Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10370 articles
Browse latest View live

Gusaba Imbabazi ni Kimwe Kuzihabwa ni Ikindi: Pierre Damien Habumuremyi

$
0
0

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Pierre Damien Habumuremyi yatangaje ko yiteguye ‘kwongera gukorera u Rwanda aho rwamwohereza hose’.

Ibyo yabibwiye Ijwi ry’Amerika nyuma y’icyumweru ahawe imbabazi na Prezida w’u Rwanda Paul Kagame.

Yavuze kandi ko muri gereza yasanze hinganje ingengabiterekerezo ya jenoside.

Kurikira ikiganiro yagiranye na Venuste Nshimiyimana w’Ijwi ry’Amerika.


Mu rubanza rw’abavugwa ko ari Abarwanyi 37 ba RUD-Urunana na P5 hingoreyeho umuburanyi utari usanzwemo

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Kuri uyu wa Gatatu tariki 19/10/2021, Urukiko rukuru rwa gisirikare rwasubitse urubanza rw’itsinda ry’abantu 37 barimo abaregwa ko bari mu mutwe wa RUD-Urunana n’abaregwa kuba mu mutwe wa P5 kubera umuburanyi mushya  witwa Mbarushimana Aimé Ernest wahafatiwe muri Uganda mu minsi ishize.

Ubushinjacyaha buvuga ko Mbarushimana wiyemerera ko aziranye n’abari basanzwe muri urwo rubanza ashobora kuba azanye amakuru mashya muri uru rubanza, bityo ko urubanza rugomba gusubikwa.

Mbarushimana Aimé Ernest utavuzwe igihe yafatiwe muri Uganda, cyangwa se igihe Uganda yamwoherereje mu Rwanda ntabwo yabashije kuburana kuri uyu wa Kabiri kuko yabwiye Urukiko ko atarabona umwunganizi, kandi akaba ngo adafite n’ubushobozi bwo kumwiyishyurira.

Ni mu gihe Urukiko rwari rwarangije kumva abasanzwe baburana hasigaye isomwa ry’urubanza. Aba baburanyi bose bashinjwa ni ukurema umutwe w’ingabo utemewe cyangwa kuwinjiramo, kugirana umubano na Leta y’amahanga bigiriwe gushoza intambara, gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi no kuwujyamo.

Baregwa kandi icyaha cy’iterabwoba, kugirira nabi Ubutegetsi buriho, ubufatanyacyaha mu bwicanyi, ubufatanyacyaha mu kwiba hakoreshejwe intwaro ndetse n’ubufatanyacyaha mu gukubita no gukomeretsa ku bushake.

Ibyo byaha bikaba bishingira ku gitero cyagabwe ku butaka bw’u Rwanda ku itariki 04 Ukwakira 2019 mu Murenge wa Kinigi w’Akarere ka Musanze, hagapfa abasivili 14 mu majyaruguru y’u Rwanda hagakomereka abandi bagera kuri 15 bikavugwa ko abateye baturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu iburanisha ryo ku itariki 14 na 15 Nzeri 2021, abatangabuhamya bagera ku icyenda bashinje aba barwanyi kubakomeretsa no kubicira ababo, ndetse no gusahura hamwe no kwangiza imitungo yabo, bakaba baregera indishyi.

Ubushinjacyaha buvuga ko 29 mu baregwa bavuye mu mutwe wa P5 urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda boherejwe na Gen Faustin Kayumba Nyamwasa ngo bajye mu bitero byo mu majyaruguru y’u Rwanda byahitanye bamwe bigakomeretsa abandi.

Ubushinjacyaha bubagabanya mu matsinda abiri, irya mbere ry’abantu barindwi rirangajwe imbere na Seleman Kabayija ryo muri RUD-Urunana, ni mu gihe abandi basigaye 30 barimo Sergent Emmanuel Ngirinshuti bivugwa ko yatorotse ubutabera ryo ngo ryavuye mu mutwe wa P5.

Umushinjacyaha avuga ko bose bari bafite umugambi muremure wo guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda. Ukurikije uko bagiye bihuza bakomotse mu mashyaka atandukanye, ubutabera bubarega kuba mu ihuriro MRCD rya Paul Rusesabagina bashinze umutwe wa gisirikare wa FLN uregwa kugaba ibitero ku Rwanda. Ibi bikaba bitangaje cyane ku bakurikiranira hafi politiki y’u Rwanda kuko bizwi na bose ko iyi mitwe ishinjwa ubufatanye ubundi itajya imbizi.

Ubushinjacyaha busobanura ko bagiye bava mu bihugu bitandukanye birimo Uganda, Uburundi, Repubulika ya Demokarasi ya Kongo u Rwanda na Malawi. Baregwa ko batorezwaga mu misozi ya Minembwe ya Kivu y’Epfo ibikorwa bihuzwa na Gen Kayumba.

Urukiko Rukuru rukaba rwafashe umwanzuro wo kwimurira uru rubanza ku matariki ya 23-25 Ugushyingo 2021, kugira ngo Mbarushimana abanze abone umwunganira mu mategeko.

Ntaganda ati: ” Ni igitugu n’iterabwoba bya FPR” , HRW iti: “Embargo ku Rwanda”

Victoire INGABIRE ntabyumva! Ingabire Day ikangaranya Leta gute? Abafunzwe barazira iki?

Ibihano byahawe Rusesabagina n’abo bareganwa byajuririwe

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Ku munsi wa 30 ari nawo wa nyuma ugenwa n’itegeko ngo ubujurire bwakirwe, ibiro by’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda byatangaje ko Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cy’Urukiko ku rubanza ruregwamo abantu 21 barimo na Paul Rusesabagina wagejejwe mu Rwanda ashimuswe.

Byagaragaye mu butumwa bwanditse mu Cyongereza bwanyujijwe ku rukuta rwa Twitter rw’Urwego rw’Ubushinjacyaha Bukuru mu Rwanda.

