Quantcast
Channel: Umunyarwanda
Viewing all 10370 articles
Browse latest View live

Uganda: Hadutse undi mutwe mushya w’inyeshyamba urwanya Leta

$
0
0

Yanditswe na Arnold Gakuba

Amakuru dukesha BBC yo kuri uyu wa 22 Ukuboza 2022, aravuga ko Uganda irimo ihiga umutwe mushya w’inyeshyamba witwa Uganda Coalition for Forces of Change (UCFC), uwo mutwe ngo ukaba ugamije guhirika ubutegetsi bw’icyo gihugu. 

Igipolisi cya Uganda kikaba  kivuga ko uwo mutwe (UCFC) umaze kwica abapolisi bane ba Uganda ukabambura n’imbunda zabo enye nk’uko byanditswe n’ikinyamakuru “The Independent” kuri uyu wa 23 Ukuboza 2021. Abo barwanyi bavuga ko batorejwe Wakiso kandi ko aribo bishe abapolisi i Busunju na Kibogo ku itariki ya 7 n’iya 17 Ukuboza 2021. 

“The Independent” itangaza ko ibimenyetso byerekanye ko abambari b’uwo mutwe ndetse n’abakorana nawo bafite ibirindiro bibiri mu Karere ka Mitiyana ahitwa Wabunyira-Busujju no mu mudugudu  wa Kikandwa. Aha niho bavuye ubwo bicaga abapolisi babiri CPL Okech Alfred na PC Kigongo Moses maze bakabambura n’imbunda zabo. Bakimara gukora icyo gikorwa kigayitse bahise bimurira ibirindiro byabo mu gishanga cyiri mu mudugudu wa Kabusi, Bukuyo, mu Karere ka Kassanda. Aho niho bavuye bagaba igitero, ku ya 17 Ukuboza 2021, kuri polisi ya Nakasozi, bahica abapolisi babiri aribo CPL Nsubuga Francis na SPC Ddimba Paul maze n’abo babambura imbunda. 

Kubera iyo mpamvu, itsinda rya gipolisi cya Uganda ryakoze igikorwa cyo kuhiga abakorana n’izo nyeshyamba zahoze i Mityana, nyuma zikimukira mu Karere ka Kassanda. Igitero cyagabwe ku birindiro byabo mu gishanga gikikije umuhanda wa Kassanda – Kiboga mu mudugudu wa Kabusi, maze bata muri yombi umunani (8) mu barwanyi b’uwo mutwe mushya wa UCFC  kandi bafata n’imbunda 2 ndetse n’amasasu 22 mu Karere ka Kasanda kari ku birometero 102 uvuye ku murwa mukuru wa Uganda-Kampala. Muri bo harimo; Makumbi Mosh alias Engineer, akaba atuye i Wakiso, Lugendo Stuart uzwi ku izina rya Kufateeka, umusore w’imyaka 28, akaba n’umuyobozi wungirije w’akarere ka Wakiso; Mulindwa Julius, umugabo w’imyaka 32, ukomoka mu mudugudu wa Bukerekere, Wakiso; Masembe John Nasif, umusore w’imyaka 28 ukomoka mu karere ka Kassanda; Yamuremire Paul, umusore w’imyaka 19 ukomoka mu Karere ka Kisoro, Ssenyonga Bob Robert, umusore w’imyaka 25 ukomoka mu karere ka Rakai, Nabukenya Topista, umukecuru w’imyaka 50 ukomoka Namayumba, Wakiso, na Matovu Silvester, umusore w’imyaka 21 ukomoka mu mujyi wa Wakiso. 

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ku wa kabiri tariki ya 21 Ukuboza 2021, umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, CP Fred Enanga, yavuze ko abafashwe biyemereye ko uyu mutwe ufite umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Uganda. Nyamara ariko yatangaje ko iperereza rigikorwa kugirango hamenywe abatangije uyu mutwe. Yagize ati: “Bavuga ko batera abapolisi kugirango babambure intwaro kandi babarwanye kuko aribo banzi babo bandi ko babafata nk’inzitizi zibabuza kugera ku mugambi wabo wo guhirika y’ubutegetsi“. 

Umukuru w’igipolisi cya Uganda kandi atangaza ko bafashe na telefoni bakoresha mu guhanahana amakuru, ibyombo bakoresha ndetse n’amahema babamo. Yongeyeho ko uwo mutwe watangiye kugaba ibitero kuri polisi ku itariki ya 10 Ukuboza 2021 kandi ko bamwe muri abo barwanyi bafashwe babatangaje amazina y’ababayobora. Akaba yemeza ko bizabafasha kumenya neza iby’uyu mutwe. Polisi ya Uganda ikaba inashimira abayihaye amakuru kugirango igikorwa cyo guhiga abambari b’umutwe wa UCFC kigende neza.

Ubuyobozi bwa polisi ya Uganda buramenyesha Abanyayuganda bose, ndetse n’abasura Uganda ko igihugu gifite umutekano uhagije. Barizeza buri wese ko inzego z’umutekano zizakomeza kurinda umutekano w’abatuye Uganda ndetse n’ibyabo.

Twibutse ko magingo aya, Uganda isanzwe ifatanije na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bitero byo guhashya inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF zifite ibirindiro mu burasirazuba bwa DR Congo. Izi ngamba zikaba zarafashwe n’ibihugu byombi (Uganda na DR Congo) nyuma y’uko Umutwe wa ADF wigambye kugaba ibitero by’amabombi ku murwa mukuru wa Uganda-Kampala.


ESE KOKO MU RWA GASABO, PRESSURE (IGITUTU) BYABA BIDAKORA(NO IMPACT)?

$
0
0

Yanditswe na Valentin Akayezu

Ubwo Madamu Ingabire Umuhoza Victoire yarekurwaga mu 2018 hashingiwe ku iteka rya Perezida ritanga Imbabazi, havuzwe byinshi birimo ko yaba yararekuwe kubera igitutu cy’amahanga. Ababonaga ibintu bityo bakaba barashingiraga ku bintu bitatu bikurikira:

1) Kuba Urukiko Nyafurika rw’Uburenganzira bwa muntu bwaragaragaje ko ibyaha Madamu Victoire yari akurikiranyweho, ari ibikorwa byari bishingiye ku murimo wa politiki yakoraga. Mu bisanzwe, amategeko mpuzamahanga afata ibyaha bya politiki nk’ibyaha bitagomba gukurikiranywa mu manza mpanabyaha (juridictions pénales) kuko akenshi ibyo byaha biba bihabwa inyito n’ubutegetsi budashaka kwemera icyo itegeko nshinga n’amategeko mpuzamahanga arengera uburenganzira mu bya politiki ateganya.
Aha natanga nk’urugero rw’aho mu Rwanda bakunze gukurikirana abanenga imiyoborere idakwiye y’ubutegetsi ku cyaha cyo gukwirakwiza ibihuha bigamije kwangisha rubanda ubutegetsi. Uretse ko nta nahamwe amategeko y’U Rwanda atanga igisobanuro cyeruye cy’icyo ibihuha bisobanuye, ariko niyo umuntu abirebye yibaza aho imbibi ziri ku burenganzira bw’umunyarwanda, noneho by’umwihariko bw’umunyapolitiki mu kugaragaza ibitekerezo mu bwisanzure ku miyoborere y’igihugu. Akaba ariyo mpamvu usanga abacirwa imanza mu Rwanda kuri icyo cyaha, mu rwego mpuzamahanga bahita bagaragara nk’abantu bakorerwa itotezwa na Leta.
Ariko usanga Leta inakunze kwifashisha inyito z’ibindi byaha bidahuye n’uburenganzira, itegeko nshinga cyangwa amategeko mpuzamahanga ateganya, maze ikabikoresha mu gucecekesha abatavugwa rumwe nayo. Aha naho ndatanga urugero. Mu minsi ishize twabonye Dr Christopher Kayumba aregwa ibyaha ngo byo gusambanya ku ngufu abakobwa, ariko ibigaragara bikaba byarakoreshejwe mu rwego rwo gushaka kumuca intege mu mugambi yari afite wo gutangiza ishyaka rya politiki. Impamvu abantu bashishoza bahita babona ko ibyaha uwo munyapolitiki akurikiranyweho bifitinye isano na politiki ni uko, abavugwa ko yabahohoteye, bagiye bakomeza gukorana nawe hagashira imyaka myinshi batarigeze bagaragaza ikibazo bahuye nacyo, nyamara Dr Kayumba yatangaza umushinga wo gushinga ishyaka, ibyo birego bigahita biboneka. Keretse uwigiza nkana, buri wese ahita abona ko ibyo byaha bicuriwe gushyira iterabwoba kuri Dr Kayumba ngo ave mu bikorwa bye bya politiki. Mu minsi iri mbere, nzagaragaza neza uburyo amategeko mpanabyaha akoreshwa nk’inyundo yo guhonda abo Leta ishaka ikwikiza.
2) Inama imaze gusubikwa inshuro ebyiri ya CHOGM (Commonwealth Heads of Government Meeting). Iyi nama ihuza ibihugu byakoronijwe n’Ubwongereza ndetse n’ibikoresha ururimi rw’icyongereza, yabaye uburyo ku miryango mpuzamahanga itandukanye iharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n’andi majwi y’abanyarwanda batandukanye, mu kugaragaza ko mu gihe cyose ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu ryaba ridahagaze mu Rwanda, byaba ari igisebo gikomeye ku muryango wa Commonwealth mu gihe U Rwanda rwaba rwakiriye inama yawo, ikaruberamo Kandi imitegekere yarwo inyuranya n’amahame uwo muryango ugenderaho.
3)Iyamamazwa n’Itorwa rya Madamu Mushikiwabo Luwiza ku buyobozi bw’umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF). Bisanzwe bizwi ko amwe muhame akomeye uwo muryango ugenderaho harimo iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu n’iterambere rya demukarasi mu bihugu biwugize. Twagiye tubona ibihugu byinshi bihagarikwa by’agateganyo muri uwo muryango kubera kunyuranya n’ayo mahame. Igihe Mushikiwabo yiyamamarizaga umwanya wavuzwe hejuru, amajwi menshi y’abanyarwanda n’abanyamahanga mu byiciro byose, yarabyamaganye agaragaza ko ari igisebo gikomeye kuri uwo muryango cyane cyane ko igihe Mushikiwabo yari Ministri w’ububanyi n’amahanga yagiye arangwa n’imvugo zo kwibasira no gutesha agaciro abanyapolitiki b’abanyarwanda batavuga rimwe na Leta ya FPR barimo na Madamu Ingabire Victoire.
Izi ngero uko ari eshatu, nizo zishingirwaho n’abagaragaza ko ubutegetsi bwa Kigali bwashyizweho igitutu maze bukemera kurekura Madamu Ingabire Victoire, Mademazera Diane Rwigara n’Umubyeyi we, Nyakwigendera Kizito Mihigo waje no kwicwa n’ubutegetsi nyuma y’igihe gito arekuwe. Mu kugaragaza ko ubutegetsi bwa Kigali butajya bujegezwa n’igitutu, bamwe mu bategetsi bavugaga ko Diane Rwigara yarekuwe kubera icyemezo cyafashwe n’ubucamanza “bwigenga bw’U Rwanda”, ko ntaho bihuriye n’igitutu cy’amahanga!! Nyamara, uretse umwana uvutse ubu, ntawutazi ko Ubucamanza bw’u Rwanda bwamizwe n’imikorere ya FPR, hakaba nta kintu na kimwe gishobora kuva mu byemezo by’ubucamanza bw’U Rwanda mu gihe cyose haba kubangamira inyungu za FPR.
Kuri Madamu Victoire Ingabire, abo bategetsi bavuga ko Ingabire na Kizito barekuwe kubera ko basabye Imbabazi Perezida Kagame, nyamara Ingabire akaba atarahwemye guhakana ko atigeze asaba izo mbabazi yitirirwa.
Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bari bitabiriye umuhango w’Irahira rya bamwe mu bategetsi bari bahawe inshingano, mu ngoro y’inteko inshingamategeko, mu bukana n’uburakari bwinshi, yagize ati “pressure ikora hano?”. Yagaragaje ko ubutegetsi bwe budashobora guhungabanywa na za pressure aho zaba ziturutse hose, ndetse aza no kuvuga ko abo biha guhakana Imbabazi basabye, bashobora kongera kwerekezwa mu miryango ibaganisha muri gereza!!!
Nshingiye kuri iyo mvugo ya Kagame y’uko Kagame yahakanye ko nta “pressure”(igitutu) gishobora gukora ngo kibe cyamuhungabanya, nkongera kureba amafoto yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter kuwa 24 Ukuboza na 25 Ukuboza 2021 byatumye nibaza koko niba Kagame akingiye ku buryo kwotswa igitutu bidashobora kugira icyo bimukoraho?!
Mu butumwa bwe bwo kwifuriza Abanyarwanda Noheli nziza, yavuze ko we n’umuryango we bifurije Abanyarwanda Noheli nziza, ariko anongeraho ko ayinjiyemo neza kubera imbwa ze ebyiri agaragaza ko azifitiye urukundo rudasanzwe!!
Ibyo byakuruye impaka nyinshi mu bantu batandukanye babinenze, bagaragaza ko iyo migirire ihabanye n’umuco nyarwanda kuko kwifuriza Abanyarwanda Noheli nziza wikinira n’imbwa bidakwiriye umuyobozi. Abandi babibonamo agasuzuguro ku muryango we bwite no ku gihugu cyose kuko yagaragaje ko abasumbishije agaciro k’imbwa. Abandi bagaragaza ko birimo kwigereranya n’abakomeye bategeka iyi si barimo Perezida Biden berekanye ari kumwe n’imbwa ze muri “Bureau Oval” cyangwa Perezida Putine bagaragaje arimo nawe akina n’imbwa ze. Abandi bifashishe amafoto y’Abakuru b’ibihugu byo mu karere, bifurije abaturage babo Noheli nziza bari kumwe n’imiryango yabo mu mafoto cyangwa batanga ubutumwa imbere y’imbaga yari ibakurikiye.
Abandi bavuze ko bisanzwe mu bera kugirira urukundo rudasanzwe imbwa, amapusi n’izindi nyamaswa, ariko muri bene “Gakara” ari ibitamenyerewe. Abandi bageze aho banenga uburyo ubwo butumwa bwatanzwemo bavuga ko Perezida Kagame afite ikibazo cya communication, gishingiye cyane cyane kutamenya cyangwa kutubaha uburyo agomba kugeza ubutumwa ku Banyarwanda. Abandi nabo babibonyemo cya gitinyiro ndengabumuntu Kagame yiyubatseho, ku buryo n’abajyanama be ntawugishobobora kumugira inama. Ababivuze batyo, bifashishije ibyo Dr Himbara David yigeze gutangariza umunyamakuru Mulindahabi Jean Claude, aho Himbara yavugaga ko Kagame yihinduye “Mr. President who knows everything” ku buryo nta nama z’uwo ariwe wese akeneye.
Nk’uko Himbara abisobanura, kugira Perezida Kagame inama zihabanye n’ibyo ashaka kumva, ni ugushyira mu kaga ubuzima bwawe!! Akaba ariho Himbara avuga ko yigeze kubwira Kagame ngo “Mr. President, advise me how to advise you”. Umuntu arebye ibyo Dr Himbara yahishuye, yavuga ko mu Rwanda hari icyo nakwita “Yes Sir Politics” (tuzayigarukaho).
Tukiri kuri ya message ya Perezida Kagame, hari uwitwa Dr Rutinduka, wisabiye ko yaba nawe “recruited because he feels himself to be a better dog”!!
Nyuma y’aho iyo message ya Perezida Kagame imaze kuvugwaho byinshi, mu buryo maze kugaragaza, none kuwa 25 Ukuboza 2021 , hasohotse indi message noneho igaragaza Perezida Kagame ari kumwe n’umufasha we Jeannette Kagame Nyiramongi ndetse n’umwuzukuru wabo, noneho bifuriza Abanyarwanda kuzagira umwaka mwiza wa 2022.
Aho rero, niho haherwa hibazwa niba gutangaza iyo message ya kabiri igihe kitaragera, bitaba byatewe n’igitutu yokejwe na bamwe mu Banyarwanda bamweretse ko ubutumwa bwo kuwa 24/12/2021 bwari bugayitse ku Mukuru w’igihugu.
Koko se “pressure” ntikora kuri Kagame n’imitegekere ye? Mpariye abasomyi.

GUSHIMIRA ABATERANKUNGA, ABABYEYI N’ABADUKURIKIYE KU ISI HOSE

$
0
0

Nyuma y’ikiganiro duheruka kubagezaho cyerekeranye n’uburezi n’ubuzima bwo mu inkambi ya Meheba muri Zambia, umuyobozi wa Bamukunde Foundation arashimira abantu batwandikiye, abatwoherereje inkunga n’abakomeje gusangiza abandi icyo kiganiro. 

Aranifuriza Noheli nziza n’umwaka mushya muhire abanyarwanda bose aho bari hose cyane cyane abaki mu inkambi z’impunzi.

URUBANZA RWA ADF I KIGALI RUSOBANUYE IKI?

$
0
0

Yanditswe na Valentin Akayezu

Uru rubanza rwavugiwemo ibintu umuntu yitonze yabonera ibisobanuro bindi. Hagaragajwe ko hafashwe abaterabwoba ba ADF biteguraga gutera ibisasu no guhitana bamwe mu bayobozi b’inzego z’umutekano bo mu Rwanda.
Ariko mbere yo kugaragaza isesengura kuri uru rubanza, ni ngombwa kwibutswa ko cyane cyane ibikorwa bya ADF byamenyekanye cyane igihe yagabaga ibitero ku mutwe w’ingabo za Tanzania ziri muri Kongo mu bikorwa by’amahoro. Icyo gihe, ibyo bitero bikaba byarahitanye ingabo za Tanzania zigera kuri 20. Ntawabura Kandi kwibutsa akangononwa ubutegetsi bwa Kigali bwakomeje kugirira Tanzania kubera uruhare rwayo mu isenywa ry’umutwe wa M23 wari waratangijwe n’abahoze mu gisirikari cy’U Rwanda ariko nyuma yo kurwana intambara zaho, bagahinduka Abakongomani bavuga ikinyarwanda banaharanira ngo uburenganzira bwabo. Ikindi cyo kwibutsa kandi ni ubufatanye bwa Kigali na bamwe bo muri FARDC (igisirikare cya Kongo) mu gufasha ADF no kuyiburira igihe igabweho ibitero.
Aho ingabo za Uganda, UPDF zinjiriye muri Kongo, bivugwa ko zagabye ibitero mu birindiro bya ADF mu buryo butunguranye, ku buryo n’abayobozi ba FARDC basa n’abatunguwe na “timing”!! Ibyo byatumye ADF yari isanzwe iburirwa hakiri kare ko izaterwa, ihawe amakuru na bamwe muri FARDC ndetse na Kigali, itabasha kuva mu birindiro kuko yatewe itunguwe nyine. Mu bisanzwe, iyo ADF yaterwaga, yabaga yamaze kwimukira ahandi maze amabombe araswa agafata ubusa. ADF isanzwe izwi nk’umuyoboro mwiza wo gusahura uburasirazuba bwa Kongo, yaba amabuye y’agaciro, imbaho, ibiribwa n’ibindi. Kuba rero ibitero bya UPDF byaratunguranye, byashegeshe cyane uwo mutwe, watakaje na benshi mu bawugize.
Umuntu rero yakwibaza iby’izi manza zitangiye i Kigali?!
Birakekwa ko mu batakaje ubuzima mu bagize ADF harimo Abanyarwanda benshi. Bityo kumenyekana kwabo, kukaba kwahinduka ikimenyetso ndashidikanywaho cy’ubufatanye hagati ya ADF na Kigali. Ababa bibuka, iby’abanyarwanda bishwe bakajugunywa muri Rweru ngo bizaregwe U Burundi (uretse ko imirambo yarohowe n’abategetsi b’U Burundi yagiye isanganwa ibyangombwa byerekana ko ari Abanyarwanda), babasha guhita basobanukirwa impamvu z’izi manza zitangiye kuregwamo abitirirwa ADF ngo bashaka gutera ibisasu mu Rwanda.
Mu by’ukuri hagamijwe iki?:
-Kuba hari Abanyarwanda baguye mu bitero UPDF yagabye kuri ADF, Leta y’U Rwanda irashaka kugaragaza ko abo ari abantu bari basanzwe baracitse bagasanga iwo mutwe. Mu rubanza havuzwemo abantu bagiye muri ADF za 2012. Ikindi kandi ngo n’uko Leta yakomeje gukurikirana ubutumwa bwabo kuri za WhatsApp, bikagaragara ibyo bavuganaga n’imiryango yabo. Mu gukoresha ubu buryo bw’imanza rero, Leta y’U Rwanda irashaka kwikuraho uruhare mu gufasha ADF, ahubwo ikagaragaza ko nayo yibasiwe n’ibikorwa bya ADF.
-Leta y’U Rwanda, irimo irashakisha impamvu zose zatuma ibasha kwinjira muri Kongo mu buryo bwemewe. Yifashishije izi manza, irashaka kwerekana ko u Rwanda narwo rubangamiwe n’ibikorwa by’iterabwoba by’uyu mutwe, bityo nayo ikaba ifite uburenganzira ntakumirwa bwo kurinda ubusugire bwayo ikurikirana abahungabanya umutekano warwo aho bari hose.
Abanyarwanda bitege ko bashobora kubona n’ibindi bikorwa mu minsi ya vuba, birimo iterwa ry’ibisasu mu mujyi wa Kigali cyangwa ahandi mu gihugu, ibitero ku bantu cyangwa ibyabo, ibitero bizitirirwa za FDLR n’abandi..! Ibyo byose bikaba bishobora kuba mu mugambi wo gushakisha uburyo bwose bwo kwinjira muri Kongo mu buryo bwemewe.
N’ubwo Leta y’U Rwanda ikomeje kwanduza, kwikanga ndetse no kwifuza gusanga UPDF muri Kongo, hari ikintu cy’ingenzi yirengagiza!! Uganda yajyanywe muri Kongo n’ibintu bibiri:
1) guhashya ibikorwa bya ADF iyiteza umutekano muke;
2) Amasezerano hagati ya UGANDA na DRC yo kubaka no kubungabunga ibikorwa remezo.
Abasesenguzi berekanye ko urubanza Uganda yatsinzwemo na DRC mu Rukiko mpuzamahanga rw’ubutabera (International Court of Justice in The Hague), Uganda yategetswe gutanga indishyi z’akababaro kubera intambara zo muri Kongo mu myaka ya 2000. Nibutse ko U Rwanda narwo rwarezwe ariko rukanga kuburana kuko rwahakanye ububasha bw’urwo rukiko. Uganda rero, ku bwumvikane na DRC, ikaba yaremeye gutanga indishyi ariko binyuze mu iyubakwa ry’ibikorwa remezo. Kugirango iyo mishinga ibashe kugenda, hakenewe umutekano usesuye, ariyo mpamvu Uganda yashoye imbaraga nyinshi za gisirikari kugirango ibashe kubugangabunga umutekano w’iyubakwa ry’ibyo bikorwa cyane cyane ko aho imirimo ikorerwa, bisanzwe bizwi ko ari mu karere kuzuyemo imitwe y’abarwanyi.
Nkaba narangiza nibaza, uretse ibikorwa by’ubusahuzi bisanzwe bikorwa, hari indi mpamvu yaba yemewe yatuma Kigali yabuze amajyo, ishaka icyayinjiza muri Kongo ku buryo bwemewe?

