Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10365 articles
Browse latest View live

“UTAZI UBWENGE ASHIMA UBWE…”KAGAME BAMWIGIRIHO? CYANGWA ATANGIRE MU KIBURAMWAKA YIGIRE KU BANDI…?

$
0
0

Yanditswe na Cassien Ntamuhanga

Hashize igihe kinini Paul Kagame azenguruka amahanga avuga ko yateje igihugu imbere ndetse akaba atanatinya kujya mu gihugu cyateye imbere mu ikoranabuhanga nka Amerika kikorera ibikoresho n’intwaro zose kugeza ubwo cyohereza umuntu ku kwezi, naho akahavugira ko yakataje mu ikoranabuhanga  ku buryo abazi gushungera banamwihereye ibikombe! Ubundi nibura yakabivugiye nk’i Juba muri Sudan y’Epfo!

Si muri ibyo gusa, haciyeho igihe kirekire abeshya amahanga ko yakataje mu miyoborere myiza, ko yakemuye ikibazo cy’ubumwe n’ubwiyunge ko ndetse yanaciye imanza zirenga miliyoni mu gihe gito akoresheje “Gacaca”...ati nimuze mutwigireho! Nimwitegereza neza ibyo bintu byose murasanga ari nk’inzu yubatswe ku musenyi!

Usibye gukunda kwiyamamaza, cyangwa se ahari akaba ari cya kibazo cy’utazi ubwenge ushima ubwe, uyu mwaka habonetse abantu benshi n’ingero nyinshi Kagame na FPR bakigiyeho. Uramutse ubagereranyije wabona ko Kagame agomba gutangirira mu Kiburamwaka, kuko uburyo ashaka ibisubizo by’igihugu n’umuryango nyarwanda bihabanye n’inyurabwenge.

Mu gihe abandi bagerageza kwegera abo batavuga rumwe ku neza y’igihugu cyangwa y’ibihugu byabo, Kagame we usanga buri munsi yiyegereza urubyiruko rw’abana b’u Rwanda rwagizwe imfubyi, abashomeri n’andi mabi yose na politike ye none bakaba barabuze epfo na ruguru, abambika imyambaro ya gisirikare anabatongera amagambo yo kumurwanirira ababeshya ko ari ukurwanirira igihugu… Mu gihe abandi bakuru b’ibihugu bijukira gutsura umubano n’ibihugu baturanye, Kagame we azindurwa no kubashotora no kubihenuraho  ngo arebe ko barwana ngo kuko yumva ari intwari mu kurwana! Usibye no kuba amaze gusaza, burya n’uguhiga ubutwari muratabarana.

Mu minsi ishize ibihugu bitandukanye byahoze birebana ay’ingwe nka Ethiopia na Eritrea, Korea y’Epfo na Korea ya Ruguru, byateye intambwe bishaka uko byabana mu mahoro! Ubuse umuntu yarenga kuri Kim Jung Un na Moon Jae akajya kwigira ku Rwanda?

Uyu mwaka kandi wagaragayemo abanyapolitiki batacanaga uwaka bashyize umupira hasi ku bw’inyungu z’ibihugu byabo n’iz’abarurage babo.

Kuya 9 Werurwe 2018 Prezida Uhuru Kenyatta na Raira Odinga wari wamaze kwiyimika nyuma yo gutera utwatsi ibyari byavuye mu matora y’umukuru w’igihugu yakurikiwe n’imvuru zahitanye abatari bake, bashyize hasi ibibatanya ku neza y’igihugu bahana ikiganza, batangiza urugendo rw’ubwiyunge n’urwo kunga abanyakenya! Ubwo se umuntu yabacaho akajya kwigira kuri Kagame, utanatuma candidature y’uwo bahanganye itambuka…nta namureke ahubwo akamufunga? Ntibibe nibura kuri umwe bikaba ku ubigerageje wese? Théonèste Niyitegeka (2003) Victoire Ingabire (2010) Diane Shima Rwigara(2017).

Kuya 18 Kamena 2018 Ministiri w’Intebe wa Ethiopia Bwana Abiy Ahmed yemeje ku mugaragaro ko Leta yagize uruhare rukomeye mu guhutaza uburenganzira bw’ikiremwa-muntu maze atanga imbabazi ategeka ko abatavugarumwe n’ubutegetsi baba abakatiwe n’abari bakiri mu nkiko ibirego byabo bigahagarikwa. Hafunguwe abagera kuri 527 harimo na Bwana Merera Gudina Chairman w’ishyaka ritavugwa n’ubutegetsi rya Oromo Federalist Congress.

Abajijwe n’abadepite impamvu afungura abantu bahamwe n’ibyaha by’iterabwoba, yabasubije amagambo akomeye agira ati“…Iterabwoba ni iki? Ikihebe ni nde?…” yakomeje avuga ati: “mu iterabwoba harimo n’uburyo bwo gukoresha uburyo bunyuranye n’itegekonshinga kugira ngo wigundirize ku butegetsi…iterabwoba harimo no gukoresha uburyo budahwitse ngo ugere ku butegetsi…” ati: “hari aho itegekonshinga ryaba riteganya gukorera umufungwa wakatiwe n’urukiko gukorerwa iyica rubozo cyangwa kumufungira mu cyumba kirimo umwijima?…”

Ubwo umuntu yaca kuri Abiy Ahmed wa Ethiopia akajya kwigira kuri Paul Kagame w’u Rwanda usibye no kuba yakwifatira mu gahanga abakora iyicarubozo, ahubwo ari we utanga amategeko yo kurasa abantu bataragera no mu rukiko, bambaye n’amapingu?

Kuya 06 Kanama 2018 prezida wa Côte d’Ivoire Alassane D. Ouattara yababariye imfungwa 800 za politike harimo na Madame Simone Gbagbo umufasha wa Laurent Gbagbo wahoze uyobora Côte d’Ivoire ufungiye i La haye mu Buholandi. Simone Gbagbo bahimbaga “Umugore w’Icyuma” (Dame de Fer) wari warakatiwe igifungo cy’imyaka 20, nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kugambanira igihugu ndetse no gukorana bya hafi n’umutwe w’abicanyi (escadrons de la mort) wibasiraga abataravuga rumwe n’ubutegetsi ku ngoma y’umugabo we, (ni ukuvuga abambari ba Ouattara), yarekuranywe n’abandi ba minisitiri 2 aribo Bwana Lida Kouassi wari ministiri w’ingabo wa Laurent Gbagbo na Assoa Adou wari ministiri w’ibikorwa-remezo n’iterambere ry’imijyi. Uwo mugore kandi arashakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC ku byaha byibasiye inyokomuntu, ariko Alassane Ouattara yatangaje ko Côte d’Ivoir itazigera imutanga.

Côte d’Ivoire ikaba yari ifite ikintu ihuriyeho n’u Rwanda kuko nyuma yo gutsinda Laurent Gbagbo, ubucamanza bwaciriye imanza abo ku ruhande rwa Leta yariho icyo gihe, mu gihe n’inyeshyamba za Force Nouvelle zari ziyobowe na Guillaume Soro, zishyigikiye Alassane Ouattara nazo zashinjwaga gukora ibyaha byibasiye inyokomuntu. (Justice des vainqueurs sur les vaincus) Ibyo bikaba bisa neza neza n’uko kugeza ubu mu Rwanda haciwe imanza ku ruhande rumwe, abakoze ibyaha bari muri FPR akaba nta n’umwe uragezwa imbere y’urukiko. Nyuma y’iyi ntambwe itewe na perezida Alassane Ouattara, u Rwanda rusigaye mw’ikoni ry’amateka rwonyine?

