Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10365 articles
Browse latest View live

Igihembo kitiriwe Victoire Ingabire cy’umwaka wa 2018 cyabonye ba nyiracyo!

$
0
0

Ku nshuro ya 7 igihembo cyitiriwe Victoire Ingabire Umuhoza ku baharaniye amahoro, ubwisanzure na Demokarasi mu karere k’ibiyaga bigari cyagenewe abantu babiri ari bo Phil Taylor na Dr Charles Onana.

Igihembo cyitiriwe Victoire Ingabire cy’umwaka wa 2018 cyatanzwe mu birori byateraniye i Buruseli mu Bubiligi kuri uyu wa gatandatu tariki ya 10 Werurwe 2018.

Iki gihembo cyashyizweho n’umuryango RFDP (le Réseau International des Femmes pour la Démocratie et la Paix) ufite icyicaro muri Canada.

Abahawe iki gihembo cye 2018 ni bantu ki?

Dr Charles ONANA

Dr Charles ONANA wavutse mu 1964 akaba ari umufaransa ufite inkomoko mu gihugu cya Cameroun yanditse inyandiko yinshi ku Rwanda no ku karere k’ibiyaga bigari. Yumvikanye kenshi mu biganiro bitandukanye yagizemo uruhare kw’isi yose yamaganira kure uburyo amateka y’u Rwanda n’ay’akarere k’ibiyaga bigari avugwa macuri kubera inyungu za ba mpatsibihugu n’ababashyigikiye bari ku butegetsi cyane cyane mu Rwanda. Yabonye impamyabumenyi y’ikirenga (doctorat) kuri Genocide yo mu Rwanda yakuye muri Kanimuza ya Lyon mu Bufaransa.

 

Phil Taylor ni umunyamakuru ukomoka mu gihugu cya Canada uzi cyane mu kiganiro gikunze guca kuri Radio CIUT 89.5 FM kitwa Taylor Report.

Mu biganiro bye uyu munyamakuru yakunze kuganira byimbitse n’abantu batandukanye ku bibazo by’u Rwanda barimo abanditsi, abanyamategeko n’abandi ndetse no guha ijambo benshi banyarwanda bagaragazaga akarengane kari mu Rwanda urugero ni Tabitha Gwiza murimuna wa Adeline Rwigara, Paul Rusesabagina, Dr David Himbara n’abandi…


Ijambo rya Tabita Gwiza mu muhango wo gutanga Igihembo cyitiriwe Victoire Ingabire 2018

Musenyeri Jean Damascène Bimenyimana wa Cyangugu yitabye Imana.

$
0
0

Amakuru agera kuri The Rwandan kuri iki cyumweru tariki ya 11 Werurwe 2018 ni ay’inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Museneyeri Jean Damascène Bimenyimana wari umushumba wa Diyosezi Gaturika ya Cyangugu.

Yitabye Imana muri uyu mugoroba wo ku cyumweru aguye i Kigali ubwo yavaga muri Kenya aho yari yaragiye kwivuriza indwara ya kanseri yari amaranye iminsi!

Musenyeri Jean Damascène BIMENYIMANA yavutse ku wa 22/06/1953 i Bumazi muri Paruwasi ya Shangi, muri Diyosezi ya Cyangugu. Yahawe ubupadiri ku wa 6/07/1980 ku Nyundo.

Yahawe kuyobora Diyosezi ya Cyangugu ku wa 18 Mutarama 1997, ahabwa ubwepiskopi ku wa 16 Werurwe 1997 i Cyangugu.

Intego ye yari: « IN HUMILITATE ET CARITATE »

Imana imwakire mu bayo!

Polisi y’u Bwongereza yaburiye Noble Marara ko ashobora kwicwa

Leta y’u Rwanda ngo ntacyo ipfa n’impunzi z’Abanyekongo: Louise Mushikiwabo

$
0
0

Ministri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Madame Louise Mushikiwabo, yavuze ko nta kibazo kihariye igihugu gifitanye n’impunzi z’Abanyekongo bamaze iminsi batarebana neza.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru, Ministri Mushikiwabo yavuze ko intandaro y’ubushyamirane yaturutse kuri bamwe mu mpunzi bigometse ku mategeko y’igihugu ndetse bagahangara abashinzwe umutekano.