Musenyeri Desmond Tutu warwanyije ‘Apartheid’ yitabye Imana

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Desmond Tutu, wegukanye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel akaba inararibonye mu rugamba rwo kurwanya ubutegetsi bw’abazungu ‘Apartheid’ yitabye Imana.

Urupfu rw’uyu mukambwe rwatangajwe na Perezida w’Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa kuri iki cyumweru tariki 26 Ukuboza 2021.

Aljazeera dukesha iyi nkuru yatangaje ko Musenyeri Desmond Tutu, wari uri mu kiruhuko cy’izabukuru yafatwaga nk’ishusho ya anti-apartheid, yapfuye afite imyaka 90.

Tutu, wegukanye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel yafatwaga nk’inararibonye mu rugamba rwo kurwanya ubutegetsi bw’abazungu, muri Afurika y’Epfo ndetse no hirya no ku Isi bamufataga nk’intwali.

Perezida Cyril Ramaphosa w’Afurika y’Epfo, atangaza urupfu rwe yagize ati: “Urupfu rwa Arkiyepiskopi Emeritus Desmond Tutu ni ikindi gice cyo gupfusha abacu mu gihe cyo gusezera ku gisekuru cy’Abanyafurika y’epfo bakomeye badusigiye Afurika y’epfo yabohowe.”

Ramaphosa yongeyeho ati: “Yigaragaje nk’umuntu udaharanira inyungu, uharanira uburenganzira bwa muntu ku isi hose”.

Tutu, wahanganye n’ubuzima bubi mu myaka yashize, yakunze gushimwa nk’umutimanama mbwirizamuco wa Afurika y’Epfo ndetse n’ubwiyunge bukomeye bw’igihugu cyari cyaracitsemo ibice kubera  politiki ishingiye ku ivangura.

Mu 1984, yatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel kubera ko yarwanyije ivanguramoko. Nyuma y’imyaka icumi, ubutegetsi bw’ivanguraruhu burangiye yoboye komisiyo ishinzwe ukuri n’ubwiyunge muri Afurika y’Epfo.

Musenyeri Desmond Tutu yari inshuti magara ya Nelson Mandela kandi babanye igihe kinini ku muhanda wa Vilakazi mu mujyi wa Soweto wo muri Afrika y’Epfo, mu gihe cya Apartheid’.

Umunyamakuru wa Al Jazeera, Fahmida Miller, uri i Johannesburg, yavuze inkuru y’urupfu rw’uyu mukambwe yashenguye Abanyafurika benshi.

Ati: “Uyu ni umuntu wagize uruhare runini mu kurwanya ivanguramoko. Yahoraga agerageza guhuza abanya-Afurika y’Epfo, cyane cyane mu bihe by’amakimbirane n’ibibazo muri iki gihugu.”

Kigali: Hagaragaye umurambo w’umugabo bivugwa ko yishwe n’inzara

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Mu Mujyi wa Kigali rwagati ahazwi nka ‘Downtown’ ku gicamunsi cyo kuri Noheli hiriwe umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 45 abamubonye mbere yo gushiramo umwuka bemeje ko yishwe n’inzara kuko yari yahoze asaba umuhisi n’umugenzi ngo amufungurire arashonje.

Ukurikije uko agaragara ku mafoto akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, ni umugabo wari ufite ubumuga bw’ingingo kuko iruhande rwe hari harambitse imbago ebyiri, yambaye imyenda isa neza, uducupa tubiri twashizemo amazi y’inyange turi hafi ye.

Aryamye mu byatsi biri mu nkero z’umuhanda ahazwi nka ‘Downtown’  ahantu hahora urujya n’uruza rw’abagenzi bajya n’abava mu ‘Gare’ abagenzi bategeramo imodoka, hanyura kandi abantu bava mu nzu z’ubucuruzi ahitwa muri ‘Chic’ na ‘Mig’.

Abaduhaye amakuru batubwiye ko ariho nyakwigendera yari yabyutse yicaye kuri Noheli tariki 25 Ukuboza 2021, asaba abantu ngo bamufungurire.

Umwe mu baduhaye amakuru yavuze ati “Uriya mugabo namunyuzeho mu ma saa yine ngiye muri Chic aho ncururiza arimo gusaba umuhisi n’umugenzi ngo amufungurire inzara imumereye nabi. Bigeze mu ma saa saba mbere ya ya mvura nyinshi yaguye numva abantu baravuze ngo wa mugabo wasabirizaga barabona yapfuye.”

Undi waduhaye amakuru yavuze ati “Nari maze iminsi mubona yicaye hariya agasaba abahisi n’abagenzi ngo bamufungurire arashonje, ejo kuri Noheli nabwo yari yabyutse yicaye hariya mu nkengero z’umuhanda ubona ko ashonje pe.”

Ahagana mu ma saa kumi n’imwe zo kuri uyu wa gatandatu nibwo ku mbuga nkoranyambaga hatangiye gucicikana amafoto y’uyu mugabo yashizemo umwuka, imvura yose yaguye ku gicamunsi yamucikiyeho, abantu bamunyuraho bakamwitegereza, abandi bagafata amafoto bakikomereza.

Ikibabaje kandi giteye agahinda n’uko mu bamunyuragaho bagakikira bakagenda harimo n’abapolisi n’izindi nzego zishinzwe umutekano ziba zicaracara muri ako gace. Nyuma y’uko amafoto y’umurambo we akomeje gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, haje ambulance ya polisi itwara umurambo we.

Ese koko mu Rwanda hari inzara yakwica umuntu?

Muri uku kwezi k’Ukuboza 2021, imibare yatangajwe n’Ikigo cy’ibarurishamibare mu Rwanda, igaragaza ko umusaruro mbumbe (GDP/PIB) mu gihembwe cya kabiri (ukwezi kwa 4, 5,6) cy’uyu mwaka wazamutse ku kigero cya 20,6%.

Iyi mibare benshi bemeza ko ari imitekinikano niyo Leta ya Kigali yifashisha yitanguranwa yerekana ko ubukungu bwifashe neza, ariko mu by’ukuri siko bimeze mu Rwanda inzara iraca ibintu.

Dufashe nk’urugero mu Mujyi wa Kigali, urebye umubare w’abakuru ndetse n’abato bazenguruka urugo ku rundi basaba ngo babafungurira ‘babahe ibyo kurya’ ukongeraho umubare w’abaturage baba bataka ko batereka inkono ku ziko bahumbya gato bakayibura bene ngango bayiteruye, tutibagiwe abategera abantu mu nzira bakabambura ibyo bafite kabone niyo yaba ikiro kimwe cy’ibishyimbo ibi byaba ikimenyetso simusiga cy’inzara ivuza ubuhuha mu Rwanda.

Mu Turere dutandukanye tw’igihugu by’umwihariko mu Ntara y’iburasirazuba ho inzara iraca ibintu ku buryo abaturage bajya gufata iposho ry’intica ntikize ku biro by’Umurenge.

Mu nkuru yacu itaha tuzabagezaho uduce twibasiwe n’inzara cyane mu Rwanda n’impamvu y’iyi nzara.

 

Beni: Igitero cy’igisasu cyahitanye abantu muri resitora bishimira Noheli

$
0
0

Abategetsi bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bavuga ko abantu batari munsi ya batandatu bapfiriye mu gitero cy’igisasu cy’umwiyahuzi muri resitora (restaurant) yo mu mujyi wa Beni mu burasirazuba bw’igihugu.