None umuntu yasiga Alassane D.Ouattara akajya kwigira kuri Kagame? Kereka ushatse kwiga amagambo mashya y’ubushinyaguzi nko kota umuriro,…

Kuya 27 Kamena 2017 Guvernoma ya Colombia iyobowe na Juan Manuel Santos, yashyize umukono ku masezerano yo guhagarika intambara yari imaze imyaka irenga 40 iyishyamiranyije n’inyeshyamba za FARC( Fuerzas Armadas Revorcianarias de Colombia) Umutwe w’Ingabo ziharanira impinduramatwara muri Colombia. Ku bw’icyo gikorwa gikomeye gikozwe ku neza y’igihugu, Prezida Manuel Santos, yahawe igikombe cy’uwaharaniye amahoro cyitiriwe Nobel 2016.

None waca kuri Manuel Santos ushyikirana n’abo batavuga rumwe, ukajya kwigira kuri Paul Kagame ushora abana b’u Rwanda mu guhigira bagenzi babo n’i kantarange, nta n’intwaro bitwaje ngo babatsinde yo?

Manuel Santos asinya amasezerano y’amahoro n’inyeshyamba za FARC

Mu bihugu by’abaturanyi, nyuma y’aho Prezida Petero Nkurunziza atangarije kuwa 7 Kamena 2018 ko ataziyamamariza manda ya 3, kuya 2 Kanama Ministiri wa Leta wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ushinzwe imigambi ya Leta, yatangaje ko Prezida Joseph Kabila nawe ataziyamamariza manda ya 3 none Kabila yabitsindagije gutanga Emmanuel Ramazani ho umukandida uzahagararira amashyaka yishyize hamwe n’irye ari byo bita “Majorité Présidentielle” mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwana wa 2018.

Sibwo Kagame asigaye ari we wenyine ufatiwe mu cyuho nk’umuntu wahinduye itegeko nshinga ngo yigundirize ku butegetsi!!!

Muri Uganda naho hakunze kuba imvururu zishingiye ku kibazo cy’amatora. Utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Yoweri Kaguta Museveni Bwana Kizza Besigye, yafunzwe inshuro nyinshi zirenga 10, ariko iteka ryose uko ageze imbere y’ubucamanza ararekurwa.

None usibye kwihimbaza, kwiyogagiza cyangwa kutamenya ubwenge ugashima ubwawe, Kagame na FPR ye ntibari bakwiye kwigira kuri abo bose twabonye haruguru, bakareka gukomeza kwibeshya no gutanga urw’amanyo ngo baze babigireho!

Alpha Blondi yabiririmbye neza mu rurimi rw’igifaransa ngo “Tout change, tout évolue sauf…”


Kenya: Abanyamulenge n’ababembe barwanye

$
0
0

Ahitwa Kayole mu murwa mukuru wa Nairobi mu gihugu cya Kenya ku gica munsi cy’uyu wa gatatu tariki 8 Kanama 2018, habaye imirwano yashyamiranije Abakongomani bo mu bwoko bw’abanyamulenge n’abo mu bwoko bw’ababembe.

Iyo mirwano ikaba yadutse mu nama y’impunzi yari yatumijwe na UNHCR yabereye mu cyumba cy’inama aho bita kwa Diyo.

UNHCR ishinzwe impunzi ku isi yari yatumije inama igamije gusobanurira impunzi ibihereranye n’amabwiriza mashya y’amatora ateganijwe kuba y’abayobozi b’impunzi zituye Nairobi.

Intumwa za UNHCR na Leta ya Kenya zasobanuriye impunzi zari zahuriye muri icyo cyumba ko inzego z’impunzi zigiye gutorwa zisimbura izari zisanzwe aho gutora uhagarariye buri bwoko butuye muri Nairobi nk’uko byari bisanzwe ahubwo hagiye gutorwa ushinzwe agace mu duce tugize Nairobi. Bivuze ko uzatorerwa Kayole agomba kuba ahagarariye impunzi zose zituye muri ako gace (Niba utowe ari Umusomali azaba ahagarariye Abasomali, Abaetiyopiya, Abasudani y’Epfo, Abarundi, Abakongomani, Abanyarwanda, Abanigeria, Abanyadjibuti, Abanyerithrea, n’izindi mpunzi zose zihatuye, yatorwa ari umukongomani agahagararira impunzi zose zituye Kayole).

Mu gihe izo ntumwa zasobanuraga ayo mabwiriza zari zimaze guha buri mpunzi kopi. Umwe mubakongomani yasabye ijambo asobanura ko ayo matora asanga ateguye nabi.

Yakomeje abwira izo ntumwa ko abanyamulenge ari benshi mu duce twinshi twa Nairobi bisobanuye ko aribo bazatorerwa imyanya yose bityo ubwoko bufite impunzi nke muri Nairobi batazaba bafite ubavuganira muri UNHCR. Uwo musaza yongeyeho ko no muri Congo abanyamulenge batabemera nk’abakongomani ahubwo babafata ko ari abanyarwanda bityo akaba atumva ukuntu umunyekongo w’impunzi Nairobi azahagararirwa n’Umunyarwanda (Umunyamulenge) wiyita umukongomani.

Uwo musaza arangije iryo jambo rye undi mukobwa w’Umubembe nawe yafashe ijambo avuga ko atumva ukuntu muri UNHCR bita Abanyamulenge ko ari Abakongomani bakaba bashaka kubaha ubuyobozi bwose bw’impunzi kubera ubwinshi bwabo muri Nairobi.

Nyuma y’ayo magambo icyari inama cyahindutse isoko, Abagore n’abagabo b’Ababembe bahise basohoka muri icyo cyumba bavuga ko basanga ayo matora arimo ivangura kuko azafasha Abanyamulenge kuko nibo benshi kandi birazwi. Abanyamulenge bahise babasanga hanze imirwano iba irasakiranye hanze y’icyumba cy’inama.

Abapolisi 2 bafite imbunda bahise bagerageza guhosha bigoranye hiyambazwa n’abandi bambaye sivile babashije guhosha iyo mirwano. Abanyamulenge n’izindi mpunzi zaturutse mu bindi bihugu zisubira mu cyumba cy’inama. Ababembe n’abafuliru banga gusubira muri icyo cyumba kugeza inama irangiye.

Izo ntumwa za UNHCR zibibonye zityo zahise zisaba abahagarariye abandi; impunzi 4 z’Abanyamulenge n’izindi 4 z’Ababembe n’abafuliru babicaza hamwe ngo bige kuricyo kibazo cyazanye ikibazo.

Twarinze dutaha ako kanama k’abantu 8 hamwe n’intumwa za UNHCR bakiri mu nama ku buryo tutarabasha kumenya icyo bagezeho.

Amatora ateganijwe kuba nyuma y’icyumweru hafi n’igice; abashaka kwiyamamaza bakaba bahawe urubuga rwa interneti bagomba kuzuzamo imyirondoro yabo abemerewe bakazahabwa igihe cy’icyumweru cyo kwiyamamaza kirangiye impunzi zigahamagarirwa kujya gutora uzihagarariye.