Iri tsinda ryatangiye kuburana ryitirirwa Major Callixte Sankara Nsabimana, ariko aho Rusesabagina agereye i Kigali ryahise rimwitirirwa. Ni nabwo urubanza rwakuwe i Nyanza mu Ntara y’Amajytepfo, rutangira kuburanishiriza i Kigali. Urubanza rw’aba bantu 21 ni rumwe mu manza za politiki zaburanishijw emu buryo bwihuse umuntu agereranyije n’ubunini bw’idosiye, kuko abaregwaga hafi ya bos ebabaga bafite amadosiye manini, ariko cyane cyane Rusesabagina na Nsabimana Callixte.

Nyuma y’isomwa ry’urubanza kuwa 20 Nzeli 2021, abanyamakuru babajije Nkusi Faustin umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda niba bazajurira, asubiza ko nubwo ubushinjacyaha ngo butari bwanyuzwe n’imikirize y’urubanza badateganya kujuririra icyemezo cy’Urukiko.

Icyo gihe Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka rwari rwakatiye Paul Rusesabagina gufungwa imyaka 25, mu gihe Nsabimana Callixte Sankara we yakatiwe imyaka 20, abandi bagenda bahabwa ibihano biri munsi y’iyi myaka, uwahawe mike ikaba ari itatu.

Igihano cyakatiwe Rusesabagina cyatunguye bamwe mu bahezanguni b’i Kigali batahwemye kubyinubira ku mbuga nkoranyambaga, bahereye ku kuba mbere y’uko iburanisha ripfundikirwa ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa burundu nyuma yo guteranya imyaka ibihano ku byaha byose bwamuregaga bugasanga igera ku myaka 170 y’igifungo.

Uru rubanza rw’amateka rwabaye urwa mbere mu Rwanda rushyiriweho uburyo bwo gukurikiranwa n’Isi yose, kuko bwashyizwe kuri Youtube , kandi bugatambutswa ruri kuba kuri zimwe muri televisions zo mu Rwanda, ni urubanza rwasemurwaga mu Cyongereza, ni urubanza rwabonetsemo abatangabuhamya benshi abo mu Rwanda n’abo hanze yarwo.

Ntiharamenyekana niba abo uruhande rwa Paul Rusesabagina cyangwa se abandi baregwa hamwe haba harimo uwajuririye igihano yakatiwe.

Victoire Ingabire ngo yavuye muri RIB amahoro.

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Amakuru dukesha urubuga rwa twitter rwa Victoire Ingabire, umukuru w’ishyaka DALFA-Umurinzi aravuga ko Victoire Ingabire wari witabye urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa kane tariki ya 21 Ukwakira 2021 yatashye amahoro.

Muri ubwo butumwa Victoire Ingabire yarangije ko yitabye i saa tatu za mu gitondo akabazwa kugeza i saa kumi n’imwe ku mugoroba.

Nabibutsa ko Victoire Ingabire yari yabanje kwitaba urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB)  kuri uyu wa kabiri tariki ya 19 Ukwakira 2021 ariko ntiyabasha kubazwa kuko ngo yari afite indwara ya grippe nk’uko yabitangaje ku rubuga rwe rwa twitter.

Ibi bije mu gihe hashize igihe gito abantu bagera ku 10 barimo umunyamakuru Théoneste Nsengimana na bamwe mu barwanashyaka ba DALFA-Umurinzi batawe muri yombi bashinjwa ngukwiza ibihuha no gushaka guteza imvururu muri rubanda. Ariko haraba n’andi makuru avuga ko batawe muri yombi mu rwego rwo kuburizamo umunsi ngarukamwaka uzwi nka “Ingabire Day” ukunze gutegurwa mu rwego rwo kuzirikana imfungwa za politiki n’abandi bahohoterwa bazira ibitekerezo byabo mu Rwanda.

Impamvu Rusesabagina atajuriye yamenyekanye

Abayoboke ba DALFA-Umurinzi bazize igitabo kitwa: “Uko Bakuraho Ubutegetsi bw’Igitugu Hadakoreshejwe Intwaro”

$
0
0

Umunyapolitike utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda Ingabire Umuhoza Victoire aravuga ko ibyo inzego z’iperereza mu Rwanda zirega abayoboke b’ishyaka rye DALFA- Umurinzi ritaremerwa n’amategeko bidashoboka.

Kuri uyu wa Kane, urwego rushinzwe ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwatumije uyu munyapolitike gutanga ibisobanuro bifitanye isano n’ifungwa rya bamwe mu bayoboke be, bafatanywe n’umunyamakuru Theoneste Nsengimana uyobora ikinyamakuru Umubavu TV gikorera kuri Murandasi.

Ingabire Victoire yabwiye Ijwi ry’Amerika ko ibyaha yabajijwe na RIB, byo kuba abayoboke be barafatiwe mu bikorwa bigamije guhirika ubutegetsi buriho batabishobora avuga ko nta ntwaro bagira.

Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda ruvuga ko abafashwe baba barakoze amahugurwa ashingiye ku gitabo cyitwa ‘Uko Bakuraho Ubutegetsi bw’Igitugu Hadakoreshejwe Intwaro’, nkuko Ingabire Victoire yabitangarije ijwi ry’Amerika.

Ingabire yasobanuye ko abafashwe bose uko ari 6 bafashwe mbere y’umunsi umwe ngo bizihizwe umunsi witiriwe Ingabire Day. Uyu munsi washyizweho n’abamushyigikiye mu 2016 ugamije kugira ngo bajye bamuzirikana. Avuga ko uyu munsi usanzwe wizihizwa, kandi ntawe ubangamira.

Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha mu Rwanda RIB, ruherutse kubwira Ijwi ry’Amerika ko abo batawe muri yombi taliki ya 13 uku kwezi uko ari 6 bakurikiranyweho gutangaza amakuru y’ibihuha agamijwe gukurura inzangano no guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda bakoresheje imbuga nkoranyambaga.

Ingabire Victoire we yarabajijwe asubira iwe, azongera kwitaba ubugenzacyaha ku wa mbere.

Kurikira inkuru irambuye mu majwi hano hepfo.