Mu gutatanya impunzi zari zakambitse ku cyicaro cy’ishami rya Loni rizereberera, abashinzwe umutekano bakoresheje imbaraga ndetse bamwe mu mpunzi bahatakariza ubuzima.

Abanenze imyitwarire y’ubutegetsi bw’u Rwanda bavuze ko inzego zarwo z’umutekano zakoresheje imbaraga z’umurengera ku mpunzi zidafite intwaro.

Gutinya guhungira mu Rwanda

Ministri Mushikiwabo avuga ko nta mpamvu ikomeye yariho ku mpunzi yo kwitwara uko zabigenje kandi ngo igihugu nticyari kubyihanganira.

Yavuze ati: “Barashaka kuba Abanyarwanda kuko hari abasabye indangamuntu. Barashaka no kuba Abanyekongo kuko bavuga ko bifuza gutaha. Guhitamo byarabananiye.

“Kuvuga ko byagira ingaruka ku mpunzi ziva muri Libya cyangwa handi, twe ntidusabiriza impunzi. Niziza tuzazakira kandi nizitanaza ntacyo bidutwaye, dufite abaturage bacu tugomba kureberera.”

Impunzi z’Abarundi

Mushikiwabo yavuze kandi ko no ku mpunzi zibarirwa mu 2500 z’Abarundi ziherutse kwinjira mu Rwanda zivuye mu nkambi ya Kamanyola muri Kongo.

Yavuze ko aba Barundi binjiranye imyemerere idasanzwe kuko ngo batiteguye kubarurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga nk’uko bikorerwa izindi mpunzi.

Uku kwemera kwabo kandi ngo kubabuza kwitabira bimwe mu bikorwa by’ubuvuzi ndetse ngo hari na bimwe mu bifungurwa batiteguye kwakira.

Ministri Mushikiwabo avuga ko ubutegetsi bwiteguye gukomeza kuganiriza aba basaba ubuhunzi kugira ngo bemere kwakirwa nk’uko bikorerwa abandi bantu basaba ubuhungiro.

Ntiyerura ngo avuge ikizakorwa mu gihe aba bakomeza kwinangira, ariko uyu mutegetsi agashimangira ko ukwihangana k’u Rwanda kuzagira aho kugarukira.

Ntibyoroshye kumenya ikizakurikira kuko izi mpunzi nazo zikomeje gutangaza ko zititeguye kuva ku izima dore ko ukwemera zivuga ari na ko kwatumye ziva ku butaka bwa kongo aho zari zimaze imyaka.

Rwanda Revenue Autority yatangiye gufata ibiri mu ruganda rwo kwa Rwigara ku ngufu

“MUDUTABARE kandi MUDUTABARIZE” impunzi zo mu nkambi ya KISANGANI: Faustin Mugisha

Mu Rwanda hari uburenganzira bwo kuvuga ariko biragoye kugira uburenganzira nyuma yo kuvuga!


Ubuhamya bwa Padiri Thomas Nahimana wamenye Mgr J.D. Bimenyimana mu gihe kirenga imyaka irenga 30

$
0
0

Ubuhamya bwa Padiri Thomas Nahimana wamenye Mgr J.D. Bimenyimana mu gihe kirenga imyaka irenga 30.

Ku mugoroba wo ku itariki ya 11 Werurwe 2018, ni ho inkuru y’incamugongo yamenyekanye ko Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Musenyeri Jean Damascene Bimenyimana, Imana yamutumyeho imuvana mu buzima bw’iyi si.

Imana nimwakire mu bayo, kandi twihanganishije umuryango we, abakirisitu ba Cyangugu na Kiliziya Gatolika y’u Rwanda.

Twibutse ko Musenyeri Jean Damascene Bimenyimana, yari yaravutse ku itariki ya 22/6/1953, avukira ahitwa i Bumazi ho muri Paruwasi ya Shangi.