Umusomyi wa TheRwandan i Nairobi muri Kenya

Rwanda: Denis Karera yarekuwe!

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Amakuru agera kuri The Rwandan kuri uyu mugoroba wo ku wa gatatu tariki ya 9 Kanama 2018 aravuga ko Denis Karera wari ugiye kumara ibyumweru 2 afunzwe yarekuwe.

Ayo makuru akomeza avuga ko umwe mu nshuti ze za hafi yabwiye umuntu wahaye The Rwandan amakuru ko Denis Karera bamuretse agataha mu rugo iwe ariko icyo yari afungiye kizakomeza gukurikiranwa.

Uwo muntu akaba avuga ko Denis Karera arwara indwara ya Diabète ngo ubuzima bwe bukaba bwari butangiye gutosekara dore ko uburyo yafunzwemo Perezida Kagame bigaragara ko yashakaga kumufunga igihe gito ngo amwumvishe kurusha kumushyira mu butabera dore ko ari Polisi ari n’urwego rushinzwe ubugenzacyaha RIB bahakanye ko atari bo bafunze Denis Karera.

Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru kimwe gikorera mu Rwanda kiri hafi y’inzego z’iperereza avuga ko Denis Karera yaba yaraziraga gushaka kwaka ruswa abashoramari b’abashinwa, ibyo akaba yarabikoze ku kigo cy’ubucuruzi gikomeye cyitwa Huawei cyagombaga gufasha Leta y’u Rwanda kubaka ubushobozi ku bijyanye n’ikoranabuhanga n’itumanaho mu Rwanda.

Nyuma y’iminsi icyo kigo cy’ubucuruzi kigerageza gutangira imirimo yacyo bikanga ngo Karera yaba yarabegereye akabasaba ko bagira icyo bamugenera bityo imikoranire n’imirimo yabo igashobora kwihuta, ibi kandi ngo sibwo bwa mbere ngo yari kuba abikoze kuko bikekwa ko yaba yarabikoze no ku kindi kigo cy’ubucuruzi kitwa Fusion Capital cyo ngo cyamuhaye 10% y’imigabane yacyo mu Rwanda.

Rero nk’uko icyo kinyamakuru gikomeza kibivuga ngo Karera yaba yarazize urugendo rwa Perezida w’ubushinwa Xi Jinping mu Rwanda, kuko abayobozi bo mu Bushinwa bagejeje icyo kibazo kuri Perezida Kagame abizeza ko kizakemuka.

Icyo kinyamakuru cyatangaje ko cyabonye amakuru avugwa ko Denis Karera yari afungiye i Kinyinya muri ya magereza atemewe n’amategeko azwi ku izina rya “Safe House”.

Nabibutsa ko n’ubwo Denis Karera we yarekuwe ariko Lt Gen Rtd Emmanuel Karenzi Karake na CP Rtd Cyprien Gatete bo umuntu ataramenya ibyabo uko bimeze dore ko bivugwa ko nabo batawe muri yombi.

Umwe mu basirikare barinda Perezida Kagame yishwe akaswe ingoto!

$
0
0

Yanditwe na Frank Steven Ruta

Inkuru yatangajwe n’ikinyamakuru gikorera mu Rwanda UMUSEKE nyuma kikayisiba kuri uyu wa gatatu tariki ya 8 Kanama 2018 iravuga ko mu giporoso mu mujyi wa Kigali, umuturage yaciye ingoto y’umwe mu basirikare barinda Perezida Kagame arabura nyuma aza gufatwa ariko kugeza ubu abantu bakaba batazi irengero rye! Ibi bikaba byarabaye ku wa gatandatu tariki ya 28 Nyakanga 2018.

Uwo muturage witwa William Muzuka ngo yakinnye umukino wa Billard bakinira amafaranga n’uwo musirikare uri mu barinda Perezida Kagame bazwi ku izina rya Republican Guard cyangwa AbaGP biza kuvamo ubushyamirane.

Amakuru atangwa n’abatuye muri ako gace avuga ko umusirikare uri mu barinda Perezida Kagame witwa Ephraim Muhozi w’imyaka 23 mu gihe yageragezaga gutabara mugenzi we yakatishijwe igice cy’icupa na William Muzuka wakoraga muri ako kabari bakiniragamo Billard bakaba bari baraye bakina ijoro ryose bwenda kubakeraho.

Iyo nkuru ikomeza ivuga ko uwo musirikare atahise apfa ako kanya ahubwo yaguye kwa muganga mu bitaro bya gisirikare i Kanombe. Uwo musirikare bikaba bikekwa ko ari mu barinda ikibuga cy’indege cya Kanombe.

U Bubiligi: Major Bernard Ntuyahaga yararekuwe yaka ubuhungiro muri icyo gihugu

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Major Bernard Ntuyahaga wakatiwe imyaka 20 n’urukiko rwo mu Bubiligi mu 2007 ashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’abasirikare 10 b’ababiligi bari muri MINUAR, ubu yararekuwe akaba yaranatse ubuhungiro mu gihugu cyu’ Bubiligi. Ibi bikaba byatangajwe na Theo Francken, umunyamabanga wa Leta ushinze iby’impunzi n’abimukira mu Bubiligi.

Bwana Francken akoresheje twitter yavuze ko Major Bernard Ntuyahaga ubu ari mu kigo cyakira impunzi ariko atemerewe gusohokamo mu gihe hategerejwe ko yasubizwayo, uretse ko adasobanura neza aho azasubizwa kuko Major Bernard Ntuyahaga yishyikirije ubutabera bw’u Bubiigi ku bushake ari mu gihugu cya Tanzaniya nyuma y’aho urukiko rwo muri Tanzaniya rwari rwanze ko yoherezwa mu Rwanda kandi n’urukiko rwa Arusha rukaba rwaravugaga ko nta cyaha rumukurikiranyeho.

Ifungurwa rya Major Bernard Ntuyahaga mu ntangiriro z’iki cyumweru ryari ryatangiye guhwihwiswa ariko Komisariya ishinzwe impunzi n’abanyamahanga (CGRA), yagombaga kugira icyo ivuga ku isabwa ry’ubuhungiro rishoboka kubaho, yari yanze kugira icyo ivuga isobanura ko bitewe no kubahiriza ubuzima bwite bwa Major Ntuyahaga.

Theo Francken, umunyamabanga wa Leta ushinzwe iby’impunzi n’abimukira mu Bubiligi mu butumwa bwe yacishije kuri twitter yasubizaga ubutumwa bw’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryitwa Vlaams Belang rifite umurongo ukarishye mu kutihanganira abimukira, ryari ryatangaje kuri uyu wa gatatu ko Theo Francken, umunyamabanga wa Leta ushinzwe iby’impunzi n’abimukira mu Bubiligi na Ministre w’ubutabera Koen Geens bagomba kugira icyo bakora ndetse hakoreshwa amagambo akarishye bagira bati: “Uwo mwicanyi nta mahirwe ya kabiri akwiriye kubona”,

Bwana Fracken kuri uyu wa kane yavuze ko ibyavuzwe n’iryo shyaka ry’abahezanguni ari ibihuha (Fakenews) agira kandi ati: ” Kwaka ubuhungiro bishobora gukorwa na buri wese ariko buri wese ntahabwa ubuhungiro buri gihe”

Ministeri y’ubutabera mu Bubiligi yo ivuga ko Major Ntuyahaga yarangije igihano cye, kirimo n’imyaka yamaze afunze kuva muri 1998 ataraburanishwa, ibijyanye n’ubuhungiro ngo bikaba bireba ikigo gishinzwe abanyamahanga (Office des Etrangers).