Kwinjira kwa RDF muri Congo gukomeje guteza impaka muri Congo

$
0
0

Abanyapolitike, abashakashatsi n’impuguke muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo barasaba ubutegetsi gukora ibishoboka byose bukarinda ubusugire bw’igihugu, bugashyiraho ingamba zizatuma nta gisirikare cy’ikinyamahanga kizongera kuvogera Kongo ukundi.

Ni nyuma yuko habayeho ugukozanyaho hagati y’ingabo za Kongo n’iz’u Rwanda. Leta ya Kongo yo igashimangira ko nta gikuba cyacitse

Umukobwa wa Rusesabagina yagize icyo avuga ku bujurire bw’ubushinjacyaha bw’u Rwanda

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwajuririye igihano cyahawe Rusesabagina, umukobwa we Carine Kanimba ati “Byongeye kugaragaza ko ari urubanza rwa Politike.”

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko tariki 20/10/2021 bwatanze ubujurire ku mwanzuro w’urukiko mu rubanza rurimo Paul Rusesabagina hamwe n’abandi 20 barezwe hamwe na we.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Mpuzamahanga y’u Bufaransa ‘RFI’ Carine Kanimba Kanimba, umukobwa wa Bwana Paul Rusesabagina, yagize icyo avuga kuri ubu bujurire.

Ati “Byongeye kugaragaza ko ari urubanza rwa politike, igifungo cy’imyaka 25 ni igifungo cya burundu kuri Data. Kujuririra igihano yahawe ni ibigaragagaza ko uru rubanza ari urubanza rwa politike.”

Akomeza avuga ko Se yimwe uburenganzira bwo gusoma umwanzuro w’amapaji 250 wasomwe ku itariki ya 20 y’ukwezi kwa cyenda kugeza hasigaye iminsi micye ku itariki ntarengwa y’ubujurire.

Ubushinjacyaha ntibwanyunzwe n’ibihano byatanzwe

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwabwiye bimwe mu binyamakuru bibogamiye kuri Leta ya Kigali ko ‘Butanyuzwe’.

Inkuru yatangajwe n’Ikinyamakuru ‘Ab world news’ ivuga ko Umushinjacyaha mukuru Aimable Havugiyaremye yabwiye abanyamakuru ko ubushinjacyaha “butanyuzwe’ n’ibihano byahawe bamwe mu baregwa, ariko bushima ko nta wagizwe umwere.

Akomeza avuga ko Abashinjacyaha bari basabye igihano cy’igifungo cya burundu kuri Bwana Rusesabagina washinjwaga gushyigikira umutwe w’inyeshyamba no kugaba ibitero byahitanye abantu mu Rwanda mu 2018 na 2019.

Rusesabagina yashimiwe kuba yararokoye ubuzima bw’abarenga 1,200 mu gihe cya jenoside yo mu Rwanda mu 1994, kandi ibikorwa bye byashingiweho filime yiswe ‘Hotel Rwanda’.

Nyuma yaje kuba icyamamare mu kwamagana umuyobozi w’umunyagitugu perezida Kagame maze ava mu Rwanda mu 1996, aba mu Bubiligi hanyuma muri Amerika.

Yatawe muri yombi muri Kanama 2020, ubwo indege yizeraga ko yerekezaga mu Burundi yagwaga i Kigali. Umuryango we uvuga ko Rusesabagina yashimuswe kandi banze ibirego icyenda bamushinja, bakavuga ko byahimbwe na leta y’u Rwanda imuziza ibitekerezo bye byamagana ubutegetsi bwa Kagame.

Yamaze guhabwa igihano cy’ubuzima bwose’

Yaba we cyangwa abamwunganira ntibari mu rukiko muri Nzeri, ubwo yakatirwaga igifungo cy’imyaka 25, abo baregwa hamwe bakatiwe ibihano biri hagati y’imyaka itatu na 20.

Amerika n’Ububiligi byombi byagaragaje impungenge z’uko Rusesabagina atahawe ubutabera.

Guverinoma ya Kagame yashinje Rusesabagina kuba mu mutwe wa National Liberation Front (FLN), umutwe w’inyeshyamba washinjwaga ibitero by’imbunda, grenade ndetse no gutwika muri 2018 na 2019 byahitanye abantu icyenda.

Rusesabagina yahakanye ko nta ruhare yagize muri ibyo bitero, ariko ni we washinze umuryango uharanira inyungu z’u Rwanda uharanira demokarasi (MRCD).

Kagame yumvikanye kenshi avuga Rusesabagina atari mu maboko y’ubutabera kubera izina rye ahubwo ko ur’ukubera “ibikorwa bye”

Kagame ayoboye guverinoma yiganjemo abo mu bwoko bw’abatutsi kuva ingabo ze zafata ubutegetsi mu Rwanda mu 1994. Ariko yakunze kwamaganwa kubera ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu no kwibasira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.

Mu cyumweru gishize bapolisi yatangaje ko yataye muri yombi abantu benshi barimo abayoboke b’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ‘Dalfa -Umurinzi’ ndetse n’umunyamakuru Théoneste Nsengimana nyiri umuyoboro wa YouTube uzwi cyane witwa Umubavu TV bashinjwa gukwirakwiza ibihuha bigamije kwangisha rubanda ubutegetsi.

Umuyobozi wa Human Rights Watch muri Afurika yo hagati, Lewis Mudge, yahamagariye abafatanyabikorwa mpuzamahanga b’u Rwanda gushyira igitutu ku butegetsi bwa Kigali bukarekura aba batawe muri yombi.

Abafatanywe na Kizito Mihigo umwe yakatiwe imyaka 5 abandi bararekurwa.

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Ndikumana Jean Bosco wari umukozi wa Kizito Mihigo gufungwa imyaka itanu n’amezi atandatu, Ngayabahiga Joël wagombaga kwerekana inzira banyuramo bajya mu Gihugu cy’u Burundi akatirwa gufungwa amezi atatu, Harerimana Innocent wabatwaye we yagizwe umwere.

Bose batawe muri yombi muri Gashyantare 2020 baregwa gushaka gutorokesha Nyakwigendera Kizito Mihigo, bagaragaye imbere y’ubutabera bwa mbere nyuma y’amezi 20 rubanda itazi niba bagihumeka umwuka w’abazima.