Yahawe ubupadiri ku itariki ya 6/7/1980, akaba yaratangiye ubushumba bwe ari umusaserdoti wa Diyosezi ya Nyundo.

Yaje kujya muri Diyosezi nshya ya Cyangugu, aza guhabwa inkoni y’ubushumba ku itariki ya 16/3/1997 atangira kuyobora Diyosezi ya Cyangugu nyine, akurikira Musenyeri Tadeyo Ntihinyurwa.

Intego ye ni: « IN HUMILITATE ET CARITATE » (Mu bwicishe bugufi no mu rukundo). Imana imuhe iruhuko ridashira.

Kigali: Itabi riri mu bubiko ry’umuryango wa Rwigara rigiye gutezwa cyamunara.

Noble Marara aravuga uko abona Kayumba Nyamwasa

Umuryango wa Rwigara mu nzira y’umusaraba y’AKAMASA

$
0
0
“Igihugu kiyobowe n’agatsiko k’amabandi kitwaje intwaro”
(Evode Uwizeyimana)

Ntibisaba kuba umunyempuhwe cyane ngo ubashe kubabazwa n’inzira y’umusaraba imaze imyaka myinshi ikorerwa umuryango wa Assinapol Rwigara.

Ibirimo bikorerwa uyu muryango, byangombye kubera urugero intore, n’abandi bose bagishyigikiye ubutegetsi mu bibi bukomeje gukorera abanyarwanda.

Byagombye kubabera urugero ko nta numwe uhejwe muri ubwo bugizi bwa nabi leta ikorera abanegihugu.

Byagombye kutubera urugero ko bucya bwitwa ejo, kuko umuryango wa Rwigara ntawawurushije gukorera no kwogeza iyi ngoma mu bihe bya hise.

Aha nkaboneraho no gushima uyu muryango kuko hari benshi ayo marorerwa akorerwa kandi bagakomeza bagakomera amashyi umwishi wabo.

Rwigara Assinapol nk’umunyemari kuva cyera, ari mu bantu b’ingenzi bagize uruhare mu gufasha ku rugamba rwa FPR rwiswe urwo kwibohoza, kugeza rurangiye muri 1994.

Nubwo inzira y’umusaraba y’umuryango wa Rwigara benshi batangiye kuyunva aho yiciwe kw’italiki ya 03 Gashyantare 2015; ariko abakurikiranira hafi amakuru yo mu Rwanda bazi neza ko Rwigara yatangiye kugerwa amajanja genocide ikirangira, kugeza nubwo yongeye kuba yihungiye igihe gito.

Aho agarukiye byiswe ko yahawe agahenge kugeza ubwo twunva ko yaburiwe irengero mw’ikinamico, akaza no kuboneka mu rindi kinamico.

Yakomeje kugirana ibibazo na leta cyane cyane agatsiko kari hafi ya Kagame kubera imitungo ye, n’imigabane yari afite mu masosiyete atandukanye.

Uko gushakakira imitungo ye hasi kubura hejuru, nawe akabananira gupfa kubyemera (nkuko abacuruzi benshi mu Rwanda babayeho nk’abashumba b’imari ya Kagame) byakomeje kumuviramo ibibazo n’ihohoterwa rya hato na hato kugeza bamwivuganye, kuko babonaga nta bundi buryo bwo kwigarurira imitungo ye.

Urupfu rwa Assinapol Rwigara

Benshi dukomeje kwibaza aho iperereza ry’urupfu rwa Rwigara rigeze uyu munsi nyuma y’imyaka itatu. Mwibuke ko uwitwa ko yamugonze polisi yamufashe iryo joro, maze ngo ikirinda kugira icyo imubaza ako kanya ngo kubera ko yari agifite igihunga.

Nyuma y’imyaka 3 mwambwira niba uyu mugabo agifite igihunga bikaba byaratumye iperereza ritaba?

Ese amaperereza yose amaze gukorwa mu myaka itatu ishize, nuko iry’urupfu rwa Rwigara ritihutirwa?

Iperereza rikorerwa abagize umuryango we ko mbona ryihuta cyane kurenza iry’ umubyeyi /umufasha wabo. No kwihishira byarabananiye buriya ntaho baba badushishe.