Polisi yabujije uwo mwiyahuzi kwinjira mu nyubako, ariko uwo mugabo yiturikirije mu muryango wayo ariyica hamwe n’abandi bantu batanu.

Abandi bantu 13 bakomeretse.

Abategetsi begetse icyo gitero cyo ku wa gatandatu ku mutwe w’intagondwa wa Allied Democratic Forces (ADF), uvugwa ko ukorana n’umutwe wiyita leta ya kisilamu (IS).

Kugeza ubu nta mutwe wari wigamba ko ari wo wagabye icyo gitero.

Mu butumwa bwo kuri Twitter, Perezida Félix Tshisekedi yihanganishije abo mu miryango yabuze abayo, yamagana iki “gitero cy’iterabwoba”.

Yavuze ko “abakora ibi byaha bazahigwa basenywe burundu”.

Ababibonye babiri babwiye ibiro ntaramakuru AFP ko abantu barenga 30 bari barimo kwishimira Noheli muri resitora yitwa In Box ubwo icyo gisasu cyaturikaga.

Amakuru avuga ko abana n’abategetsi bo muri ako gace bari bari muri iyo resitora muri icyo gihe.

Nicolas Ekila, umunyamakuru wa radio ikorera muri ako gace, yabwiye AFP ati: “Nari nicaye hariya. Hari hari moto iparitse hariya. Mu kanya gato iyo moto yahise igenda, nuko habaho urusaku rumena amatwi”.

Nyuma y’iturika ry’icyo gisasu, umusirikare ukuriye gahunda y’ibihe bidasanzwe mu karere k’uburasirazuba yasabye abaturage gusubira mu ngo zabo ku bw’umutekano wabo.

Kuva mu byumweru bya vuba aha bishize, hakomeje kubaho imirwano i Beni hagati y’ingabo za leta n’intagondwa ziyitirira idini ya Islam.

Mu kwezi kwa cumi na kumwe, ingabo za leta ya DR Congo n’iza leta ya Uganda zatangiye ibitero zihuriyeho ku mutwe wa ADF, mu kugerageza guhagarika urukurikirane rw’ibitero byawo byahitanye abantu.

Abategetsi muri Uganda bavuga ko uwo mutwe ari wo uri inyuma y’urukurikirane rw’ibitero by’ibisasu biherutse kwibasira iki gihugu, harimo no mu murwa mukuru Kampala.

Uwo mutwe w’intagondwa washinzwe mu myaka ya 1990 n’Abanya-Uganda bababajwe n’uburyo leta yari ifashemo abayisilamu, ariko wameneshejwe mu burengerazuba bwa Uganda, abasigaye muri wo bambuka umupaka bajya muri DR Congo.

Washinze ibirindiro byawo mu burasirazuba bwa DR Congo, ndetse ushinjwa kwica abaturage b’abasivile babarirwa mu bihumbi mu myaka icumi ishize, harimo n’ibitero bivugwa ko wagabye ku bakristu.

Mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka, Amerika yashyize ADF ku rutonde rwayo rw’imitwe y’iterabwoba ifitanye isano na IS. Ku ruhande rwawo, umutwe wa IS uvuga ko ADF ari ishami ryawo.

Kongorera amabwiriza umucamanza mu rubanza rwa Rachid, bihatse iki?


Kagame ati “U Rwanda rukomeje kwihaza mu biribwa, rufite ibigega bihagije”.

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Mu kiganiro cyanyuze kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yavuze ko ubukungu bw’u Rwanda bwifashe neza ndetse ngo rukomeje kwihaza mu biribwa n’ibigega rufite birahagije.

Ibi yabigarutseho ubwo yavugaga uko igihugu gihagaze mu nkingi zitandukanye zirimo: Ubuzima, ubukungu, uburezi, ububanyi n’amahanga ndetse n’umutekano.

Yavuze ati “U Rwanda rukomeje kwihaza mu biribwa, rufite ibigega bihagije, ndagira ngo nshimire abahinzi bacu kuba barakomeje kwihangana muri ibi bihe. Muri uyu mwaka, ubuhinzi bwatanze umusanzu wa 25% ku bukungu bw’igihugu ku buryo uyu mwaka u Rwanda rukomeje kwihaza mu biribwa. Ndagira ngo nshimire abahinzi bacu kuba barakomeje kwihangana muri ibi bihe.”

Yakomeje avuga ko ibyemezo bishingiye ku bushishozi byafashwe muri uyu mwaka byatumye ubukungu bw’u Rwanda bwiyongera ku kigero gishimishije.

Yavuze ko ikigega cyo kuzahura ubukungu cyashyizwemo miliyari 100 Frw cyafashije ubucuruzi bwahungabanye cyane urwego rw’ubukerarugendo. Yanavuze ko hakusanyijwe n’andi mafaranga azafasha mu kunganira ishoramari risanzwe mu gihugu n’irishya, ashimira abasora uruhare babigizemo.

Perezida Kagame yavuze ko mu bituma u Rwanda ruzakomeza kugera ku itarambere, harimo ubufatanye n’ibigo, ibihugu ndetse no kwishyira hamwe mu rwego rw’akarere na Afurika muri rusange.

Umutekano n’umudendezo by’abanyarwanda…

Avuga ku mutekano, Paul Kagame yavuze ko umutekano w’u Rwanda wifashe neza, ariko kandi ngo uwashaka kuwuhungabanya harebwa uko yagezwa imbere y’ubutabera.

Ati “Tugakomeza kandi kureba ko umuntu wese wahungabanya umutekano n’umudendezo by’Abanyarwanda yashyikirizwa ubutabera kugira ngo abibaze.”

Hejuru ya 80% by’abanyarwanda bahawe urukingo rumwe rwa covid-19

Mu buryo bwifashishijwe mu guhangana n’ibirimo iby’ubuzima, umutekano n’ubukungu u Rwanda rwahuye nabyo mu 2021, Kagame yavuze ko gukingira Covid-19 byakozwe ku kigero cyo hejuru ku buryo 80% by’Abaturarwanda bahawe nibura urukingo rumwe.

Ati “Kugeza ubu 80% by’abaturage bacu guhera ku bafite imyaka 12 kuzamura, bahawe nibura urukingo rumwe. Turashimira ababigizemo uruhare bose harimo n’abafatanyabikorwa baduhaye inkingo n’izindi nkunga.

Perezida Kagame yavuze kandi ko uyu mwaka, abanyeshuri bashoboye gukora ibizamini bya leta mu gihe ibintu byose byari bifunze kandi bakabasha kwimukira mu cyiciro gikurikiraho. Yavuze ko iyi ntambwe yatewe nyuma yo gufunga kenshi amasomo.

Yanavuze ko ko ibihe bya Covid-19 bitabujije u Rwanda kwakira ibirori by’ingenzi harimo n’Irushanwa Nyafurika rya Basketball, BAL ndetse n’izindi nama zikomeye.

Ashimangira ko igituma u Rwanda rukomeza kugera ku iterambere ari ubufatanye rifitanye n’abafatanyabikorwa byaba ibigo cyangwa ibihugu ndetse no kwishyira hamwe n’ibindi bihugu byaba ibyo mu karere cyangwa ku mugabane wa Afurika.

Ese ibi Perezida Kagame avuga mu ijambo rye ni ukuri? Tuzabigarukaho mu nyandiko zacu ziri imbere.

U Rwanda rushobora kohereza Ingabo mu bindi bihugu

$
0
0

Yanditswe Nkurunziza Gad

Mu kiganiro cyanyuze kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yavuze ku bihugu u Rwanda rwoherejemo ingabo avuga ko rushobora kugira ubwo bufatanye no mu bindi bihugu.

Yavuze ko u Rwanda rukomeje gushimangira umubano n’ibindi byo mu karere no hanze, ndetse ko runashakisha ibindi bishya byarubyarira inyungu.

Ati “Ibi birimo ubufatanye mu gukemura ibibazo by’umutekano muri Repubulika ya Centrafrique na Mozambique. U Rwanda rushobora kugira ubwo bufatanye n’ibindi bihugu kuko umutekano n’umutuzo by’igihugu cyacu birinzwe kandi bikomeje gushyirwa imbere.”

N’ubwo Kagame ateruye ngo avuge ibihugu bizoherezwamo ingabo z’u Rwanda mu minsi iri imbere, imvugo ye yumvikanishije ko iki gikorwa cyarangije gutegurwa.

Kuva muri Nyakanga 2021, Ingabo z’u Rwanda zinjiye mu ntambara yo kurwanya inyeshyamba ziyitirira idini ya Islam zigaruriye uduce twinshi twa Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique kuva mu 2017. Bivugwa ko hariyo ingabo z’u Rwanda zisaga 2000.

Muri Nzeri 2021, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko bamaze gupfusha abasirikare mu gihe ku ruhande rw’inyeshyamba hari hamaze kwicwa abarenga 100.

Muri Gashyantare 2019, u Rwanda rwohereje ingabo 750 muri Centrafrique, Tariki 20 Ukuboza 2020 rwoherezayo izindi zo mu mutwe wihariye (Special Forces) hari hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo habe amatora rusange. Magingo aya ingabo z’u Rwanda n’abapolisi bari muri 1300.

Bivugwa kandi  ko ingabo z’u Rwanda zifite ibirindiro bikomeye mu duce dutandukanye twa Repuburika ya Demukarasi ya Congo.

Icyo abantu batandukanye bakomeje kwibaza ni uburyo ingabo z’igihugu gifite ubwigenge zisigaye zikora nk’abacancuro dore ko mu bihugu bimwe na bimwe zijyayo mu nyungu z’abantu ku giti cyabo, urugero rwa hafi ni mu gihugu cya Mozambique, aho bivugwa ko zagiyeyo nyuma y’amasezerano Kagame yasinyanye n’ubuyobozi bwa Sosiyete icuruza ibikomoka kuri Peteroli yitwa ‘Total’ yari yarakomwe mu nkokora n’ibikorwa by’inyeshyamba.

Cabo Delgado: Umusirikare w’Afrika y’Epfo yarishwe aguye mu gico!