Bamwe mu bitabiriye isomwa ry’uru rubanza ruregwamo Ngayabahiga Joel, Harerimana Innocent n’uwari umukozi wo mu rugo kwa Kizito Mihigo Nkundimana Jean Bosco, ryabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 22/10/2021, bavuze ko uwahoze ari umukozi wa Kizito yarenganye.

Umwe mu bo twaganiriye nyuma wifuje ko amazina ye agirwa ibanga yagize ati “ Kuba we na bagenzi be barafunzwe igihe kirekire batagezwa imbere y’ubutabera, kuba ibyaha baregwa byaragiye bihindagurika no kuba umucamanza yarirengagije ibimenyetso byatanzwe n’ababunganira mu mategeko byose bigaragaza ko uru rubanza rutaciwe mu mucyo, iyo rucibwa mu mucyo bose bari kugirwa abere.”

Undi nawe ati “Niba warakurikiye uriya mukino wowe ubona ibyaha bariya bahungu bashinjwa atari ibihimbano? Ikigaragara ni ugushaka kubabaza umuryango wa Nyakwigendera n’abamukunda bose bagarura izina rye mu bintu nk’ibi by’akarengane. Ese ubundi niki kitwemeza ko nyakwigendera yafatiwe hariya? Njye mbona barahamujyanye barangiza bakahamufotorera.”

Ubwo baheruka kugezwa imbere y’ubutabera Tariki 12/10/2021, ubushinjacyaha bwabashinjaga icyaha cyo gutanga ruswa, n’icyaha cyo kuba icyitso cyo kwambuka cyangwa kwambutsa abaca ahantu hatemewe n’amategeko, bukabasabira guhabwa igihano gisumbye ibindi kuri buri cyaha ngo nta mpamvu nyoroshyacyaha bwabonaga zashingirwaho bagabanyirizwa ibihano.

Harerimana Innocent wagizwe umwere, mu kwiregura kwe yari yavuze ko yari yahawe akazi ko kubatwara bamubwira ko bagiye mu gitaramo i Nyaruguru.

Umucamanza yavuze ko nta bimenyetso bifatika byerekana ko Harerimana yari azi uwo mugambi, bityo ari umwere ku byaha byose yashinjwaga.

Ngayabahiga wagombaga kwerekana inzira we yaregwaga ibyaha bibiri birimo kuba icyitso cyo kwambuka baciye ahantu hatemewe n’amategeko n’icyo kuba icyitso ku cyaha cyo gutanga ruswa.

Urukiko rwamuhamije icyaha kuba icyitso, agirwa  umwere ku cyaha cyo gutanga ruswa kuko ngo habuze ibimenyetso, akatirwa gufungwa amezi atandatu nayo yaje kugabanywamo atatu ngo hashingiwe ku kuba ataragoye ubutabera.

Bityo hashingiwe ku gihe amaze afunze, umucamanza yategetse ko ahita arekurwa.

Umucamanza yavuze ko Ndikumana we gufungwa imyaka irindwi, akanatanga ihazabu ya miliyoni ebyiri n’ibihumbi 940 Frw nk’igihano kiremereye ariko bitewe no kuba icyaha yakoze nta ngaruka mbi cyateje, bamukatiye gufungwa imyaka itanu n’amezi atandatu n’ihazabu ya miliyoni imwe n’ibihumbi 764.

Urukiko rwategetse ko igarama ry’urubanza n’amafaranga yafatiriwe byose biguma mu isanduku ya Leta nk’uko biteganywa n’amategeko.

Ese hari umwiza kurusha undi?

$
0
0

Politiki yo gutungana intoki hari ikindi yaba yaramariye Abanyarwanda, uretse kubakururamo inzangano z’urudashira?

Yanditswe na Valentin Akayezu Muhumuza

Hashize igihe gito, nsomye inyandiko yagayaga amagambo bivugwa ko ngo Dr Rudasingwa Theogène yaba yaravuze kuri Rusesabagina. Ibi nanone nongeye mbihuza n’amagambo mperutse kubwirwa kubera ikiganiro nakoze nsesengura ibyo itegeko Nshinga rivuga ku byerekeye kwiyamamaza kwa Perezida Paul Kagame nyuma y’uko azaba ashoje mandat ye mu mwaka wa 2024. Hakaba hari bamwe mu banyoherereje ubutumwa bambwira ko nakoze ishyano ntagombaga kuvuga kuri Perezida kandi ntacyo ndicyo!!!

Izo ngero zombi zatumye nibaza, niba Abanyarwanda bari babasha gusobanukirwa mu by’ukuri, icyo umunyapolitiki aricyo?! Hano ntabwo ngamije gusobanuro icyo umunyapolitiki bivuze, nyamara nshingiye mu myumvire ya Kinyarwanda, umuntu aba umunyapolitiki iyo avuga ibihuye n’uruhande duherereyemo. Kubw’umunyarwanda, kirazira kunenga umunyapolitiki ukora kandi akavuga ibyo dushaka, kabone n’ubwo byaba atari ukuri cg bidakwiye!!

Kubwa benshi, Dr Theogène Rudasingwa yakoze icyaha gikomeye kuba afite ibyo anenga Paul Rusesabagina. Muri ya myumvire y’abanyarwanda, mbere y’uko Paul Rusesabagina aba umugabo wakoze ibikorwa by’indashyikirwa hakaba hari abantu bagera ku 1200 babashije kurokokera muri Hoteli yari ashinzwe kuyobora,. Arabanza akaba “Umuhutu”. Bityo, umugabo nka Dr Rudasingwa Theogène uzagira ibyo anenga cyangwa atemeranya na Rusesabagina mu mikorere ye, azahita afatwa nk’Umututsi wavuye I Bugande utemera ko Umuhutu yagira agaciro!!! Ariko se koko nuko Rusesabagina adafite ibyo yanengwa? Niba bihari se, kuki bigomba gucecekwa?! Nkanjye ku giti cyanjye, sinjya nemera amahitamo yakoze yo kuva mu muhamagaro we w’Umutabazi(Humanitaire/Humanitarian) akajya gukora politiki ifite umurongo wo gukemura ibibazo hifashishijwe ingufu za gisirikare. Ku bwanjye, mbona ayo mahitamo yakoze atariyo. Nonese kuki Dr Rudasingwa niba afite ibyo amunenga (kugeza ubu atarigera asobanura), yabizira? Kuba yaravuze ko aho kugirango Rusesabagina ayobore Igihugu, FPR yagumana ubutegetsi, ibyo bihinduka impamvu y’uko umuntu ahita yitwa umuhezanguni udashaka ubutegetsi bw’Abahutu?