Iperereza rikorerwa umuryango wa Rwigara riri mu rwego rwo kwigarurira umutungo wabo, kuko byabananiye Rwigara akiriho.

Gusenyerwa kwa Rwigara
Ababaye mu mujyi wa Kigali kuva cyera bazi inzu y’akataraboneka Rwigara Assinapol yubakaga kuri peyaje mu Kiyovu; ku buryo byajyaga bimuviramo ibibazo ko arimo kuyubakira umwami Kigeli Ndahindurwa natahuka.
Ikibanza iyo nzu yarimo, Rwigara niho yakomeje kwubaka, anahazamura Hotel yubatswe ku buryo bukomeye. Icyemezo cyo gusenya iyo nzu cyaje gufatwa na leta yitwaje ko iyo nzu nta byangombwa yujuje kandi ko hari ibimenyetso byerekana ko idakomeye.
Iryo kinamico ryarakomeje; umuryango nawo wasobanuye birambuye amacenga leta yakoresheje ngo ibasenyere.
Umuryango wasabwe kwisenyera inzu cyangwa se batabikora hakoherezwa sosiyete yo kuyisenya. Byaje kurangira inzu ya Rwigara leta iyisenye, kandi isaba umuryango kwiyishyurira sosiyete yayipimye n’iyayisenye.
Diane Rwigara

Mu matora ya perezida wa repeburika yabaye muri 2017, umukobwa wa Rwigara witwa Diane Rwigara, akoresheje uburenganzira ahabwa n’amategeko, yasabye kwiyamamariza no guhatanira kuba umukuru w’igihugu mu matora yari ateganijwe. Ibyo nabyo mu maso y’agatsiko byabaye icyaha cyiyonega kubyo umuryango wari usanganywe; maze Diane atangira gushinjwa kunyereza no kutishyura imisoro, impapuro mpimbano mu gushaka amajwi. Nyuma yo gutorwa kwe muribuka amagambo perezida Kagame yavuze kuri Diane Rwigara asa nushinyagura “Niyo waba warashatse kuba perezida…” avuga ko azamwohereza kwota umuriro muri gereza n’ibindi byinshi bidakwiye kuvugwa na perezida ku munsi yakagombye kwishimira intsinzi.

Adeline/Diane/Anne
Umuryango wa Rwigara icyo nawushimira hano ni uko wakomeje guhagarara ku kuri kugeza magingo aya.
Agatsiko kari ku butegetsi mu mugambi wabo wo kwigarurira umutungo w’umuryango; wakomeje ya nzira y’umusaraba yiyemeza kwohereza Adeline Rwigara, Diane Rwigara na Anne Rwigara mu nzu y’imbohe.
Iyo usesenguye ibyaha baregwa uyu munsi, byinshi muri ibyo byaha bihagaze cyangwa bishamikiye ku biganiro bagiranye n’abavandimwe n’inshuti kuri telephone; ariko kandi na none ugasanga izo telephone zabo zarafashwe nyuma yuko baje kubafata mu rugo rwabo.
Aha rero wakwibaza impanvu yabazanye kubafata kandi icyaha kitaraboneka! kuko uko bigaragara ibyaha baregwa uyu munsi birava mu biganiro byavuzwe kuri telephones zafashwe nyuma.

Cyamunara y’umutungo wa Rwigara

Taliki ya 14 Werurwe 2018, uwitwa Habimana Vedaste nk’umuhesha w’inkiko w’umwuga, yatanze itangazo ryo guteza cyamunara y’ibintu byose biri muri stock ya TOBACCO COMPANY LTD ku busabe bwa Rwanda Revenue Authority. Iyo cyamunara ikaba iteganijwe taliki ya 28 Werurwe 2018.

Umurwango wa Rwigara siwo wonyine umaze guhohoterwa n’agatsiko mu kugurisha ibintu byabo. Byaje bakurikira igurisha rya UTC y’umunyemali Tribert Rujugiro.