$
0
0

Yanditswe na Arnold Gakuba

Umusirikare w’ingabo z’Afrika y’Epfo yararashwe igihe ingabo z’icyo gihugu zari ku irondo maze zikagwa mu gico cy’inyeshyamba mu burasirazuba bw’umudugudu wa Chai muri Cado Delgado, intara iherereye mu Majyaruguru ya Mozambique ku wa mbere tariki ya 20 Ukuboza 2021. Mu izina rya Guverinoma, Minisitiri w’Ingabo w’Afrika y’Epfo, Thandi Modise, yoherereje umuryango wa nyakwigendera ubutumwa bw’akababaro. Mu kiganiro na Televiziyo eNCA, Brigadier General Andries Mahapa, umuvugizi w’Igisirikare cy’Afrika y’Epfo, yasubije ibibazo by’umunyamakuru ku rupfu rw’uwo musirikare ndetse no ku bijyanye n’imyitwarire y’abasirikare b’icyo gihugu nyuma yarwo. Dore ikiganiro bagiranye:

Mwiriwe Brigadier General. Murakoze cyane kuduha aka kanya ngo tuganire. Ese watubwira mu magambo yawe uko ingabo z’Afrika y’Epfo zakiriye urupfu rw’umusirikare mugenzi wabo watakarije ubuzima mu Ntara ya Cado Delgado?

Mwiriwe neza. Nk’abasirikare turi mu kababaro ko kubura mugenzi wacu. Ariko kandi turi abasirikare. Iyo tugiye muri misiyo tuba tuzi ko ugiyeyo ashobora kugaruka cyangwa ntagaruke. Ni uko byagenze. Twagombaga gufata iya mbere tukajya guharanira amahoro hanze y’igihugu cyacu. Twaguye mu gico, abasirikare barasana n’inyeshyamba bamwe barahakomerekera, umwe ahasiga ubuzima. 

Ese ibyo byabaye ingabo zanyu ziri mu gikorwa cyo kurwanya inyeshyamba cyangwa ni igico zaguyemo bisanzwe?

Abasirikare bari bahuze bari ku irondo maze bagwa mu gico cy’inyeshyamba. Bararasanye, maze umusirikare wacu umwe agwa mu iyo mirwano.  

Ese inyeshyamba n’izo zonyine zakomerekeye muri iyo mirwano?

Ubu hari inkomere z’abasirikare b’Afrika y’Epfo, ariko ntibikabije. Barimo kwitabwaho.

Ese izo nizo nkomere za mbere kuva ingabo zanyu zakohererwayo  kuva muri Nyakanga? 

Yego. Nizo za mbere rwose.

Twamenye ko perezida yongereye igihe ingabo z’Afrika y’Epfo zigomba kumara muri ubwo butumwa kuva mu Kwakira kugera muri Mutarama. Ese ibyabaye ntibyaciye intege abasirikare?

Turacyakomeye ku nshingano zacu. Wibuke ko tugomba guharanira umutekano w’igihugu cy’igituranyi kugirango natwe tugire umutekano. Tugomba gukomera ku nshingano zacu. Turi abasirikare kandi tugomba kugendera ku mabwiriza. Iyo umugaba mukuru w’ingabo atanze amabwiriza tugomba kuyubahiriza nk’uko biteganywa n’itegeko-nshinga. Tugomba kubaha, nta kundi twabigenza. Turacyakomeye ku nshingano zacu, n’ubwo ubushobozi bwacu ari buke, tugomba kurinda igihugu n’abaturage bacyo.

Brigadier General, ushobora kwemeza umubare w’abasirikare boherejwe mu butumwa? Igihe perezida yandikiraga inteko ishingamategeko muri Nyakanga yavuze ko abasirikare 1495 aribo bazoherezwayo.

Yego. Ubu, uwo mubare w’abasirikare 1495 niwo uriyo. 

Havuyemo umwe?

Nibyo havuyemo umwe,  birababaje. Ariko yazize impamvu nyamukuru. Twambariye urugamba, ngo turwanire igihugu cyacu, turwanire abaturage bacu. Ubwo ni ubwitange dukora nk’abasirikare. 

Ese umugaba mukuru asabye ko mugumayo, nahoze mvugana n’umusesenguzi i Maputo mu masaha ashize, yagaragazaga ko atabona ko iyi ntambara izarangira vuba. Ese ingabo za SANDF ziteguye kuguma mu butumwa?

Guverinoma nibyemeza, ntakundi twabigenza, tuzagumayo, ku nyungu z’abaturage b’Afrika y’Epfo. 

Igihirahiro gikomeye ku Banyarwanda birukanwe muri Nijeri!

$
0
0

Yanditswe na Erasme Rugemintwaza

Abanyarwanda umunani bavanywe Arusha n’umuryango w’Abibumbye LONI, bakajyanwa muri Nijeri nyuma y’uko bari  bamaze igihe kinini bacumbikiwe, bashakirwa aho kuba, kuko babaye abere cyangwa barangije ibihano byabo ku byaha bashinjwaga bya Jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu mu Rwanda, ubu bari mu gihirahiro nyuma yo guhabwa iminsi irindwi na Leta ya Nijeri yo kuba bavuye ku butaka bwayo.  Ese ni iki cyihishe inyuma y’iki cyemezo mu gihe aba bantu batari bakamaze n’ukwezi kumwe muri iki gihugu?

Abo Banyarwanda ni bande?

Iteka  rya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu no Kwegereza Abaturage Ubuyobozi ya Nijeri (Ministère de l’Interieur et de la Décentralisation), rigizwe n’ingingo eshatu gusa, The Rwandan yaboneye kopi, nyuma yo kugaragaza ingingo zinyuranye ryashingiyeho, haba Itegeko Nshinga rya Nijeri n’andi mategeko cyane cyane ku birebana n’uko umunyamahanga aba muri Nijeri, ingingo yaryo ya mbere iravuga ngo:

Abantu bafite amazina akurikira birukanwe burundu ku butaka bwa Nijeri, babujijwe igihe cyose kuhaba kubera impamvu za diporomasi!

Abo ni:

  1. Zigiranyirazo Protais, wavukiye ku Gisenyi/Rwanda , kuwa 02/02/1938;
  2. Nzuwonemeye François-Xavier, wavukiye i Kigali/Rwanda, kuwa 30/08/1955;
  3. Nteziryayo Alphonse, wavukiye i  Butare/Rwanda, kuwa 26/08/1947;
  4. Muvunyi Tharcisse, wavukiye i Byumba/Rwanda, kuwa  15/08/1953;
  5. Ntagerura André, wavukiye i Karengera/Rwanda, kuwa 02/01/1950;
  6. Nsengiyumva Anatole, wavukiye ku Gisenyi/Rwanda, kuwa 04/09/1950;
  7. Mugiraneza Prosper, wavukiye i Kibungo/Rwanda, kuwa 02/10/1957;
  8. Sagahutu Innocent,wavukiye i Cyangugu/Rwanda, kuwa 30/05/1962.

Aba Banyarwanda bose bakaba babaga Arusha aho bari barajyanwe kugira ngo bakurikiranwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha (TPIR/ICTR), ku byaha bakekwagaho bya Jenoside n’ibindi byibasiye inyokomuntu mu Rwanda. Muri aba bantu umunani harimo abagizwe abere ku byaha barezwe n’abarangije ibihano ariko bari baraheze Arusha bagishakisha uburyo basanga imiryango yabo mu bihugu bitandukanye byiganjemo iby’i Burayi n’Amerika cyangwa ibindi bihugu byakwemera kubakira.

Aba bantu bamwe bari mu buyobozi bo hejuru muri Leta ya mbere ya 1994, bamwe babaye ba Minisitiri na ba Perefe, abandi bari abasirikare bafite amapeti yo hejuru.

  1. Zigiranyirazo Protais: Ni muramu wa Habyarimana Yuvenali wari Perezida w’u Rwanda. Ni  musaza wa Agatha Kanziga, umugore wa Perezida Habyarimana. Uyu mugabo bahimbaga « Z ». Yabaye Perefe wa Perefegitura ya Ruhengeri mu gihe cy’imyaka irenga 10. Muri 2008 yari yahamijwe ibyaha bya jenoside, nyuma mu bujurire mu 2009 aba umwere. ;
  2. Major François-Xavier Nzuwonemeye : Yari umukuru w’umutwe w’ingabo zigenda imbere y’izindi zikora ubutasi (Bataillon de reconnaissance) ;
  3. Andre Ntagerura : Yabaye Minisitiri w’Ubwikorezi n’Itumanaho muri Leta ya mbere ya  1994. Yarezwe ibyaha bya jenoside mu rubanza rwitiriwe Cyangugu, ariko aza kugirwa umwere mu bujurire mu mwaka wa 2006 ;
  4. Prosper Mugiraneza : Yabaye Minisitiri w’abakozi ba Leta. Yahamijwe ibyaha  bya jenoside n’urukiko rwa Arusha, ariko aza kubihanagurwaho mu bujurire mu mwaka wa 2013;
  5. Lt Col Anatole Nsengiyumva: Yari umukuru w’ingabo muri Perefegitura ya Gisenyi.
  6. Lt Col Alphonse Nteziryayo: Yahoze ari Perefe wa Butare;
  7. Lt Col Tharcisse Muvunyi: yabaye Umukuru w’icyahoze ari ishuri ry’abasirikare b’aba sous-officiers mu Mujyi wa Butare, ryitwaga ESO (Ecole des Sous-Officiers);
  8. Capt Innocent Sagahutu: Yari yungirije umukuru w’umutwe w’ingabo zigenda imbere y’izindi zikora ubutasi (Bataillon de reconnaissance).

Aba Banyarwanda bageze Nijeri ryari, gute?

