasomo nkomeza kuyigira mu rugo, igihe kiragera dutombora ibizami bya pratique, icyo gihe nahawe gukora tracage y’umuhanda. Iryo somo rijyanye n’iby’imihanda ntabwo nari nararyize gusa twaryigishwaga n’umugabo witwaga MUNYANDEGE, nari mfite notes zaryo nkajya nisunga abandi batomboye umuhanda ntangira kugenda mbikora gahoro gahoro. Gusa ariko naje gucishamo ndikokora nshaka ticket nsimbukira i Busogo ahaberaga ingando Jolie ndamusura, nongera kugira umunezero gusa yari yarananutse cyane kubera ingando n’uko ndataha, ngaruka gutegura ibizami.

Mu gihe abandi banyeshuli barwanaga n’amasomo jye nari ndimo kwirebera igikombe cy’isi kuko hari muri 2002, icyo nakoraga gusa ni ugufotoza notes nkigira mu rugo, igihe cyarageze dukora examen ya pratique, nta bindi kwari ugusobanura ibyo wakoze wananditse kuko twandikaga nk’ibyo muri Kaminuza bita Mémoire twebwe twabyitaga Projet.

Projet yanjye nari narayitondeye mu gifaransa cyitari kinshi ariko Agatha akajya ankosora kuko yari azi igifaransa cyane, umunsi uragera nanjye nerekana ibyanjye mbikora na neza ariko kubera ko ngo iryo somo ntaryize bampa amanota make ariko atanyimisha diplôme.
Ubwo igihe cyo gukora ibizami bya Théorie cyarageze tujya gukora, icyo gihe twakoreye muri Lycée Notre Dame de Cîteaux. Nari nagerageje kwiyigisha uko nshoboye ibizami ndabikora birarangira nsubira kwa Agatha mu rugo.

Kuko nari maze kurangiza Niveau ya A2 Agatha yahise ampa ikiraka cyo kujya nandika abana bifuza kwiga kuri ESA Gikondo nkomeza kuba muri urwo rugo.

Biracyaza……………

 

Inama cyangwa Inyunganizi nyandikira kuri:

Whatsapp: +254790617702

Email: lbe125@yahoo.fr

 

Izindi nyandiko wasoma

NDAMIRA – Episode 1

NDAMIRA – Episode 2

NDAMIRA – Episode 3

NDAMIRA – Episode 4

NDAMIRA – Episode 5

NDAMIRA – Episode 6

NDAMIRA – Episode 7

NDAMIRA – Episode 8

NDAMIRA – Episode 9

NDAMIRA – Episode 10

NDAMIRA – Episode 11

NDAMIRA – Episode 12

NDAMIRA – Episode 13

NDAMIRA – Episode 14

NDAMIRA – Episode 15

NDAMIRA – Episode 16

NDAMIRA – Episode 17

NDAMIRA – Episode 18

NDAMIRA – Episode 19

NDAMIRA – Episode 20

NDAMIRA – Episode 21

NDAMIRA – Episode 22

NDAMIRA – Episode 23

NDAMIRA – Episode 24

NDAMIRA – Episode 25

NDAMIRA – Episode 26

NDAMIRA – Episode 27

NDAMIRA – Episode 28

Amatiku n’akagambane bitumye Karekezi ava muri Rayon Sports adasezeye

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Nyuma y’igihe kitari gito Umutoza Olivier Karekezi atorohewe n’abayobozi b’ikipe by’umwihariko Perezida wa Rayon Sports Bwana Paul Muvunyi, yashyize ararekura, ahita anasubira mu Burayi kureba umuryango we.

Mu gihe ikipe ya Rayon Sports ifite umukino wa shampiyona izakina kuwa 01 Werurwe 2018, Olivier Karekezi yari yamaze gusezera ku bakinnyi be ababwira ko uwo mukino atazawutoza. Yongeyeho ko akumbuye kureba umurango we. Abakinnyi babibonyemo amarenga yo kugenda muti wa mperezayo, kuko bari basobanukiwe ibibazo biri mu ikipe ya Rayon Sports, cyane cyane amananiza ashyirwa ku mutoza.