Ikigaragara kandi gitangaje ni ukuntu iyro gurishwa rikorwa ridakurikije amategeko

Byerekana ko harimo ubujura bugambiriwe kandi bwateguwe.

Mw’ijwi rya Anne Rwigara (ubu wafunguwe by’agateganyo), umunyamakuru Etienne Karekezi w’ Ijwi ry’amerika amubajije niba ateganya kwitabaza izindi nzego ku cyemezo cy’itezwa rya Cyamunara; yashubije agira ati “inzego twakwiyambaza se ko arizo zirimo kubikora!…..ni ukujya kurega uwo uregera”

Hari abantu duherutse kuganira kuri iyi nzira y’umusaraba ikorerwa umuryango wa Rwigara; umwe aratubaza ati ko mumenya ikinyarwanda, ibi bikorerwa umuryango wa Rwigara twabyita dute mu rurimi rw’ikinyarwanda ko mbona birenze:

-Gusahura -Kwambura –Guhuguza –Kunyaga…….?

Ibikorerwa umuryango wa Rwigara ni agahomamunwa, nta kindi wabivugaho, gusa birashimangira ibyo Evode Uwizeyimana yigeze kuvuga ku gatsiko kayoboye igihugu ko kiyobowe n’agatsiko k’amabandi kitwaje intwaro.

Mana tabara uRwanda n’abanyarwanda.

Gallican Gasana

Igitabo “INYUMA Y’INYEGAMO Z’UMUKURU W’IGIHUGU – NOBLE MARARA” mu Kinyarwanda cyageze hanze!

Ministre James Musoni arashinjwa gusenya urugo rw’abandi akanarubyaramo umwana!

IHURIRO MRCD RIHAYE IKAZE MUVOMA IHARANIRA IMPINDURAMATWARA MU RWANDA, RRM


Ibya Musoni James na Immaculate Kayitesi byahinduye isura!

$
0
0

Nyuma y’inkuru zivuga ko Ministre James Musoni yashenye urugo rwa Rtd Captain Safari ndetse n’uvuga ko yasenyewe urugo akagana ibinyamakuru birimo ibiri ku ruhande rwa Leta nka Igihe.com, ubwanditsi bwa The Rwandan bwashoboye kubona amafoto yerekana ko Immaculate Kayitesi atari afitanye ubucuti na Ministre James Musoni gusa!

Iyo umuntu akoze isesengura asanga hari abantu bari ku ruhande rwa Ministre James Musoni bagerageje gushaka kwerekana ko atari Ministre Musoni wenyine wari ufitanye ubucuti na Immaculate Kayitesi, mbese byagaragara nk’aho Ministre James Musoni ashaka guhakana icyaha cyangwa kwemeza ko yapangiwe abeshyerwa mu kwemeza ko Hari undi ufitanye ubucuti na Immaculate Kayitesi bashobora kuba baranabyaranye.

Mbega kuyobya uburari: Inkuru ya James Musoni igamije kurangaza Abanyarwanda

$
0
0

Yanditswe na McDowell Kalisa

Ngira ngo nta Munyarwanda ukurikirana amakuru utazi inkuru igezweho ivuga ko Ministiri w’Ibikorwa-remezo James Musoni yambuye umugore witwa Immaculate Kayitesi Umusirikare wavuye ku Rugerero witwa Captain Safari.

Ubundi icyo ni icyaha iyo umuntu avogereye urugo rw’undi mugabo. Ariko reka twibaze icyatumye iriya nkuru isohoka muri iki gihe. Kuri njye mbona hari impamvu ebyiri zatumye isohoka muri iki gihe. Kandi igasohoka mu kimenyeshamakuru gikoreshwa cyane cyane n’ubutegetsi bwa Kigali.