Tariki ya 05-06/12/2021 aba banyarwanda uko ari umunani bose bajyanywe muri Nijeri bakuwe Arusha muri Tanzaniya, hakurikijwe amasezerano yasinywe hagati y’Umuryango w’Abibumbye LONI n’igihugu cya Nijeri. Ibi bikaba byaremejwe na Perezida w’Urwego rwasigariye Urukiko rwa Arusha, Umucamanza Carmel Agius, uvuga ko kwimura abo banyarwanda byakozwe hubahirizwa amasezerano yasinywe mu kwezi kwa 11/2021, hagati ya LONI na Guverinoma ya Nijeri. Aya masezerano akaba ateganya ko Nijeri ibaha ibyangombwa bibaranga nk’abatuye mu gihugu ku buryo buhoraho. Buri muntu muri aba kandi Umuryango w’Abibumbye LONI, ukamuha amafaranga y’inshuro imwe yo kumutunga angana n’amadolari ibihumbi 10 (10.000 USD), ni ukuvuga agera kuri miliyoni icumi mu mafaranga y’u Rwanda. LONI kandi ikabarihira amafaranga y’icumbi mu mwaka wabo wa mbere. Bivuga ko bagombaga kumara umwaka babeshejweho n’Umuryango w’Abibumbye LONI, noneho nyuma y’uwo mwaka, bakajya mu buzima busanzwe bwo kwirwanaho. Muri ayo masezerano ariko hagaragaramo ko Leta ya Nijeri “itohereza cyangwa ngo isubize mu bundi buryo ubwo aribwo bwose abantu barekuwe [bavugwa muri aya masezerano] cyangwa ababaye abere u Rwanda cyangwa iyindi Leta”. Ngayo amasezerano atangiye kwicwa mu gihe hatarashira n’ukwezi kumwe asinywe. Kuko kuva kuwa kane tariki ya 23/12/2021, Ubuyobozi bw’Igihugu cya Nijeri bwatse aba bantu ibyangombwa bari babahaye byo kuba mu gihugu byemewe n’amategeko “Permis de séjour”, bababwira ko ari  “mu rwego rwo kubikosora!”. Kuva icyo guhe kugeza ubu tariki ya 28/12/2021, aba bantu ntibasohoka aho batujwe, ahubwo bagoswe n’abasirikare!

Aba bantu bakaba baratunguwe rero no kubona kuri uyu wa 27/12/2021, Nijeri isohora Iteka rya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ryo kubirukana burundu mu gihugu, bahabwa iminsi irindwi yo kuba bavuye mu gihugu, ndetse hatangwa n’amabwiriza ku nzego zirimo Polisi y’Igihugu, zigomba gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’iri teka. Ese ni iki cyihishe inyuma y’uko guhinduka nk’igicu kw’igihugu cya nijeri?

U Rwanda rwateye ubwoba LONI na Nijeri!

Impamvu yatanzwe n’igihugu cya Nijeri ni impamvu za diporomasi. Ese izo mpamvu za diporomasi zaba ari izihe? Ese iki cyemezo cyo kwirukana aba Banyarwanda, Nijeri yaba yagifashe yonyine dore ko gihita gisesa amasezerano iki gihugu cyagiranye n’Umuryango w’abibumbye LONI, agasinywa na Bwana Abubacar Tambadou, Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango w’Abibumbye LONI? Ese Nijeri iramutse yatinyutse gufata iki cyemezo yonyine, nta ngaruka byaza kuyigiraho? Cyangwa byari biteganyijwe mu masezerano? Icyo umuntu yavuga ni uko gusesa amasezerano yasinywe n’impande ebyiri, ubusanzwe habaho kumvikana kw’abasinye.

Mu nkuru yasohotse, tariki 13/12/2021, mu kinyamakuru cya Leta y’u Rwanda cyitwa New Times, ifite umutwe ugira uti “Rwanda seeks clarification over transfer of ex-ICTR detainees to Niger”(U Rwanda rurashaka ibisobanuro ku iyimurwa ry’abahoze ari imfungwa z’Urukiko rwa Arusha muri Nijeri), haragararamo impamvu za diporomasi Nijeri ikomozaho mu guca iteka ryo kwirukana Abanyarwanda.

Muri rusange u Rwanda rubinyujije muri Ambasaderi warwo muri LONI, Madamu Valentine RUGWABIZA, rwasabye ibisobanuro haba LONi ndetse n’Igihugu cya Nijeri, mu nama y’Akanama gashinzwe umutekano ka LONI, yabaye kuwa 13/12/2021. U Rwanda ruvuga ko iryo jyanwa ry’Abanyarwanda muri Nijeri ryakozwe rutabizi, ndetse Madame Valentine RUGWABIZA agasa n’aho arega LONI imikoreshereze mibi y’ingengo y’imari, abaza nkana niba abo bantu bazakomeza gutungwa na LONI. Mu magambo adaciye ku ruhande, Madame RUGWABIZA yagize ati “Tuzishimira ibisobanuro bizatangwa n’Abayobozi b’Urwego rwasigaye rwita ku bibazo by’Urukiko rwa Arusha, mu Nteko Rusange ya Komite, tumenye niba  kwimura, gutuza no gutunga abo bantu badafite icyo barebwaho n’Urwego rwasigariye Urukiko rwa Arusha, byaba biri mu ngengo y’imari y’Urwego”. Akomeza agira ati “Turizera ko Nijeri izakora inshingano zayo kugira ngo hatagira umuntu n’umwe ukoresha ubutaka bwayo mu bikorwa byo guteza imidugararo  byatumye akarere k’Ibiyaga bigari kagira umutekano muke mu myaka mirongo ishize.” Yakomeje avuga ko muri abo Banyarwanda boherejwe muri Nijeri hari ibimenyetso bigaragaza ko bamwe muri bo bagiye mu bikorwa byo guteza imidurumbanyo nyuma yo kurangizanya ibibazo byabo n’Urukiko rwa Arusha. Muri iyo nkuru y’iki kinyamakuru cya Leta hakaba hagaragaramo icyifuzo cya Leta y’u Rwanda muri iki gikorwa yatangije cyo kuburabuza aba Banyarwanda, ikoresheje kubaharabika na diporomasi ikomeye: U Rwanda rurifuza ko aba banyarwanda bazanwa mu Rwanda.

Ibi byose Madame RUGWABIZA nyamara yabivuze nyuma y’uko Perezida w’Urwego rwasigariyeho Urukiko rwa Arusha, Umucamanza Carmel Agius  agaragarije ko kwimura izo mfungwa z’Abanyarwanda byakozwe hubahirizwa amasezerano yasinywe mu kwezi kwa 11/2021, hagati ya LONI na Guverinoma ya Nijeri.

Ngizo impamvu za Diporomasi Leta ya Nijeri yashingiyeho yirukana hutihuti abo Banyarwanda. Nijeri yatewe ubwoba ko igihe kwakira Abanyabyaba ruharwa kandi batigeze bahinduka, ahubwo bashobora gukoresha ubutaka bwayo mu bikorwa bibi, naho LONI yo inengwa gukomeza gukoresha umutungo nabi ku bantu itagishinzwe. Ariko inyuma y’ibi byagaragajwe mu ruhame, hari amaboko ashobora kuba yarakoreye mu mwijima mu ifatwa ry’iki cyemezo gikomeye hakaba hari abakeka bitugukwaha cyangwa igitutu cya bamwe mu bayobozi b’u Bufaransa bacuditse n’u Rwanda bashyize ku bayobozi ba Nijeri bakeneye inkunga y’igihugu cy’U Bufaransa mu ntambara barwana n’intagondwa zitwaza idini ya Islamu.

Umusozo

Mu gusoza reka tugerageze kureba ingaruka z’iki cyemezo cyo kwirukana aba Banyarwanda. Ingaruka z’iri teka ni nyinshi cyane. Icya mbere na mbere ni uko aba Banyarwanda bari mu gihirahiro gikomeye, imiryango yabo irahangayitse dore ko kuva kera na kare bari barangiwe ko bahuzwa n’imiryango yabo. Bariya Banyarwanda birukanwe, batangiye kubona ko bashobora kuzanwa mu Rwanda, bakabibonamo inzira y’umusaraba kuko batinya byinshi birimo umutekano wabo, ndetse no kuba bakongera kujyanwa mu nkiko, ku byaha bishobora guhimbwa, ariko cyane cyane  agasuzuguro no kuba bakoreshwa ku gahato mu nyungu za Leta ya FPR-Inkotanyi. Ibi bikaba byashimangiwe n’umwe muri bo ubwo yavuganaga na BBC gahuzamiryango kuri uyu wa kabiri tariki ya 28/12/2021. Capitaine Innocent Sagahutu yavuze ko ntaho bafite ho kujya dore ko nta n’ibyangombwa bafite kuko babyambuwe babashuka ko bagiye kugira icyo babikosoraho.  Abajijwe niba bashobora kwemera kujya mu Rwanda biramutse bibaye umwanzuro wa LONI, mu magambo aremereye cyane, Capitaine Innocent Sagahutu yabwiye BBC ko LONI izi neza ko bidashoboka ko bakwemera kujya mu Rwanda  kuko babyanze kuva kera. Yavuze ko Leta ya Kigali ifite ibibazo, byo guhora ikoronga abantu ngo ni abajenosideri, yemwe n’ababaye abere. Ko rero ntabwo bagiye kuba abaja mu gihugu cyabo, ko batiteguye kugenda bubitse umutwe. Yavuze ko cyokora habonetse u Rwanda ruzima bataha naho Leta iriho ifite ikibazo ku buryo ntawayigirira icyizere. Yavuze ko bari mu maboko ya LONI n’ubwo ubu ngubu kubona abakozi bidashoboka kubera ikiruhuko barimo kizarangira tariki ya 10/01/2021; ko ariko bashatse avoka wo kubafasha dore ko badasohoka kandi bagoswe n’abasirikare. Leta ya FPR-Inkotanyi ikaba ishaka gushyira ubwoba n’ipfunwe ku bantu bose bahoze muri Leta zayibanjirije, ndetse n’abariho muri icyo gihe muri rusange, aho bari hose, ibabwira ko batsinzwe ko kandi ntaho bafite ho guhungira, ko amahanga yose ndetse na LONI babakuyemo amaboko.