Abakurikiraniye hafi iki kibazo cya Major Ntuyahaga bavuga ko kuba yarakatiwe n’inkiko zo mu gihugu cy’u Bubiligi imyaka 20 bitakozwe cyane cyane mu nyungu z’ubutabera ahubwo byakozwe mu rwego rwo guhoza imiryango y’abasirikare 10 b’ababiligi baguye mu Rwanda no gutuma abaturage bareka gushyuha umutwe. Ibi bikaba bituma abantu bazi neza Major Ntuyahaga bavuga ko yagizwe igitambo.

Major Ntuyahaga n’ubwo yakatiwe imyaka 20 mu 2007 yakomeje guhakana ibyo aregwa ndetse na mbere gato yo gukatirwa yagize ati:“tôt ou tard, la vérité finira par triompher et je continue à garder l’espérance”. Bishatse kuvuga ngo: “Vuba cyangwa bitinze, ukuri kuzatsinda kandi nkomeje kugumana icyizere”.

N’ubwo Major Ntuyahaga yakatiwe imyaka 20 muri 2007, umukobwa we Bernadette Ntuyahaga yashimishijwe n’icyo cyemezo kuko ngo yabonaga ko se adahawe igifungo cya burundu, ko kubera imyaka 10 yari amaze mu buroko icyo gihe yari asigaje imyaka 10 gusa. None iryo yavuze riratashye. Bernadette Ntuyahaga igihe se yakatirwaga yabwiye itangazamakuru icyo gihe ko yemera ko Se ari umwere.

Ku bijyanye n’igishobora  gukurikiraho, twiyambaje umunyamategeko uri mu gihugu cy’u Bubiligi, Me Joseph Chikuru Mwanamaye, adusobanurira ko igihugu cy’u Bubiligi kidashobora kwirukana Major Ntuyahaga gutyo gusa ahubwo hari inzira bigomba gucamo zigenwa n’abategeko. Ko hagomba gusuzumwa mbere na mbere ubusabe bwe bw’ubuhungiro bakareba niba bufite ishingiro bakanareba niba asubiye mu Rwanda atagirirwa nabi ngo akorerwe ibikorwa by’akarengane n’iyicwa rubozo.

Nk’uko Me Chikuru Mwanamaye akomeza abivuga ngo n’iyo atahabwa ubuhungiro ariko Leta y’u Bubiligi ntabwo ishobora gusubiza Major Ntuyahaga mu Rwanda hakurikijwe uko ibintu bimeze ubu mu rwego mpuzamahanga aho amaraporo atandukanye y’imiryango iharanira uburengenzira bwa muntu akomeje gutunga agatoki inzego za Leta y’u Rwanda azishinja guhonyora uburenganzira bwa Muntu.

Ku bijyanye n’umutekano wa Major Ntuyahaga mu Rwanda byo ni ibintu umuntu atashidikanyaho dore ko na bimwe mu bnyamakuru biri hafi y’inzego z’umutekano n’iz’iperereza nka Rushyashya byibasiye umukobwa wa Major Ntuyahaga kimwe n’abandi banyarwanda bibashinja ngo kuba “abana b’abicanyi bapfobya Genocide yakorewe abatutsi” !

 

“UBU NI UBUHAMYA BWANJYE BW’AGAHINDA NATEWE NA FPR/INKOTANYI” Sylvestre NSENGIYUMVA ( 2/2)

Hagati ya Perezida Joseph Kabila wa Congo na Paul Kagame w’u Rwanda ninde uganisha igihugu cye aheza?

$
0
0

Ejo hashize nibwo isi yose muri rusange na Congo by’umwihariko bariye babonye igisubizo bari bategereje igihe kirekire ubwo Perezida Kabila yerekanaga ko byibuze afite ubushake bwo kugarura demokarasi mu karere atitaye ku ngaruka yazagira nyuma y’amatora.

Abantu benshi bahise bakeka ko akoze sisitemu ya Putin nubwo ntawabihakana ariko kandi ntanuwabyemeza atarabona iherezo ry’uyu mukino wacecekesheje abatavuga rumwe nawe ndetse n’amahanga yamwotsaga igitutu. Ubwo ishyaka riri kubutegetsi ryahitagamo Ramazani abanyekongo benshi biruhukije bashingiye ku kuba ibyo basabye Kabila byibuze yubahirije ho kimwe kandi cy’ingenzi.

Ubwo hari benshi bakekaga ko yongera kwiyamamaza maze igihugu kikinjira mw’icuraburindi nk’uko benshi babibonaga ndetse hari n’igihugu cy’igituranyi cyari gitegereje ngo kibone aho gihera gihungabanya umutekano wa Congo. Kagame wacu we yahisemo guhindura itegeko-nshinga atitaye ku ngaruka zishobora kuba nyuma. 

Muri ino nyandiko ndagereranya aba bayobozi bombi bayoboye ibihugu byabo kuva muri 2001 kuri Kabila na 2000 Kagame. Aha nirinze kuvuga ko Kagame ayoboye kuva muri 1994. 

Kabila Kagame
2001-2018 2000-2024 cyangwa (2034?)
Yubashye itegeko-nshinga Yararihinduye
Itangazamakuru rigeregeza kunenga Itangazamakuru zisingiza FPR
Abatavuga rumwe nawe benshi bari mu gihugu Barishwe, Barafunzwe cyangwa barahahunze 
Abahoze ari abasangirangendo be baracyakorana cyangwa baramurwanya ariko ntabica Abenshi yarabishe abandi barahunga abasigaye abagira ibiragi cyangwa abashyira ku gatebe
Avuga amagambo y’ihumure Avuga ko azica ku manywa y’ihangu
Abayobozi b’igisirikare bava mu moko yose Hafi ya bose ni abo mu bwoko bumwe
Abantu barigaragambya Ntawemerewe kwigaragambya
Gukorera abanyagihugu? Kwita ku banyamahanga
Kwikubira ubutunzi bw’igihugu? Kwikubira ubutunzi bw’igihugu
Ingendo nke zo mu mahanga Guhora mu ndege no gusesagura ku mutungo
Kubaha abagize guverinoma ye Kubagaraguza agati imbere y’itangazamakuru
Kwemera ibitagenda mu gihugu Guhora ahakana buri kimwe cyose anengwa
Kutihutisha iterambere  Gutekinika imibare y’iterambere
Ireme ry’uburezi ryasubiye inyuma Guhuzagurika muri politike z’uburezi n’ireme ryapfuye
Politike y’ubuhinzi ihamye Gukenesha abaturage
Ibura ry’imihanda Kubaka imiturirwa idafitiye akamaro abanyarwanda
Kutita ku buzima bw’abanyekongo  Ubwisungane mu kwivuza?