Impamvu ya mbere, nk’uko mubizi mwese hashize icyumweru hari inkuru zirimo ukwibaza kwinshi mu gihugu cy’Ubwongereza. Imwe ivuga ukuntu Abategetsi bo mu Burusiya bahaye amarozi umugabo umwe witwa Sergei Skripal n’umukobwa we Yulia, ndetse bakaba barembye bari mu bitaro bimwe mu Bwongereza. Iyo nkuru ikaba ari n’imwe mu byatumye Donald Trump yirukana uwari Umunyamabanga we ushinzwe Ububanyi n’Amahanga we Rex Tillerson kubera ko yamaganye Abategetsi b’Uburusiya n’ubwo bari bafitanye amakimbirane, ariko Rex Tillerson kwamagana Putin yahise akubitira umusumari wa nyuma ku isanduku ye.

Muri icyo cyumweru urwego rushinzwe iperereza ryo hagati mu Bwongereza ryasuye (MI5) Noble Marara wahoze mu bari bashizwe umutekano wa Perezida w’u Rwanda ubu akaba ari mu bungiro mu Bwongereza, bamubwira ko bashaka kumenya aho asohokera, ndetse bamubwira ko yitonda kubera ko Ubutegetsi bwa Kigali bushaka kumuvutsa ubuzima bwe.

Mu nteko y’ubwongereza Abadepite bamaganye bivuye inyuma ibyo bikorwa bavuga ko ibihugu birimo gukora ibintu nk’ibyo bitagomba kwihanganirwa na rimwe, kubera birimo gusagarira ubusugire bw’icyo gihugu.

Ku ubutegetsi bwa Kigali kuba baravumbuwe kandi akaba ari inkuru yageze ku banyarwanda benshi bari mu gihugu no hanze yacyo cyari igisebo kuri bo (wagira ngo hari uba wabatumye kujya gukora ubugome).

Ibyo rero byatumye bashaka gukora itekinika ryo kurangaza Abanyarwanda. Nibwo bahise bazamura dosiye ya Captain Safari, ntabwo babikoze kubera ko bakunze Captain Safari, aho Rwanyandekwe ndabihakanye, ni zimwe mu nzira zo kwerekana ko bazi kurengera abantu bahohotewe, hanyuma Dosiye ya Noble Marara bakaba bayisibye mu mitwe y’Abanyarwanda.

Sinshyigikiye na gato ubusambanyi cyane cyane mu ngo z’abantu, ariko se James Musoni niwe wenyine raa? Ahubwo abo bari inyuma yo gutera amabuye James Musoni nibibuke ibyabo tubitse ku mitima yacu.

Harya ngo Madame Kajangwe yaba yarataye umugabo we bigenze gute raa? Harya Gasana Eugène yanze gutaha mu Rwanda bitewe n’iki raa? Mwagabanyije ubwenge mukongera ubuhwinini raa?

Hari rimwe tuzabivuga. Captain Safari ndumva akarengane ke rwose, kandi ndumva ukuntu ubabaye. Ariko ndibaza impamvu warindiriye igihe kigera ku myaka ine kugira ngo ujye mu itangazamakuru. Igihe uwari umugore wawe atangiye kugusiga ibara no kurya ideni rya Bank, aho niho wajyaga kubivuga ndetse nta n’ubwo wagombaga kuvuga izina rya James Musoni, ariko ukaba uteje ubwega. Simbona impamvu yagutumye kubivuga muri iki gihe kandi waramaze kuba umwere.

Impamvu ya kabiri y’iyi nkuru n’ubwo ntayiha uburemere cyane. Ni uko bishoboka ko wa mwiryane uhoraho mu gatsiko kayobora I Kigali waba ugeze kure. Ubundi bariya bose mwumva ngo n’ibikomerezwa mu gikari bakundana kuri za Camera, ariko iyo ubazi neza batunzwe n’itiku gusa. Ubategeka yarabashoboye, bahora mu kuregana, umwe ahura na Boss icyo akora n’ukumubwira ko kanaka atamwemera, uwo wavuzwe nawe yabona umwanya agahita amomora ibigambo ashinja wa wundi, mbese bingwa yabashoboje ikitwa Divide and Rule mu cyongereza, bivuze ngo “ndabateranya hanyuma mbayobore.”

Kubera ko James Musoni ari we wari ku kigega cyabo cyitwa Crystal Venture agombe kuba afite abanzi benshi mu bategekwa bagenzi be. Ifaranga rizarikora Wallah! Kandi mwibuke ko umukobwa wa Boss nawe asigaye yarafungutse kubyerekeye money.