Kugeza ubu abakora Politiki bose, baba bari mu Rwanda cyangwa hanze yarwo, hari umurongo birengagiza. Gushyiraho umurongo w’imitekekerereze ituma hubakwa Igihugu giha ikizere buri Munyarwanda.(Trust-building for Nation-building). Ntabwo rero bizigera bitanganza ko Abanyarwanda, mbere yo kwibona mu Rwanda rubahuje, bazabanza bibone mu matsinda bakomokamo kuko niyo abaha ikizere cyo kubaho kurusha uko Igihugu kibaha ikizere cyo kwizera ko ubusugire bwabo burinzwe.

Nagerageje gukurikirana ubuhamya bw’imibereho y’umunyapolitiki Dr Rudasingwa Theogène nyuma yaho aviriye mu buyobozi bw’U Rwanda ndetse n’urugendo rw’Impinduka(individual and spiritual transformation) yakoze, nsanga I Rwanda ruramutse rugize amahirwe yo kugira abanyapolitiki nkawe bagira urugendo nk’urwe rushingiye mu mitekerereze n’imyizerere iboneye, Rwanda rwagira ikizere cyo kuyoborwa n’abantu bazima bakize ibikomere by’amateka bityo babasha komora n’abandi.

N’ubwo buri wese afite uburenganzira bwo kubona ibintu uko abyifuza, ariko hari icyo ahantu bakagombye kujya bibuka: agatotsi cg igitotsi tubona mu migirire y’abandi, gikomoka ku mugogo uri mu maso utuma benshi batareba ngo babashe gusesengura ukuri gukwiye. Gutunga intoki kwa hato na hato, bituruka ku marangamutima, umujinya w’amateka, cg ibikomere bitashoboye komorwa.

Nkomeje gufatira urugero, ku mabuye aterwa Dr Rudasingwa Theogene, icyo mbona ni uko hadakwiye gutindwa ku byo yavuze, ahubwo hakwiye kurebwa mu bushishozi impamvu zabimuteye noneho ahantu bakaba arizo batindaho bazishakira igisubizo. Nyamara igisubizo nticyaboneka igihe cyose nta bushake bwo gutega amatwi buhari. Twirinde Inkiko z’amarangamutima, kuko iyo migirire irica, ntikiza.

Ikindi abantu bagomba kumenya, ni uko kurwanya FPR bitagomba gushingira kuri “Politique de harcelement moral et du tribalisme”!! Hari slogan iri hanze aha igira iti “Inkotanyi ntituzazikumbura”. Iyo umuntu afashe umwanya agatekereza kuri iyo slogan, ahita abona kwibeshya gukomeye cyane ku kibazo cy’U Rwanda kuri bamwe mu banyarwanda baba abanyapolitiki cg abatari abanyapolitiki. Ntabwo ikibazo cy’U Rwanda ari FPR Inkotanyi, ikibazo cy’U Rwanda ni umurage mubi w’imiyoberere, noneho buri butegetsi buje bwakira ibibazo ndengakamere busigirwa n’ubwo busimbuye noneho kubera bya bikomere bitomorwa, bigatuma abategetsi bashya nabo bahitamo gutegekesha agacinyizo kubera umubabaro n’agahinda. “Tous ceux qui nous dirigent, ou nous ont dirigé, sont les produits de l’injustice”. Nkunze gukoresha amagambo avuga ngo “Les victimes d’hier sont les bourreaux d’aujourd’hui et les bourreaux d’hier sont les victimes d’aujourd’hui”.

Abanyarwanda bakwiye guharanira ko Igihugu kigira abayobozi bomowe ibikomere basigiwe n’amateka. Igihe cyo gutegura u Rwanda rero rutubakiye ku nkovu mbisi cg ibikomere bibisi, n’iki ngiki. Slogan yo “Kutazakumbura Inkotanyi” ikwiye gusimbuzwa, slogan yo kwanga no kurwanya imiyoborere mibi aho iva ikagera. Abanyapolitiki by’abanyarwanda bari hanze yarwo, bakwiye kwibuka ko gukora politiki zicamo Abanyarwanda ibice, ari ugukora politiki y’urupfu(Politique de la Mort). Nta muntu ushyira mu gaciro ushobora guhitamo gukurikira uwo murongo. Ni ngombwa gutekereza ko mu Rwanda huzuyemo Abanyarwanda benshi b’inyangamugayo kandi bibona neza muri FPR.

Niba rero umunyapolitiki azanye umurongo wo kurema ibice werekana ko utazakumbura aba na bariya. ESE ubwo abanga FPR bafashe Igihugu, abo bantu bayibonamo babakoresha iki? Bazira se ko bikundiraga FPR? Ntabwo hano ngamije kugira abo mvugira cg abo nibasira, intego yanjye ni ukwibutsa ko igikwiye gushyirwa imbere, ari ukubaka Igihugu kigendera ku mategeko, aho buri munyarwanda wese abaho yisanzuye mu buryo amategeko yagennye Kandi hakabaho Inzego zifite ubushobozi bwo kumurengera igihe habonetse impamvu iyo ariyo yose igamije kumuvutsa ubwisanzure yemererwa n’amategeko. Ibyo bishobotse, U Rwanda rwaba Igihugu cy’Ihumure, buri munyarwanda wese yishimiye kubamo.