 

 Iyo urebye ibi n’ibindi nibagiwe uherako wanzura ko amaherezo y’aba bayobozi bombi azatandukana cyane. Kabila afite amahirwe yo kuva ku butegetsi mu mahoro naho Kagame biraca amarenga ko azavanwaho ku ngufu nk’uko bimaze kuba umurage w’abanyarwanda.

Iki kigereranyo kigaragaza bidasubirwaho ko u Rwanda rugana ahantu habi cyane naho Congo iratanga ikizere ko ibintu byahinduka. N’ubwo ntawabura kuvuga ko amatora ashobora kubyara imvururu ariko ibizaba byose Kabila azaba yiturije ku buryo ahubwo azaza nk’umuhuza. Binaniranye agakomeza kuyobora nk’uko itegeko nshinga ribivuga. Naho Kagame ubwoba ni bwose ku hazoza he. Ikibabaje ni uko Kagame amateka azisubiramo bityo abanyarwanda bakongera kuhazaharira. 

Prosper 

Ibyo Bernard Ntaganda yaciyemo mu buzuma bwe kugeza ubu biteye agahinda!

$
0
0

Ibi ni ibiganiro byateguwe n’igitangazamakuru umunyamakuru.com aho umunyamakuru Tharcisse Semana yaganiriye Me Bernard Ntaganda ku buzima bwe kuva akiri umwana kugeza ubu.


FPR-KAGAME IGIYE KUMARAHO ABANYURURU IKORESHEJE UBUROZI BWITWA “AFLATOXIN”.

$
0
0

Mu mpera z’umwaka wa 2006, ubushakatsi bwakorewe muri kaminuza yitiriwe Kenyatta mu gihugu cya Kenya ku guhingwa cy’ibigori bwagaragaje ko kurya indyo y’ibigori mu buryo buhoraho mu gihe kingana n’imyaka itanu kuzamura hejuru bigira ingaruka mbi ku kiremwa muntu. Ubwo bushakashatsi bwagaragaje ko mu bigori habamo umugera wa “AFLATOXIN”, uyu mugera ukaba winjira mu bigori biri mu murima ukiberamo kuva bikigera mu kigero cyo guheka kugeza byumye bigasarurwa. Byagaragajwe ko umugera wa “AFLATOXIN” utera indwara eshatu zikomeye, arizo: kanseri (cancers) zitandukanye, umwijima (hepatitis) n’indwara zifata umutima (heart attack & blood pressure).

Kuri ubu rero ikibazo kimaze kuba inzito aho muri gereza zose zo mu Rwanda abagororwa bakomeje gupfa uruhongohongo, cyane cyane abageze mu kigero cy’izabukuru bamaze imyaka isaga makumyabiri bafunzwe.
Amakuru twahawe na bimwe mu bitaro byo mu Rwanda gereza zoherezamo abagororwa baba bamaze kuzahara ku rusha abandi aragira ati: “Kuri ubu mu magereza yose haragaragara imfu z’abanyururu za hato na hato ziterwa n’indwara z’umwijima, kanseri n’umutima.” Abaforomo twashoboye kuvugana nabo ku Bitaro by’Akarere ka Nyanza batubwiye ko ibintu bimaze gukabya kuko Gereza ya Mpanga isigaye iza kuhavuriza abanyururu bahinamaraye, ababereye impumyi muri gereza bitewe n’imirire mibi n’abarwaye indwara z’ubuhumekero kubera ubucucike bukabije buri muri gereza zose zo mu Rwanda aho abantu basaga ibihumbi 70.000 bafungiwe mu magereza cumi n’atatu agenewe kwakira abanyururu batarenga ibihumbi 15.000.

Ubusanzwe umugororwa wo mu Rwanda atungwa n’indyo y’agahimano igizwe n’amagarama 250 y’ibishyimbo, 300 y’ibigori, 100 y’ifu y’amakoma, 15 y’amavuta y’ibigori n’amagarama 8 y’umunyu mu gihe kingana n’amasaha 24. Uretse abagororwa bafite impushya za muganga wa leta ku mpamvu z’uburwayi bukomeye nibo bemerewe kugemurirwa amafunguro atandukanye n’ayo bahabwa na gereza. Gusa ibi nabyo bishobokera bake cyane kuko abagororwa benshi leta ya FPR ibimurira mu magereza ari kure y’uturere bakomokamo mu rwego rwo kubababaza ndetse no kubatandukanya n’imiryango yabo.

Urugero: Gereza ya Nyanza ifunze abagororwa basaga ibihumbi 7.800 kandi muribo abatagera ku bihumbi bibiri nibo bakomoka mu cyahoze ari perefegitura za Gitarama na Butare ziri hafi y’agace iyo gereza iherereyemo mu gihe abasigaye bose bagera ku bihumbi 5.800 bakomoka muri perefegitura za Gisenyi, Byumba, Kibuye, Gikongoro, Cyangugu, Kigali & Kigali Ngali, Kibungo na Ruhengeri. Birumvikana ko nta muturage washobora kuva muri izi perefegitura zavuzwe haruguru ngo agemurire umuntu we ufungiwe muri Gereza ya Mpanga buri munsi. Ibi rero byo kurwara abanyururu bakabura uko bagemurirwa ifunguro bategekwa na muganga nabyo biri mu byihutisha imfu zabo kuko umuntu ararwara agakomeza guhatwa uburozi bwa “AFLATOXIN” kugeza ashizemo umwuka maze intego ya KAGAME-FPR ikagerwaho bucece nta nkomyi.

Biragaragara ko abanyururu bagenda bashira buhorobuhoro nkuko Kagame yivugiye ko ingunguru yuzuye amazi ushobora kuyipfundikira maze ukayitoboza urushinge mu ndiba amazi yose agashiramo gake gake ntawe urabutswe. Nibase umugera wa “AFLATOXIN” ugira ingaruka ku muntu nyuma y’imyaka itanu afata ifunguro ry’ibigori ku buryo budahinduka, ubwo abanyururu bamaze imyaka ingana n’iyo FPR imaze ku butegetsi barya ibigori ubudasiba basigaje iki? Birumvikana ko hasigaye mbarwa!
Gusa iyi jenoside ya bucece FPR ikomeje gukorera abanyarwanda bo mu bwoko bw’abahutu ni igika amateka y’ejo hazaza atazirengagiza, kandi bitinde bitebuke abakora aya marorerwa bazabiryozwa kuko ubugome ndengakamere nka buriya iteka bugaruka nyirabwo!

Byanditswe na:
Janet Nabyo
Paris, 10/8/2018

Gen Emmanuel Ruvusha arasaba abaturage kugira amakenga

Yuriye ipoto y’amashyanyarazi ashaka kwiyahura

Ubukwe bwa Claire Akamanzi umukuru wa RDB buzabera muri Uganda!

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Amakuru arimo kuvugwa cyane mu mujyi wa Kigali muri bamwe begereye inzego zo hejuru z’ubutegetsi ni ubukwe bwa Clare Akamanzi, umuyobozi mukuru wa RDB (Rwanda Development Board) buzabera mu gihugu cya Uganda.