Ubwo rero niba James Musoni yaranze kurekura ifaranga, cyane cyane ko amakuru mfite ari uko ibigega mpuzamahanga by’Imali ku isi vuba aha byarifashe mu kurekura kubera gusopanya imibare y’ubukungu bw’I Rwahanda nako I Rwanda.

Bishingiye ko ubukungu buratwa bufitwe n’abatarenze 1 ku ijana ry’Abanyarwanda. Ibi rero bikaba ari zo mpamvu nyamukuru zo kuzamura inkuru yamaze imyaka, ndetse bingwa Captain Safari akaba ashobora no kwishyurirwa ideni rya Bank byoroshye. Reka tubitege yombi.

Nitwa Rwanyandekwe Wumiwe.

Incamake y’umukino hagati ya RAYON SPORTS na MAMELODI SUNDOWNS

ABANYARWANDA TUZAGIRA UMUTEKANO RYARI?

Nicolas Sarkozy arimo guhatwa ibibazo kubera amafaranga bikekwa ko yahawe na Kadhafi

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa, Nicolas Sarkozy ubu twandika iyi nkuru arimo guhatwa ibibazo mu biro bya Polisi biri ahitwa Nanterre akekwaho kuba yarakiriye amafaranga aturutse muri Libya mu gihe yiyamamarizaga kuyobora u Bufaransa mu 2007.

Hagati y’inama igomba kubera i Dubaï ku burezi, n’imibonano itandukanye ku biro bye by’i Paris, n’urugendo I Londres, Nicolas Sarkozy byabaye ngombwa ko muri iki gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 20 Werurwe 2018, ajyanwa mu biro bya Polisi ishinzwe ubugenzacyaha ahitwa Nanterre, Aho yahamagajwe mu rwego rw’iperereza ku mafaranga yamufashije mu matora yatumye aba Perezida mu Bufaransa bivugwa ko yatanzwe na Nyakwigendera Perezida Kadhafi wa Libya.

Nibwo bwa mbere Nicolas Sarkozy yumviswe kuri iki kibazo cyatangiye gukorwaho iperereza mu BUfaransa kuva muri Mata 2013 aho inshingano zo gukurikirana iki kibazo zahawe igisata gishinzwe gukurikirana ibyaha bijyanye n’imali cy’i Paris, hakaba hari abacamanza benshi barimo gukurikira iki kibazo barimo uwitwa Serge Tournaire, mu minsi ishize watumye Nicolas Sarkozy ajya imbere y’ubutabera mu kibazo kiswe affaire Bygmalion.

Ababikurikiranira hifi bavuga ko Nicolas Sarkozy ashobora kumarana n’abakora iperereza igihe kitarenze amasaha 48 akaba yagezwa imbere y’umucamanza wakwemeza niba agomba gukurikiranwa n’ubutabera mu rubanza.

Nyuma y’uko muri Gicurasi 2012, urubuga rwa Interineti Mediapart rushyize hanze inyandiko igaragaza ko uwahoze ayoboye Libya, Nyakwigendera Kadhafi yatanze amafaranga mu gufasha Nicolas Sarkozy mu matora yatumye aba Perezida w’u Bufaransa mu 2007, hatangiye kwibazwa kuri iki kibazo ku buryo byabaye ngombwa ko amaperereza atangira.

Mu Gushyingo 2016, mu gihe habaga amatora y’ibanze mu ishyaka rya Nicolas Sarkozy (parti Les Républicains), umugabo witwa Ziad Takieddine yatangaje ko yavanye akayabo k’amayero Miliyoni 5 i Tripoli muri Libya ayajyana i Paris mu Bufaransa hagati ya 2006 na 2007 akayaha uwitwa Claude Guéant akagera kuri Nicolas Sarkozy, wari Ministre w’ubutegetsi bw’igihugu mu Bufaransa icyo gihe.