Avugana n’ijwi ry’Amerika, Madame Léoncie Ntagurura utuye mu Bufaransa, avuga ko yumiwe ko nawe byamurenze, avuga ko abantu babo ntabwo babwiwe iyo bajya. Yakekaga ko hari impamvu za diporomasi nk’uko byanditswe mu cyemezo kibirukana, ariko byamaze kugaragara ko ari u Rwanda rwatumye ibintu bijya i Rudubi nk’uko yabikekaga avuga ko ubwo hari igihugu kitishimiye ko abantu babo baba muri Nijeri. Madame Ntagerura Léoncie yatanze icyifuzo, ati « Icyo twasaba ubu ngubu baracyari mu maboko ya “Nations-Unies”, uko byagenda kose “Nations-Unies” niyo izi ibyo bintu, twasaba ko “Nations-Unies” yongera ikabafata nk’uko yabavanye Arusha ikabajyana Nijeri, ibafate yongere ibasubize Arusha, niba idashoboye kubajyana Arusha hari “Mechanisme”  iriya yari yabasigaranye Arusha, ikorera i La Haye, babafate babajyane i La Haye, noneho abantu bacu bagire amahoro. Ntabwo numva rero  ikindi  gihugu gishobora kubakira icyo aricyo. » 

Iki cyemezo kiragaragaza diporomasi ihambaye ya Leta ya Kigali ituma ishobora gusesa amasezerano LONI yagiranye n’ikindi gihugu kitari u Rwanda. Ibyo Madamu RUGWABIZA yavuze bisa n’iterabwoba kuri LONI agaragaza gucunga nabi umutungo, ndetse n’iharabika ryakozwe kuri bariya Banyarwanda abwira Nijeri yo yikururiye icyishi, bihishe icyifuzo gikomeye cy’uko bariya Banyarwanda bazanwa Rwanda. Biragaragara ko u Rwanda rwifashishije n’izindi nshuti zarwo kugira ngo bumvishe Nijeri ko igomba kwanga bariya Banyarwanda, bityo inzira yo kubohereza mu Rwanda igatangira guharurwa. Muri izi nshuti ntawabura gutekereza ku Bufaransa ku nyungu nyinshi bufite ku Rwanda cyane cyane mu kurinda umutekano w’ibikorwa by’ubucukuzi bwa Gaz by’Abafaransa muri Mozambique.

Abasesengura basanga kuba u Rwanda rwifuza bariya Banyarwanda atari ineza yo kubagarura mu gihugu cyababyaye ahubwo Leta ya Kagame bikekwa ko irashaka kubakoresha mu gushimangira ibyo ivuga byose harimo itegurwa rya Jenoside, bigahamirizwa na bariya bantu dore ko bari Abayobozi bakomeye mu nzego za Leta n’igisirikare, tutaretse ndetse n’ihanurwa ry’indenge ya Habyarimana Juvenali yabaye imbarutso ya Jenoside. Ibi bintu byombi, bikaba ari byo Leta ya FPR-Inkotanyi ishyira imbere. Kubona rero umuntu uvuga ibyo ivuga ni ugushimangira ubutegetsi bwayo ariko cyane cyane ni ugukomeza guha Paul Kagame umwidegembyo n’ubuhangange mu maso y’abanyarwanda n’abanyamahanga cyane cyane abamunenga.

Uko biri kose iki cyemezo ni icyemezo gikomeye cyane kandi gifite ingaruka nyinshi cyane. Ni icyemezo u Rwanda rwagizemo diporomasi ihambaye kuko rugifitemo inyungu nyinshi zo gushimangira ubutegetsi bwa FPR-Inkotanyi na Kagame; ariko na none ni icyemezo  cyakagombye gusaba umuryango mpuzamahanga kwibaza byinshi ku burenganzira bwa muntu dore hashize imyaka isaga 75 butangajwe. Ese koko LONI izareka bariya bantu bajyanwe mu Rwanda? Reka tubitege amaso.

Abahoze ari imfungwa za Loni bagiye kwirukanwa muri Niger|Kuki Niger yisubiyeho|Dr Etienne Mutabazi

DR Congo: Ingabo za Uganda (UPDF) zafashe ibigo bikuru bya ADF

$
0
0

Yanditswe na Arnold Gakuba

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru “Daily Monitor” kuri uyu wa 27 Ukuboza 2021, abasirikare b’ingabo za Uganda (UPDF) bafashe ibigo bikuru bya ADF, aho izo nyeshyamba zakoreshaga imisambi yifashisha imirasire y’izuba mu gutanga ingufu z’amashanyarazi. Muri ibyo birindiro hakaba hari inyeshyamba za ADF zigera kuri 600 ndetse n’imiryango yazo. Nyamara ariko ngo ahaherereye abayobozi babo ntiharamenyekana.

Amakuru atangazwa b’ingabo zishyize hamwe, iza Uganda (UPDF) n’iza DR Congo (FARDC), aremeza ko ngo ibirindiro bikuru bya ADF by’ahitwa Kambi Ya Yua mu burasirazuba bwa DR Congo byafashwe nta mirwano ibaye. Ibyo bigaragaza ko inyeshyamba za ADF zahavuye mbere y’uko ingabo za Uganda n’iza DR Congo zitegura kuhagaba igitero ku munsi ukurikira Noheli. 

Umuvugizi wa UPDF, Brig Flavia Byekwaso, nawe yatangaje ko ibyo birindiro byafashwe byarimo abarenga 600 ndetse n’imiryango yabo. Yabivuze muri aya magambo “iki kigo cyakiraga imyitozo ya gisirikare ndetse hagatangirwamo n’icengezamatwara ya Kiyisilamu nk’uko bigaragazwa n’inyandiko zahabonetse, ibisigazwa by’amabombi, mudasobwa yo mu bwoko bwa “laptop” ishaje, amasasu 129 y’imbunda yo mu bwoko bwa “machine gun”, amasasu 155 y’imbunda ziciriritse, imisambi yifashisha imirasire y’izuba mu gutanga ingufu z’amashanyarazi ndetse n’ibitabo byandikwagamo abasirikare“. 

Yongeyeho ko uko icyo kigo gikozwe, bigaragaza ko ariho hari ubuyobozi bukuru bw’inyeshyamba. Brig Byekwaso yongeywho ati: “Ba injeniyeri ba UPDF barimo gukora amasaha yose bashaka ibisasu biturika kandi banacukumbura ibimenyetso byinshi by’ibyo byihebe“. 

Kohereza ingabo za UPDF mu burasirazuba bwa DR Congo byakurikiye ibitero by’iterabwoba ku Mujyi wa Kampala byahitanye abagera kuri barindwi harimo n’uwakekwagaho kuba icyihebe. Ingabo za Uganda zikaba zarakoresheje imbunda nini z’intambara n’indege zirasa ibirindiro bya ADF bya Kambi Ya Yua, Tondoli, Belu 1 na Belu 2 mu mashyamba ya Virunga na Ituri mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa DR Congo.

Kuva igikorwa cyo kurwanya ADF cyatangira, abakekwaho kuba ari inyeshyamba za ADF 35 barafashwe naho 65 bishyikiriza ingabo zishyize hamwe. Twibutse ko kuva mu myaka ya za 1990, inyeshyamba za ADF zagabanijemo abarwanyi bazo mu dutsinda duto duto maze zivanga n’abaturage. Baje kongera kwihuza nyuma. 

Ku itariki ya 11 Werurwe 2021, nibwo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zashyize ADF ku rutonde rw’ibyihebe bikorana na Leta ya Kiyisamu. 

Gufata ibirindiro bya ADF byakurikiye ibitero by’iterabwoba byahitanye abantu batatu mu Kabari kuri Noheli mu Mujyi wa Beni, mu burasirazuba bwa DR Congo, ubwo abantu barenga 30 bizihizaga Noheli, maze bagatukirwa na bombe nk’uko bitangazwa n’Ibiro by’Itangazamakuru by’Ubufaransa (AFP).

Perezida Felix Tshisekedi, abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yagaye cyane ibyo bikorwa bibi maze yizeza ko abo bagizi ba nabi bagiye gushakishwa. Kugeza magingo aya, ntawe urigamba kuba ariwe wagabye icyo gitero.

N’ubwo ingabo za Uganda (UPDF) ndetse n’iza DR Congo zikomeje igikorwa cyo guhashya inyeshyamba za ADF, ikigaragara ni uko izo nyeshyamba zikomeje kugaba ibitero ku baturage, twavuga ko ari ibyo kwihimura. Ikindi gitangaje, ni uko kugeza magingo aya, ubuyobozi bwa ADF butarafatwa, n’ubwo byinshi mu birindiro bimaze gufatwa. Ese kurandura burundu izo nyeshyamba bizorohera izo ngabo z’ibihugu byombi zihuriye mu gikorwa cyiswe “Shujaa”?

Arusha: Jérôme Bicamumpaka wari wasigaye kubera uburwayi yahawe iminsi 15 ngo abe yashatse aho ajya!

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Nyuma y’aho hasakariye amakuru avuga ko Leta ya Nijeri yafashe icyemezo cyo kwirukana abanyarwanda 8 yari yakiriye biturutse ku masezerano n’umuryango w’abibumbye ONU noneho Jérôme Bicamumpaka wari wasigaye kubera impamvu z’uburwayi we ntajyanwe muri Nijeri nawe yahawe iminsi 15 ngo abe yavuye ku butaka bwa Tanzaniya! Hakaba hari amakuru tugikorera iperereza avuga ko Jérôme Bicamumpaka yarimo yivuriza mu bitero by’i Nairobi mu gihugu cya Kenya.

Nabibutsa ko Leta ya Nijeri yahaye abanyarwanda 8 bari baragizwe abere cyangwa bararangije ibihano bari barakatiwe n’urukiko rw’Arusha iminsi 7 ngo babe bavuye ku butaka bwayo!

Mbere hari abari babanje kwibwira ko iki cyemezo cyaturutse ku bayobozi ba Nijeri gus ariko iri yirukanwa rya Jérôme Bicamumpaka rigaragaza ko iki kibazo ari umupango muremure.

Igiteye impungenge kurushaho ni uko abakozi benshi ba ONU bagombye kwita kuri iki kibazo abenshi bibereye mu biruhuko birangıza umwaka bakaba bazagaruka ku kazi ku italiki ya 10 Mutarama 2022 nk’uko Capitaine Innocent Sagahutu, umwe muri abo bari muri Nijeri yabitangarije BBC Gahuzamiryango. Nabibutsa ko Leta ya Nijeri yatanze iminsi 7 gusa bikaba bivuze ko iyo minsi ishize abo bantu bashobora kwisanga boherejwe mu Rwanda nta kirengera!