Nabibutsa ko Clare Akamanzi ari umwe mu bayobozi b’u Rwanda bavuga rikijyana araba ari no hafi ya Perezida Kagame. Akaba yarambitswe impeta na Alex Ndibwami, kuwa gatandatu tariki ya 23 Kamena 2018 mu muhango wo gusaba no gukwa wabereye muri Milimani Gardens ku i Rebero mu umujyi wa Kigali. Alex Ndibwami ni umwarimu muri kaminuza y’abahowe Imana muri Uganda (Martyrs University)

Nk’uko bigaragazwa n’urupapuro rutumira The Rwandan yashoboye kubona, ubu bukwe buzabera mu gihugu cya Uganda mu mujyi wa Entebbe muri Hotel Lake Victoria ku wa 18 Kanama 2018 guhera saa munani.

N’ubwo bwose umugabo wa Clare Akamanzi aba kandi agakorera mu gihugu cya Uganda, umuyobozi wo ku rwego rukomeye nka uru kujya mu gihugu cya Uganda muri ibi bihe bihabanye cyane n’ibiherutse gutangazwa na Ministre w’ingabo z’u Rwanda, Gen James Kabarebe wakoresheje imvugo ikarishye yibaza icyo abanyarwanda bajya gukora muri Uganda we akaba yarabyise guhunahuna.

Ese Ministre Kabarebe yabwiraga rubanda rwa gisegeka gusa cyangwa mubo yabwiraga harimo n’abayobozi? Uko bigaragara ubu bukwe bw’umuyobozi wa RDB buzatahwa n’abayobozi b’u Rwanda babarirwa ku mitwe y’intoki.

Kigali: Kwimura Abo muri Bannyahe Bikomeje Kuba Ingorabahizi

$
0
0

Nyuma y’igihe kirekire harabuze ubwumvikane hagati y’ubutegetsi bw’umujyi wa Kigali n’abatuye mu kagari ka Nyarutarama hazwi nka Bannyahe ku ngingo yo kubimura, umujyi wa Kigali ukomeje ibiganiro byo kubashishikariza kwimuka. Gusa abaturage bo barasaba guhabwa ingurane y’amafaranga ikwiye byakwanga bagakomereza ikirego cyabo mu nkiko.

Ufatiye ku biganiro byaraye bibaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri hagati y’ubutegetsi bw’umujyi wa Kigali n’abahagarariye abandi batuye ahazwi nka Bannyahe I Nyarutarama mu murenge wa Remera I Gasabo mu mujyi wa Kigali biraca amarenga ko ubutegetsi bwatangije inzira zo kwirinda gusiragira mu nkiko.

Ni mu gihe hakunze kuba ibiganiro byo kwimura abatuye mu midugudu itatu ya Kangondo ya Mbere, Kangondo ya Kabiri na Kibiraro ya Mbere bikarangira abaturage bagannye inzira z’ubutabera. Ubutegetsi bushaka kububakira inzu ariko benshi muri bo barifuza guhabwa amafaranga. Byose bigamije kubahiriza igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali.

Mme Me Chantal Rwakazina, Mayor mushya w’umujyi wa Kigali ahura na bo yibukije ko ari mushya kandi ko yakunze kumva ibibazo byabo amahushuka. Asaba ko bamuha amakuru ahamye. Yavuze ko atifuza kubona hari icyiciro cyahezwa mu mujyi wa Kigali kubera igishushanyo mbonera.

Bwana Jean de Dieu Shikama na we utuye Bannyahe yibukije ubutegetsi ko hashize igihe basiragira mu manama n’inzego zitandukanye nta mwanzuro ufatika kandi ko hari hasigaye urwego rw’ibiro by’umukuru w’igihugu. Asaba ko kubera ubwumvikane bwabuze, ubutegetsi bwahama hamwe bukaburana.

Mme Rwakazina Mayor w’umujyi wa Kigali we aragaragaza ko mu nzira z’ibiganiro ibibazo byo kwimura abatuye mu kagari ka Nyarutarama bishobora kubonerwa umuti.

Icyakora abatuye Bannyahe bagakomeza babwira ubutegetsi bavuga ko igishushanyo mbonera basabwa kubahiriza cyabasanze bahatuye.

Ubundi kwimurwa abaturage kubw’inyungu rusange ntibyagombye kuba biteza intugunda uko bimeze ubu. Ariko hano baravuga ko igikomeye muri iki kibazo cya Bannyahe ubutegetsi bufatanyije na Rwiyemezamirimo babanje guha agaciro ubutaka batuyemo gusa ibindi biteshwa agaciro biza gukorwa nyuma ku buryo byakomeje kugira ingaruka ku byakozwe mbere.

Ukurikije uko bibarwa, uhereye ku butaka buto hatitawe ku mubare w’abagize umuryango bagombaga kubaha icyumba kimwe kizwi nka Chambrette, uwa nyuma akabona inzu y’ibyumba bitatu na Salon. Yohani Higiro ashinzwe umutekano muri umwe mu midugudu ya Nyarutarama. Akavuga ko bibwira ko baca akavuyo ahagaragarira amaso, bakimurira aho ijisho ritabona.

Ibi biganiro byasoje ntacyo bigezeho. Ubutegetsi bwizeza ko bugiye gukora isesengura ryimbitse bukazatanga igisubizo nyuma.

Mu minsi ishize ubwo inzego zitandukanye zasimburanaga kuri iki kibazo abasenateri na bo bageze kuri aba baturage maze bumvise ibyo bababwira bitabagwa ku ndiba y’umutima abaturage barikubita baragenda.

Nyuma y’ibi biganiro Ijwi ry’Amerika yashatse kumenya uko abari babirimo babyakiriye maze bavuga nta cyizere na gito kuko batari babikeneye. Bati “Nta kintu na kimwe kizima batubwiye gahunda yacu irakomeje yo gukomeza urubanza”.

Ibi bibazo byo kwimura abatuye i Nyarutarama hazwi nka Bannyahe bifata umuzi mu mpera za 2017. Ni imiryango isaga 1600, muri bo 450 bagannye inkiko. Abasaga 50 bemeye guhabwa inzu. Abandi basigaye barimo ababuze ayo kwiyishyurira abanyamategeko n’igarama ry’urubanza.

Bimwe mu byo baregeye basaba inkiko birimo gutegeka ubutegetsi bukabaha ingurane ikwiye y’amafaranga. Ingingo yo kwimura abaturage hirya no hino mu Rwanda yakunze guteza impagaragara zishingiye ku igenagaciro. Rwiyemezamirimo wagombaga kwimura aba baturage Bwana Denis Karera mu minsi ishize yavugwaga ko yaba afungiwe ahantu hatazwi.

Uyu na we mu nama n’aba baturage nta na gito bagezeho. Ihame ryo ni ukugira Kigali isukuye kandi itekanye.

VOA

UNDI MURAMBO WATORAGUWE MU NKENGERO ZA KIGALI VIDEO

Gusaba ubuvugizi no kumenyekanisha izimira rya Jean de Dieu Ndamira

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Jean de Dieu Ndamira n’umugabo w’umunyarwanda uri mu kigero cy’imyaka 42, akomoka ku Kimisange mu mujyi wa Kigali akaba yarabaga i Nairobi muri Kenya.

Duheruka kuvugana bwa nyuma kuwa gatanu tariki ya 09.03.2018 ari i Kigali.