Iyo witegereje politiki ikorerwa hanze y’U Rwanda, ubona ko hari abibwira ko basobanukiwe ishusho y’imibereho, imitekerereze n’imyumvire by’abanyarwanda bari imbere mu gihugu kurusha uko ba nyiri ubwite bayizi. Ikosa rya mbere rikorwa ni ukumva abari hanze y’igihugu, bazi agahinda kabari imbere mu gihugu kurusha uko bo bazi ibyo babamo umunsi ku wundi, bityo hakabaho kwibeshya ko bafite ibisubizo by’ibibazo byabo kurusha uko bo batekereza kwimenyera ibisubizo bibakwiriye.

Ikindi gikomeye, ni uko kuryana , gushihagurana, gusebanya no gutukana byuzuye mu barwanya ubutegetsi bari hanze, ari impamvu yuzuye ituma benshi mu bari imbere mu gihugu badashobora guha “credibilité” abitwa ko bashaka kubarengera bari hanze. Ikintu cyakora abarwanya FPR bayikorera, ni ukuyorohereza akazi. Kuko ntigikeneye abaza kwirirwa bahanganye n’abayirwanya ku mbuga nkoranyambaga, kuko abo bayirwanya bo ubwabo birwanya hagati yabo.

Imyumvire yo kuba hari abumva ko bafite la “superiorité de l’integrité morale” kurenza abandi nicyo kibazo. Lunettes za opposition zirirwa zihiga umwanzi utari we, zigasigana ubusembwa ngo aha ni ugukubitira ikinyoma ahakubuye ni ibindi!! Iminsi maze nitegereza uburyo gukubura ikibuga biri kugenda, ahubwo umuntu yavuga ko umukungugu urushaho kwiyongera ugatumukira buri wese.

Ndabizi ko ibi nanditse, benshi bagiye kunyuzuzaho amabuye, ariko birakwiye “ko dukebura, twikebuka”. Njye icyo mbona ni imbaraga z’amarangamutima y’urwikekwe yamaze kurenga banyirayo hakaba nta bushobozi bwo kuyagenzura buhari. Gusa ufite Ubwoba bwo kugambanirwa, akomeze yirinde uko ushoboye. Ariko, ibintu nibikomeza uko bimeze, FPR iracyafite imyaka myinshi yidagadura ku butegetsi ntakiyikanga. Abahanganye nayo ubushobozi bafite ni bumwe gusa: gukomeza kuryana hagati yabo.

Ibyo nanditse uwo bikomeretsa yihangane, kuko ndakebura nanjye nikebura. Uru rugamba turiho nta miseke igoroye numwe uhari. Kandi mu matandukaniro yacu twese, icyo duhuriyeho ni ugukunda u Rwanda. Igicantege gikomeye kikaba ko buri ruhande rwifuza kuba muri urwo Rwanda rwonyine, urundi rudahari. Kubera iyo mpamvu, urugamba ruzamera nka rwa rugendo rwa Abisirayeli bamaze imyaka 40 bazenguruka mu butayu, bakajya bajya iyo bari bavuye. Aho bashiriye impumu, bicara hasi baza kubona ko burya hari inzira bari kunyuramo bakagera mu gihugu cy’isezerano mu minsi 11 numwe gusa.
Banyarwanda, dushire impumu inzira izatubera ngufi kugera mu Rwanda ruhumuriza kandi rugahumurira buri wese.

RIB yaranzwe no gupapira ubwo yabazaga Ingabire Victoire: Ese we ashijwa iki?

$
0
0

Yanditswe na Arnold Gakuba

Nk’uko bitangazwa na Radiyo “Ijwi ry’Amerika“, Ingabire Victoire washinze Ishyaka Dalfa- Umurinzi ritaremerwa na Leta y’u Rwanda yitabye Urwego rw’Ubushinjacyaha RIB kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Ukwakira 2021. Ese ni iki cyatumye Ingabire Victoire ahamagazwa na RIB? Yaba nawe yaba hari ibyaha akurikiranweho?

Mu makuru ya Radiyo “Ijwi ry’Amerika” yo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Ukwakira 2021, Ingabire Victoire Umuhoza yasobanuye impamvu nyamukuru yatumye ahamagarwa n’Urwego rw’Ubushinjacyaha RIB. Ingabire Victoire Umuhoza yatangarije iyo radiyo ko yitabye RIB kubera ibyaha by’abayoboke be baherutse gutabwa muri yombi ku ya 13 Ukwakira 2021 n’igipolisi cy’u Rwanda hamwe n’umunyamakuru wa Umubavu TV Theoneste Nsengimana, ubu bakaba bafunzwe. 

Mu byo Ingabire Victoire yabajijwe na RIB harimo ko haba bari amahugurwa abayoboke be bafashwe bagafungwa bakoze ashingiye ku gitabo cyitwa “Uko bakuraho ubutegetsi bw’igitugu hadakoreshejwe intwaro” ndetse n’ibijyanye n’umunsi wiswe “Ingabire Day” (Umunsi wa Ingabire). Aha twakwibaza impamvu kuba abo bayoboke bahabwa ayo mahugurwa, niba Koko yaranabaye, byafatwa nk’icyaha niba Leta ya Kigali idakoresha igitugu nk’uko ikunda kubivuga? Uretse ko n’ubundi kuba bahabwa ayo mahugurwa nta kosa ririmo cyane ko ibyo binigishwa mu mashuri atandukanye.

Ingabire Victoire Umuhoza avuga ko Urwego rw’Ubushinjacyaha RIB rwashatse guhuza ayo mahugurwa abayoboke be baba barakoze, n’ubwo atemeza neza ko yabaye, n’uriya munsi wa “Ingabire Day“, rwemeza ko kuri uwo munsi hari gahunda yo kubyutsa imidugararo mu gihugu hagamijwe gukuraho ubutegetsi. 

Ingabire Victoire Umuhoza atangaza ko ibyaha yabwiwe na RIB biremereye cyane. Avuga ko yibaza uko abantu barindwi badafite n’ibuye bagerageza gukuraho ubutegetsi kuri uriya munsi wa “Ingabire Day“. We ariko yagerageje kwereka RIB ko yahuje ibidahura kuko atemeza ko ayo mahugurwa yabayeho. Ikindi yibaza ni ukuntu abantu barindwi bagira gahunda yo gukuraho ubutegetsi badakoresheje intwaro, mu gihugu nk’u Rwanda gifite imbaraga za gisirikare buri wese azi.  Yemeza rwose ko ibyo RIB yamubajije ari ugupapira, ari ibintu bidafatika na gato. 