Abo ni:

  1. Zigiranyirazo Protais: Ni muramu wa Habyarimana Yuvenali wari Perezida w’u Rwanda. Ni  musaza wa Agatha Kanziga, umugore wa Perezida Habyarimana. Uyu mugabo bahimbaga « Z ». Yabaye Perefe wa Perefegitura ya Ruhengeri mu gihe cy’imyaka irenga 10. Muri 2008 yari yahamijwe ibyaha bya jenoside, nyuma mu bujurire mu 2009 aba umwere. ;
  2. Major François-Xavier Nzuwonemeye : Yari umukuru w’umutwe w’ingabo zigenda imbere y’izindi zikora ubutasi (Bataillon de reconnaissance) ;
  3. Andre Ntagerura : Yabaye Minisitiri w’Ubwikorezi n’Itumanaho muri Leta ya mbere ya  1994. Yarezwe ibyaha bya jenoside mu rubanza rwitiriwe Cyangugu, ariko aza kugirwa umwere mu bujurire mu mwaka wa 2006 ;
  4. Prosper Mugiraneza : Yabaye Minisitiri w’abakozi ba Leta. Yahamijwe ibyaha  bya jenoside n’urukiko rwa Arusha, ariko aza kubihanagurwaho mu bujurire mu mwaka wa 2013;
  5. Lt Col Anatole Nsengiyumva: Yari umukuru w’ingabo muri Perefegitura ya Gisenyi.
  6. Lt Col Alphonse Nteziryayo: Yahoze ari Perefe wa Butare;
  7. Lt Col Tharcisse Muvunyi: yabaye Umukuru w’icyahoze ari ishuri ry’abasirikare b’aba sous-officiers mu Mujyi wa Butare, ryitwaga ESO (Ecole des Sous-Officiers);
  8. Capt Innocent Sagahutu: Yari yungirije umukuru w’umutwe w’ingabo zigenda imbere y’izindi zikora ubutasi (Bataillon de reconnaissance).

Ku ruhande rwa Leta y’u Rwanda, umuvugizi wungirije wayo Alain Mukuralinda yatangarije BBC Gahuzamiryango ko u Rwanda rwiteguye kwakira bariya banyarwanda 8 birukanwe na Nijeri ko kandi batazakurikiranwa ku kintu na kimwe kuko bamwe bagizwe abere n’urukiko rwa Arusha abandi bakaba bararangije ibihano bari barahawe. Alain Mukuralinda yatanze urugero rwa Major Bernard Ntuyahaga ngo uri mu Rwanda akaba nta kibazo afite nyuma yo kwirukanwa n’igihugu cy’u Bubiligi mu myaka 3 ishize amaze kurangiza igihano yari yarakatiwe n’inkiko z’iki gihugu.

Alain Mukuralinda arunga mu byari byatangajwe na Tom Ndahiro ku rubuga rwa twitter nawe avuga ko nta kibazo bariya 8 bazagira mu Rwanda nawe atanga urugero rwa Major Ntuyahaga. Ibi bikaba byatumye abakurikiranira hafi ibibera mu Rwanda bahita babona ko agahenge kahawe Major Ntuyahaga katari gashingiye ku guha umunyagihugu utahutse iwabo uburenganzira bwe ahubwo hari izindi nyungu zari zihishe inyuma zitangiye kwigaragaza muri iki kibazo cy’aba birukanwe muri Nijeri.

Abakora isesengura bemeza kandi badashidikanya ko uyu mukino uri gukinirwa kuri aba banyarwanda uhishe inyungu zindi zirimo iza politiki n’ubutabera mu minsi iri imbere kuko aba 8 nibacyurwa mu Rwanda ntibahite bakurikiranwa byafungura inzira yatuma ibihugu byinshi by’amahanga byajya byohereza benshi mu bo Leta y’u Rwanda ishaka ku buryo bworoshye hitwajwe ko aba 8 batuye bafite umutekano.

Umwe yagize ati: “Ese wibwira ko byagorana ko ubufaransa bwirukana Agatha Habyalimana mu gihe musaza we Protais Zigiranyirazo yaba ari i Kigali adafunze?”

Undi ati: “ibi byose ni umukino w’iriya mecanisme na Leta y’u Rwanda na biriya bihugu kuko niba Nijeri ikoze biriya ku rundi ruhande na Bicamumpaka utari wagiye yo nawe akirukanwa bivuze ko hari umupango wo kubajyana mu Rwanda.”

Nabibutsa ko Jérôme Bicamumpaka yabaye Ministre w’ububanyi n’amahanga muri Leta y’abatabazi muri 1994, akaba yaraburanishijwe n’urukiko rw’Arusha rukamugira umwere nyuma y’imyaka 12 afunze. Ubu amaze imyaka 10 asaba gusanga umuryango we uba mu gihugu cya Canada ariko yari atarabyemererwa. Si ibyo gusa kuko mu minsi ishize umuryango we wari watangije igikorwa cy’ubukangurambaga wifuza ko ababishaka bashyira umukono ku nyandiko isaba ko yahabwa uburenganzira bwo gusanga umuryango we ngo umwiteho dore ko yasanganywe uburwayi bwa cancer mu mezi 6 ashize.


Hatangiye kugaragara ibimenyetso bigaragaza ko Papa Francis azasura u Rwanda

$
0
0

Yanditswe na Nkurunziza Gad

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, ashobora gusura u Rwanda umwaka utaha wa 2022 kimwe mu bimenyetso byerekana ko yiteguwe n’uko bamwe mu bapadiri bari bafunze bashinjwa ibyaha bitandukanye batangiye gufungurwa ikubagahu.

Mu kiganiro aherutse kugirana na Televiziyo y’u Rwanda, Arkiyeskopi wa Kigali, Cardinal Antoine  Kambanda yavuze ko bamaze gusaba Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, gusura  u Rwanda yongeraho ko hari icyizere ko uyu mushumba yazemera ubutumire.

Amakuru dufitiye gihamya avuga ko Papa Francis yarangije kwemera kuzasura u Rwanda, igisigaye ari ukwemeza itariki.

Uwaduhaye amakuru yavuze ati “Arkiyeskopi wa Kigali,  Cardinal Antoine Kambanda ntiyatangaza inkuru nk’iyi mu itangazamakuru adafite gihamya. Papa Francis yarangije kwemera ko azasura u Rwanda umwaka utaha wa 2022, itariki niyo bataratumenyesha kuko bizaterwa n’uko icyorezo cya Covid gihagaze. Kiramutse gitanze agahenge ntiyarenza ukwezi kwa gatandatu.”

Abapadiri bari bafunze bazira amaherere batangiye gufungurwa

Ntawamenya niba ari ‘condition’ Vatican yashyize kuri Leta ya Kigali, ariko na none urebye inkundura iriho mu Rwanda yo gufungura abapadiri bari bafunze bashinjwa ibyaha bitandukanye, ubona ko hari ikibyihishe inyuma.

Mu kwezi gushize k’Ugushyingo, Padiri Donatien Ntabanganyimana wo muri Paruwase ya Rutongo wari umaze imyaka afungiye mu Miyove (Gereza ya Byumba) ashinjwa gusambanya umwana w’umukobwa, yagizwe umwere arafungurwa nyuma y’imyaka yari amaze afungiye akamama.

Uwaduhaye aya makuru yavuze ati “Padiri Donatien yageretsweho icyaha ngo yasambanyije umwana w’umukobwa abeshyerwa bari baramukatiye igifungo cy’imyaka 25. Mu kwezi gushize twagiye kubona tubona baramurekuye ngo ni umwere kandi yari atarahabwa itariki yo kuburana mu bujurire.”

Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwagize umwere Padriri wa Diyosezi ya Kabgayi, Habimfura Jean Baptiste wari ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu ku ngufu ndetse n’icyaha cyo guhimba inyandiko mpimbano. Ni urubanza rwasomwe kuri uyu wa 28 Ukuboza 2021 ku i saa munani, aho rwategetse ko ahita arekurwa.

Ubwo yatabwaga muri yombi, Urwego rushinzwe ubugenzacyaha mu Rwanda, rwari rwavuze ko uyu mwana wasambanyijwe yari asanzwe akorera abapadiri batuye mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga.

Tariki ya 10 Gashyantare 2021, RIB yatangaje ko yafatiye Padiri Habimfura ku mupaka wa Rusumo ashaka gutoroka ubutabera.

Ubushinjacyaha bwari bwari bwaramusabiye igihano igifungo cy’imyaka 32. Ku nyandiko mpimbano, yari yarasabiwe imyaka 7 naho icyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure ku ngufu bwari bwaramusabiye imyaka 25 ndetse bunasaba ko bigomba gukomatanywa akabikora byose, amategeko nta muhe uburenganzira bwo gukora kimwe muri ibi.

Ukurikije imikorere y’ubutabera bw’u Rwanda butigenga, ugashingira ku byaha uyu mupadiri yashinjwaga, biragoye ko yagirwa umwere n’ubujurire cyangwa ibimenyetso bimushinjura, ahubwo biragaragaza ko hari izindi mbaraga zatumye afungurwa.

Papa Francis naramuka asuye u Rwanda, siwe uzaba abaye umushumba wa Kiliziya Gatolika wa mbere urusuye kuko Nyakwigendera Papa Yohani Pawulo wa II yasuye u Rwanda tariki 7 Nzeri 1990.

Muri urwo ruzinduko yanatanze isakaramentu ry’ubusaseridoti ku barimo Arkiyeskopi wa Kigali, Cardinal Antoine  Kambanda hamwe na Musenyeri Vincent Harolimana Umushumba wa Diosezi Gatolika ya Ruhengeri. Umuhango ukaba warabereye ahitwa i Mbare muri Doyosezi ya Kabgayi ku itariki 8 Nzeri 1990.

Uru ruzinduko rukaba rwarashimangiraga umubano utayegayezwa uwahoze ari Perezida wa Repuburika y’u Rwanda yari afitanye na Kiliziya Gatolika.

Jean Luc avuze ko hari abamwifuriza gufungwa, anagaya miliyari 100 zatanzwe mukuzahura ubukungu.

Nyuma y’igitero kwa Barafinda, babayeho bate? Ni bande bateyeyo?

U Rwanda Ngo Ruzakira Ababaye Abere n’Abarangije Ibihano Bakatiwe na ICTR/IRMCT

$
0
0

Leta y’u Rwanda iravuga ako yiteguye kwakira Abanyarwanda baherutse kwirukanwa mu gihugu cya Nijeri. Uwungirije umuvugizi wa Leta, Alain Mukuralinda yabwiye Ijwi ry’Amerika ko bariya Banyarwanda 8 bababye abere imbere y’urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda abandi bakaba barangije ibihano.

Avugana n’umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika Venuste Nshimiyimana, Umuvugizi wungirijwe wa Leta y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko badashobora gukurikiranwa n’inkiko zo mu Rwanda ahubwo ko bazahabwa ibyangombwa byabo bakabaho nk’abandi Banyarwanda bishyira bakizana.

Bamwe muri ba banyeshuri baciye amakayi bakatiwe gufungwa imyaka 5 n’ihazabu ya 5.000.000

Viewing all 10370 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>