Uyu Ziad Takieddine, ubu urimo gukurikiranwaho ibyaha by’ubufatanyacyaha mu gutanga ruswa no mu kunyereza umutungo w’abaturage ba Libya, ibyo yatangaje bishimangira ibyavuzwe tariki ya 20 Nzeli 2012 na Abdallah Senoussi, wahoze ategeka inzego z’iperereza za gisirikare muri Libya mu gihe cya Kadhafi wabibwiye umushinjacyaha mu gihugu cya Libya.

Si ibyo gusa, kuko inyandiko z’uwahoze ari Ministre ushinzwe ibikomoka kuri Peteroli muri Libya, Choukri Ghanem, (wishwe mu 2012 mu buryo budasobanutse) zaguye mu maboko y’ubutabera bw’ubufaransa zigaragaza ko hari amafaranga yahawe Nicolas Sarkozy.

Undi mugabo witwa Bechir Saleh, wahoze ari umunyakigega wa Kadhafi akaba ari nawe wakurikiraniraga hafi umubano wa Libya n’u Bufaransa, yararusimbutse mu minsi ishize ubwo yarasirwaga i Johannesburg, muri Afrika y’Epfo yabwiye ikinyamakuru Le Monde cyandikirwa mu Bufaransa ko Kadhafi yamubwiye ko yahaye Sarkozy amafaranga yo gukoresha mu matora. Ariko Sarkozy we yarabihakanye.

Mu minsi ya vuba aha abapolisi bo mu biro bishinzwe kurwanya ibyaha bya ruswa, imali n’inyerezwa ry’imisoro mu Bufaransa bahaye icyegeranyo umucamanza. Icyo cyegeranyo kikaba gisobanura birambuye kifashishije ubuhamya butandukanye, uburyo amafaranga yahanahanagwa n’abari bashinzwe kwamamaza Sarkozy ashaka kuba Perezida mu Bufaransa.

Kugeza ubu abakora iperereza bamaze kubona ibimenyetso by’amafaranga yavuye muri Libya biciye kuri Alexandre Djouhri, wakoranaga hafi na Bechir Saleh, ubu ufungiye mu Bwongereza aho ategerejwe kuzoherezwa kuburanishwa mu Bufaransa. Na Claude Guéant ubu urimo gukurikiranwa ku cyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano n’ibyaha bya ruswa bivugwa ko yashoboye kugura inzu yo kubamo i Paris mu mafaranga ashobora kuba yaravuye muri Libya.

Ubutabera bw’u Bufaransa ubu bukomeje kwiga ku nyandiko nyinshi zafatiwe mu rugo rwa Alexandre Djouhri mu gihugu cy’u Busuwisi, izo nyandiko zikaba zikubiyemo ibimenyetso byinshi bishobora kuganisha kuri Sarkozy n’abakoranaga nawe hafi mu gihe yiyamamazaga kuyobora u Bufaransa mu 2007.

Icyemezo cyo guhata ibibazo Nicolas Sarkozy kigaragaza ko abakora iperereza bashoboye kubona ibindi bimenyetso bigaragaza uruhare rudasubirwaho rwa Nicolas Sarkozy mu kwakira amafaranga yavuye muri Libya agakoreshwa mu matora yatumye aba Perezida.

Ese ibimenyetso simusiga bishinja NIcolas Sarkozy ku buryo budasubirwaho byaba byarabonetse?

Ese abayobozi ba Libya b’ubu baba baremeye gufasha ubutabera bw’ubufaransa ko mu minsi yashize basaga nk’abaseta ibirenge kubera igitutu kigaragara cyavaga kwa Sarkozy n’inshuti ze?

Ese kwicwa mu buryo budasobanutse no kugerageza kwica abafite ibyo bazi kuri iki cyibazo byaba bituruka kuri Sarkozy ngo acike ubutabera?

Ese abaherekeje Sarkozy mu gusenya Libya no kwica Kadhafi nka ba Tony Blair muri iki kibazo bo uruhare rwabo ni uruhe?

Ariko n’ubwo bwose ibi bivugwa Nicolas Sarkozy akomeje guhakana yivuye inyuma ibi byose ashinjwa.

 

 

Viewing all 10365 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>