Jean de Dieu Ndamira twamenyaniye ku rubuga rwa Facebook kuko yakundaga kwandika inyandiko zivuga ku buzima bwe ariko akifuza ko zagera ku bantu benshi bashoboka ndetse yifuzaga no kuzandika igitabo akavuga ibyo yaciyemo mu buzima bwe.

Yaje kunsaba ko niba nta kibazo inyandiko ze zajya zica mbuga nkoranyambaga zacu, nabanje kubaza inama y’ubwanditsi yacu (The Rwandan Media Network) baranyemera.

Inkuru ye ya mbere (Ndamira Episode 1) yatangajwe kuri therwandan.com  (http://www.therwandan.com/ki/ndamira-episode-1/) no kuri kanyarwanda.net (http://www.kanyarwanda.net/ki/blog/2018/01/21/ndamira-episode-1/) tariki ya 20 Mutarama 2018.

Yakomeje kutwohereza inkuru kugeza ku itariki ya 7 Weurwe 2018 ageze nku nkuru ya 31 (Ndamira Episode 31) yatangajwe kuri therwandan.com (http://www.therwandan.com/ki/ndamira-episode-31/ )  no kuri kanyarwanda.net(http://www.kanyarwanda.net/ki/blog/2018/03/07/ndamira-episode-31/)

Inyandiko ze zacaga kuri ziriya mbuga navuze hejuru zatumye yamamara cyane ndetse bimuhuza n’abantu benshi bamwandikiraga kubera gukunda inkuru ze ndetse hari na bamwe bari baziranye kera mu mashuri cyangwa ahandi bishimiraga kongera kumenya amakuru ye.

Hari bamwe mu muryango we batishimiye ko ngo ashyira hanze icyo bitaga «amabanga ya Famille», hari abaziranye nawe, abatamuzi ndetse n’abo mu muryango we bamusabye ko yajya acisha inyandiko ahandi ariko hatari mu binyamakuru babonaga ko bitavuga rumwe na Leta. Yarabahakaniye kuko twe mu mikoranire yacu twamuhaye ubwigenge busesuye mu myandikire ye mu gihe yatinyaga ko agiye gucisha inyandiko ze ku mbuga zikorana na Leta y’u Rwanda yatakaza ubwigenge bwe mu myandikire akaba yajya asabwa kugira icyo ahindura cyangwa akuramo.

Muri rusange ariko benshi mu basomyi bakundaga inyandiko ze ku buryo buri gihe babaga babaza igihe episode ikurikiyeho iribuzire.

Kuko yabaga mu gihugu cya Kenya urwandiko rwe rw’inzira (passport) haburaga igihe gito ngo rurangire yafashe gahunda yo kujya I Kigali gufata urundi.

Yafashe Bus i Nairobi ku wa gatanu tariki 2 Weruwe 2018 yerekeza i Kigali aciye i Kampala, yagezeyo ku wa gatandatu 03 Werurwe 2018 mu ma saa munani y’ijoro.

Yanyoherere audio ku wa mbere tariki 5 Werurwe 2018 agiye gutangira gahunda yo kujya gushaka passport ampa na numéro yindi namubonaho i Kigali (+250789147496)

 

Tariki ya 6 Werurwe 2018 yanditse Ndamira Episode ya 31 ari i Kigali arayitwoherereza, iyi episode ni nayo ya nyuma twayitangaje tariki ya 7 Werurwe 2018

Tariki ya 9 Werurwe 2018 yanyoherereje ubutumwa bwa nyuma ambwira ko yabonye passport ko agiye guhita asubira i Nairobi.  Kuva ubwo kugeza uyu munsi ntabwo asubiza byaba kuri whatsapp (+254790617702),  Byaba kuri Email (lbe125@yahoo.fr) ndetse no kuri numéro yari yampaye y’i Kigali (+250789147496).

Nkurikije ubutumwa twohererezanyaga ikibazo yahuye nacyo cyabaye hagati ya saa kenda n’igice na saa kumi n’ebyiri n’igice tariki ya 9 Werurwe 2018. Yahamagaye Saa kenda na 46 ntitwashobora kuvugana.

Ukurikije ibigaragara ku rubuga rwe rwa facebook aheruka kurukoresha ashyiraho amakuru tariki ya 7 Werurwe 2018.

Tariki ya 6 Mata 2018 habaye ikintu kidasanzwe ubwo uwiyita Brenda Gitego kuri Facebook yabazaga amakuru ya Ndamira maze uwitwa Philbert Muzima akamusubiza ko ari kubona ko ari connecté ariko yibaza niba ari we koko cyangwa ari undi muntu wakoresheje password ye akinjira.

Nababwira ko uwiyita Brenda Gitego kuri Facebook bigaragara ko atari izina rye ry’ukuri iyo compte ikaba ikunze gukoreshwa mu gukora propaganda ishyigikira ubutegetsi buriho mu Rwanda ndetse no kwibasira abatavuga rumwe nabwo.

Uko bigaragara ku ruhande rwacu turakeka ko yaba yarashimuswe bitewe n’uko yacishaga inyandiko ku mbuga ziha ijambo bose ariko zifatwa na bamwe nk’izirwanya Leta y’u Rwanda.

Kandi na none niba hari ikindi cyaha yaba akurikiranweho afite uburengenzira ahabwa n’amategeko bwo gushyikirizwa ubutabera akaburana yatsinda akarekurwa yatsindwa agakora ibihano yaba yagenewe n’ubutabera.

Mu gusoza turasaba imiryango iharanira uburenganzira bwa Muntu ko yabaza Leta y’u Rwanda n’inzego zayo zishinzwe umutekano irengero rya Jean de Dieu Ndamira, niba ari zo zimufite zikamurekura nta mananiza cyangwa zikamushyikiriza ubutabera. Kandi na none niba atari zo zimufite zigakora iperereza hakamenyekana irengero rye.

 


Ikiganiro na Eric MANIRIHO ku cyiswe “intamara y’abacengezi” 10/08/2018

$
0
0

Mu nyaka ya 1997 – 1998, mu Rwanda habayeho icyo Leta yise “INTAMBARA Y’ABACENGEZI”.

Iyo ntambara yibasiye cyane cyane Intara y’Amajyaruguru y’igihugu ahahoze hitwa Prefegitura za Ruhengeri na Gisenyi.

Yahitanye abantu benshi cyane bataramenyekana umubare kugeza ubu, n’ibintu bitagira ingano.

Yaje ite? Yayobowe na ba nde? Mbese yari ngombwa? Ingaruka zayo ni izihe? Abanyarwanda bakeneye kuyisobanurirwa ahanini n’abayirokotse, kugira ngo bave mu rujijo Leta ya FPR yabahejejemo.

 

Rubavu: Umusirikare yarashe abantu 3

$
0
0

Rubavu – Mu mudugudu wa Rurembo mu kabari k’uwitwa Mugwaneza Christine niho aba bantu barasiwe, umwe ahita apfa. Ibi byaraye bibaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 10 Kanama 2018 ahagana saa tatu n’iminota icumi z’ijoro .

Abantu batatu barashwe ni Hakizimana Vincent wavutse mu 1980, Benimana Jean Marie Vianney wavutse mu 1968, na Nzabahimana Theoneste wavutse mu 1993.

Barashwe n’umusirikare ufite ipeti rya Caporal mu ngabo w’u Rwanda witwa Karamba Jean Bosco yari yambaye n’impuzankano ya gisirikare.