Hagati aho, umuvuguzu wa RIB Murangira Thierry yasobanuye ibyaha abantu batanu b’Ishyaka Dalfa-Umurunzi n’umunyamakuru Theoneste Nsengimana batawe muri yombi bakurikiranyweho. Ibyo byaha harimo gutangaza amakuru y’ibihuha agamije guteza imvururu n’imidugararo no gukurura inzangano muri rubanda bakoresheje imbuga nkoranyambaga zitandukanye. Umuvugizi wa RIB avuga ko bakurikiranyweho ibyaha bitatu igito gihanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itatu n’itanu igikuru kigahanishwa hagati y’imyaka icumi (10) na cumi n’itanu (15). Aha naho harimo urujijo rw’uko abayoboke ba Dalfa-Umurunzi baba barakoresheje imbuga nkoranyambaga. 

Ingabire Victoire Umuhoza yasobanuye ko abafashwe bose uko ari batandatu batawe muri yombi habura umunsi umwe gusa ngo hizihizwe umunsi witiriwe “Ingabire Day“. Ibi bikaba bisanzwe bikorwa n’ubutegetsi bwa Paul Kagame kuko budashaka ko hagira abahura ngo baganire. Buba bukeka ko barimo gutegura kubukuraho, ubwoba buterwa b’ibibi bukora. Nyamara ariko siko byari biri kuko Ingabire Victoire  yasobanuye ko uyu munsi washyizweho mu mwaka wa 2016 ubwo yari afunzwe, hagamijwe kujya hazirikanwa buri mwaka abanyapolitiki bafungwa bazira ibitekerezo byabo. Yongeyeho ko uyu munsi usanzwe wizihizwa kandi ko ntawe ubangamira.

Ingabire Victoire asobanura iby’umunsi wa “Ingabire Day” kandi yavuze ko ari umunsi wo gutekereza, aho avuga ko kugeza ubu hari abarwanashyaka be bafunzwe n’abando banyapolitiki barimo Déo Mushaidi, bikaba ari ngombwa ko bagomba kwibukwa no gukomeza kwibutsa ko bafungiwe ibitekerezo byabo byo guharanira kubaka igihugu kigendera kuri demokarasi, kandi nawe akaba aricyo yafungiwe.

Urwego rw’Ubushinjacyaja RIB rwamubwiye ko amashusho yagombaga gukoreshwa ngo yari ayo guteza imvururu mu gihugu. Nyamara ariko Ingabire Victoire yababwiye ko atari byo, ahubwo avuga ko hari abanyarwanda benshi baraswa nta mpamvu kandi ko bitanakwiye, dore ko n’igihano cy’urupfu cyakuwe mu bihano bitangwa mu Rwanda. Ingabire ati “Birababaje kubona turi mu gihugu umuyobozi yumva ko umuturage agomba kuyobozwa inkoni“. Akaba yemeza ko ibyo bintu bigomba gucika, ko we n’abayoboke be aribyo baharanira.

Ingabire Victoire yasubiye iwe nyuma yo guhatwa ibibazo by’uruhuri n’Urwego rw’Ubushinjacyaha RIB. Ibi ngo bikaba byamuhaye icyizere ko n’abafunzwe nabo bazafungurwa. Ese mama aho ntiyibeshya? Ingabire Victoire Umuhoza arangiza asaba ko urwikekwe rutagombye kubaho mu Rwanda. Aribaza ukuntu gusoma igitabo byavamo icyaha. Nyamara ariko ngo dosiye y’abatawe muri yombi yamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha nk’uko bitangazwa n’Umuvugizi wa RIB, Murangira Thierry.

ISPG yemerewe gufungura igacungwa n’Akarere ka Ruhango

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Kaminuza y’Ababyeyi b’Abadiventiste ba Gitwe yongeye kwemererwa gufungura imiryango, ariko noneho imikorere yayo n’icungamutungo bikazakurikiranirwa hafi n’Akarere ka Ruhango.

Ni icyemezo gitangajwe n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe amashuri makuru na na Kaminuza, nyuma ya raporo y’igenzura rwashyikirijwe n’Akarere ka Ruhango.

Ibibazo by’iyi Kaminuza yigenga, byatangiye kuzamuka cyane mu myaka irindwi ishize, kuva 2014 ubwo yakorerwaga igenzura rihoraho, ubundi ikaregwa amakosa mato mato atarangira, ariko ahanini bikaba bitari bishingiye ku ntege nke z’ikigo nyirizina, ahubwo byari mu mugambi wo kunaniza no kuburabuza Mzee Urayeneza Gerard wayishinze.

Kaminuza ya Gitwe ni imwe mu zifite ibikoresho byiza, bishya, byinshi kandi bigezweho mu Rwanda, ariko kuba Urayeneza yarangaga kuyishyira mu biganza by’abashakaga kuyishimuta, byatumaga ahorana ibibazo na Muvunyi wayoboraga Inama y’Amashuri Makuru na za Kaminuza.

Mu kwezi kwa Werurwe 2017 iyi Kaminuza yahagarikiwe amashami y’Ubuvuzi n’Ubuforomo, muri Mutarama 2019 afungwa burundu. Mu gihe yafungirwaga amashami y’Ubuvuzi hari hariho inkundura yo kurega iyi Kaminuza gutwara abanyeshuri b’izindi zayibanjirije zirimo iya KHI i Kigali, na UR i Butare. Cyakora muri raporo y’Ubugenzuzi ya HEC bavugaga ko idafite abarimu bahagije n’ibikoresho bihagije.

Kaminuza yafunzwe yose mbere gato y’umwaduko wa Covid-19, kimwe mu byashingiweho kikaba imyenda myinshi n’ibirarane ku mishahara y’abakozi.

Muri Gicirasi 2021, Guverineri Kayitesi Alice uyobora Intara y’Amajyepfo yavuze ko Kaminuza ya Gitwe itakwemererwa kongera gukora itarishyura miliyoni 216 z’imyenda.