BIJYA GUTANGIRA:

Mu mwaka w’2014 nibwo Olivier Karekezi yabonye impamyabumenyi yo mu rwego rwa “Licence A” y’Ubutoza yahawe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burayi UEFA.

Karekezi akigaruka mu Rwanda yabanje gutoza ikipe ya Police FC, nyuma atoza Rayon Sports kuva muri Nyakanga 2017.

Itsinda ryamuzanye gutoza Rayon sports ririmo Dr Rwagaconda na GACINYA, ariko Paul Muvunyi ntibigeze bacana uwaka.

Olivier yatozanyaga na Katawuti wari umwungirije, aza gukomwa mu nkokora cyane n’urupfu rwe rutunguranye. Byakurikiwe no gufungwa kwe, aregwa ngo kugambanira ikipe y’igihugu. Bamwe mu bakinnyi atoza nibo bagiye kumushinja. N’aho asohokeye nta mutima mubi yaberetse, yakomeje gutoza bose nta na kimwe yitayeho.

Mu ikubitiro, Karekezi yahesheje Rayon Sports ibikombe bibiri, byombi imaze guhigika mukeba wayo w’ibihe byose APR.

Ariko umwuka watangiye kuba mubi ubwo Gacinya yafungwaga, birushaho gukara ubwo Karekezi yatsindwaga na APR inshuro ebyiri zikurikirana mu kwezi kumwe, igitego kimwe ku busa mu mikino yombi.

AMATIKU, AKAGAMBANE N’UBWUMVIKANE BUCYE

Karekezi akigera muri Rayon Sports bamwe mu bafana ndetse no muri Komite bagaragaje impungenge ko ashobora kuzaganzwa na APR yakiniraga akaba yayihengamiraho nk’icyitso cyayo. Byaravuzwe biratinda, ariko imyitwarire ye n’urukundo yari akunze Rayon-Sports , anayihesha ibikombe, bituma atangira kugirirwa icyizere gisumbyeho.

Abandi bafana ariko ntibashiraga amakenga Muvunyi bakavuga ko agirana imishyikirano ikomeye na APR, kandi ko yaba yaroherejwe muri Rayon Sports kuyiyobora ngo ayisenye cyangwa ayiburabuze.

UKO BYARANGIYE

Uyu mwuka mubi wakomeje kugaragarira abakinnyi, kuko umutoza Karekezi na Perezida wa Rayon Sports Paul Muvunyi batari bakivugana, n’aho Perezida Muvunyi atanze igitekerezo kuri Karekezi kikaba buri gihe icyo kumunnyega ko adashoboye.

Ubwo Rayon Sport yatsindiraga igikombe cy’Intwali tariki ya 01/02/2018, yagitwaye imaze gutsindwa na APR 1-0, ibi ntibyashimishije abafana. Ubwo yanganyaga na LLB y’i Burundi 1-1 mu mukino wabereye mu Rwanda, Paul Muvunyi yari yajyanye mu modoka ye ihenze Umubiligi Ivan Jacky Minnaert  wahoze atoza Rayons Sports, nk’ikimenyetso cyo kotsa igitutu Karekezi ko n’iyo yatsindwa batabura abatoza ikipe.

Kuvaniramo LLB iwayo I Burundi nibyo byagaruriye Karekezi agahenge nabwo k’igihe gito.

Ubwo APR yatsindaga Rayon Sports ku nshuro ya kabiri kuwa 25/02/2018, na none Paul Muvunyi yari kuri Stade hamwe n’Umufaransa Gomez nawe wahoze atoza Rayon Sports.

Nyuma y’uyu mukino, bamwe mu bafana bavuze ko batakomeza gutozwa n’igikona (APR), ngo kuko aribyo bituma Karekezi yitsindisha. Mu gihe nta kindi cyemezo yari yagafatirwa, we akaba yahisemo kwigendera atanduranyije.

Mu kugenda kwe yanditse ubutumwa kuri Instagram ye avuga ko akumbuye Umuryango we, akaba kandi yaruriye indege ya Turkish Airlines ku wa mbere tariki ya 26 Gashyantare 2018, asubira muri Suède.

Viewing all 10374 articles
Browse latest View live