Uwabibonye yavuze ko uyu musirikare yashyamiranye n’uwitwa Benimana ari na we witabye Imana agahita ajya kuzana imbunda akabarasa.

Ngo uwo yarashe yahaye umukozi we amajerekani batwaramo urwagwa ngo ayajyane, umusirikare aramubuza bakomeza guterana amagambo kugeza ubwo umusirikare yamubwiye ko amwereka uwo ari we ajya kuzana imbunda arabarasa.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu muri iki gitondo tariki ya 11 Kanama 2018 yakoresheje inama ahumuriza abaturage anabasaba kwirinda amakimbirane kuko ari yo ntandaro y’ibyabaye byose.

Yabijeje ko uwo musirikare azashyikizwa ubutabera.

Col Muhizi Pascal uyobora Ingabo zikorera Rubavu, Nyabihu na Ngororero yabwiye abaturage ko bakwiye gukomeza imirimo yabo uko bisanzwe kuko ngo uriya musirikare azashyikirizwa ubutabera kugira ngo aryozwe ibyo yakoze.

Inkuru dukesha:

KAGAME KABERUKA Alain
UMUSEKE.RW 

Ese umunyamakuru Mugabe Robert si igikenya?

$
0
0

Yanditswe na Kanuma Christophe

Itohoza twakoze ryatweretse ko umusore witwa Robert Mugabe (Bob) ari igikoresho cyizewe ibukuru cyiyambazwa gusa bibaye ngombwa.

Nk’uko twabitangarijwe n’abamuzi neza byemezwa ko nubwo yiyambazwa bibaye ngombwa ntibibuza ko agenerwa amavuta y’imodoka ye akanishyurirwa ubukode bw’inzu ndetse iyo modoka ikaba ari igihembo yahawe kubera akazi keza yakoreye abamukuriye mugucogoza Diane Shima Rwigara.

Iyo modoka mureba aho hasi ya Benz niyo Robert yahembwe nyuma yo gutumwa ku muryango wa Diane akawuvamo awudashye ibya ngombwa byose harimo n’amafoto. Iyo modoka abampaye amakuru bemeza ko ari iyo Umufasha wa General Kayumba Nyamwasa yagendagamo atarahunga.

Uyu Robert Mugabe wari umusirikare muri RDF ntibizwi neza igihe yakiviriyemo gusa ikizwi n’uko yigeze gufungwa muri 1998 hamwe n’abandi bashinjwa kuba mu ngabo z’Umwami baje gufungurwa bataburanye. Amakuru amwe (tugikurikirana) akemeza ko yaje koherezwa muri Israheli kwiga kuneka. Agarutse yahise yinjira mu mwuga w’Itangazamakuru aho avuga ko yikorera.

Assinapol Rwigara agipfa kumenya amabanga yo mu rugo rwe byabaye nk’ibigoranye nibwo batumye igikoresho cyabo Robert atera imitoma Diane iba iramufashe ntibyatinze atangira kugenda muri urwo rugo uko abishatse. Rimwe ariyo yaje gufata phone ya nyina wa Diane Shima Rwigara yandikamo numero za Kayumba Nyamwasa aramuhamagara undi amwitabye amubaza icyo ashaka amubwira ko ashaka ko bapanga. Kayumba yahise amukupa. Robert arangije ahamagara iya Jean Paul Turayishimye umuvugizi wa RNC amwitabye amwibarisha uburofa nawe birangira amukupye. Abaduhaye amakuru bemeza ko icyo yari agamije ni ukumenya neza niba Nyina wa Diane avugana na Kayumba Nyamwasa na Jean Paul Turayishimye.

Uyu muryango wakomeje kugirwa inama zo kwirinda uyu musore biba iby’ubusa Diane imitoma y’umugome yari yararangije kumufata.

Bucyeye uyu musore yaje kwitatsa ngo inzego z’ubutasi zamufatiye Kimironko zimutwara phones ze ngo zarimo n’amafoto. Bwaracyeye ayo mafoto anyanyagizwa hose. Icyashimishije abampaye inkuru n’uko Diane ajya gufungwa yari amaze igihe gito yitandukanije na Robert.

Uyu musore yaje kujya muri America agezeyo acumbikirwa n’umuntu w’umugore yari yarateye imitoma. Barabana mu gihe ari mu nzira zo kwaka ubuhungiro. Ariko hadaciye 2 atangira kubona umusore abyuka akajya muri salon kwandika ibintu no kubyohereza akoresheje e-mail, ndetse akanahamagara abantu Robert ntashake ko uwo mukunzi we abyumva.

Uwo mugore warumucumbikiye yahise abona ko ari ishyano rya maneko yaba acumbikiye abaduhaye amakuru bakemeza ko yahise amuha amasaa 24 kuba asohotse muri Amerika bitaba ibyo akamutanga mu nzego z’ubutegetsi za Amerika ko yaje guhungabanya umutekano w’impunzi nguko uko Robert yasohotse muri Amerika ayabangiye ingata.

Mu Rwanda rero akoreshwa ku maradio kuvuga ibyo abandi badatinyuka bityo bitume abasha kwizerwa n’abari mu gihugu badakunze Ubutegetsi.

Ubu twandika ibi hari ubuhamya bw’abantu 2 bari muri Amerika batubwiye ko amaze iminsi abandikira abasaba services ko afite abantu bashaka guhunga u Rwanda none ko yahuzwa n’abantu babimufashamo. Ariko batahuye ko harimo imitego kuko bo bamutahuye ko ari gatumwa.

Hari amakuru twabonye ko hari umunyamakuru yagiye gusaba indaro babana amezi 3 Robert Mugabe ahavuye uwo muntu atabwa muri yombi aranakatirwa.

Ubu Robert Mugabe yirirwa ku ishyirahamwe ry’abanyamakuru ARJ yinjira muri za mudasobwa z’abanyamakuru areba ibyo bandika nibyo bandikirana n’abandi n’abo bandikirana nabo.

No kuba agenda byonyine muri iyi modoka byemezwa ko yari iya Rosette Kayumba bituma abenshi bemeza ko uyu musore yaba ari igikenya.

Mu itohoza ariko ntitwabura kugaragaza ko hari umugabo bigeze gufungana 1998 bombi bacyekwa kuba ingabo z’Umwami, uyu mugabo akaba yarahunze u Rwanda wadutangarije ko kubwe Robert Mugabe atamubona ko akoreshwa na DMI yagize ati:”… Urabizi opposition ifite ibibazo byinshi psychological kurusha ibiri politiki….bumva buri umwe agomba gupfa? Utarapfa si uwa opposition? Kuki bakunda abapfu?…” Yakomeje agira ati:” Mugabe n’ubu bamuhonda any time”.

Impaka kuri Manifeste y’abahutu yo mu 1957 (igice cya 3)

Uruhare rwa IDPA mu gukemura amakimbirane binyuze mu mishyikirano

$
0
0

LECP INFO yanyarukiye i Buruseli kubaza IDPA uburyo ikora mu gufasha abafitanye amakimbirane kuyakemura mu nzira y’amahoro, mu nzira y’imishyikirano.

Jean Claude Mulindahabi yaganiriye n’Umunyamabanga uhoraho wa IDPA, Jean-Claude Nkubito

Viewing all 10365 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>