Kaminuza ya Gitwe yongeye gufungurwa iri mu biganza by’Akarere ka Ruhango iherereyemo, ni nako kabitangaje ku mugaragaro nyuma y’itangazo ry’Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na za Kaminuza mu Rwanda.

Mu gihe nta kintu na kimwe kiratangazwa n’Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Gitwe, Akarere ka Ruhango katanze ikaze ku banyeshuri, n’abandi bifuza kuyigana.

Hagati aho itangazo rifungurira Kaminuza ya Gitwe ntirisobanura neza niba ifungurwa yose uko yakabaye, cyangwa ni ari amashami amwe n’amwe.

Itangazo rifungurira imiryango Kaminuza ya Gitwe, ntirisobanura kandi impamvu ryakoreshejwemo inyito ya kera ISPG (Institute Supérieur Pédagogique de Gitwe), mu gihe yafunzwe yitwa Kaminuza ya Gitwe (University of Gitwe)

Umuyobozi wa RIB agiye mu biganiro na Mme Ingabire Victoire /Umva ni ibyo bamukekaho?


Rutaremara yamunzwe nivanguramoko/Musabye gusiba ibigambo yanditse kuri Tweeter: Rachid

RIB ntigakinishe abantu: Victoire Ingabire

Rashid nta bwoba afite bwo kwitaba RIB / Ibyo navuze nabihagararaho: Rashid

INZIRA RPF INKOTANYI YANYUZEMO IJYA I KIGALI, NTABWO ARI UMWIHARIKO WAYO

RIB urwego rwa Leta rukoreshwa n’Intore zo kuri Twitter rwongeye guhamagaza Rashid

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Umunyapolitike utavuga rumwe na Leta ya Kigali, Hakuzimana Abdou Rashid yongeye guhamazwa na RIB nyuma y’ubusabe bw’intore zo kuri twitter zimaze iminsi zisizora zisaba ko atabwa muri yombi.  

Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha mu Rwanda ‘RIB’ rwahamagaje Umunyapolitike Hakuzimana Abdou Rashid, kuzitaba ku biro bikuru by’uru rwego tariki ya 27/10/2021.

Uyu mugabo ahagamagajwe nyuma y’induru yavugijwe n’intore zo kuri twitter zirangajwe imbere na kabuhariwe mu kubiba ivangura n’amacakubiri mu Banyarwanda, Tom Ndahiro.

Guhera hagati muri uku kwezi kwa 10, kuri twitter hatangijwe icyo bise ‘Arrest Rashid’ basaba RIB ubutitsa guta muri yombi Hakuzimana Rashid bakamushinja ibyaha bitandukanye.

Tom hari aho yanditse ati “Inyigisho za PARMEHUTU zagarutse mu kanwa ka Rashid. Ni umuzimu wa Barayagwiza, Bikindi, Gitera n’abandi. Inyigisho ni uko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari icyaha.”

Yarongeye arandika ngo “Rashid n’inyigisho ze ni ibinyoma n’ubugome byunganirwa n’ubugoryi. Abamuha agaciro bakwiye kwireba bakisubiraho kuko ni ukwisuzugura.”

“Ibi birababaje kandi birareba Abanyarwanda bose batari mu murongo wa MRND/CDR/Hutu-power n’ibyayikomotseho nka FDLR, FDU INKINGI, Dalfa Umurinzi na YouTube channel zabo. Dutabaje: 

@UrugwiroVillage @SenateofRwanda @Rwanda_Justice @ProsecutionRw @RwandaRemembers @RIB_Rw.”

Intore kabombo, Bamporiki Edouard wigeze kuba umudepite kuri ubu akaba ari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Sport

Nawe ati “Biraza kutunanira kurera abarogwa, niba ababaroga bigaramiye. Uyu Rashid niyihane cg ahanwe! Setu. Urwanda rwemye.”

Kimwe mu binyamakuru bizwiho kuba umuzindaro wa Leta ya Kigali tariki 24 Ukwakira 2021 cyanditse inkuru igira iti RIB yanenzwe kudakurikirana Hakuzimana ushinjwa gupfobya Jenoside, bamwe bati “ikwiye kuregwa” umwe mu basesenguzi mu bya politike yo mu Karere k’Ibiyaga bigari, utifuje ko dutangaza amazina ye yavuze ko iyi nyandiko imeze nk’impuruza yuzuyemo urwango ndengakamere yari ifite ikindi ihatse.

Yagize ati “Iriya si inkuru inenga ahubwo ni inyandiko ishinja hagamijwe gucisha Rashid umutwe. Bariya bose birirwa bavuza induru banenga RIB bayisaba guta muri yombi Rashid njye sinjya mbatandukanya na babandi bajyaga bavuza induru ngo nguriya kanaka aho yihishe, abandi bagashinja abandi ibinyoma muri gacaca.”

Tariki ya Gatatu Nzeri 2021, Abdul Rashid Hakuzimana yitabye urwego RIB, nyuma yo kumutumaho inshuro enye, rimwe bamuhamagaye kuri telephone yanga kwitaba, hari n’ubwo bamuhaye ubutumire bwuzuyemo amakosa nabwo yanga kubitaba.

Kera kabaye ariko yaje kwitaba, amara amasaha arenga ane ‘aganirizwa’. Icyo gihe, uyu munyapolitike yabwiye Umunyamakuru ko yaganirijwe neza. Ati “Ntabwo bambujije kwisanzura ahubwo banganirije neza kuva saa tatu kugera hafi saa munani. Ubu ndananiwe ariko nimara kuruhuka nzakora ikiganiro kigufi kuri Rashid Tv mbashimire.” Icyo gihe ngo RIB yamubujijwe gukora ibiganiro bivuga kuri jenoside.

Ushingiye ku byabaye kuri Karasira Aimable ndetse na Idamange Iryamugwiza Yvonne, basabiwe n’intore zo kuri twitter gutabwa muri yombi kandi bikaba, hari impungenge ko Hakuzimana Abdou Rashid nawe ashobora gutabwa muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki 27/10/2021 ubwo azaba yitabye RIB.

Viewing all 10370 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>